Author: webrwanda

  • Nduhungirehe yanenze Tshisekedi wahaye icyubahiro Minisitiri watumye Abatutsi bicwa muri RDC – #rwanda #RwOT

    Nduhungirehe yabigarutseho mu butumwa yanditse ku rubuga rwa X ku wa 2 Kanama 2026.

    Ati 'Imyaka 28 irashize uyu munsi, ku wa 2 Kanama 1998, hatangiye igihe kirekire cy'ubugome bushingiye kuri Jenoside, imvugo z'urwango no gutoteza Abatutsi b'Abanye-Congo i Kinshasa no mu tundi duce twa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.'

    Yavuze ko icyo gihe, imvugo z'urwango zakwirakwijwe n'abayobozi bamwe zagize uruhare mu gutuma Abatutsi bo muri RDC bahigwa bukware.

    Nduhungirehe yibanze kuri Abdoulaye Yerodia Ndombasi, wari Minisitiri w'Ububanyi n'Amahanga wa Congo icyo gihe, avuga ko yakoresheje imvugo yibasira Abatutsi.

    Ati 'Minisitiri w'Ububanyi n'Amahanga icyo gihe, Abdoulaye Yerodia Ndombasi, yari yaravuze ko Abatutsi bagenzi be ari imyanda n'udukoko tugomba kurandurwa mu buryo buteguwe kandi budatezuka.'

    Aya magambo, nk'uko Nduhungirehe yabivuze, yabaye intandaro y'ibihe bikomeye byakurikiwe n'ibikorwa byo kwibasira Abatutsi bo muri RDC.

    Ati 'Abatutsi bahise bicwa, bajugunywa mu biraro ndetse baratotezwa i Kinshasa no mu tundi duce tw'igihugu.'

    Ni iki cyabaye ku wa 2 Kanama 1998?

    Tariki ya 2 Kanama 1998 ni yo Nduhungirehe yavuzeho nk'umunsi watangije igihe cy'ibikorwa byo kwibasira Abatutsi bo muri RDC.

    Ni umunsi intambara ya kabiri ya Congo yatangiriyeho, ubwo umutwe w'abarwanyaga ubutegetsi bwa Perezida Laurent-Désiré Kabila watangiraga imirwano mu burasirazuba bwa RDC.

    Mu gihe iyo ntambara yatangiraga, umwuka wa politiki warushijeho kuba mubi, bamwe mu Batutsi bo muri RDC batangira gushinjwa kuba abafatanyabikorwa b'u Rwanda, bituma habaho ibitero n'itotezwa byibasira bamwe muri bo.

    I Kinshasa Abatutsi barishwe, barashimutwa ndetse bamwe bagatwikwa bazira gusa inkomoko yabo.

    Nduhungirehe yavuze ko nubwo u Bubiligi bwari bwaratanze impapuro mpuzamahanga zo gufata Yerodia Ndombasi, atigeze akurikiranwa n'ubutabera bwa RDC.

    Yavuze ko aho kumufata, ahubwo yahawe icyubahiro n'ubutegetsi bwa Tshisekedi nyuma yo gupfa muri Gashyantare mu 2019.

    Ati 'Nubwo hari impapuro mpuzamahanga zo kumuta muri yombi zatanzwe n'u Bubiligi, Yerodia Ndombasi ntiyigeze akurikiranwa n'ubutabera bwa Congo. Ubwo yapfaga muri Gashyantare mu 2019, Perezida Tshisekedi yemeye ko ashyingurwa mu cyubahiro.'

    Abdoulaye Yerodia Ndombasi yapfuye muri Gashyantare 2019. Nyuma y'urupfu rwe, Perezida Félix Tshisekedi, wari umaze kugera ku butegetsi, yamuhaye icyubahiro cya Leta mu muhango wo kumushyingura.

    Mu butumwa bwe, Minisitiri Nduhungirehe yasabye ko amateka nk'aya atazongera kubaho, asoza akoresha amagambo 'Never Again', ashimangira ko isi idakwiye kongera kwemerera ibikorwa by'urwango n'itotezwa rishingiye ku moko gusubira kubaho.

    Nduhungirehe yanenze Tshisekedi wahaye icyubahiro Minisitiri watumye Abatutsi bicwa muri RDC


    Source : http://igihe.com/amakuru/u-rwanda/article/nduhungirehe-yanenze-tshisekedi-wahaye-icyubahiro-minisitiri-watumye-abatutsi

  • Umuntu utaburura itungo ryipfushije azajya afungwa anacibwe amande ya miliyoni 1 Frw – #rwanda #RwOT

    Ni itegeko ryatowe ku wa 28 Kamena 2026, rigamije kuvugurura amategeko agenga ubworozi n'uburobyi no gukemura ibibazo byagiye bigaragara muri uru rwego mu myaka yashize.

    Risimbura amategeko yari asanzwe akoreshwa atagihuye n'igihe, harimo itegeko rigena uburyo bwo kwirinda no kurwanya indwara zanduza amatungo mu Rwanda, Itegeko rigenga uburobyi n'ubworozi bw'amafi, ndetse n'andi mabwiriza atandukanye yagengaga uru rwego.

    Mu ngingo zigize iri tegeko harimo umutwe ugaruka ku makosa, ibyaha n'ibihano, ugamije gukaza iyubahirizwa ry'amategeko no kurengera ubuzima bw'abaturage, ubw'amatungo ndetse no kubungabunga umutungo kamere.

    Itegeko riteganya ko hazashyirwaho Iteka rya Minisitiri rizagena amakosa n'ibihano byo mu rwego rw'ubutegetsi birebana n'ubworozi n'uburobyi. Iryo teka rizifashishwa mu guhana amakosa atari ku rwego rw'ibyaha, ariko abangamira imikorere myiza y'uru rwego.

    Ku bijyanye n'ibyaha, riteganya ko umuntu uzataburura itungo ryapfuye cyangwa igice cyaryo azaba akoze icyaha.

    Nabihamywa n'urukiko, azajya ahanishwa ihazabu itari munsi ya 500.000 Frw ariko itarenze 1.000.000 Frw, n'igifungo kitari munsi y'amezi atandatu ariko kitarenze umwaka umwe, cyangwa kimwe muri ibyo bihano.

    Iyo icyo gikorwa cyatumye iryo tungo ryataburuwe riribwa n'umuntu rikamutera indwara idakira, ubumuga butuma atabasha kwikorera cyangwa byangije burundu igice cy'umubiri we, igihano kizajya kiba igifungo kitari munsi y'imyaka itatu ariko kitarenze itanu.

    Mu gihe gutaburura iryo tungo cyangwa igice cyaryo byateye urupfu rw'umuntu, uwagihamijwe azajya ahanishwa igifungo kitari munsi y'imyaka irindwi ariko kitarenze imyaka 10.

    Iri tegeko rinateganya ibihano ku muntu uzabangamira imyororokere y'ibinyabuzima byo mu mazi, mu rwego rwo kurengera umutungo kamere no guteza imbere uburobyi burambye.

    Iri tegeko rinateganya n'ibihano bikomeye ku muntu uzaroba mu buryo buhungabanya urusobe rw'ibinyabuzima byo mu mazi rusange.

    Umuntu uzafatwa akoresha ibintu bihumanya amazi, ibiturika, uburyo bwa rukuruzi cyangwa ubw'amashanyarazi agamije kuyobya ubwenge, guhungabanya cyangwa kwica ibinyabuzima byo mu mazi, azaba akoze icyaha.

    Uzabihamywa n'urukiko, azajya ahanishwa ihazabu itari munsi ya miliyoni 7 Frw ariko itarenze miliyoni 10 Frw, n'igifungo kitari munsi y'amezi 15 ariko kitarenze imyaka ibiri, cyangwa kimwe gusa muri ibyo bihano.

    Ibi bihano ku binyabuzima byo mu mazi bigamije guhangana n'uburobyi bukorwa mu buryo butemewe, bumaze igihe buteza ibihombo bikomeye mu rwego rw'uburobyi no kwangiza urusobe rw'ibinyabuzima byo mu mazi.

    Bizafasha kubungabunga umutungo kamere no guteza imbere uburobyi burambye, ari na bwo butanga umusaruro uhoraho kandi bukarengera ibinyabuzima by'ahazaza.

    Ni mu gihe mu matungo ho bigamije gukumira ibibazo byagiye bigaragara by'abagiye barya inyama zayo zikabagwa nabi, aho urugero ruheruka ari urw'abaturage bo mu Murenge wa Karangazi mu Karere ka Nyagatare bariye inyama z'inka yataburuwe yari yatabwe nyuma yo kugaragaza ko ifite ibisazi, ziza kubagwa nabi bajyanwa kwa muganga.

    Iri tegeko ryamaze gutorwa n'Inteko Ishinga Amategeko, risigaje gushyirwaho umukono, nyuma rigashyirwa mu Igazeti ya Leta kugira ngo ritangire gukurikizwa.

    Umuntu utaburura itungo ryipfushije azajya afungwa anacibwe amande ya miliyoni 1 Frw


    Source : http://igihe.com/amakuru/u-rwanda/article/umuntu-utaburura-itungo-ryipfushije-azajya-afungwa-anacibwe-amande-ya-miliyoni

  • Agrishow 2026: Equity Bank Rwanda yahembwe nk'umufatanyabikorwa wahize abandi – #rwanda #RwOT

    Agrishow yo mu 2026 yitabiriwe n'abamurika barenga 600, barimo abahinzi n'aborozi ku giti cyabo, ibigo, amakoperative n'amatsinda akora mu nzego zitandukanye z'ubuhinzi n'ubworozi.

    Minisitiri w'Ubuhinzi n'Ubworozi, Dr Telesphore Ndabamenye, yashimiye abafatanyabikorwa batandukanye barimo Equity Bank Rwanda, ku ruhare bagize mu gutuma iri murikabikorwa rigenda neza no mu guteza imbere urwego rw'ubuhinzi n'ubworozi.

    Ati 'Mfashe umwanya ngo nshimire abafatanyabikorwa bateye inkunga iri murikabikorwa mu buryo butandukanye, haba mu gutanga amafaranga, ubumenyi n'ibindi byagize uruhare mu gutuma rigenda neza.'

    Umuyobozi ushinzwe Ishami ry'Ubuhinzi n'Ubworozi muri Equity Bank Rwanda, Uwineza Marie Claire, yavuze ko iki gihembo gishimangira uruhare rwa banki mu guteza imbere uru rwego.

    Ati 'Twishimiye cyane kuba twabonye iki gihembo, kuko kije gushimangira ibikorwa dukora bigamije guteza imbere ubuhinzi n'ubworozi.'

    Muri iri murikabikorwa, Equity Bank Rwanda yanahaye Secula Ltd igihembo cya miliyoni 4 Frw. Iki kigo gikorera mu Murenge wa Mukamira, mu Karere ka Nyabihu, mu Ntara y'Amajyaruguru, gitunganya inanasi kikazikoramo imitobe na divayi.

    Secula Ltd yabaye iya kabiri mu cyiciro cy'imishinga iyobowe n'urubyiruko n'abagore yahize indi muri Agrishow 2026.

    Nshimiyimana Joseph, ushinzwe ibikorwa by'ubucuruzi n'iyamamazabikorwa muri Secula Ltd, yavuze ko amafaranga bahawe azabafasha kwagura ibikorwa no gukemura ikibazo cy'aho kubika umusaruro.

    Ati 'Twajyaga tugira ikibazo cy'ahantu hizewe ho kubika umusaruro wacu, kubera ko nta gishoro gihagije twari dufite. Iki gihembo kigiye kudufasha gukemura icyo kibazo n'ibindi dukunze guhura na byo.'

    Yongeyeho ko bishimiye guhembwa na Equity Bank Rwanda, kuko ari na yo banki ikigo cyabo gisanzwe kibitsamo amafaranga.

    Uwineza Marie Claire yavuze ko batewe ishema no kuba MINAGRI yahaye Equity Bank igihembo

    Umuyobozi ushinzwe Ishami ry'Ubuhinzi n'Ubworozi muri Equity Bank Rwanda, Uwineza Marie Claire ni we washyikirijwe igihembo na Minisitiri w’Ubuhinzi n’Ubworozi, Dr. Ndabamenye Telesphore

    Nshimiyimana Joseph wari uhagarariye ikigo cya Secula Ltd ni we washyikirijwe igihembo cya miliyoni 4 Frw yahawe na Equity Bank

    Nshimiyimana Joseph yishimiye igihembo yahawe na Equity Bank, avuga ko bizafasha kigo cyabo kwagura ibikorwa byabo


    Source : http://igihe.com/amakuru/u-rwanda/article/agrishow-2026-equity-bank-rwanda-yahembwe-nk-umufatanyabikorwa-wahize-abandi

  • Agrishow 2026: Equity Bank Rwanda yahembwe nk'umufatanyabikorwa wahize abandi – #rwanda #RwOT

    Agrishow yo mu 2026 yitabiriwe n'abamurika barenga 600, barimo abahinzi n'aborozi ku giti cyabo, ibigo, amakoperative n'amatsinda akora mu nzego zitandukanye z'ubuhinzi n'ubworozi.

    Minisitiri w'Ubuhinzi n'Ubworozi, Dr Telesphore Ndabamenye, yashimiye abafatanyabikorwa batandukanye barimo Equity Bank Rwanda, ku ruhare bagize mu gutuma iri murikabikorwa rigenda neza no mu guteza imbere urwego rw'ubuhinzi n'ubworozi.

    Ati 'Mfashe umwanya ngo nshimire abafatanyabikorwa bateye inkunga iri murikabikorwa mu buryo butandukanye, haba mu gutanga amafaranga, ubumenyi n'ibindi byagize uruhare mu gutuma rigenda neza.'

    Umuyobozi ushinzwe Ishami ry'Ubuhinzi n'Ubworozi muri Equity Bank Rwanda, Uwineza Marie Claire, yavuze ko iki gihembo gishimangira uruhare rwa banki mu guteza imbere uru rwego.

    Ati 'Twishimiye cyane kuba twabonye iki gihembo, kuko kije gushimangira ibikorwa dukora bigamije guteza imbere ubuhinzi n'ubworozi.'

    Muri iri murikabikorwa, Equity Bank Rwanda yanahaye Secula Ltd igihembo cya miliyoni 4 Frw. Iki kigo gikorera mu Murenge wa Mukamira, mu Karere ka Nyabihu, mu Ntara y'Amajyaruguru, gitunganya inanasi kikazikoramo imitobe na divayi.

    Secula Ltd yabaye iya kabiri mu cyiciro cy'imishinga iyobowe n'urubyiruko n'abagore yahize indi muri Agrishow 2026.

    Nshimiyimana Joseph, ushinzwe ibikorwa by'ubucuruzi n'iyamamazabikorwa muri Secula Ltd, yavuze ko amafaranga bahawe azabafasha kwagura ibikorwa no gukemura ikibazo cy'aho kubika umusaruro.

    Ati 'Twajyaga tugira ikibazo cy'ahantu hizewe ho kubika umusaruro wacu, kubera ko nta gishoro gihagije twari dufite. Iki gihembo kigiye kudufasha gukemura icyo kibazo n'ibindi dukunze guhura na byo.'

    Yongeyeho ko bishimiye guhembwa na Equity Bank Rwanda, kuko ari na yo banki ikigo cyabo gisanzwe kibitsamo amafaranga.

    Uwineza Marie Claire yavuze ko batewe ishema no kuba MINAGRI yahaye Equity Bank igihembo

    Umuyobozi ushinzwe Ishami ry'Ubuhinzi n'Ubworozi muri Equity Bank Rwanda, Uwineza Marie Claire ni we washyikirijwe igihembo na Minisitiri w’Ubuhinzi n’Ubworozi, Dr. Ndabamenye Telesphore

    Nshimiyimana Joseph wari uhagarariye ikigo cya Secula Ltd ni we washyikirijwe igihembo cya miliyoni 4 Frw yahawe na Equity Bank

    Nshimiyimana Joseph yishimiye igihembo yahawe na Equity Bank, avuga ko bizafasha kigo cyabo kwagura ibikorwa byabo


    Source : http://igihe.com/amakuru/u-rwanda/article/agrishow-2026-equity-bank-rwanda-yahembwe-nk-umufatanyabikorwa-wahize-abandi

  • Umunyemari Bernard Arnault yashinjwe kwanga guha akazi abantu babyibushye – #rwanda #RwOT

    Arnault, ufite imyaka 77, yahakanye ibyo birego nyuma y'inkuru y'iperereza yakozwe n'ikinyamakuru cyo mu Bufaransa cya Le Monde.

    Abanyamakuru ba Le Monde, Raphaëlle Bacqué na Vanessa Schneider, bagiye ku cyicaro gikuru cya LVMH i Paris, bavuga ko abakozi baho, cyane cyane abagore, ahanini ari bato, beza kandi bananutse. Bavuze ko batabonye umukozi ufite ibilo byinshi cyangwa wambaye mu buryo butanogeye ijisho.

    Mu gusubiza ibyo byatangajwe, Arnault yavuze ko agiye gukurikirana iki kibazo kugira ngo amenye niba hari ivangurwa rikorwa igihe abantu bagiye guhabwa akazi.

    Mu ibaruwa yasohowe kuri konti ya LVMH kuri X, Arnault yagize ati 'Niseguye ku basomyi b'iki kinyamakuru ku kuba tutarabashije gutanga akazi ku bantu bafite imiterere y'umubiri itandukanye, kandi iki kibazo nzakigeza ku bashinzwe 'canteen' y'ikigo ku wa Mbere.'

    Yakomeje aseka ibindi birego byari mu nkuru ya Le Monde, birimo n'ibivuga ko abashyitsi basabwaga kudatwara amakaruvati yo mu ruganda rwa Hermès mu biro bye.

    Ati 'Ni ibinyoma: turabareka bakagumana izabo.'

    Usibye ibirego bijyanye n'abakozi, Le Monde yananditse ku mibanire yo mu muryango wa Arnault, ivuga ko abana be batanu bose bafite inshingano zikomeye muri LVMH batumvikana hagati yabo.

    Bernard Arnault yahakanye ko hari amakimbirane akomeye mu muryango we, avuga ko abana be ari abantu bafite ubushobozi batandukanye kandi ko bakorera hamwe.

    LVMH ni kimwe mu bigo bikomeye ku Isi mu bijyanye n'imyambaro, imitako n'ibicuruzwa bihenze. Iki kigo gifite ibirango bizwi cyane birimo Louis Vuitton, Moët Hennessy, Christian Dior, Tiffany na Bulgari.

    Bernard Arnault yagishinze mu myaka 40 ishize.

    Umunyemari Bernard Arnault yashinjwe kwanga guha akazi abantu babyibushye


    Source : http://igihe.com/amakuru/u-rwanda/article/umunyemari-bernard-arnault-yashinjwe-kwanga-guha-akazi-abantu-babyibushye

  • Umunyemari Bernard Arnault yashinjwe kwanga guha akazi abantu babyibushye – #rwanda #RwOT

    Arnault, ufite imyaka 77, yahakanye ibyo birego nyuma y'inkuru y'iperereza yakozwe n'ikinyamakuru cyo mu Bufaransa cya Le Monde.

    Abanyamakuru ba Le Monde, Raphaëlle Bacqué na Vanessa Schneider, bagiye ku cyicaro gikuru cya LVMH i Paris, bavuga ko abakozi baho, cyane cyane abagore, ahanini ari bato, beza kandi bananutse. Bavuze ko batabonye umukozi ufite ibilo byinshi cyangwa wambaye mu buryo butanogeye ijisho.

    Mu gusubiza ibyo byatangajwe, Arnault yavuze ko agiye gukurikirana iki kibazo kugira ngo amenye niba hari ivangurwa rikorwa igihe abantu bagiye guhabwa akazi.

    Mu ibaruwa yasohowe kuri konti ya LVMH kuri X, Arnault yagize ati 'Niseguye ku basomyi b'iki kinyamakuru ku kuba tutarabashije gutanga akazi ku bantu bafite imiterere y'umubiri itandukanye, kandi iki kibazo nzakigeza ku bashinzwe 'canteen' y'ikigo ku wa Mbere.'

    Yakomeje aseka ibindi birego byari mu nkuru ya Le Monde, birimo n'ibivuga ko abashyitsi basabwaga kudatwara amakaruvati yo mu ruganda rwa Hermès mu biro bye.

    Ati 'Ni ibinyoma: turabareka bakagumana izabo.'

    Usibye ibirego bijyanye n'abakozi, Le Monde yananditse ku mibanire yo mu muryango wa Arnault, ivuga ko abana be batanu bose bafite inshingano zikomeye muri LVMH batumvikana hagati yabo.

    Bernard Arnault yahakanye ko hari amakimbirane akomeye mu muryango we, avuga ko abana be ari abantu bafite ubushobozi batandukanye kandi ko bakorera hamwe.

    LVMH ni kimwe mu bigo bikomeye ku Isi mu bijyanye n'imyambaro, imitako n'ibicuruzwa bihenze. Iki kigo gifite ibirango bizwi cyane birimo Louis Vuitton, Moët Hennessy, Christian Dior, Tiffany na Bulgari.

    Bernard Arnault yagishinze mu myaka 40 ishize.

    Umunyemari Bernard Arnault yashinjwe kwanga guha akazi abantu babyibushye


    Source : http://igihe.com/amakuru/u-rwanda/article/umunyemari-bernard-arnault-yashinjwe-kwanga-guha-akazi-abantu-babyibushye

  • Abarenga ibihumbi 300 bazitabira imurikagurisha rya Kigali – #rwanda #RwOT

    Ni imurikagurisha ngarukamwaka ribera mu Mujyi wa Kigali i Gikondo ahazwi nka Expo Ground, ndetse ni ryo rinini mu yabera mu Rwanda yose.

    Ubwo iry'uyu mwaka ryatangizwaga ku mugaragaro ku wa 1 Kanama 2026, Minisitiri w'Ubucuruzi n'Inganda, Kajangwe Antoine Marie yavuze ko kwiyongera kw'abamurika ari ingenzi ku iterambere ry'ubukungu bw'Igihugu.

    Ati 'Bituma n'amafaranga y'u Rwanda akomeza gukomera cyangwa se kuzamuka mu gaciro. Iri murikagurisha rivuze byinshi ku guhanga udushya, ku bukungu n'ubucuruzi by'aho turi kugana nk'Igihugu hashimishije kandi twese nk'Abanyarwanda dukwiye kubishyigikira.'

    PSF igaragaza ko abaryitabiriye uyu mwaka ubu barenga 500 kandi biyongereye kuko mu 2025 bari 450 baturutse mu byiciro bitandukanye na ho abazarisura biteganyijwe ko bazaba barenga ibihumbi 300.

    Umuyobozi Mukuru wa PSF, Twagirumukiza François, yavuze ko hari abikorera bo mu Rwanda bitabiriye iri murika rizababera amahirwe akomeye no mu kubona amasoko kuko bamwe ibyo bakora batangiye kubicuruza ku masoko yo mu mahanga.

    Ati 'Twagiye tubona abikorera bafite inganda bakora ibintu byinshi bihaza isoko ry'u Rwanda ndetse batangiye no kugurisha ku isoko ryo hanze. Harimo n'abatubwiye ko 70% by'ibyo bakora babigurisha ku isoko ryo mu mahanga.'

    Abanyamahanga baryitabiriye ku nshuro ya mbere n'abasanzwe baryitabira babwiye RBA ko iri murikagurisha, uretse inyungu z'ubucuruzi, rinubaka icyizere abanyamahanga bagirira u Rwanda no gukorana na rwo muri rusange.

    Obidar Zaher waturutse mu Misiri yagize ati 'Twatangiye kuza muri iri murikagurisha mu 2018 ariko icyo nakubwira ni uko nshaka gushimira muri rusange uburyo bakira abantu. Nanashimye uburyo riteguye neza kuko bintera ishema ryo kuba nararyitabiye.'

    Dr. Nigest Haile wo muri Ethiopia we yavuze ko ari ubwa mbere aryitabiriye nyuma y'uko hari abandi bagore bagenzi be baryitabiriye mbere bakishimira inyungu bakuramo.

    Avuga ko Minisiteri y'Ubucuruzi n'Inganda yabafashije ibishoboka byose kugira ngo baryitabire kandi asanga ibyo byongera imikoranire n'umubano mwiza hagati y'ibihugu byombi.

    Ni mu gihe abikorera bo mu Rwanda bavuga ko kuryitabira ari amahirwe yo kwagura amasoko y'ibyo bakora.

    Hagenimana Shaffy waje kumurika aturutse muri sosiyete nyarwanda yitwa Organic Products Bio na Niyonzima Claudine waturutse muri Santech bashimangiye ko iri murikagurisha ribafasha gusobanura no kumenyekanisha ibyo bakora no kubigurisha ariko bakumva n'ibyifuzo by'abakiliya babo.

    Imurikagurisha mpuzamahanga ribera rya Kigali ryatangiye mu 1998. Rimara ibyumweru bitatu, aho uyu mwaka ryatangiye ku wa 28 Nyakanga 2026 rikazarangira ku wa 17 Kanama 2026 aho rifungura saa tatu za mu gitondo rikarangira saa yine z'ijoro.

    Imurikagurisha ry’i Kigali riri kubera i Gikondo

    Abarenga ibihumbi 300 bazitabira imurikagurisha rya Kigali riri kuba ku nshuro ya 29

    Imyenda itandukanye ni imwe mu biri kumurikirwa mu imurikagurisha riri kubera i Kigali

    Umuyobozi Mukuru wa PSF, Twagirumukiza François, yavuze ko hari abikorera bo mu Rwanda bitabiriye imurikagurisha rizababera amahirwe akomeye no mu kubona amasoko no mu mahanga

    Minisitiri w'Ubucuruzi n'Inganda, Kajangwe Antoine Marie yavuze ko kwiyongera kw'abamurika ari ingenzi ku iterambere ry'ubukungu bw'Igihugu


    Source : http://igihe.com/amakuru/u-rwanda/article/abarenga-ibihumbi-300-bazitabira-imurikagurisha-rya-kigali

  • Abarenga ibihumbi 300 bazitabira imurikagurisha rya Kigali – #rwanda #RwOT

    Ni imurikagurisha ngarukamwaka ribera mu Mujyi wa Kigali i Gikondo ahazwi nka Expo Ground, ndetse ni ryo rinini mu yabera mu Rwanda yose.

    Ubwo iry'uyu mwaka ryatangizwaga ku mugaragaro ku wa 1 Kanama 2026, Minisitiri w'Ubucuruzi n'Inganda, Kajangwe Antoine Marie yavuze ko kwiyongera kw'abamurika ari ingenzi ku iterambere ry'ubukungu bw'Igihugu.

    Ati 'Bituma n'amafaranga y'u Rwanda akomeza gukomera cyangwa se kuzamuka mu gaciro. Iri murikagurisha rivuze byinshi ku guhanga udushya, ku bukungu n'ubucuruzi by'aho turi kugana nk'Igihugu hashimishije kandi twese nk'Abanyarwanda dukwiye kubishyigikira.'

    PSF igaragaza ko abaryitabiriye uyu mwaka ubu barenga 500 kandi biyongereye kuko mu 2025 bari 450 baturutse mu byiciro bitandukanye na ho abazarisura biteganyijwe ko bazaba barenga ibihumbi 300.

    Umuyobozi Mukuru wa PSF, Twagirumukiza François, yavuze ko hari abikorera bo mu Rwanda bitabiriye iri murika rizababera amahirwe akomeye no mu kubona amasoko kuko bamwe ibyo bakora batangiye kubicuruza ku masoko yo mu mahanga.

    Ati 'Twagiye tubona abikorera bafite inganda bakora ibintu byinshi bihaza isoko ry'u Rwanda ndetse batangiye no kugurisha ku isoko ryo hanze. Harimo n'abatubwiye ko 70% by'ibyo bakora babigurisha ku isoko ryo mu mahanga.'

    Abanyamahanga baryitabiriye ku nshuro ya mbere n'abasanzwe baryitabira babwiye RBA ko iri murikagurisha, uretse inyungu z'ubucuruzi, rinubaka icyizere abanyamahanga bagirira u Rwanda no gukorana na rwo muri rusange.

    Obidar Zaher waturutse mu Misiri yagize ati 'Twatangiye kuza muri iri murikagurisha mu 2018 ariko icyo nakubwira ni uko nshaka gushimira muri rusange uburyo bakira abantu. Nanashimye uburyo riteguye neza kuko bintera ishema ryo kuba nararyitabiye.'

    Dr. Nigest Haile wo muri Ethiopia we yavuze ko ari ubwa mbere aryitabiriye nyuma y'uko hari abandi bagore bagenzi be baryitabiriye mbere bakishimira inyungu bakuramo.

    Avuga ko Minisiteri y'Ubucuruzi n'Inganda yabafashije ibishoboka byose kugira ngo baryitabire kandi asanga ibyo byongera imikoranire n'umubano mwiza hagati y'ibihugu byombi.

    Ni mu gihe abikorera bo mu Rwanda bavuga ko kuryitabira ari amahirwe yo kwagura amasoko y'ibyo bakora.

    Hagenimana Shaffy waje kumurika aturutse muri sosiyete nyarwanda yitwa Organic Products Bio na Niyonzima Claudine waturutse muri Santech bashimangiye ko iri murikagurisha ribafasha gusobanura no kumenyekanisha ibyo bakora no kubigurisha ariko bakumva n'ibyifuzo by'abakiliya babo.

    Imurikagurisha mpuzamahanga ribera rya Kigali ryatangiye mu 1998. Rimara ibyumweru bitatu, aho uyu mwaka ryatangiye ku wa 28 Nyakanga 2026 rikazarangira ku wa 17 Kanama 2026 aho rifungura saa tatu za mu gitondo rikarangira saa yine z'ijoro.

    Imurikagurisha ry’i Kigali riri kubera i Gikondo

    Abarenga ibihumbi 300 bazitabira imurikagurisha rya Kigali riri kuba ku nshuro ya 29

    Imyenda itandukanye ni imwe mu biri kumurikirwa mu imurikagurisha riri kubera i Kigali

    Umuyobozi Mukuru wa PSF, Twagirumukiza François, yavuze ko hari abikorera bo mu Rwanda bitabiriye imurikagurisha rizababera amahirwe akomeye no mu kubona amasoko no mu mahanga

    Minisitiri w'Ubucuruzi n'Inganda, Kajangwe Antoine Marie yavuze ko kwiyongera kw'abamurika ari ingenzi ku iterambere ry'ubukungu bw'Igihugu


    Source : http://igihe.com/amakuru/u-rwanda/article/abarenga-ibihumbi-300-bazitabira-imurikagurisha-rya-kigali

  • Umuyobozi wa Polisi y'u Rwanda yemereye akazi abagorerewe Iwawa 130 – #rwanda #RwOT

    Ibi yabigarutseho kuri uyu wa gatandatu, tariki 02 Kanama 2026 ubwo yitabiraga umuhango wo gusoza amasomo y'igororamuco ku rubyiruko 2001 rwagororotse nyuma yo guhabwa amasomo rwari rumazemo umwaka.

    Abahawe akazi barimo abize amasomo y'ubuhinzi 136 muri 700 bize ubuhinzi. Bazajya kubaka imirima y'igikoni mu bigo bitandukanye bya Polisi y'u Rwanda.

    Si aba bonyine kuko hari undi musore uzobereye ibijyanye na siporo, wamusabye akazi ko kugorora ingingo, na we amwemerera akazi mu gihe cy'igerageza ry'amezi atatu, amubwira ko nagaragaza impinduka nziza azafashwa birenzeho.

    Mu kiganiro CG Namuhoranye yahaye uru rubyiruko yagize ati 'Ba bandi bize iby'ubuhinzi uwabidusobanuriraga twamubajije tuti, aho kugira ngo muzahangayike utu turima tw'igikoni dusa nk'ubusitani mujye kudukorera ahantu batarasobanukirwa akamaro katwo. Kuki mutaza gukora imishinga y'igerageza ryatwo mu bigo bya Polisi byose?.'

    'Mu gihe cy'amezi atatu dukeneye gufata abazitwara neza tubagabanye mu bigo bitandukanye birimo n'ibya Polisi, bakabikora umusaruro uvuyemo bakawugurisha cyangwa ikigo kikabahemba. Uwafata aba bakora ibi, ko bavuze ngo barenga 130 … tukareba ahantu tubagabanya mu bigo byacu bitandukanye babikore umusaruro bawugurishe, cyangwa babikorere icyo kigo kibahembe.'

    CG Namuhoranye yagaragaje ko igishishikaje Polisi y'u Rwanda ari ugufasha urubyiruko rwamaze gufata amasomo y'igororamuco ariko rukanagaragaza impinduka zo kutazasubira mu migenzereze mibi rwahozemo mbere.

    Yabibukije kandi ko bagomba kuba imbaraga z'Igihugu zubaka barushaho kurangwa n'indangagaciro.

    Imanishimwe Didier wo mu Karere ka Kicukiro, Umurenge wa Kanombe ho mu Kagali ka Karama uri mu bize amasomo y'ubuhinzi yagize ati 'Nisanze mu kigo cya Iwawa biturutse ku bujura, ariko nize amasomo y'ubuhinzi kandi niteguye gushyira mu ngiro aya masomo ngafasha Abanya-Kigali kugira ubusitani bw'imboga ntibazasubire kugura imbora ku isoko ahubwo bakajya bazisarura mu butaka bapfushaga ubusa.'

    Akomeza avuga ko amasomo bigishijwe yose aganisha ku gukoresha neza ubutaka buto buhari, kandi bagakora imirima y'igikoni irengera ibidukikije.

    Abagororerwa mu kigo ngororamuco cya Iwawa mu cyiciro cya 25, muri rusange bageraga ku rubyiruko 4.844, ariko abangana 2001 ni bo babashije kuzingatira amasomo bahawe yo guhinduka bakareka imigenzereze mibi ari nabo basoje amasomo.

    Umuyobozi Mukuru wa Polisi y'u Rwanda (IGP) CG Felix Namuhoranye, yemereye akazi abantu 130 bagororewe Iwawa


    Source : http://igihe.com/amakuru/u-rwanda/article/umuyobozi-wa-polisi-y-u-rwanda-yemereye-akazi-abagorerewe-iwawa-130

  • Umuyobozi wa Polisi y'u Rwanda yemereye akazi abagorerewe Iwawa 130 – #rwanda #RwOT

    Ibi yabigarutseho kuri uyu wa gatandatu, tariki 02 Kanama 2026 ubwo yitabiraga umuhango wo gusoza amasomo y'igororamuco ku rubyiruko 2001 rwagororotse nyuma yo guhabwa amasomo rwari rumazemo umwaka.

    Abahawe akazi barimo abize amasomo y'ubuhinzi 136 muri 700 bize ubuhinzi. Bazajya kubaka imirima y'igikoni mu bigo bitandukanye bya Polisi y'u Rwanda.

    Si aba bonyine kuko hari undi musore uzobereye ibijyanye na siporo, wamusabye akazi ko kugorora ingingo, na we amwemerera akazi mu gihe cy'igerageza ry'amezi atatu, amubwira ko nagaragaza impinduka nziza azafashwa birenzeho.

    Mu kiganiro CG Namuhoranye yahaye uru rubyiruko yagize ati 'Ba bandi bize iby'ubuhinzi uwabidusobanuriraga twamubajije tuti, aho kugira ngo muzahangayike utu turima tw'igikoni dusa nk'ubusitani mujye kudukorera ahantu batarasobanukirwa akamaro katwo. Kuki mutaza gukora imishinga y'igerageza ryatwo mu bigo bya Polisi byose?.'

    'Mu gihe cy'amezi atatu dukeneye gufata abazitwara neza tubagabanye mu bigo bitandukanye birimo n'ibya Polisi, bakabikora umusaruro uvuyemo bakawugurisha cyangwa ikigo kikabahemba. Uwafata aba bakora ibi, ko bavuze ngo barenga 130 … tukareba ahantu tubagabanya mu bigo byacu bitandukanye babikore umusaruro bawugurishe, cyangwa babikorere icyo kigo kibahembe.'

    CG Namuhoranye yagaragaje ko igishishikaje Polisi y'u Rwanda ari ugufasha urubyiruko rwamaze gufata amasomo y'igororamuco ariko rukanagaragaza impinduka zo kutazasubira mu migenzereze mibi rwahozemo mbere.

    Yabibukije kandi ko bagomba kuba imbaraga z'Igihugu zubaka barushaho kurangwa n'indangagaciro.

    Imanishimwe Didier wo mu Karere ka Kicukiro, Umurenge wa Kanombe ho mu Kagali ka Karama uri mu bize amasomo y'ubuhinzi yagize ati 'Nisanze mu kigo cya Iwawa biturutse ku bujura, ariko nize amasomo y'ubuhinzi kandi niteguye gushyira mu ngiro aya masomo ngafasha Abanya-Kigali kugira ubusitani bw'imboga ntibazasubire kugura imbora ku isoko ahubwo bakajya bazisarura mu butaka bapfushaga ubusa.'

    Akomeza avuga ko amasomo bigishijwe yose aganisha ku gukoresha neza ubutaka buto buhari, kandi bagakora imirima y'igikoni irengera ibidukikije.

    Abagororerwa mu kigo ngororamuco cya Iwawa mu cyiciro cya 25, muri rusange bageraga ku rubyiruko 4.844, ariko abangana 2001 ni bo babashije kuzingatira amasomo bahawe yo guhinduka bakareka imigenzereze mibi ari nabo basoje amasomo.

    Umuyobozi Mukuru wa Polisi y'u Rwanda (IGP) CG Felix Namuhoranye, yemereye akazi abantu 130 bagororewe Iwawa


    Source : http://igihe.com/amakuru/u-rwanda/article/umuyobozi-wa-polisi-y-u-rwanda-yemereye-akazi-abagorerewe-iwawa-130