Author: webrwanda

  • Uko Bruce Melodie na Coach Gael bahombejewe bidasanzwe n’umwuka mubi hagati y’u Rwanda na DRC #rwanda #RwOT

    Coach Gael, ureberera inyungu z’umuhanzi Bruce Melodie, yahishuye uko intambara hagati y’umutwe wa M23 n’ingabo za Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (FARDC) ndetse n’umubano mubi hagati ya Kigali na Kinshasa byababateje igihombo gikomeye.

    Karomba Gael wamamaye nka Coach Gael mu kiganiro na Igihe Sports yavuze ko iki gihombo gishingiye ku ndirimbo umuhanzi yarebereraga inyungu yakoranye na Innos B wo muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo yitwa 'A l’aise’, aho kuyitunganya byabasabye igihe kinini ndetse n’amafaranga menshi kurusha uko bari babiteganyije.

    Yavuze ko kuba bari gukorera mu gihugu cy’amahanga byatumye ibikorwa bimwe bitinda, ku buryo indirimbo yamaze hafi icyumweru ikorwa kandi bari biteze ko yari gukorwa mu minsi ibiri.

    Ati: 'Buriya muri Congo twarahahombyeye cyane, buriya niba hari ikintu cya mbere twicuza twembi na Bruce ni indirmbo twakoranye na Innos B; Innos B twakoranye indirimbo tuyikorera muri Congo iranaduhenda cyane kubera ko abakongomani ni abanebwe, bemera ibintu ntibabikore ndetse iyo ndirimbo twayikoze iminsi nk’irindwi yagombaga kuba umunsi cyangwa ibiri ndetse tunayishyura hafi inshuro eshatu '

    Gael yavuze ko nubwo indirimbo yarangiye kandi igasohoka, ibintu byahise bihinduka nyuma y’uko imirwano hagati ya M23 na FARDC ikomeje, bikagira ingaruka ku mibanire y’u Rwanda na DRC.

    Yasobanuye ko Innos B, wari ufite uruhare rukomeye mu kumenyekanisha iyo ndirimbo muri Congo, atashoboye kuyishyigikira uko byari biteganyijwe kuko yari asanzwe akorera ibikorwa bye i Kinshasa.

    Gael yagaragaje ko Innos B yababwiye ko n’ubwo yari yiteguye gushyigikira indirimbo, umutekano utari wifashe neza ku buryo na we yari afite impungenge zikomeye ku buzima bwe.

    Ati “Ariko Innos B aratubwira ati 'umva nkubwize ukuri, nibeshye iyi ndirimbo nkanayishyira ku mbuga nkoranyambaga zanjye, n’inzu yanjye bayitwika.’'

    Uyu muyobozi wa 1:55 AM yanavuze ko kuba iyo ndirimbo yarakozweho n’imbaraga nyinshi ariko ikaza gusohoka mu gihe ibintu byari bihindutse muri DRC, byatumye Bruce Melodie na Gael batabona umusaruro bari bayitezeho.

    Iyi ndirimbo yabaye imwe mu mishinga Bruce Melodie yakoranye n’abahanzi bo mu karere, mu gihe yari afite gahunda yo kurushaho kwagura ibikorwa bye ku isoko ry’umuziki wo muri Afurika.

    Coach Gael yavuze uburyo bahombejwe n’umubano mubi uri hagati y’u Rwanda na DR Congo

    Source : http://isimbi.rw/uko-bruce-melodie-na-coach-gael-bahombejewe-bidasanzwe-n-umwuka-mubi-hagati-y-u.html

  • Tito Rutaremara yasabye Abanyamulenge kwirwanaho – #rwanda #RwOT

    Rutaremara yatanze ubu butumwa ubwo Abanyamulenge bari mu gikorwa cyo kwibuka bene wabo 166 biciwe mu gitero umutwe wa FNL-PARIPEHUTU wagabye nkambi ya Gatumba mu Burundi mu 2004, cyabereye muri Camp Kigali ku wa 13 Kanama 2026.

    Iki gikorwa cyahuje Abanyamulenge biganjemo ababa mu Rwanda cyabaye umwanya wo gushishikarizanya gutanga umusanzu ufatika mu gukemura ibibazo bibangamiye bene wabo batuye muri Komini Minembwe.

    Komini Minembwe imaze hafi imyaka 10 igabwaho ibitero n'imitwe yitwaje intwaro ya Mai Mai ishyigikiwe na Leta ya RDC. Kuva mu ntangiriro za 2025, ingabo z'u Burundi zatangiye kubigiramo uruhare.

    Rutaremara yagarutse ku kibazo 'Rubyiruko muzakora iki?' cyabajijwe Abanyamulenge bakiri bato hagamijwe kumenya umusanzu biteguye gutanga mu gukemura ibi bibazo, ababwira ko igisubizo ari uguhaguruka bakabohora igihugu cyabo.

    Yagize ati “Nahoze numva ngo 'Rubyiruko muzakora iki?' Muzakora iki? Muhaguruke mujye kubohora igihugu. Muri aha ngaha, reka turajya kuri internet, hari igihugu kiri hariya, abantu bararwana. Nimuhaguruke mufate imbunda, mubohore Congo. Congo ni iyanyu.”

    Rutaremara yagaragaje ko urugamba rw'Abanyamulenge rudakwiye kuba urwo kwirwanaho gusa, kuko iwabo atari i Mulenge cyangwa Minembwe gusa, ahubwo ko ari RDC muri rusange.

    Ati “Si ukwirwanaho gusa ahubwo nimubohore Congo. Murirwanaho se kuki, Congo ko ari iwanyu? Biransetsa iyo mwiyita Abanyamulenge. Mulenge ni umusozi.”

    Kuva mu ntangiriro za 2025, MRDP Twirwaneho yatangiye gukorana n'ihuriro AFC/M23. Uyu mutwe washinzwe kugira ngo urengere Abanyamulenge watangaje ko winjiye mu rugamba rwo kubohora RDC, aho kwirwanaho gusa.

    Urubyiruko rw’Abanyamulenge rwahawe umukoro wo gukemura ibibazo byugarije bene wabo muri RDC

    Tito Rutaremara yabwiye uru rubyiruko ko igisubizo ari uko rwafata imbunda, rukajya kwifatanya na Twirwaneho kubohora RDC


    Source : http://igihe.com/amakuru/u-rwanda/article/tito-rutaremara-yasabye-abanyamulenge-kwirwanaho

  • Gisagara: Umusore akurikiranyweho kwica umukobwa bakundanaga – #rwanda #RwOT

    Byabaye mu gicuku cyo kuri uyu wa 13 Kanama 2026 mudugudu wa Kavumu mu kagari ka Gitoki mu murenge wa Save mu karere ka Gisagara.

    Nyakwigendera yari mu kigero cy'imyaka 26 naho umusore ari mu kigero cy'imyaka 27.

    Umukobwa yari asanzwe acururiza inzoga zivanze na butike mu gace ibikorwa byabereyemo, bigakekwa ko bakundanaga byanatumye uyu musore yandura indwara idakira.

    Umurambo w'umukobwa wasanzwe mu nzu yacururizagamo ari na ho bikekwa ko yiciwemo atewe icyuma.

    Abaturage babonye umurambo bavuze ko wari waciwe ijosi ndetse watewe ibyuma ku mubiri.

    Umunyamabanga Nshingwabikorwa w'Umurenge wa Save, Murenzi Augustin yabwiye IGIHE ko bigaragara ko umukobwa yakundanaga n'umusore ndetse bari basangiriye mu cyumba.

    Yagize ati”Umukobwa yavukaga mu karere ka Karongi naho umusore avuka i Save kandi icyo twabonye barimo basangira gusa hari abavuga ko bapfuye ko umwe yanduje undi indwara idakira gusa iperereza ryatangiye kandi rirakomeje”

    Umusore wari usanzwe akora amagare yahise acika gusa yaje gufatwa n'inzego z'umutekano afatiwe mu murenge wa Mbazi mu karere ka Huye naho umurambo wa nyakwigendera wajyanywe ku bitaro bya Kibirizi mu karere ka Gisagara ngo ukorerwe isuzuma.

    Murenzi yasabye abaturage kwirinda icyaha cy'ubwicanyi kuko kigira ingaruka kandi ugihamijwe n'urukiko ahanishwa igihano kiremereye.

    Umusore yishe umukobwa bakundanaga


    Source : http://igihe.com/amakuru/u-rwanda/article/gisagara-umusore-akurikiranyweho-kwica-umukobwa-bakundanaga

  • Mufate imbunda, mubohore Congo- Tito Rutaremara ku Banyamulenge – #rwanda #RwOT

    Rutaremara yatanze ubu butumwa ubwo Abanyamulenge bari mu gikorwa cyo kwibuka bene wabo 166 biciwe mu gitero umutwe wa FNL-PARIPEHUTU wagabye nkambi ya Gatumba mu Burundi mu 2004, cyabereye muri Camp Kigali ku wa 13 Kanama 2026.

    Iki gikorwa cyahuje Abanyamulenge biganjemo ababa mu Rwanda cyabaye umwanya wo gushishikarizanya gutanga umusanzu ufatika mu gukemura ibibazo bibangamiye bene wabo batuye muri Komini Minembwe.

    Komini Minembwe imaze hafi imyaka 10 igabwaho ibitero n'imitwe yitwaje intwaro ya Mai Mai ishyigikiwe na Leta ya RDC. Kuva mu ntangiriro za 2025, ingabo z'u Burundi zatangiye kubigiramo uruhare.

    Rutaremara yagarutse ku kibazo 'Rubyiruko muzakora iki?' cyabajijwe Abanyamulenge bakiri bato hagamijwe kumenya umusanzu biteguye gutanga mu gukemura ibi bibazo, ababwira ko igisubizo ari uguhaguruka bakabohora igihugu cyabo.

    Yagize ati “Nahoze numva ngo 'Rubyiruko muzakora iki?' Muzakora iki? Muhaguruke mujye kubohora igihugu. Muri aha ngaha, reka turajya kuri internet, hari igihugu kiri hariya, abantu bararwana. Nimuhaguruke mufate imbunda, mubohore Congo. Congo ni iyanyu.”

    Rutaremara yagaragaje ko urugamba rw'Abanyamulenge rudakwiye kuba urwo kwirwanaho gusa, kuko iwabo atari i Mulenge cyangwa Minembwe gusa, ahubwo ko ari RDC muri rusange.

    Ati “Si ukwirwanaho gusa ahubwo nimubohore Congo. Murirwanaho se kuki, Congo ko ari iwanyu? Biransetsa iyo mwiyita Abanyamulenge. Mulenge ni umusozi.”

    Kuva mu ntangiriro za 2025, MRDP Twirwaneho yatangiye gukorana n'ihuriro AFC/M23. Uyu mutwe washinzwe kugira ngo urengere Abanyamulenge watangaje ko winjiye mu rugamba rwo kubohora RDC, aho kwirwanaho gusa.

    Urubyiruko rw’Abanyamulenge rwahawe umukoro wo gukemura ibibazo byugarije bene wabo muri RDC

    Tito Rutaremara yabwiye uru rubyiruko ko igisubizo ari uko rwafata imbunda, rukajya kwifatanya na Twirwaneho kubohora RDC


    Source : http://igihe.com/amakuru/u-rwanda/article/mufate-imbunda-mubohore-congo-tito-rutaremara-ku-banyamulenge

  • Mu rubanza rwamaze iminota mike, Kimenyi Yves na Muyango batangiye gushaka gatanya #rwanda #RwOT

    Kuri uyu wa Gatanu tariki ya 14 Kanama 2026, Kimenyi Yves na Uwase Muyango Claudine batangiye inzira y’amategeko bashaka gatanya.

    Ni urubanza rwabereye ku Rukiko rw’Ibanze rwa Gasabo aho aba bahoze ari umugabo n’umugore baburanaga ku gutandukana byemewe n’amategeko.

    Ni urubanza rwamaze iminota mike cyane kuko nubwo rwabereye mu muhezo, nyuma y’uko umucamanza yinjiye mu cyumba cy’iburanisha nta minota 10 yashize bahise basohoka.

    Ibi bije nyuma y’iminsi havugwa umwuka utari mwiza mu rugo rwa Kimenyi Yves wahoze ari umunyezamu mu makipe atandukanye arimo APR FC na Rayon ndetse n’umugore we Muyango Claudine aho amakuru yavugaga ko batanakibana.

    Urukundo rwa Kimenyi Yves na Muyango rwatangiye muri 2019, muri 2021 tariki ya 14 Gashyantare, Kimenyi yamwambitse impeta ya fiançailles maze muri 2024 bakora ubukwe.

    Kimenyi Yves na Muyango batangiye gusaba gatanya

    Source : http://isimbi.rw/mu-rubanza-rwamaze-iminota-mike-kimenyi-yves-na-muyango-batangiye-gushaka.html

  • Ese Heineken Ni Amazi Gusa? Dore Ibintu Bitangaje Bigize Iyi Nzoga Ukunda

    Ese Heineken Ni Amazi Gusa? Dore Ibintu Bitangaje Bigize Iyi Nzoga Ukunda

    Iyo umuntu afashe icupa rya Heineken, akenshi atekereza ku buryohe bwayo, ubukonje n’ifuro riyiranga. Ariko se wigeze wibaza uti: “Ni ibiki mu by’ukuri bigize Heineken?”

    Igisubizo gishobora gutangaza benshi. Heineken ntabwo ari ikinyobwa kigizwe n’ikintu kimwe, ahubwo ni uruvange rw’ibintu byinshi bya chimique, kandi buri kimwe kigira uruhare mu buryohe, impumuro, ibara n’uko umubiri wakira inzoga.

    Heineken igizwe n’iki?

    Mu buryo bworoshye, Heineken ni cyane cyane amazi, alcool, karuboni dioxide, ibisigazwa by’isukari, ibikomoka kuri hops ndetse n’ibindi binyabutabire biri mu rugero ruto cyane.

    Amazi ni cyo kintu kiri ku bwinshi cyane. Muri rusange, inzoga z’ubwoko bwa lager zigizwe ahanini n’amazi, zikarimo n’ibindi bintu bituma zigira uburyohe n’imiterere yihariye.

    Ikindi kintu gikomeye ni ethanol, ari wo alcool itera ubusinzi. Heineken Original isanzwe izwiho kugira hafi 5% alcool ku gipimo cy’ingano y’ikinyobwa.

    Mu yandi magambo, icupa rya Heineken ntirigizwe na alcool gusa—ahubwo alcool ni kimwe mu bigize uruvange runini.

    Alcool ikorwa ite?

    Aha ni ho chimie iba ishimishije.

    Mu gukora inzoga, isukari iboneka mu binyampeke nka barley ihindurwa n’umusemburo (yeast). Umusemburo ukoresha isukari ugakora ibintu bibiri by’ingenzi:

    Isukari → Ethanol + Carbon dioxide

    Mu buryo bwa chimique:

    C₆H₁₂O₆ → 2 C₂H₅OH + 2 CO₂

    Ethanol ni yo alcool iri mu nzoga, naho carbon dioxide ikagira uruhare mu gutuma inzoga zigira utubumbe tw’umwuka n’uburyohe bwihariye.

    Ariko se kuki Heineken igira umururazi?

    Iki ni kimwe mu bintu bitandukanya inzoga nyinshi.

    Heineken ikoresha hops, igihingwa gikoreshwa mu gukora inzoga kikagira uruhare runini mu buryohe n’impumuro.

    Hops zirimo ibintu bizwi nka alpha acids, cyane cyane humulones. Mu gihe cyo guteka inzoga, ibi bintu bihinduka iso-alpha acids, ari zo ahanini zitanga umururazi uzwi mu nzoga.

    Ni ukuvuga ko wa mururazi ushobora kuba utarigeze ukunda cyangwa ngo wumve neza, ufite inkomoko mu binyabutabire biva kuri hops.

    None se wa mwuka uba muri Heineken wo ni iki?

    Ni carbon dioxide (CO₂).

    Ni wo utuma inzoga igira utubumbe tw’umwuka kandi igatanga cya sensation umuntu yumva mu kanwa iyo anywa ikinyobwa gikarbonite.

    CO₂ kandi igira uruhare mu buryo umuntu yumva uburyohe n’impumuro y’inzoga.

    Hari n’isukari muri Heineken?

    Yego, ariko ibintu biragoye kurusha uko benshi babitekereza.

    Mu gihe cyo gukora inzoga, umusemburo ukoresha igice kinini cy’isukari gihinduka ethanol na CO₂. Ariko nyuma yo gusembura, hashobora gusigara carbohydrates n’isukari zitandukanye mu nzoga.

    Izi, hamwe n’ibindi bikomoka kuri malt, zigira uruhare ku mubiri w’ikinyobwa no ku buryohe bwacyo.

    Kuki Heineken ifite impumuro n’uburyohe bwihariye?

    Ntabwo ari ukubera alcool gusa.

    Mu nzoga habamo amajana y’ibinyabutabire biri ku rugero ruto cyane, ariko bigira uruhare rukomeye ku buryohe n’impumuro.

    Muri byo harimo:

    • Esters zishobora gutanga impumuro imeze nk’iy’imbuto;
    • Higher alcohols zigira uruhare ku buryo alcool yumvikana;
    • Aldehydes zishobora kugira uruhare ku mpumuro;
    • Ibinyabutabire biva muri malt;
    • Ibikomoka kuri hops;
    • Acide zitandukanye zigira uruhare ku buryohe.

    Ni yo mpamvu inzoga ebyiri zishobora kuba zifite alcool ingana ariko zikagira uburyohe butandukanye cyane.

    None se Heineken ni “chemical”?

    Hari abantu bashobora kumva ijambo chemical bagahita batekereza ku kintu cyangiza cyangwa cyakozwe muri laboratwari.

    Ariko mu by’ukuri, amazi ubwayo ni chemical (H₂O), ethanol ni chemical, ndetse na carbon dioxide ni chemical.

    Ijambo “chemical” ntabwo risobanura byanze bikunze ikintu kibi cyangwa uburozi. Risobanura gusa ikinyabutabire gifite imiterere runaka.

    Ikibazo cy’ingenzi ku nzoga ntabwo ari uko zirimo “chemicals”, ahubwo ni ubwinshi bwa ethanol umuntu anywa n’ingaruka zayo ku mubiri.

    Ikintu gishobora gutangaza benshi

    Nubwo Heineken ishobora kugaragara nk’ikinyobwa cyoroheje, alcool iri muri yo ni ikinyabutabire gikora ku bwonko no ku mikorere y’umubiri.

    Ni yo mpamvu kunywa inzoga nyinshi bishobora gutera ubusinzi, kugabanya ubushobozi bwo gufata imyanzuro neza no kugira izindi ngaruka ku buzima.

    Bityo, igihe uzongera kubona icupa rya Heineken, uzamenye ko imbere yaryo atari “amazi n’alcool” gusa.

    Hari amazi, ethanol, CO₂, ibisigazwa bya carbohydrates, ibikomoka kuri hops, minerals, acide, proteins n’ibindi binyabutabire byinshi cyane biri ku rugero ruto bihurira hamwe bigatanga uburyohe n’impumuro byayo.

    None se wari uzi ko ikintu cya mbere kiri muri Heineken ari amazi, naho cya kintu gituma umuntu asinda kikaba ethanol?

    Kwamamaza cyangwa kunywa inzoga bikwiye gukorwa mu buryo bushinzwe kandi hubahirizwa imyaka yemewe n’amategeko.

  • Ntacyo nicuza muri Rayon Sports, nta deni nyifitiye ahubwo ni yo yaba irimfitiye – Aimable Ntarindwa #rwanda #RwOT

    Umukinnyi wakiniraga Rayon Sports ubu akaba yaramaze kwerekeza muri AS Kigali, Ntarindwa Aimable yavuze ko nta kintu na kimwe yicuza muri iyi kipe ndetse ako akurikije ibyo yayihaye yaba ari yo imufitiye ideni.

    Ni mu kiganiro uyu mukinnyi ukina mu kibuga hagati waje muri Rayon Sports 2025 avuye muri Mukura VS yagiranye n’ikinyamakuru ISIMBI.

    Ntarindwa Aimable wari wasinyiye Rayon Sports imyaka ibiri ariko bagatandukana nyuma y’umwaka umwe, yavuze ko yakuze akunda abafana ba Rayon Sports.

    Ati 'Nakundaga abafana bayo rwose, ndi n’umwana yakinaga na Mukura VS nabonaga abafana bayo nkumva iriya kipe ndifuza kuyijyamo.'

    Yavuze ko kuba yarakuze umuryango we benshi bafana Rayon Sports, na we yaraje kwisanga muri uwo murongo.

    Ati 'Umuryango wanjye benshi ni Abarayon, nanjye naje kugendera muri uwo murongo wabo.'

    Akiyigeramo yasanze ari ikipe nziza nubwo umwaka yayikiniye utamubereye mwiza kuko nta mwanya uhagije wo gukina yabonye.

    Ati 'Njyezemo nasanze ari ikipe nziza nubwo umwaka wacu wa mbere warimo ibintu byinshi bigoranye, ntabwo byari byoroshye ariko twabinyuzemo.'

    Agaruka ku kintu cyamutunguye cyane muri iyi kipe kurenza ibindi yagize ati 'Ni ukubona abanyamakuru benshi ukuntu bitabiraga imyitozo ya Rayon Sports, nahise menya ko ari ikipe y’abaturage pe.'

    Aimable yavuze ko ikintu cyamubabaje muri uyu mwaka yamaze muri Rayon Sports ari 'Ni uko ntagize umwaka mwiza bitanturutseho 100% … Kumpa ibyo bangombaga ntibyagenda neza nk’uko byari bikwiye, aho usanga ukinana n’abafashe amafaranga menshi banayahawe ariko ukabyihanganira.'

    Kuba hari icyo yicuza muri Rayon Sports, yavuze ati 'Nta kintu nicuza.'

    Avuga ko ibyo yahaye Rayon Sports birenze ubushobozi bw’ibyo yagombaga guhabwa rero ngo nta deni yumva yayigiyemo.

    Ati 'Nkurikije ibyo bampaye ahubwo ubwo nibo baba bawumfitiye. Njye mba mbizi ibyo nagombwaga n’ibyo nahawe, hari abantu benshi baba bazi ko wabonye byinshi ariko wowe uba uzi ukuri. Ibyo nabahaye si byinshi cyane ariko ugereranyije n’ibyo bari kumpa hajemo ikibazo kitari icyanjye. Iyo mbibona nari gutanga ibirenze ibyo natanze.'

    Umwaka yamaze muri Rayon Sports yavuze ko utamubereye mwiza kuko umutoza wari wamuguze Afhamia Lotfi yamukinishije umukino umwe agahita avunika agakira asanga ari mu bihe bigoye ku buryo atari kubona uko amushakira umwanya, yaje no kwirukanwa ikipe isigaranwa na Haruna Ferouz.

    Uyu mutoza w’umurundi ntabwo yabanje kujya amukinisha ariko nyuma amuha umwanya yitwara neza, yaje na we kugenda ikipe isigaranwa na Romami Marcel na we wamuhaye umwanya, haje kuza Bruno Ferry na we wamukinishije ariko 'yaje kuzana abakinnyi be barimo ba Likau na Bangala, akajya abashakira umwanya nicara gutyo, nkajya nsimbura ubundi sinsimbure.'

    Uyu mutoza na we yaje kwirukanwa haza Haringingo ariko na we ntiyabashije kumukinisha kuko yahise agirira imvune mu myitozo, bituma atamukinisha cyane ko n’igihe yakiriye agarutse mu myitozo yahise yongera iragaruka, ibintu avuga ko ari 'Amahirwe make kuko Haringingo ndabizi akunda abakinnyi bakiri bato kandi bafite imbaraga.'

    Yaje gukira ariko avuga ko atigeze ahabwa amahirwe yo kongera gukina aho yaketse ko Haringingo yabonye ataraba 100% ariko ntabwo amurenganya kuko byatewe n’imvune.

    Ikintu kimwe yishimira mu mwaka yamaze muri iyi kipe ni uko yayivuyemo byibuze bayihesheje itike ya CAF Confederation Cup.

    We yari azi ko azakomezanya na Rayon Sports ariko tekefoni ya Kankindi Anne Lise, umuyobozi wa AS Kigali yahinduye byose aho yamweretse ko bamwifuza kandi azahabwa umwanya wo gukina maze 'Naratekereje, ndeba abakinnyi barimo kugura ndavuga nti se umwaka wanjye wa nyuma nintakina bizagenda bite? Hari ikipe nzabona? Kwicara ku ntebe se ntakina n’iyo ikipe yaba itsinda bimaze iki? Ndavuga ngo reka njye aho nzabona umwanya wo gukina.'

    Nibwo yahise ajya kumvikana na Rayon Sports ngo imurekure nubwo Murenzi Abdallah yabanje kubyanga ariko yaje kumwemerera.

    Ntarindwa Aimable yavuze uko umwaka we wa mbere muri Rayon Sports

    Source : http://isimbi.rw/ntacyo-nicuza-muri-rayon-sports-nta-deni-nyifitiye-ahubwo-ni-yo-yaba-irimfitiye.html

  • Mu gihe nta cyubahiro gihari, wakigendera – Umunyezamu wa Rayon Drissa Kouyate #rwanda #RwOT

    Umunyezamu ukomoka muri Mali, Drissa Kouyate yaciye amarenga ko yaba yarasuzuguwe na Rayon Sports ndetse aca amarenga yo gutandukana.

    Ku munsi w’ejo hashize ku wa Kane tariki ya 13 Kanama 2026 nibwo hakwirakwiye amakuru ko Drissa Kouyate yagiye ku biro bya Rayon Sports ndetse ko impamvu nyamukuru yari imutwaye ari ukuganira ku kuba batandukanye.

    Mu ijoro ryo ku wa Kane abinyujije kuri WhatsApp Status, Drissa Kouyate yagize ati “Mu gihe aho uri nta cyubahiro. Have ujye aho ukenewe.”

    Ibi byahise bisa n’ibyemeza ko yamaze kumvikana na Rayon Sports gutandukana cyane ko no mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatanu atigeze akora imyitozo n’abandi.

    Drissa Kouyate yageze muri Rayon Sports muri 2025 ayisinyira imyaka ibiri akaba ubu yari ku mwaka we wa nyuma.

    Nyuma y’uko umwaka w’imikino wa 2025-26 urangiye, byavuzwe ko atazakomezanya na Rayon Sports.

    Gusa bivugwa ko yaje kwemera gukomezanya na Drissa Kouyate nyuma y’uko yari yabemereye ko agiye gukuramo ikirego yabareze muri FIFA kubera amafaranga ye atahawe.

    Bishoboka ko impande zombi zananiwe kumvikana bakaba bahisemo gutandukana.

    Ubutumwa bwa Drissa Kouyate

    Drissa Kouyate ashobora gutandukana na Rayon Sports

    Source : http://isimbi.rw/mu-gihe-nta-cyubahiro-gihari-wakigendera-umunyezamu-wa-rayon-drissa-kouyate.html

  • Basanze bakohereza n'abayobozi babo- Tito Rutaremara ku mpamvu u Burundi bwaryamye ku bajenosideri – #rwanda #RwOT

    Ibi byagarutsweho ku mugoroba wo ku wa 13 Kanama 2026 ubwo Abanyamulenge baba mu Rwanda bakoraga igikorwa cyo kwibuka ku nshuro ya 22 ubwicanyi bwakorewe Abanyamulenge 166 bari mu Nkambi ya Gatumba mu Burundi mu 2004.

    Abo banyamulenge bari impunzi mu Burundi bagabweho igitero n'imitwe yijwaje intwaro irimo FNL-PARIPEHUTU mu ijoro ryo ku wa 13 Kanama 2004, bikavugwa ko harimo n'abandi basirikare barimo n'abo muri RDC.

    Batunze agatoki Leta y'u Burundi na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo kuko kugeza ubu bagenda biguruntege mu gutanga ubutabera ndetse bigaragara ahubwo urwango ku Banyamuryango bakirukomeje.

    Rutaremara yihanganishije Abanyamulenge ndetse ababwira ko agahinda bafite ko kudahabwa ubutabera bagasangiye n'u Rwanda na rwo rwabusabye mu myaka irenga 30 ariko u Burundi bwakomeje kwinangira.

    Yagaragaje ko muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda mu 1994 hari Abarundi bagize uruhare mu kuyikora mu bice binyuranye birimo Akarere ka Gatsibo, Bugesera, Huye n'i Kigali barangije basubira iwabo, na n'ubu batarahanwa.

    Ati 'Natwe turacyategereje ubutabera nta Murundi n'umwe turazana.'

    Yagaragaje ko impamvu nyamukuru u Burundi bwanga ko hatangwa ubutabera ku baturage babwo bakoze Jenoside mu Rwanda ari uko harimo abasubiyeyo baba abayobozi bamwe bagera no mu nzego zo hejuru.

    Ati 'Uwabyanze ni Gen Bunyoni. Yaravuze ati 'Abanyarwanda mubemereye ko bajya basaba abantu ko bazatumara hano abari mu Burundi twese.''

    Impamvu Gen Bunyoni wahoze ari Ministiri w'Intebe w'u Burundi yabyanze ni uko iyo mikoranire iyo itangira gushyirwa mu bikorwa u Rwanda rwari gusaba u Burundi kohereza abakoze Jenoside rudatinye ko harimo n'abakomeye mu buyobozi.

    Ati 'Twari kubasaba duhereye no ku bo hejuru kuko barimo benshi bakoze Jenoside hano mu Rwanda.'

    Gukoresha inyito nyayo ya Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda kuyemera muri rusange ku rwego mpuzamahanga no gutanga ubutabera, Rutaremara yavuze ko bishingiye ku kuba FPR Inkotanyi yaratsinze urugamba igafata Igihugu, kuko Abatutsi bari barishwe mbere nta wari warigeze abifata nka Jenoside.

    Yaboneyeho kubwira Abanyamulenge ko Leta ari yo ifata iya mbere mu gutanga ubutabera cyangwa kubwimana.

    Ati 'Ubutabera bw'i Burundi ntabwo muzabona kuko natwe turabutegereje kuva mbere yanyu. Hariyo abantu benshi bishe hano mu Rwanda amazina yabo n'intonde zirahari.'

    Nk'urugero ku Mayaga, Jenoside muri aka gace yakoranywe ubukana n'ubugome bukabije, igirwamo uruhare n'Interahamwe zo muri ako gace zitijwe umurindi n'Impunzi z'Abarundi zari zarahungiye ahitwa Ngoma mu Murenge wa Muyira.

    Kubera umujinya n'urwango bari bavanye i Burundi nyuma y'urupfu rwa Perezida Melchior Ndadaye, ngo Abahutu b'i Burundi bahunganye umujinya, maze bica urubozo Abatutsi bo ku Mayaga mu gihe cya Jenoside, babakwena ko bashaka kureba niba bava amaraso cyangwa amata.

    Impunzi z'Abarundi zari muri Komine Ntongwe na Muganza muri Butare nazo zagize uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi. Abo bo bavugwaho ubugome bukabije kuko baryaga imitima y'Abatutsi bamaze kwica.

    Rutaremara yongeyeho ko kugeza ubu bigoye ko hagira undi uhangwa amaso kuri iki kibazo kuko Umuryango Mpuzamahanga bisa n'aho nta cyo ushaka kubikoraho kandi n'ababikoze ntibabyumva.

    Umuyobozi w'Urwego Ngishwanama rw'Inararibonye z'Igihugu, Tito Rutaremara yagaragaje ko u Rwanda rumaze imyaka Jenoside imaze ibaye rusaba u Burundi kohereza abaturage babwo bagize uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi, ariko bukaba bwarinangiye bitewe n'abayobozi babwo


    Source : http://igihe.com/amakuru/u-rwanda/article/basanze-bakohereza-n-abayobozi-babo-tito-rutaremara-ku-mpamvu-u-burundi

  • Ikirunga cya Muhabura cyafashwe n'inkongi y'umuriro – #rwanda #RwOT

    Umuturage utuye mu Kagari ka Nyagahinga mu Murenge wa Cyanika, yatangaje ko inkongi yatangiriye hagati muri iki kirunga mu masaa kumi n'ebyiri, yaguka izamuka ku buryo kuyizimya biri gusaba urugendo rurerure rw'amaguru.

    Yagize ati 'Ishyamba tubonye ryafashwe ubu mu gitondo saa kumi n'ebyiri, tugerageza kureba niba hari abantu bari kuzimya, tubona ntabo, rikomeza gushya. Ubu rero tuvugana turi mu kirunga, turi kugerageza kuzimya.'

    Abatuye muri Nyagahinga bagaragaje ko nta mpungenge bafite z'uko iyi nkongi yakwangiza imitungo yabo kuko iri kure y'aho batuye kuko hagati yabo n'ikirunga hari intera y'ibilometero bibiri.

    Guverineri w'Intara y'Amajyaruguru, Mugabowagahunde Maurice, yatangarije IGIHE ko abayobozi bo mu nzego zitandukanye bagiye gukurikirana ibikorwa byo kuzimya iyi nkongi kandi ko afite icyizere ko hatangirika byinshi.

    Yagize ati 'Ni byo kandi twese ni ho turi, twagiye kuzimya. Ndizera ko biza gukemuka hatangiritse byinshi.'

    Abaturage bavuga ko kugeza mu masaa tatu, umuriro wari watangiye kugabanyuka ku Kirunga cya Muhabura, hakaba hari icyizere ko barashobora kuyizimya.

    Kugeza ubu ntiharamenyekana ubuso bwose bwangiritse kuko ubwo iyi nkuru yandikwaga umuriro wari ugikomeje kwaka, abaturage bakagerageza kuzimya.

    Ntiharamenyekana icyateye iyi nkongi.

    Abaturage bavuga ko uko hari bamwe muri bo bashobora kuba bajya muri Pariki y'Ibirunga guhakura ubuki kandi kugira ngo bishoboke bisaba gucana ifumba [yo kuka inzuki], abo bakaba bakekwaho kuba ari bo bateye iyi nkongi.

    Inkongi y'umuriro yaherukaga kwibasira iki kirunga mu 2009.

    Ikirunga cya Muhabura gifite uburebure bwa metero 4127, kikaba icya kabiri kirekire muri bitanu u Rwanda rufite.

    Mu gihe cy'Impeshyi, ibyatsi byo mu ishyamba rya Pariki zitandukanye zirimo iy'Ibirunga Muhabura iherereyemo biruma. Haba hari ibyago byinshi ko byafatwa n'inkongi haramutse hageze umuriro.

    Inkongi yatangiriye ku kirunga hagati mu gitondo kare

    Aho iyi nkongi yafashe ni kure y’aho abaturage batuye


    Source : http://igihe.com/amakuru/u-rwanda/article/ikirunga-cya-muhabura-cyafashwe-n-inkongi-y-umuriro