Category: Uncategorized

  • Espagne yegukanye Igikombe cy'Isi cya 2026 itsinze Argentine 1-0 (Amafoto) #rwanda #RwOT

    Ikipe ya Espagne yegukanye Igikombe cy'Isi cya 2026, nyuma yo gutsindira ku mukino wa nyuma Argentine, mu mukino wahujwe n'ibirori by'akataraboneka byitabiriwe n'abakomeye.

     

    Mu ijoro ryo ku Cyumweru, tariki ya 19 Nyakanga 2026, ni bwo aya makipe yombi yahuriye kuri New York New Jersey Stadium yo muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika.

    Uyu munsi wari wahujwe n'ibirori bidasanzwe, aho IShowSpeed umenyerewe ku mbuga nkoranyambaga yabanje gususurutsa abitabiriye umukino, aririmba indirimbo ye y'Igikombe cy'Isi yise 'World Cup', akurikirwa n'abaraperi b'Abanyamerika Post Malone na Swae Lee.

    Mu bitabiriye umukino harimo Perezida wa Mexique, Claudia Sheinbaum, Perezida wa Amerika, Donald Trump n'umugore we Melania Trump, Minisitiri w'Intebe wa Canada, Mark Carney, Umwami Felipe VI n'Umwamikazi Letizia ba Espagne bari kumwe na Perezida wayo Pedro Sánchez.

    Umukino watangiye gukinwa amakipe yombi adasatira cyane, ariko umupira wihariwe n'abakinnyi ba Espagne bahererekanyaga cyane mu kibuga hagati ishaka kwinjira mu rubuga rw'amahina rwa Argentine.

    Bwa mbere kuva mu 1966, Argentine yasoje igice cya mbere cy'umukino w'Igikombe cy'Isi idateye mu izamu, mu gihe amashoti atatu yabonetse mu mukino, ari yo make yabonetse mu gice cya mbere cy'umukino wa nyuma kuva mu 1966.

    Mbere y'uko iki gice kirangira, myugariro wa Argentine, Lisandro Martínez, yagize imvune asimburwa na Nicolas Otamendi, mu cya kabiri Espagne icurika ikibuga.

    Iki gice cyarangiye umunyezamu wa Argentine, Emiliano Martínez, amaze gukuramo imipira 10 yabazwe, mu gihe Argentine nta shoti rikomeye yari yateye mu izamu, ari na bwo bwa mbere biabayeho mu mateka y'Igikombe cy'Isi.

    Nyuma y'iki gice cyabonetsemo ikarita itukura yeretswe Enzo Fernández wa Argentine, hakurikiyeho iminota 30 y'inyongera, Espagne iyobonamo igitego cyinjijwe na Ferran Torres ku munota wa 106. Ni nyuma y'akazi gakomeye kabereye imbere y'izamu rya Argentine.

    Espagne yatsinze igitego 1-0, yegukana Igikombe cy'Isi ku nshuro kabiri, nyuma y'icyo yatwaye mu 2010 igikuye muri Afurika ubwo cyaberaga muri Afurika y'Epfo.

    Bigendanye n'uko Espagne yitwaye muri iri rushanwa, yahawe igikombe giherekezwa na miliyoni 50$, kongeraho miliyoni 12$ z'uduhimbazamushyi, yose hamwe akaba miliyoni 62$ [91.185.880.000 Frw].

    Lamine Yamal yakoze amateka muri uyu mukino, aho yabaye umukinnyi wa mbere ukinnye umukino wa nyuma wa Euro n'uwa nyuma w'Igikombe cy'Isi atarengeje imyaka 19.

    Uyu mukinnyi na mugenzi we Pau Cubarsí, babaye abakinnyi ba kane n'aba gatanu bakinnye umukino wa nyuma w'Igikombe cy'Isi cy'abatarengeje imyaka 19.

    Urutonde barusanzeho ababikoze mbere Pelé wo muri Brésil wabikoze mu 1958, Umutaliyani Giuseppe Bergomi abikora mu 1982 na Kylian Mbappé w'u Bufaransa mu 2018.

    Lionel Messi yiyongereye ku Munya-Brésil Cafu, mu bakinnyi bakinnye umukino wa nyuma w'Igikombe cy'Isi inshuro eshatu, gusa akaba ari we ugiye gukina umukino wa nyuma w'iri rushanwa akuze kurusha abandi, mu bakinnyi b'imbere mu kibuga.

    Rutahizamu w'u Bufaransa, Kylian Mbappé, yahawe urukweto rwa zahabu nyuma yo gusoza Igikombe cy'Isi cya 2026 afite ibitego byinshi (10), Kapiteni wa Espagne, Rodri, atorwa nk'umukinnyi mwiza w'Igikombe cy'Isi cya 2026, ahabwa umupira wa zahabu.

    Myugariro wa Espagne, Pau Cubarsí w'imyaka 19, yahembwe nk'umukinnyi muto witwaye neza kurusha abandi, umunyezamu wa Espagne, Unai Simón, wasoje imikino irindwi atinjijwe igitego, yahembwe nk'umunyezamu mwiza mu Gikombe cy'Isi cya 2026.

    Abafana ba Argentine bageze ku kibuga kare

    Argentine yari ishyigikiwe

    Abafana ba Espagne bageze kuri stade ari benshi

    Lamine Yamal asuhuza abafana bari bamwitezeho byinshi

    Lamine Yamal asuhuza abafana bari bamwitezeho byinshi

    Lionel Messi na bagenzi be bakinira Argentine bagera ku kibuga

    Lionel Messi yakiriwe n'abafana bari bamushyigikiye

    Lionel Messi yageze ku kibuga agiye gukina umukino w'amateka kuri we

    Victor Wembanyama yari muri stade yiteguye gukurikirana umukino

    Sergio Ramos ni umunyabigwi wa Espagne, na we yari mu bayishyigikiye

    Post Malone yasusurukije abafana bakurikiye umukino wa nyuma

    Post Malone ari gususurutsa abafana

    Umunsi wa nyuma w'Igikombe cy'Isi wari ibirori by'akataraboneka

    Minisitiri w'Intebe wa Espagne, Pedro Sánchez, n'Umwamikazi Letizia bakurikiye umukino

    Perezida Trump yakurikiye umukino wa nyuma w'Igikombe cy'Isi

    Felipe VI n'Umwamikazi Letizia ba Espagne bakurikiye umukino

    Lionel Messi ari kwishyushya mbere y'umukino

    Ubwo haririmbwaga indirimbo zubahiriza ibihugu byari bigiye gukina

    Lamine Yamal aramukanya na Lionel Messi

    Igikombe cy'Isi cyagejejwe muri stade hakiri kare

    Lionel Scaloni utoza Argentine na Luis de la Fuente bahoberana mbere y'umukino

    Lamine Yamal aganira na Lionel Messi nyuma y'igice cya mbere

    Argentine na Espagne zasoje igice cya mbere zinganya 0-0

    Pedri wa Espagne akurikiye Lionel Messi wa Argentine

    Dani Olmo ahanganiye umupira na Alexis Mac Allister

    Lionel Messi agerageza gucunga umupira we

    Lisandro Martínez yagize imvune mu gice cya mbere

    Lisandro Martínez yavunitse hakiri kare

    Lisandro Martínez yasabye gusimbuzwa

    Lisandro Martínez yababajwe no gusohoka mu kibuga hakiri kare

    Argentine na Espagne zasoje igice cya mbere zinganya 0-0

    Lamine Yamal aganira na Lionel Messi nyuma y'igice cya mbere

    BTS yacurangiye abakunzi b'umupira w'amaguru

    Shakira yafatanyije na Triplets Ghetto Kids gususurutsa abakurikiye umukino

    Umukino waranzwe n'ibirori mu karuhuko k'igice cya mbere

    Madona yatanze ibyishimo ari kumwe na Ronaldo na Ronaldinho

    Abanyabigwi mu mupira w'amaguru, Ronaldo na Ronaldinho bafashije Madona gususurutsa abafana

    Ferran Torres yishimira igitego

    Ferran Torres yatsinze igitego cyahesheje intsinzi Espagne

    Lionel Messi yatsinzwe na Lamine Yamal azi akiri uruhinja

    Lamine Yamal ahoberana na Lionel Messi nyuma y'umukino

    Akababaro kari kenshi mu bakinnyi ba Argentine

    Abakinnyi ba Espagne bababaye bikomeye

    Abakinnyi ba Espagne bahembewe kwitwara neza

    Espagne yegukanye Igikombe cy'Isi cya 2026

    Perezida Trump ni we wahaye Igikombe Espagne

    Abakinnyi ba Espagne bishimira Igikombe cy'Isi

    Source : https://flash.rw/2026/07/20/espagne-yegukanye-igikombe-cyisi-cya-2026-itsinze-argentine-1-0-amafoto/

  • Espagne yegukanye Igikombe cy’Isi cya 2026 itsinze Argentina #rwanda #RwOT

    Ikipe y’Igihugu ya Espagne yegukanye Igikombe cy’Isi cya 2026 nyuma yo gutsinda Argentina igitego 1-0 mu mukino wa nyuma wakinwe kuri Stade ya New York New Jersey, mu ijoro ryo ku Cyumweru.

    Iki gitego cyabonetse mu minota y’inyongera, gihesha La Roja igikombe cya kabiri , inacyaka Argentina yari ifite igikombe giheruka.

    Umukino watangiye Espagne yiharira umupira no gusatira cyane. Lamine Yamal na Dani Olmo babanje guhangayikisha ubwugarizi bwa Argentina, ariko umunyezamu Emiliano “Dibu” Martínez akomeza gukuramo imipira ikomeye.

    Ku ruhande rwa Argentina, Lionel Messi na Julián Álvarez bageragezaga gukina uburyo bwo kwihuta mu gusubiza mu buryo bw’ubusatirizi, ariko ubwugarizi bwa Espagne buyobowe na Pau Cubarsí na Aymeric Laporte, ntibatumye umunyezamu Unai Simón ahura n’akazi gakomeye.

    Mu gice cya kabiri, Espagne yakomeje gusatira, Dibu Martínez akora akazi gakomeye ko gukuramo imipira ya Dani Olmo, Ferran Torres na Nico Williams.

    Gusa ibintu byahindutse ku munota wa nyuma w’iminota 90, ubwo Enzo Fernández yahawe ikarita ya kabiri y’umuhondo nyuma yo gukorera ikosa Pau Cubarsí, asiga Argentina ikina ari abakinnyi 10.

    Nyuma y’uko iminota isanzwe yari irangiye amakipe anganya ubusa ku busa, hakinwe iminota 30 y’inyongera.

    Ku munota wa 106, Pedro Porro yatanze umupira mwiza imbere y’izamu, Nico Williams awusubiza hagati mu rubuga rw’amahina, Ferran Torres ahita awutera n’akaguru k’ibumoso awushyira mu izamu, atsinda igitego rukumbi cyahesheje Espagne intsinzi.

    Argentina yagerageje gusatira mu minota ya nyuma ishaka kwishyura, ariko ntiyabasha kubona igitego, bituma umukino urangira Espagne yegukanye Igikombe cy’Isi cya kabiri mu mateka yayo ni nyuma y’icyo yegukanye muri 2010.

    Pau Cubarsi ni we wabaye umukinnyi ukiri muto w’iki Gikombe cy’Isi, umunyezamu Unai Simon watsinzwe igitego kimwe rukumbi muri iki Gikombe aba umunyezamu w’irushanwa ni mu gihe Rodrigo Hernández Cascante yabaye umukinnyi w’irushanwa. Bose ni abakinnyi ba Espagne.

    Byari ibyishimo kuri Espagne

    Espagne yegukanye Igikombe cy’Isi cya 2026

    Messi yari afite agahinda gakomeye

    Source : http://isimbi.rw/espagne-yegukanye-igikombe-cy-isi-cya-2026-itsinze-argentina.html

  • Abanyeshuri 30 biga mu yisumbuye batsindiye kujya mu mahugurwa mu Bwongereza – #rwanda #RwOT

    Gusoza iryo rushanwa ku rwego rw'Igihugu byabereye muri BK Arena, byitabirwa n'abanyeshuri 120 batsinze ku rwego rw'uturere.

    Irushanwa ryatangiye muri Gicurasi 2026, aho buri kigo cy'amashuri ya Leta n'afatanya na Leta ku bw'amasezerano cyaryitabiriye.

    Abarushanwaga ni abiga mu byiciro byombi by'amashuri yisumbuye, ukuyemo abo mu mwaka wa nyuma muri buri cyiciro, ndetse buri cyiciro cyarushanwaga ukwacyo binyuze mu ngeri zinyuranye zo kuvugira mu ruhame nk'imbwirwaruhame.

    Aya marushanwa yahereye ku rwego rw'ibigo, akomereza ku mirenge no ku turere, aho buri karere katoranyije bane ba mbere ari bo bahurijwe i Kigali, babanza kumara iminsi itatu mu mwiherero kuva ku wa 14 Nyakanga 2026.

    Umuhango wabaye none ni uwo gutangaza abatsinze ndetse no gutanga ibihembo kuko irushanwa ryari ryararangiye.

    Aba banyeshuri 120 bose bahembwe kuzishyurirwa ishuri umwaka utaha wose, mu gihe 30 barimo 15 bo mu cyiciro kimwe na 15 bo mu kindi ari bo bazajya mu Bwongereza muri Kanama 2026 bamareyo ibyumweru bibiri.

    Mu cyiciro rusange cy'amashuri yisumbuye, uwa mbere mu kuvugira mu ruhame Icyongereza yabaye Abatoni Keza Briella wiga muri ENDP Karubanda, mu gihe mu cyiciro cya kabiri cy'amashuri yisumbuye uwa mbere yabaye Mutara Anabella wiga muri Lycée Notre Dame de Cîteaux.

    Minisitiri w'Uburezi, Nsengimana Joseph, yavuze ko intego ya mbere y'iryo rushanwa ari ugufasha abanyeshuri kunguka ubumenyi mu Cyongereza kugira ngo bibafashe no gusobanukirwa neza andi masomo.

    Ati 'Ururimi rw'Icyongereza ni rwo twigishamo, rero iyo barumenye neza n'ibindi biga nk'Imibare na Siyansi birushaho kuborohera.'

    Yongeyeho kandi ko iryo rushanwa ari igice cya gahunda ngari ya Minisiteri y'Uburezi yo kongera ubumenyi mu Cyongereza, harimo no guhugura abarimu kugira ngo kucyigisha no kugisobanukirwa birusheho koroha.

    By'umwihariko yagaragaje ko uko irushanwa ryagenze byerekanye ko hari aho abanyeshuri bageze mu kongera ubumenyi, ariko ko hakiri urugendo rusaba izindi mbaraga.

    Ati 'Turacyafite intambwe ndende cyane yo gutera, turasabwa gukora cyane kurushaho. Iyo ugerageje ikintu ntigikunde, ntuterera iyo ahubwo ushyiramo imbaraga kugira ngo ubutaha ugitsinde. Ni yo mpamvu hari abatsinze bari hano n'abandi batakomeje, ariko ubutaha birashoboka.'

    Mutara Anabella wabaye uwa mbere mu cyiciro cya kabiri cy'amashuri yisumbuye, yavuze ko ibyo byamushimishije ariko binamuha inshingano zo gukomeza gukora cyane, anagaragaza icyamufashije kumenya Icyongereza.

    Ati 'Ibi birabera icyitegererezo bagenzi banjye na bo bashyireho umuhate. Umubyeyi wanjye ni umuntu wadufashije cyane gushyiraho umuhate ngo twige Icyongereza. Ikindi nabwira abarezi n'abandi bana ni uko kwiga Icyongereza gusa bidahagije, ahubwo bisaba no kugikoresha ukivuga.'

    Minisitiri w'Urubyiruko n'Iterambere ry'Ubuhanzi, Dr. Utumatwishima Abdallah yabwiye urubyiruko ko kumenya Icyongereza ari inkingi ikomeye mu rugendo rw'uburezi n'andi mahirwe abagenewe.

    Ati 'Gahunda tugira zigenewe urubyiruko zihera ku myaka 16 kugeza kuri 30, kandi iyo ruteguwe neza turwakira rubasha kuzikoresha neza rugatsinda. Ushobora kugira umushinga mwiza mu by'ikoranabuhanga, ariko ukananirwa kuwusobanura mu marushanwa, umuntu wateguye utaruta uwawe akaba ari we utsinda kuko wowe udashobora kuvuga Icyongereza.'

    Yaboneyeho no kubashishikariza gahunda y'Intore mu Biruhuko izatangira mu cyumweru gitaha izajya iba gatatu mu cyumweru mu rwego rwo kubarinda kujya mu bikorwa bishobora kubangiza bitewe n'uko batari mu ishuri.

    Uturere twose twari dufite abanyeshuri bitabiriye isozwa ry’irushanwa ryo kuvuga Icyongereza mu ruhame ku rwego rw’Igihugu

    Byari ibyishimo ku babyeyi b’abana batsinze iri rushanwa ryo kuvuga Icyongereza mu ruhame

    Aba bana 30 batsindiye kujya mu Bwongereza mu mahugurwa y’Icyongereza

    Mu cyiciro rusange cy'amashuri yisumbuye, uwa mbere mu kuvugira mu ruhame Icyongereza yabaye Abatoni Keza Briella, wiga muri ENDP Karubanda

    Mutara Anabella wabaye uwa mbere mu cyiciro cya kabiri cy'amashuri yisumbuye, yavuze ko byamushimishije ariko binamuha inshingano zo gukomeza gukora cyane

    Umuyobozi Mukuru w’Ikigo cy’Igihugu cy’Uburezi bw’Ibanze, Dr. Mbarushimana Nelson yitabiriye umuhango wo gusoza iri rushanwa ryo kuvuga Icyongereza

    Umunyamabanga wa Leta ushinzwe Uburezi, Irere Claudette ubwo yegezaga ijambo ku bitabiriye irushanwa ryo kuvuga Icyongereza mu ruhame

    Minisitiri w'Urubyiruko n'Iterambere ry'Ubuhanzi, Dr. Utumatwishima Abdallah yabwiye urubyiruko ko kumenya Icyongereza ari inkingi ikomeye mu rugendo rw'uburezi n'andi mahirwe abagenewe

    Minisitiri w'Uburezi, Nsengimana Joseph, yavuze ko intego yo kurushanwa mu Cyongereza ari ugufasha abanyeshuri kunguka ubumenyi, kugira ngo bibafashe no gusobanukirwa neza andi masomo


    Source : http://igihe.com/amakuru/u-rwanda/article/abanyeshuri-30-biga-mu-yisumbuye-batsindiye-kujya-mu-mahugurwa-mu-bwongereza

  • Kamonyi: Impanuka ikomeye yahitanye abantu icyenda, ikomerekeramo 14 – #rwanda #RwOT

    Ni impanuka yabaye kuri iki Cyumweru ahagana Saa Yine zishyira Saa Tanu. Yabereye mu Murenge wa Musambira, Akagari ka Karengera, mu Mudugudu wa Nyagatovu.

    Iyi Hiace yavaga mu cyerekezo cya Kigali yari itwaye abantu 21 yagonganye n'ikamyo yari irimo abantu bibiri, na yo yavaga mu cyerekezo cy'i Muhanga, maze abantu icyenda baburira ubuzima muri iyi mpanuka.

    Umuyobozi w'Akarere ka Kamonyi, Dr. Nahayo sylvère yabwiye IGIHE ko imibiri y'abapfuye yajyanywe mu buruhukiro mu Bitaro bya Kabgayi, mu gihe abandi 14 bayikomereyemo bajyanywe mu bitaro bitandukanye birimo Remera Rukoma, CHUK na Kabgayi kuvurwa.

    Ati 'Abantu icyenda bahise bitaba Imana, naho abakomeretse barimo kwitabwaho n'abaganga. Mu bari muri Hiace, hapfuyemo icyenda abandi basigaye barakomereka, naho babiri bo mu ikamyo bakomeretse byoroheje.''

    Meya Dr. Nahayo yakomeje ashimira abaturage b'i Musambira bagaragaje umuco mwiza wo gutabara abagize impanuka, batagamije kubabangamira.

    Ati 'Bagaragaje umuco mwiza wo gutabara, kuko hari abahageze mbere bikiba, bakoze ibishoboka byose kugira ngo bafashe abari mu kaga, kugeza inzego z'umutekano zihageze.'

    Umuvugizi wa Polisi y'u Rwanda, ACP Rutikanga Boniface, yavuze ko iyi mpanuka yatewe n'umushoferi wa Hiace washatse kunyura ku modoka yari imuri imbere, abikora atashishoje birangira agonze iyi kamyo.

    Ati 'Iyi modoka yari itwaye abantu 21, ku bw'amahirwe make abantu icyenda bahita bahasiga ubuzima. Ni impanuka yari ikomeye […] hari abakomeretse cyane ariko bageze kwa muganga bagihumeka.'

    Uyu muyobozi yaboneyeho no kwihanganisha imiryango yabuze ababo, yifuriza n'abakomeretse gukira.

    Iyi mpanuka yabereye mu Karere ka Kamonyi


    Source : http://igihe.com/amakuru/u-rwanda/article/kamonyi-impanuka-ikomeye-yahitanye-abantu-icyenda-ikomerekeramo-14

  • Umunyarwenya Ramjaane Joshua yatanze ubwisungane ku bantu 1000 (AMAFOTO) #rwanda #RwOT

    Ramjaane Joshua Foundation yashinzwe na Ramjaane Joshua Niyoyita wamamaye ubwo yari umunyarwenya akaba n’umunyamakuru mu Rwanda yatanze Miliyoni eshani y’ubwisungane bwo kwivuza ku bantu igihumbi bo mu karere ka Bugesera , mu Mirenge wa Kamabuye ndetse na Ngeruka.

    Ni igikorwa cyabaye kuri uyu wa Gatanu taliki ya 17 Nyakanga 2026. Ramjaane aherekejwe na Adam bavanye muri Amerika babanje guhugura abashinzwe imbonezamirire mu miryango ndetse Adam abigisha ijambo ry’Imana.

    Nyuma yaho nibwo habaye irushanwa rya Ramjaane Joshua Foundation ryari rigamije ubukangurambaga mu kurwanya ibiyobyabwenge mu rubyiruko binajyana n’igikorwa cyo gutanga ubwisungane mu kwivuza.

    Iri rushanwa ryabereye mu Murenge wa Kamabuye ku kibuga cya GS Nyakayaga, ryahuje Umurenge wa Ngeruka n’umurenge wa Kamabuye ari naho Ramjaane Joshua Foundation isanzwe ikorera ibikorwa byayo.

    Ni irushanwa ryahuje Imirenge 2 . Kamabuye yari hagarariwe n’Akagari ka Kampeka ndetse Ngeruka yo yari ihagarariwe n’Akagari ka Murama.

    Ramjaane yakiniye ikipe y’Akagali ka Murama yari ihagarariye Umurenge wa Ngeruka naho Adam akinira akagari ka Kampeka kari gahagaririye Umurenge wa Kamabuye.

    Iminota 90 yarangiye amakipe yombi anganya ibitego 2-2, hitabazwa Penaliti, Kamabuye itsinda 3-1.

    Ikpe ya mbere yahembwe igikombe n’ ibihumbi ijana (100.000 FRW) mu gihe iya 2 yahembwe ibihumbi mirongo itanu (50.000 FRW).

    Ramjaane Joshua Foundation yatanze ubwisugane mu kwivuza ku bantu igihumbi bo mu Mirenge wa Ngeruka na Kamabuye. Buri Murenge wahawe ubwisungane mu kwivuza bw’abantu 500 ahwanye na Miliyoni ebyiri n’igice ( 2.500.000 FRW) kuri buri Murenge.

    Ramjaane washinze Ramjaane Foundation

    Adam, umushyitsi wa Ramajaane wahuguye abafashamirire ndetse anabwiriza ijambo ry’Imana ryibanze ku kwita ku burere bw’abana

    Ukuriye Ubuzima mu Murenge wa Ngeruka yashimye cyane Ramjaane Foundation ku bikorwa ikorera mu Mirenge ya Ngeruka na Kamabuye

    Abafashamirire nibo bahuguwe

    Umurenge wa Kamabuye wahawe miliyoni 2.5 Frw yo kugurira abaturage ubwisungane mu kwivuza

    Umurenge wa Ngeruka wahawe miliyoni 2.5 Frw yo kugurira abaturage ubwisungane mu kwivuza

    Banakinnye umupira

    Kamabuye ni yo yatwaye igikombe

    Arnaud Ntamvutsa ukuriye Ramjaane Foundation mu Rwanda

    Source : http://isimbi.rw/umunyarwenya-ramjaane-joshua-yatanze-ubwisungane-ku-bantu-1000-amafoto.html

  • Inzobere za Loni zasuye i Gashora ahazubakwa Ikigo cy'u Rwanda mu bya Nucléaire – #rwanda #RwOT

    Ni igikorwa cyabaye ku wa 28 Nyakanga 2026 nk'uko byatangajwe na RAEB.

    Uru ruzinduko rwabaye mu rwego rw'ubugenzuzi bwa IAEA buzwi nka Integrated Nuclear Infrastructure Review Mission for Research Reactors (INIR-RR), bugamije kureba aho u Rwanda rugeze mu myiteguro yo guteza imbere ibikorwaremezo bijyanye n'ubushakashatsi bushingiye ku ikoranabuhanga rya nucléaire.

    CNST ni kimwe mu bikorwaremezo by'ingenzi u Rwanda rwateganyije mu rwego rwo guteza imbere ubushakashatsi n'imikoreshereze y'ikoranabuhanga rya nucléaire mu nzego zitandukanye. Iki kigo giteganyijwe kubakwa mu Ntara y'Iburasirazuba, mu Karere ka Bugesera, hafi y'icyanya cyahariwe inganda n'Ishuri Rikuru rya RICA.

    U Rwanda ruvuga ko iki kigo kizagira uruhare mu guteza imbere ubushakashatsi n'ubuvuzi bukoresha ikoranabuhanga rya nucléaire. Mu mishinga ijyanye na nucléaire u Rwanda rufite, harimo no kwitegura gukoresha inganda nto z'amashanyarazi dukoresha ingufu za nucléaire zizwi nka Small Modular Reactors (SMRs).

    Uru ruzinduko rw'inzobere za IAEA ruje mu gihe u Rwanda rukomeje gukorana n'uru rwego rwa Loni mu kubaka ubushobozi, gutegura abahanga no gushyiraho ibikorwa remezo bizatuma ikoreshwa ry'ingufu za nucléaire rikorwa mu buryo bwizewe kandi bugamije iterambere rirambye.

    Iyi ntambwe ije mu gihe muri Werurwe 2026 itsinda ry'abakozi ba IAEA bari mu Rwanda na none mu ingenzura ryo kureba ko u Rwanda rwujuje ibisabwa mu kubaka uruganda rw'ingufu za nucléaire. Isuzuma ryakozwe ryagaragaje ko u Rwanda ruhagaze neza muri uru rwego.

    As part of the ongoing @iaeaorg Integrated Nuclear Infrastructure Review Mission for Research Reactors (INIR-RR) in Rwanda, RAEB staff, IAEA experts and key national stakeholders conducted a site visit to the future Centre for Nuclear Science and Technology (CNST) in Gashora,… pic.twitter.com/WScgC58g68

    — Rwanda Atomic Energy Board (RAEB) (@RAEB_Rwanda) July 18, 2026


    Source : http://igihe.com/amakuru/u-rwanda/article/inzobere-za-loni-zasuye-ahazubakwa-ikigo-cy-u-rwanda-mu-bya-nucleaire-i-gashora

  • Ibyishimo by'abacuruzi b'i Nyagatare babonye agatubutse kubera 'MTN Iwacu Muzika Festival' – #rwanda #RwOT

    Ibi babitangaje ku wa 18 Nyakanga 2026, ubwo kuri Stade y'Akarere ka Nyagatare, hakomerezaga ibi bitaramo bya 'MTN Iwacu Muzika Festival 2026'.

    Ibi bitaramo biri kuba ku nshuro ya karindwi, aho byatumiwemo abahanzi batwaye 'Primus Guma Guma Super Star', biri kuzenguruka mu mijyi irindwi y'u Rwanda kuva ku wa 20 Kamena 2026 kugeza ku wa 1 Kanama 2026.

    Umujyi wa Nyagatare wakiriye igitaramo cya Gatanu uyu mwaka, nyuma y'ibyabereye mu Turere twa Huye, Ngoma, Muhanga, Karongi twakiriye ibi bitaramo biheruka.

    Bamwe mu bacuruzi bo mu Karere ka Nyagatare by'umwihariko abafite ibikorwa by'ubucuruzi ahegereye Stade ya Nyagatare, baganiriye na IGIHE, bavuze ko bungutse byinshi kubera igitaramo cya MTN Iwacu Muzika Festival 2026, gitegurwa na East African Promoters (EAP) gitumirwamo abahanzi benshi bakomeye mu Rwanda.

    Dushimirimana Angelique ucuruza ibinyobwa hafi ya Stade y'Akarere ka Nyagatare yavuze ko amafaranga asanzwe yinjiza yikubye inshuro 10 kubera ibitaramo bya MTN Iwacu Muzika Festival.

    Ati 'Ubundi mu buzima busanzwe kuva mu gitondo kugeza mu ma saa munani mba ninjije ibihumbi 5000 Frw gusa ubungubu kuva mu gitondo kugeza aya masaha nshobora kuba maze kwinjiza amafaranga ari hagati ya 40000 Frw na 50000 Frw.'

    Manirafasha Jean Marie Vianney yavuze ko yari amaze igihe atunguka cyane kubera ko nk'ikarito y'ikinyobwa cya 'Energy' yajyaga ayimarana iminsi ibiri itarashira gusa kuri uyu munsi habareye ibitaramo bya MTN Iwacu na Muzika Festival, yaranguye amapaki arenga atatu ndetse n'ibindi bicuruzwa.

    Ibi abihurizaho na John Ndayisaba ukorera muri Hoteli ya Demi Sheraton iherereye mu Murenge wa Nyagatare wavuze ko abantu basanzwe bakira mu macumbi yabo ndetse na restaurant biyongereye ku kigero cyo hejuru kubera ibi bitaramo.

    Ati 'Ibi bitaramo bitugirira akamaro gakomeye cyane kubera ko nko ku ruhande rwacu ibyumba byari byashize kubera abantu bitabiriye ibi bitaramo baturutse mu bice bitandukanye ndetse n'abakoresha restaurant biyongereye cyane kubera ko bavuye kuri 50 dusanzwe twakira bagera kuri 200.'

    Umuyobozi w'Akarere ka Nyagatare wungirije ushinzwe Iterambere ry'Ubukungu, Matsiko Gonzague, yavuze ko ibitaramo bya 'MTN Iwacu Muzika Festival' bigira akamaro gakomeye karenze kubinjiriza agatubutse gusa kuko bibafasha gusoza icyumweru neza.

    Ati 'Ibitaramo nk'ibi byongera umunezero n'ibyishimo ku baturage bacu ndetse bikanabafasha gusoza icyumweru neza ibituma basubira mu kazi bameze neza babonye umwanya wo kuruhuka'

    Yakomeje avuga ko ibi bitaramo bya MTN Iwacu Muzika Festival bifasha kuzamura impano z'abahanzi bakiri bato bo mu Karere ka Nyagatare kuririmbira imbere y'abantu benshi ndetse no kubinjiriza agatubutse.

    Ab’i Nyagatare bitabiriye ibitaramo bya MTN Iwacu Muzika Festival ku bwinshi ndetse bitezemo kunguka byinshi


    Source : http://igihe.com/amakuru/u-rwanda/article/ibyishimo-by-abacuruzi-b-i-nyagatare-babonye-agatubutse-kubera-mtn-iwacu-muzika

  • FIFA WORLD CUP: Ubwongereza bwihanije Ubufaransa mu mukino w'amateka wabonetsemo ibitego 10 #rwanda #RwOT

    Ikipe y'igihugu y'Ubwongereza yegukanye umwanya wa gatatu mu Gikombe cy'Isi cya FIFA 2026 nyuma yo gutsinda Ubufaransa ibitego 6-4 mu mukino udasanzwe waranzwe n'ibitego 10.

    Ubwongereza bwinjiye mu mukino bwihuta cyane, bwerekana umukino mwiza wo gusatira. Declan Rice yafunguye amazamu, mbere y'uko Hansa atsinda igitego cya kabiri. Bukayo Saka wakomeje kwigaragaza atsinda ibitego bitatu (hat-trick), mu gihe Jude Bellingham yashyizemo igitego cya gatandatu cyemeje intsinzi y'Abongereza.

    Ku ruhande rw'Ubufaransa, nubwo bwagerageje kwigaranzura umukino, ntibyabubujije gutsindwa. Kylian Mbappé yatsinze ibitego bibiri, Bradley Barcola atsinda kimwe, naho Ousmane Dembélé atsinda igitego cya kane.

    Uyu mukino wabaye umwe mu mikino itazibagirana muri iri rushanwa kubera uburyo amakipe yombi yakinaga asatira ndetse n'ibitego 10 byawuranze. Bukayo Saka ni we wabaye umukinnyi wigaragaje kurusha abandi nyuma yo gutsinda hat-trick, afasha Ubwongereza gusoza irushanwa ku mwanya wa gatatu.

     

    Source : https://flash.rw/2026/07/19/fifa-world-cup-ubwongereza-bwihanije-ubufaransa-mu-mukino-wamateka-wabonetsemo-ibitego-10/

  • Rayon Sports yatsinze Gor Mahia, abakinnyi bamwe barigaragaza #rwanda #RwOT

    Ibitego bibiri byatsinzwe na Antonio Atisso Kodjo na Nkundimana Fabio byafashije Rayon Sports gutsinda Gor Mahia mu mukino wa gicuti.

    Ni umukino wabaye mu rwego rwo kwizihiza Umunsi w’Igikundiro (Rayon Day 2026) wabaye uyu munsi ku wa Gatandatu aho yerekanye abakinnyi n’abatoza izakoresha mu mwaka w’imikino wa 2026-27.

    Nyuma yo kwerekana abakinnyi nibwo uyu mukino wa gicuuti mpuzamahanga wabaye muri Kigali Pelé Stadium.

    Mu bakinnyi Rayon Sports yabanjemo bari biganjemo abashya nk’umunyezamu Dande Junior, Muderi Akbar, Ibrahim Djingarey, Issa Djiguiba, Antonio Atisso Kodjo na Boris Gbenou, Nizeyimana Moubarak, Charles Tchouplaou na Matumona Wakonda Kanda Abel.

    Nshimiyimana Emmanuel Kabange na Ishimwe Elie Ganijuru nibo bakinnyi basanzwe mu ikipe babanjemo.

    Rayon Sports ikaba yatangiye ishaka igitego ndetse ishyira igitutu kuri Gor Mahia, gusa umunyezamu wayo abyitwaramo neza.

    Gor Mahia nayo yakinaga ariko ikinira mu kibuga cyayo cyane ariko ubona ko irimo kwiga imikinire ya Rayon Sports.

    Mu minota 15 ya nyuma y’igice cya mbere, Gor Mahia yashyize igitutu kuri Rayon Sports ndetse ibona n’amahirwe akomeye ariko umunyezamu Dande Junior awukuramo.

    Mu minota y’inyongera y’igice cya mbere Rayon Sports yatsinze igitego cya mbere cyatsinzwe na Antonio Atisso Kodjo ku mupira yari ahawe na Nizeyimana Moubarak.

    Muri iki gice cya mbere, Rayon Sports yakoze impinduka aho Boris Gbenou yavuye mu kibuga yagize imvune asimburwa na Iradukunda Elie Tatu. Amakipe yombi yagiye kuruhuka ari 1-0.

    Rayon Sports kandi yatangiye igice cya kabiri ikora impinduka Dande Junior, Nizeyimana Moubarak na Matumona Wakonda Kanda Abel baha umwanya Drissa Kouyate, Ndikumana Asman na Nshuti Didier.

    Yakomeje kugenda ikora izindi mpinduka nka Antonio Atisso Kodjo, Ibrahim Djingarey na Nshimiyimana Emmanuel Kabange, Issa Djiguiba, Elie Tatu, Ndikumana Asman, Muderi Akbar bavuyemo.

    Hajyamo Tony Kitoga, Ndayishimiye Didier, Muhoza Daniel, Nisingizwe Christian, Tambwe Gloire Ngongo, Nkundimana Fabio na Kameni Herman.

    Gor Mahia yakomeje gushaka igitego cyo kwishyura ndetse ibona amahirwe ariko biranga ni nako na Rayon Sports yashatse icya kabiri ikibona mu minota y’inyongera gitsinzwe na Nkundimana Fabio ku mupira yahawe na Kameni Herman. umukino warangiye ari 2-0.

    Nubwo bigoye guca urubanza ku mukino wa mbere ariko mu bakinnyi bashya ba Rayon Sports abigaragaje bishimiwe n’abafana barimo; Nizeyimana Moubarak, Antonio Atisso Kodjo, Ibrahim Djingarey, Muderi Akbar, Iradukunda Elie Tatu, Muhoza Daniel na Dande Junior.

    Issa Djiguiba ntabwo yiyeretse abakunzi ba Rayon Sports neza

    Kabange ni we kapiteni

    Antonio Atisso Kodjo yatangiye neza muri Rayon Sports atsinda

    Bishimira igitego kimwe rukumbi cyabonetse

    Source : http://isimbi.rw/rayon-sports-yatsinze-gor-mahia-abakinnyi-bamwe-barigaragaza.html

  • Huye: Umusaza wararaga izamu yasanzwe mu bwiherero yapfuye – #rwanda #RwOT

    Byabaye mu ijoro ryo ku wa 17 rishyira ku wa 18 Nyakanga 2026, mu Mudugudu wa Rusisiro, Akagari ka Matyazo, Umurenge wa Ngoma, ho mu Karere ka Huye.

    Abageze aho byabereye mbere bavuze ko uyu muzamu yasanzwe mu bwiherero yubitsemo umutwe, iduka yarindaga ryatobowe, rinibwamo ibintu byinshi.

    Dusabimana Rosine, wakoreshaga uyu muzamu muri iri duka yabwiye IGIHE ko bari bamaranye amezi ane, kandi yari umwizerwa mu kazi k'umutekano yakoraga.

    Uyu mubyeyi yayuze ko ubwo babyukaga bahurujwe n'abaturanyi mu gitondo, batunguwe no gusanga umuzamu wabo yapfuye ari mu bwiherero bwa butiki, bigaragara ko yishwe.

    Yavuze ko abamwibye bacukuye inzu baturutse inyuma bakinjira bagatwara ibintu bitandukanye birimo inkweto, ibyo kunywa bidasembuye, amavuta yo kwisiga no guteka ndetse n'ibindi byinshi bifite agaciro k'ibihumbi 850 Frw.

    Undi muturage uri no mu nzego z'ibanze zishinzwe umutekano utashatse kwivuga, yavuze ko ikibazo cy'umutekano mucye mu Matyazo gikeneye izindi mbaraga za Polisi n'Ingabo kuko kitakiri icy'irondo risanzwe.

    Yavuze ko intonde z'ibisambo n'abanywi b'ibiyobyabwenge nka kanyanga muri Matyazo zizwi, ariko ikibura ari ubufasha bw'inzego zifite ububasha zo kubahashya, anasaba ko abakunze gufatwa bahita barekurwa, bityo bigaca intege abaturage mu gukomeza gutanga amakuru.

    Umuvugizi wa Polisi mu Ntara y'Amajyepfo, CIP Kamanzi Hassan, yabwiye IGIHE ko na bo amakuru bayamenye ndetse bihutiye kujyayo bari kumwe na RIB basanga umuzamu wari mu kigero ki myaka 61 warindaga iduka koko yishwe n'abagizi ba nabi, bahita bafata umurambo.

    Ati 'Umurambo wajyanwe ku bitaro bya CHUB mu gihe ubugenzacyaha bwatangiye iperereza . Ubu Polisi ku bufatanye n'izindi nzego ndetse n'abaturage bakomeje gushakisha ababigizemo uruhare.''

    Yakomeje avuga ko Polisi yihanganishije umuryango wa nyakwigendera, aboneraho no kwibutsa abishobora mu bikorwa bigayitse bihungabanya umutekano n'ituze ry'abaturage kubihagarika kuko Polisi itazabihanganira, kandi ko kubahiriza amategeko bireba buri wese.

    RIB yihutiye kugera ahabereye icyaha gutangira iperereza

    Abatuye mu Kagari ka Matyazo no mu nkengero zaho, bifuza ko umutekano waho wakazwa kuko ubugizi bwa nabi bubibasiye


    Source : http://igihe.com/amakuru/u-rwanda/article/huye-umusaza-wararaga-izamu-yasanzwe-mu-bwiherero-yapfuye