Ubwo yari amaze guhohera umugabo we Murindahabi Irene, Nirere Liliane, kwihangana byanze ararira maze uyu munyamakuru ahita amuhoza.
Ni mu muhango wo gusaba no gukwa w’umunyamakuru Murindahabi Irene na Nirere Liliane.
Wabaye mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatandatu tariki ya 15 Kanama 2026 ubera muri Intare Conference Arena ku Gisozi.
Murindahabi Irene akaba yari yambariwe na benshi mu byamamare nka Phil Peter, Rocky Kimomo, Rugaju Regan Ndayishimiye, Mahoro Nasri, MC Nario, Kimenyi Tito, Rumaga Jr, Sam Zuby Comedy n’abandi.
Ni umuhango witabiriwe kandi n’abarimo Inkindi Aisha, Jojo, Anita Pendo n’abandi benshi.
Bamporoki Edouard yari mu itsinda ry’abasaza bagiye gusabira Murindahabi Irene umugeni.
Cyusa Ibrahim ni we muhanzi wasohoye Nirere Liliane amuzaniye ababyeyi ngo bamushyikirize uwo yakunze, Irene Murindahabi.
Byari byiza, ibyishimo byari byose muri uyu muhango, aho bahoberanye maze Liliane ahita atangira kwihanagura mu maso kubera amarira y’ibyishimo.
Nk’umugabo, Irene yahise ashaka uko amuhoza maze amwongorera akajambo ahita aseka.
Biteganyijwe ko nyuma y’uyu muhango wo gusaba no gukwa, haba n’indi mihango irimo gusezerana imbere y’Imana no kwakira abatumiwe.
Bakoze ubukwe nyuma y’uko ku wa Kabiri w’iki cyumweru bari basezeranye imbere y’amategeko mu Murenge wa Gishari mu Karere ka Rwamagana.
Source : http://isimbi.rw/liliane-yarize-murindahabi-irene-yamusabye-aranamukwa.html
Leave a Reply