
Category: Uncategorized
-
Abagabo 55% batageze mu ishuri ntibisiramuje – #rwanda #RwOT
Ni imibare ikubiye muri raporo yakozwe n'Ikigo cy'Igihugu cy'Ibarurishamibare (NISR) ku bufatanye na Minisiteri y'Ubuzima, yasohotse ku wa 30 Kamena 2026.
Igaragaza uko gusiramurwa kw'abagabo bihagaze mu Rwanda nk'imwe mu ngamba zo kwirinda indwara gukwirakwiza ubwandu bw'agakoko gatera SIDA, igihugu cyashyizemo ingufu kuva mu myaya ishize.
Ubushakashatsi bwakorewe ku bagabo 6.548 bafite imyaka iri hagati ya 15 na 59, ariko isesengura rirambuye rishingiye ku myaka, aho batuye, urwego rw'uburezi n'idini ryo ryakorewe ku bagabo 5.891 bafite imyaka kuva kuri 15-49.
Muri rusange bugaragaza ko abagabo 72% bafite imyaka kuva kuri 15 kugeza kuri 49 mu Rwanda basiramuwe mu gihe 28% ari bo badasiramuye.
Iyo ni intambwe nini yatewe kuko mu 2020 RBC yatangaje ko mu Rwanda abagabo bari barisiramuje muri rusange bari 40% bavuye kuri 29,6% mu 2015 mu gihe mu 2010 bari 13% gusa.
RDHS ya 2025 igaragaza ko abagabo batigeze biga ari bo bisiramuje ku kigero cyo hasi kuko muri bo 44,5% ari bo basiramuwe, mu gihe 55.5% batasiramuye.
Mu bize amashuri abanza, abasiramuwe ni 63,8%, mu gihe 36% batasiramuye naho abize amashuri yisumbuye basiramuwe ku gipimo cya 89,8%, abize hejuru y'amashuri yisumbuye bisiramuje bo bagera kuri 90,5%.
Ku bijyanye n'ubukungu, ubushakashatsi bugaragaza ko abagabo bo mu miryango ikennye cyane ari bo bafite igipimo cyo gusiramurwa kiri hasi.
Mu bari mu cyiciro cy'ubukungu cyo hasi cyane, 55,9% ni bo basiramuwe, mu gihe 44,1% batasiramuye. Uko ubukungu burutana iyo mibare irazamuka kuko mu bakize cyane bwasanze abasiramuye ari 86,2%.
Umujyi wa Kigali ni wo urimo abagabo benshi bisiramuje, aho abagera kuri 81,5% mu bahatuye bafite imyaka 15 kugeza kuri 49 basiramuwe.
Intara y'Iburasirazuba ikurikiraho n'igipimo cya 74,2%, Intara y'Iburengerazuba ikagira 71,2%, Intara y'Amajyepfo ifite abagabo bisiramuje 66,2%, naho Intara y'Amajyaruguru irimo abagabo 65,6% bisiramuje.
Abakiri bato ni bo basiramuwe ku bwinshi
Ubu bushakashatsi bugaragaza ko abakiri bato bafite igipimo cyo gusiramurwa kiri hejuru ugereranyije n'abakuru.
Mu bafite imyaka 15 kugeza kuri 19, abasiramuwe ni 86,3%, mu gihe abafite imyaka 20 kugeza kuri 24 ari 90%.
Ariko uko imyaka izamuka ni ko umubare w'abasiramuwe ugabanyuka kuko mu bafite imyaka 40 kugeza kuri 44, abasiramuwe ni 44%, naho mu bafite imyaka 45 kugeza kuri 49 abasiramuwe ni 41,9%.
Ku bijyanye n'amadini, ubushakashatsi bugaragaza ko abagabo b'Abayisilamu ari bo bafite igipimo cyo gusiramurwa kiri hejuru ugereranyije n'abandi kuko abagera kuri 95,7% bavuga ko basiramuwe.
Abadivantiste b'Umunsi wa karindwi ni bo bakurikiraho kuko mu bagabo bahasengera abagera kuri 75,3% bari hagati ya 15 na 49 basiramuye.Ni mu gihe abagabo b'Abaprotestant barimo abasiramuye 72,2%, naho Abagatolika basiramuye ni 69,5% mu gihe abagabo bavuga ko nta dini bafite, abasiramuwe ari 68,2%.
Ubushakashatsi ntibugaragaza impamvu zitera iri tandukaniro hagati y'ibyiciro by'abagabo basiramuye n'abadasiramuye.
Abagabo batize ni bo biganjemo abadasiramuyeSource : http://igihe.com/amakuru/u-rwanda/article/abagabo-55-batageze-mu-ishuri-ntibisiramuje
-
Wasili yinjiye bidasanzwe acokoza APR FC, Faustinho abura bitunguranye – Rayon Sports yerekanye abakinnyi #rwanda #RwOT
Rayon Sports yerekanye abakinnyi izakoresha mu mwaka w’imikino wa 2026-27 ariko mu buryo butunguranye kubera uburwayi, umunyamakuru Mugenzi Faustin (Faustinho Simbigarukago) ntabwo yagaragaye nk’umushyushyarugamba nk’uko bimaze kumenyerwa.
Uyu munsi ku wa Gatandatu tariki ya 18 Nyakanga 2026 nibwo habaye Rayon Day 2026, umunsi iyi kipe ya Rayon Sports yerekaniyeho abakinnyi izakoresha mu mwaka w’imikino wa 2026-27.
Ni Rayon Day yari yihariye aho berekanye abakinnyi ariko noneho kuri iyi nshuro ntabwo berekanye nimero bazambara.
Mu buryo bwatunguye benshi ntabwo Faustinho wagomgaga kuba MC kuri uyu munsi nk’uko bimaze kumenyerwa ntabwo yabonetse kubera uburwayi.
Yahise asimbuzwa Muhoza Maxime gusa ntabwo byamworoheye, icyuho cya Faustinho cyagaragaye, afite ukuntu ibintu yamaze kubishyira ku rundi rwego ku buryo kumusimbura bitakoroha.
Ni umunsi wabimburiwe n’umukino wa gicuti wahuje abakanyujijeho muri iyi kipe (Legends) n’ikipe ya Inyange aho warangiye amakipe yombi anganyije 3-3.
Byari bimaze kugera hafi saa 16h, hahise hakurikiraho igikorwa cyo kwerekana abakinnyi Rayon Sports y’abagore izakoresha mu mwaka w’imikino utaha.
Iki gikorwa kikaba cyayobowe na Maxime wari umushyushyarugamba kuri uyu munsi afatanyije n’umunyamakuru Ishimwe Muhayimpundu Adelaide Ida.
Nyuma y’iminota irenga 30 abantu bicaye ubona nta kintu kiba aho gushyushya abafana byari hasi cyane.
Saa 16h48′ nibwo abakunzi ba Rayon Sports bongeye gushyuha ubwo Wasili yinjiragaga aje gufatanya na Maxime.
Yinjiye mu buryo budasanzwe aho yaje mu kamodoka kakamwinjiza mu kibuga yakirwa n’abakunzi ba Rayon Sports.
Wasili uzwiho gucokoza umukeba, APR FC nabwo ntiyaripfanye..
Uyu wari wambaye imikara, yahise agira ati “Ntimukangwe n’uko nambaye imikara, hari ikipe nkuru hano mu Rwanda yambara iri bara ariko nta munsi igira, ntibagire ikibazo rero irahagarariwe.”
Uwizeyimana Sylvestre uzwi nka Wasili na Muhoza Maxime bahise bahamagara ikipe izakoreshwa mu mwaka w’imikino wa 2025-26 babereka abafana.
Dore abakinnyi Rayon Sports izakoresha na nimero bazambara
35 Dande Junior
32 Mugisha Yves
23 Drissa Kouyaté
33 Muvunyi Aime Christian
2 Alexandre Bikorimana
16 Ishimwe Elie Ganijuru
5 Nshimiyimana Emmanuel ‘Kabange’
28 Nshimimana Fabrice
3 Uwumukiza Obed
22 Nshuti Didier
19 Matumona Wakonda Kanda Abbel
18 Charles Tchouplaou
26 Tambwe Gloire
20 Nkundimana Fabio
6 Nisingingizwe Christian
4 Muderi Akbar
13 Ndayishimiye Didier
8 Ibrahim Djingarey
10 Issa Djiguiba
17 Ndikumana Asman
11 Boris Gbenou
7 Antonio Atisso Kodjo
21 Muhoza Daniel
40 Iradukunda Elie Tatou
39 Hakizimana Zuberi
25 Junior Kameni Herman
Uwimana Ami
Niyonzakorera Alpha
Imanayonyine Pierre
Ishimwe BrainRayon Sports izatozwa na Haringingo Francis azungirizwa na Habimana Sosthene na Dusange Sacha mu gihe umutoza wongera imbaraga ari Mwambari Serge n’aho umutoza w’abanyezamu ari Hugo Tricárico
Mbere y’umukino wa Gor Mahia na Rayon Sports hagiyeho abahanzi Bulldogg, Kitoko na Chorale de Kigali basusurukije abakunzi ba Rayon Sports.
Abakinnyi Rayon Sports izakoresha mu mwaka w’imikino wa 2026-27
Ni uku yinjiye muri Stade
Yari yambaye imikara avuga ko ahagarariye APR FC
Bitunguranye Faustinho yarwaye ntiyagaragara kuri Rayon Day ari we wagombaga kuyikora
Abafana bari benshiSource : http://isimbi.rw/wasili-yinjiye-bidasanzwe-acokoza-apr-fc-faustinho-abura-bitunguranye-rayon.html
-
Umufana wa Rayon Sports akwiye gukunda ikipe ye kuruta uwo bakoze ubukwe – Bulldogg yishimiwe i Nyamirambo #rwanda #RwOT
Umuraperi ukunzwe na benshi mu Rwanda, Bulldogg yahishuye ko ari umwe mu mabare munini w’abihebeye Rayon Sports ndetse ko umukunzi wayo akwiye kuyikunda kuruta ikindi cyose.
Ibi yabigarutseho ubwo yataramiraga abakunzi ba Rayon Sports bitabiriye Rayon Day 2026 yabaye kuri uyu wa Gatandatu tariki ya 18 Nyakanga 2026.
Uyu munsi w’Igikundiro wabereye muri Kigali Pelé Stadium.
Bulldogg ni umwe mu bahanzi bagombaga gususurutsa abakunzi b’iyi kipe, agihamagarwa yakiranywe urugwiro rwinshi n’abakunzi ba Rayon Sports.
Bulldogg wishimiwe n’abakunzi ba Rayon Sports, yatunguranye ababwira ko Umu-rayon akwiye gukunda ikipe ye kuruta n’uwo bashakanye.
Ati “Uko mbyumva, umufana wa Rayon Sports agomba kubanza gukunda Rayon kurusha n’uwo bakoze igikwe, kereka uwo bakoze ubukwe na we ari umurayon.”
Yakomeje avuga ko kandi umukunzi wa Rayon Sports agomba gukunda igihugu.
Ati “Umurayon kandi agomba gukunda igihugu kuko Rayon ni ishema ry’igihugu. Umurayon kandi agomba gutunga ubwisungane mu kwivuza.”
Nta guca ku ruhande yahishuye ko na we ari umukunzi wa Rayon Sports kuva kera cyane.
Ati “Nanjye ndi umurayon umwe w’indani wa kera, natangiye gufana Rayon muri za 2000 icyo gihe yakinagamo abarimo Jeannot Witakenge, Nseko Sefu, Kalisa Claude…”
Bulldogg akaba yaririmbiye abakunzi be indirimbo nyinshi zirimo Igikomere yakoranye na Tom Close, Puta, Ikibonezamvugo, Sinema n’izindi.
Bulldogg yashimishije abakunzi ba Rayon Sports
Aba-Rayon bari benshiSource : http://isimbi.rw/umufana-wa-rayon-sports-akwiye-gukunda-ikipe-ye-kuruta-uwo-bakoze-ubukwe.html
-
Rwamagana: Umugore witeguraga kubyara yapfuye azize kwanga kwivuza kubera imyemerere – #rwanda #RwOT
Uyu mugore byamenyekanye ko yapfuye mu ntangiriro z'iki Cyumweru aho yari atuye mu Mudugudu wa Karubisha mu Kagari ka Nkomangwa mu Murenge wa Munyiginya mu Karere ka Rwamagana. Bivugwa ko ubwo yari akuriwe yafashwe n'uburwayi butamenyekanye ariko yanga kujya kwa muganga.
Abaturage bo muri uyu Mudugudu bavuga ko uyu mugore wari ugiye kwibaruka umwana wa gatatu, yageze muri uyu Mudugudu mu mezi make ashize, avuye mu Karere ka Ruhango ari na ho bivugwa ko yari atuye.
Umujyanama w'ubuzima mu Mudugudu wa Karubisha witwa Nsengimana yavuze ko bakimara kubona ko atwite bagiye kumusura inshuro nyinshi bamushishikariza kujya gupimisha iyo nda ariko arabyanga.
Ati 'Yatwandikiye urwandiko atubwira ko atagomba kujya kwipimisha cyangwa kubyarira kwa muganga kubera imyemerereye ye.''
Uretse uyu mujyanama w'ubuzima hari n'abandi baturage bavuga ko hari itorero yasengeragamo ku buryo ibijyanye no kujya kwa muganga batabyitaho cyane, ahubwo bizerera mu kwivura bakoresheje imiti gakondo. Iryo torero abaturage bavuga ko ryitwa 'Abagenzi'.
Umuyobozi w'Akarere ka Rwamagana wungirije ushinzwe imibereho myiza, Umutoni Jeanne, yavuze ko bagikurikirana iki kibazo ariko ko na bo babyumvise ko yanze kujya kwipimisha kubera imyemerereye ye.
Yagize ati 'Kuba ari imyemerere byo ntabwo mbizi, icyo nzi ni uko bibabaje kumva ko umuntu yitabye Imana atagiye kwa muganga, n'abaturanyi babimenye batinze kuko abo bantu bari bashya aho batuye ku buryo natwe tugikurikirana ukuntu bitamenyekanye.''
Visi Meya Umutoni yasabye abaturage gushyira ubuzima imbere y'imyemerere, yabasabye kandi kujya batanga amakuru ku baturage baba bafite iyi myizerere kugira ngo ubuyobozi bubafashe guhindura iyi myemerere.
Yasabye abaturage kandi kujya batangira amakuru ku gihe cyane cyane ku bantu bashya binjira mu midugudu batuyemo.
Kuri ubu ubuyobozi buvuga ko iperereza rigikomeje kugira ngo hamenyekanye niba koko imyemerere ariyo yabujije uyu mugore wari utwite kujya kwivuza.
-
Dr Eugène Rwamucyo yahamijwe ibyaha bya Jenoside yakorewe Abatutsi, akatirwa imyaka 27 y'igifungo mu Bufaransa #rwanda #RwOT
Urukiko rwa Rubanda rwa Paris (Cour d'Assises de Paris) rwahamije Dr Eugène Rwamucyo ibyaha bya Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, rumukatira igifungo cy'imyaka 27. Ni umwanzuro wafashwe nk'intambwe ikomeye mu rugendo rwo guha ubutabera abarokotse Jenoside no gukomeza guhangana n'umuco wo kudahana.
Uyu mwanzuro usoje imyaka myinshi y'urubanza rwakurikiranywe n'abarokotse Jenoside, imiryango y'abishwe ndetse n'abaharanira ko abakekwaho uruhare muri Jenoside baryozwa ibyo bakoze, aho bari hose ku isi.
Urukiko ntirwemeye ibisobanuro bye
Mu iburanisha, Dr Rwamucyo yahakanye ibyaha byose yashinjwaga. Yavuze ko nta Batutsi bishwe muri Centre Universitaire de Santé Publique (CUSP) yayoboraga cyangwa muri CHUB i Butare, ndetse anavuga ko abaganga batagize uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi muri ako karere.
Icyakora, urukiko rwasesenguye ibimenyetso byinshi n'ubuhamya bwatanzwe n'abatangabuhamya batandukanye, maze rusanga ibyo birego bifite ishingiro.
Mu batangabuhamya bumviswe harimo n'abahoze bakorana na Dr Rwamucyo, abarokotse Jenoside ndetse n'abanyamahanga bakoreraga mu Butare mu gihe cya Jenoside.
Ibimenyetso byagaragaje uruhare rwe
Mu rubanza hagaragajwe ko muri Jenoside yakorewe Abatutsi, abakozi benshi b'ibigo by'ubuzima byo mu Butare ndetse n'abarwayi b'Abatutsi bishwe. Hagaragajwe kandi ko nyuma ya Jenoside hakusanyijwe amazina y'abakozi n'abarwayi b'Abatutsi bishwe muri CHUB, barenga 80, bakaba buri mwaka bibukwa muri icyo kigo.
Ubuhamya bwatanzwe n'abakoraga muri Médecins Sans Frontières bwerekanye ko hagati y'abantu 150 na 200, barimo abakozi n'abarwayi b'Abatutsi, bakuwe mu bitaro bakicwa n'interahamwe, abasirikare n'abari basanzwe bakorana na bo.
Abaganga n'abandi bakozi b'ubuzima na bo bagize uruhare muri Jenoside
Urubanza rwagaragaje ko mu Mujyi wa Butare, inkiko Gacaca zahanishije abaganga, abaforomo n'abandi bakozi b'ubuzima benshi bazira uruhare bagize muri Jenoside yakorewe Abatutsi.
Ibyo byahakanye imvugo ya Dr Rwamucyo yavugaga ko nta muganga cyangwa umukozi wo mu rwego rw'ubuzima wagize uruhare muri Jenoside.
Jenoside ntiyasize Gatonde
Urukiko rwumvise kandi ibimenyetso bihinyuza indi mvugo ya Rwamucyo yavugaga ko Jenoside itabaye mu Murenge wa Gatonde, aho akomoka, kubera ko ngo nta Batutsi bahabaga.
Abatangabuhamya n'inyandiko zashyikirijwe urukiko zagaragaje ko Abatutsi bahabaga bishwe kuva muri Mata 1994, bakicirwa ahantu hatandukanye harimo ku biro bya Sous-préfecture ya Busengo, kuri Paruwasi ya Janja, no mu nzuzi za Mukungwa na Nyabarongo.
Intambwe ikomeye mu kurwanya kudahana
Abakurikiranye uru rubanza bavuga ko uru rubanza rwongeye kwerekana ko Jenoside ari icyaha kidasaza kandi ko ababigizemo uruhare bashobora kubibazwa aho bari hose ku isi.
Mu myaka ishize, inkiko zo mu Bufaransa zakomeje kuburanisha no guhamya ibyaha abantu bakekwaho uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi bari barahungiyeyo, bikaba biri mu ishyirwa mu bikorwa ry'ihame mpuzamahanga ryo guhana ibyaha bya Jenoside.
Nubwo igihano kidashobora gusubiza ubuzima bw'abazize Jenoside cyangwa gukuraho intimba y'abarokotse, umwanzuro wafashwe n'Urukiko rwa Paris ufatwa nk'ikimenyetso cy'uko ubutabera bukomeza kugera ku bakoze Jenoside, n'iyo haba hashize imyaka irenga 30 nyuma y'ibyaha bakoze.
-
Nadine Nana yambitswe impeta nk’umukunzi we uba hanze y’u Rwanda (AMAFOTO) #rwanda #RwOT
Umukinnyi wa Filime, Nadine Nana yambitswe impeta y’urukundo n’umusore bari bamaze igihe bakundana nawe arabyemera.
Uyu mukobwa wamenyekanye muri sinema nyarwanda nka Nadine yifashishije urukuta rwe rwo ku rubuga rwa Instagram mu kwerekana imbamutima ze nyuma y’iyi ntambwe idasanzwe ateye mu buzima bwe.
Mu butumwa yaherekesheje amafoto yafashwe ubwo yambikwaga iyi mpeta tariki ya 15 Nyakanga 2026, Nana yagize ati 'Dore umugabo w’iteka ryose roho yange yari imaze igihe itegereje.'
Uyu mukobwa wamenyekanye muri Filime nka 'Hurts Harder', “City Maid' na ' Stain,” ubwo aheruka kuganira n’ikinyamakuru Isimbi yahishuye y’uko uyu musore utuye hanze y’u Rwanda bari bamaze igihe kinini bakundana.
Nana Nadine yambitswe impeta ya fiançaillesSource : http://isimbi.rw/nadine-nana-yambitswe-impeta-nk-umukunzi-we-uba-hanze-y-u-rwanda-amafoto.html
-
Umwihariko wa Album ya Bosco Nshuti agiye kumurika #rwanda #RwOT
Umuhanzi w’indirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana, Nshuti Bosco agiye kumurika Album ya gatanu azafatanya no gukora ‘live recording’ ya Album ya 6.
Kumurika uyu muzingo w’indirimbo (Album Launch) bizaba ku Cyumweru tariki ya 19 Nyakanga 2026 muri Serena Hotel.
Mu gutera amatsiko abakunzi be, yirinze kuvuga izina rya Album ya 5 baziramenya bahageze.
Ati “Izina rirahari, ariko abantu bazaza mu gitaramo bazataha barimenye.”
Yakomeje avuga ko kimwe mu bintu abantu bagomba kwitega muri iki gitaramo ni uko hari indirimbo zitarasohoka kuri iyi Album bazumvira mu gitaramo.
Ati “Hari indirimbo zimwe na zimwe zasohotse ariko hari n’izindi zitarasohoka zizasohoka uriya munsi. Ni Album izaba igizwe n’indirimbo 8, 5 zamaze gusohoka, eshatu zisigaye abantu bazazumvira mu gitaramo.”
Bosco Nshuti kandi yavuze ko kandi hari indirimbo azaririmba nyinshi kandi abantu batazi.
Ati “Nzaririmba indirimbo zo kuri Album ya 5 ndirimbe n’izindi abantu batigeze bumva, nzaziririmba mu buryo bwa live.”
Muri iki gitaramo, Bosco Nshuti azakora ‘Record’ mu buryo bwa ‘Live’ (Live Recording) indirimbo zigize Album ye ya gatandatu.
Iki gitaramo kikaba kizatangira saa 17h, kwinjira muri iki gitaramo ni ibihumbi 10 ndetse n’ibihumbi 20 by’amafaranga y’u Rwanda.
Nshuti Bosco agiye kumurika Album ya gatanuSource : http://isimbi.rw/umwihariko-wa-album-ya-bosco-nshuti-agiye-kumurika.html
-
Abaforomo n'ababyaza bongerewe ubumenyi butahura kare ibimenyetso bya kanseri y'ibere no kuyivura – #rwanda #RwOT
Kanseri iri mu ndwara zigenda ziyongera mu Banyarwanda n'abatuye Isi muri rusange, ndetse Ishami rya Loni ryita ku Buzima, OMS, rigaragaza ko buri mwaka hagaragara abarwayi bashya ba kanseri miliyoni 20, mu gihe abo ihitana ari miliyoni 10 ku mwaka.
Kanseri y'ibere nta kiyitera kizwi ariko akenshi ngo bijyana n'imiterere ya muntu nko kuba ari umugore cyangwa umugabo, imyaka umuntu afite kuko yibasira cyane abakuze, uruhererekane rw'imiryango n'ibindi.
Ikigo cy'Igihugu cy'Ubuzima (RBC) kigaragaza ko mu 2023 abagore bashya barwaye kanseri y'ibere bari 719 mu gihe abagabo bayisanzwemo ari 32.
Mu rwego rwo guhangana n'iyi ndwara, Leta y'u Rwanda yashyize imbaraga mu kongera ubushobozi bw'amavuriro ndetse n'abaganga bayakoramo.
Hari indwara zavurwaga n'abaganga zirimo Kanseri gusa binyuze muri iyi gahunda yo kurwanya izi ndwara, MINISANTE yashyizeho gahunda yo guhugura abaforomo n'ababyaza ku bijyanye na yo.
Iyi ni yo mpamvu Ubuyobozi bw'Urugaga bw'Urugaga rw'Abaforomo n'Ababyaza (RNMU) bwahuguye bwateguriye amahugurwa abanyamuryango barwo bo mu Karere ka Rubavu yo kubongerera ubumenyi ku bijyanye n'uburyo bakwiriye kuvura indwara ya kanseri y'ibere.
Visi Perezida wa mbere wa RNMU akaba n'Umwalimu muri Kaminuza y'u Rwanda, Prof. Mukeshimana Madeleine yavuze ko impamvu imibare y'abarwayi ba kanseri ikunze kwiyongera ari ukubera ko abarwayi bakunze kumenya ko bayirwaye batinze kandi bamwe mu bo bahura bwa mbere, haba harimo abaforomo.
Yagaragaje ko iyo ari yo mpamvu bateguye aya mahugurwa nubwo hari ibyo bari basanzwe bazi kuri iyi ndwara ya kanseri.
Ati 'Turimo turabibutsa uko bakwiriye gusuzuma amabere. Uko bamenya ko umuntu afite kanseri y'ibere hakiri kare kugira ngo umwohereze aho agomba kuvurirwa kubera ko burya iyo ivuwe irakira.'
Prof Mukeshimana yibukije aba baforomo ko nubwo baba bafite inshingano zo kwita ku barwayi, bakwiriye kuzajya babanza kureba ubuzima bwabo kuko na bwo buba bufite agaciro.
Yababwiye ko bakwiriye kuzajya bibuka gukora siporo, kurya indyo yuzuye, kwirinda inzoga cyangwa kuzireka ndetse n'ibindi bizajya bibafasha ndetse ababwira ko izo nama bakwiriye kuzajya bazigira ababagana.
Ndagijimana Jonathan yavuze ko aya mahugurwa yabafashije kubongerera ubumenyi ndetse bakazabwifashisha mu gufasha abarwayi bakira.
Ati 'Muri aya mahugurwa twabonye ko kanseri ari ikibazo gikomeye kandi gihangayikishije igihugu. Ibi bizadufasha kuzajya dusuzuma abaje batugana mu buryo bukwiriye, kubatega amatwi, uburyo bukwiriye bwo kubaha amakuru ndetse n'ibindi.'
Uwingeneye Marie Louise ukorera mu Bitaro bya Gisenyi usanzwe ukora muri serivisi yo kwita ku mpinja 'néonathologie' yavuze ko kubera kutagira ubumenyi buhagije ku ndwara zitandukanye zirimo iza kanseri, ababyeyi bajyaga bababwira ibibazo bafite bakabura uko babafasha.
Ati 'Nubwo nkora mu bijyanye no kuvura abana duhura n'abayeyi cyane kuko ni bo badufasha kurwaza izo mpinja, hari igihe umubyeyi akugera imbere ugasanga yagize ikibazo cy'ibere, akakubwira ko yabuze amashereka ndetse n'ibindi byatugoraga kumenya kubera ko nta bumenyi buhagije twari tubifiteho.'
Aya mahugurwa bayahawe na Hitayezu Jean Bosco akaba afite ubunararibonye mu bijyanye n’ubuforomo n’ububyaza
Bakoze imyitozo ngiro y’uburyo bazajya basuzuma indwara ya kanseri
Bigishijwe uko bakwiriye gusuzuma indwara ya kanseri y’ibere ndetse n’izindi ndwara zikunze kurifata
Visi Perezida wa mbere wa RNMU akaba n'Umwalimu muri Kaminuza y'u Rwanda, Prof. Mukeshimana Madeleine yasabye abaforomo n’ababyaza kugira uruhare mu guhangana n’indwara ya kanseri y’ibere yugarije u R
Abanyamuryango ba RNMU bo mu Karere ka Rubavu bahuguwe ku buryo bwo gusuzuma indwara ya kanseri -
Rayon Sports yasinyanye n’umuterankunga uzishyura arenga miliyari 5 Frw #rwanda #RwOT
Rayon Sports yamaze gusinyana n’umuterankunga mushya, BK amasezerano y’imyaka itanu n’igice ifite agaciro k’arenga miliyari 5 Frw.
Kuri uyu wa Gatanu tariki ya 17 Nyakanga 2026 nibwo impande zombi zatangaje ku mugaragaro iyi mikoranire yari imaze amezi 6 aho iyi Banki ya Kigali yari imaze kwishyura miliyoni 170 Frw, yayishyuye mu mwaka w’imikino ushize.
Perezida wa Rayon Sports Murenzi Abdallah yagize ati 'Ubufatanye tugiye kugirana ni ubufatanye bugiye guhindura ubuzima bw’amikoro muri Rayon Sports. Buzamara imyaka mu mpapuro, ariko turashaka ko buba burundu. Ku mafaranga yo kudutera inkunga, yaduhaye arenga miliyoni 170 Frw mu mezi atandatu.'
Yirinze kuvuga agaciro kose aya masezerano afite ariko agaragaza icyiciro buri muterankunga muri Rayon Sports afite.
Ati “Muri Rayon Sports hari ibyiciro bitatu aho buri cyiciro gifite agaciro kacyo. Hari icyiciro cya Platnum (Gold) umuterankunga w’imena, uwo aba yishyura arenga miliyari Frw ku mwaka. Hari icyiciro cya Bronze kijyaho uwishyura arenga miliyoni 500 Frw ku mwaka. Hari n’icyiciro cya Silver kijyaho uwishyura hejuru ya miliyoni 300 Frw.”
BK ikaba ari umuterankunga mukuru uri mu cyiciro cya Platnum aho azajya anambarwa imbere mu gatuza kuri Jersey y’abakinnyi.
Murenzi Abdallah kandi yavuze ko hari ibintu byinshi bazakorana bizahindura ubuzima bwa Rayon Sports.
Ati “Hari ibintu byinshi tuzakorana bidafite ikiguzi cy’amafaranga ariko bizahindura ubuzima bwa Rayon Sports.”
Hakaba hanashyizweho ikarita yiswe ‘Gikundiro Card’ aho umurayon uzayitunga akajya ayikoresha maze buri kintu yishyuye hakagira ijanisha rijya muri Rayon Sports.
Ati “Umukunzi wa Rayon Sports uzakora transaction binyuze muri ubu bufatanye, hifashishijwe iyi karita, Rayon Sports hari icyo izajya ibona.”
“Tube turetse kujya muri byinshi ariko muri ubu bufatanye tuzakuramo amafaranga menshi, buri mwaka tuzajya tubereka ibyavuyemo.”
Iyo urebye agaciro k’aya masezerano y’imyaka 5 ni uko Rayon Sports izakuramo amafaranga y’u Rwanda miliyari 5 na miliyoni zikabakaba 200.
Rayon Sports yasinyanye amasezerano y’ubufatanye na Banki ya KigaliSource : http://isimbi.rw/rayon-sports-yasinyanye-n-umuterankunga-uzishyura-arenga-miliyari-5-frw.html