Author: webrwanda

  • FERWAFA itegereje CECAFA ikabona kujya mu biganiro na MINISPORTS #rwanda #RwOT

    Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru mu Rwanda (FERWAFA), ryavuze ko nubwo CECAFA yatangaje ko u Rwanda ruzakira CECAFA Kagame Cup mu myaka ibiri iri imbere ariko itarabimenyesha iri shyirahamwe.

    Tariki ya 11 Kanama 2026 ni bwo Impuzamashyirahamwe y’Umupira w’Amaguru muri Afurika y’Iburasirazuba n’iyo Hagati (CECAFA) yatangaje ko u Rwanda ruzakira CECAFA Kagame Cup mu myaka ibiri iri imbere (2027 na 2028).

    Umunyamabanga mukuru wa FERWAFA, Bonnie Mugabe yavuze ko nubwo CECAFA yabitangaje ariko nka FERWAFA bategereje ko babibwirwa binyuze mu nzira basanzwe bavuganiramo (Official Communication) maze nabo bakabona kwegera umufatanyabikorwa wabo ari we Minisiteri ya Siporo bakareba uko batangira kubyitegura.

    Ati “Dutegereje ko babitubwira kumugaragaro natwe tukegera umufatanyabikorwa wacu ari we Minisiteri ya Siporo (MINISPORTS) maze tukabibereka tukagira ibyo dushyira ku murongo.”

    U Rwanda rwakiriye CECAFA Kagame Cup inaterwa inkunga na Perezida wa Repubilika y’u Rwanda Nyakubahwa Paul Kagame ya 2026 ubu CECAFA ikaba yifuza ko no mu myaka ibiri iri imbere.

    FERWAFA itegereje ko CECAFA ibabwira ko bazakira iri rushanwa ryayo mu myaka ibiri iri imbere

    Source : http://isimbi.rw/ferwafa-itegereje-cecafa-ikabona-kujya-mu-biganiro-na-minisports.html

  • Naboneye ishyano mu rugo rwanjye – Junior Giti #rwanda #RwOT

    Umusobanuzi Junior Giti yatangaje ko yahuye n’ibihe bikomeye mu rugo rwe, ariko agahitamo kubyihanganira no guhangana na byo aho guhita ahunga, ndetse ko ari byo byatumye amarana ikinyacumi n’umugore we.

    Mu kiganiro yagiranye na ISIMBI, Junior Giti yavuze ko umuntu witwa inararibonye mu kubaka urugo aba yaranyuze mu bihe bikomeye, ariko akabasha kubitsinda no gukomeza kubana n’uwo bashakanye.

    Ati 'Buriya nujya wumva umuntu bavuga ngo ni inararibonye mu kubaka urugo, ni ukuvuga ko aba yarabonye ishyano kuko buriya inararibonye mu kubaka urugo ni iyabonye ishyano noneho yamara kuribona ntirihunge, ikarifata ukuguru ryo rigata umutwe akaribwira ati wa shyano we sinkurekura tugomba guhangana kugeza umwe ahariye mugenzi we, kandi buriya iyo urihariye uhita waka gatanya ariko iyo riguhariye urahaguma.'

    Uyu mugabo ureberera inyungu z’umuhanzi Chris Eazy yanongeyeho ko na we ubwe yahuye n’ibibazo mu rugo byashoboraga no gutuma yicuza impamvu yafashe umwanzuro wo gushinga urugo, ariko akiyemeza kubyihanganira.

    Ati 'Oya njyewe nabonye ishyano mu rugo, rintera iminkanyari, rirambabaza ndavuga nti ntaho ndi bujye ndagufata imyaka 10 yose nuruha urasohoka ugende. Rero kuvuga ngo umuntu ni inararibonye mu kubaka urugo rugakomera nta kindi aba yarabonye usibye agahinda no guhanganyika gusa ariko ukemera ko ugiye guhangana nako.'

    Uyu musobanuzi kandi yavuze ko imicungire y’amafaranga ari kimwe mu bifasha urugo gukomera. Yatanze urugero ku buryo akoresha amafaranga abonye, ashimangira ko atari uko abantu bose binjiza amafaranga menshi, ahubwo ko uburyo bayakoresha bugira uruhare mu mibereho yabo.

    Ati 'Nkanjye nk’umugabo iyo nakiriye ibihumbi ijana, nka mirongo inani ahita ajya mu rugo andi makumyabiri nkayaryohamo; rero amafaranga dukorera si uko arenze ayo abandi bakorera ahubwo ni ya mibare no kwizirika ku byo dushaka, ituma bubaka ingo abandi bakagenda bakisindira agasaza nabi.'

    Junior Giti yagaragaje ko kwihangana, kubara neza umutungo no kwizirika ku byo umuntu yiyemeje ari bimwe mu bishobora gufasha abashakanye gukomeza kubaka urugo nubwo baba bahuye n’ibigeragezo.

    Junior Giti yavuze ko mu rugo rwe yahuyemo n’ibibazo ariko ntiyabihunga ahitamo guhangana nabyo

    Source : http://isimbi.rw/naboneye-ishyano-mu-rugo-rwanjye-junior-giti.html

  • Abakinnyi 5 beza b’Abanyarwanda badafite amakipe #rwanda #RwOT

    Kugeza ubu isoko ry’abakinnyi rirabura iminsi mike ngo rifunge, gusa hari abakinnyi beza b’Abanyarwanda banabanzagamo mu ikipe y’Igihugu badafite amakipe bikaba byanatangiye gutera bamwe impungenge.

    Harabura iminsi itageze ku icumi ngo isoko ry’abakinnyi mu Rwanda rifungwe kuko rizafungwa tariki ya 30 Kanama 2026.

    Ubu amatsiko ni menshi bamwe bibaza aho bamwe mu bakinnyi b’abanyarwanda bazerekeza mu mwaka w’imikino utaha wa 2026-27 cyane ko bamwe n’ikipe y’igihugu Amavubi yari ibakeneye ndetse banafite amahirwe yo kubanza mu kibuga.

    Muri iyi nkuru tugiye kugaruka ku bakinnyi batanu badafite amakipe aka kanya kandi bari bafite amahirwe yo guhamagarwa mu ikipe y’Igihugu Amavubi izakina na Liberia na Cape Verde mu kwezi gutaha mu gushaka itike y’Igikombe cy’Afurika cya 2027, ndetse bamwe bagombaga no kuzabanzamo.

    Kwizera Olivier

    Ni umunyezamu wakiniraga Rayon Sports ndetse akaba yari n’umunyezamu ubanzamo mu ikipe y’igihugu Amavubi, gusa kuri ubu nyuma yo gusoza amasezerano ye na Rayon Sports yarangiranye na 2025-26, nta kipe afite.

    Niyomugabo Claude

    Ni myugariro wo ku ruhande rw’ibumoso umaze iminsi ari nimero ya mbere kuri uyu mwanya mu ikipe y’igihugu, gusa na we aka kanya abantu baribaza aho ashobora kwerekeza kuko nyuma yo gutandukana na APR FC nta kipe arasinyira.

    Ni umwe mu bakinnyi bari bitezweho ko yabanza mu kibuga mu Mavubi mu kwezi gutaha ariko kuba nta kipe arasinyira hari abatabyumva neza kubera n’ubuhanga bwe. Arimo gukorera imyitozo muri AS Kigali ariko ntabwo arayisinyira amakuru avuga ko hari amakipe bakivugana hanze y’u Rwanda.

    Manzi Thierry

    Ni myugariro wo mu mutima w’ubwugarizi, ni umukinnyi iyo ari muzima uhamagarwa mu ikipe y’igihugu akanabanzamo. Aheruka gutandukana na Al Ahli Tripoli yo muri Libya amazemo imyaka itatu.

    Ntabwo haramenyekana ikipe ikipe uyu mukinnyi ashobora kwerekezamo, ni umwe mu bakinnyi imbaraga ze zikenewe mu bwugarizi bw’Amavubi.

    Uwineza René

    Ni umukinnyi ukiri muto wakiniraga Kiyovu Sports ari intizanyo y’Intare FC, yari yatangiye guhamagarwa mu Mavubi anahabwa umwanya wo gukina.

    Nyuma yo kwanga gusinyira APR FC avuga ko afite amakipe yo hanze bakivugana, na we nta kipe afite aka kanya binagoye ko yazahamagarwa mu ikipe y’igihugu izakina na Liberia.

    Biramahire Abeddy

    Ni rutahizamu wakinnye imikino ya FIFA Series abanzamo, umutoza Stephen Costantine amufitiye icyizere, gusa ntabwo ubu afite ikipe ni undi mukinnyi na we abakunzi be bibaza aho azerekeza.

    Si aba gusa ni uko twibanze kubahawe umwanya mu ikipe y’iguhugu ubwo iheruka gukina ariko hari n’abandi nka Ruboneka Bosco, Emery Bayisenge, Mbonyumwami Taiba n’abandi.

    Amavubi azakina na Liberia mu Rwanda tariki ya 25 Nzeri 2026 na Cape Verde iwayo tariki ya 29 Nzeri 2026.

    Source : http://isimbi.rw/abakinnyi-5-beza-b-abanyarwanda-badafite-amakipe.html

  • Ndi gupfa ndeba- Luvumbu yashinje Leta ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo kumutererana nyuma yo kuva mu Rwanda #rwanda #RwOT

    Umunye-Congo Héritier Luvumbu Nzinga wakiniye Rayon Sports, yatangaje ko ababajwe n'uburyo ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo bwamutereranye mu myaka imyaka ibiri amaze avuye mu Rwanda kubera igikorwa yakoze agaragaza ko ashyigikiye igihugu cye.

    Luvumbu yavuye mu Rwanda muri Gashyantare 2024 nyuma y'impaka zakurikiye umukino Rayon Sports yatsinzemo Police FC ibitego 2-1 ku wa 11 Gashyantare uwo mwaka.

    Muri uwo mukino, uyu mukinnyi yatsinze igitego kuri coup-franc, acyishimira apfuka ikiganza ku munwa, ikindi agitunga ku mutwe, yigana ikimenyetso cyari cyakozwe n'abakinnyi b'Ikipe y'Igihugu ya RDC mu Gikombe cya Afurika cya 2023 cyaberaga muri Côte d'Ivoire.

    Uku gupfuka ku munwa ni igikorwa cya politiki cyari kimaze iminsi gikorwa n'Abanye-Congo hirya no hino mu rwego rwo kuyobya uburari ku bwicanyi nyakuri bukorerwa abavuga Ikinyarwanda mu Burasirazuba bwa RDC nk'uko byemejwe n'Umuryango w'Abibumbye.

    Nyuma y'uwo mukino, Rayon Sports yasohoye itangazo inenga imyitwarire ya Luvumbu, mu gihe Ishyirahamwe ry'Umupira w'Amaguru mu Rwanda, FERWAFA, ryamuhagaritse amezi atandatu mu bikorwa by'umupira w'amaguru ku butaka bw'u Rwanda kubera kuvanga siporo na politiki.

    Bidatinze, Rayon Sports na Luvumbu bemeranyije gusesa amasezerano. Uyu mukinnyi yahise ava mu Rwanda, anyura i Goma mbere yo kujya i Kinshasa ku wa 14 Gashyantare 2024.

    Ageze ku Kibuga cy'Indege Mpuzamahanga cya N'Djili, Luvumbu yakiriwe n'abayobozi bo muri RDC barimo François Claude Kabulo Mwana Kabulo wari Minisitiri wa Siporo. Icyo gihe igikorwa cye cyishimiwe na benshi muri RDC, afatwa nk'umukinnyi w'intwari washyize imbere inyungu z'igihugu cye.

    Byageze n'aho Perezida Félix Tshisekedi agaragaza ko ikibazo cy'uyu mukinnyi akizi, ndetse hatangazwa ko hari umugambi wo kumwakira no kumuhemba kubera icyo abayobozi ba RDC bitaga ubutwari yagaragaje.

    Nyuma y'imyaka ibiri ariko, Luvumbu avuga ko ibyo yari yijejwe byose byarangiriye mu magambo.

    Ati 'Kuva ngeze hano i Kinshasa nta faranga na rimwe nigeze mpabwa. Ndetse na gahunda yo guhura na Perezida wa Repubulika, nta cyigeze gikorwa.'

    Mu 'live' yakoreye kuri TikTok, uyu mukinnyi yanagaragaje ko atazi niba hari ubufasha yaba yaragenewe n'Umukuru w'Igihugu ariko bukaba bwararigishijwe n'abantu bamukikije.

    Yakomeje ati 'Ndi hano, naratereranywe. Ndi gupfa ndeba kandi bucece.'

    Nyuma yo kuva muri Rayon Sports, Luvumbu yongeye gusubira muri AS Vita Club yari yarakiniye mbere. Muri Kamena 2024, iyi kipe y'i Kinshasa yatangaje ko yamusinyishije amasezerano y'imyaka ibiri.

    Luvumbu yari yarageze muri Rayon Sports bwa mbere mu 2021 avuye muri Youssoufia Berrechid yo muri Maroc. Yaje kuyivamo, ariko ayisubiramo muri Kanama 2023, ahabwa amasezerano y'umwaka umwe yari kumugeza mu mpeshyi ya 2024.

    Source : https://rushyashya.net/ndi-gupfa-ndeba-luvumbu-yashinje-leta-ya-repubulika-iharanira-demokarasi-ya-congo-kumutererana-nyuma-yo-kuva-mu-rwanda/

  • Iburasirazuba: Uturere tune twakuwe mu kato, abaturage bemererwa kugurisha inka n'inyama – #rwanda #RwOT

    Tariki ya 26 Kamena 2026 nibwo Ikigo cy'Igihugu gishinzwe Ubuhinzi n'Ubworozi, RAB cyari cyashyize mu kato uturere dutandatu kubera indwara y'Ubuganga bwo mu kibaya cya rift (RVF)

    Kuri ubu uturere twa Nyagatare, Gatsibo, Ngoma na Kirehe ni two twabimburiye utundi mu kuva mu kato aho abaturage bemerewe gucuruza no kurema ibikomera [amasoko y'inka] kubaga inyama z'Ihene, Inka, n'Intama ndetse no kuzicuruza.

    Guverineri w'Intara y'Iburasirazuba, Pudence Rubingisa, yabwiye IGIHE ko bamaze ibyumweru bibiri batangiye gukura uturere tumwe na tumwe mu kato nyuma y'uko hari hashize ukwezi nta bimenyetso by'iyi ndwara byari bikiboneka mu matungo ndetse n'abantu.

    Ati ' Twahereye kuri Nyagatare na Gatsibo, amasoko y'inka amaze kuba nk'inshuro ebyiri. Twemeje ko mu Ntara yacu ubucuruzi bw'amatungo bwari mu kato ariko abakurikirana iyi ndwara batugaragarije ko hashize ukwezi mu bipimo bifatwa buri munsi iyi ndwara itaboneka yaba mu matungo ndetse no mu bantu. Bapimaga buri munsi mu matungo no mu bantu tukabona nta kibazo kirimo.''

    Guverineri Rubingisa yakomeje avuga ko kuri ubu bagikurikirana ibipimo byo mu turere twa Rwamagana, Bugesera na Kayonza ariko ko hari icyizere cy'uko na two tuzakurwa mu kato mu minsi iri imbere. Yavuze ko uturere twakuwe mu kato, inka zigiye gucuruzwa zibanza gufatirwa ibipimo kugira ngo harebwe ko nta kibazo gihari nyuma y'uko inka zose zikingiwe.

    Guverineri Rubingisa yavuze ko zimwe mu ngamba Leta yafashe ari uko bazajya bakingira aya matungo inshuro nyinshi mu mwaka mu rwego rwo guhangana n'izi ndwara. Yavuze ko muri Mutarama 2027 bazongera gukingira amatungo yose, ahamya ko umuti mushya bari gukoresha ukingirwa inka zose n'izihaka mu rwego rwo kubaka ubwirinzi mu matungo.

    Ati ' Ikindi turasaba abaturage kwirinda kurya itungo ryagaragayeho ikibazo, twagiye tubona abaturage babirengaho bamwe bagataburura amatungo yatabwe. Turasaba abaturage kandi gushyira amatungo yabo yose mu biraro, abafite inka bagakorera neza ibiraro, amase n'amaganga bakayatandukanya n'aho inka ihagarara cyangwa iryama. Ibi ni mu buryo bwo kwirinda ko duha umwanya ya mibu.''

    Uyu muyobozi yasabye abacuruza inyama ndetse n'ama-restaurant kwirinda kugura inyama zidapimye kuko ari zo ziteza ibibazo mu bantu. Yavuze ko umuntu bazajya bafata adafite ibyangombwa by'uko bazipimishije bazajya babihanirwa.

    Ati 'Umuntu wese ucuruza inyama cyangwa se uzigura yaba ari muri Boucherie cyangwa muri restaurant iteka agomba kuba afite icyangombwa kigaragaza ko aho yaguze inyama zabanje gupimwa. Natwe tuzigura ari izo kurya mu ngo dukwiriye kubaza niba babanje kuzipimisha.''

    Abayobozi bavuga ko indwara y'ubuganga basanzwe iterwa n'imibu igenda ikajya mu bishanga iyo mibu akaba ariyo iyikwirakwiza mu matungo.

    Amasoko y’amatungo mu turere tune tw’Iburasirazuba n’ubucuruzi bw’inama byakomorewe


    Source : http://igihe.com/amakuru/u-rwanda/article/iburasirazuba-uturere-tune-twakuwe-mu-kato-abaturage-bemererwa-kugurisha-inka-n

  • Iburasirazuba: Ibyihariye ku mbabura, amavuta na Bougie bikorwa hagamijwe kurengera ibidukikije – #rwanda #RwOT

    Byagaragajwe kuri uyu wa Gatatu tariki ya 19 Kanama 2026 ubwo abafatanyabikorwa mu mushinga TREPA ( Transforming Eastern Province through Adaptation) bahuriraga mu gikorwa cyo guteza imbere ishoramari rirengera ibidukikije no kubaka ubudahangarwa ku mihindagurikire y'ibihe.

    Muri iki gikorwa hagaragajwe bimwe mu bikorwa TREPA yakoze birimo gufasha imishinga irengera ibidukikije nk'ubworozi bw'inzuki, ubuhinzi bw'ibihumyo, gutera pepiniyeri z'ibiti, guhinga urusenda, gukora imbabura zirondereza ibicanwa ndetse no gukora ibiryo by'amatungo.

    Twizeyimana Phocas ukora imbabura zikoresha incenga z'amakara ndetse n'imirasire y'izuba, akanagira izindi mbabura zimira umwotsi w'inkwi ku buryo uwo mwotsi na wo wakwifashishwa mu guteka cyane cyane ku mashuri.

    Yavuze ko izi mbabura yazikoze mu rwego rwo kurengera ibidukikije nyuma yo guhabwa amahugurwa atandukanye binyuze muri uyu mushinga wa TREPA. Uyu mugabo avuga ko asigaye abona ibiraka byo gukorera imbabura amashuri na restaurants ku buryo byatumye ava ku gukora wenyine atanga akazi ku bandi bantu barindwi.

    Nyiransabimana Chantal utuye mu Karere ka Gatsibo we yavuze uburyo yari asanzwe akora ubuvumvu, kuri ubu ibishashara by'ubuki yatangiye kubikoramo amavuta yo kwisiga ndetse na bougie.

    Nyiransabimana yavuze ko yatangiye afite imitiba mike ariko uko iminsi yagiye yiyongera ni nako na we yagendaga yagura amasoko atangira kugurira ubuki abandi baturage akabwongera ku bwe akabushakira abakiriya. Yavuze ko nyuma yigishijwe kubyaza umusaruro ibishashara by'ubuki abikuramo amavuta yo kwisiga na bougie.

    Ati ' Ubu buri kwezi ngurisha ibilo 20 by'ubuki nkagurisha bougie n'amavuta yo kwisiga nk'amacupa 50 kandi kuko tuyashyiramo imiti ivura indwara z'uruhu abantu barayakunda cyane. Ikindi ngurisha ni bougie byose mba nabyikoreye. Ubu nshobora kwinjiza ibihumbi 300 Frw ku kwezi kandi sinarekeye aho nshaka no gukora amavuta yo kwisiga ku munwa mu bishashara by'ubuki.''

    Umuyobozi wa IUCN mu Rwanda Kaori Yasuda, yashimiye amatsinda abungabunga ibidukikije yungukiye kuri uyu mushinga wa TREPA , asaba ko yakoroherezwa n'ibigo by'imari mu kubona amafaranga ari ku nyungu nke yabafasha gukomeza kwiteza imbere.

    Guverineri w'Intara y'Iburasirazuba, Pudence Rubingisa yashimiye uyu mushinga wa TREPA ko mu gihe cy'imyaka ine umaze wafashije abaturage benshi mu gushaka ibisubizo ku mihindagurikire y'ibihe bitewe n'imvura ikunze kuba nke muri iyi Ntara.

    Yavuze ko benshi bahurijwe hamwe mu makoperative bibafasha gutera amashyamba n'ibindi bikorwa byo kwiteza imbere birimo iby'ubuhinzi n'ubworozi. Uyu muyobozi yavuze ko kandi byatumye n'ibigo by'imari byagura serivisi bitanga inguzanyo ku baturage benshi zatumye babasha kwiteza imbere.

    TREPA Ni umushinga w'imyaka itandatu wa Guverinoma y'u Rwanda ifatanyije na IUCN, Cordaid Rwanda n'abandi bafatanyabikorwa batandukanye. Kugeza ubu umaze kugera ku miryango ibihumbi 33 harimo amatsinda yo kwizigamira 1.300.

    Kuri ubu biteganyijwe ko mu myaka ibiri iri imbere muri iyi Ntara hazaterwa ibiti miliyoni 40 birimo ibiti by'amashyamba, ibivangwa n'imyaka, ibiti gakondo, ibiterwa mu nzuri ndetse n'ibindi byinshi.

    Abavumvu bakora amavuta na boujie bakoresheje ibishashara by’inzuki


    Source : http://igihe.com/amakuru/u-rwanda/article/iburasirazuba-ibyihariye-ku-mbabura-amavuta-na-bougie-bikorwa-hagamijwe

  • Mu Rwanda habaye inkongi zisaga 1300 mu myaka itanu ishize – #rwanda #RwOT

    Ibi byatangajwe ku wa 20 Kanama 2026, ubwo hatangizwaga ku mugaragaro umushinga ugamije kongera ubushobozi bw'u Rwanda mu bijyanye no kuzimya inkongi z'umuriro no gutabara igihe habaye izindi mpanuka zitandukanye.

    Ni umushinga uterwa inkunga n'Igihugu cya Pologne binyuze mu Ishami ry'Umuryango w'Abibumbye ryita ku Iterambere ry'Inganda (UNIDO).

    Bimwe mu byashingiweho biga kuri uwo mushinga harimo kugenzura neza ibitera inkongi. Muri ubwo bugenzuzi bwakozwe, basanze umubare mwinshi w'inkongi z'umuriro mu Rwanda uterwa n'imikoreshereze mibi ya Gaz ikoreshwa bateka aho bigira uruhare rwa 71%.

    Umunyabanga wa Leta muri Minisiteri y'Umutekano imbere mu gihugu, Sesonga Benjamin, yavuze ko Polisi y'u Rwanda igira uruhare mu kurwanya inkongi y'umuriro gusa avuga ko itazabikora yonyine ahubwo iba ikeneye ubufatanye n'izindi nzego ndetse n'urubyiruko.

    Ati 'Polisi y'u Rwanda ifite inshingano nyinshi, twanabafasha no kwigisha urubyiruko rw'abakorerabushake ku buryo nitubona ibikoresho, tukabona amahugurwa mu buryo bwagutse, twizera y'uko tuzagera kuri buri muturage. Iyo umuturage mutafanyije ibikorwa byawe ntabwo bigera kuri bose.'

    Yavuze ko ariyo mpamvu batangije uyu mushinga kuko u Rwanda rutifuza ko ibikorwa by'Abanyarwanda byazajya byangirika kubera inkongi.

    Ati 'Ntabwo twifuza y'uko iterambere tugezeho, ubucuruzi bw'abaturarwanda, ejo umuntu yashinga uruganda rw'amamiliyari ejo bugacya rwabaye umuyonga. Uyu mwanya tuwukoresha kugira ngo n'umuntu ku giti cye yumve ibyo tuba tuvuga kugira ngo ashyire mu bikorwa ibisabwa kugira ngo twirinde inkongi z'umuriro hirya no hino.'

    Muri rusange mu nkongi zose zabaye mu myaka itanu ishize 71% muri zo zakomotse ku mikoreshereze mibi y'amashanyarazi, 13% z'inkongi zakomotse kuri gaz zitekeshwa mu ngo, 8% muri zo zaturutse ku bikorwa bitemewe birimo ubuhigi, 5% zakomotse ku kuvangavanga no kubikana ibikoresho bishobora kubyara umuriro birimo nk'amarangi abikanwa na gaz cyangwa peteroli.

    Mu gihe 3% byakomotse ku miyaga ndetse n'ibiza birimo inkangu n'imyuzure byahungabanyije ibikorwa bitanga amashanyarazi bikavamo inkongi.

    Polisi y'u Rwanda igaragaza ko hamaze guhugurwa abantu barenga ibihumbi 90 mu kurwanya inkongi z'umuriro mu gihugu.

    Umunyabanga Uhoraho muri Minisiteri y'Umutekano imbere mu gihugu, Sesonga Benjamin, yavuze ko Polisi y'u Rwanda igira uruhare mu kurwanya inkongi y'umuriro ahantu hose igaragaye

    Abafatanyabikorwa bose ba Mininter bashyigikiye umushinga wo kongera ubushobozi bw’u Rwanda mu kurwanya inkongi


    Source : http://igihe.com/amakuru/u-rwanda/article/mu-rwanda-habaye-inkongi-zisaga-1300-mu-myaka-itanu-ishize

  • Bigaragaza imbaraga dushyira mu burezi- GS APACOPE yagize umwana wahize abandi mu bizamini bya Leta – #rwanda #RwOT

    Aya manota yatangarijwe i Kigali kuri uyu wa 20 Kanama 2026, akaba ari ay'abasoje amashuri abanza ndetse n'icyiciro rusange cy'amashuri yisumbuye.

    Ni abanyeshuri bagize intsinzi ku rwego rwiza, aho abakoze ibizamini bisoza amashuri abanza batsinze ku gipimo cya 88,21%, mu gihe mu yisumbuye ari 85%.

    By'umwihariko, umunani bo mu mashuri abanza bahize abandi ku rwego rw'Igihugu mu kugira amanota meza harimo na Irumva Bigwi Hugo wiga muri APACOPE wagize amanota 99,4%, akaba ku mwanya wa kabiri mu bahawe ibihembo.

    Irumva yavuze ko kuba ababyeyi be baramushyize mu ishuri ryiza ryita ku burezi ari kimwe mu byamufashije kwandika aya mateka.

    Yongeyeho ati 'Iyi ntsinzi nyikesha ababyeyi banjye n'abarezi kuko bamfashije muri uru rugendo. Ibanga nakoresheje ni ukugenda mbaza ibibazo ahantu ntumva kandi nkanasubiramo cyane amasomo niga. Najyaga niga cyane nshaka kuza muri batanu ba mbere none ubu ndishimira ko nabigezeho.'

    Bigwi yagiriye inama abandi bana bari ku ntebe y'ishuri gushishikarira gusubiramo amasomo yose kenshi kandi bakayasobanuza abarimu cyane, ndetse ko mu mashuri yisumbuye agiye gukomerezamo atazatezuka ku ntego zamugejeje ku ntsinzi mu mashuri abanza.

    Se wa Irumva, Nduwayezu Jean Baptiste, yavuze ko kugira umwana wabaye uwa kabiri ku rwego rw'Igihugu ari ikimenyetso cy'imikoranire myiza iri hagati ya APACOPE n'ababyeyi, ariko by'umwihariko ingufu zishyirwa mu kwigisha.

    Ati 'Ni ishuri nabonye abahiga bakora cyane, bakagira imikoro ihagije kandi nabonye abana bahiga ikigo kibafasha kwimakaza ikinyabupfura. Twabonaga bitanga icyizere ko umwana agomba gutsinda.'

    Uyu mubyeyi yaboneyeho kwibutsa abandi babyeyi ko nubwo Isi ya none ifite byinshi abantu bahugiramo bashaka imibereho, bagomba kwibuka ko uburezi ari ukubaka ahazaza h'abana, bakareba uko bababa hafi kuko ari ho intsinzi ya mbere ku mwana ihera.

    Umuyobozi wa APACOPE, Indere Serge yabwiye IGIHE ko intsinzi ya Irumva ishimangira ko imbaraga bashyira mu kwita ku burezi bw'abana zagaragaye ku rwego rw'Igihugu.

    Ati 'Bigaragaza imbaraga dushyira mu burezi kuko iyo dutoje abana tubategurira gutsinda ku rwego cyane cyane rw'Igihugu nubwo n'ubundi basanzwe batsinda bose.'

    Uyu muyobozi yongeyeho ko ishingiro ry'uyu musaruro mwiza ari ubufatanye bw'iki kigo n'ababyeyi no kwita ku bana bose, ku buryo babafasha bishingiye ku bushobozi bafite kuva mu mashuri y'inshuke kandi ko Irumva bamwitezeho kuba intangiriro y'intsinzi izakomeza ku rwego rw'Igihugu.

    Muri APACOPE, uyu mwaka hari abana bakoze ikizamini cya Leta gisoza amashuri abanza 103 kandi bose baratsinze kuko nta wagize amanota ari munsi ya 50%.

    Irumva Bigwi Hugo wabaye uwa kabiri mu bakoze ibizamini bisoza amashuri abanza n'amanota 99,4% yiga muri GS APACOPE mu Mujyi wa Kigali

    Irumva wagize amanota 99,4% yavuze ko kuba ababyeyi be baramushyize mu ishuri ryiza ryita ku burezi ari kimwe mu byamufashije kwandika aya mateka

    Irumva Bigwi Hugo yari yaherekejwe n’ababyeyi be


    Source : http://igihe.com/amakuru/u-rwanda/article/bigaragaza-imbaraga-dushyira-mu-burezi-gs-apacope-yagize-umwana-wahize-abandi

  • Abanyeshuri 88,21%% barangije amashuri abanza batsinze ibizamini bya Leta – #rwanda #RwOT

    Urebye umubare w'abakobwa gusa, batsinze ku kigero cya 87,1%, mu gihe abahungu harebwe umubare wabo gusa batsinze ku kigero cya 89,59%, mu bizamini bya Leta bisoza amashuri abanza.

    Abana bakoze ibizamini bya Leta bisoza amashuri abanza uyu mwaka ni 276,579 mu gihugu hose bo mu mashuri 3,895. Abahungu bagize ijanisha rya 44,35%, mu gihe abakobwa ari bo benshi ku ijanisha rya 55,65%.

    NESA yatangaje ko abakoze ibisoza icyiciro rusange cy'amashuri yisumbuye ni 149.015, mu gihe abatsinze ari 85,70%.

    Uyu mubare w'abatsinze wariyongereye bigaragara kuko mu mu mwaka ushize wa 2024/25 bari batsinze ku ijanisha rya 64%.

    Urebye umubare w'abakobwa gusa, batsinze ku ijanisha rya 82,62%, mu gihe abahungu na bo harebwe umubare wabo gusa batsinze ku ijanisha rya 89,8%.

    Ufashe abanyeshuri bose batsinze bajya mu mwaka wa mbere, 17412 ni bo bahawe imyanya mu mashuri biga babamo mu gihe abarenga 226546 bakaziga mu mashuri biga bataha.

    Mu bajya mu wa kane w'ayisumbuye biga uburezi rusange, 18944, abaziga bataha ni 57276, abashyizwe mu mashuri ya tekiniki imyuga n'ubumenyingiro ni ibihumbi 260098 abaziga bataha ni ibihumbi 17.

    Abiga inyigisho mbonezamwuga ni 7497, baziga babayo, naho 148 bakaziga bataha.

    Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y'Uburezi, Irere Claudette, yatangaje ko muri rusange abanyeshuri bakoze ibizamini bya Leta mu byiciro byombi bagaragaje umusaruro mwiza, ndetse ko imibare yazamutse ugereranyije n'umwaka ushize, kuko biyongereyeho abarenga ibihumbi 50.

    Ati 'Iyo abanyeshuri ari benshi no gutsinda kwabo bikaba byiyongereye, birumvikana ko bigira uruhare mu kugena amashuri abanyeshuri baherezwamo.'

    Icyakora, yavuze ko hagomba kunengwa imyitwarire mibi yagaragaye kuri bamwe yo gukopera no gukopezanya, ndetse ko ababagizemo uruhare bose bagomba kubihanirwa.

    Ati 'Hagaragaye gukopera no gukopezanya, kandi aho byagaragaye uwabigizemo uruhare wese tuzamuhana hakurikijwe amabwiriza agenga ibizamini bya Leta. Abakekwaho gukopera amanota yabo ntituyabaha uyu munsi, ahubwo tubanza gukora iperereza ryimbitse.'

    Umuyobozi Mukuru w'Ikigo cy'Igihugu Gishinzwe Ibizamini n'Ubugenzuzi bw'Amashuri (NESA), Dr. Bahati Bernard, yagaragaje ko muri uyu mwaka w'amashuri abanyeshuri bagaragaje gutsinda ku rwego rwo hejuru ugereranyije n'umwaka ushize.

    Nko mu bizamini bisoza amashuri abanza, yagaragaje ko mu 2024 abana bari bafite hagati y'amanota 30% na 40% bari ibihumbi 10 birenga, ariko muri uyu mwaka baragabanyutse baba ibihumbi bine.

    Yakomeje ati 'N'abari bafite hagati ya 40% na 50% mu mwaka ushize bari ibihumbi birenga 41, ariko ubu baragabanyutse baba ibihumbi 27. Byatumye muri uyu mwaka abagira amanota menshi bazamuka kuko kuva ku bafite hagati ya 50% na 60% no hagati ya 90% bagiye biyongera. Bivuze ko ba bandi bavuye mu cyiciro cyo munsi ya 50% bagiye hejuru ya 50%.'


    Source : http://igihe.com/amakuru/u-rwanda/article/abanyeshuri-82-2-mu-mashuri-abanza-batsinze-ibizamini-bya-leta

  • Polisi y'u Rwanda n'iya Koreya y'Epfo zigiye gukorana mu kurwanya abagizi ba nabi – #rwanda #RwOT

    Aya masezerano y'imikoranire (MoU) yashyiriweho umukono i Seoul muri Koreya y'Epfo, ku wa Kane tariki ya 20 Kanama 2026, hagati y'Umuyobozi Mukuru wa Polisi y'u Rwanda, CG Felix Namuhoranye, na CG Yoo Jae-Sung uyobora Polisi ya Koreya y'Epfo.

    Umuhango wo gusinya aya masezerano witabiriwe kandi na Ambasaderi w'u Rwanda muri Koreya y'Epfo, Nkubito Manzi Bakuramutsa.

    Aya masezerano agamije gushyiraho uburyo bw'imikoranire mu guhangana n'ibyaha byambukiranya imipaka bikorwa n'imitwe y'abagizi ba nabi, gusangira amakuru n'ubumenyi, gutanga amahugurwa ndetse no gushyira mu bikorwa izindi gahunda zigamije kongerera ubushobozi inzego za Polisi z'ibihugu byombi.

    Binyuze muri ubu bufatanye, Polisi zombi zizajya zifashanya mu guteza imbere ubumenyi n'ubushobozi mu bikorwa byo kurwanya ibyaha, hagamijwe kongera umutekano no gukaza imbaraga mu guhangana n'ibyaha bifite aho bihurira n'ibihugu byombi.

    Aya masezerano y'imikoranire (MoU) yashyiriweho umukono i Seoul muri Koreya y'Epfo

    Umuyobozi Mukuru wa Polisi y'u Rwanda, CG Felix Namuhoranye, hamwe na CG Yoo Jae-Sung uyobora Polisi ya Koreya y'Epfo


    Source : http://igihe.com/amakuru/u-rwanda/article/polisi-y-u-rwanda-n-iya-koreya-y-epfo-zigiye-gukorana-mu-kurwanya-abagizi-ba