Author: webrwanda

  • Umuganga w'Umunyarwanda yatabaye Umunya-Israel w'imyaka 71 wari ugiye guhitanwa n'umutima – #rwanda #RwOT

    Moshe, ufite abuzukuru 10, yari asanzwe akora siporo cyane aho akora urugendo rurerure ku igare ndetse akanoga mu nyanja kilometero ebyiri inshuro eshatu mu cyumweru.

    Yagiye kwa muganga nyuma yo kugira umunaniro udasanzwe n'ububabare bukomeye mu gatuza.

    Abaganga bamupimye basanga afite ikibyimba cya santimetero umunani (8 cm) mu gice cy'ibumoso cy'umutima. Icyo kibyimba cyagendaga kinyeganyega uko umutima utera, ku buryo cyashoboraga gufunga inzira y'amaraso. Dr Hagai Dekel uyobora ishami ribaga umutima yahise ategeka ko Moshe abagwa byihutirwa.

    Mu bagomba kugira uruhare mu kubaga uyu murwayi harimo na Dr Jean de Dieu Nsanzimana wagiye kwiga amasomo azamugira inzobere mu kubaga no gukosora inenge zigaragara ku mutima umwana avutse. Yiga muri Wolfson Medical Center.

    Mbere gato y'uko ajyanwa kubagwa, ubwo yari yicaye ashyira umukono ku nyandiko zimwemerera kubagwa, yatangiye guhumeka nabi, ahinduka umweru maze umutima urahagarara. Ikibyimba cyari kimaze gufunga burundu inzira y'amaraso ku mutima.

    Dr Jean de Dieu Nsanzimana, wari hafi ye, yahise atangira ibikorwa byo kumutabara birimo kumukanda mu gatuza kugira ngo amaraso n'umwuka bikomeze kugera mu bice by'ingenzi by'umubiri. Afatanyije n'abandi baganga, bashoboye gutuma umutima wa Moshe wongera gutera.

    Yahise ajyanwa kubagwa, Dr Nsanzimana na Dr Dekel bakuramo cya kibyimba cya santimetero umunani, amaraso yongera gutembera neza.

    Moshe yavuze ko amaze gukanguka yabwiwe ko umuganga w'Umunyarwanda wari iruhande rwe ari we wagize uruhare rukomeye mu kumurokora.

    Ati 'Igihe nari nkangutse, nabwiwe ko umugabo muremure wo mu Rwanda wari iruhande rwanjye yatabaye ubuzima bwanjye. Nishimiye guhura na we ndetse nagize amahirwe ko nagize umuganga w'umunyamwuga iruhande rwanjye igihe byabagaho. Sinari nzi ibyerekeye Save the Child's Heart ndetse ntabwo nari nzi ko hari abaganga bo muri Afurika bari kwiga amasomo yo ku rwego ruhanitse muri Israel…Yatabaye ubuzima bwanjye.'

    Dr Nsanzimana na we yavuze ko kurokora ubuzima bw'Umunya-Israel biteye ishema, cyane cyane ko Israel n'umuryango Save a Child's Heart (SACH) bamaze igihe bafasha u Rwanda mu guhugura abaganga no kuvura abana bafite indwara z'umutima.

    Dr Nsanzimana ari muri Israel mu mahugurwa y'imyaka itanu ajyanye no kubaga indwara z'umutima abana bavukana. Nyuma yayo biteganyijwe azasubira mu Rwanda gukorera mu Bitaro byitiriwe Umwami Faisal, aho azaba umwe mu baganga b'Abanyarwanda b'inzobere mu kubaga indwara z'umutima ku bana.

    Dr. Jean De Dieu Nsanzimana yagize uruhare mu gutabara Umunya-Israel


    Source : http://igihe.com/amakuru/u-rwanda/article/umuganga-w-umunyarwanda-yatabaye-umunya-israel-w-imyaka-71-wari-ugiye-guhitanwa

  • Abasifuzikazi 7 bakurura abagabo kurusha abandi (AMAFOTO) #rwanda #RwOT

    Abasifuzi b’umupira w’amaguru bagira uruhare rukomeye ku mukino kuko ni bamwe baba bafite inshingano zo gusnyira mu bikorwa amategeko y’umukino, muri ibi bihe abasifuzikazi bamwe na bamwe bagiye bakururura benshi bitewe n’imiterere yabo.

    Muri iyi nkuru twifashishije inkuru z’ibinyamakuru bitandukanye, tugiye kugaruka ku basifuzi n’abahoze ari bo 7 bakurura abagabo cyane kurusha abandi.

    Fernanda Colombo Uliana – Brazil

    Fernanda Colombo Uliana w’imyaka 33, yari umusifuzi wo ku ruhande (bamwe b’ibitambaro), asifura mu cyiciro cya mbere muri Brazil (Campeonato Brasileiro Série A).

    Imiterere nk’iy’abanyamideli bituma agaruka mu mitwe ya benshi ndetse binatuma akurura abagabo cyane, si ibyo gusa kuko ni n’umuhanga mu byo akora, inzozi ze kwari ugusifura kugera ku rwego rwo hejuru muri Brazil.

    Sian Massey – U Bwongereza

    Sian Massey ni umusifuzikazi w’umwongereza wo ku ruhande w’imyaka 38, asifura mu cyiciro cya mbere mu Bwongereza (Premier League). Ni umusifuzi wagiye usifura imikino ikomeye irimo UEFA Women’s Champions League ndetse n’imikino yo gushaka itike y’igikombe cy’Isi.

    Yatangiye kugaruka cyane mu itangazamakuru muri 2013 ubwo yatumaga myugariro wa Manchester, Rafael ahabwa ikarita itukura kubera ikosa yari akoreye David Luiz wa Chelsea.

    Elena Tambani – Italy

    Ni umunyamideli akaba n’umusifuzi w’umutaliyani, ni umwe mu basifuzi barangaza benshi iyo ari mu kibuga akora akazi ke. Abakunzi benshi ba ruhago bamufata nk’umusifuzi mwiza ku Isi.

    Lucy Oliver – U Bwongereza

    Lucy Oliver ni umwongerezakazi w’umusifuzi w’imyaka 33 wanabayeho umwalimu, na we ari ku rutonde rw’abasifuzi bakurura abagabo. Azwi cyane muri 2020 ubwo yatangazaga ko hari uwagerageje kumutera ubwoba binyuze kuri Twitter bigatuma ahindura imirere y’urukuta rwa Twitter ye (setting) ku buryo azajya yakira ubutumwa bw’abantu akurikira gusa.

    Claudia Umpierrez – Urguay

    Nubwo akuze, afite imyaka 40 ariko burya koko imyaka ni imibare, na we ari ku rutonde rw’abasifuzi bakurura abagabo. Ni umugore uzwiho kwita ku mubiri we aho afata siporo nk’ikintu cy’ingenzi kuri we, yashatse n’umutoza yishyura ku kwezi ubimufashamo ku buryo umubiri we udatana.

    Kattie Patterson – Australia

    Afite imyaka 27 y’amavuko, isura ye n’ubwiza bwe bimushyira kuri uru rutonde rw’abasifuzikazi bakurura igitsina gabo.

    Si ibyo gusa kuko ni umuhanga mu kazi ke akora kuko ni we musifuzi wa mbere w’umugore wanditse amateka yo gusifura umukino w’icyiciro cya mbere mu bagabo muri shampiyona ya Australia.

    Claudia Rimani – Italy

    Yahoze ari umusifuzikazi, ubu afite imyaka 41 ukomoka mu Butaliyani, yasifuye imikino itandukanye yaba muri Seria A na Serie B. Ni ubwiza bwe n’imiterere ye byatumye mu bihe bitandukanye agenda agaruka mu mitwe y’inkuru mu binyamakuru bitandukanye.

    Mu 2006, yaje kugaragara ku rutonde rw’abakobwa cyangwa abagore 100 bakurura abagabo kuruhusha abandi ku Isi rwashyizwe hanze na GQ, Maxim, na Playboy.

    Source : http://isimbi.rw/Abasifuzikazi-7-bakurura-abagabo-kurusha-abandi-AMAFOTO.html

  • Nyaruguru: Uwarokotse Jenoside yatwikiwe inzu, igikoni n'ikiraro cy'inka – #rwanda #RwOT

    Perezida wa IBUKA mu Murenge wa Ngoma, Rurangwa Vincent, yabwiye IGIHE ko Mukeshimana atuye hafi y'urwibutso rwibukirwaho abagore n'abana batwikiwe mu nzu y'ibyatsi mu gihe cya Jenoside, bibukwa tariki ya 19 Gicurasi buri mwaka.

    Yagize ati “Iyo nzu batwikiwemo muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 harimo abo mu muryango w'uwatwikiwe inzu, ikiraro n'ibindi.'

    Rurangwa yavuze ko mu minsi 100 yo kwibuka Jenoside, akenshi Mukeshimana akorerwa ubugizi bwa nabi, rimwe akarandurirwa imyaka iri mu mirima cyangwa akicirwa itungo.

    Perezida wa IBUKA mu murenge wa Ngoma yavuze ko Mukeshimana yigeze kurandurirwa ibishyimbo n'imyumbati, yicirwa ihene, mu mwaka ushize yibwa ibishyimbo ku manywa y'ihangu.

    Yemeje ko saa yine z'ijoro rya tariki ya 9 Kanama 2026, Mukeshimana yatwikiwe ibiti by'imihembezo yegetse ku rugo, birashya bitwika ikiraro, umuriro ufata igikoni, nyuma inzu nini na yo irafatwa.

    Yagize ati “Uriya mugore watwikiwe we yari mu nzu ari kuvugana kuri telefone n'undi w'i Bugesera gusa ari mu nzu yumvaga ashyushye, akikuraho amashuka agira ngo ni ubushyuhe busanzwe, naho inzu ye yamaze gufatwa iri gushya ariko ntiyabimenya.'

    Rurangwa yavuze ko nyuma hari umumotari baturanye watashye, agiye kugera iwe abona ikibatsi cy'umuriro, agenda agikurikiye, asanga ni inzu iri gushya, akubita inzugi, abwira Mukeshimana ibyari biri kuba.

    Mukeshimana acyumva iyi nkuru, yasohotse mu nzu, asanga yaba yo, ikiraro ndetse n'igikoni biri gushya. Inyana yari mu kiraro yo yari yamaze kukivamo.

    Umunyamabanga Nshingwabikorwa w'Umurenge wa Ngoma, Jean Bosco Bizimana, ubuyobozi n'abashinzwe umutekano bakimenya iki kibazo, bihutiye gutabara, bakoresha abaturage n'inama.

    Gitifu Bizimana yatangaje ko ukekwaho gutwika inzu ya Mukeshimana yatawe muri yombi, ubu akaba afungiwe kuri sitasiyo y'Urwego rw'Igihugu rw'Ubugenzacyaha (RIB) ya Ngera mu gihe iperereza rikomeje.

    Imihembezo Mukeshimana yari yegetse ku rugo ni yo yabanje gutwikwa

    Umuriro wafashe ikiaro cy’inka, igikoni n’inzu nini ya Mukeshimana


    Source : http://igihe.com/amakuru/u-rwanda/article/nyaruguru-uwarokotse-jenoside-yatwikiwe-inzu-igikoni-n-ikiraro-cy-inka

  • Amakarito arenga ibihumbi 61 y'inzoga zitemewe yajyanywe mu kimoteri i Nduba – #rwanda #RwOT

    Ni igikorwa cyabaye kuri uyu wa 12 Kanama 2026 mu Karere ka Kicukiro.

    Umuvugizi w'Umujyi wa Kigali, Emma Claudine Ntirenganya, yavuze ko inzoga zamenwe ari izagaragaye cyane mu Karere ka Kicukiro ariko n'izindi zose zizagenda zimenwa kuko mu Mujyi wa Kigali habonetse amakarito menshi.

    Ati 'Mu Mujyi wa Kigali hose hakusanyijwe amakarito 164.792 n'amacupa 146.362 by'inzoga zitemewe zakuwe ku isoko ry'u Rwanda. Ayo macupa ni ayagiye akurwa hirya no hino mu ho twagiye dukura izi nzoga dusanga yarakuwe mu makarito yiteguye gucuruzwa nko mu maduka mu tubari n'ahandi.'

    Yakomeje asobanura ko izi nzoga bari kuzimena mu buryo butandukanye n'ubwo bikorwamo mu ntara kuko uburyo busanzwe bwo mu ntara bwo gucukura icyobo zikamenwamo bwagorana ahubwo bahisemo kuzijyana induba.

    Ati 'Aha turi kuzisuka mu ngunguru ubundi tukongeramo amazi kugira ngo tuzigabanyirize ubukana ubundi imodoka zitwara imyanda isukika zikaza zikazitwara zikazijyana i Nduba aho zizangirizwa nk'uko twabikoze kuri ethanol.'

    Iganze Eunice uri mu bari kumena izo nzoga yagaragaje ko kuba nk'urubyiruko ari rwo ruri gufata iya mbere mu kumena izi nzoga byaberetse neza ububi bwazo.

    Ati 'Kuba ari twe twafashe iya mbere mu kuza kumena izi nzoga byatweretse ububi bwazo kuko ubona ibintu igihugu cyahisemo kuza kumena ukumva ko ari kibi bigatuma ujya no kubwira bagenzi bawe ububi bw'izi nzoga kugira ngo bazicikeho.'

    Umuvugizi wa Polisi mu Mujyi wa Kigali, CIP Wellars Gahonzire, yavuze ko abantu binangiye bakanga kuzana izi nzoga, bakazihisha yaba mu rugo cyangwa aho bakorera, uzafatwa wese azahanwa n'amategeko.

    Ati 'Guhera hagisoka itangazo rivana izi nzoga ku isoko abantu bose bazifite yaba mu rugo, mu maduka, mu tubari turagira ngo tubabwire ko bagomba kuzizana zikajya kumenwa hatabayeho ko bazazifatanwa. Hari abo twabonye bazinywa mu birori, abazinywa bihishe mu ngo cyangwa se bazakiriza abantu, ntabwo byemewe.'

    Yakomeje avuga ko 'Izi nzoga ntabwo zemewe kuko zangiza ubuzima bw'abaturage, ufashwe aziha abaturage aba agize uruhare mu kwica ubuzima bw'abaturage, uzabifatirwamo azahanwa, azafungwa kuko ni icyaha gihanwa n'amategeko gucuruza cyangwa se kunywa ibintu bitemewe ku butaka bw'u Rwanda.'

    Ikigo cy'Igihugu gishinzwe Ibiribwa n'Imiti (Rwanda FDA), cyafunze inganda zirenga 140 zikora ibinyobwa bisembuye bitujuje ubuziranenge, kinatesha agaciro impushya zabyo zo kubikora, ndetse gihagarika by'agateganyo ubwoko bw'inzoga 52 zituruka mu mahanga.

    Umujyi wa Kigali wamennye amakarito arenga ibihumbi 61 y'inzoga zitemewe

    Mu nzoga zamenwe harimo iza Kiwingu n’izindi

    Urubyiriko rw’abakorerabushake rumena inzoga z’ibyuma

    Urubyiriko rw’abakorerabushake rwagaragaje ko kumena izi nzoga byaberetse ububi bwazo

    Amakarito arenga ibihumbi 61 y’inzoga z’ibyuma yamenwe

    Inzoga zashyizwe muri izi ngunguru zizajyanwa mu kimoteri cy'i Nduba

    Umuvugizi w’Umujyi wa Kigali, Emma Claudine Ntirenganya, yasabye abakibitse inzoga zitujuje ubuziranenge kuzitanga hakiri kare

    Umuvugizi wa Polisi mu Mujyi wa Kigali, CIP Wellars Gahonzire, yagaragaje ko uzafatanwa izi nzoga azahanwa bikomeye


    Source : http://igihe.com/amakuru/u-rwanda/article/amakarito-arenga-ibihumbi-61-y-inzoga-zitemewe-yajyanywe-mu-kimoteri-i-nduba

  • Abayobozi batatu b'i Karongi bafungiye gucuruza inzoga z'ibyuma – #rwanda #RwOT

    Abafashwe barimo Umuyobozi w'Umudugudu wo mu Murenge wa Murundi, Visi Perezida w'Inama Njyanama y'Akagari ka Rutabi, na SEDO w'Akagari ka Kavumu twombi two mu Murenge wa Twumba.

    Byatangarijwe mu Karere ka Karongi ku wa 12 Kanama 2026, nyuma y'igikorwa cyo kumena izi nzoga z'ibyuma n'urwagwa zakusanyijwe mu mirenge 13 igize Akarere ka Karongi.

    Inzoga zamenwe ni litiro 2152 zirimo Konyagi, Kiwingu, Ingufu Gin, Rack Gin, African Gin n'urwagwa rwitwa umuziburo.

    Umuyobozi w'Akarere ka Karongi, Muzungu Gerald yavuze ko ubuhamya bahabwa n'abaturage ari uko izi nzoga zasenyaga imiryango zikanateza ubukene n'uburwayi.

    Ati “Uyu munsi twamennye litiro 2152. Ntabwo twavuga ko zarangiye kuko n'ubu izi tumaze kumena harimo izaje mu gitondo. Hari abaturage bumva nabi bagiye bazikura aho bacururiza bakajya kuzihisha mu ngo”.

    Muzungu yavuze ko utazitanze ku neza bakazimufatana bamutwarana na zo bakajya kumufunga.

    Ati “Uyu munsi dufite abayobozi barimo Mudugudu, SECO na Visi Perezida w'Inama Njyanama y'Akagari bari mu maboko ya Polisi kuko bo ubwabo bafashwe bari kuzicuruza”.

    Urwego rw'Igihugu rw'Ubugenzacyaha (RIB) rutangaza ko umuntu ufashwe acuruza ibyuma n'izindi nzoga zakorwaga n'inganda zafunzwe kubera kutubahiriza amabwiriza y'ubuziranenge akurikiranwaho icyaha cyo guha umuntu ikintu gishobora gushegesha ubuzima bwe.

    Kanyamanza Athanase wamaze imyaka 10 anywa inzoga z'ibyuma yabwiye IGIHE ko yazinywaga mu nda hakokera, ariko ko nyuma yo kuzihagarika nta kibazo cy'ubuzima akigira ndetse ngo n'urugomo yagiraga ntarwo akigira.

    Serugo Sosthène wanywaga ibyuma yavuze ko iyo yabaga yazinyoye mu gatuza hamuryaga.

    Ati “Hari mugenzi wanjye twakoranaga amagare, wanywaga Ingufu buri munsi atayivangiye twagiye kubona tubona umutima we uraturitse arapfa”.

    Mukamugema Janvière, Umuyobozi w'Umudugudu wa Buhoro Akagari ka Kibilizi yavuze ko ibyuma bitaracibwa ataryamaga kuko mu cyumweru abantu batanu barwanaga kubera ubusinzi.

    Abagifite izi nzoga bagirwa inama yo kuzitanga ku neza

    Izi nzoga zakuwe ku isoko nyuma y’aho zari zikomeje kwangiza ubuzima bw’abaturage

    I Karongi hamenwe litiro 2.152 z’inzoga zitujuje ubuziranenge

    Meya Muzungu yasabye abagifite izi nzoga kuzigeza ku buyobozi


    Source : http://igihe.com/amakuru/u-rwanda/article/abayobozi-batatu-b-i-karongi-bafungiye-gucuruza-inzoga-z-ibyuma

  • Ibikomoka ku buhinzi n'ubworozi byinjirije u Rwanda arenga miliyari 14,7 Frw mu minsi itanu – #rwanda #RwOT

    Muri iyo minsi itanu, u Rwanda rwohereje mu mahanga ibicuruzwa bikomoka ku buhinzi bipima toni 8.863, aho ikawa n'icyayi ari byo byinjije amafaranga menshi.

    Ikawa yinjije miliyoni $2,58 avuye kuri toni 440 zoherejwe mu mahanga, mu gihe icyayi cyinjije miliyoni $1,8 zivuye kuri toni 615.

    Imboga zoherejwe mu mahanga zipima toni 852, zinjiza $832.949. Zoherejwe mu Bwongereza, u Buholandi, u Buhinde, u Bufaransa no mu bihugu bya Afurika.

    Imbuto zinjije $317.263 zivuye muri toni 322. Zoherejwe muri Leta Zunze Ubumwe z'Abarabu, Vietnam no mu bihugu bya Afurika.

    Ibikomoka ku matungo byinjije $510.183 bivuye muri toni 315 zoherejwe mu bihugu bya Afurika.

    Indabo zoherejwe hanze zari toni zirindwi, zinjiza $40.368. Zoherejwe mu Buholandi no mu Bwongereza. Ibi bicuruzwa byoherejwe mu bihugu birimo Singapore, Leta Zunze Ubumwe za Amerika, u Bufaransa, Bangladesh no mu bihugu bitandukanye bya Afurika.

    Ibikomoka ku buhinzi n’ubworozi byoherejwe mu mahanga byinjirije arenga miliyari 14,7 Frw mu minsi itanu


    Source : http://igihe.com/amakuru/u-rwanda/article/ibikomoka-ku-buhinzi-n-ubworozi-byinjirije-u-rwanda-arenga-miliyari-14-7-frw-mu

  • Ikoranabuhanga ryadufasha guhangana n'ibibangamira umutekano birimo iterabwoba- Amb. Nduhungirehe – #rwanda #RwOT

    Abakurikira intambara ya Ukraine n'u Burusiya babonye uburyo ikoranabuhanga ryahinduye uburyo bw'imirwanire ku buryo Ukraine ishobora kugaba igitero mu bilometero ibihumbi mu Burusiya, ikoresheje drones cyangwa u Burusiya bukarasa mu mijyi inyuranye nta musirikare wabwo uhakandagiye.

    Izi drones zirimo An-196 Liutyi ishobora kuraza muri kilometero 1000-2000, igahita ishwanyagurika. Ibanza gushyirwamo inzira igomba kunyuramo kugeza igeze aho igomba guturitsa ubundi ikihagurutsa ikijyana.

    Hari irindi koranabuhanga rikoreshwa mu gisirikare nka robots zifite ubushobozi bwo kureba, zifite utwuma [sensors] tuzifasha kumenya icyo zishakisha, gusesengura no gufata icyemezo, rigashyira mu bikorwa hatabayeho uruhare rw'umuntu.

    Mu bya vuba wareba ni intambara ya Amerika, Israel na Iran ni uburyo Israel yinjiye mu butasi bwa Iran, ikohereza drones zikarasa ahantu henshi mu gihe gito, uburyo ibindi bitero byagiye bigabwa mu bice byinshi cyane icyarimwe cyangwa mu masaha make, bigaragaza ikoreshwa rihambaye ry'ubwenge buhangano mu ntambara.

    Minisitiri Nduhungirehe ubwo yatangizaga Inama Mpuzamahanga ku Mutekano muri Afurika (ISCA) yabereye i Kigali ku wa 12 Kanama 2026, yagaragaje ko iri koranabuhanga ryamaze kugera mu bigaza by'inzego z'umutekano za Leta n'imitwe yitwaje intwaro ikorera mu bice bitandukanye, ku buryo ingabo za Leta zisabwa kugira ubushobozi buri hejuru mu kurikoresha.

    Ati 'Ikoranabuhanga rihambaye ryikoresha [autonomous systems] n'ubwenge buhangano biri koroha cyane kugerwaho no ku mitwe itari iya za Guverinoma. Ibi bivuze ko ingabo zacu n'inzego z'umutekano zigomba kubyinjiramo kandi zigahora imbere. Afurika ntiyakwemera gusigara inyuma mu gihe iri koranabuhanga rikomeje gutera imbere, tugomba kumenya icyo rivuze ku mutekano wacu ariko no ku busugire bwacu.'

    Afurika imaze igihe ihanganye n'intambara zibasiye ibice birimo akarere ka Afurika yo mu Burengerazuba ahari imitwe y'iterabwoba, mu karere k'Ibiyaga bigari n'ahandi.

    Ati 'Ikoranabuhanga rihambaye ryikoresha ni amahirwe. Rishobora kudufasha guhangana neza na bimwe mu bibangamira umutekano wacu birimo iterabwoba, ibitero by'imitwe yitwaje intwaro n'ibyaha byateguwe. Kugira ngo iri koranabuhanga turibyaze umusaruro byuzuye, Afurika igomba gushora imari mu bushobozi bwayo, ni ukuvuga guteza imbere ubushobozi bukenewe, kongerera ubushobozi inzego zacu, no kubaka ubushobozi bufasha guhanga ibisubizo bikemura ibibazo mu buryo bwacu.'

    Minisitiri Nduhungirehe yavuze ko ISCA yatanze urubuga rwo gukomeza kungurana ibitekerezo no guhanga ibisubizo nyafurika ku bibazo by'umutekano byugarije umugabane.

    Umuyobozi Mukuru ushinzwe Ubushakashatsi n'Iterambere mu Ngabo z'u Rwanda, Col Patrick Nyirishema yagaragaje ko mu bihe byashize abantu barebaga igisirikare gikmeye bagendeye ku mubare munini w'abasirikare gifite cyangwa intwaro nyinshi, inganda zikomeye gifite ariko ubu byarahindutse.

    Ati 'Twinjiye mu gihe imashini [robots] ishobora kureba, gusesengura, gufata ibyemezo, zishobora gukora uruhare rw'umuntu rukagabanyuka.'

    Col Nyirishema yagaragaje ko icyibazwa kuri Afurika ari ukureba niba ibihugu byayo bizashobora gushora imari mu kubakira abaturage ubushobozi ku buryo bakomeza kurikoresha cyangwa inzego zinyuranye zizavugurura imikorere yazo zikarikoresha.

    Yavuze ko ikoranabuhanga rihambaye ryikoresha, ryahinduye imiterere y'urugamba, ku buryo no mu buryo ibihugu byubaka ingabo zabyo byagizweho ingaruka.

    Ati 'Uburyo twinjiza ingabo, abo twinjizamo, n'uburyo tubatozamo biri guhinduka. Iyo ushyize ikoranabuhanga rihambaye mu nzego z'umutekano umubare w'abakozi ukeneye urushaho kuba muto cyane, ariko abantu ufite nubwo ari bake bagomba kuba ari ingenzi cyane. Kuko ukeneye abantu bazakorana n'iryo koranabuhanga. Ukeneye abantu bazarikoresha, ukeneye abantu bazaryubaka, ukeneye abantu bategura ibikorwa bya gisirikare bagendeye ku bushobozi bw'iryo koranabuhanga.'

    Col Nyirishema yavuze ko u Rwanda ruhora rushaka uburyo rujyana n'igihe ku byerekeye ikoranabuhanga ariko n'ibindi bihugu bya Afurika bigomba guhindura uburyo biteguramo ingabo, birenze kujya gukura systeme z'umutekano zihenze cyane, ahubwo hakanitabwa ku mpinduka zigenda zigaragara mu buzima bwa buri munsi.

    Minisitiri w'Ububanyi n'Amahanga wa Mali, Abdoulaye Diop yavuze ko kubera ubunini bw'igihugu cyabo, gifite ubuso burenga kilometero kare miliyoni 1,2, basanze bidashoboka kubona abasirikare bazarinda ubusugire bwacyo bahitamo gushora imari mu ikoranabuhanga mu bya gisirikare.

    Ati 'By'umwihariko mu ikoranabuhanga rya drones urebye kuri Mali, mu myaka itanu ishize Mali ntabwo yagiraga za drones mu bubiko, uyu munsi hari amagana y'ibi bikoresho bikoreshwa n'inzego zacu z'umutekano,…drones za Mali zikoreshwa n'urubyiruko rw'abenegihugu rwatojwe kugira ngo bakemure ikibazo cy'umutekano kandi ikoranabuhana rigize igice kinini mu rwego rw'umutekano rwacu.'

    Umuyobozi Mukuru wa Polisi y’u Rwanda, CG Felix Namuhoranye yitabiriye iyi nama

    Umugaba Mukuru w’Ingabo z’u Rwanda, Gen Mubarakh Muganga yari akurikiye ibiganiro muri ISCA

    Col Patrick Nyirishema yagaragaje ko ibihugu bisabwa guhindura uburyo byubaka inzego za gisirikare

    Abasirikare n’inzengo z’umutekano mu bihugu bitandukanye bateraniye i Kigali baganira ku buryo ikoranabuhanga ryifashishwa mu bikorwa by’umutekano

    Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga, Amb. Olivier Nduhungirehe yavuze ko iri koranabuhanga rishobora gufasha mu kurwanya iterabwoba


    Source : http://igihe.com/amakuru/u-rwanda/article/ikoranabuhanga-ryadufasha-guhangana-n-ibibangamira-umutekano-birimo-iterabwoba

  • U Rwanda rwavumbuye imbuto y'ibirayi idakenera guterwa umuti – #rwanda #RwOT

    Ibi byagaragajwe na Minisitiri w'Ubuhinzi n'Ubworozi, Dr. Ndabamenye Telesphore, mu kiganiro yagiranye na Televiziyo y'Igihugu.

    Yagaragaje ko ubu ubushakashatsi bwakozwe ku gihingwa cy'imyumbati cyibasirwa n'indwara ya Kabore, ibigori bikunze kwibasirwa na Nkongwa, hamwe n'ibirayi byibasirwa na Cyumya.

    Muri ubu bushakashatsi bamaze kuvumbura amoko y'ibirayi yihanganira cyumya ku buryo kubitera imiti iyirwanya biba bidakenewe 100%.

    Ati 'Ubu ayo moko tumaze kuyabona, abashakashatsi batangiye amagerageza mu mirima y'abaturage.'

    Ku ndwara ya Kabore na ho ubushakashatsi bumaze kugaragaza amoko y'imyumbati ayihanganira, icyakora, Dr. Ndabamenye yavuze ko ayo moko yavumbuwe atandukanye gato n'amoko y'ibihingwa byahinduriwe uturemangingo azwi nka 'GMOs' (Genetically Modified Organisms).

    Yasobanuye ko GMOs ari ibihingwa byahinduriwe imiterere y'uturemangingo (genetics), mu gihe ayo moko yavumbuwe mu Rwanda ari ukunganira imiterere asanzwe afite hakagira ibyongerwamo.

    Ku bigori na ho ubushakashatsi bugeze kure aho hari amoko ari hafi kuboneka yihanganira nkongwa.

    Icyakora, aya moko amaze kuvumburwa ntataragera ku rwego rwo guhabwa abahinzi, aracyageragezwa kugira ngo azabageraho atanga umusaruro ukenewe.

    Ubu bushakashatsi kandi MINAGRI iri kubufatanyamo n'ibindi bigo mpuzamahanga bifite ikoranabuhanga rigezweho kandi bikora ku rwego rw'Isi.

    Dr Ndabamenye ati 'Turi gukorana n'ibigo mpuzamahanga bikomeye mu ikoranabuhanga ry'ibinyabuzima ku rwego rw'Isi kandi bifite aho bigeze. Ni ukugira ngo ubwo ayo moko twavumbuye azabe yemewe ku rwego rw'Isi kandi nta cyo yangiza ku buzima bw'abantu no ku bidukikije muri rusange.'

    Muri Gashyantare 2024, ni bwo itegeko rigena ibyerekeye ibihingwa byahinduriwe uturemangingo (GMOs) mu Rwanda ryatangajwe mu Igazeti ya Leta kugira ngo rizajye rishingirwaho mu kugena imikoreshereze yose ijyanye n'ibi bihingwa mu buryo bwizewe.

    Muri Gicurasi uyu mwaka kandi Ikigo cy'Igihugu gishinzwe Ubuhinzi n'Ubworozi (RAB) cyatangaje ko bitarenze mu mwaka wa 2027 u Rwanda ruzaba rufite ikigo cy'icyitegererezo kizaba ari n'icya mbere mu Karere, kizafasha mu gutegura imbuto z'ibihingwa byongerewe ubushobozi.

    Ni ikigo kizajya gikorerwamo ubushakashatsi ku nsina, ibirayi n'imyumbati, hashakwa izifite ubushobozi bwo guhangana n'indwara, kandi uwo murimo nubwo ubushakashatsi bwabaga ari ubw'inzego zo mu Rwanda, wakorerwaga mu mahanga kugeza.

    U Rwanda rwavumbuye imbuto y'ibirayi idakenera guterwa umuti


    Source : http://igihe.com/amakuru/u-rwanda/article/u-rwanda-rwavumbuye-imbuto-y-ibirayi-idakenera-guterwa-umuti

  • Buri uko nkurebye nibutswa uburyo uri mwiza – Papi Clever abwira umugore we Dorcas #rwanda #RwOT

    Umuhanzi Tuyizere Papi Clever, umwe mu bazwi mu murimo wo kuramya no guhimbaza Imana, yagaragarije umugore we Ingabire Dorcas urukundo, ashimira Imana kuba yaramuhaye umugisha wo kubana na we.

    Papi Clever yabitangaje mu butumwa yanyujije ku rukuta rwe rwa Instagram kuri uyu wa Gatatu, tariki ya 12 Kanama 2026, aho yashyizeho ifoto y’umugore we ayiherekeza amagambo agaragaza ko amubonamo ubwiza n’umugisha udasanzwe.

    Mu butumwa bwe, uyu muhanzi yavuze ko igihe cyose arebye umugore we, yibutswa uburyo ari mwiza cyane, ndetse ko buri munsi ashimira Imana kuba yaramuhaye Ingabire Dorcas nk’umugore we.

    Yagize ati 'Mukundwa wanjye, buri gihe nkurebye nibutswa uburyo uri mwiza bidasanzwe. Buri munsi nshimira Imana ko yampaye umugisha wo kugira wowe.'

    Papi Clever na Ingabire Dorcas ni bamwe mu bantu bazwi cyane mu muziki wo kuramya no guhimbaza Imana, aho bakunze kugaragara mu bikorwa bitandukanye by’umuziki wo mu rwego rwa gikristo ndetse no mu gusubiramo indirimbo zo mu Gitabo.

    Aba bombi bafitanye abana batatu barimo abakobwa babiri n’umuhungu umwe bibarutse umwaka ushize. Papi Clever yasezeranye imbere y’Imana na Ingabire tariki ya 7 Ukuboza 2019 muri Dove Hotel ku Gisozi.

    Ubukwe bw’aba bombi bwabaye nyuma y’icyumweru Papi Clever asabye akanakwa Ingabire mu birori byabereye mu Karere ka Musanze ku wa 30 Ugushyingo 2019. Kuri uwo munsi banasezeranye byemewe n’amategeko y’u Rwanda mu muhango wabereye mu Murenge wa Muhoza.

    Papi Clever yatomoye umugore we Dorcas

    Source : http://isimbi.rw/buri-uko-nkurebye-nibutswa-uburyo-uri-mwiza-papi-clever-abwira-umugore-we.html

  • Gatsibo: Yicishije abana be umuti w'imbeba, na we ariyahura kubera ifuhe – #rwanda #RwOT

    Ibi byabaye mu ijoro ryo ku wa 11 Kanama 2026, mu Mudugudu w'Akamatamo mu Kagari ka Mamfu mu Murenge wa Muhura mu Karere ka Gatsibo.

    Uyu mugore wiyahuye yari afite imyaka 36, mu gihe abana be umwe w'umukobwa yari afite imyaka icyenda, undi w'umuhungu afite imyaka ine.

    Umunyamabanga Nshingwabikorwa w'Umurenge wa Muhura, Rudasingwa Michael, yabwiye IGIHE ko batabajwe n'umugabo w'uyu mugore nyuma yo gusanga umugore we n'abana be babiri bapfuye.

    Ati 'Umugabo w'uwo mugore asanzwe ari umucuruzi mu isantere, umugore we yari amenyereye kumugemurira ibiryo bya nijoro. Nijoro rero umugabo yabonye amasaha amuzaniraho ibiryo ageze atari yabizana bituma amuhamagara kuri telefone, undi ntiyitaba. Byaje kurangira atashye agezeyo asanga imirambo y'umugore we n'abana iri aho hasi ahita atangira gutabaza.''

    Gitifu Rudasingwa yakomeje avuga ko abaturage n'abayobozi mu nzego zitandukanye bagiyeyo muri iryo joro baza kubona urwandiko uwo mugore yasize yanditse, rugaragaza ko uwo mugabo we yari asigaye agirana umubano wihariye n'undi mukobwa. Bikaba biri mu byamunaniye kwiyakira ahitamo kwiyahura we n'abana babo.

    Uyu muyobozi yavuze ko umukobwa wavuzwe muri iyo baruwa ndetse n'umugabo wa nyakwigendera bahise batabwa muri yombi kugira ngo hakorwe iperereza kuri uwo mubano wihariye bari bafitanye.

    Yakebuye kandi imiryango ifitanye amakimbirane ayisaba kujya igana ubuyobozi bukabasha kuyifasha.

    Ati 'Ubutumwa dutanga ni ukugira inama imiryango ifitanye amakimbirane kujya yegera ubuyobozi bukabagira inama aho gufata icyemezo cyo kwiyahura no kwica abana ngo urahima uwo mwashakanye. Ni ibintu bibi cyane, niba warashakanye n'umuntu mukagirana ibibazo mwegere ubuyobozi tubafashe.''

    Kuri ubu imirambo yabo bana ndetse n'umubyeyi wabo yajyanywe ku bitaro bya Kiziguro kugira ngo ikorerwe isuzuma mbere yo kubashyingura.


    Source : http://igihe.com/amakuru/u-rwanda/article/gatsibo-yicishije-abana-be-umuti-w-imbeba-na-we-ariyahura-kubera-ifuhe