Blog

  • Inzoga igera mu bwonko igasiga yangije- Dr. Gishoma – #rwanda #RwOT

    Byagarutsweho n'Umuyobozi w'Ishami ry'Ubuzima bwo mu mutwe muri RBC, Dr. Gishoma Darius, mu kiganiro yagiranye na Televiziyo y'Igihugu.

    Uyu muyobozi yasobanuye ko ubundi abahanga mu by'ubuzima bagaragaza ko gutinda gutangira kunywa inzoga byongera amahirwe yo kugabanya ingaruka zikurikiraho, harimo no kuba imbata yazo.

    By'umwihariko, inzoga zinyowe ku rugero runini zangiza ubwonko, kandi kuba umuntu yazinywa akiri mu gihe ubwonko bukiri mu myaka yo gukura byo ni ikindi kibazo.

    Ati 'Ubushakashatsi mu bijyanye n'inzoga butanga inama yo gutangira kuzinywa nibura hejuru y'imyaka 24 cyangwa 25. Ubwonko burakura kugeza kuri iyo myaka kandi uko umuntu atinda gutangira kunywa inzoga ni ko bimwongerera amahirwe yo kutaba imbata yazo. Uko atangira hakiri kare cyane na byo bimwongerera ibyago byo guhura n'ibibazo byose ziteza.'

    Yagaragaje ko kugira ngo umuntu abe imbata y'inzoga binyura mu byiciro bitandukanye, bibanzirizwa no kugerageza kuzinywa, kongera ingano y'izo yatangiye anywa ndetse n'inshuro azinywa.

    Bimwe mu bimenyetso by'umuntu watangiye kuba imbata y'inzoga harimo kugira igisa no kwicuza yararaye azinyoye ariko akabura imbaraga zo kuzireka, ndetse no gushaka kunywa mu buryo bukabije yumva ari byo bimushimisha.

    Yongeyeho ati 'Ibyo bikurikirwa no gutangira kumva hari ikitagenda mu mubiri igihe atanyoye, bikamusaba kunywa kugira ngo yongere kwiyumva bisanzwe. Ikindi ni ingaruka mu buzima bwe bwose akaba yananirwa nko gukora, kwiga se n'ibindi yakoraga, kandi kumwiyama inzoga akaba atabikozwa.'

    Agaruka ku ngaruka z'inzoga ku buzima bwo mu mutwe, Dr. Darius yasobanuye ko ubundi zangiza ibice byinshi by'umubiri kandi by'ingenzi.

    Ati 'Inzoga igera mu bwonko ikazamura imisemburo y'ibyishimo ariko by'akanya gato gusa igasiga yangije. Ni kuriya usanga umuntu yananiwe kuvuga neza, agenda adandabirana cyangwa akibagirwa, ariko byose ni igihe gito. Iyo bibaye kenshi bigera aho ibyangiritse mu bwonko biba burundu mu buryo butasubizwa inyuma.'

    Inzoga kandi zangiza umwijima kuko kuzivana mu mubiri biwunaniza cyane cyane ku bazinywa kenshi bikagera ubwo uwangirika ukarwara, zikangiza igifu, zigatera umuvuduko w'amaraso udasize no kurwara umutima n'impyiko.

    Mu bijyanye no kuvura ingaruka z'inzoga mu buryo bw'ubuvuzi, Dr. Gishoma yavuze ko abaganga bashobora gufasha abantu kureka inzoga, ariko iyo bamaze kuba imbata biragora kandi bigahenda ku buryo icyiza ari ukuzirinda cyangwa kuzinywa ku rugero ruto.

    Minisiteri y'Ubuzima igaragaza ko mu Rwanda abanywa inzoga atari bake, kuko umugabo umwe muri babiri azinywa mu gihe umugore umwe muri batanu azinywa.

    Umuyobozi w’Ishami ry’Ubuzima bwo mu Mutwe muri RBC, Dr. Gishoma Darius yagaragaje impamvu abanywa inzoga bakwiye kubitangira hejuru y'imyaka 25


    Source : http://igihe.com/amakuru/u-rwanda/article/inzoga-igera-mu-bwonko-igasiga-yangije-dr-gishoma

  • ILPD yavuguruye amasomo yigisha hagamijwe kurema umunyamategeko uhamye – #rwanda #RwOT

    Ibi yabitangaje ubwo yasobanuraga ivugururwa ryakozwe muri gahunda y'amasomo yigishwa muri porogaramu ya 'Diploma in Legal Practice'.

    Dr. Aimé Muyoboke yavuze ko ahantu hashyizwe imbaraga ari mu masomo ajyanye n'ikoranabuhanga, hakazongerwamo iry'ubwenge buhangano (AI) hagamijwe kurushaho kwihutisha serivise batanga ndetse no gufasha abanyeshuri kurushaho gukoresha ibikoresho by'ikoranabuhanga.

    Ahandi hashyizwe imbaraga ni mu bijyanye n'amategeko y'ubucuruzi, kugira ngo abanyeshuri barusheho kumenya uburyo bwo gukemura impaka ziva mu bucuruzi, ibigo by'imari, bafite ubunararibonye.

    Yavuze ko ubundi itegeko ry'u Rwanda rigenga uburezi risaba za Kaminuza zose kuvugurura porogaramu zazo nyuma y'imyaka itanu kugira ngo barebe niba iyakoreshwaga igisubiza ibibazo abaturage bahura nabyo.

    Asobanura ko na bo bavuguruye porogaramu y'imyigishirize ariko ivugururwa bijyana n'icyerekezo ubutabera bw'u Rwanda bwifuza.

    Ati 'Natwe twavuguruye porogaramu yacu kugira ngo tugire umunyamategeko wumva ko umuturage agomba kuba ku isonga mu mitangire ya serivise z'ubutabera kubera ko butangwa mu izina ry'umutarage cyane ko ari ko itegeko rivuga, kugira ngo rero umucamanza, umushinjacyaha, umwunganizi, n'umugenzacyaha, bamenye ko umuturage ari we dukorera bisaba kubyigishwa.'

    Yaragaje ko porogaramu yavuguruwe igamije guhuza icyerekezo cy'ubutabera n'inshingano abakora muri izo nzego bafite zo kubutanga mu buryo bunoze, bwihuse kandi busubiza ibibazo by'abaturage.

    Ubuyobozi bwa ILPD bwasobanuye ko mu masomo azigishwa, amwe muri yo nk'iryo kwigisha uburyo Abanyafurika bakemuraga ibibazo by'ubutabera rizwi nka 'African Legal system', ryakoreshwaga mbere y'umwaduko w'Abakoloni mu 1924, kuri ubu abanyeshuri bose bagitangira bazajya bariheraho kugira ngo babashe kuvana abaturage mu irage ritari iryabo ndetse bashobore gukemura ibibazo byo mu miryango.

    Ati 'Kugeza uyu munsi twakoreshaga amategeko mu by'ukuri twavuga ko akomoka mu Bubiligi no mu Bufaransa, adaturuka aho ngaho, n'amahame aturuka mu Bwongereza, noneho wayahuza n'ibyo abaturage bacu bakeneye ugasanga ntibihura, yewe n'umunyamategeko wakagombye kubafasha ukabona nawe ntazi aho yabihera, ukabona rwose nta cyerekezo afite. Ni yo mpamvu dushaka ko umunyamategeko wacu amenya ko na mbere y'umwaduko w'Abakoloni hahozeho inkiko kandi zakemuraga ibibazo by'abaturage ibyo rero kugira ngo babimenye ni ukuzabibigisha.'

    Dr. Aimé Muyoboke yavuze ko mbere abanyeshuri bigaga amasomo (modules) umunani, hakiyongeraho module ya cyenda y'imenyerezamwuga. Kuri ubu, bazajya biga modules 11, hakiyongeraho module ya 12 y'imenyerezamwuga. Ibi bivuze ko abanyeshuri biga ku manywa (Full Time), mbere bigaga mu gihe kingana n'amezi atandatu cyangwa arindwi, ubu bazajya biga amezi 12. Ku banyeshuri biga mu mpera z'icyumweru (Weekend), mbere bigaga mu gihe kingana n'amezi 15, ariko ubu bazajya biga imyaka ibiri. Naho abigaga nimugoroba (Evening), mbere bigaga amezi 12, ubu bazajya biga amezi 15. Yagaragaje kandi ko, bitewe n'iyongerwa ry'amasomo, umubare w'abarimu na wo uziyongera.

    ILPD yakoze ibishoboka byose kugira ngo ikiguzi cy'iyi gahunda kitazamuka cyane, nyamara urebye uburemere n'ubwiza bw'amasomo atangwa, ikiguzi cyagakwiye kuba kiri hejuru kurushaho. Byongeye kandi, iyo ugereranyije amafaranga yishyurwa mu yandi mashuri atanga gahunda nk'iyi, usanga ILPD ikiri mu mashuri afite ikiguzi kiri hasi kurusha andi.

    Dr. Aimé Muyoboke yavuze ko porogaramu yavuguruwe igamije guhuza icyerekezo cy'ubutabera n'inshingano abakora muri izo nzego bafite zo kubutanga mu buryo bunoze, bwihuse kandi busubiza ibibazo by'abatu

    ILPD yongereye amasomo yigisha hagamijwe kurema umunyamategeko uhamye


    Source : http://igihe.com/amakuru/u-rwanda/article/ilpd-yavuguruye-amasomo-yigisha-hagamijwe-kurema-umunyamategeko-uhamye

  • U Rwanda ku mwanya wa kabiri muri Afurika y'i Burasirazuba mu gukoresha neza ingengo y'imari – #rwanda #RwOT

    Ibi ni ibikubiye muri raporo y'Ikigo Mpuzamahanga giharanira ikoreshwa neza ry'ingengo y'imaro no kurwanya akarengane, International Budget Partnership (IBP) yashyizwe hanze ku wa 14 Kanama 2026.

    Ni raporo itangwa buri myaka ibiri iva mu bugenzuzi bukorwa na IBP, ku mikoreshereze y'ingengo y'imari, uruhare rw'abaturage mu kugena no kumenya imikoreshereze y'iyo ngengo y'imari, ndetse n'ubugenzuzi ku mikoreshereze y'ingengo y'imari.

    Mu bijyanye no gutanga amakuru ku mikoreshereze y'ingengo y'imari no kugira ingengo y'imari ifunguye u Rwanda rwagize amanota 55% ruvuye kuri 50% rwari rufite mu 2023.

    Mu bijyanye no kugenzura imikoresheze y'ingengo y'imari rugira 61% ruvuye kuri 56% rwari rufite mu 2023. Ni mu gihe ibikorwa by'umugenzuzi w'imari ya leta ho u Rwanda rwagize 89%.

    Ku bijyanye n'uruhare rw'abaturage mu kugena ndetse no kumenya imikoresherezwe yayo u Rwanda rwagize 26% ruvuye kuri 16% rwari rufite mu 2026.

    Umuyobozi Nshingwabikorwa w' Umuryango Mpuzamahanga urwanya Ruswa n'Akarengane ishami ry'u Rwanda, (Transparency International Rwanda), Apollinaire Mupiganyi, yagaragaje ko n'ubwo imibare yagiye izamuka hari aho ikiri hasi cyane ndetse hakwiye kongerwa imbaraga.

    Ati 'Ahandi byagiye bizamuka ndetse twavuga ko imibare twagize atari mibi ariko hari aho imibare ikiri hasi cyane. Nk'uruhare rw'abaturage mu itegurwa ry'ingengo y'imari, ikoreshwa ryayo, yewe n'uko yagenzuwe biracyari hasi. Tubona ko dukwiye gushyira imbaraga cyane mu guha abaturage ijambo kuri icyo kintu baba bahagarariwe n'imiryango itegamiye kuri leta, cyangwa abanyamakuru kuko nabo bafite amakuru ariko uruhare rw'umuturage rukagaragara.'

    Akomeza agaragaza ko uku kutagira uruhare rugaragara mu ku igenwa ry'ingengo y'imari ariho hava ibibazo bitandukanye birimo iyubakwa ry'ibikorwaremezo bidakoreshwa.

    Ati 'Nko mu rwego rw'uturere mu busesenguzi Transparency Rwanda twakoze twasanze ibikorwaremezo byubatswe ntibikoreshwe birimo inganda, bishobora kubamo ibigo nderabuzima byubatswe ahantu ntibikoreshwe, twasanze byari bifite agaciro k'arenga miliyari 4 Frw. Ibyo rero ntabwo byabaho umuturage yahawe ijambo akavuga ni iki kinogeye aho atuye ndetse n'icyo abona cyamuteza imbere.'

    Umuyobozi w'Ishami rishinzwe Ingengo y'Imari muri Minisiteri y'Imari, Jeanette Rwigamba, yagaragaje ko ibibazo byose byagaragajwe bigiye guhabwa umurongo harimo gushyiraho urubuga rworohereza abantu kubona amakuru ajyanye n'ingingo y'imari.

    Ati 'Ibiganiro nk'ibi ni cyo bibereyeho ndetse ibibazo byose byagaragajwe turaza kugira icyo tubikoraho, duhereye ku cyo gushyiraho urubuga umuntu yaboneraho amakuru y'ingengo y'imari guhera ku itegurwa kugeza ku kuko yakoreshejwe.'

    Kuva ubu bugenzuzi bwatangira gukorwa mu Rwanda mu 2015, raporo yagaragaje ko icyo gihe u Rwanda rwari rufite amanota 36%, mu 2017 aragabanyuka agera kuri 22%, mu 2019 agera kuri 39%, mu 2021 aba 45%, mu 2023 aba 50%.

    Umuyobozi Nshingwabikorwa wa Transparency International Rwanda, Apollinaire Mupiganyi, yasabye ko abaturage bagira uruhare rugaragara ku ngengo y’imari

    Umuryango wa International Budget Partnership (IBP) wagaragaje ko mu bugenzuzi wakoze u Rwanda ruri ku mwanya wa 28 ku Isi mu kugira ingengo y’imari ifunguye

    Abayobozi batandukanye biyemeje gukora ibishoboka ngo u Rwanda rukomeze kugira ingengo y’Imari iri mu mucyo

    U Rwanda rwaje ku mwanya wa kabiri muri Afurika y’Iburasirazuba mu gukoresha neza ingengo y’imari


    Source : http://igihe.com/amakuru/u-rwanda/article/u-rwanda-ku-mwanya-wa-kabiri-muri-afurika-y-i-burasirazuba-mu-gukoresha-neza

  • Nyuma yo kwita abakunzi ba Rayon Sports injiji arengera umugore we, Shizzo konti ya Instagram ye yabuze #rwanda #RwOT

    Konti ya Instagram y’umuraperi Shizzo yaburiwe irengero nyuma y’inkubiri yo guterana amagambo n’abafana ba Rayon Sports, hari nyuma y’uko bibasiye umugore we, Tessy,wari wabashinjije kutarangwaho n’ubusirumu.

    Amakimbirane yatangiye nyuma y’amagambo Kayitesi Yvonne uzwi nka Tessy, umugore wa Shizzo, yavuze mu kiganiro kuri YouTube, aho yagarutse ku bakunzi ba Rayon Sports avuga ko badafite ubusirimu.

    Aya magambo yakije umujinya mu bafana ba Rayon Sports, bamwe batangira kumwibasira ku mbuga nkoranyambaga. Tessy nyuma yaje gusaba imbabazi, asobanura ko atari agamije gusuzugura abakunzi b’iyi kipe yambara ubururu n’umweru.

    Nyuma y’ibyo ariko Shizzo, wari wababajwe n’uburyo umugore we yari yibasiwe, na we yahise yifatira ku gahanga abafana ba Rayon Sports, uyu muraperi wanagaragaje ko ari umufana wa Etincelles, yavuze ko bamwe mu bakunzi b’iyi kipe atari abasirimu gusa, ahubwo ko ari n’injiji'.

    Mu butumwa bwe, Shizzo yagize ati: 'Abafana ba Rayon Sports benshi muri bo muri 'Amadage’ ahetse andi madage. Uretse no kuba mutari abasirimu, muri injiji.'

    Yakomeje avuga ko we ubwe ari we wagombaga gusabwa imbabazi, kubera uburyo abafana ba Rayon Sports bamusembuye nyuma yo kwibasira umugore we.

    Nyuma y’ayo magambo, Shizzo yaje kongera gukoresha konti ye asaba imbabazi abafana ba Rayon Sports, amaze kubona uburemere bw’amagambo yari yababwiye.

    Icyakora, kuri ubu iyo konti ya Instagram ntikigaragara. Abayishakisha babwirwa ko itakiboneka, mu gihe nta bisobanuro birambuye biratangazwa niba yarafunzwe n’urubuga rwa Instagram, niba Shizzo ari we wayihagaritse cyangwa niba hari indi mpamvu yabiteye.

    Kugeza ubu nta gihamya kigaragaza ko ibura rya konti ry’umuraperi wamenyekanye mu ndirimbo nk’Umugabo Remix bifitanye isano n’amakimbirane yagiranye n’abafana ba Rayon Sports, bityo impamvu nyayo y’uko itakigaragara iracyategerejwe.

    Yise abakunzi ba Rayon Sports injiji

    Shizzo yarimo arengera umugore we

    Source : http://isimbi.rw/nyuma-yo-kwita-abakunzi-ba-rayon-sports-injiji-arengera-umugore-we-shizzo-konti.html

  • Ashobora kuba ari we uhishe ibyuma byaciwe, tuzavunira mu ivi – KNC yasubije Wasili #rwanda #RwOT

    Umuyobozi wa Gasogi United, Kakooza Nkuriza Charles [KNC] yavuze ko amagambo Wasili yamutangajeho atatekereje neza kandi ko bashatse baba bishima aka kanya ko igihe cyabo cyo kubabara cyegereje.

    Ni nyuma y’uko ubwo Rayon Sports yari imaze gutsinda Mathare United 3-0 mu mukino wa gicuti wabaye ejo hashize, umuvugizi w’abafana ba Rayon Sports, Wasili yavuze ko we agiye kujya avugira ikipe mu mikino Nyafurika gusa.

    Yavuze ko mu Rwanda barimo gushaka umwe mu bavugizi b’amakipe yo mu Rwanda akaba ari we baha izo nshingano.

    Ati “Turimo gushaka uko twareba uko muri ya makipe twakuramo umuvugizi… Umuvugizi wa Gasogi United nabonye ari na perezida wayo… Buriya nabonye uwa Gasogi ari sawa, akaba perezida hariya akaza akaba umuvugizi hano.”

    “Njyewe ndambiwe kuvuga ikinyarwanda, perezida wa Rayon Sports yamaze kunshakira umuntu urimo kuntoza kuvuga Ikinya-Portugal.”

    Mu kiganiro Rirarashe, KNC adaciye ku ruhande, yavuze ko Wasili wagira ngo ni we ubitse ibyuma byaciwe.

    Ati “Hari umuvugizi wayo nabonye, yavuze ibintu ndavuga se uyu ng’uyu, ikibazo mfite ashobora kuba ahishe izaciwe.”

    Yakomeje abwira Rayon Sports ko indirimbo baririmba mu kiriyo si zo baririmba mu bukwe.

    Ati “Mukomeze mwikirigite museke, indirimbo baririmba mu kiriyo si zo baririmba mu bukwe.”

    Yavuze kandi ko nta gitangaza kirimo kuko imikino yose biteguriye buri gihe bayitsinda.

    Ati “Ibi ngibi murimo, ubundi ni ryari… imikino yose biteguriye barayitsinda n’ubundi kuko barasunika, ariko mureke ibyo murimo kuko iyo wambaye ipantalo ya so ikagukwira ntibivuze ko wabaye umugabo wa nyoko.”

    KNC yayibukije ko hasigaye iminsi mike Shampiyona igatangira ari bwo bazabona igisubizo cy’ibi.

    Ati “Hasigaye iminsi ingahe ko tuzabakanda utumyira tukamanuka, ibyo murimo. Mubanze mwishimire preseason ariko ibyo murimo ngo imikino 8 mudatsinzwe, hari n’abo twahangamuye batwaye ibikombe badatsinzwe, ariko ntibagiye kuvuga amagambo menshi.”

    Yavuze ko Rayon Sports ikunda amafoto ari nka Slay Queen, ariko bafite aho bazayifatira.

    Ati “Njye narababwiye ko iriya kipe imeze nka Slay Queen, ni yo ikunda amafoto kuruta ibindi, ariko nta na hamwe muzakwepera, tubafitiye inzika, guceceka ibyo turimo turabizi, tuzabafatira mu ikorosi hasi ari imanga hejuru ari imanga ubundi tuvunire mu ivi.”

    Mu mwaka ushize w’imikino, Rayon Sports yateye Gasogi United ya KNC mpaga ubwo iyi kipe yangaga gukina kuko umukino wimuwe mu buryo yavuze ko binyuranyije n’amategeko.

    KNC yasubije KNC wamwishongoyeho

    Wasili yishongoye kuri KNC

    Source : http://isimbi.rw/ashobora-kuba-ari-we-uhishe-ibyuma-byaciwe-tuzavunira-mu-ivi-knc-yasubije.html

  • APR FC yabonye umutoza mushya (AMAFOTO) #rwanda #RwOT

    Fouzir Mohamed yamaze kugirwa umutoza mushya wongerera imbaraga abakinnyi ba APR FC, ni mu gihe iyi kipe y’Ingabo z’Igihugu yari imaze igihe inengwa mu bijyanye n’igice cyongerera abakinnyi imbaraga.

    Uyu mutoza wahise anatangura akazi, yaje muri APR FC iri kwitegura imikino itandukanye mu mwaka mushya w’imikino wa 2026/27 aho ari amaraso mashya yiyongereye mu batoza bayo.

    Fouzir Mohamed umunya Morocco warusanzwe atuye mu bufaransa ari n’aho yakoreraga ni we wagizwe umutoza wongerera ingufu abakinnyi akaba afite ubumenyi muri ako kazi dore ko ari Dogiteri mu kongerera ingufu abakinnyi.

    Uyu mutoza akaba yaratoje mu bihugu bitandukanye ari byo Morocco, Leta zunze Ubumwe z’Abarabu, Saudi Arabia, iraq, France Belgium na Gabon.

    Umutoza nushya wa APR FC wongera imbaraga

    Fouzir Mohamed n’abatoza basanzwe muri APR FC bazakorana

    Source : http://isimbi.rw/apr-fc-yabonye-umutoza-mushya-amafoto.html

  • Yolande Makolo yanenze RDC yakoresheje ubwicanyi bwakorewe Abanyamulenge mu kwibasira u Rwanda – #rwanda #RwOT

    Makolo yabitangaje ku Cyumweru, tariki ya 16 Kanama 2026, asubiza Minisitiri w'Itumanaho n'Itangazamakuru akaba n'Umuvugizi wa Guverinoma ya RDC, Patrick Muyaya, utigeze yifatanya n'Abanyamulenge mu kwibuka ababo bishwe, ahubwo akibasira u Rwanda, avuga ko rukoresha ubu bwicanyi nk'igikoresho cya politike.

    Muyaya yavuze ko Abanyamulenge 'atari Abanyarwanda bo muri Congo' ahubwo ko ari Abanye-Congo kimwe n'andi moko yose agize icyo gihugu. Yanashinje u Rwanda kugira uruhare mu bibazo by'umutekano biri mu Burasirazuba bwa RDC, ibintu rumaze igihe ruhakana.

    Mu butumwa yashyize kuri X, Umuvugizi wa Guverinoma y'u Rwanda, Yolande Makolo, yagaragaje ko ibyo Muyaya yakoze ari uguhindura umunsi wagenewe kwibuka abazize ubwicanyi bwo mu Gatumba, akawugira uburyo bwo gukomeza kurwanya u Rwanda.

    Ati 'Muyaya akomeje guhindura umunsi wo kwibuka abazize ubwicanyi bwo mu Gatumba urubuga rw'imvugo zibasira u Rwanda. Abanyamulenge bishwe mu 2004 n'Abarundi b'inshuti za RDC, bari Abanye-Congo.'

    Yanenze kandi RDC kuba, ku ruhande rumwe, ivuga ku mutekano w'Abanyamulenge, nyamara ku rundi ruhande ikorana na FDLR, umutwe urimo bamwe mu bagize uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.

    Makolo yavuze ko FDLR n'indi mitwe ifite ingengabitekerezo ya Jenoside ikomeje gukorera ku butaka bwa RDC nta nkomyi, avuga ko ibyo binyuranyije n'ibikubiye mu masezerano y'amahoro yasinyiwe i Washington.

    Ati 'Kwibuka kwabo ntabwo ari igikoresho cya politiki cya Kinshasa, kandi ntibikwiye kuba urwitwazo rwo kugira uburakari bugamije kuyobya uburari, mu gihe FDLR iterwa inkunga na Kinshasa n'indi mitwe ifite ingengabitekerezo ya Jenoside ikomeje gukorera ku butaka bwa RDC nta nkomyi.'

    Makolo yavuze ko gukomeza kuyobya ibiganiro hagamijwe kutavuga ku cyo u Rwanda rufata nk'intandaro nyakuri y'umutekano muke mu Burasirazuba bwa RDC, ari byo ubwabyo bikwiye kwitwa gukoresha ikibazo mu nyungu za politiki.

    Ubwicanyi bwa Gatumba bwabaye mu ijoro ryo ku wa 13 Kanama 2004 mu nkambi y'impunzi ya Gatumba, hafi y'umupaka w'u Burundi na RDC.

    Ni ubwicanyi bwakozwe n'abarwanyi benshi bo mu mutwe wa FNL wo mu Burundi, aho bagabye igitero kuri iyo nkambi, bica nibura impunzi zirenga 150 z'Abanye-Congo, abandi barenga 100 barakomereka. Abenshi mu bishwe bari Abanyamulenge, bakunze gushyirwa mu cyiciro cy'Abatutsi b'Abanye-Congo.

    FNL yari umutwe wiganjemo Abahutu wo mu Burundi. Abagabye igitero barashe kandi batwika Abanyamulenge, mu gihe impunzi zo mu yandi moko zari muri iyo nkambi ahanini zitibasiwe.

    FNL yahise yemera ko ari yo yagabye icyo gitero, nubwo nyuma umwe mu bari abayobozi bayo yahakanye ko iryo tangazo ryigeze ritangwa.

    Uruhare rw'u Burundi muri iki kibazo ntirugarukira gusa ku kuba ubwicanyi bwarakorewe ku butaka bwabwo. Inyigo zagaragaje ko abasirikare n'abapolisi b'u Burundi batatabaye impunzi, nubwo ubwicanyi bwaberaga muri metero nke gusa uvuye mu bigo byabo bya gisirikare.

    Ku ruhande rwa RDC, mu gihe cyakurikiye ubwicanyi havuzwe ibirego by'uko bamwe mu barwanyi ba Mai-Mai b'Abanye-Congo bashobora kuba baragize uruhare muri icyo gitero. Kinshasa yasabwe gukora iperereza ryimbitse ku ruhare rw'abaturage bayo muri iki gitero, by'umwihariko abashobora kuba bari mu ngabo z'igihugu.

    Mu 2024, abarokotse n'imiryango y'abishwe bongeye gutangira urugendo rushya rwo gushaka ubutabera, batanga ibirego ku bantu bakekwaho uruhare muri ubu bwicanyi. Amakuru ajyanye n'ibyo birego yanagejejwe ku Rukiko Mpuzamahanga Mpanabyaha, ICC.

    Yolande Makolo yanenze RDC yakoresheje ubwicanyi bwakorewe Abanyamulenge mu kwibasira u Rwanda


    Source : http://igihe.com/amakuru/u-rwanda/article/yolande-makolo-yanenze-rdc-yakoresheje-ubwicanyi-bwakorewe-abanyamulenge-mu

  • Rubavu: Miliyoni 200 Frw zigiye kwifashishwa mu kubakira abatuye mu manegeka – #rwanda #RwOT

    Ni imbaraga zikomeje gushyirwa muri gahunda yo kubakira imiryango 899 ituye ahashyira ubuzima mu kaga itarubakirwa, mu gihe hakibarurwa indi igera ku 1.996 na yo ituye mu nzu zangiritse zikeneye gusanwa.

    Umuyobozi w'Akarere ka Rubavu, Mulindwa Prosper yabwiye IGIHE ko hakiri gushakwa ubushobozi, kugira ngo iyi miryango yose izatuzwe heza.

    Ati 'Mu mwaka w'imihigo dusoje wa 2025/26 twari dufite umuhigo wo kubakira imiryango 907, twabashije kubakiramo imiryango umunani hasigaye 899. Ni mu gihe kandi twahize gusana inzu z'imiryango 2.055, ariko tumaze gusana inzu z'imiryango 59, aho dukomeje gushaka ubushobozi bwo kugura amabati, kugira ngo izisigaye na zo zubakwe.'

    Perezida w'Inama njyanama y'Akarere ka Rubavu, Dr. Ignace Kabano mu kiganiro na IGIHE yagaragaje ko muri aka karere abaturage bamaze gusobanukirwa na gahunda yo kwishakamo ibisubizo mu gufasha bagenzi babo.

    Ati 'Tunezezwa n'uburyo imyumvire y'abaturage igenda ihinduka, ku buryo mu kwishakamo ibisubizo, ku buryo muri buri murenge, abajyanama guhera ku mudugudu bagiye bishakamo ibisubizo bakubakira utishoboye mu kugabanya imibare dufite y'abagituye mu manegeka, ndetse har'imirenge nka Rubavu bubakiye abaturage batatu.'

    Yakomeje avuga ko mu gihe manda y'inama njyanama iri kugana ku musozo bifuza ko abaturage bahumuka, bagakomeza kugendana na Leta mu byemezo biganisha ku iterambere rirambye.

    Iyi miryango ibarurwa ituye mu manegeka itandukanye n'iyasenyewe n'ibiza byibasiriye Rubavu muri Gicurasi 2023, kuko imirimo yo kubakira imiryango 870 muri yo yagizweho ingaruka n'ibi biza imirimo yarangiye, ndetse bamwe inzu bamaze kuzituzwamo.

    U Rwanda rugaragaza ko rukeneye inzu nibura miliyoni 5,5 kugeza mu 2050, mu gihe abaturage barwo bazaba bamaze kugera kuri miliyoni 22.1.

    Miliyoni 200 Frw zigiye kwifashishwa mu kubakira abatuye mu manegeka i Rubavu


    Source : http://igihe.com/amakuru/u-rwanda/article/rubavu-miliyoni-200-frw-zigiye-kwifashishwa-mu-kubakira-abatuye-mu-manegeka

  • Amakipe ya AS Kigali mu Bagabo n'Abagore yahinduriwe izina yitwa Kigali FC na Kigali WFC  #rwanda #RwOT

    Inteko rusange idasanzwe y'umuryango wa AS Kigali yateranye kuri ikicyumweru tariki ya 16 Kanama 2026 yafashe imyanzuro irimo guhindura izina ry'ikipe y'abagabo n'iry'ikipe y'abagore, ndetse igena ubuyobozi bushya bw'umuryango.

    Muri iyi Nteko Rusange, hemejwe ko ikipe y'abagabo y'umupira w'amaguru yahinduriwe izina, yitwa Kigali Football Club, mu gihe ikipe y'abagore ya AS Kigali nayo yahinduriwe izina yitwa Kigali Women Football Club.

    Ni impinduka zije mu rwego rwo kuvugurura imikorere n'imiterere y'umuryango wari usanzwe uzwi nka AS Kigali, ukaba umaze imyaka myinshi uhagarariye Umujyi wa Kigali mu marushanwa y'umupira w'amaguru.

    Iyi Nteko Rusange kandi yakiriye ubwegure bwa Visi Perezida w'umuryango, Madame Anne-Lise Alida Kankindi, wari umaze igihe kuri uyu mwanya. Mu mwanya we, hatowe Madame Clarisse Uwimana nka Visi Perezida mushya wa AS Kigali, uyu akaba asanzwe ari umunyamakuru w'imikino kuri BB FM.

    Ku rundi ruhande, Inteko Rusange yemeye abagize Urwego Rukuru (Supreme Organ) rw'umuryango AS Kigali. Aba ni Alffred Nduwayezu, Gertrude Urujeni na Patrice Murekatete.

    Izi mpinduka zose zatangajwe nyuma y'Inteko Rusange idasanzwe yateraniye mu cyumba cy'inama cy'umujyi wa Kigali, aho abanyamuryango bagize amahirwe yo gufata imyanzuro ku miyoborere n'imiterere y'umuryango.

    Kuva ubu, ikipe y'abagabo izakomeza ibikorwa byayo yitwa Kigali Football Club, mu gihe ikipe y'abagore izajya ikina nka Kigali Women Football Club.

    ImageImageImageImageImage

    Image

    Source : https://rushyashya.net/amakipe-ya-as-kigali-mu-bagabo-nabagore-yahinduriwe-izina-yitwa-kigali-fc-na-kigali-wfc/

  • Kamonyi-Nyamiyaga: Umusore w'imyaka 21 y'amavuko yasanzwe amanitse mu giti cya Avoka #rwanda #RwOT

    Mu gitondo cyo kuri iki cyumweru Tariki 16 Kanama 2026 ahagana ku i saa moya, mu Mudugudu wa Buye, Akagari ka Kabashumba, Umurenge wa Nyamiyaga hasanzwe umusore witwa Audace Ndayizera w'imyaka 21 amanitse mu mugozi mu giti cya Avoka, bikekwa ko yiyahuye.

    Bamwe mu baturage babwiye intyoza.com ko uyu musore basanzwe bamuzi ari umucuruzi w'Ihene, ariko ko batazi icyaba cyateye urupfu rwe. Bavuga ko batazi niba ariwe waba wimanitse cyangwa se niba hari abamwishe bakaba aribo bamushyira mu mugozi bakamumanika mu giti cya Avoka. Bavuga ko asanzwe aba mu Mudugudu wa Ruvugizo, ko rero gusangwa yapfuye, amanitse muri Buye ntawe uzi uko yageze yo.

    Mwizerwa Rafiki, Umunyamabanga Nshingwabikorwa w'Umurenge wa Nyamiyaga yabwiye intyoza.com ko amakuru y'Urupfu rwa Audace Ndayizera ari ukuri, ko nk'ubuyobozi bayamenye ariko ko umurambo wa nyakwigendera wamaze kugezwa ku bitaro bya Remera Rukoma gukorerwa isuzumwa.

    Amakuru yandi intyoza.com yabashije kumenya ni uko nyakwigendera, Audace Ndayizera aho yabaga mu Mudugudu wa Ruvugizo yahabanaga n'Umugore bari bamaranye amezi agera kuri abiri cyangwa arenga ho, babanaga batarasezeranye.
    Théogène Munyaneza

    The post Kamonyi-Nyamiyaga: Umusore w'imyaka 21 y'amavuko yasanzwe amanitse mu giti cya Avoka first appeared on Intyoza.

    The post Kamonyi-Nyamiyaga: Umusore w'imyaka 21 y'amavuko yasanzwe amanitse mu giti cya Avoka appeared first on Intyoza.

    Source : https://intyoza.com/2026/08/16/kamonyi-nyamiyaga-umusore-wimyaka-21-yamavuko-yasanzwe-amanitse-mu-giti-cya-avoka/