Author: webrwanda

  • Abarenga miliyoni 7 bamaze gufotorerwa Indangamuntu Koranabuhanga – #rwanda #RwOT

    NIDA yagaragaje ko ubu abantu barenga miliyoni 8 bamaze kubarurwa muri bo abarenga miliyoni 7 bakaba bamaze gufotorwa nk'uko The New Times yabitangaje.

    Umuyobozi Mukuru wa NIDA, Mukesha Josephine yavuze ko ibikorwa byo kubarura no gufotora abaturage ubu bikomereje mu Ntara y'Amajyaruguru n'iy'Iburengerazuba.

    Ati 'Turimo gusoza ibikorwa mu Ntara y'Amajyaruguru n'iy'Iburengerazuba. Abakozi bacu ari i Gakenke, Karongi, Gicumbi, Rutsiro, kandi ku wa Kabiri turakomereza i Rulindo.'

    Mukesha yavuze ko intego ari uko Indangamuntu zisanzweho zizareka gukoreshwa muri Kamena 2027 abaturage barenga miliyoni 14 baramaze gufotorwa.

    Yagaragaje ko ariko imwe mu mbogamizi zituma abaturage batitabira iki gikorwa ku gihe ari imyirondoro ituzuye, cyane cyane ku bana batarandikishwa mu bitabo by'irangamimerere, cyangwa amakuru yabo arimo amakosa.

    Yaboneyeho gusaba ababyeyi batandikishije abana babo kwihutira kubikorera ku mirenge mbere y'uko kubafotora bitangira kugira ngo byihutishe iki gikorwa kandi ko bashobora no gukoresha Irembo kugira ngo barebe kandi bakosore amakuru yabo, harimo amatariki y'amavuko.

    Ibi bikorwa byatangiriye mu Ntara y'Amajyepfo mu Ukwakira 2025, nyuma bigenda bikomereza mu bice bitandukanye by'Igihugu.

    Mu mujyi wa Kigali gufotora abaturage byari byararangiye uwacikanwe bimusaba kujya mu ntara ariko NIDA yafunguye Stand ahari kubera Imurikagurisha Mpuzamahanga i Gikondo mu rwego rwo kuvuna amaguru Abanyakigali bacikanwe.

    Leta igaragaza ko Indangamuntu koranabuhanga izafasha abaturage mu koroshya itangwa rya serivisi, kubaha uburenganzira bwo kugenzura no gucunga amakuru yabo bwite kuko aho bikenewe bazajya batanga akenewe gusa bitandukanye n'uko ubu bigenda kuko umuntu atanga indangamuntu ye irimo byose.

    Abarenga miliyoni zirindwi bamaze gufotorerwa Indangamuntu Koranabuhanga


    Source : http://igihe.com/amakuru/u-rwanda/article/abarenga-miliyoni-7-bamaze-gufotorerwa-indangamuntu-koranabuhanga

  • Abarenga miliyoni 7 bamaze gufotorerwa Indangamuntu Koranabuhanga – #rwanda #RwOT

    NIDA yagaragaje ko ubu abantu barenga miliyoni 8 bamaze kubarurwa muri bo abarenga miliyoni 7 bakaba bamaze gufotorwa nk'uko The New Times yabitangaje.

    Umuyobozi Mukuru wa NIDA, Mukesha Josephine yavuze ko ibikorwa byo kubarura no gufotora abaturage ubu bikomereje mu Ntara y'Amajyaruguru n'iy'Iburengerazuba.

    Ati 'Turimo gusoza ibikorwa mu Ntara y'Amajyaruguru n'iy'Iburengerazuba. Abakozi bacu ari i Gakenke, Karongi, Gicumbi, Rutsiro, kandi ku wa Kabiri turakomereza i Rulindo.'

    Mukesha yavuze ko intego ari uko Indangamuntu zisanzweho zizareka gukoreshwa muri Kamena 2027 abaturage barenga miliyoni 14 baramaze gufotorwa.

    Yagaragaje ko ariko imwe mu mbogamizi zituma abaturage batitabira iki gikorwa ku gihe ari imyirondoro ituzuye, cyane cyane ku bana batarandikishwa mu bitabo by'irangamimerere, cyangwa amakuru yabo arimo amakosa.

    Yaboneyeho gusaba ababyeyi batandikishije abana babo kwihutira kubikorera ku mirenge mbere y'uko kubafotora bitangira kugira ngo byihutishe iki gikorwa kandi ko bashobora no gukoresha Irembo kugira ngo barebe kandi bakosore amakuru yabo, harimo amatariki y'amavuko.

    Ibi bikorwa byatangiriye mu Ntara y'Amajyepfo mu Ukwakira 2025, nyuma bigenda bikomereza mu bice bitandukanye by'Igihugu.

    Mu mujyi wa Kigali gufotora abaturage byari byararangiye uwacikanwe bimusaba kujya mu ntara ariko NIDA yafunguye Stand ahari kubera Imurikagurisha Mpuzamahanga i Gikondo mu rwego rwo kuvuna amaguru Abanyakigali bacikanwe.

    Leta igaragaza ko Indangamuntu koranabuhanga izafasha abaturage mu koroshya itangwa rya serivisi, kubaha uburenganzira bwo kugenzura no gucunga amakuru yabo bwite kuko aho bikenewe bazajya batanga akenewe gusa bitandukanye n'uko ubu bigenda kuko umuntu atanga indangamuntu ye irimo byose.

    Abarenga miliyoni zirindwi bamaze gufotorerwa Indangamuntu Koranabuhanga


    Source : http://igihe.com/amakuru/u-rwanda/article/abarenga-miliyoni-7-bamaze-gufotorerwa-indangamuntu-koranabuhanga

  • Ayo marangamutima yanyu si yo yantwara muri RIB – Shizzo #rwanda #RwOT

    Umuraperi Shizzo, wari umaze iminsi ari mu nkubiri y’amakimbirane n’abafana ba Rayon Sports, yatangaje ko ameze nyuma y’amakuru yari amaze iminsi acicikana avuga ko yatawe muri yombi n’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB) ariko ashimangira ko ibyiriwe ku mbuga nkoranyambaga atari byo byatuma afungwa.
    Kuva ejo mu gitondo, Konti ye ya Instagram ntabwo yari iriho ndetse hatangira kuvugwa ko yaba yafunzwe azira amagambo yatangaje ku bafana ba Rayon Sports aho yabise injiji.

    Mu butumwa yacishije ku rukuta rwe rwa Instagram, Shizzo yatangaje ko kugeza ubu ari mu rugo kandi ameze neza, ashimira RIB n’abandi bagize uruhare mu byamubayeho, avuga ko bamweretse inzira nyayo.

    Ati 'Ndi mu rugo meze neza. Ndashimira RIB n’abandi bagize uruhare mu kutwereka inzira nyayo. Nta birenze. Mugire umugisha mwese naho abo bakwirakwiza ibinyoma mubasengere.'

    Yakomeje avuga ko ibyatumye ajya kuri RIB ntaho bihuriye n’ibyo by’abafana ba Rayon Sports, ababivuze bashakaga gukomeza kumusebya.

    Ati “Ntabwo impamvu yanjyana kureba boss mukuru hariya ari ayo marangamutima yanyu n’amakipe mufana. Hari indi mpamvu nari hariya igice cy’umunsi itandukanye na Rayon na APR FC ariko kuko abarayon nababwiyeko muri amadage buriya mwiriwe mu mwishima ngo barakijyanye.”

    Gusa ubu butumwa akaba bwose yahise abusiba kuri Konti ye ya Instagram nubwo benshi bari bamaze kubufata mu buryo bwa ‘Screenshot.’

    Amakuru yo gufatwa kwa Shizzo yari yatangiye gukwirakwira nyuma y’imvugo zikarishye yagiranye n’abafana ba Rayon Sports, ubwo yageraga ku mbuga nkoranyambaga atabara umugore we, Kayitesi Yvonne uzwi nka Tessy.

    Amakimbirane yatangiye nyuma y’uko Tessy, mu kiganiro kuri YouTube, yavuze ko bamwe mu bafana ba Rayon Sports badafite ubusirimu nk’ubwa bagenzi babo bafana APR FC. Aya magambo yakurikiwe n’ibitero bikomeye kuri we ku mbuga nkoranyambaga, bituma aza gusaba imbabazi avuga ko atari agamije gusuzugura abakunzi b’iyi kipe.

    Shizzo na we yahise asubiza abibasiye umugore we, avuga ko bamwe mu bafana ba Rayon Sports atari abasirimu gusa, ahubwo ko ari n’injiji. Ibi byakomeje kongera umwuka mubi hagati ye n’abafana b’iyi kipe.

    Nyuma yaje gutangaza ko na we yakwiye gusabwa imbabazi kubera uburyo yababajwe n’ibyamubayeho, mbere y’uko asubira ku mbuga nkoranyambaga asaba imbabazi.

    Uretse kuba Shizzo yatangaje ko yarekuwe, konti ye ya Instagram na yo yongeye kuboneka, nyuma y’uko yari imaze igihe itagaragara.

    Shizzo yavuze ko ibyamutwaye kuri RIB bitandukanye n’ibyo abantu bakekaga

    Source : http://isimbi.rw/ayo-marangamutima-yanyu-si-yo-yantwara-muri-rib-shizzo.html

  • Impamvu rutahizamu wa APR FC Amani Michel yasutse amarira (AMAFOTO) #rwanda #RwOT

    Benshi baraye batunguwe no kubona rutahizamu wa APR FC, Amani Michel atsinda igitego aho kukishimira ahubwo akarira.

    Hari mu mukino wa gicuti ikipe ye yaraye itsinzemo Al Merreikh SC 3-0, Amani Kouadiokan Michel Breygeneve watsinze igitego cya mbere ku mupira mwiza yari ahawe na Mamadou Traore.

    Ubwo yari atsinze igitego, arimo kukishimira amarira yashotse abari muri Stade bibaza uko bigenze, impamvu itumye arira niba hari ikibazo afite cyangwa se niba ari ibyishimo.

    Mu makuru ISIMBI yagerageje gushaka, yamenye ko Amani Michel w’imyaka 27 ukina asatira anyuze ku ruhande rw’ibumoso, atari mu bihe byiza muri iyi minsi itambutse.

    Si ikindi kibazo ahubwo ni uko yabonaga imikino ibaye myinshi atarabasha gutsindira APR FC, kikaba cyari igitego cye cya mbere yari atsinze.

    Ikindi ni uko uyu mukinnyi ukomoka muri Côte d’Ivoire, yabonaga arimo agenda atakaza umwanya mu ikipe ya mbere bikamuhangayikisha kurushaho.

    Yasaga n’uwamaze gushyirwa mu ikipe ya kabiri guhera ku mukino batsinzemo Etincelles FC 2-1, Talib Abderrahman yabanjemo ikipe ya kabiri na we amubanzamo, ku mukino wa Mathare United abanzamo ikipe ye ya mbere Amani Michel abanza ku ntebe y’abasimbura, umukino wa Sunrise FC ibatsinda 1-0 yabanjemo ikipe ya kabiri ari yo Michel yari arimo.

    Ejo hashize kuri Al Merreikh SC yabanjemo ikipe afata nk’iya mbere maze Amani Michel yisangamo.

    Amani Michel wabonaga arimo kujya mu cyiciro avuga konatabarizwamo kuko ikipe yamuzaniye gutsinda ntatsinde, nyuma yo gutsinda igitego cye cya mbere byamurenze, yibuka ibyo byose niko gusuka amarira kuko igitutu gisa n’ikimugabanutseho.

    Ubwo yari atsinze igitego, amarira yashotse

    Byamurenze asuka amarira

    Source : http://isimbi.rw/impamvu-rutahizamu-wa-apr-fc-amani-michel-yasutse-amarira-amafoto.html

  • Ndabizi ko umugabo uzanshaka azaba arongoye neza – Mutako Sonia #rwanda #RwOT

    Umukinnyi wa filime, Mutako Sonia, yatangaje ko yizeye ko umugabo uzamushaka azaba abonye amahirwe adasanzwe yo kurongora umugore mwiza kandi witeguye kubaka rugakomera.

    Mu kiganiro yagiranye na ISIMBI, Mutako yavuze ko kuba yaranyuze mu mubano w’urukundo n’abasore batandukanye, barimo na se w’umwana we, byamufashije kumenya byinshi ku bijyanye n’imibanire y’abashakanye ndetse n’iby’urugo.

    Ati “Ndabizi ko umugabo uzanshaka azaba arongoye umugore mwiza, nubwo atumva ikinyarwanda; yego nta muntu wiha amanota ariko ndabyizeye kuko kwihangana narakugize kuko urumva nagize abasore nka batatu twabanje gukundanaho harimo na papa w’umwana wanjye Rero ntekereza ko nta kintu ntazi mu bijyanye n’urugo.”

    Uyu mubyeyi w’umwana umwe kandi yanavuze ko abashakanye bakwiye kubana nk’inshuti kandi bakagira ubwumvikane ku nshingano zabo. Ku bwe, umugabo ni umuntu umugore agomba kumvira no guca bugufi imbere ye, kuko ari we babana umunsi ku wundi.

    Ati 'Ntekereza ko niba umugabo mwarasezeranye aba ari inshuti yawe, ari na papa wawe nubwo baba bahari, kuko nubundi ni we mubana umunsi ku wundi kandi inshingano z’umugore ni ukumvira no gucira bugufi umugabo.'

    Uyu mukinnyi wa filime yavuze kandi ko ubwumvikane ku mwuga n’imibereho y’abashakanye ari ingenzi mu kwirinda amakimbirane ashobora kugeza ku gutandukana.

    Yatanze urugero ku mwuga we, avuga ko umugabo we azaba agomba gusobanukirwa ibisabwa n’akazi ko gukina filime, kuko hari igihe gashobora kumusaba kumara iminsi cyangwa igihe kirekire hanze y’urugo.

    Ibi Sonia yabivuze mu gihe nta masaha 24 anyuzeho Urwego rw’Ubucamanza rutangaje ko inkiko zo mu Rwanda zakiriye imanza 3,620 zisaba ubutane bwa burundu mu mezi atandatu ya mbere ya 2026.

    Sonia Mutako yavuze ko uzamushaka azaba ashatse umugore mwiza

    Source : http://isimbi.rw/ndabizi-ko-umugabo-uzanshaka-azaba-arongoye-neza-mutako-sonia.html

  • Ni ikihe gihugu kizigerekaho umuvumo wa FDLR ikwirakwiza ingengabitekerezo ya Jenoside? – #rwanda #RwOT

    RDC imaze iminsi ivuga ko yagiranye ibiganiro n'umutwe w'iterabwoba wa FDLR ngo urambike intwaro hasi ariko banze gusubizwa mu Rwanda. Kugeza ubu, Kinshasa ntiratangaza izina ry'icyo gihugu.

    Kuba icyo gihugu cyaragizwe ibanga bituma hibazwa igihugu cyiteguye kwakira abantu bateje ikibazo cy'umutekano kimaze imyaka irenga 30 mu karere k'Ibiyaga Bigari.

    FDLR, umutwe w'iterabwoba washinze imizi mu Burasirazuba bwa RDC, uteje akaga gakomeye mu Karere k'Ibiyaga Bigari aho u Rwanda ruherereye. Mu myaka myinshi ishize, umuryango mpuzamahanga wagiye upfobya uburemere bw'ikibazo FDLR iteye u Rwanda, abasivili bo muri Congo ndetse n'umutekano w'akarere.

    Uyu mutwe washinzwe na bamwe mu bari mu ngabo za Ex-FAR n'Interahamwe zakoze Jenoside yakorewe Abatutsi igahitana abarenga miliyoni mu minsi 100.

    Bakongeje mu Burasirazuba bwa RDC ingengabitekerezo y'urwango n'ubugizi bwa nabi, zagize uruhare mu gukomeza ihohoterwa ryibasiye icyo gice cy'igihugu.

    Amasezerano ya Washington yashyizweho umukono mu Ukuboza 2025 asaba ko gahunda yo gusenya FDLR yihutishwa. Nyuma ariko RDC yatangaje kandi igeza ku bihugu byinshi igitekerezo cyo kuba FDLR yakwamburwa intwaro ku bushake, ariko u Rwanda rubyamaganira kure kuko binyuranyije n'amasezerano ibihugu byasinyiye i Washington.

    Minisitiri wa Congo ushinzwe Ubufatanye mu Karere, Floribert Anzuluni, yavuze ko ibiganiro n'igihugu gishobora kwakira abo muri FDLR bamaze kwamburwa intwaro bigeze kure.

    Anzuluni yabwiye RFI ati 'Hari igihugu kimwe cyamaze gutanga uburenganzira bwacyo.' Yongeyeho ko Kinshasa izatangaza icyo gihugu ku mugaragaro vuba.

    RDC mu buryo busa no kwiyeruruta ivuga ko abagize FDLR bazabanza kurambika intwaro, abazemera gusubira mu Rwanda bazacyurwa, naho abatazashaka cyangwa abatazashobora gusubirayo bagahabwa amahirwe yo kwimurirwa mu gihugu kimwe cyangwa byinshi.

    Ariko igihugu icyo ari cyo cyose cyakwemera kwakira abagize FDLR gisabwa kubanza gusuzuma neza amateka y'abantu kigiye kwakira.

    FDLR ntabwo ari itsinda risanzwe ry'impunzi rishaka aho gutura. Ntabwo kandi ari abasirikare b'abanyamahanga bageze mu zabukuru basanzwe bakorera mu mashyamba ya Congo. Amateka yayo ntashobora gutandukanywa n'uruhare bamwe mu bayigize bagize muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda mu 1994.

    Ibikorwa by'iterabwoba bya FDLR mu myaka itandukanye byagize ingaruka ku bice by'Iburengerazuba n'Amajyaruguru. Uburasirazuba bwa RDC bwahindutse indiri ya FDLR, aho ishakira abarwanyi bashya bakoreshwa mu ntambara FARDC ihanganyemo na AFC/M23 no mu bikorwa byibasira abasivili.

    Akanama ka Loni gashinzwe umutekano katangaje ko FDLR yakoze ibikorwa bikomeye byo kurenga ku mategeko mpuzamahanga, birimo ubwicanyi burenga 600, gukomeretsa abantu, ihohoterwa rishingiye ku gitsina no gukura abaturage mu byabo ku gahato, aho abagore n'abana bari mu bibasiwe.

    U Rwanda rumaze igihe rugaragaje ko umutwe w'iterabwoba, uyobowe n'ingengabitekerezo ya Jenoside udakwiye guhabwa umwanya w'ibiganiro.

    Igihugu kizakira abagize uyu mutwe gikwiye kwibaza niba hazababo gusenya FDLR nk'umutwe witwaje intwaro ufite n'ingengabitekerezo Jenoside, cyangwa niba kizaba kiyihaye urundi rubuga rwo gukomeza gukwirakwiza ingengabitekerezo yayo, urugomo n'urwango nk'uko byagenze mu Burasirazuba bw'u Rwanda no muri RDC.

    Abasesenguzi bemeza ko niba igihugu kizakira abo bantu koko cyiyemeje guteza imbere amahoro, kwakira FDLR ntibikwiye gusimbura gahunda yo kuyisenya. Ahubwo kigomba gukemura no gusenya inzego zatumye ingengabitekerezo yayo ikomeza kubaho.

    Igihugu kizakira abo muri FDLR ni cyo kizagaragaza niba iki gikorwa kizaba gisoje ikibazo cy'umutekano kimaze imyaka irenga 30, cyangwa niba ikibazo kizaba gihinduye isura, kikaba kigomba kwibaza niba cyiteguye kwikorera uyu mutwaro.

    Raporo y'impuguke za Loni yo muri Nyakanga 2026, ivuga ko mibare y'abarwanyi, igaragaza ko FDLR yivugira ko ifite abarwanyi barenga 10.000, kandi ko hafi kimwe cya kabiri cyabo ari bo bakora ibikorwa bya gisirikare bihoraho. Ishami rya FDLR-CRAP ryo ryavuze ko rifite abarwanyi barenga 20.000.

    Ariko raporo igaragaza ko iyo mibare atari yo yizewe. Loni n'inzego z'ubutasi zigereranya ko FDLR yose ifite abarwanyi hagati ya 3.500 na 4.500. Amasezerano ya Washington yo yagereranyaga FDLR hagati ya 3.000 na 3.500.

    Abasesenguzi bemeje ko igihugu kizakira abarwanyi ba FDLR kigomba kwibaza ku muvumo w’ingengabitekerezo ya Jenoside bagendana


    Source : http://igihe.com/amakuru/u-rwanda/article/ni-ikihe-gihugu-kizigerekaho-umuvumo-wa-fdlr-ikwirakwiza-ingengabitekerezo-ya

  • Abantu 59 bashaka guhatanira gusimbura Depite Icyitegetse weguye – #rwanda #RwOT

    Ni urutonde rwashyizwe hanze ku wa 17 Kanama 2026, ruriho amazina n'ibyangombwa abo bantu batanze.

    Umukandida ku mwanya w'umudepite asabwa kuba ari Umunyarwanda ufite nibura imyaka 21 y'amavuko kandi atarengeje 30; ari inyangamugayo; adafite inzitizi zituma atandikwa ku ilisiti y'itora.

    Kandidatire igaherekezwa n'inyandiko itanga kandidatire igaragaza amazina ye yose ahwanye n'ari ku ikarita ndangamuntu; umwirondoro ugaragaza umurimo akora, aho yavukiye, itariki y'amavuko n'aho aba; kopi y'ikarita ndangamuntu ye; icyemezo cy'amavuko gitangwa n'urwego rubifitiye ububasha; icyemezo cy'imyitwarire myiza gitangwa n'urwego rubifitiye ububasha; amafoto abiri magufi y'amabara.

    Mu bindi byasabwaga harimo icyemezo kigaragaza ko umuntu yakatiwe cyangwa atakatiwe n'inkiko kitarengeje igihe, gitangwa n'urwego rubifitiye ububasha; icyemezo cya muganga wemewe; inyandiko ye yashyizeho umukono cyangwa igikumwe yemeza ko inyandiko yasabwe kandi yatanze ari ukuri.

    Urutonde rwashyizwe hanze rwanditseho ko ari abakandida bemejwe by'agateganyo ariko hariho abantu babiri bigaragara ko bavuze mu 1994 na 1995 bigaragara ko barengeje imyaka 30.

    Harimo kandi abantu bagiye bafite bimwe mu byangombwa batujuje muri kandidatire zabo.

    Icyitegetse wari umudepite mu Nteko Ishinga Amategeko y'u Rwanda, yeguye kubera imyitwarire itari myiza nubwo hatasobanuwe mu buryo burambuye ibyo yakoze.

    ABAKANDIDA BEMEJWE BY'AGATEGANYO MU MATORA YO GUSIMBURA UWARI UMUDEPITE UHAGARARIYE URUBYIRUKO
    MU NTEKO ISHINGA AMATEGEKO pic.twitter.com/KpkystsTuv

    — National Electoral Commission | Rwanda (@RwandaElections) August 17, 2026

    Izindi nkuru bifitanye isano:

    Depite Icyitegetse weguye agiye gusimbuzwa

    Iyo umudepite yeguye mu Rwanda hakurikiraho iki?

    Umudepite ugiye gutorwa agaharariye urubyiruko


    Source : http://igihe.com/amakuru/u-rwanda/article/abantu-59-bashaka-guhatanira-gusimbura-depite-icyitegetse-weguye

  • Amasabune akora mu mavuta yatekeshejwe amwinjiriza miliyoni 24 Frw ku mwaka – #rwanda #RwOT

    Turatsinze ni umugore ufite umugabo n'abana batanu. Umwuga wo gukora amasabune yawutangiye mu 2018, ariko mbere yakoraga 15 ku munsi kuko ahanini ibyo yakoreshaga kubibona byabaga ari ingorabahizi.

    Mu rwego rwo gukemura izi mbogamkizi yahuraga na zo yigiriye inama yo kujya yaka amavuta yatekeshejwe mu mahoteli kugira ngo yongere umusaruro w'amasabune yakoraga.

    Ibi yabikoze igihe kinini, ariko amwe mu mahoteli akamwishyuza amafaranga menshi gusa agaragaza ko Park Inn by Radisson Kigali yo yahisemo kuyamuhera ubuntu mu rwego rwo kumushyigikira no kumufasha kwiteza imbere.

    Turatsinze yabwiye IGIHE ko nyuma yo gukorana na Park Inn Hotel by Radisson Kigali, umusaruro wiyongereye uva ku gukora amasabune 15 agera ku 180.

    Ati 'Park Inn yampaye amavuta yo gukoresha amasabune kandi ku buntu rwose ntacyo nyishyura. Kuri ubu nkora amasabune 180 ku munsi nifashishije litiro 200 mba nahawe na bo kandi nakubwira ko mu kwezi nizigamira ni bura ibihumbi 300Frw.'

    Turatsinze yagaragaje ko nyuma y'uko afashijwe na Park Inn by Radisson Kigali, hari byinshi byahindutse birimo no kuba yarabashije kwigurira inzu yo guturamo we n'umuryango we, umwana we akaba yarasubiye mu ishuri, agaragaza ko n'imibereho yagiye ihinduka.

    Yashimangiye ko intego afite mu myaka itanu ari uko azaba yaraguze imashini imufasha ndetse n'umusaruro uzarushaho kwiyongera.

    Umuyobozi ushinzwe Itumanaho n'Iyamamazabikorwa muri Park Inn by Radisson Kigali, Muhongerwa Witness, yavuze ko Turatsinze yabagannye ababwira ko yifuza kujya afata amavuta baba bamaze gukoresha na bo bahitamo kumufasha kujya ayabona bitamugoye.

    Yavuze ko bahisemo kumufasha kugira ngo na we yiteze imbere cyane ko na we ari umugore wari ufite ishyaka ryo gukora no kwiteza imbere.

    Muhongerwa yavuze ko nyuma yo gufasha Turatsinze bafite intego yo gukomeza gufasha n'abandi kugira ngo biteze imbere.

    Turatsinze ku munsi yinjiza ibihumbi 70 Frw akura mu bucuruzi bw’isabune akora

    Turatsinze avuga ko ari umwuga yahisemo gukora kuko awukunda ndetse yabyize

    Inkuru ya Turatsinze winjiza miliyoni 2Frw akura mu bucuruzi bw’amasabune yikorera

    Ni amasabune akora yifashishije ibirimo amavuta aba yatekeshejwe


    Source : http://igihe.com/amakuru/u-rwanda/article/amasabune-akora-mu-mavuta-yatekeshejwe-amwinjiriza-miliyoni-24-frw-ku-mwaka

  • Ibyo wamenya ku matora y'inzego z'ibanze ategerejwe – #rwanda #RwOT

    Bikubiye mu itangazo NEC yashyize hanze rigaragaza imigendekere y'aya matora muri rusange, agiye kuba ngo hotorwe abayobozi basimbura abandi batowe mu mpera za 2021.

    Ni amatora azatorwamo abayobozi kuva ku rwego rw'Umudugudu kugera ku turere, ariko harimo n'abazatorwa ku rwego rw'uturere bazaba bahagarariye inzego batorewe ku rwego rw'Igihugu.

    NEC igaragaza ko aya matora azatangirira ku rwego rw'Umudugudu, agakomeza ku Kagari, Umurenge n'Akarere, ndetse hazaba n'amatora y'inzego zihagarariye abagore, urubyiruko n'abafite ubumuga, kugeza ku rwego rw'Intara n'Umujyi wa Kigali ndetse n'abazaba bari mu Nama z'Igihugu.

    Ibikorwa by'amatora bizatangira ku wa 1 Ukwakira 2026, ubwo hazatangira igikorwa cyo gutumira no kwakira indorerezi z'amatora kugeza ku wa 22 Ukwakira.

    Hagati ya tariki ya 10 na 21 Ukwakira, NEC izakira kandidatire z'abifuza kujya mu Nama Njyanama z'Uturere naho ku wa 26 Ukwakira hazemezwa kandi hatangazwe urutonde rw'agateganyo rw'abakandida, mu gihe urutonde rwa nyuma ruzatangazwa ku wa 30 Ukwakira.

    Ku wa 24 Ukwakira ni bwo hazaba amatora ku rwego rw'Umudugudu aho zatorwa Komite Nyobozi y'Umudugudu, Umujyanama uhagarariye Umudugudu mu Nama Njyanama y'Akagari, abakandida babiri b'abagore batorwamo abajyanama bangana na 30% by'abagize Inama Njyanama y'Akagari.

    Uwo munsi kandi hazatorwa n'abagize Komite Nyobozi z'Inama z'Abagore n'Urubyiruko ku rwego rw'Umudugudu.

    Ku wa 31 Ukwakira, amatora azakomereza ku rwego rw'Akagari hatorwe Umujyanama uhagarariye Akagari mu Nama Njyanama y'Umurenge, abajyanama b'abagore bangana na 30% by'abagize Inama Njyanama y'Umurenge, abakandida babiri b'abagore bangana na 30% by'abagize Komite Nyobozi z'Inama z'Abagore.

    Hazatorwa kandi abagize komite nyobozi z'Inama z'Igihugu ku rwego rw'Akagari, abajyanama bahagarariye ibyiciro byihariye ndetse na Biro y'Inama Njyanama y'Akagari.

    Ku wa 7 Ugushyingo, amatora azakomeza ku rwego rw'Umurenge, aho hazatorwa abajyanama bahagarariye ibyiciro byihariye, Komite Nyobozi z'Inama z'Abagore, Urubyiruko n'Abafite Ubumuga.

    Hazatorwa kandi abajyanama b'abagore bangana na 30% mu bagize Inama Njyanama y'Umurenge ndetse na Biro y'Inama Njyanama y'Umurenge.

    Kuri iyo tariki ya 7 Ugushyingo kandi ni bwo hazatangira ibikorwa byo kwiyamamaza ku bakandida bahatanira imyanya mu Nama Njyanama z'Uturere.

    Ibi bikorwa bizakorwa kugeza ku wa 21 Ugushyingo 2026 bivuze ko abaziyamamariza kuyobora uturere bazagira iminsi 15 yo kwiyamamaza.

    Ku wa 14 Ugushyingo, hazatorwa abagize Komite Nyobozi z'Inama z'Abagore, Urubyiruko n'Abafite Ubumuga ku rwego rw'Uturere.

    Ku wa 17 Ugushyingo, hazatorwa abagore batanu bazaba bagize Inama Njyanama z'Uturere, mu rwego rwo kubahiriza ihame rya 30% by'abagore.

    Ku wa 21 Ugushyingo, hazatorwa abajyanama umunani rusange bazaba bagize Inama Njyanama z'Uturere maze ku wa 24 Ugushyingo hatorwe abagize Biro y'Inama Njyanama y'Akarere ndetse na Komite Nyobozi y'Akarere.
    Komite Nyobozi y'Akarere igizwe n'Umuyobozi w'Akarere n'Abayobozi b'Akarere bungirije babiri, umwe ushinzwe iterambere ry'ubukungu n'undi ushinzwe imibereho myiza y'abaturage.

    Ku wa 28 Ugushyingo, hazatorwa Komite Nyobozi z'Inama z'Abagore n'Inama y'Abafite Ubumuga ku rwego rw'Intara n'Umujyi wa Kigali naho ku wa 30 Ugushyingo 2026 hatorwe abagize izi Komite Nyobozi z'Inama z'Igihugu.

    NEC ivuga ko ku wa 15 Ukuboza 2026 ari bwo inzego z'Inama z'Igihugu zizaba zuzuye, mu gihe raporo rusange y'amatora igomba gutangwa bitarenze ku wa 30 Ukuboza 2026.

    Aba bayobozi mu nzego z'ibanze bagiye gutorwa, bagira manda y'imyaka itanu ishobora kongerwa inshuro imwe binyuze mu yandi matora.

    NEC yagaragaje uko amatora y'inzego z'ibanze azagenda


    Source : http://igihe.com/amakuru/u-rwanda/article/ibyo-wamenya-ku-matora-y-inzego-z-ibanze-ategerejwe

  • Kwihambira kuri FDLR ni Umwaku mu yindi #rwanda #RwOT

    Col (Rtd) Augustin Nshimiyimana 'Bora' wabaye muri FDLR ashinzwe ubutasi bwo hanze, yatangaje ko umutwe w'iterabwoba wa FDLR ufashwa na Leta ya Kinshasa n'u Burundi ufite umugambi wo kwikiza Abatutsi kuva mu Rwanda, u Burundi bakazakomereza muri Uganda na Somalia. Yahamije ko uyu mutwe utasenywa na FARDC kuko byivanze.

    Yabigarutseho ku wa 27 Kamena 2026, ubwo hasozwaga inama nyunguranabitekerezo ku mateka ya Jenoside yakorewe Abatutsi n'Urugamba rwo kuyihagarika, yabereye muri Intare Arena, yitabiriwe na Perezida Kagame na Madamu Jeannette Kagame, abanyamuryango ba Unity Club n'abandi bayobozi.

    Mu kiganiro uyu mugabo yatanze yavuze uko yinjiye muri FDLR n'uburyo bagiye bategura ibikorwa bigamije guhungabanya u Rwanda bagambiriye kwica Abatutsi.

    Guverinoma ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, RDC, yatangaje ko hari igihugu cyo muri Afurika cyemeye kwakira bamwe mu bagize umutwe wa FDLR, ushyigikiwe na Kinshasa kandi urimo abasize bagize uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, ndetse ukwirakwiza ingengabitekerezo ya Jenoside mu karere.

     

    RDC imaze iminsi ivuga ko yagiranye ibiganiro n'umutwe w'iterabwoba wa FDLR ngo urambike intwaro hasi ariko banze gusubizwa mu Rwanda. Kugeza ubu, Kinshasa ntiratangaza izina ry'icyo gihugu.

    Kuba icyo gihugu cyaragizwe ibanga bituma hibazwa igihugu cyiteguye kwakira abantu bateje ikibazo cy'umutekano kimaze imyaka irenga 30 mu karere k'Ibiyaga Bigari.

    FDLR, umutwe w'iterabwoba washinze imizi mu Burasirazuba bwa RDC, uteje akaga gakomeye mu Karere k'Ibiyaga Bigari aho u Rwanda ruherereye. Mu myaka myinshi ishize, umuryango mpuzamahanga wagiye upfobya uburemere bw'ikibazo FDLR iteye u Rwanda, abasivili bo muri Congo ndetse n'umutekano w'akarere.

    Uyu mutwe washinzwe na bamwe mu bari mu ngabo za Ex-FAR n'Interahamwe zakoze Jenoside yakorewe Abatutsi igahitana abarenga miliyoni mu minsi 100.

    Bakongeje mu Burasirazuba bwa RDC ingengabitekerezo y'urwango n'ubugizi bwa nabi, zagize uruhare mu gukomeza ihohoterwa ryibasiye icyo gice cy'igihugu.

    Amasezerano ya Washington yashyizweho umukono mu Ukuboza 2025 asaba ko gahunda yo gusenya FDLR yihutishwa. Nyuma ariko RDC yatangaje kandi igeza ku bihugu byinshi igitekerezo cyo kuba FDLR yakwamburwa intwaro ku bushake, ariko u Rwanda rubyamaganira kure kuko binyuranyije n'amasezerano ibihugu byasinyiye i Washington.

    Minisitiri wa Congo ushinzwe Ubufatanye mu Karere, Floribert Anzuluni, yavuze ko ibiganiro n'igihugu gishobora kwakira abo muri FDLR bamaze kwamburwa intwaro bigeze kure.

    Anzuluni yabwiye RFI ati 'Hari igihugu kimwe cyamaze gutanga uburenganzira bwacyo.' Yongeyeho ko Kinshasa izatangaza icyo gihugu ku mugaragaro vuba.

    RDC mu buryo busa no kwiyeruruta ivuga ko abagize FDLR bazabanza kurambika intwaro, abazemera gusubira mu Rwanda bazacyurwa, naho abatazashaka cyangwa abatazashobora gusubirayo bagahabwa amahirwe yo kwimurirwa mu gihugu kimwe cyangwa byinshi.

    Ariko igihugu icyo ari cyo cyose cyakwemera kwakira abagize FDLR gisabwa kubanza gusuzuma neza amateka y'abantu kigiye kwakira.

    FDLR ntabwo ari itsinda risanzwe ry'impunzi rishaka aho gutura. Ntabwo kandi ari abasirikare b'abanyamahanga bageze mu zabukuru basanzwe bakorera mu mashyamba ya Congo. Amateka yayo ntashobora gutandukanywa n'uruhare bamwe mu bayigize bagize muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda mu 1994.

    Ibikorwa by'iterabwoba bya FDLR mu myaka itandukanye byagize ingaruka ku bice by'Iburengerazuba n'Amajyaruguru. Uburasirazuba bwa RDC bwahindutse indiri ya FDLR, aho ishakira abarwanyi bashya bakoreshwa mu ntambara FARDC ihanganyemo na AFC/M23 no mu bikorwa byibasira abasivili.

    Akanama ka Loni gashinzwe umutekano katangaje ko FDLR yakoze ibikorwa bikomeye byo kurenga ku mategeko mpuzamahanga, birimo ubwicanyi burenga 600, gukomeretsa abantu, ihohoterwa rishingiye ku gitsina no gukura abaturage mu byabo ku gahato, aho abagore n'abana bari mu bibasiwe.

    U Rwanda rumaze igihe rugaragaje ko umutwe w'iterabwoba, uyobowe n'ingengabitekerezo ya Jenoside udakwiye guhabwa umwanya w'ibiganiro.

    Igihugu kizakira abagize uyu mutwe gikwiye kwibaza niba hazababo gusenya FDLR nk'umutwe witwaje intwaro ufite n'ingengabitekerezo Jenoside, cyangwa niba kizaba kiyihaye urundi rubuga rwo gukomeza gukwirakwiza ingengabitekerezo yayo, urugomo n'urwango nk'uko byagenze mu Burasirazuba bw'u Rwanda no muri RDC.

    Abasesenguzi bemeza ko niba igihugu kizakira abo bantu koko cyiyemeje guteza imbere amahoro, kwakira FDLR ntibikwiye gusimbura gahunda yo kuyisenya. Ahubwo kigomba gukemura no gusenya inzego zatumye ingengabitekerezo yayo ikomeza kubaho.

    Igihugu kizakira abo muri FDLR ni cyo kizagaragaza niba iki gikorwa kizaba gisoje ikibazo cy'umutekano kimaze imyaka irenga 30, cyangwa niba ikibazo kizaba gihinduye isura, kikaba kigomba kwibaza niba cyiteguye kwikorera uyu mutwaro.

    Raporo y'impuguke za Loni yo muri Nyakanga 2026, ivuga ko mibare y'abarwanyi, igaragaza ko FDLR yivugira ko ifite abarwanyi barenga 10.000, kandi ko hafi kimwe cya kabiri cyabo ari bo bakora ibikorwa bya gisirikare bihoraho. Ishami rya FDLR-CRAP ryo ryavuze ko rifite abarwanyi barenga 20.000.

    Ariko raporo igaragaza ko iyo mibare atari yo yizewe. Loni n'inzego z'ubutasi zigereranya ko FDLR yose ifite abarwanyi hagati ya 3.500 na 4.500. Amasezerano ya Washington yo yagereranyaga FDLR hagati ya 3.000 na 3.500.

    Abasesenguzi bemeje ko igihugu kizakira abarwanyi ba FDLR kigomba kwibaza ku muvumo w'ingengabitekerezo ya Jenoside bagendana

    Source : https://rushyashya.net/kwihambira-kuri-fdlr-ni-umwaku-mu-yindi/