Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru mu Rwanda (FERWAFA), ryavuze ko nubwo CECAFA yatangaje ko u Rwanda ruzakira CECAFA Kagame Cup mu myaka ibiri iri imbere ariko itarabimenyesha iri shyirahamwe.
Tariki ya 11 Kanama 2026 ni bwo Impuzamashyirahamwe y’Umupira w’Amaguru muri Afurika y’Iburasirazuba n’iyo Hagati (CECAFA) yatangaje ko u Rwanda ruzakira CECAFA Kagame Cup mu myaka ibiri iri imbere (2027 na 2028).
Umunyamabanga mukuru wa FERWAFA, Bonnie Mugabe yavuze ko nubwo CECAFA yabitangaje ariko nka FERWAFA bategereje ko babibwirwa binyuze mu nzira basanzwe bavuganiramo (Official Communication) maze nabo bakabona kwegera umufatanyabikorwa wabo ari we Minisiteri ya Siporo bakareba uko batangira kubyitegura.
Ati “Dutegereje ko babitubwira kumugaragaro natwe tukegera umufatanyabikorwa wacu ari we Minisiteri ya Siporo (MINISPORTS) maze tukabibereka tukagira ibyo dushyira ku murongo.”
U Rwanda rwakiriye CECAFA Kagame Cup inaterwa inkunga na Perezida wa Repubilika y’u Rwanda Nyakubahwa Paul Kagame ya 2026 ubu CECAFA ikaba yifuza ko no mu myaka ibiri iri imbere.
Source : http://isimbi.rw/ferwafa-itegereje-cecafa-ikabona-kujya-mu-biganiro-na-minisports.html
Leave a Reply