Blog

  • The Ben yashyize hanze indirimbo ye nshya ‘Inshallah’ #rwanda #RwOT

    Umuhanzi The Ben yashyize hanze amashusho y’indirimbo ye nshya yise 'Inshallah', nyuma y’umunsi umwe gusa ashyize hanze amajwi yayo.

    Kuri uyu wa Gatandatu tariki ya 15 Ukwakira nibwo yashyize aya mashusho y’iyi ndirimbo kuri shene ya youtube , muri aya mashusho agaragaramo ababyinnyi benshi ndetse n’ibindi byamamare nka Made Beats na Keza Trisky .

    Ni indirimbo igaruka ku rukundo umusore agirira umukobwa yakunze bitari iby’agahararo akaba anamaze igihe amufitiye urukumbuzi rudasanzwe ,akamwizeza kuzamwumvisha umunyenga w’urukundo kugeza kumwambika impeta yo kubana ubuziraherezo.

    Indirimbo 'Inshallah' yatunganyijwe na MadeBeat mu buryo bw’amajwi, mu gihe amashusho yayo yayobowe na Julien Bmjizzo afatanyije na Bright Ngabo.

    Gushyira hanze aya mashusho bibaye nyuma y’uko The Ben yari amaze igihe gito atangaje amajwi y’iyi ndirimbo ku rubuga rwa Audiomack.

    The Ben kandi aherutse gutangaza ko afite gahunda yo gukomeza gusohora izindi ndirimbo nyinshi muri aya mezi ari imbere, nyuma yo gusoza ibitaramo bitandukanye bya NU-Year Groove, yakoranye na Bruce Melodie bikabera mu bice bitandukanye by’igihugu.

    Uyu muhanzi waherukaga igihangano mu mezi arindwi ashize ubwo yashyiraga hanze indirimbo 'Indabo Zanjye’,yanateguje indi mishinga mishya izakomeza kwagura ibikorwa bye bya muzika.

    The Ben yashyize hanze indirimbo Inshallah

    Source : http://isimbi.rw/the-ben-yashyize-hanze-indirimbo-ye-nshya-inshallah.html

  • Liliane yarize! Murindahabi Irene yamusabye aranamukwa #rwanda #RwOT

    Ubwo yari amaze guhohera umugabo we Murindahabi Irene, Nirere Liliane, kwihangana byanze ararira maze uyu munyamakuru ahita amuhoza.

    Ni mu muhango wo gusaba no gukwa w’umunyamakuru Murindahabi Irene na Nirere Liliane.

    Wabaye mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatandatu tariki ya 15 Kanama 2026 ubera muri Intare Conference Arena ku Gisozi.

    Murindahabi Irene akaba yari yambariwe na benshi mu byamamare nka Phil Peter, Rocky Kimomo, Rugaju Regan Ndayishimiye, Mahoro Nasri, MC Nario, Kimenyi Tito, Rumaga Jr, Sam Zuby Comedy n’abandi.

    Ni umuhango witabiriwe kandi n’abarimo Inkindi Aisha, Jojo, Anita Pendo n’abandi benshi.

    Bamporoki Edouard yari mu itsinda ry’abasaza bagiye gusabira Murindahabi Irene umugeni.

    Cyusa Ibrahim ni we muhanzi wasohoye Nirere Liliane amuzaniye ababyeyi ngo bamushyikirize uwo yakunze, Irene Murindahabi.

    Byari byiza, ibyishimo byari byose muri uyu muhango, aho bahoberanye maze Liliane ahita atangira kwihanagura mu maso kubera amarira y’ibyishimo.

    Nk’umugabo, Irene yahise ashaka uko amuhoza maze amwongorera akajambo ahita aseka.

    Biteganyijwe ko nyuma y’uyu muhango wo gusaba no gukwa, haba n’indi mihango irimo gusezerana imbere y’Imana no kwakira abatumiwe.

    Bakoze ubukwe nyuma y’uko ku wa Kabiri w’iki cyumweru bari basezeranye imbere y’amategeko mu Murenge wa Gishari mu Karere ka Rwamagana.

    Bamporoki Edouard yari mu basaza basaba

    Murindahabi Irene na Parrain batengereje umugeni

    Bahoberanye n’ubwuzu bwinshi

    Nirere Liliane yahise arira atangira kwihanagura amarira

    Yahise amwongorera undi ahita aseka

    Umunsi w’amateka kuri Murindahabi Irene na Liliane Nirere

    Source : http://isimbi.rw/liliane-yarize-murindahabi-irene-yamusabye-aranamukwa.html

  • Yashinjwe kwica Malcolm X, afungwa imyaka 20 arengana, ahitamo u Rwanda: Amateka atangaje ya Aziz – #rwanda #RwOT

    Aziz w'imyaka 88, yavukiye mu gace ka Bronx muri New York. Yamaze imyaka 20 muri gereza nyuma yo guhamwa n'icyaha cyo kugira uruhare mu iyicwa rya Malcolm X, icyaha yahakanye kuva yatabwa muri yombi. Byatwaye imyaka irenga 50 kugira ngo icyemezo cy'urukiko cyari cyaramuhamije icyo cyaha giteshwe agaciro.

    Uyu munsi atuye mu Rwanda n'umugore we, aho barimo kwiga Ikinyarwanda, gushora imari mu mitungo itimukanwa no gufasha abana kubona uburezi.

    Imyaka 20 y'ubuzima yatakariye muri gereza

    Muhammad Aziz yavukiye muri Bronx ku wa 27 Kamena 1938, akurira mu buzima bugoye. Akiri muto yakundaga gusoma ibitabo, umuco avuga ko yatangiye nyuma y'uko se wamureraga yatahanaga mu rugo ibitabo birimo inkoranyamagambo n'ibitabo by'ubumenyi rusange.

    Afite imyaka 17, amaze no kuba umubyeyi, yinjiye mu Ngabo zirwanira mu mazi za Leta Zunze Ubumwe za Amerika. Avuga ko icyo gihe yashakaga kuva mu buzima bugoye yari yarakuriyemo.

    Ati 'Nashakaga kuva muri ghetto. Icyo gihe, kuri benshi, ni bwo buryo bwari buhari.'

    Mu ntangiriro z'imyaka ya 1960, Aziz yinjiye mu Idini rya Islam, atangira kujya ajya gusengera mu Musigiti wo muri New York, Malcolm X yari abereye umuyobozi.

    Nubwo bajyaga bahurira hamwe, Aziz avuga ko batari inshuti za hafi.

    Ati 'Nabaga ndi hafi ye, ariko ntabwo twari tuziranye.'

    Ku wa 21 Gashyantare 1965, Malcolm X yiciwe muri Audubon Ballroom i Manhattan ubwo yari agiye kugeza ijambo ku bantu bari bateraniye aho. Nyuma y'iperereza, Aziz yari mu bagabo batatu batawe muri yombi bakekwaho kugira uruhare muri ubwo bwicanyi.

    Aziz avuga ko ubwo Polisi yamufataga, yinjiye iwe ku ngufu, ikamukubita ku buryo atashoboraga kugenda. Yakomeje kandi kuvuga ko yari afite ibimenyetso byagaragazaga ko igihe Malcolm X yicwaga yari ahandi, ariko ko bititaweho.

    Mu rubanza, Talmadge Hayer, umwe mu bagabo batatu bashinjwaga, yemeye ko yagize uruhare mu iyicwa rya Malcolm X ariko ahamya ko Aziz na Khalil Islam, undi bari bafunganywe, nta ruhare bagize muri icyo gikorwa.

    Nubwo yavuze ibyo, ntibyabujije urukiko kubahamya icyaha.

    Mu 1966, Aziz wari uzwi icyo gihe nka Norman 3X Butler, yahamijwe icyaha cy'ubwicanyi bwo ku rwego rwa mbere, akatirwa gufungwa burundu. Yari afite imyaka 27.

    Yamaze imyaka 20 muri gereza, ariko ntiyigeze areka gusoma no kwiyungura ubumenyi. Yaje no kuba Umuyobozi wa mbere wa Komite yari ishinzwe kwakira no gukurikirana ibibazo by'imfungwa.

    Icyakora, imyaka yamaze afunze yagize ingaruka zikomeye ku muryango we. Abana be bakuze adahari, ndetse avuga ko igihe yafungurwaga byari bigoye kongera kubaka umubano bari bafitanye.

    Ati 'Byasenye umuryango wanjye. […] Nari narabaye nk'umuntu batazi.'

    Muhammad Aziz (iburyo) yahanaguweho icyaha cyo kwica Malcom X ahita ajya kwiturira mu Rwanda

    Uyu muryango watangiye kwiga Ikinyarwanda ngo azashobore gusabana n’abarutuye

    Nyuma y'imyaka irenga 50, yagizwe umwere

    Aziz yafunguwe by'agateganyo mu 1985, ariko imyaka yakurikiyeho yakomeje kubaho ari umuntu uzwi nk'uwahamijwe uruhare mu iyicwa rya Malcolm X.

    Mu 2020, filime mbarankuru ya Netflix yiswe Who Killed Malcolm X? yongeye kubyutsa impaka ku iyicwa rya Malcolm X no ku manza za Aziz na Khalil Islam.

    Ubushinjacyaha bwa Manhattan bwongeye gufungura dosiye, busuzuma amapaji ibihumbi y'inyandiko zirimo izaturutse muri FBI, Polisi ya New York n'izindi nzego. Iperereza ryagaragaje ko hari ibimenyetso bitari byarigeze bihabwa abunganiraga abaregwa mu rubanza rwa mbere.

    Mu Ugushyingo 2021, umucamanza yatesheje agaciro ibyemezo byari byarahamije Aziz na Islam ibyaha. Islam yari yarapfuye mu 2009, bityo ntiyagira amahirwe yo kubona izina rye rihanagurwaho icyaha akiriho.

    Nyuma yaho, Aziz yahawe indishyi na Leta ya New York ndetse n'Umujyi wa New York.

    Abajijwe niba amafaranga y'indishyi abarirwa muri miliyoni z'amadolari yumva ari ubutabera, yavuze ko icyo ashyize imbere ari ubwisanzure yabonye.

    Ati 'Ntabwo mbitekereza nk'ubutabera. Icyo ntekereza ni ubwisanzure bwo gukora icyo nshaka gukora ubu.'

    Muhammad Aziz yavuze nubwo yagizwe umwere agahabwa amafaranga ariko icyo aha agaciro ari ubwisanzure ubu afite

    Yahisemo gutura mu Rwanda

    Aziz avuga ko yari amaze igihe kinini ashaka kuva muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, ariko akabura ubushobozi bwo kubikora.

    Nyuma y'uko ibirego byari bimuriho biteshejwe agaciro ndetse akabona amafaranga, yatangiye gushakisha igihugu ashobora guturamo no gutangiriramo ubuzima bushya.

    Yatekereje ku bihugu byo muri Amerika y'Epfo, Amerika yo Hagati, Caraibes ndetse no muri Afurika, ariko aza guhitamo u Rwanda.

    Aziz avuga ko mbere yo kwimukira mu Rwanda yamaze igihe arwiga, by'umwihariko akururwa n'imiyoborere ya Perezida Paul Kagame.

    Umugore we we yabanje kugira impungenge.

    Ati 'Muhammad ambwiye ati 'Tugiye mu Rwanda,' naravuze nti 'Ni sawa.' Ariko icyo nari nzi gusa ku Rwanda ni Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.'

    Yatangiye gukora ubushakashatsi ku Rwanda rw'ubu, ndetse abifashwamo n'abavandimwe be.

    Ati 'Bose baragarutse bambwira ko ari ahantu heza ho kujya.'

    Aziz n'umugore we bageze i Kigali mu 2023, batagamije gusa kuhatura mu zabukuru, ahubwo bashaka no kuhakorera ibikorwa by'iterambere.

    Bashoye miliyoni 7,5$ mu Rwanda

    Ubuzima bushya bwa Aziz mu Rwanda bwajyanye no gushora imari.

    We n'umugore we bamaze gushora amafaranga agera kuri miliyoni 7,5$ mu mitungo itimukanwa, arimo inyubako z'amacumbi, iz'ubucuruzi ndetse n'imitungo iri ku nkengero z'ibiyaga.

    Mu mishinga yabo harimo Seed Apartments, inyubako y'amacumbi 18 ku Kimihurura icungwa na Misteph Real Estate, ndetse n'indi nyubako bise 'White House', iri hafi ya Kigali Convention Centre.

    Aziz avuga ko ibyo bikorwa bimaze kugirira akamaro abantu babarirwa mu magana, kandi yifuza ko uwo mubare wakomeza kwiyongera.

    Icyakora, ibyo bashaka gukora mu Rwanda ntibigarukira ku ishoramari mu nyubako.

    Bafata uburezi nk'imwe mu nzira zikomeye zo kurwanya ubukene. Batangiye bishyurira amafaranga y'ishuri abana, bahera kuri 30 mu mwaka wa mbere, bakurikizaho 100 mu mwaka wakurikiyeho, kandi umubare ukomeza kwiyongera.

    Banatangije ubucuruzi bwo gukora imikino y'ubumenyi irimo puzzles n'amakarita bifasha abana b'Abanyarwanda kumenya byinshi kuri Afurika. Uwo mushinga bawukorana n'urubyiruko rw'Abanyarwanda batatu, kandi igice cy'amafaranga awuvamo kigakoreshwa mu bikorwa bifasha abaturage.

    Aziz ati 'Abana biga neza cyane iyo bari gukina.'

    We n'umuryango we banitabiriye ibikorwa bitandukanye mu Rwanda, birimo gushyigikira Kwita Izina, umuhango ngarukamwaka wo guha amazina abana b'ingagi.

    Umugore we yavuze ko batangajwe n'imbaraga u Rwanda rushyira mu kubungabunga ibidukikije.

    Bashaka ubwenegihugu

    Aziz n'umuryango we batangiye kwiga Ikinyarwanda inshuro eshatu mu cyumweru.

    Umugore we avuga ko uko agenda arushaho kumenya u Rwanda mu buzima bwa buri munsi, ari na ko arushaho kurufata nk'iwabo.

    Yishimira ituze ry'i Kigali, urugwiro rw'Abanyarwanda ndetse avuga ko ubuzima bwo mu Rwanda butandukanye n'umwuka w'amakimbirane yari amenyereye muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika.

    Ati 'Aha ni ahantu hari amahoro. Abantu iyo bahuye barahoberana.'

    Kugeza ubu basabye ubwenegihugu bw'u Rwanda, bafite icyizere ko umunsi umwe bazaba abaturage b'igihugu basigaye bafata nk'iwabo.

    Kuri Aziz, nta gushidikanya afite ku ho ashaka gukomeza kuba.

    Ati 'Ndi hano. Nta ho nzajya.'

    Bafite ibikorwaremezo byahinduriye ubuzima benshi

    Bahisemo gutura mu Rwanda kuko hari amahoro


    Source : http://igihe.com/amakuru/u-rwanda/article/uwashinjwaga-kwica-malcom-x-yahindutse-umushoramari-ukomeye-mu-rwanda-amateka

  • Abanyarwanda ibihumbi 300 bigishijwe 'Coding' mu myaka ibiri ishize – #rwanda #RwOT

    Abantu bagera ku bihumbi 300 bo mu Rwanda bamaze guhabwa ubumenyi bwo gukora porogaramu za mudasobwa, binyuze muri Gahunda ya 'On Million Rwanda Coders' mu myaka ibiri ishize.

    Iyi gahunda yatangijwe na Guverinoma y'u Rwanda mu 2024 mu rwego kwihutisha iterambere mu cyiciro cya kabiri (NST2), harimo n'iy'uko mu myaka itanu iri imbere abantu babarirwa muri miliyoni biganjemo urubyiruko bazahabwa amasomo y'ikoranabuhanga ajyanye na coding.

    Iyi gahunda yatangijwe kubera ko urubyiruko ruri kuzamuka ku muvuduko uri hejuru, aho imibare y'ibyavuye mu ibarura rusange rya 2022 yerekana ko umubare w'urubyiruko rufite imyaka 30 ugera kuri 65,3% mu Rwanda.

    1MRC ikurikiranwa n'Inama igamije ikoranabuhanga ridaheza (Digital Inclusion Council: DIC) ku bufatanye na Minisiteri y'Ikoranabuhanga.

    Bamwe mu bagize amahirwe yo kwitabira guhabwa ubu bumenyi bwo gukora porogaramu za mudasobwa binyuze muri iyi gahunda baganiriye na RBA bavuze ko bungukiyemo byinshi.

    Umuhoza Evodie yagize ati 'Nahawe ubumenyi bwo gukora porogaramu za mudasobwa, iyo porogaramu ishobora gufasha Abanyarwanda mu buryo busanzwe.'

    Umuhire Aimée Cynthia we yavuze ko nyuma yo guhabwa ubu bumenyi yakuyemo akazi ndetse ko bigishijwe ibishobora kugira ingaruka nziza mu Rwanda ndetse no mu mahanga muri rusange.

    Ati 'Batwigisha gukora ku isoko ry'umurimo ritari iryo mu Rwanda gusa ahubwo no ku Isi hose kuko n'imishinga baduha yo kwigiraho iba ari imishinga itekereza ngo abantu bo hanze bazikoresha gute cyangwa abantu bo mu kindi gihugu bazazibona gute?'

    Yavuze ko iyo atagira amahirwe yo guhabwa ubumenyi binyuze muri gahunda ya 1MRC ntabwo yari kuba ari gukora ku mishinga mpuzamahanga asigaye akoraho ubu.

    Umuyobozi ushinzwe gukurikirana ibikorwa bya 1MRC mu Nama igamije ikoranabuhanga ridaheza, Ernest Mpundu, yavuze ko iyi gahunda itagamije gusa guha ubumenyi bwo gukora porogaramu za mudasobwa gusa ahubwo igamije no kubaha ubumenyi rusange bwo gukoresha ikoranabuhanga.

    Ati 'Ntabwo ari ukubaha ubumenyi gusa bwo gukora porogaramu za mudasobwa ahubwo no kubaha ubumenyi rusange bwo gukoresha ikoranabuhanga. Kuko muri iki gihe ikoranabuhanga ryabaye igice cy'ubuzima bwa buri munsi, nidukora muri ubwo buryo dufite icyizere ko intego twihaye tuzayigeraho.'

    Rwanda: Abarenga ibihumbi 300 bigishijwe ‘Coding’ mu myaka ibiri ishize


    Source : http://igihe.com/amakuru/u-rwanda/article/rwanda-abarenga-ibihumbi-300-bigishijwe-coding-mu-myaka-ibiri-ishize

  • Ibintu bine byafasha urubyiruko gutera imbere mu mboni za Minisitiri Utumatwishima – #rwanda #RwOT

    Ibi yabigarutseho ubwo mu Karere ka Gatsibo hizihirizwaga umunsi Mpuzamahanga w'urubyiruko.

    Minisitiri Utumatwishima yavuze ko hari ibintu bine by'ingenzi byafasha urubyiruko kwigirira akamaro, bakakagirira imiryango yabo ndetse n'igihugu. Yavuze ko umuntu wakurikije ibi bintu bine atera imbere mu buryo bugaragara kandi ko aba adashobora gutatira inshingano yahawe cyangwa ngo agambanire igihugu.

    Ati ' Icya mbere ni ugucunga ubuzima bwabo, bakagira ubuzima bwiza, umubiri wabo ari amahoro, nta kwiheba, agahinda gakabije ndetse bakananga ko ibiyobyabwenge byinjira mu mubiri wabo. Icya kabiri ni ubumenyi aho kuva ku myaka 16 kuzamura abenshi baba bakiri mu mashuri yisumbuye bakora amakosa, rero iyo ugize ubumenyi bugufasha gutera imbere.''

    Minisitiri Utumatwishima yakomeje avuga ko icya gatatu ari ugutozwa ati ' Nta muntu watejwe imbere gusa nuko yize, ahubwo agomba kuba afite umuco, ikinyabupfura, utavuga nabi, udashyanuka ku buryo baguhagaritse hariya kubera imyitwarire yawe wanatojwe watanga umusaruro. Abayobozi bakubwira ngo ufite uruhare imbere hazaza h'igihugu ukwiriye kubimenya.''

    Minisitiri Utumatwishima yakomeje avuga ko icya kane ari uko urubyiruko rugomba kuba ruri mu nzego ari nayo mpamvu Leta yafashe iya mbere ikarushyira mu nzego zose zifatirwamo ibyemezo kuva mu nama Njyanama zose no mu buyobozi bwose. Yavuze ko iyo umuntu umwe ukiri muto yujuje ibi bintu bine aba ashobora kwiteza imbere kandi akanateza imbere igihugu.

    Ruhorimbere Valens uri mu rubyiruko rwabashije guca muri ibi bintu byose uko ari bine, kuri ubu yashinze uruganda rukora amandazi, imigati, keke n'ibindi bitandukanye mu gihaza. Kuri ubu afite abakozi 17 bahoraho. Yavuze ko byose yabigezeho kubera gutozwa neza.

    Twajamahoro Jean de Dieu uvuka mu Murenge wa Kiramuruzi mu Karere ka Gatsibo ni undi musore ukora inweto mu mpu. Yavuze ko gutozwa neza byamufashije gukora inkweto nziza ashobora no gutangira kugurisha ku isoko mpuzamahanga.

    Yavuze ko kuri ubu yifuza ko uyu mwuga utangira no gufasha urundi rubyiruko rwinshi rudafite akazi aho azajya abigisha uko bakora inkweto.

    Imibare itangwa n'Ikigo cy'Igihugu cy'Ibarurishamibare muri uyu mwaka wa 2026, igaragaza ko urubyiruko rw'u Rwanda ruri hagati y'imyaka 16-30 bangana na miliyoni enye bingana na 27,7% by'abaturage bose.

    Ubushakashatsi bwo mu kwezi kwa Gatanu bwakozwe na NISR ku bakora n'abashomeri muri uyu mwaka bwerekana ko urubyiruko rufite akazi rungana na 49,6% by'abagejeje igihe cyo gukora.

    Minisitiri Dr Utumatwishima yagaragaje ibintu bine byatuma urubyiruko rwigirira akamaro


    Source : http://igihe.com/amakuru/u-rwanda/article/ibintu-bine-byafasha-urubyiruko-gutera-imbere-mu-mboni-za-minisitiri

  • Guca inzoga zitemewe: Intambwe ikomeye mu kurinda ubuzima, umutekano n'imibereho y'Abanyakigali – #rwanda #RwOT

    Muri uru rugamba rwo guhangana n'iki kibazo, Umujyi wa Kigali ukomeje gushyira imbere ingamba zo kurinda abawutuye n'abawugenda ibinyobwa bishobora gushyira ubuzima bwabo mu kaga.

    Mu butumwa Umuyobozi w'Umujyi wa Kigali, Samuel Dusengiyumva, yagejeje ku bitabiriye Umuganura 2026 ku rwego rw'Umujyi wa Kigali, yasabye abaturage kwirinda inzoga zitujuje ubuziranenge, ibiyobyabwenge, kunywa birenze urugero no kudatwara ibinyabiziga basinze.

    Ati 'Igihugu gikeneye abaturage bafite ubuzima bwiza, bakora kandi bafite indangagaciro.'

    Yakomeje ashimangira ko kunywa inzoga hagamijwe gusinda bidakwiye gufatwa nk'umuco w'Abanyakigali, kuko ubusinzi bushobora kugira ingaruka ku buzima, imiryango, uburezi n'imikorere ku kazi. Yasabye kandi buri wese kugira uruhare mu gukumira iki kibazo, atanga amakuru ku gihe.

    Abafite izi nzoga zitemewe basabwa kuzigeza ku nzego zibishinzwe kugira ngo zimenwe mu buryo butangiza ubuzima. Nk'uko byagarutsweho n'Umuvugizi w'Umujyi wa Kigali, Emma Claudine Ntirenganya, ati 'Kwanga kugeza ku nzego zibishinzwe, izi nzoga zitemewe, ni ukwigomeka ku buyobozi kandi bihanwa n'amategeko.'

    Ntirenganya yakomeje asobanura imibare y'inzoga zafashwe.

    Ati 'Mu Mujyi wa Kigali hose hakusanyijwe amakarito 164.792 n'amacupa 146.362 by'inzoga zitemewe zakuwe ku isoko ry'u Rwanda.'

    Ikigo cy'Igihugu gishinzwe Ibiribwa n'Imiti (Rwanda FDA) cyafunze inganda zirenga 140 zakoraga ibinyobwa bisembuye bitujuje ubuziranenge, kinatesha agaciro impushya zo kubikora. Iki kigo kandi cyahagaritse by'agateganyo ubwoko 52 bw'inzoga zituruka mu mahanga.

    Kuva muri Mutarama 2026, Leta y'u Rwanda igaragaza ko abantu 50 bapfuye bazize kunywa inzoga zitujuje ubuziranenge, mu gihe abasaga 100 bahumye, na ho abarenga 11.000 bagizwe imbata n'izi nzoga.

    Umujyi wa Kigali ukomeza kwibutsa abaturage kumenya ubwoko bw'ikinyobwa bagiye kunywa, aho cyakorewe, uwagikoze, bakanamenya niba cyujuje ubuziranenge. Umuntu ntakwiye kureba gusa igiciro cy'ikinyobwa cyangwa uburyo gisa gusa.

    Kugira ngo uru rugamba rugere ku ntego, bisaba uruhare rwa buri wese: inzego z'ubuyobozi, inzego z'umutekano, abakora n'abacuruza ibinyobwa, urubyiruko ndetse n'abaturage muri rusange. Gutanga amakuru ku gihe, kwirinda kunywa ibinyobwa bitazwi inkomoko no kubahiriza amabwiriza ni zimwe mu nzira zo gukomeza kurinda ubuzima bw'abaturage.

    Guca inzoga zitemewe ni intambwe ikomeye mu kurinda ubuzima, umutekano n'imibereho y'Abanyakigali


    Source : http://igihe.com/amakuru/u-rwanda/article/guca-inzoga-zitemewe-intambwe-ikomeye-mu-kurinda-ubuzima-umutekano-n-imibereho

  • Uko Bruce Melodie na Coach Gael bahombejewe bidasanzwe n’umwuka mubi hagati y’u Rwanda na DRC #rwanda #RwOT

    Coach Gael, ureberera inyungu z’umuhanzi Bruce Melodie, yahishuye uko intambara hagati y’umutwe wa M23 n’ingabo za Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (FARDC) ndetse n’umubano mubi hagati ya Kigali na Kinshasa byababateje igihombo gikomeye.

    Karomba Gael wamamaye nka Coach Gael mu kiganiro na Igihe Sports yavuze ko iki gihombo gishingiye ku ndirimbo umuhanzi yarebereraga inyungu yakoranye na Innos B wo muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo yitwa 'A l’aise’, aho kuyitunganya byabasabye igihe kinini ndetse n’amafaranga menshi kurusha uko bari babiteganyije.

    Yavuze ko kuba bari gukorera mu gihugu cy’amahanga byatumye ibikorwa bimwe bitinda, ku buryo indirimbo yamaze hafi icyumweru ikorwa kandi bari biteze ko yari gukorwa mu minsi ibiri.

    Ati: 'Buriya muri Congo twarahahombyeye cyane, buriya niba hari ikintu cya mbere twicuza twembi na Bruce ni indirmbo twakoranye na Innos B; Innos B twakoranye indirimbo tuyikorera muri Congo iranaduhenda cyane kubera ko abakongomani ni abanebwe, bemera ibintu ntibabikore ndetse iyo ndirimbo twayikoze iminsi nk’irindwi yagombaga kuba umunsi cyangwa ibiri ndetse tunayishyura hafi inshuro eshatu '

    Gael yavuze ko nubwo indirimbo yarangiye kandi igasohoka, ibintu byahise bihinduka nyuma y’uko imirwano hagati ya M23 na FARDC ikomeje, bikagira ingaruka ku mibanire y’u Rwanda na DRC.

    Yasobanuye ko Innos B, wari ufite uruhare rukomeye mu kumenyekanisha iyo ndirimbo muri Congo, atashoboye kuyishyigikira uko byari biteganyijwe kuko yari asanzwe akorera ibikorwa bye i Kinshasa.

    Gael yagaragaje ko Innos B yababwiye ko n’ubwo yari yiteguye gushyigikira indirimbo, umutekano utari wifashe neza ku buryo na we yari afite impungenge zikomeye ku buzima bwe.

    Ati “Ariko Innos B aratubwira ati 'umva nkubwize ukuri, nibeshye iyi ndirimbo nkanayishyira ku mbuga nkoranyambaga zanjye, n’inzu yanjye bayitwika.’'

    Uyu muyobozi wa 1:55 AM yanavuze ko kuba iyo ndirimbo yarakozweho n’imbaraga nyinshi ariko ikaza gusohoka mu gihe ibintu byari bihindutse muri DRC, byatumye Bruce Melodie na Gael batabona umusaruro bari bayitezeho.

    Iyi ndirimbo yabaye imwe mu mishinga Bruce Melodie yakoranye n’abahanzi bo mu karere, mu gihe yari afite gahunda yo kurushaho kwagura ibikorwa bye ku isoko ry’umuziki wo muri Afurika.

    Coach Gael yavuze uburyo bahombejwe n’umubano mubi uri hagati y’u Rwanda na DR Congo

    Source : http://isimbi.rw/uko-bruce-melodie-na-coach-gael-bahombejewe-bidasanzwe-n-umwuka-mubi-hagati-y-u.html

  • Tito Rutaremara yasabye Abanyamulenge kwirwanaho – #rwanda #RwOT

    Rutaremara yatanze ubu butumwa ubwo Abanyamulenge bari mu gikorwa cyo kwibuka bene wabo 166 biciwe mu gitero umutwe wa FNL-PARIPEHUTU wagabye nkambi ya Gatumba mu Burundi mu 2004, cyabereye muri Camp Kigali ku wa 13 Kanama 2026.

    Iki gikorwa cyahuje Abanyamulenge biganjemo ababa mu Rwanda cyabaye umwanya wo gushishikarizanya gutanga umusanzu ufatika mu gukemura ibibazo bibangamiye bene wabo batuye muri Komini Minembwe.

    Komini Minembwe imaze hafi imyaka 10 igabwaho ibitero n'imitwe yitwaje intwaro ya Mai Mai ishyigikiwe na Leta ya RDC. Kuva mu ntangiriro za 2025, ingabo z'u Burundi zatangiye kubigiramo uruhare.

    Rutaremara yagarutse ku kibazo 'Rubyiruko muzakora iki?' cyabajijwe Abanyamulenge bakiri bato hagamijwe kumenya umusanzu biteguye gutanga mu gukemura ibi bibazo, ababwira ko igisubizo ari uguhaguruka bakabohora igihugu cyabo.

    Yagize ati “Nahoze numva ngo 'Rubyiruko muzakora iki?' Muzakora iki? Muhaguruke mujye kubohora igihugu. Muri aha ngaha, reka turajya kuri internet, hari igihugu kiri hariya, abantu bararwana. Nimuhaguruke mufate imbunda, mubohore Congo. Congo ni iyanyu.”

    Rutaremara yagaragaje ko urugamba rw'Abanyamulenge rudakwiye kuba urwo kwirwanaho gusa, kuko iwabo atari i Mulenge cyangwa Minembwe gusa, ahubwo ko ari RDC muri rusange.

    Ati “Si ukwirwanaho gusa ahubwo nimubohore Congo. Murirwanaho se kuki, Congo ko ari iwanyu? Biransetsa iyo mwiyita Abanyamulenge. Mulenge ni umusozi.”

    Kuva mu ntangiriro za 2025, MRDP Twirwaneho yatangiye gukorana n'ihuriro AFC/M23. Uyu mutwe washinzwe kugira ngo urengere Abanyamulenge watangaje ko winjiye mu rugamba rwo kubohora RDC, aho kwirwanaho gusa.

    Urubyiruko rw’Abanyamulenge rwahawe umukoro wo gukemura ibibazo byugarije bene wabo muri RDC

    Tito Rutaremara yabwiye uru rubyiruko ko igisubizo ari uko rwafata imbunda, rukajya kwifatanya na Twirwaneho kubohora RDC


    Source : http://igihe.com/amakuru/u-rwanda/article/tito-rutaremara-yasabye-abanyamulenge-kwirwanaho

  • Gisagara: Umusore akurikiranyweho kwica umukobwa bakundanaga – #rwanda #RwOT

    Byabaye mu gicuku cyo kuri uyu wa 13 Kanama 2026 mudugudu wa Kavumu mu kagari ka Gitoki mu murenge wa Save mu karere ka Gisagara.

    Nyakwigendera yari mu kigero cy'imyaka 26 naho umusore ari mu kigero cy'imyaka 27.

    Umukobwa yari asanzwe acururiza inzoga zivanze na butike mu gace ibikorwa byabereyemo, bigakekwa ko bakundanaga byanatumye uyu musore yandura indwara idakira.

    Umurambo w'umukobwa wasanzwe mu nzu yacururizagamo ari na ho bikekwa ko yiciwemo atewe icyuma.

    Abaturage babonye umurambo bavuze ko wari waciwe ijosi ndetse watewe ibyuma ku mubiri.

    Umunyamabanga Nshingwabikorwa w'Umurenge wa Save, Murenzi Augustin yabwiye IGIHE ko bigaragara ko umukobwa yakundanaga n'umusore ndetse bari basangiriye mu cyumba.

    Yagize ati”Umukobwa yavukaga mu karere ka Karongi naho umusore avuka i Save kandi icyo twabonye barimo basangira gusa hari abavuga ko bapfuye ko umwe yanduje undi indwara idakira gusa iperereza ryatangiye kandi rirakomeje”

    Umusore wari usanzwe akora amagare yahise acika gusa yaje gufatwa n'inzego z'umutekano afatiwe mu murenge wa Mbazi mu karere ka Huye naho umurambo wa nyakwigendera wajyanywe ku bitaro bya Kibirizi mu karere ka Gisagara ngo ukorerwe isuzuma.

    Murenzi yasabye abaturage kwirinda icyaha cy'ubwicanyi kuko kigira ingaruka kandi ugihamijwe n'urukiko ahanishwa igihano kiremereye.

    Umusore yishe umukobwa bakundanaga


    Source : http://igihe.com/amakuru/u-rwanda/article/gisagara-umusore-akurikiranyweho-kwica-umukobwa-bakundanaga

  • Mufate imbunda, mubohore Congo- Tito Rutaremara ku Banyamulenge – #rwanda #RwOT

    Rutaremara yatanze ubu butumwa ubwo Abanyamulenge bari mu gikorwa cyo kwibuka bene wabo 166 biciwe mu gitero umutwe wa FNL-PARIPEHUTU wagabye nkambi ya Gatumba mu Burundi mu 2004, cyabereye muri Camp Kigali ku wa 13 Kanama 2026.

    Iki gikorwa cyahuje Abanyamulenge biganjemo ababa mu Rwanda cyabaye umwanya wo gushishikarizanya gutanga umusanzu ufatika mu gukemura ibibazo bibangamiye bene wabo batuye muri Komini Minembwe.

    Komini Minembwe imaze hafi imyaka 10 igabwaho ibitero n'imitwe yitwaje intwaro ya Mai Mai ishyigikiwe na Leta ya RDC. Kuva mu ntangiriro za 2025, ingabo z'u Burundi zatangiye kubigiramo uruhare.

    Rutaremara yagarutse ku kibazo 'Rubyiruko muzakora iki?' cyabajijwe Abanyamulenge bakiri bato hagamijwe kumenya umusanzu biteguye gutanga mu gukemura ibi bibazo, ababwira ko igisubizo ari uguhaguruka bakabohora igihugu cyabo.

    Yagize ati “Nahoze numva ngo 'Rubyiruko muzakora iki?' Muzakora iki? Muhaguruke mujye kubohora igihugu. Muri aha ngaha, reka turajya kuri internet, hari igihugu kiri hariya, abantu bararwana. Nimuhaguruke mufate imbunda, mubohore Congo. Congo ni iyanyu.”

    Rutaremara yagaragaje ko urugamba rw'Abanyamulenge rudakwiye kuba urwo kwirwanaho gusa, kuko iwabo atari i Mulenge cyangwa Minembwe gusa, ahubwo ko ari RDC muri rusange.

    Ati “Si ukwirwanaho gusa ahubwo nimubohore Congo. Murirwanaho se kuki, Congo ko ari iwanyu? Biransetsa iyo mwiyita Abanyamulenge. Mulenge ni umusozi.”

    Kuva mu ntangiriro za 2025, MRDP Twirwaneho yatangiye gukorana n'ihuriro AFC/M23. Uyu mutwe washinzwe kugira ngo urengere Abanyamulenge watangaje ko winjiye mu rugamba rwo kubohora RDC, aho kwirwanaho gusa.

    Urubyiruko rw’Abanyamulenge rwahawe umukoro wo gukemura ibibazo byugarije bene wabo muri RDC

    Tito Rutaremara yabwiye uru rubyiruko ko igisubizo ari uko rwafata imbunda, rukajya kwifatanya na Twirwaneho kubohora RDC


    Source : http://igihe.com/amakuru/u-rwanda/article/mufate-imbunda-mubohore-congo-tito-rutaremara-ku-banyamulenge