Wasili yinjiye bidasanzwe acokoza APR FC, Faustinho abura bitunguranye – Rayon Sports yerekanye abakinnyi #rwanda #RwOT

Written by

in

Rayon Sports yerekanye abakinnyi izakoresha mu mwaka w’imikino wa 2026-27 ariko mu buryo butunguranye kubera uburwayi, umunyamakuru Mugenzi Faustin (Faustinho Simbigarukago) ntabwo yagaragaye nk’umushyushyarugamba nk’uko bimaze kumenyerwa.

Uyu munsi ku wa Gatandatu tariki ya 18 Nyakanga 2026 nibwo habaye Rayon Day 2026, umunsi iyi kipe ya Rayon Sports yerekaniyeho abakinnyi izakoresha mu mwaka w’imikino wa 2026-27.

Ni Rayon Day yari yihariye aho berekanye abakinnyi ariko noneho kuri iyi nshuro ntabwo berekanye nimero bazambara.

Mu buryo bwatunguye benshi ntabwo Faustinho wagomgaga kuba MC kuri uyu munsi nk’uko bimaze kumenyerwa ntabwo yabonetse kubera uburwayi.

Yahise asimbuzwa Muhoza Maxime gusa ntabwo byamworoheye, icyuho cya Faustinho cyagaragaye, afite ukuntu ibintu yamaze kubishyira ku rundi rwego ku buryo kumusimbura bitakoroha.

Ni umunsi wabimburiwe n’umukino wa gicuti wahuje abakanyujijeho muri iyi kipe (Legends) n’ikipe ya Inyange aho warangiye amakipe yombi anganyije 3-3.

Byari bimaze kugera hafi saa 16h, hahise hakurikiraho igikorwa cyo kwerekana abakinnyi Rayon Sports y’abagore izakoresha mu mwaka w’imikino utaha.

Iki gikorwa kikaba cyayobowe na Maxime wari umushyushyarugamba kuri uyu munsi afatanyije n’umunyamakuru Ishimwe Muhayimpundu Adelaide Ida.

Nyuma y’iminota irenga 30 abantu bicaye ubona nta kintu kiba aho gushyushya abafana byari hasi cyane.

Saa 16h48′ nibwo abakunzi ba Rayon Sports bongeye gushyuha ubwo Wasili yinjiragaga aje gufatanya na Maxime.

Yinjiye mu buryo budasanzwe aho yaje mu kamodoka kakamwinjiza mu kibuga yakirwa n’abakunzi ba Rayon Sports.

Wasili uzwiho gucokoza umukeba, APR FC nabwo ntiyaripfanye..

Uyu wari wambaye imikara, yahise agira ati “Ntimukangwe n’uko nambaye imikara, hari ikipe nkuru hano mu Rwanda yambara iri bara ariko nta munsi igira, ntibagire ikibazo rero irahagarariwe.”

Uwizeyimana Sylvestre uzwi nka Wasili na Muhoza Maxime bahise bahamagara ikipe izakoreshwa mu mwaka w’imikino wa 2025-26 babereka abafana.

Dore abakinnyi Rayon Sports izakoresha na nimero bazambara

35 Dande Junior
32 Mugisha Yves
23 Drissa Kouyaté
33 Muvunyi Aime Christian
2 Alexandre Bikorimana
16 Ishimwe Elie Ganijuru
5 Nshimiyimana Emmanuel ‘Kabange’
28 Nshimimana Fabrice
3 Uwumukiza Obed
22 Nshuti Didier
19 Matumona Wakonda Kanda Abbel
18 Charles Tchouplaou
26 Tambwe Gloire
20 Nkundimana Fabio
6 Nisingingizwe Christian
4 Muderi Akbar
13 Ndayishimiye Didier
8 Ibrahim Djingarey
10 Issa Djiguiba
17 Ndikumana Asman
11 Boris Gbenou
7 Antonio Atisso Kodjo
21 Muhoza Daniel
40 Iradukunda Elie Tatou
39 Hakizimana Zuberi
25 Junior Kameni Herman
Uwimana Ami
Niyonzakorera Alpha
Imanayonyine Pierre
Ishimwe Brain

Rayon Sports izatozwa na Haringingo Francis azungirizwa na Habimana Sosthene na Dusange Sacha mu gihe umutoza wongera imbaraga ari Mwambari Serge n’aho umutoza w’abanyezamu ari Hugo Tricárico

Mbere y’umukino wa Gor Mahia na Rayon Sports hagiyeho abahanzi Bulldogg, Kitoko na Chorale de Kigali basusurukije abakunzi ba Rayon Sports.

Abakinnyi Rayon Sports izakoresha mu mwaka w’imikino wa 2026-27

Ni uku yinjiye muri Stade

Yari yambaye imikara avuga ko ahagarariye APR FC

Bitunguranye Faustinho yarwaye ntiyagaragara kuri Rayon Day ari we wagombaga kuyikora

Abafana bari benshi

Source : http://isimbi.rw/wasili-yinjiye-bidasanzwe-acokoza-apr-fc-faustinho-abura-bitunguranye-rayon.html

Comments

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *