Author: webrwanda

  • Agrishow 2026: Equity Bank Rwanda yahembwe nk'umufatanyabikorwa wahize abandi – #rwanda #RwOT

    Agrishow yo mu 2026 yitabiriwe n'abamurika barenga 600, barimo abahinzi n'aborozi ku giti cyabo, ibigo, amakoperative n'amatsinda akora mu nzego zitandukanye z'ubuhinzi n'ubworozi.

    Minisitiri w'Ubuhinzi n'Ubworozi, Dr Telesphore Ndabamenye, yashimiye abafatanyabikorwa batandukanye barimo Equity Bank Rwanda, ku ruhare bagize mu gutuma iri murikabikorwa rigenda neza no mu guteza imbere urwego rw'ubuhinzi n'ubworozi.

    Ati 'Mfashe umwanya ngo nshimire abafatanyabikorwa bateye inkunga iri murikabikorwa mu buryo butandukanye, haba mu gutanga amafaranga, ubumenyi n'ibindi byagize uruhare mu gutuma rigenda neza.'

    Umuyobozi ushinzwe Ishami ry'Ubuhinzi n'Ubworozi muri Equity Bank Rwanda, Uwineza Marie Claire, yavuze ko iki gihembo gishimangira uruhare rwa banki mu guteza imbere uru rwego.

    Ati 'Twishimiye cyane kuba twabonye iki gihembo, kuko kije gushimangira ibikorwa dukora bigamije guteza imbere ubuhinzi n'ubworozi.'

    Muri iri murikabikorwa, Equity Bank Rwanda yanahaye Secula Ltd igihembo cya miliyoni 4 Frw. Iki kigo gikorera mu Murenge wa Mukamira, mu Karere ka Nyabihu, mu Ntara y'Amajyaruguru, gitunganya inanasi kikazikoramo imitobe na divayi.

    Secula Ltd yabaye iya kabiri mu cyiciro cy'imishinga iyobowe n'urubyiruko n'abagore yahize indi muri Agrishow 2026.

    Nshimiyimana Joseph, ushinzwe ibikorwa by'ubucuruzi n'iyamamazabikorwa muri Secula Ltd, yavuze ko amafaranga bahawe azabafasha kwagura ibikorwa no gukemura ikibazo cy'aho kubika umusaruro.

    Ati 'Twajyaga tugira ikibazo cy'ahantu hizewe ho kubika umusaruro wacu, kubera ko nta gishoro gihagije twari dufite. Iki gihembo kigiye kudufasha gukemura icyo kibazo n'ibindi dukunze guhura na byo.'

    Yongeyeho ko bishimiye guhembwa na Equity Bank Rwanda, kuko ari na yo banki ikigo cyabo gisanzwe kibitsamo amafaranga.

    Uwineza Marie Claire yavuze ko batewe ishema no kuba MINAGRI yahaye Equity Bank igihembo

    Umuyobozi ushinzwe Ishami ry'Ubuhinzi n'Ubworozi muri Equity Bank Rwanda, Uwineza Marie Claire ni we washyikirijwe igihembo na Minisitiri w’Ubuhinzi n’Ubworozi, Dr. Ndabamenye Telesphore

    Nshimiyimana Joseph wari uhagarariye ikigo cya Secula Ltd ni we washyikirijwe igihembo cya miliyoni 4 Frw yahawe na Equity Bank

    Nshimiyimana Joseph yishimiye igihembo yahawe na Equity Bank, avuga ko bizafasha kigo cyabo kwagura ibikorwa byabo


    Source : http://igihe.com/amakuru/u-rwanda/article/agrishow-2026-equity-bank-rwanda-yahembwe-nk-umufatanyabikorwa-wahize-abandi

  • Umunyemari Bernard Arnault yashinjwe kwanga guha akazi abantu babyibushye – #rwanda #RwOT

    Arnault, ufite imyaka 77, yahakanye ibyo birego nyuma y'inkuru y'iperereza yakozwe n'ikinyamakuru cyo mu Bufaransa cya Le Monde.

    Abanyamakuru ba Le Monde, Raphaëlle Bacqué na Vanessa Schneider, bagiye ku cyicaro gikuru cya LVMH i Paris, bavuga ko abakozi baho, cyane cyane abagore, ahanini ari bato, beza kandi bananutse. Bavuze ko batabonye umukozi ufite ibilo byinshi cyangwa wambaye mu buryo butanogeye ijisho.

    Mu gusubiza ibyo byatangajwe, Arnault yavuze ko agiye gukurikirana iki kibazo kugira ngo amenye niba hari ivangurwa rikorwa igihe abantu bagiye guhabwa akazi.

    Mu ibaruwa yasohowe kuri konti ya LVMH kuri X, Arnault yagize ati 'Niseguye ku basomyi b'iki kinyamakuru ku kuba tutarabashije gutanga akazi ku bantu bafite imiterere y'umubiri itandukanye, kandi iki kibazo nzakigeza ku bashinzwe 'canteen' y'ikigo ku wa Mbere.'

    Yakomeje aseka ibindi birego byari mu nkuru ya Le Monde, birimo n'ibivuga ko abashyitsi basabwaga kudatwara amakaruvati yo mu ruganda rwa Hermès mu biro bye.

    Ati 'Ni ibinyoma: turabareka bakagumana izabo.'

    Usibye ibirego bijyanye n'abakozi, Le Monde yananditse ku mibanire yo mu muryango wa Arnault, ivuga ko abana be batanu bose bafite inshingano zikomeye muri LVMH batumvikana hagati yabo.

    Bernard Arnault yahakanye ko hari amakimbirane akomeye mu muryango we, avuga ko abana be ari abantu bafite ubushobozi batandukanye kandi ko bakorera hamwe.

    LVMH ni kimwe mu bigo bikomeye ku Isi mu bijyanye n'imyambaro, imitako n'ibicuruzwa bihenze. Iki kigo gifite ibirango bizwi cyane birimo Louis Vuitton, Moët Hennessy, Christian Dior, Tiffany na Bulgari.

    Bernard Arnault yagishinze mu myaka 40 ishize.

    Umunyemari Bernard Arnault yashinjwe kwanga guha akazi abantu babyibushye


    Source : http://igihe.com/amakuru/u-rwanda/article/umunyemari-bernard-arnault-yashinjwe-kwanga-guha-akazi-abantu-babyibushye

  • Umunyemari Bernard Arnault yashinjwe kwanga guha akazi abantu babyibushye – #rwanda #RwOT

    Arnault, ufite imyaka 77, yahakanye ibyo birego nyuma y'inkuru y'iperereza yakozwe n'ikinyamakuru cyo mu Bufaransa cya Le Monde.

    Abanyamakuru ba Le Monde, Raphaëlle Bacqué na Vanessa Schneider, bagiye ku cyicaro gikuru cya LVMH i Paris, bavuga ko abakozi baho, cyane cyane abagore, ahanini ari bato, beza kandi bananutse. Bavuze ko batabonye umukozi ufite ibilo byinshi cyangwa wambaye mu buryo butanogeye ijisho.

    Mu gusubiza ibyo byatangajwe, Arnault yavuze ko agiye gukurikirana iki kibazo kugira ngo amenye niba hari ivangurwa rikorwa igihe abantu bagiye guhabwa akazi.

    Mu ibaruwa yasohowe kuri konti ya LVMH kuri X, Arnault yagize ati 'Niseguye ku basomyi b'iki kinyamakuru ku kuba tutarabashije gutanga akazi ku bantu bafite imiterere y'umubiri itandukanye, kandi iki kibazo nzakigeza ku bashinzwe 'canteen' y'ikigo ku wa Mbere.'

    Yakomeje aseka ibindi birego byari mu nkuru ya Le Monde, birimo n'ibivuga ko abashyitsi basabwaga kudatwara amakaruvati yo mu ruganda rwa Hermès mu biro bye.

    Ati 'Ni ibinyoma: turabareka bakagumana izabo.'

    Usibye ibirego bijyanye n'abakozi, Le Monde yananditse ku mibanire yo mu muryango wa Arnault, ivuga ko abana be batanu bose bafite inshingano zikomeye muri LVMH batumvikana hagati yabo.

    Bernard Arnault yahakanye ko hari amakimbirane akomeye mu muryango we, avuga ko abana be ari abantu bafite ubushobozi batandukanye kandi ko bakorera hamwe.

    LVMH ni kimwe mu bigo bikomeye ku Isi mu bijyanye n'imyambaro, imitako n'ibicuruzwa bihenze. Iki kigo gifite ibirango bizwi cyane birimo Louis Vuitton, Moët Hennessy, Christian Dior, Tiffany na Bulgari.

    Bernard Arnault yagishinze mu myaka 40 ishize.

    Umunyemari Bernard Arnault yashinjwe kwanga guha akazi abantu babyibushye


    Source : http://igihe.com/amakuru/u-rwanda/article/umunyemari-bernard-arnault-yashinjwe-kwanga-guha-akazi-abantu-babyibushye

  • Abarenga ibihumbi 300 bazitabira imurikagurisha rya Kigali – #rwanda #RwOT

    Ni imurikagurisha ngarukamwaka ribera mu Mujyi wa Kigali i Gikondo ahazwi nka Expo Ground, ndetse ni ryo rinini mu yabera mu Rwanda yose.

    Ubwo iry'uyu mwaka ryatangizwaga ku mugaragaro ku wa 1 Kanama 2026, Minisitiri w'Ubucuruzi n'Inganda, Kajangwe Antoine Marie yavuze ko kwiyongera kw'abamurika ari ingenzi ku iterambere ry'ubukungu bw'Igihugu.

    Ati 'Bituma n'amafaranga y'u Rwanda akomeza gukomera cyangwa se kuzamuka mu gaciro. Iri murikagurisha rivuze byinshi ku guhanga udushya, ku bukungu n'ubucuruzi by'aho turi kugana nk'Igihugu hashimishije kandi twese nk'Abanyarwanda dukwiye kubishyigikira.'

    PSF igaragaza ko abaryitabiriye uyu mwaka ubu barenga 500 kandi biyongereye kuko mu 2025 bari 450 baturutse mu byiciro bitandukanye na ho abazarisura biteganyijwe ko bazaba barenga ibihumbi 300.

    Umuyobozi Mukuru wa PSF, Twagirumukiza François, yavuze ko hari abikorera bo mu Rwanda bitabiriye iri murika rizababera amahirwe akomeye no mu kubona amasoko kuko bamwe ibyo bakora batangiye kubicuruza ku masoko yo mu mahanga.

    Ati 'Twagiye tubona abikorera bafite inganda bakora ibintu byinshi bihaza isoko ry'u Rwanda ndetse batangiye no kugurisha ku isoko ryo hanze. Harimo n'abatubwiye ko 70% by'ibyo bakora babigurisha ku isoko ryo mu mahanga.'

    Abanyamahanga baryitabiriye ku nshuro ya mbere n'abasanzwe baryitabira babwiye RBA ko iri murikagurisha, uretse inyungu z'ubucuruzi, rinubaka icyizere abanyamahanga bagirira u Rwanda no gukorana na rwo muri rusange.

    Obidar Zaher waturutse mu Misiri yagize ati 'Twatangiye kuza muri iri murikagurisha mu 2018 ariko icyo nakubwira ni uko nshaka gushimira muri rusange uburyo bakira abantu. Nanashimye uburyo riteguye neza kuko bintera ishema ryo kuba nararyitabiye.'

    Dr. Nigest Haile wo muri Ethiopia we yavuze ko ari ubwa mbere aryitabiriye nyuma y'uko hari abandi bagore bagenzi be baryitabiriye mbere bakishimira inyungu bakuramo.

    Avuga ko Minisiteri y'Ubucuruzi n'Inganda yabafashije ibishoboka byose kugira ngo baryitabire kandi asanga ibyo byongera imikoranire n'umubano mwiza hagati y'ibihugu byombi.

    Ni mu gihe abikorera bo mu Rwanda bavuga ko kuryitabira ari amahirwe yo kwagura amasoko y'ibyo bakora.

    Hagenimana Shaffy waje kumurika aturutse muri sosiyete nyarwanda yitwa Organic Products Bio na Niyonzima Claudine waturutse muri Santech bashimangiye ko iri murikagurisha ribafasha gusobanura no kumenyekanisha ibyo bakora no kubigurisha ariko bakumva n'ibyifuzo by'abakiliya babo.

    Imurikagurisha mpuzamahanga ribera rya Kigali ryatangiye mu 1998. Rimara ibyumweru bitatu, aho uyu mwaka ryatangiye ku wa 28 Nyakanga 2026 rikazarangira ku wa 17 Kanama 2026 aho rifungura saa tatu za mu gitondo rikarangira saa yine z'ijoro.

    Imurikagurisha ry’i Kigali riri kubera i Gikondo

    Abarenga ibihumbi 300 bazitabira imurikagurisha rya Kigali riri kuba ku nshuro ya 29

    Imyenda itandukanye ni imwe mu biri kumurikirwa mu imurikagurisha riri kubera i Kigali

    Umuyobozi Mukuru wa PSF, Twagirumukiza François, yavuze ko hari abikorera bo mu Rwanda bitabiriye imurikagurisha rizababera amahirwe akomeye no mu kubona amasoko no mu mahanga

    Minisitiri w'Ubucuruzi n'Inganda, Kajangwe Antoine Marie yavuze ko kwiyongera kw'abamurika ari ingenzi ku iterambere ry'ubukungu bw'Igihugu


    Source : http://igihe.com/amakuru/u-rwanda/article/abarenga-ibihumbi-300-bazitabira-imurikagurisha-rya-kigali

  • Abarenga ibihumbi 300 bazitabira imurikagurisha rya Kigali – #rwanda #RwOT

    Ni imurikagurisha ngarukamwaka ribera mu Mujyi wa Kigali i Gikondo ahazwi nka Expo Ground, ndetse ni ryo rinini mu yabera mu Rwanda yose.

    Ubwo iry'uyu mwaka ryatangizwaga ku mugaragaro ku wa 1 Kanama 2026, Minisitiri w'Ubucuruzi n'Inganda, Kajangwe Antoine Marie yavuze ko kwiyongera kw'abamurika ari ingenzi ku iterambere ry'ubukungu bw'Igihugu.

    Ati 'Bituma n'amafaranga y'u Rwanda akomeza gukomera cyangwa se kuzamuka mu gaciro. Iri murikagurisha rivuze byinshi ku guhanga udushya, ku bukungu n'ubucuruzi by'aho turi kugana nk'Igihugu hashimishije kandi twese nk'Abanyarwanda dukwiye kubishyigikira.'

    PSF igaragaza ko abaryitabiriye uyu mwaka ubu barenga 500 kandi biyongereye kuko mu 2025 bari 450 baturutse mu byiciro bitandukanye na ho abazarisura biteganyijwe ko bazaba barenga ibihumbi 300.

    Umuyobozi Mukuru wa PSF, Twagirumukiza François, yavuze ko hari abikorera bo mu Rwanda bitabiriye iri murika rizababera amahirwe akomeye no mu kubona amasoko kuko bamwe ibyo bakora batangiye kubicuruza ku masoko yo mu mahanga.

    Ati 'Twagiye tubona abikorera bafite inganda bakora ibintu byinshi bihaza isoko ry'u Rwanda ndetse batangiye no kugurisha ku isoko ryo hanze. Harimo n'abatubwiye ko 70% by'ibyo bakora babigurisha ku isoko ryo mu mahanga.'

    Abanyamahanga baryitabiriye ku nshuro ya mbere n'abasanzwe baryitabira babwiye RBA ko iri murikagurisha, uretse inyungu z'ubucuruzi, rinubaka icyizere abanyamahanga bagirira u Rwanda no gukorana na rwo muri rusange.

    Obidar Zaher waturutse mu Misiri yagize ati 'Twatangiye kuza muri iri murikagurisha mu 2018 ariko icyo nakubwira ni uko nshaka gushimira muri rusange uburyo bakira abantu. Nanashimye uburyo riteguye neza kuko bintera ishema ryo kuba nararyitabiye.'

    Dr. Nigest Haile wo muri Ethiopia we yavuze ko ari ubwa mbere aryitabiriye nyuma y'uko hari abandi bagore bagenzi be baryitabiriye mbere bakishimira inyungu bakuramo.

    Avuga ko Minisiteri y'Ubucuruzi n'Inganda yabafashije ibishoboka byose kugira ngo baryitabire kandi asanga ibyo byongera imikoranire n'umubano mwiza hagati y'ibihugu byombi.

    Ni mu gihe abikorera bo mu Rwanda bavuga ko kuryitabira ari amahirwe yo kwagura amasoko y'ibyo bakora.

    Hagenimana Shaffy waje kumurika aturutse muri sosiyete nyarwanda yitwa Organic Products Bio na Niyonzima Claudine waturutse muri Santech bashimangiye ko iri murikagurisha ribafasha gusobanura no kumenyekanisha ibyo bakora no kubigurisha ariko bakumva n'ibyifuzo by'abakiliya babo.

    Imurikagurisha mpuzamahanga ribera rya Kigali ryatangiye mu 1998. Rimara ibyumweru bitatu, aho uyu mwaka ryatangiye ku wa 28 Nyakanga 2026 rikazarangira ku wa 17 Kanama 2026 aho rifungura saa tatu za mu gitondo rikarangira saa yine z'ijoro.

    Imurikagurisha ry’i Kigali riri kubera i Gikondo

    Abarenga ibihumbi 300 bazitabira imurikagurisha rya Kigali riri kuba ku nshuro ya 29

    Imyenda itandukanye ni imwe mu biri kumurikirwa mu imurikagurisha riri kubera i Kigali

    Umuyobozi Mukuru wa PSF, Twagirumukiza François, yavuze ko hari abikorera bo mu Rwanda bitabiriye imurikagurisha rizababera amahirwe akomeye no mu kubona amasoko no mu mahanga

    Minisitiri w'Ubucuruzi n'Inganda, Kajangwe Antoine Marie yavuze ko kwiyongera kw'abamurika ari ingenzi ku iterambere ry'ubukungu bw'Igihugu


    Source : http://igihe.com/amakuru/u-rwanda/article/abarenga-ibihumbi-300-bazitabira-imurikagurisha-rya-kigali

  • Umuyobozi wa Polisi y'u Rwanda yemereye akazi abagorerewe Iwawa 130 – #rwanda #RwOT

    Ibi yabigarutseho kuri uyu wa gatandatu, tariki 02 Kanama 2026 ubwo yitabiraga umuhango wo gusoza amasomo y'igororamuco ku rubyiruko 2001 rwagororotse nyuma yo guhabwa amasomo rwari rumazemo umwaka.

    Abahawe akazi barimo abize amasomo y'ubuhinzi 136 muri 700 bize ubuhinzi. Bazajya kubaka imirima y'igikoni mu bigo bitandukanye bya Polisi y'u Rwanda.

    Si aba bonyine kuko hari undi musore uzobereye ibijyanye na siporo, wamusabye akazi ko kugorora ingingo, na we amwemerera akazi mu gihe cy'igerageza ry'amezi atatu, amubwira ko nagaragaza impinduka nziza azafashwa birenzeho.

    Mu kiganiro CG Namuhoranye yahaye uru rubyiruko yagize ati 'Ba bandi bize iby'ubuhinzi uwabidusobanuriraga twamubajije tuti, aho kugira ngo muzahangayike utu turima tw'igikoni dusa nk'ubusitani mujye kudukorera ahantu batarasobanukirwa akamaro katwo. Kuki mutaza gukora imishinga y'igerageza ryatwo mu bigo bya Polisi byose?.'

    'Mu gihe cy'amezi atatu dukeneye gufata abazitwara neza tubagabanye mu bigo bitandukanye birimo n'ibya Polisi, bakabikora umusaruro uvuyemo bakawugurisha cyangwa ikigo kikabahemba. Uwafata aba bakora ibi, ko bavuze ngo barenga 130 … tukareba ahantu tubagabanya mu bigo byacu bitandukanye babikore umusaruro bawugurishe, cyangwa babikorere icyo kigo kibahembe.'

    CG Namuhoranye yagaragaje ko igishishikaje Polisi y'u Rwanda ari ugufasha urubyiruko rwamaze gufata amasomo y'igororamuco ariko rukanagaragaza impinduka zo kutazasubira mu migenzereze mibi rwahozemo mbere.

    Yabibukije kandi ko bagomba kuba imbaraga z'Igihugu zubaka barushaho kurangwa n'indangagaciro.

    Imanishimwe Didier wo mu Karere ka Kicukiro, Umurenge wa Kanombe ho mu Kagali ka Karama uri mu bize amasomo y'ubuhinzi yagize ati 'Nisanze mu kigo cya Iwawa biturutse ku bujura, ariko nize amasomo y'ubuhinzi kandi niteguye gushyira mu ngiro aya masomo ngafasha Abanya-Kigali kugira ubusitani bw'imboga ntibazasubire kugura imbora ku isoko ahubwo bakajya bazisarura mu butaka bapfushaga ubusa.'

    Akomeza avuga ko amasomo bigishijwe yose aganisha ku gukoresha neza ubutaka buto buhari, kandi bagakora imirima y'igikoni irengera ibidukikije.

    Abagororerwa mu kigo ngororamuco cya Iwawa mu cyiciro cya 25, muri rusange bageraga ku rubyiruko 4.844, ariko abangana 2001 ni bo babashije kuzingatira amasomo bahawe yo guhinduka bakareka imigenzereze mibi ari nabo basoje amasomo.

    Umuyobozi Mukuru wa Polisi y'u Rwanda (IGP) CG Felix Namuhoranye, yemereye akazi abantu 130 bagororewe Iwawa


    Source : http://igihe.com/amakuru/u-rwanda/article/umuyobozi-wa-polisi-y-u-rwanda-yemereye-akazi-abagorerewe-iwawa-130

  • Umuyobozi wa Polisi y'u Rwanda yemereye akazi abagorerewe Iwawa 130 – #rwanda #RwOT

    Ibi yabigarutseho kuri uyu wa gatandatu, tariki 02 Kanama 2026 ubwo yitabiraga umuhango wo gusoza amasomo y'igororamuco ku rubyiruko 2001 rwagororotse nyuma yo guhabwa amasomo rwari rumazemo umwaka.

    Abahawe akazi barimo abize amasomo y'ubuhinzi 136 muri 700 bize ubuhinzi. Bazajya kubaka imirima y'igikoni mu bigo bitandukanye bya Polisi y'u Rwanda.

    Si aba bonyine kuko hari undi musore uzobereye ibijyanye na siporo, wamusabye akazi ko kugorora ingingo, na we amwemerera akazi mu gihe cy'igerageza ry'amezi atatu, amubwira ko nagaragaza impinduka nziza azafashwa birenzeho.

    Mu kiganiro CG Namuhoranye yahaye uru rubyiruko yagize ati 'Ba bandi bize iby'ubuhinzi uwabidusobanuriraga twamubajije tuti, aho kugira ngo muzahangayike utu turima tw'igikoni dusa nk'ubusitani mujye kudukorera ahantu batarasobanukirwa akamaro katwo. Kuki mutaza gukora imishinga y'igerageza ryatwo mu bigo bya Polisi byose?.'

    'Mu gihe cy'amezi atatu dukeneye gufata abazitwara neza tubagabanye mu bigo bitandukanye birimo n'ibya Polisi, bakabikora umusaruro uvuyemo bakawugurisha cyangwa ikigo kikabahemba. Uwafata aba bakora ibi, ko bavuze ngo barenga 130 … tukareba ahantu tubagabanya mu bigo byacu bitandukanye babikore umusaruro bawugurishe, cyangwa babikorere icyo kigo kibahembe.'

    CG Namuhoranye yagaragaje ko igishishikaje Polisi y'u Rwanda ari ugufasha urubyiruko rwamaze gufata amasomo y'igororamuco ariko rukanagaragaza impinduka zo kutazasubira mu migenzereze mibi rwahozemo mbere.

    Yabibukije kandi ko bagomba kuba imbaraga z'Igihugu zubaka barushaho kurangwa n'indangagaciro.

    Imanishimwe Didier wo mu Karere ka Kicukiro, Umurenge wa Kanombe ho mu Kagali ka Karama uri mu bize amasomo y'ubuhinzi yagize ati 'Nisanze mu kigo cya Iwawa biturutse ku bujura, ariko nize amasomo y'ubuhinzi kandi niteguye gushyira mu ngiro aya masomo ngafasha Abanya-Kigali kugira ubusitani bw'imboga ntibazasubire kugura imbora ku isoko ahubwo bakajya bazisarura mu butaka bapfushaga ubusa.'

    Akomeza avuga ko amasomo bigishijwe yose aganisha ku gukoresha neza ubutaka buto buhari, kandi bagakora imirima y'igikoni irengera ibidukikije.

    Abagororerwa mu kigo ngororamuco cya Iwawa mu cyiciro cya 25, muri rusange bageraga ku rubyiruko 4.844, ariko abangana 2001 ni bo babashije kuzingatira amasomo bahawe yo guhinduka bakareka imigenzereze mibi ari nabo basoje amasomo.

    Umuyobozi Mukuru wa Polisi y'u Rwanda (IGP) CG Felix Namuhoranye, yemereye akazi abantu 130 bagororewe Iwawa


    Source : http://igihe.com/amakuru/u-rwanda/article/umuyobozi-wa-polisi-y-u-rwanda-yemereye-akazi-abagorerewe-iwawa-130

  • Imiryango 2800 y'i Nyamasheke igiye kwegurirwa inzu yubakiwe na Leta – #rwanda #RwOT

    Ni nyuma y'aho hari abaturage batujwe mu nzu bubakiwe na Leta bamaze igihe basabwa ko bahabwa ibyangombwa by'ubutaka zubatseho kugira ngo bazigireho uburenganzira buseseye, ndetse babe bashobora no kuzitangaho ingwate muri banki bityo zibafashe kwiteza imbere.

    Minisiteri y'Ubutegetsi bw'Igihugu, iherutse gushyira ahagaragara amabwiriza agenga inzu zubakirwa abaturage muri gahunda yo kubakira abatishoboye.

    Ayo mabwiriza ashyira izo nzu mu byiciro bitatu. Harimo ikiciro cy'abatizwa inzu. Ni icyiciro cy'inzu zihabwa abantu bakiri bato badafite ubushobozi bwo kwiyubakira cyangwa kwikodeshereza ariko bigaragara ko bahawe amahirwe bakwikura mu bukene bakagira ubushobozi bwo kwiyubakira cyangwa kwikodeshereza.

    Iyo uwo muntu avuye mu cyiciro cy'abatishoboye iyo nzu itizwa abandi.

    Icyiciro cya kabiri ni icy'abantu bubakiwe na Leta ariko bakaba bafite uruhare bagize mu iyubakwa ry'iyo nzu. Uruhare rushobora kuba imiganda, cyangwa gutanga ikibanza. Aba bazengurirwa izo nzu burundu ku buryo bashobora kuyitangaho ingwate muri banki cyangwa kuyitangaho impano.

    Icyiciro cya gatatu ni icy'inzu zubakirwa abamugariye ku rugamba rwo kubohora igihugu n'abatishoboye barokotse Jenoside yakorewe Abatutsi.

    Aba bazegurirwa inzu bubakiwe ariko zitambamirwe ku buryo igihe bagiye kuzitangaho ingwate mu kigo cy'imari cyangwa kuzitangaho impano babiganiraho n'ubuyobozi.

    Aya mabwiriza avuga ko ibi byashyizweho mu kwirinda ko uwamugariye ku rugamba cyangwa uwarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi yakoresha nabi iyo nzu akazongera gukenera kubakira.

    Umuyobozi wungirije w'Akarere ka Nyamasheke ushinzwe imibereho myiza y'abaturage, Mukankusi Athanasie, mu kiganiro n'abanyamakuru, akarere kateguye ku bufatanye n'impuzamiryango ishinzwe amajyambere y'ibanze CCOAIB, yavuze ko kuva mu 1995 kugeza ubu Akarere ka Nyamasheke kamaze kubakira imiryango 3525.

    Ati 'Bose twamaze kubabarura buri wese agiye guhabwa icyangombwa cy'ubutaka inzu yubatseho bitewe n'icyiciro arimo. Mu kubamara impungenge, icyo twababwira ni uko dufite imiryango 2825 bose bazegurirwa inzu zidatambamiye. Itsinda ribishinzwe ryaratangiye buri wese azahabwa icyangombwa kijyanye n'icyiciro inzu yubakiwe irimo'.

    Bizimana Antoine ufite umugore n'abana batanu, ni umwe mu baturage bo mu Karere ka Nyamasheke bubakiwe. Mu kiganiro na IGIHE uyu mugabo yavuze ko yaryamaga ntasinzire kubera ko inzu babagamo yari yaratobotse bisaba ko iyo imvura iguye bimukira.

    Ati 'Ndashima gahunda ya Leta yo kubakira abatishoboye, kuko nyuma yo kubakirwa ubu nsigaye ndyama ngasinzira. Inzu nubakiwe iri kumfasha kwiteza imbere kuko nsigaye mbasha kwiyishurira ubwisungane mu kwivuza no kwishyurira abana amashuri'.

    Imiryango irenga 2800 y’i Nyamasheke igiye kwegurirwa inzu yubakiwe na Leta


    Source : http://igihe.com/amakuru/u-rwanda/article/imiryango-2800-y-i-nyamasheke-igiye-kwegurirwa-inzu-yubakiwe-na-leta

  • Imiryango 2800 y'i Nyamasheke igiye kwegurirwa inzu yubakiwe na Leta – #rwanda #RwOT

    Ni nyuma y'aho hari abaturage batujwe mu nzu bubakiwe na Leta bamaze igihe basabwa ko bahabwa ibyangombwa by'ubutaka zubatseho kugira ngo bazigireho uburenganzira buseseye, ndetse babe bashobora no kuzitangaho ingwate muri banki bityo zibafashe kwiteza imbere.

    Minisiteri y'Ubutegetsi bw'Igihugu, iherutse gushyira ahagaragara amabwiriza agenga inzu zubakirwa abaturage muri gahunda yo kubakira abatishoboye.

    Ayo mabwiriza ashyira izo nzu mu byiciro bitatu. Harimo ikiciro cy'abatizwa inzu. Ni icyiciro cy'inzu zihabwa abantu bakiri bato badafite ubushobozi bwo kwiyubakira cyangwa kwikodeshereza ariko bigaragara ko bahawe amahirwe bakwikura mu bukene bakagira ubushobozi bwo kwiyubakira cyangwa kwikodeshereza.

    Iyo uwo muntu avuye mu cyiciro cy'abatishoboye iyo nzu itizwa abandi.

    Icyiciro cya kabiri ni icy'abantu bubakiwe na Leta ariko bakaba bafite uruhare bagize mu iyubakwa ry'iyo nzu. Uruhare rushobora kuba imiganda, cyangwa gutanga ikibanza. Aba bazengurirwa izo nzu burundu ku buryo bashobora kuyitangaho ingwate muri banki cyangwa kuyitangaho impano.

    Icyiciro cya gatatu ni icy'inzu zubakirwa abamugariye ku rugamba rwo kubohora igihugu n'abatishoboye barokotse Jenoside yakorewe Abatutsi.

    Aba bazegurirwa inzu bubakiwe ariko zitambamirwe ku buryo igihe bagiye kuzitangaho ingwate mu kigo cy'imari cyangwa kuzitangaho impano babiganiraho n'ubuyobozi.

    Aya mabwiriza avuga ko ibi byashyizweho mu kwirinda ko uwamugariye ku rugamba cyangwa uwarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi yakoresha nabi iyo nzu akazongera gukenera kubakira.

    Umuyobozi wungirije w'Akarere ka Nyamasheke ushinzwe imibereho myiza y'abaturage, Mukankusi Athanasie, mu kiganiro n'abanyamakuru, akarere kateguye ku bufatanye n'impuzamiryango ishinzwe amajyambere y'ibanze CCOAIB, yavuze ko kuva mu 1995 kugeza ubu Akarere ka Nyamasheke kamaze kubakira imiryango 3525.

    Ati 'Bose twamaze kubabarura buri wese agiye guhabwa icyangombwa cy'ubutaka inzu yubatseho bitewe n'icyiciro arimo. Mu kubamara impungenge, icyo twababwira ni uko dufite imiryango 2825 bose bazegurirwa inzu zidatambamiye. Itsinda ribishinzwe ryaratangiye buri wese azahabwa icyangombwa kijyanye n'icyiciro inzu yubakiwe irimo'.

    Bizimana Antoine ufite umugore n'abana batanu, ni umwe mu baturage bo mu Karere ka Nyamasheke bubakiwe. Mu kiganiro na IGIHE uyu mugabo yavuze ko yaryamaga ntasinzire kubera ko inzu babagamo yari yaratobotse bisaba ko iyo imvura iguye bimukira.

    Ati 'Ndashima gahunda ya Leta yo kubakira abatishoboye, kuko nyuma yo kubakirwa ubu nsigaye ndyama ngasinzira. Inzu nubakiwe iri kumfasha kwiteza imbere kuko nsigaye mbasha kwiyishurira ubwisungane mu kwivuza no kwishyurira abana amashuri'.

    Imiryango irenga 2800 y’i Nyamasheke igiye kwegurirwa inzu yubakiwe na Leta


    Source : http://igihe.com/amakuru/u-rwanda/article/imiryango-2800-y-i-nyamasheke-igiye-kwegurirwa-inzu-yubakiwe-na-leta

  • Inka zo mu Rwanda zose zigiye kwambikwa amaherena y'ikoranabuhanga – #rwanda #RwOT

    Ibi yabitangaje ku wa Gatanu tariki ya 31 Nyakanga 2026, mu nama igamije kumurika ku mugaragaro igitabo cy'imfashanyigisho kizajya gifasha aborozi kumenya uburyo buboneye bwo korora inka zitanga umukamo mu bwiza no mu bwinshi, kumenya kugaburira amatungo yabo n'ibindi byinshi.

    Minisitiri Solange yashishikarije aborozi gukoresha ikoranabuhanga mu bworozi bakora, agaragaza ko hari amaherena afite ikoranabuhanga u Rwanda ruri gukoresha azashyirwa ku nka zose mu rwego rwo kuzimenya no kuzikurikirana.

    Yavuze ko ayo maherena ari gukorerwa imbere mu gihugu aho ubundi yabonekaga avuye hanze kandi akanaboneka bigoranye, ashimangira ko kuri iyi nshuro ari gukorerwa imbere mu gihugu.

    Ati 'Nk'Abanyarwanda rero twatangiye kuyikorera kandi asa neza. Uyu mwaka guhera nko mu kwa Cyenda tuzongera tuze twambike inka zose amaherena afite QR code ku buryo kuzikurikirana bizaba byoroshye dukoresheje ikoranabuhanga, ariko bizanafasha aborozi gukurikirana inka zabo mu buryo bworoshye bakoresheje ikoranabuhanga.''

    Raporo ya Minisiteri y'Ubuhinzi n'Ubworozi yo mu 2025 igaragaza ko mu Rwanda habarurwaga inka 1.727.913.

    MINAGRI igaragaza ko kubera ingamba nyinshi Leta y'u Rwanda yagiye ifata zigamije kuzamura umukamo zirimo nko kuvugurura ubworozi bw'inka, byatumye ingano y'umukamo igihugu kibona uzamuka uva kuri litiro 332.000 ku munsi wariho mu 2005, ugera kuri litiro miliyoni 2.9 ku munsi mu 2025.

    Minisitiri Dr.Solange yavuze ko guhera muri Nzeri inka zose zo mu Rwanda zizatangira kwambikwa amaherena mashya y’ikoranabuhaga


    Source : http://igihe.com/amakuru/u-rwanda/article/inka-zo-mu-rwanda-zose-zigiye-kwambikwa-amaherena-y-ikoranabuhanga