Blog

  • U Rwanda na Armenia mu biganiro byo kwagura ubufatanye mu bya gisirikare – #rwanda #RwOT

    Ibi biganiro byabaye nyuma y'uko ku wa 11 Kanama 2026, Ambasaderi Gen Maj Joseph Nzabamwita ashyikirije Perezida wa Armenia, Vahagn Khachaturyan, impapuro zimwemerera guhagararira u Rwanda muri iki gihugu.

    Ibi biganiro byitabiriwe kandi na Colonel Anthony B. Mpagaze ushinzwe ibikorwa by'ingabo (Defence Attaché) muri Ambasade y'u Rwanda muri iki gihugu.

    Lt Gen Edvard Asryan yabanje gushimira Ambasaderi Gen Maj Nzabamwita ku kuba agiye guhagarira u Rwanda muri Armenia ndetse amwifuriza kuzagira akazi keza.

    Abayobozi bombi bagiranye ibiganiro bigamije gushimangira ubufatanye mu nzego za gisirikare z'ibihugu byombi.

    U Rwanda na Armenia ni ibihugu bifite byinshi bihuriyeho. Ni ibihugu bito mu buso, bifite umutungo kamere muke kandi byose byagize amateka mabi ya Jenoside.

    Armenia ifite ibyo kwigira k'u Rwanda mu rwego rw'imiyoborere myiza, aho rufatwa nk'igihugu cy'icyitegererezo ku bihugu byinshi.

    Armenia ni igihugu gito kiri ku buso bungana na kirometero 26.743, aho giherereye mu gace k'imisozi izwi nka Caucasus itandukanya u Burayi na Aziya.

    Iki gihugu gituwe na miliyoni 3,1, kikabarirwa mu bihugu biri mu Burayi, nubwo igice cyacyo kinini kiri muri Aziya, ndetse kikaba gikikijwe n'ibihugu birimo Turukiya, Iran, Azerbaijan na Georgia.

    Iki gihugu kizwi cyane kubera amateka yacyo y'igihe kirekire, abarwa kuva mbere y'ivuka rya Yesu. Ni igihugu kibarirwa mu bifite ubukungu buringaniye, aho umusaruro mbumbe wacyo ugera miliyari 31,8$.

    U Rwanda na Armenia mu biganiro byo kwagura ubufatanye mu bya gisirikare


    Source : http://igihe.com/amakuru/u-rwanda/article/u-rwanda-na-armenia-mu-biganiro-byo-kwagura-ubufatanye-mu-bya-gisirikare

  • Impamyabumenyi ku banyeshuri 200 n'imashini nshya: Ibikorwa bya Gamico Ltd mu myaka itanu – #rwanda #RwOT

    Ibi birori byizihirijwe kuri uru ruganda ku wa 13 Kanama 2026, byitabirwa n'abayobozi batandukanye bo mu nzego za Leta, ibigo by'abikorera, abashoramari n'abakozi b'uru ruganda.

    Umuyobozi Mukuru wa Gamico Ltd, Imena Evode, yavuze ko ibikorwa byagezweho mu myaka itanu birimo kuba bafite uruganda rufite ubushobozi bwo gutunganya toni 15 ku isaha.

    Imena yavuze ko batangiye bakora bagenda babona umusaruro hifashishijwe imashini zigezweho zibafasha gucukura amabuye y'igiciro mu gihe gito.

    Ati “Ubundi tugitangira twacukuraga toni 60 mu mwaka kandi dukoresha ibirimo inyundo, amapiki n'ibindi bikoresho bya gakondo ariko kuri ubu tugeze ku kigero cyo gucukura toni 350 ku mwaka dukoresheje imashini zigezweho, ndetse n'indi twifashisha yo kubitunda ibivana indani.”

    Yakomeje ati “Aho hubatswemo umuhanda umeze nk'uwa gariyamoshi wifashishwa n'iyo mashini. Urumva rero icyo twifuza ni ugukuba kabiri uwo musaruro mu minsi iri imbere kubera ibikoresho bigezweho turi gushyiramo.'

    Uwiringiyimana William wahawe impamyabumenyi yavuze ko mu mezi atatu yamaze ahugurwa yahawe ubumenyi buzamufasha mu mirimo asanzwe akorera muri iyi sosiyete.

    Umuvugizi w'Umujyi wa Kigali, Ntirenganya Emma Claudine, yashimiye Gamico Ltd ku bikorwa yagezeho mu myaka itanu, agaragaza no kuba bagifite gahunda yo gukomeza kwagura imirimo no gufasha abakozi kurushaho kwiyungura ubumenyi na byo bigaragaza intego nziza zo kurushaho gutera imbere.

    Kugeza ubu Gamico Ltd imaze gushora arenga miliyoni 12,5$ mu kirombe cya Bashyamba ndetse hari imashini zifashishwa mu gutwara amabuye y'agaciro yamaze gucukurwa. Hifashishwa ibikoresho bigezweho.

    Gamico Ltd ifite abakozi 1500 barimo 80% b'urubyiruko na 15% b'abagore. Bakora mu byiciro bibiri basimburana.

    Ubushakashatsi bwakozwe bwagaragaje ko mu myaka 35 iri imbere, Gamico Ltd izajya icukura ku ntera y'ibilometero 80 bivuye kuri 28.

    Gamico Ltd yubatse imihanda ya kilometero 9,5, igeza ku baturage bo mu midugudu icyenda amazi meza, igira uruhare mu gutuma bamwe mu bakozi bayo bashyingirwa byemewe n'amategeko, isana inzu icyenda z'abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, ndetse ishyiraho n'ikipe y'amaguru na Handball.

    Haguzwe imashini zigezweho, yifashishwa mu gutunganya ibyamaze gucukurwa ibivana indani

    Hubatswemo umuhanda umeze nk'uwa gariyamoshi wifashishwa n'imashini

    Abanyeshuri 200 bahawe impamyabumenyi mu masomo bahuguwe ku bigezweho mu bucukuzi bw’amabuye muri Gamico Mining Academy

    Umuyobozi Mukuru wa Gamico Ltd, Imena Evode, yavuze ko mu bikorwa byagezweho mu myaka itanu harimo kuba bafite uruganda rufite ubushobozi bwo gutunganya toni 15 ku isaha

    Umuvugizi w'Umujyi wa Kigali, Ntirenganya Emma Claudine, yashimiye Gamico Ltd ibyo yagezeho


    Source : http://igihe.com/amakuru/u-rwanda/article/impamyabumenyi-ku-banyeshuri-200-n-imashini-nshya-ibikorwa-bya-gamico-ltd-mu

  • Rusizi: Abaturage bari mu gihirahiro nyuma yo gusabwa kwimuka ntaho bafite ho kwerekeza – #rwanda #RwOT

    Ubuyobozi bwabasabye kuva muri aka gace mbere y'uko imvura nyinshi itangira kugwa muri Nzeri, nyuma y'uko isuzuma ryakozwe kuri uyu musozi rigaragaje ko harimo amazi menshi ashobora gutuma umusozi ushenguka.

    Icyakora aba baturage bavuga ko kwimuka atari ikibazo, ahubwo ko bahangayikishijwe no kuba batabwiwe aho bazerekeza n'uburyo bazabona aho kubaka.

    Nirere Jean Bosco atuye muri aka gace n'umugore we ndetse n'abana 10. Yabwiye IGIHE ko yari amaze kuvugurura inzu ye, bityo kwimuka bitamworoheye.

    Ati 'Mfite umugore n'abana 10, nari maze kuvugurura iwanjye. Ni byo koko uyu musozi warasadutse, ariko imyaka itatu irarangiye kandi ubu hatangiye kumeraho ibiti n'ibyatsi hari n'abatangiye kuwuhingaho. Abari bawuturiye barimuwe bacumbikishwa amezi atatu bishyurirwa n'Umurenge, ariko ubu bari kwiyishyurira.'

    Yakomeje avuga ko abaturage basabwa kwimuka ariko bakaba batagira amakuru ahagije ku hantu bazatura.

    Ati 'Baratubwiye ngo tuzimuka, ariko ntibatubwira aho tuzimukira. Leta ifite ubutaka, niduhabwe aho twubaka, n'iyo yaba ari icyumba kimwe. Ariko kuva aha ntahandi dufite ho kujya.'

    Mugereza undi muturage wo muri aka gace, avuga ko atumva impamvu abaturage batigeze baburirwa hakiri kare ko uwo musozi ushobora guteza ikibazo.

    Ati 'Kuva uyu musozi wariduka nta muyobozi wigeze aza ngo atubwire ko harimo ikibazo kugira ngo tube twahava. Twe tubona hari ikindi kigamijwe batari kutubwira. Njye rero sinzava aha.'

    Uyu muturage avuga ko kutamenya aho bazajya gutura ari byo bibatera impungenge kurushaho.

    Ati 'Baratubwira ngo dusohoke tugende tutazi aho tujya. Niba bashaka ko tujya gutura mu biti ntitubizi.'

    Mukabahizi Zaina, umaze imyaka itandatu atuye mu Mudugudu wa Muko, na we avuga ko abaturage bakeneye kubanza gusobanurirwa gahunda yo kwimurwa.

    Yagize ati 'Abari batuye kuri uyu musozi barimuwe baracumbikirwa, ariko nyuma yo kutishyurirwa amafaranga y'ubukode bamwe bagarutse mu nzu zabo. Abandi umusozi wasenyeye kugeza ubu ntibarabona aho batura.'

    Yongeraho ko abaturage batumva neza impamvu yo kwimurwa igitaraganya, cyane cyane ko hakomeje ibikorwa remezo hafi y'uyu musozi.

    Ati 'Niba koko ari ikibazo cy'uyu musozi, ntabwo baba bari kubaka umuhanda munsi yawo. Ntabwo tuzimuka batatweretse aho tugomba kujya cyangwa ngo baduhe amafaranga y'ingurane.'

    Abaturage bavuga ko batangiye gusaba ko mbere yo kwimurwa bahabwa ibisobanuro birambuye, bakerekanwa aho bazatura ndetse hakagaragazwa uburyo bwo kubafasha kubona amacumbi.

    Mbarushimana Anastase utuye mu Mudugudu wa Muko, yagize ati 'Leta ni yo itureberera, ntabwo tubananiza. Nimutwimure ariko mugire aho mutwerekeza.'

    Umuyobozi w'Akarere ka Rusizi Sindayiheba Phanuel avuga ko gusaba abaturage kwimuka bidafite aho bihuriye n'ubucuruzi cyangwa gushaka ubutaka bwabo, ahubwo ko ari ingamba zo kurengera ubuzima bwabo.

    Avuga ko inzobere zasuzumye imiterere y'uyu musozi, zikagaragaza ko imvura nyinshi ishobora kwinjira mu butaka inyuze mu bumene bwatewe no gucika kwawo, bikongera ibyago by'inkangu.

    Sindayiheba yagize ati 'Gusaba abaturage kwitegura kwimuka rero ni uburyo bwo kurinda ubuzima bwabo, ntabwo ari impamvu y'ubucuruzi cyangwa inyungu rusange ku buryo hasabwa ingurane, ni ukurengera ubuzima.'

    Ubuyobozi kandi buvuga ko Bugarama iherereye mu gice kirimo ibirunga byazimye, bityo hakaba hari ibyago by'ibiza bisaba ko abaturage n'inzego bireba bakomeza kugira ingamba zo kwirinda.

    Ku kibazo cy'aho abaturage bazatura nyuma yo kwimuka, ubuyobozi buvuga ko nta muturage uzasabwa kuva mu rugo ngo asigare nta hantu aba.

    Meya Sindayiheba kandi yavuze ko abazakurwa muri ako gace bazafashwa kwishyurirwa ubukode bw'icumbi, mu gihe hazaba hagikorwa isuzuma rishingiye ku mpinduka zizaba zabaye kugira ngo hafatwe icyemezo kirambye.

    Ati 'Ntabwo abaturage bazabaho ntaho kuba, gutura bafite. Ahubwo bazafashwa kwishyurirwa ubukode bw'icumbi, nyuma yaho hazasuzumwa bitewe n'impinduka hafatwe ikindi cyemezo.'

    Akarere kandi kavuga ko gakomeje, ku bufatanye n'izindi nzego, gushaka ubushobozi bwo kubona uburyo iyi miryango yazatuzwa mu buryo burambye.

    Umusozi watangiye kuriduka mu 2024

    Uyu musozi watangiye kuriduka mu rukerera rwo ku wa 4 Werurwe 2024. Ubutaka bwakomeje kugenda bwimuka bugarurwa n'Umugezi wa Cyagara ku ruhande rumwe ku rundi busandara mu muhanda mu gihe cy'ibyumweru bitatu, ku buryo bwangije burundu inzu 10 yari hafi yawo.

    Mu rwego rwo gukumira impanuka no kurinda ubuzima bw'abaturage, imiryango 36 yakuwe muri ako gace icumbikishwa ahandi.

    Nyuma y'imyaka isaga ibiri, abaturage basigaye muri ako gace bongeye gusabwa kwimuka kubera impungenge z'uko imvura nyinshi ishobora kongera gutuma umusozi uriduka
    Nubwo abaturage bavuga ko bitaye ku mutekano wabo, ariko barasaba ko kwimurwa bikorwa mu buryo bubaha uburenganzira bwabo, bakabanza kumenya aho bazatura n'ubufasha bazahabwa.

    Kugeza ubu, ikibazo gikomeye aba baturage bashyize imbere ni ukumenya aho bazerekeza mu gihe basabwa kuva mu ngo zabo bitarenze kuri ku wa 17 Kanama.


    Source : http://igihe.com/amakuru/u-rwanda/article/rusizi-abaturage-bari-mu-gihirahiro-nyuma-yo-gusaba-kwimuka-ntaho-bafite-ho

  • Amanota y'ibizamini bya Leta agiye gutangazwa – #rwanda #RwOT

    Igihembwe cya mbere cy'umwaka w'amashuri 2026/27 kizatangira ku wa 7 Nzeri 2026.

    Itangazo ryashyizwe hanze ku wa 15 Kanama rivuga ko amanota azatangazwa ari ay'abarangije amashuri abanza n'icyiciro rusange cy'amashuri yisumbuye.

    Riti “NESA iramenyesha abanyeshuri, abarimu, abayobozi b'amashuri, ababyeyi ndetse n'abafatanyabikorwa, ko amanota y'ibizamini bya Leta bisoza amashuri abanza (PLE) n'icyiciro rusange cy'amashuri yisumbuye (O-Level) by'umwaka w'amashuri wa 2025/2026 azatangazwa ku wa 20 Kanama 2026, saa Munani z'amanywa.'

    Ibizamini bya Leta mu mashuri abanza byakozwe n'abanyeshuri 277.452. Barimo abarenga 900 bafite ubumuga bakoze ibizamini biteguye ukwabyo mu buryo buhuje n'imiterere y'ubumuga bafite.

    Ibizamini bya Leta bya 2025/2026 by'amashuri yisumbuye, byitabiriwe n'abakandida 258.255 barimo 149.533 bo mu cyiciro rusange (O-Level) na 108.722 bo mu cyiciro cya kabiri cy'amashuri yisumbuye (A-Level).

    Abanyeshuri bakoze ibizamini bya Leta bisoza amashuri abanza bagiye kumenyeshwa amanota yabo

    Bakoze ibizamini bya Leta biteguye gutsinda


    Source : http://igihe.com/amakuru/u-rwanda/article/amanota-y-ibizamini-bya-leta-agiye-gutangazwa

  • Nyanza: Umusore yiyahuye hakekwa ko yabitewe n'umukobwa wamutendetse mu rukundo – #rwanda #RwOT

    Mu gitondo cyo kuri uyu wa 15 Kamena 2026 ahagana i saa kumi n'ebyiri nibwo umurambo w'umusore witwa Nyandwi Eric w'imyaka 18 wasanzwe yimanitse mu giti cy'ipera yiyahuye yapfuye.

    Ababonye umurambo wa nyakwigendera wari mu mudugudu wa Nyaruvumu mu kagari ka Rurangazi mu murenge wa Nyagisozi mu karere ka Nyanza kandi bawubonye nta gikomere wari ufite.

    Umunyamabanga Nshingwabikorwa w'umurenge wa Nyagisozi, Habinshuti Slydio yabwiye IGIHE ko ayo makuru bayamenye bihutira kujyayo bari kumwe n'inzego z'umutekano basanga nyakwigendera yapfuye.

    Ati”Bikekwa ko yabitewe n'agahinda k'umukobwa bari incuti w'imyaka 21 maze nyakwigendera aza kumenya ko umukobwa afite undi musore bakundana birangira kwiyakira bimunaniye bityo bikekwa ko ari byo byatumye yiyambura ubuzima gusa inzego zibishinzwe ziracyakora iperereza”

    Umurambo wa nyakwigendera wajyanwe ku bitaro bya Nyanza gukorerwa isuzuma.

    Gitifu Habinshuti yasabye abaturage by'umwihariko urubyiruko ko kwiyambura ubuzima ku mpamvu iyo ari yo yose bidakwiriye kuko iyo umuntu akwanze cyangwa ni yo yagira undi akunda na we yakunda undi bityo igikorwa cyo kwiyahura kidakwiye kandi umuryango wa nyakwigendera wihangane mu bihe nk'ibi bitoroshye urimo.

    Umusore w’i Nyagisozi yiyahuye kubera umukobwa wamutendetse


    Source : http://igihe.com/amakuru/u-rwanda/article/nyanza-umusore-yiyahuye-hakekwa-ko-yabitewe-n-umukobwa-wamutendetse-mu-rukundo

  • NIMCO Flintwood yashinze ishami mu Rwanda mbere yo kuhimurira icyicaro gikuru – #rwanda #RwOT

    Ibi byatangarijwe mu gikorwa cyo gufungura ku mugaragaro ishami ryayo mu Rwanda ku wa 14 Kanama 2026. Riherereye mu nyubako ya MIC mu Karere ka Nyarugenge, Umujyi wa Kigali.

    Umuyobozi Mukuru wa NIMCO Flintwood, Margaret Nimmoh Muriithi, yavuze ko kuba umubare munini w'ababagana ari Abanyarwanda byamukoze ku mutima, bituma agira igitekerezo cyo kwimurira icyicaro mu Rwanda.

    Yagize ati 'Mu myaka itanu iri imbere, u Rwanda ruzaba ari icyicaro gikuru cyacu. Icyicaro cyacu ntikizaba kikiri i Mombasa kuko nanjye ngiye kujya nkorera hano mu Rwanda.'

    Yakomeje avuga ko u Rwanda rwatoranyijwe nyuma yo kwiga amasoko atandukanye bashakaga gukoreramo, cyane cyane harebwa uburyo igihugu cyubatsemo gahunda z'imikorere n'ubucuruzi ndetse n'umwanya gifite mu bucuruzi bw'akarere.

    Yavuze ko gufungura ishami i Kigali bigamije kwegera aba bakiliya no kuborohereza kubona serivisi, amakuru no gukurikirana imizigo yabo bidasabye ko bahamagara i Mombasa.

    Yagize ati 'Iyo umufatanyabikorwa wawe wo muri Mombasa yicaye mu biro i Kigali, ntuba ugikeneye kumuhamagara kuri telefone cyangwa kumwandikira kuri WhatsApp ngo ubone ibisubizo ahubwo ushobora kujya ku biro, bakagufasha gukemura ibibazo ufite.'

    Umuyobozi ushinzwe ubucuruzi muri NIMCO Flintwood, CMILT Mudatenguha Marcelin, yavuze mu byo bagiye gushyiramo imbaraga ari ukongera icyizere hagati yabo n'abakiliya bo mu Rwanda.

    Yagize ati 'Icya mbere dukeneye kuza ku isonga mu bijyanye no gutanga serivisi zinoze ku bakiliya bacu mu gihe batumije imizigo yabo.'

    Iyi sosiyete kandi yatangije uburyo bwo gutwara imizigo muri gari ya moshi iva i Mombasa ikanyura i Naivasha na Malaba. Aho izajya ihava itwawe mu makamyo, ikomereze i Kigali, ibizatuma ikiguzi cy'ubwikorezi kigabanyuka.

    Si ibyo gusa kuko iyi sosiyete iteganya gukorera mu zindi nzego zirimo ibikomoka kuri peteroli, mu gihe u Rwanda na Kenya bikomeje guteza imbere ubufatanye mu bijyanye n'ubukungu.

    NIMCO Flintwood yafunguye ishami ryayo i Kigali

    Iyi sosiyete ifite icyicaro gikuru i Mombasa itanga serivisi zo gutwara no gucunga imizigo

    Hateguwe ‘cake’ y’ibirori byo gufungura ishami i Kigali

    Ubuyobozi bwa NIMCO Flintwood bwakase ‘cake’ nk’ikimenyetso cy’uko ibirori byari bitangiye

    Habayeho igikorwa cyo gusabana mu rwego rwo kwishimira intambwe Nimco Flintwood yateye

    Amafoto: Kasiro Claude


    Source : http://igihe.com/amakuru/u-rwanda/article/nimco-flintwood-yashinze-ishami-mu-rwanda-mbere-yo-kuhimurira-icyicaro-gikuru

  • Ibikorwa byo gushaka no gukura ku isoko izi nzoga z'ibyuma ntabwo bizahagarara-ACP Boniface Rutikanga #rwanda #RwOT

    Umuvugizi wa Polisi y'u Rwanda, ACP Biniface Rutikanga aratanga ubutumwa kuri buri wese waba wibwira ko ibikorwa byo gushaka no gukura ku isoko inzoga zizwi nk'ibyuma n'izindi zitujuje ubuziranenge, ko bizagera aho bigahagaraga ko uwo yibeshya. Ati' Ntabwo twenda gusinzira, ntabwo twenda gufunga amaso'. Asaba ukibibitse kubitanga inzira zikigendwa kuko uzabifatanwa azirengera ingaruka.

    ACP Boniface Rutikanga, avuga ko hari bamwe mu bari bafite ibi binyobwa bitujuje ubuziranenge babonye hatangiye igikorwa cyo kubifata ngo bimenwe bagahitamo kujya ku bihisha mu ngo n'ahandi. Ahamya ko abo batazahirwa kuko amaherezo yabo bazafatwa, ko kandi ingaruka kuri bo zizaba mbi.

    Avuga ko n'ubundi abagiye kubihisha, bazatangwa n'uwo bazajya babiha kuko azajya amara kubinywa ubwe yivugire aho yabikuye, bityo uwakimuhaye afatwe akurikiranwe, ashyikirizwe Ubugenzacyaha/RIB nabwo bumukorere Dosiye ashyikirizwe Amategeko.

    ACP Boniface, avuga ko Polisi ndetse n'izindi nzego batiteguye guhagarika ibikorwa byose byo gushaka izi nzoga z'ibyuma n'ibindi binyobwa bitujuje Ubuziranenge, hamwe n'ababifite, ababihishe.

    Ati' Nk'uko ibikorwa by'iperereza bikomeje, n'ibikorwa byo gukurikirana izi nzoga n'abazifite ntabwo bihagarara, nti byenda no guhagarara kuko uretse n'izi ng'izi zikorwa mu Rwanda, turabizi neza ko n'izaguzwe zikorerwa hanze zishobora kwinjira mu gihugu mu buryo bwa magendu. Ntabwo twenda gusinzira, ntabwo twenda gufunga amaso ngo tuvuge ngo birarangiye, turabizi ko ibyo byose bizashira kandi ibihano bikwiye bizatangwa'.

    Akomeza aburira uwo ariwe wese waba yarabihishe yibwira ko azakomeza kubigurisha buhoro buhoro, ko uwo yibeshya cyane kuko nadafatwa na Polisi cyangwa izindi nzego, ntabwo bitazamara kabiri atarafatwa, cyane ko n'ubinyoye ubwe ngo ariwe uzaba uwa mbere mu kumutanga igihe azaba ahaze icyuma anezerewe yibwira ko arimo gushimira cyangwa kuratira abandi uwakimuhaye.

    Ati' Ntushobora guhisha umwotsi w'inzu yahiye. Uwabinyoye, iyo amaze guhaga arabivuga aho yabikuye. Ko bimugaragaraho se!, urumva azagira imbaraga zo guhisha aho yabiguze cyangwa yabikuye. Gutanga kiriya cyo kunywa, birarangira bakuvuze nyine. Icyo nzi cyo Namara kukinywa agasoma akanezerwa arakwigamba anakubone nk'umugabo agushimire, agutake ko uri umuntu w'Umugabo, ubwo natwe tube turagucakiye'.

    Mu bikorwa bigamije gukura ku isoko ibi binyobwa bitujuje Ubuziranenge, hirya no hino mu gihugu hamaze gufatwa byinshi ndetse biramenwa, ibindi nabyo biracyamenwa ariko kandi hanamaze gufatwa abasaga ijana barimo ba nyiri Inganda, abakozi bazo, abakozi ba Leta barimo abayobozi bakuru muri Rwanda FDA na RSB, aho Polisi na RIB bavuga ko nta muntu n'umwe ubifitemo ukuboko uzabacika, mpaka bafashwe kuko ngo ntawe ukwiye gukina no gukirira ku buzima bw'Umunyarwanda, abwangiza.

    Théogène Munyaneza

    The post Ibikorwa byo gushaka no gukura ku isoko izi nzoga z'ibyuma ntabwo bizahagarara-ACP Boniface Rutikanga first appeared on Intyoza.

    The post Ibikorwa byo gushaka no gukura ku isoko izi nzoga z'ibyuma ntabwo bizahagarara-ACP Boniface Rutikanga appeared first on Intyoza.

    Source : https://intyoza.com/2026/08/15/ibikorwa-byo-gushaka-no-gukura-ku-isoko-izi-nzoga-zibyuma-ntabwo-bizahagarara-acp-boniface-rutikanga/

  • Hari abamaze icyumweru mu nzira bajya i Kibeho; Assomption i Kigali n'i Nyaruguru – #rwanda #RwOT

    Yabigarutseho kuri uyu wa 15 Kanama 2026 ubwo Kiliziya Gatolika yizihizaga Umunsi Mukuru wa Assomption ushushanya Ijyanwa mu Ijuru rya Bikira Mariya.

    Mu Rwanda hari abahitamo kujya kuwizihiriza i Kibeho ku Butaka Butagatifu habereye amabonekerwa ya Bikira Mariya mu 1981, ariko abandi bawizihiriza aho basanzwe basengera.

    Mu Mujyi wa Kigali, abakirisitu Gatolika bari benshi kuko saa moya za mu gitondo muri Paruwasi Regina Pacis i Remera misa ya mbere yari itangiye.

    Ni mu gihe ahandi nko muri Paruwasi Saint Michel iri mu Mujyi Rwagati na yo yakubise iruzura no hanze haruzura bitewe n'uko uyu munsi mukuru wanahuriranye no kwizihiza Yubile y'imyaka 50 Arikidiyosezi ya Kigali imaze ishinzwe.

    Arikiyepiskopi wa Arikidiyosezi ya Kigali, Antoine Cardinal Kambanda wasomeye misa muri Saint Michel, yabwiye abakirisitu ko Assomption ibibutsa ko nibigana imigirire ya Bikira Mariya na bo bazajya mu Ijuru.

    Yagarutse kandi ku ishingiro ryo kwizihiza uyu munsi, agaragaza ko ari kimwe mu bitangaza kandi byemejwe na Kiliziya.

    Ni mu gihe hari bamwe bajya bajya impaka ku kuba Bikira Mariya yaba yarajyanywe mu Ijuru koko cyangwa hari ukundi byagenze nk'umuntu wari usanzwe amaze nk'abandi nubwo yari amaze kubyara umwana w'Imana.

    Cardinal Kambanda ati 'Kuba Bikira Mariya yarabaye umubyeyi w'Imana afite icyubahiro gikomeye ku buryo atari gushungukira mu mva kandi umubiri we uzira icyaha. Ni uko kuva cyera abakirisitu bemeraga ko yagiye mu Ijuru n'umubiri we na roho ye. Papa Pie XII na we yabishyizeho nk'ihame ry'ukwemera kwa Kiliziya kutabigwaho impaka kuko ari ukuri kw'ibitangaza by'Imana birenze ubwenge n'imyumvire ya muntu.'

    Uyu munsi watangiye kwizihizwa mu kinyejana cya gatandatu n'abakirisitu Gatolika bamwe na bamwe ariko mu 1950 wemezwa nk'ihame ku bayoboke bayo bose.
    Kambanda kandi, yagaragaje ko bashimira ko Assomption y'uyu mwaka isanze Cathedrale Saint Michel yashinzwe mu 1976, ubwo muri Kigali hari Paruwasi 17, none ubu zikaba ari 44.

    Ishingwa kandi mu Rwanda hose hari abapadiri 22, ariko muri Arikidiyosezi ya Kigali honyine hari 168, mu gihe abakirisitu bari ibihumbi 235 muri Kigali gusa, none ubu bari mu bihumbi 830.

    Padiri Nshimirimana Janvier wo muri Paruwasi Regina Pacis wahasomye Misa yavuze ko uyu munsi wa Assomption hari umukoro usigira umuryango wo kwita ku burere

    Assomption si Umunsi w'ibirori gusa

    Padiri Nshimirimana Janvier wo muri Paruwasi Regina Pacis wahasomye misa yavuze ko uyu munsi wa Assomption hari umukoro usigira umuryango.

    Ati 'Bikira Mariya na we yabaye mu muryango nk'uko natwe tuwubamo bisanzwe. Ubutumwa rero buhabwa abakiristu ni ukwita ku burere bw'abana nk'uko Bikira Mariya na Yozefu bitaga kuri Yezu bakamuha ibikenewe byose. Ikindi bigomba kwigisha ni kureka ubwigenge burenze ubukenewe abantu benshi bihaye kugira ngo babashe gusohoza ubutumwa bwabo ku Isi.'

    Abakirisitu b'i Kigali babwiye IGIHE ko uyu munsi ubigisha kwigana imigirire ya Bikira Mariya, bikabafasha kwitoza mu nzira igana Ijuru kuko bizera ko na we ari cyo cyamugejejeyo.

    Nizeyimana Edouard yagize ati 'Uyu munsi utwibutsa ko Bikira Mariya ari umubyeyi w'Imana n'uwacu kandi turi mu rugendo rugana ku Mana. Tumwigiraho guca bugufi kandi iyo twizihije uyu munsi turonka inema zituma turushaho gusenga mu mibereho yacu ya buri munsi.'

    Kanzirisa Caritas we yagaragaje ko kwizihiza Assomption, bimufasha mu mibereho myiza mu muryango.

    Ati 'Bituma iyo tugeze mu rugo abana tubatoza inzira nziza yo kwigana imigirire ya Bikira Mariya kuko ari we imyizerere yacu ishingiyeho. Nko guca bugufi kwe bituma tubereka ko ari kimwe mu bintu byiza bikomoka ku kuba umukiristu kandi bikaba inkomoko yo kwiyubaha kose kubaho.'

    I Kibeho bagiye bizeye ibisubizo

    Abakirisitu bateraniye i Kibeho barenga 80.000 mu Karere ka Nyaruguru kwizihiriza Assomption, baturutse mu Rwanda no hanze yarwo bagiye kwizihiza umunsi mukuru wa Assomption bizeye gusubizwa ibibazo bavuga ko bafite.

    Akankwasa Annet waturutse i Mbarara muri Uganda yavuze ko yaraye i Kibeho ku Ngoro ya Bikira Mariya, avuga ko afite ikibazo cy'amaso cyane iyo bigeze ku mugoroba atabona, ariko byose yaje kubitura umubyeyi Bikira Mariya.

    Ati 'Ubwo ndi hano i Kibeho ku butaka butagatifu hamwe no kwizera mfite icyizere ko nzasubira iwacu amaso narayakize.'

    Nsengiyumva Samuel waturutse i Kigali yavuze ko yahisemo gukora urugendo icyumweru ajya i Kibeho, yaba ari mu nzira akananyuzamo akavuga ishapule, yavuze ko yaje gusengera umuryango we kugira ngo Imana ikomeze iwurinde.

    Ni mu gihe Nikomeze Judith yavuye mu Karere ka Gisagara agenda n'amaguru. Yavuze ko afite ubukwe mu Ugushyingo 2026, bityo yaje gusaba umubyeyi Bikira Mariya ngo azamufashe buzagende neza.

    Kuri Sainte Famille hari abakirisitu Gatolika b’ingeri zose

    N’abafite ubumuga bari baje kwizihiza Ijyanwa mu Ijuru rya Bikira Mariya

    Kuri Regina Pacis i Remera hari abakaraza

    Kuri Paruwasi Saint Michael hari hakubise huzuye

    Chorale de Kigali yasusurukije abitabiye misaa ya Asssomption muri Saint Michael

    Abihayimana mu Kiliziya ya Saint Michael biitabiriye Assomption ku bwinshi

    Arikiyepiskopi wa Kigali, Musenyeri Antoine Cardinal Kambanda yashimangiye ko ijyanwa mu Ijuru rya Bikira Mariya ari kimwe mu bitangaza bya Kiliziya byemejwe

    Ab’ingeri zinyuranye bitabiriye Assomption

    Abararimbyi bari babukereye baririmba indirimbo zijyanye na Bikira Mariya

    Abakiristu Gatolika bishimiye kwizihiza Ijyanwa mu Ijuru rya Bikira Mariya

    Ababyeyi bagiye bazana n’abana

    Ababikira bitabiriye Assomption mu bwinshi

    Abagiye i Kibeho batuye Bikira Mariya ibibazo byabo

    Hari abavuye i Gisagara n’amaguru bagiye i Kibeho

    I Kibeho haturiwe igitambo cya Misa cyarimo abantu barenga ibihumbi 80

    Abanyamahanga bari i Kibeho bafataga ifoto y’urwibutso


    Source : http://igihe.com/amakuru/u-rwanda/article/hari-abamaze-icyumweru-mu-nzira-bajya-i-kibeho-assomption-i-kigali-n-i

  • Umubare muto w'abavura indwara z'abagore mu bikibangamiye abakenera izo serivisi – #rwanda #RwOT

    Ibi ni bimwe mu byagaragarijwe mu nama ngarukamwaka y'abakora ubuvuzi bw'indwara z'abagore itegurwa n'ihuriro ry'inzobere mu kuvura indwara z'abagore, Rwanda Society of Obstetricians and Gynecologists).

    Muri iyi nama hagaragajwe uruhare abaganga bavura indwara z'abagore bagize mu kugabanya imfu z'ababyeyi bapfa babyara, indwara zibasira abagore, ndetse no kwigisha ibijyanye no kuboneza urubyaro.

    Umuyobozi mukuru wa RSOG, Dr Victor Mivumbi, yagaragaje ko urwego rw'ubuvuzi bw'indwara z'abagore rugenda rutera imbere kandi uruhare rw'iri huriro rya RSOG rugaragara.

    Ati 'Nk'ihuriro ntabwo dukora ibijyanye n'ubuvuzi gusa ahubwo turanigisha, dukora ubushakashatsi, dukora ubukangurambaga n'ubuvugizi. Nk'ubu turabizi ko hari ikibazo guhangayikishije cy'abana b'abangavu baterwa inda, ni ikibazo natwe kiduhangayikije ndetse turi gukorana na Minisante kugira ngo kibonerwe igisubizo.'

    Icyakora n'ubwo bimeze bityo abakenera izi serivisi bo bagaragaza ko hari byinshi byo kwishimira ariko umubare w'abaganga bakora ubu buvuzi ukiri hasi cyane nk'uko Uwiringiyimana Parfaite yabivuze.

    Ati 'Hari aho tumaze kugera kuko ubu abenshi tubyarira kwa muganga, ndetse baradukurikirana guhera utwite kugeza ubyaye ndetse na nyuma yaho ariko iyo ugiye kwa muganga ubona ko umubare w'abaganga bavura indwara z'abagore ukuri muto ku buryo bisaba kujyayo kare, ukirirwa ku mirongo n'ibindi. Turasaba ko bakongerwa kugira ngo ibyo byose bigabanuke.'

    Ruyange Tharcisse ukora mu bitaro bya La Croix du Sud, yagaragaje ko ubuke bw'abaganga bavura indwara z'abagore ari ikibazo gikomeye kuko nabo nk'abaganga bituma bavunika.

    Ati 'Ni ikibazo kuko hari igihe usanga nk'umuganga umwe ashobora kuvura abarwayi ibihumbi 50, ni umubare munini cyane ku buryo rimwe na rimwe hari abahitamo kujya kwikorera cyangwa gukora muri mavuriro yigenga no mu bindi.'

    Kugeza ubu mu Rwanda habarirwa abaganga bavura indwara z'abagore barenga 130.

    Umunyamabanga uhoraho muri Minisiteri y'Ubuzima, Ndayizigiye Jean Marie Vianney, yagaragaje ko icyo ari ikibazo kizwi ndetse cyatangiye gushakirwa ibisubizo.

    Ati 'Hari gukorwa byinshi kugira ngo umubare w'abaganga bakanewe mu buvuzi bw'indwara z'abagore uboneke, twavuga nka gahunda ya Minisante ya 4×4 yo gukuba kane umubare w'abakora kwa muganga bose abo barimo n'abavura izi ndwara.'

    Akomeza ati 'Hari n'uburyo kandi bwo gukoresha ikoranabuhanga rya Telemedicine aho umuganga uri i Kigali ashobora gukorana n'umuforomo uri i Nyamashake bagasuzuma umurwayi, agahabwa imiti, kandi bidasabye ko uwo muntu ahaguruka akaza i Kigali cyangwa ngo umuganga ageyo. Ni uburyo tukiri kunoza, nko mu minsi iri imbere bushobora gutangira gukoreshwa hose.'

    Muri gahunda ya 4×4 hashyizwe imbaraga mu kongera umubare w'abanyeshuri biga kuvura indwara z'abagore, ababyaza n'abaforomo. Mbere y'iyi gahunda hasohokaga abanyeshuri bari hasi ya batanu mu mwaka ariko ubu nibura mu mwaka hagomba gusohoka abanyeshuri 40 barangije ayo masomo.

    Ubushakashatsi bwa karindwi kumibereho n'ubuzima mu Rwanda (DHS) bwasohotse mu 2025, bwagaragaje ko ababyeyi bapfa babyara babarirwa ku 149 mu babyeyi ibihumbi 100 babyaye, bavuye kuri 203 mu babyeyi ibihumbi 100 babyaye bariho mu 2020.

    U Rwanda rwihaye intego ko mu 2030 byibuze izo mpfu z'ababyeyi bapfa babyara zagabanyuka zikagera ku 126 ku bagore ibihumbi 100 babyaye, byaba byiza bakanagera no 70 uretse ko zeru byaba akarusho.

    Umuyobozi mukuru wa RSOG, Dr Victor Mivumbi, yagaragaje ko ibibazo by’abangavu baterwa inda nacyo kiri mu byo iri huriro riri gushakira umuti

    Umunyamabanga uhoraho muri Minisiteri y'Ubuzima, Ndayizigiye Jean Marie Vianney, yagaragaje ko ikibazo cy’ubuke bw’abavura indwara z’abagore kiri gushakirwa umuti

    Iyi nama yitabiriwe n’inzobere zitandukanye mu kuvura indwara z’abagore ziva mu bihugu bitandukanye

    ihuriro ry'inzobere mu kuvura indwara z'abagore ryiyemeje gukorera hamwe mu gushakira umuti ibibazo bikibasira ubuzima bw’abagore

    ihuriro ry'inzobere mu kuvura indwara z'abagore, ryagaragaje ko hakenewe kongerwa ikoranabuhanga mu kuvura abagore


    Source : http://igihe.com/amakuru/u-rwanda/article/umubare-muto-w-abavura-indwara-z-abagore-mu-bikibangamiye-abakenera-izo

  • Kuki RDC n'u Burundi bigikingiye ikibaba abishe Abanyamulenge mu Gatumba – #rwanda #RwOT

    Ibi ni byagarutsweho ku mugoroba wo ku wa 13 Kanama 2026, ubwo Abanyamulenge baba mu Rwanda bakoraga igikorwa cyo kwibuka ku nshuro ya 22 ubwicanyi bwakorewe Abanyamulenge 166 bari mu Nkambi ya Gatumba mu Burundi mu 2004.

    Abo Banyamulenge bari impunzi mu Burundi bagabweho igitero mu ijoro ryo ku wa 13 Kanama 2004 bicamo 166 ariko abandi babasha kurokoka.

    Kubibuka ku nshuro ya 22 mu Rwanda byabereye i Kigali, byitabirwa n'Abanyamulenge n'abandi bagiye kwifatanya na bo.

    Umujyanama mu Muryango uhuza Abanyamulenge bose witwa Coordination des Mutualités Banyamulenge, Sebahizi Makuza Jules, yavuze ko Umuryango Uharanira Mpuzamahanga wagaragaje ko ubwicanyi bwo mu Gatumba bwakozwe n'Abanye-Congo bafatanyije n'Ababurundi.

    Yahamije ko asanga icyabaye ari Jenoside kuko bwakozwe n'ihuriro ryarimo abasirikare ba Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo n'abo mu mitwe nka Mai-Mai n'abasikare bo mu Burundi.

    Ikibabaje ariko ni uburyo baje bakica abo bantu ariko nta butabera bwatanzwe na n'ubu, ahubwo Abanyamulenge bakomeje kwicwa.

    Ati 'Ibibera mu misozi ya za Minembwe murabizi Abanyamulenge bazira uko baremwe. Si ikibazo cya politiki cyangwa ikindi kintu gikomeye cy'ubukangu kiri hairya hantu cyatuma Leta y'u Burundi n'iya Congo zijya kuharashisha drones n'imbunda zidasanzwe.'

    'Dusanga ari umwambi ukomeza kandi udashobora kureberwa ku kantu gato. Turasaba ko ubutabera butangwa kandi n'abari bahagarariye Loni mu 2004 basabye ko hagira igikorwa kihuse, ariko imyaka ibaye 22.'

    Urwango ku Banyamulenge rwashinze imizi

    Umuyobozi w'ikigo cya UR cyigisha gukumira Jenoside n'Amakimbirane, Prof. Aggée Shyaka Mugabe, yavuze ko uretse kwirengagiza ukuri, Leta ya RDC na yo ibizi neza ko Abanyamulenge ari abaturage bayo.

    Impamvu ni uko ibice babamo byatangiye guturwa RDC nk'Igihugu kitarabaho, kandi ibyo byari ibisanzwe ko mateka abantu bakunze kugenda bashakisha imibereho ku buryo bihugu byagiye bishingwa ahari bantu badahuje inkomoko kandi bakaba abenegihugu.

    Ibi ariko RDC yakunze kubyirengagiza ikabita Abanyarwanda, ndetse ikabagaragariza urwango ari cyo cyari cyaratumye n'icyo gihe bahungira mu Gatumba mu 2004 ubwo bagabwagaho igitero none aho gahabwa ubutabera ahubwo abasigaye na bo RDC yabagize icibwa.

    Ati 'Abatutsi bo mu Ntara ya Kivu y'Epfo bicirwa mu ya Ruguru n'abo mu ya Ruguru bicirwa mu y'Epfo kuko ntiharebwa inkomoko, harebwa isura gusa. Ubwicanyi bukorerwa Abanyamulenge nsanga atari uko ari Abanyamulenge ahubwo bazizwa ko ari Abatutsi.'

    Prof. Mugabe yagaragaje ko urwango RDC ikorera Abanyamulenge nta ho rutaniye n'inzira zabanjirije Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda kandi zishyigikiwe n'Ubuyobozi.

    Ati 'Umuvugizi w'Ingabo za RDC, Maj. Gen. Sylvain Ekenge, yasubiyemo neza neza nk'ibyavugwaga na Kangura mu 1993-94 yibasira abagore b'Abatutsikazi. Yagereranyaga ko kubana na bo nta ho bitandukaniye no kugira umucengezi mu rugo. Byaragaragaraga byateguwe kuko yarabisomaga; bivuze ko byemejwe n'abantu barenze umwe.'

    Yasobanuye ko ibyo bisa neza n'uko Kangura yabasiraga abagore b'Abatutsikazi, ariko ko muri rusange Abanyamulenge bakorerwa n'ubwicanyi bumeze nk'ubwo muri Jenoside yakorewe Abatutsi.

    Ati 'Hari uwitwaga Major Kaminzobe Joseph wishwe mu 2021 yiciwe i Lweba bamukuye mu modoka baramwica baramurya. No muri Jenoside yakorewe Abatutsi habagamo kurya imitima y'abantu. Ni na ko byagenze kuri Captain Kabongo wiciwe i Goma kandi icyo barebye gusa ni isura. No mu Rwanda isura yonyine yabaga ihagije kugira ngo wa muntu yicwe.'

    Ubutabera buri kure nk'ukwezi

    Inararibonye muri Politiki y'Akarere, Me Gasominari Jean Baptiste, yasobanuye ko ikibabaje kurusha ibindi ari uburyo bigaragara ko ubutabera ku Batutsi biciwe mu Gatumba buri kure nk'ukwezi, kuko kubutanga bisa n'aho uregwa ari na we uregerwa.

    Ati 'Abantu bakiriwe na Loni bashyirwa mu nkambi y'impunzi aho bagombaga kurindwa, aho hantu baza kuhicirwa. Igihugu cyari cyarabacumbikiye n'icyo bahunze kitigeze kibemera nk'abaturage bacyo ni bagize uruhare muri ubwo bwicanyi. Nta bwo rero wakwizera ko umuntu wakiciye n'umuntu ari na we uzakoresha imbaraga kugira ngo atange ubutabera.'

    Yagaragaje ko ubutabera budashobora gutangwa izi Leta zombi zitabishaka, kuko ku Isi hose nta rwego rwigenga cyangwa abantu ku giti cyabo bashobora gutanga ubutabera.

    No ku nkiko mpuzamahanga, yavuze ko usanga zarashyizweho ari nk'ibikoresho ibihugu bikomeye bikoresha bishaka gupfukamisha ibikiri mu nzira y'amajyambere ku buryo n'ubundi bigoye ko Leta itabishaka hari uwatanga bwa butabera.

    Museveni Eric ukiri urubyiruko, yavuze ko we na bagenzi be harimo abiga ibijyanye n'amategeko n'ibindi bizatuma babona imbaraga zo gukomeza gushakisha ubutabera bwa benewabo biciwe mu Gatumba kugeza igihe ijwi ryabo rizumvikanira.

    Urubyiruko rwitabiriye kwibuka ku nshuro ya 22 Abanyamulenge biciwe mu Gutumba miu Burundi

    Umuyobozi w'Urwego Ngishwanama rw'Inararibonye z'Igihugu, Tito Rutaremara ni umwe mu bifatanyije n’Abanyamulenge kwibuka abiciwe mu Gatumba

    Hasomwe amazina y’Abanyamulenge biciwe mu Gatumba mu 2004

    Abanyamulenge barasaba ubutabera bamaze imyaka 22 bategereje

    Abarokokeye mu Gatumba bakomeje gusaba ubutabera


    Source : http://igihe.com/amakuru/u-rwanda/article/kuki-rdc-n-u-burundi-bigikingiye-ikibaba-abishe-abanyamulenge-mu-gatumba