Author: webrwanda

  • Umuraperikazi Malaika mu byishimo byo kwibaruka imfura #rwanda #RwOT

    Umuhanzi Malaika, uzwiho kugira uruhare mu guteza imbere injyana ya Hip Hop nyarwanda, n’umukunzi we Shyaka Egide bari mu byishimo nyuma yo kwibaruka umwana wabo w’umukobwa, akaba ari imfura yabo.

    Malaika yanyujije ubutumwa ku rukuta rwe rwa Instagram, yemeza ko umwana wabo yavutse ku wa 18 Kanama 2026, ahagana saa kumi n’ebyiri n’iminota 20. Yatangaje ko uyu mwana yavutse afite ibiro 4.37 n’uburebure bwa santimetero 50.

    Mu butumwa bwe bugufi, Malaika yagize ati: 'Ari hano kandi ameze neza.'

    Amakuru y’ivuka ry’uyu mwana aje nyuma y’amafoto yari amaze iminsi asangiza abamukurikira ku mbuga nkoranyambaga, agaragaza urugendo rwo gutwita no gutegereza umwana.

    Malaika yamenyekanye cyane mu ruganda rwa Hip Hop nyarwanda kubera uruhare rwe mu guhuza no guhuriza hamwe abaraperi batandukanye, by’umwihariko binyuze mu mushinga wa Uptrend Cypher, wagiye uhuza amazina akomeye muri iyi njyana.

    Muri Uptrend Cypher 01, Malaika yahurije hamwe abaraperi barimo Green P, Racine, Zaki, Neg G The General, White Monkey na Z’Bra Rwabugiri, bakora igihangano cyagaragaje uburyo abahanzi bafite imisusire itandukanye yo kurapa bashobora guhurira mu murimo umwe.

    Yakomeje uyu mushinga muri Uptrend Cypher 02, aho yahurije hamwe Ish Kevin, BullDogg, Jay C, Young Grace, LongJay na JossKid.

    Usibye ibikorwa bye muri Hip Hop, Malaika ubu ari mu rugendo rushya rw’ubuzima nyuma yo kwakira imfura ye.

    Malaika ari mu byishimo byo kwibaruka imfura ye

    Bibarutse umukobwa

    Source : http://isimbi.rw/umuraperikazi-malaika-mu-byishimo-byo-kwibaruka-imfura.html

  • Uwabivuze ni we utari udasirimutse – Safi Madiba ku byo kuba aba-Rayons atari abasirimu #rwanda #RwOT

    Umuhanzi Safi Madiba yamaganye amagambo yavuzwe ku bafana ba Rayon Sports, avuga ko abavuze atari abasirimu bakwiye kwisubiraho bagasaba imbabazi Abanyarwanda ndetse n’ikipe ya Rayon Sports.

    Mu minsi ishize, Kayitesi Yvonne umaze kubaka izina nka Tessy, yari mu kiganiro kuri shene ya YouTube yise 'This&That’, aho yagarutse ku buryo abafana b’amakipe y’umupira w’amaguru bitwara. Muri icyo kiganiro, yavuze ko abafana ba Rayon Sports ari abaturage, mu gihe abasirimu benshi baba mu bafana ba APR FC.

    Aya magambo yahise avugisha benshi, cyane cyane abakunzi ba Rayon Sports, bamwe bamwereka ko ibyo yavuze bitabanyuze ndetse abandi bamunenga bikomeye ku mbuga nkoranyambaga.

    Safi Madiba yahise agaragaza uko abona iki kibazo na we wiyemerera ko ari umufana wa Rayon Sports, yavuze ko gukunda ikipe no kuyishyigikira bidakwiye gufatwa nk’ikimenyetso cy’ubusirimu buke.

    Ati 'Uwabivuze ntabwo ari smart. Ubundi se arashaka ngo bakore iki? Kuba ukunda ikintu ugafana ntabwo ari ukugira akavuyo, ahubwo ni ukuba ugikunda by’umutima.”

    Safi yavuze ko hari icyo abantu batumva ku bafana ba Rayon Sports, ashimangira ko urukundo bafitiye iyi kipe rutaturuka ku gushaka guteza akavuyo, ahubwo ko ari urukundo ruvuye ku mutima.

    Ati 'Ikintu batazi ku bafana ba Rayon Sports, nanjye ndimo, ntabwo turi indyandya. Turi abafana bo ku mutima. Rero utabizi agira ngo ntabwo bari smart kubera ko we atari smart ahubwo. Uwabivuze wese yongere asabe imbabazi Abanyarwanda, anasabe imbabazi Rayon Sports.'

    Ku rundi ruhande ariko amaze kubona ko amagambo yavuze yakiriwe nabi, Tessy yahisemo gusaba imbabazi abafana b’iyi kipe yambara ubururu n’umweru, anasobanura ko atari afite umugambi wo kubasuzugura.

    Safi ntabwo yemeranya n’uwavuze ko abafana ba Rayon atari abasirimu

    Source : http://isimbi.rw/uwabivuze-ni-we-utari-udasirimutse-safi-madiba-ku-byo-kuba-aba-rayons-atari.html

  • Amafaranga Abanyarwanda baba mu mahanga bohereza mu Rwanda yikubye hafi kabiri mu myaka itanu – #rwanda #RwOT

    Mu mishinga myinshi yubatswe bivuye ku ishoramari ry'Abanyarwanda baba mu mahanga harimo Inn of The Lac iri ku Kiyaga cya Kivu, 'Isange Estate' na Imara Properties n'iyindi.

    Hari kandi umushinga uzwi nka Girinzu ugamije gufasha Abanyarwanda b'imbere mu gihugu n'abari mu mahanga kubona amacumbi ahendutse.

    Mu kiganiro Minisitiri w'Ububanyi n'Amahanga n'Ubutwererane, Amb. Olivier Nduhungirehe aherutse kugirana n'Abanyarwanda baba mu mahanga ku wa 14 Kanama 2026, yabashimiye uruhare bakomeza kugira mu iterambere ry'igihugu.

    Imibare ya Banki Nkuru y'u Rwanda igaragaza ko amafaranga Abanyarwanda baba mu mahanga bohereje mu gihugu yakomeje kwiyongera mu myaka itanu ishize, kuko ari nk'aho yikubye kabiri.

    BNR igaraza ko mu 2021 Abanyarwanda baba mu mahanga bohereje mu Rwanda miliyoni 379$, mu mwaka wakurikiyeho wa 2022 ahita agera kuri miliyoni 461$.

    Mu 2023, amafaranga Abanyarwanda bohereje mu gihugu yageze kuri miliyoni 505$, na ho mu mwaka wakurikiyeho agabanyukaho gato kuko yageze kuri miliyoni 502$. Mu 2025 habayeho izamuka rya 27,3% ari na ryo rinini mu mibare y'amafaranga abanyamahanga bohereza mu gihugu, agera kuri miliyoni 640$.

    Ubushakashatsi bwa FinScope bwa 2024 bugaragaza ko Abanyarwanda bakuru bangana na 65%, bohereje cyangwa bakiriye amafaranga, aho igice kinini cy'ayo mafaranga cyoherejwe imbere mu gihugu.

    Mu 2024, 3% bakiriye amafaranga avuye hanze y'u Rwanda, mu gihe 1% ari bo bayohereje hanze. Raporo igaragaza ko haba ku mafaranga yoherezwa imbere mu gihugu cyangwa hanze yacyo, umubare w'abayakira uruta uw'abayohereza.

    Uburyo butari ubwa banki ni bwo bwiganje mu kohereza amafaranga. Abagera kuri 63% bakoresheje inzira zitari iza banki, mu gihe 4%, bangana n'abantu ibihumbi 309, bakoresheje banki. Mobile Money ni yo ikoreshwa cyane mu kohereza amafaranga.

    Amafaranga yakiriwe ahanini akoreshwa mu gukemura ibibazo by'ubuzima bwa buri munsi. Mu bohererezwa amafaranga, 53% bayakoresha mu kugura ibiribwa n'imyambaro, 10% bakayakoresha mu gutangiza ubucuruzi, 9% bayashora mu kwishyura amafaranga y'ishuri, 5% bayashyira mu ishoramari naho 4% akifashishwa mu kwishyura imiti n'ibindi bijyanye n'ubuvuzi.

    Amafaranga Abanyarwanda baba mu mahanga bohereza mu Rwanda harimo ashyirwa mu ishoramari


    Source : http://igihe.com/amakuru/u-rwanda/article/amafaranga-abanyarwanda-baba-mu-mahanga-bohereza-mu-rwanda-yikubye-hafi-kabiri

  • Karongi: Akarere kazirengera umwenda wa miliyoni 23 Frw abarwayi babereyemo Ibitaro bya Kirinda – #rwanda #RwOT

    Ubu busabe bwatanzwe ku wa 18 Kanama 2026, ubwo mu Murenge wa Murambi mu Karere ka Karongi hatangizwaga icyumweru cy'Umujyanama cyahawe insanganyamatsiko igira iti 'Umuturage ku isonga, Iterambere ryihuse'.

    Miliyoni 23Frw ibi bitaro byishyuza Akarere ka Karongi akomoka ku baturage badafite ubushobozi bwo kwiyishyurira byavuye kuva mu 2019.

    Umuyobozi bw'Ibitaro bya Kirinda, Dr Byamukama Emmanuel, yavuze ko mu baturage badafite ubushobozi bwo kwiyishyurira harimo n'abo byagiye bisanga batanditse mu irangamimirere ku buryo n'uwajya kubishyurira ubwisungane mu kwivuza bitashoboka.

    Ati 'Abantu tuvura badafite ubushobozi bwo kwiyishyurira badafite n'ibyagombwa baduteza igihombo kinini cyane. Tumaze kugeza muri miliyoni 23Frw kuva mu 2019. Aya mafaranga ni menshi ku bitaro kuko yatugurira imiti dukoresha amezi abiri'.

    Dr Byamukama yavuze ko iyo umurwayi agiye kwivuza byihutirwa ahabwa imiti igenewe abakeneye ubutabazi bwihuse, bityo ko iyo agiye atayishyuye bishobora gutuma abandi bazayikenera batayibona.

    Umuyobozi w'Akarere ka Karongi wungirije ushinzwe imibereho myiza y'abaturage, Umuhoza Pascasie, yavuze ko umuturage ugeze mu bitaro aba akwiye kuvurwa, yaba afite ibyangombwa cyangwa atabifite.

    Ati 'Icyo dukwiye gufatanya n'ibitaro ni uko bikimara kwakira umurwayi bakwiye guhita baduha amakuru kugira ngo dukurikirane duhereye mu Isibo tumenye imyirondoro ye'.

    Umuhoza yavuze ko akarere kagiye gufata urutonde rw'aba baturage bavuwe kakareba imyirondoro yabo, abafite ubushobozi bakiyishyurira, abadafite ubushobozi kagashaka abafatanyabikorwa bagafasha kwishyura kugira ngo ibitaro bishobore gukomeza gutanga serivisi.

    Ati 'Mu gihe abafatanyabikorwa bataboneka, akarere kafata ku ngengo y'imari yako kakishyura ibitaro'.

    Abajyanama b'Akarere ka Karongi basanga umuti urambye w'iki kibazo ari uko buri mwaka akarere kateganya nka miliyoni 5 Frw zo guha ibitaro kugira ngo biyifashishe igihe byavuye umuturage udafite ubushobozi bwo kwiyishyurira kuko n'ubusanzwe umuturage utishoboye Leta ari yo imwishyurira ibyo akeneye.

    Perezida w'Inama Njyanama y'Akarere ka Karongi, Ngarambe Vedaste yashimye Ibitaro bya Kirinda ko byakoze ishingano yabyo yo kuvura hatitawe ku kuba abo bivura badafite ubushobozi bwo kwiyishyurira, ashimangira ko icyangombwa ari ugutabara ubuzima bw'umuntu ibindi bikaza nyuma.

    Ibitaro bya Kirinda biha serivisi abaturage barenga ibihumbi 120, biganjemo abo mu turere twa Karongi, Muhanga, Ngororero na Ruhango. Buri munsi byakira abarenga 30, abivuza bacumbikiwemo bashobora kugera kuri 146.

    Akarere ka Karongi kazirengera umwenda wa miliyoni 23 Frw abarwayi babereyemo Ibitaro bya Kirinda


    Source : http://igihe.com/amakuru/u-rwanda/article/karongi-akarere-kazirengera-umwenda-wa-miliyoni-23-frw-abarwayi-babereyemo

  • Amafaranga MTN Rwanda yinjiza yiyongereyeho 21,9%, inyungu igera kuri miliyari 17,2 Frw – #rwanda #RwOT

    Iyi sosiyete y'itumanaho yatangaje ko iri zamuka ryatewe ahanini no kwiyongera kw'abakoresha serivisi zayo zirimo guhamagara, internet na Mobile Money.

    Abafatabuguzi ba MTN Rwanda biyongereyeho 11,4% bagera kuri miliyoni 8,7, mu gihe abakoresha internet bayo buri gihe biyongereyeho 14,5% bagera kuri miliyoni 2,7. Abakoresha Mobile Money na bo biyongereyeho 14,9% bagera kuri miliyoni 6,4.

    Amafaranga MTN Rwanda yinjije muri serivisi za internet yazamutseho 14,3% agera kuri miliyari 26,7 Frw. Imikoreshereze ya internet yayo na yo yazamutseho 63,6%, bitewe n'uko abakiliya benshi bayobotse gukoresha telefone zigezweho ndetse na poromosiyo z'amapaki ya internet ahendutse.

    Amafaranga avuye muri serivisi zo guhamagara yiyongereyeho 7,1%, ahanini bitewe n'izamuka ry'abafatabuguzi ndetse n'isubiraho ry'ibiciro byo guhuza imiyoboro y'itumanaho byatangiye gukurikizwa muri Kanama 2025.

    Umuyobozi Mukuru wa MTN Rwanda, Monzer Ali, yavuze ko nubwo bishimiye umusaruro bagezeho, icy'ingenzi ari uruhare izi serivisi zigira mu mibereho y'Abanyarwanda.

    Yagize ati 'Buri telefone igezweho ihuzwa n'umuyoboro, buri rwiyemezamirimo uhembwa binyuze muri Mobile Money na buri muryango ugerwaho n'umuyoboro wacu, ni indi ntambwe igana ku Rwanda ruhujwe kurushaho, rudaheza kandi rwifashisha ikoranabuhanga.'

    Ikigo cya Mobile Money Rwanda Ltd gishamikiye kuri MTN Rwanda, na cyo cyakomeje kugira uruhare rukomeye mu musaruro w'iyi sosiyete. Amafaranga yinjije yiyongereyeho 31,3% agera kuri miliyari 90,1 Frw, bingana na 53,8% by'amafaranga yose MTN Rwanda yinjije muri serivisi zayo, avuye kuri 49,9% mu mezi atandatu ya mbere ya 2025.

    Abacuruzi bakoresha MoMo biyongereyeho 19,2% bagera ku bihumbi 682, mu gihe serivisi zirimo kohereza amafaranga no gutanga inguzanyo zazamutseho 28,1%, zigera kuri 28,4% by'amafaranga yose yinjijwe na MoMo.

    Mu rwego rwo kuzamura imibereho y'Abanyarwanda, MTN Rwanda yakomeje ibikorwa byayo bya '21 Days of Y'ello Care', aho muri Kamena 2026 yibanze ku kwagura serivisi z'ubuzima zigera kuri bose.

    Muri iyi gahunda, abakozi ba MTN Rwanda n'abafatanyabikorwa bayo bagize uruhare mu kuvugurura inyubako itangirwamo serivisi zo kwita ku babyeyi no kwagura laboratwari y'Ikigo Nderabuzima cya Kigese giherereye mu Murenge wa Rugarika, mu Karere ka Kamonyi. Iki kigo gitanga serivisi ku baturage bagera ku bihumbi 61, kikakira kandi ababyeyi bari hagati ya 50 na 60 babyara buri kwezi.

    MTN Rwanda yatangaje ko mu gice cya kabiri cya 2026 izakomeza gushora imari mu kwagura no kunoza umuyoboro wayo, guteza imbere serivisi za MoMo no gushyigikira gahunda y'u Rwanda yo kubaka ubukungu bushingiye ku ikoranabuhanga.

    Mu rwego rwo kuzamura imibereho y'Abanyarwanda, MTN Rwanda yakomeje ibikorwa byayo bya '21 Days of Y'ello Care'

    Umuyobozi Mukuru wa MTN Rwanda, Monzer Ali, yavuze ko nubwo bishimiye umusaruro bagezeho, icy'ingenzi ari uruhare izi serivisi zigira mu mibereho y'Abanyarwanda


    Source : http://igihe.com/amakuru/u-rwanda/article/amafaranga-mtn-rwanda-yinjiza-yiyongereyeho-21-9-inyungu-igera-kuri-miliyari-17

  • Ntabwo twabyirengagije- Umujyi wa Kigali ku bakoraga mu nganda zenga 'ibyuma' batakaje akazi – #rwanda #RwOT

    Mu byumweru bibiri bishize, mu Mujyi wa Kigali hafunzwe inganda 30 zakoraga inzoga zitujuje ubuziranenge, bituma abakozi 1.229 bazikoreragamo batakaza akazi. Hanafunzwe utubari 840 n'amaduka 10 acuruza inzoga (liquor store) atujuje ibisabwa.

    Umuvugizi w'Umujyi wa Kigali, Emma Claudine Ntirenganya, yagaragaje ko nubwo ibyo bikorwa byafunzwe kubera kutubahiriza ibisabwa, uzirikana ko inyuma y'iyo mibare hari abantu bari batunzwe n'ako kazi ndetse n'imiryango yabo.

    Ati 'Inyuma y'iyi mibare hari abantu. Hari ababuze umushahara. Hari abarimo kwibaza uko bazishyura ubukode bw'inzu. Hari ufite abana agomba gutunga byanze bikunze.'

    Emma Claudine yakomeje avuga ko n'abandi bakora ubucuruzi bashobora kugirwaho ingaruka n'ifungwa ry'ibi bikorwa, kuko bamwe mu bafungiwe bari abakiliya babo.

    Ati 'Rwose, iyo turimo guca akajagari, gufungira abatubahiriza ibisabwa, ntabwo twibagirwa gutekereza kuri abo bantu imibereho yabo ishobora kugirwaho ingaruka.'

    Gusa yashimangiye ko kuba igikorwa runaka gitanga akazi bidakwiye gutuma gikomeza gukora mu gihe gishobora kugira ingaruka ku buzima n'umutekano by'abaturage cyangwa kinyuranyije n'amategeko.

    Ati 'Ese uruganda rukora ibicuruzwa bishobora gushyira ubuzima bw'abantu mu kaga, ntirukwiye gufungwa kubera ko gusa rukoresha abantu 100? Ese akabari katujuje ibisabwa gakwiye gukomeza gukora kubera ko gusa hari abantu bagakoramo?'

    Umujyi uvuga ko kwemera ibyo byaba ari ugushyiraho ihame ry'uko igikorwa cyose cyangiza ubuzima cyangwa kinyuranyije n'amategeko cyakwitwaza ko gitanga akazi kugira ngo gikomeze gukora.

    Mu gusobanura uburyo Umujyi wa Kigali ugira uruhare mu guhanga imirimo, wagaragaje ko akenshi bitavuze ko ari wo uha abaturage akazi mu nzego zawo, ahubwo ko ushyiraho ibikorwaremezo n'uburyo butuma abikorera bashora imari, bakagura ibikorwa ndetse bagatanga akazi.

    Hatanzwe urugero rwa GAMICO, ifite ibikorwa by'ubucukuzi bw'amabuye y'agaciro biha akazi abantu barenga 1.500, ndetse na RAMBA Hills irimo kubakwa, aho abantu babarirwa mu magana bahabonye akazi.

    Hari kandi imirimo yo gutunganya ibishanga bitanu byo muri Kigali, imaze guha amahirwe y'akazi abantu 12.124, barimo abagore 5.213 n'abagabo 6.911. Aba barimo abakora imirimo y'amaboko, abatekinisiye, abubatsi, abahanga mu nzego zitandukanye n'abatunganya ubusitani.

    Umujyi wa Kigali uvuga ko ishoramari rimwe rishobora kubyara urundi ruhererekane rw'imirimo, kuko uwahawe akazi na we agura ibicuruzwa cyangwa serivisi ku bandi, amafaranga agakomeza kuzenguruka mu bukungu.

    Wagaragaje ko guhanga imirimo bikorwa binyuze mu korohereza inganda, amahoteli, restaurant n'ibindi bikorwa by'ubucuruzi; kubaka imihanda n'amasoko; gushyigikira ba rwiyemezamirimo; guteza imbere ubukerarugendo no korohereza ubucuruzi bwemewe gukora no gutera imbere.

    Ku rundi ruhande, Umujyi ushimangira ko guhanga imirimo bigomba kujyana no kugenzura ko ibikorwa biyihanga byubahiriza amategeko.

    Uvuga ko Leta n'inzego z'ibanze zifite inshingano yo gushyiraho ibikenewe ngo ubucuruzi butere imbere, ariko zikagira n'iyo kurinda abaturage igihe ibikorwa by'ubukungu binyuranyije n'amategeko cyangwa bishobora kubangamira ubuzima bwabo.

    Wavuze ko intego ari ukubaka ubukungu buhanga imirimo myinshi yemewe, irambye kandi iha abantu agaciro, ku buryo imirimo mishya ihangwa iba myinshi kurusha ishobora gutakara bitewe n'iyubahirizwa ry'amategeko cyangwa impinduka mu bukungu.

    Umuvugizi w'Umujyi wa Kigali, Emma Claudine Ntirenganya, yagaragaje ko inganda zikora ibyangiza abaturage zidakwiye kureberwa ngo kuko zitanga akazi


    Source : http://igihe.com/amakuru/u-rwanda/article/umujyi-wa-kigali-witeguye-ute-guhangana-n-ikibazo-cyatejwe-n-ifungwa-ry-ibyuma

  • Gakenke: Umugore yasanzwe yapfuye, umugabo we yakomeretse mu ijosi – #rwanda #RwOT

    Ibi byabaye mu ijoro rishyira kuri uyu wa Gatatu, mu Karere ka Gakenke, Umurenge wa Ruli. Abaturanyi b'aba bombi bavuga ko babanje kurwana nubwo batazi icyateye uku gushyamirana, dore ko wari umuryango utari usanzwemo amakimbirane.

    IGIHE yamenye amakuru ko mu minsi mike ishize nyakwigendera yari aherutse iwabo agiye kureba imitungo ababyeyi bazamuha, n'ubwo ntawigeze ahamya ko uku gushyamirana kwaba kwakomotse ku mitungo.

    Umuvugizi wa Polisi mu Ntara y'Amajyaruguru, CIP Ignace Ngirabakunzi mu kiganiro na IGIHE, yavuze ko iperereza ryatangiye.

    Ati 'Umugore yasanzwe yapfuye, umugabo agihumeka ariko nawe yakomeretse ku ijosi yihutanwa kwa muganga, kubera urwo rujijo inzego zibifitiye ububasfa ubu zahise zitangira iperereza kugira ngo hamenyekanye icyaba cyateye uru rupfu.'

    CIP Ngirabakunzi yaboneyeho kwibutsa abaturage kwirinda amakimbirane yose ashobora kubyara urugomo rushobora gutera urupfu, abasaba kujya begera ubuyobozi bukabafasha kuyakemura.

    Umurambo wa nyakwigendera wajyanwe mu bitaro bya Ruli gukorerwa isuzumwa mbere y'uko ushyingurwa, mu gihe n'umugabo we ariho arembeye.


    Source : http://igihe.com/amakuru/u-rwanda/article/gakenke-umugore-yasanzwe-yapfuye-umugabo-we-yakomeretse-mu-ijosi

  • U Rwanda rushaka imashini zizifashishwa mu buhinzi bubungabunga ubutaka – #rwanda #RwOT

    Muri iki gihembwe cy'ihinga cya 2027 A mu Rwanda hose hateganyijwe guhinga ubuso bungana na hegitari ibihumbi 765.

    Hegitari ibihumbi 100 zizahingwa mu buryo bubungabunga ubutaka nka bumwe mu buryo Leta yabonye bwafasha abahinzi benshi kongera umusaruro.

    Ubu buhinzi uburyo bukorwamo, umuhinzi acukura umwobo agashyiramo ifumbire ubundi agateramo ibigori cyangwa ibishyimbo, agasasira umurima we adakoresheje isuka ngo arime nk'uko byari bisanzwe. Ibi bituma iyo haguye imvura ibasha kuguma mu butaka bigafasha cya gihingwa kwera neza kandi kigifite amazi.

    Nubwo ubu buryo ari bwiza byagaragaye ko nta mashini zihari zo kwifashisha ku bantu basanzwe bahinga ku buso bugari ku buryo bazifashisha batera imyaka.

    Umuyobozi Mukuru w'Agateganyo wa RAB, Dr. Florence Uwamahoro, kuri uyu wa Kabiri ubwo yitabiraga inama yaguye igamije kurebera hamwe imyiteguro y'igihembwe cy'ihinga cya 2027 A no gufata ingamba zafasha abaturage kwihaza mu biribwa mu Ntara y'Iburasirazuba, yatangaje ko bari gushakisha imashini zakwifashishwa muri ubu buhinzi bushya.

    Ati 'Turi gukorana n'abafatanyabikorwa batandukanye kugira ngo tubone imashini zikoreshwa mu buhinzi bubungabunga ubutaka hari nk'ahantu bagiye bazifite nka RICA n'ahandi ariko turashaka ko abantu bose batanga serivisi zo guhinga bakoresheje imashini baba bazifite zishobora kwifashishwa ku buso bunini.''

    Muri iki gihembwe cy'ihinga cya 2027 A, u Rwanda ruzashyira imbaraga mu buhinzi bubungabunga ubutaka ndetse n'ubuhinzi bukorerwa mu byanya byatoranyijwe bya FOBASI aho byitezwe ko umusaruro uzahava uzikuba kabiri ku musaruro wari usanzwe uhaboneka.

    Biteganyijwe ko nka FOBASI ubuso bungana na hegitari ibihumbi 246 aribwo buzahingwaho, ubugera kuri hegitari ibihumbi 100 bwitabweho by'umwihariko. Ni mu gihe ubuso bubungabunga ubutaka bwo buzakorerwa kuri hegitari ibihumbi 100.

    FOBASI ni gahunda ya Leta y'u Rwanda igamije guteza imbere ahantu hava umusaruro mwinshi, abahakorera ubuhinzi bakubakirwa ubushobozi mu buryo bw'ubumenyi n'amafaranga, bagahabwa inyongeramusaruro hakiri kare n'ibindi bifasha guteza imbere ubuhinzi.

    Iyi gahunda ikorerwa ku buso buto bwa hegitari eshanu bugenzurwa n'amatsinda mato y'abaturage.


    Source : http://igihe.com/amakuru/u-rwanda/article/u-rwanda-rushaka-imashini-zizifashishwa-mu-buhinzi-bubungabunga-ubutaka

  • Ibyo turwanya ni ibyo abantu bakoreramo iyo bamaze gushira akanyota- ACP Rutikanga ku tubyiniro – #rwanda #RwOT

    Yabigarutseho mu kiganiro yagiranye na Televiziyo y'Igihugu cyagarukaga ku biri gukorwa mu kurwanya ibyangiza Abanyarwanda, by'umwihariko inzoga zitjuje ubuziranenge.

    Ni nyuma y'uko Polisi y'u Rwanda yari iherutse kugaragaza ko kurwanya inzoga zitemewe bizanajyana no kurwanya ubundi burara n'ubuzererezi bijyana no kuzinywa, kugira ngo hubakwe umuryango utekanye.

    Polisi iherutse kugaragaza ko kuva hatangira gushyirwa ingufu nyinshi mu kurwanya ibinyobwa bitujuje ubuziranenge no kubikura mu baturage, mu byumweru bibiri gusa ibyaha byo gukubita no gukomeretsa mu baturage byagabanyutseho 50%.

    ACP Rutikanga yagaragaje ko uko kugabanyuka kw'ibyaha kuri kongera ituze mu baturage muri rusange, ndetse agaragaza ko ubundi ibinyobwa bitujuje ubuziranenge n'ibiyobyabwenge ari yo ntandaro nini y'uburara n'urugomo.

    Ati 'Byose ubundi byaje mu mujyo wo kurwanya ubuzererezi n'ubusinzi. Aho tubibona mu kazi kacu ka buri munsi rwose ntabwo biba umuntu ataranywa. Nubwo urubyiruko ari rwo
    rubivugwamo cyane, ariko hari n'ibyo n'abandi bantu bakuru iyo bamaze kunywa bakora ariko batakora batanyoye.'

    Yasobanuye ko aho ikibazo gishingiye ari ku businzi, ndetse agaragaza ko imyidagaduro no kwishimisha bihuza abantu bitahagaritswe, ahubwo icyitabwaho ari ibikorwa bishamikiye ku businzi bibera aho hantu.

    Nko kuri 'house parties', by'umwihariko, yagaragaje ko igihe umuntu yumva ashaka gutumira abantu bari buhurire mu birori iwe cyangwa ahandi hakodeshejwe nta cyo bitwaye, ariko akwiye kumenyesha ubuyobozi bumwegereye n'abaturanyi, ndetse akirinda kurenza amasaha yagenewe.

    Ikindi abantu bari muri ibyo birori bagomba kwitondera ni ibinyobwa bitemewe no kudasinda kuko bishobora guteza umutekano muke nijoro kandi iyo bigeze aho ni bwo inzego zibizamo kandi baba bagomba kubihanirwa.

    Agaruka ku nzu z'utubyiniro n'ibindi bijyanye n'imyidagaduro, yavuze ko bitabujijwe, ariko ko ibisabwa n'ubundi hose bijya gusa.

    Ati 'Kujya kubyina rwose biremewe. Ibya 'night clubs', guterana, ibitaramo n'ibindi ntabwo bibujiwe. Ibyo turwanya ni ibyo abantu bakoreramo iyo bamaze gushira akanyota, ni cyo kibazo dufite. Ibyo bakoreramo ni bya bindi bakora bamaze kunywa ibyo biyobyabwenge, na nyuma yo kunywa ibyo biyoga.'

    ACP Rutikanga yasabye urubyiruko ko mu gihe rwubahirije aya mabwiriza, kwishimisha mu myidagaduro rushobora kubiikora kandi bikaba yemewe kuko nta kibazo kiindi biba iri buteze.

    Umuvugizi wa Polisi y'Igihugu, ACP Rutikanga Boniface yasobanuye uko imyidagaduro inyuranye nka 'night clubs' itabujijwe


    Source : http://igihe.com/amakuru/u-rwanda/article/ibyo-turwanya-ni-ibyo-abantu-bakoreramo-iyo-bamaze-gushira-akanyota-acp

  • Karongi: Umwana w'imyaka itandatu yarohamye mu mugezi agiye kuvoma arapfa – #rwanda #RwOT

    Byabereye mu Mudugudu wa Rwungo, Akagari ka Rwungo Umurenge wa Rugabano mu Karere ka Karongi ku wa 18 Kanama 2026.

    Saa saba z'amanywa ni bwo uyu mwana yafashe ikivomesho akurikira abari bagiye kuvoma amazi yo kubakisha inzu ababyeyi be bubakaga agezeyo agwamo ahita apfa.

    Umunyabanga Nshingwabikorwa w'Umurenge wa Rugabano, Kuzabaganwa Vedaste yabwiye IGIHE ko amakuru y'uko byagenze yatangajwe n'umwana w'imyaka itanu bari bajyanye kuvoma wasubiye mu rugo atabaza, abaturage bagera kuri uyu mugezi bagasanga uwarohamye yamaze gushiramo umwuka.

    Ati 'Umwana yahise akurwa aho yarohamye ubu ari mu rugo. Ubutumwa dutanga ni uguhoza ijisho kubana babo babarinda abana ikintu cyose cyateza impanuka'.

    Gitifu Kuzabaganwa avuga ko agace iyi mpanuka yabereyemo nta kibazo cy'amazi meza gihari kuko hari amavomo rusange ahubwo impamvu aba baturage bavomaga umugezi wa Rwamakoma ari uko bashakaga ayo kubakisha.

    Mu karere ka Karongi umwana w’imyaka 6 yarohamye mu mugezi agiye kuvoma


    Source : http://igihe.com/amakuru/u-rwanda/article/karongi-umwana-w-imyaka-itandatu-yarohamye-mu-mugezi-agiye-kuvoma-arapfa