Category: Uncategorized

  • Kigali: Umunya-Sudani y'Epfo wakubise umwarimu we yakatiwe igifungo cy'amezi atandatu asubitse – #rwanda #RwOT

    Ni umwanzuro uru rukiko rwasomye kuri uyu wa 31 Nyakanga 2026, aho rwemeje ko ikirego cy'Ubushinjacyaha gifite ishingiro, ariko rugira uyu munyeshuri umwere ku cyaha cyo gukoresha ibikangisho nyuma yo gusanga nta bimenyetso bihagije bituma kimuhama.

    Yari akurikiranyweho ibyaha bibiri ari byo gukubita no gukomeretsa hamwe n'icyo gukoresha ibikangisho.

    Urukiko rwategetse kandi ko Viola Eli Bibi Albert yishyura umwarimu we indishyi zingana n'ibihumbi 700 Frw, zikubiyemo igihembo cy'avoka, amafaranga y'ikurikiranarubanza, amagarama n'indishyi z'akababaro.

    Uru rubanza rwatangiye nyuma y'ubushyamirane bwabaye ku wa 4 Kamena 2026 hagati ya Viola Eli Bibi n'umwarimu we ushinzwe gushyira amanota muri 'system' ya kaminuza.

    Uyu munyeshuri wari mu mwaka wa kane wa kaminuza, yari asigaje igihembwe kimwe ngo arangize amasomo, yari yagiranye ikibazo n'umwarimu bapfa amanota y'isomo yari yaratsinzwe.

    Umwarimu yavuze ko nyuma yo gushyira ayo manota muri 'sysytem' ya kaminuza ari bwo uyu munyeshuri yahise amusagarira akamukubita kugeza ubwo amukomeretsa.

    Uyu munyeshuri ngo yamushinjaga ko ari we utuma atsindwa ndetse ngo yamubwiye amagambo amutera ubwoba ko azamwica.

    Mu iburanisha ryabaye ku wa 16 Nyakanga 2026, Viola Eli Bibi yemeye ko yakubise umwarimu we, asaba imbabazi avuga ko yabitewe n'umujinya n'uburakari bwo gutsindwa amasomo ariko umwarimu we ntiyemeye gutanga imbabazi.

    Ku ruhande rw'Ubushinjacyaha, bwari bwamusabiye guhabwa igifungo cy'imyaka itatu ndeste umwunganizi w'umwarimu yari yasabye indishyi zingana na miliyoni 9,2 Frw.

    Nyuma yo gusuzuma ibyo byose Urukiko rwemeje ko Viola Eli Bibi ahanishwa igifungo cy'amezi atandatu n'ihazabu ya 100.000 Frw, byombi bisubitse mu gihe cy'umwaka kandi icyo cyemezo gishobora kujuririrwa mu gihe kitarenze iminsi 30.


    Source : http://igihe.com/amakuru/u-rwanda/article/kigali-umunya-sudani-y-epfo-wakubise-umwarimu-we-yakatiwe-igifungo-cy-amezi

  • U Rwanda rwanenze MONUSCO ku basivili boherejwe bitwa abarwanyi ba FDLR – #rwanda #RwOT

    Yatanze aya makuru kuri uyu wa 1 Kanama 2026, avuga kuri MONUSCO yatangaje ko tariki ya 29 Nyakanga, ubwo u Rwanda rwasubizaga muri RDC Abanye-Congo 39 bari barabeshye ko bahoze mu mutwe wa FDLR itari ihari kandi ko nta ruhare yabigizemo.

    MONUSCO yagize iti “Mbere y'uko igikorwa icyo ari cyo cyose cyo kohereza abantu mu Rwanda gikorwa, MONUSCO ikora igenzura ryimbitse rigizwe n'intambwe nyinshi kugira ngo harebwe niba abo bireba bujuje ibisabwa ngo batahe.”

    Minisitiri Nduhungirehe yatangaje ko icyo MONUSCO idashobora guhakana ari uko imaze igihe yoherereza u Rwanda abantu bitwa ko bahoze ari abarwanyi ba FDLR ariko isuzuma rikagaragaza ko ntaho bahuriye n'uyu mutwe w'iterabwoba.

    Ati “Icyo MONUSCO itakwihakana ni uko kuva mu Ukwakira k'umwaka ushize, yohereje abantu 81 nk'abahoze ari abarwanyi ba FDLR, nyuma byagaragaye ko ari abasivili b'Abanye-Congo ku babyeyi bombi, badafite inkomoko mu Rwanda, batanafitanye amateka n'imitwe yitwaje intwaro.”

    Minisitiri Nduhungirehe yasobanuye ko urwego ruhuriweho rw'akarere k'Ibiyaga Bigari rushinzwe kugenzura umutekano wo ku mipaka, EJVM/MCVE, rwasabwe kugenzura iki kibazo, mu gihe cy'ibazwa, Abanye-Congo 69 bicuza ko biyitiriye umutwe wa FDLR bagamije kubona amahirwe abandi bahabwa iyo bageze mu Rwanda.

    Ati “MCVE yanasabwe kugenzura aya makuru. Mu biganiro n'abo bantu, 69 muri bo bicujije kuba baremeye kwiyita abahoze ari abarwanyi ba FDLR kubera amahirwe ikigo cyo gusubiza mu buzima busanzwe abari abasirikare cya Mutobo giha abahoze ari abarwanyi.'

    Minisitiri Nduhungirehe yibukije MONUSCO ko mu bikorwa byo kwambura intwaro abahoze ari abarwanyi no kubasubiza mu buzima busanzwe, ikwiye kujya ishishoza, ikarangwa n'ubunyamwunga ndetse n'ubunyangamugayo.

    MONUSCO yohereza abarwanyi mu Rwanda binyuze muri gahunda yayo yo gusubiza mu buzima busanzwe abahoze mu mitwe y’inyeshyamba, DDRRR

    Minisitiri Olivier Nduhungirehe yatangaje ko kuva mu Ukwakira 2025, MONUSCO yohereje mu Rwanda Abanye-Congo 81 bitwaga ko bahoze muri FDLR


    Source : http://igihe.com/amakuru/u-rwanda/article/u-rwanda-rwanenze-monusco-ku-basivili-boherejwe-bitwa-abarwanyi-ba-fdlr

  • Abatubuzi, Imyambarire bimwe mu byahagurukiwe mu gitaramo cya King James #rwanda #RwOT

    Mu gihe habura amasaha mbarwa umuhanzi King James akajya ku rubyiniro mu gitaramo cye cy’umunsi wa mbere mu kwizihiza imyaka 20 amaze mu muziki, umutekano wakajijwe buri ruhande aho amategeko n’amabwiriza agomba gukurikizwa.

    Iki gitaramo kiba kuri uyu wa Gatandatu tariki ya 1 Kanama 2026 muri Kigali Arena, kikaba kigomba kuba iminsi ibiri aho no ku munsi w’ejo ku Cyumweru kizaba.

    Iyo ugeze kuri Arena aho iki gitaramo kigomba kubera ubona ko ibintu byose biri ku murongo, buri ruhande mu nshingano zarwo.

    Kimwe mu bintu byitaweho cyane ni ukureba niba nta muntu winjirira ku itike yakoreshejwe n’abandi (yabaye scanned).

    ISIMBI hari abantu yabonye bazanaga itike ariko bakabwirwa ko yamaze gukoreshwa, badashobora kuyinjiriraho.

    Gusa umwe mu bashinzwe kugenzura aya matike yabwiye ISIMBI ko nyuma yo gusuzuma neza basanze atakoreshejwe ahubwo habayemo kwibeshya kwa system.

    Ati “Hari ukuntu utunga telefoni ku itike ngo ukore ‘scan’ bikanga ariko nyamara yamaze kuba ‘scanned’, ubundi ugakoresha ‘QR Code’ bakakubwira ko yamaze gukoreshwa, ntabwo byumvikana ko bakubwira ko itike yakoreshejwe saa 17h55′ kandi ayo masaha ari bwo abo bantu bahagaze aho bashaka kwinjira. Ntimugire ikibazo nta muntu ushobora gutubura, kereka babimufashijema abagenzura amatike.”

    Ikindi kintu kitaweho cyane ni imyambarire, byari bimenyerewe ko abantu bitabira ibitaramo hari ukuntu bambara rimwe na rimwe ugusanga bambaye hafi ya ntabyo.

    Kuri iyi nshuro si ko bimeze kuko na Polisi irahari kugira ngo igenzure iki kintu, nta muntu winjiramo yambuye imyambara itamuhesha icyubahiro.

    Ni nyuma y’uko Minisiteri y’Urubyiruko n’Iterambere ry’Ubuhanzi, ku bufatanye n’inzego zitandukanye zifite aho zihuriye n’uruganda rw’imyidagaduro, zivuze ko zigiye kongera imbaraga mu kugenzura ubuziranenge bw’inzoga zitangirwa mu bitaramo, imyitwarire n’imyambarire by’ababyitabira, mu rwego rwo kubaka imyidagaduro itekanye kandi yubahiriza indangagaciro z’u Rwanda.

    Imyambarire no kugenzura abatubuzi byitaweho muri iki gitaramo

    Source : http://isimbi.rw/abatubuzi-imyambarire-bimwe-mu-byahagurukiwe-mu-gitaramo-cya-king-james.html

  • Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n'umuryango wa Juvenal Habyarimana #rwanda #RwOT

    Icukumbura cyatangajwe n'ikinyamakuru African Facts ku wa 30 Nyakanga 2026 cyashyize ahagaragara amakuru kivuga ko umwe mu bajyanama ba hafi ba Perezida wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC), Félix Tshisekedi, afitanye amateka y'umubano umaze imyaka n'abagize umuryango wa Habyarimana Juvénal wahoze ayobora u Rwanda.

    Nk'uko iri cukumbura ribivuga, uwo ni Kaumbu Mandungu Bula, uzwi cyane ku izina rya 'Kao', usanzwe ari umwe mu bantu bafite ijambo rikomeye mu biro bya Perezida Tshisekedi.

    Iyi dosiye isohotse mu gihe ikibazo cy'umutekano mu burasirazuba bwa RDC gikomeje gukurura impaka ku rwego mpuzamahanga, aho Kinshasa ishinja u Rwanda gufasha umutwe wa AFC/M23, mu gihe u Rwanda rwakomeje guhakana ibyo birego, rukavuga ko ikibazo nyamukuru ari ubufatanye bwa Leta ya RDC n'umutwe wa FDLR, washinzwe n'abagize uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.

    Nk'uko African Facts ibitangaza, umubano hagati ya Kao n'abagize umuryango wa Habyarimana watangiye kugaragara mu myaka yashize, ubwo impande zombi zahuriraga mu Bubiligi.

    Iri cukumbura rivuga ko nyuma y'iyo mibanire, Kao yagize uruhare mu gutegura inyandiko z'imiryango yiswe iy'ubugiraneza, yari igamije kwandikwa muri RDC nk'amashami y'indi yari isanzwe ikorera mu Bwongereza.

    Nk'uko inyandiko iki kinyamakuru kivuga ko cyabonye zibigaragaza, muri Ugushyingo 2007 hatangiye gutegurwa ishyirwaho ry'ishami ry'iyo miryango muri Kinshasa, nyuma riza kwandikwa mu mwaka wa 2008.

    Nubwo ku mpapuro iyo miryango yavugaga ko igamije ibikorwa by'ubugiraneza n'iterambere, African Facts ivuga ko iperereza ryayo ritabonye ibimenyetso byerekana ko yakoze ibikorwa bifatika by'ubutabazi cyangwa iterambere mu bihugu yanditswemo.

    Mu bantu bagaragara cyane muri iri cukumbura harimo Jean-Luc Habyarimana, umwe mu bahungu ba Habyarimana Juvénal.

    Iki kinyamakuru kivuga ko inyandiko z'amasezerano cyabonye zerekana ko tariki ya 20 Gicurasi 2008 Jean-Luc yagiranye amasezerano y'ishoramari n'umwe muri iyo miryango ikorera mu Bwongereza, aho yashoyemo Amayero ibihumbi 125.

    Nk'uko African Facts ibivuga, ayo masezerano yavugaga ko yagombaga gusubizwa Amayero ibihumbi 250 hagati y'Ukuboza 2008 n'Ukuboza 2009, ibintu iki kinyamakuru kivuga ko byari bingana n'inyungu ya 100%.

    Iri cukumbura rinavuga ko hagati ya 2008 na 2009 Jean-Luc Habyarimana yakiriye andi mafaranga menshi yanyujijwe muri iyo miryango, ndetse rikavuga ko hari amafaranga aturuka kuri konti zo mu Busuwisi na Panama yagiye anyuzwa muri uwo muyoboro.

    Kimwe mu bice by'ingenzi bigize iri cukumbura ni ubutumwa bwa email iki kinyamakuru kivuga ko cyabonye.

    Muri bumwe muri ubwo butumwa, bivugwa ko Kao yabazaga Jean-Luc niba mukuru we Leon Habyarimana yari yamaze kwakira amafaranga, anamwibutsa ko nyina, Agathe Kanziga, akwiriye kujya amenyeshwa hakiri kare igihe amafaranga yoherejwe.

    Mu bundi butumwa, African Facts ivuga ko Kao yagarutse ku yandi mafaranga yoherejwe Kanziga, agaragaza ko atishimiraga uburyo abana be batamumenyeshaga uko amafaranga yoherezwa.

    Ikinyamakuru kivuga ko ubu butumwa buri mu nyandiko bwabonye nyuma y'iperereza ryakozwe ku rugo rwa Agathe Kanziga mu Bufaransa, aho abashinzwe iperereza bafatiye mudasobwa n'izindi nyandiko.

    Mu Mutarama 2023, Perezida Félix Tshisekedi yagize Kao umwe mu bajyanama be b'ingenzi.

    Kuva icyo gihe, nk'uko African Facts ibivuga, yinjiye mu itsinda rito rikorana bya hafi n'Umukuru w'Igihugu ku bibazo bifitanye isano n'umutekano, politiki n'ubukungu.

    Iri cukumbura rivuga ko Kao yagiye agaragara mu biganiro bifitanye isano n'amasezerano y'ubucukuzi bw'amabuye y'agaciro, kugura intwaro, ibikorwa bya gisirikare ndetse n'ibyerekeye ikoreshwa ry'abacanshuro b'abanyamahanga.

    African Facts ivuga kandi ko tariki ya 16 Mata 2024, Kao yitabiriye inama yabereye i Kinshasa yahuje abahagarariye imitwe ya Wazalendo.

    Nk'uko iri cukumbura ribivuga, muri iyo nama yashishikarije iyo mitwe gukomeza ibikorwa byo gushaka no kwinjiza urubyiruko.

    Raporo zitandukanye z'impuguke z'Umuryango w'Abibumbye zagiye zigaragaza ko mu nama nyinshi zahuje imitwe ya Wazalendo hagiye hanitabira abahagarariye umutwe wa FDLR, bavuga ko ukorana n'iyo mitwe ku rugamba. Ibyo ni bimwe mu byo u Rwanda rwagiye rwifashisha ruvuga ko bigaragaza ubufatanye hagati ya Leta ya RDC n'uwo mutwe.

    Iri cukumbura rinavuga ko muri Kamena 2024 Jean-Luc Habyarimana yagiriye uruzinduko rw'ibanga i Kinshasa.

    Nyuma yaho, mu Ugushyingo 2025, yongeye gusura RDC ku mugaragaro, aho yafashwe amashusho ari muri icyo gihugu.

    Nk'uko African Facts ibitangaza, ayo makuru yateje kwibaza ku rwego rw'imikoranire iri hagati y'abagize umuryango wa Habyarimana n'ubuyobozi bwa RDC.

    Muri Mata 2026, Umuvugizi wa Guverinoma ya RDC, Patrick Muyaya, yashimye Jean-Luc Habyarimana, amwita umuntu uharanira amahoro n'ubwiyunge, anavuga ko Kinshasa izakomeza kuganira n'abo yise inshuti z'Abanyarwanda.

    Mu gusoza, African Facts ivuga ko amakuru yakusanyije agaragaza ishusho y'umubano umaze imyaka hagati ya bamwe mu bagize umuryango wa Habyarimana n'abantu bafite imyanya ikomeye muri Leta ya RDC.

    Ikinyamakuru kivuga ko kuba umwe mu bantu bagaragazwa muri iyo dosiye ari umwe mu bajyanama ba hafi ba Perezida Tshisekedi bishobora gukomeza kuzamura ibibazo ku ruhare rw'uwo mubano mu byemezo bifatwa ku mutekano no kuri politiki ya RDC, cyane cyane mu gihe intambara yo mu burasirazuba bw'icyo gihugu ikomeje.

    Icyakora, kugeza igihe iri cukumbura ryatangarijwe, nta gisubizo cyari cyatangajwe ku mugaragaro na Kaumbu Mandungu Bula, Jean-Luc Habyarimana cyangwa ibiro bya Perezida wa RDC ku birego n'amakuru bikubiye muri iyo dosiye. Inkuru ishingiye ku byo African Facts yatangaje, kandi abavugwamo bagumana uburenganzira bwo gutanga ibisobanuro cyangwa kubihakana.

     

    Source : https://rushyashya.net/icukumbura-ku-bari-inyuma-yo-guhuza-tshisekedi-numuryango-wa-juvenal-habyarimana/

  • Impinduka nshya enye zigiye gukorwa mu burezi bw'u Rwanda – #rwanda #RwOT

    Izo mpinduka zirimo kongera igihe abanyeshuri biga mu mashuri nderabarezi bamaraga mu ishuri, kongera umusanzu w'ababyeyi muri gahunda yo kugaburira abana ku mashuri no gukaza ingamba zo kurwanya imyitwarire mibi mu mashuri.

    Abarangiza TTC bazajya biga imyaka itanu

    Guhera muri Nzeri 2026, abanyeshuri bazinjira mu mashuri nderabarezi, TTC, bazajya bakurikira gahunda y'imyaka itanu, aho kuba imyaka itatu isanzweho.

    Iyi mpinduka igamije gutuma abarimu bo mu mashuri abanza bahabwa amahugurwa yimbitse mu mwuga mbere yo gutangira kwigisha.

    Ikigamijwe ni uko abarimu bigisha mu mashuri abanza bagomba kuba bararangije kaminuza aho kuba ayisumbuye nk'uko byari bimeze.

    Gahunda isanzwe yanenzwe kuba idaha abanyeshuri umwanya uhagije wo kwiga uburyo bwo gutanga amasomo, kuyobora ishuri, gusobanukirwa imikurire y'umwana no kwimenyereza umwuga mu mashuri.

    Minisitiri w'Uburezi Nsengimana Joseph ubwo yari mu kiganiro na RBA yavuze ko gahunda yo gushyira abarimu bize kaminuza mu mashuri abanza bizakorwa mu myaka 10.

    Ati 'Muri gahunda rero tuzazamura icyiciro cy'abarimu bigisha mu mashuri abanza kugira ngo mu gihe kiri imbere abarimu bazabe bafite imyamyabushobozi igera ku ya kaminuza, [Licence] ariko ibyo tuzabikora mu byiciro bibiri. Abafite A2 tubageze kuri A1, abafite diplômes y'amashuri yisumbuye tubajyanye kuri A1, icyiciro cya kabiri bazava kuri A1 bajye kuri A0. Ibi tuzabikora mu myaka 10.'

    Yavuze ko abana basabye kwiga mu mashuri nderabarezi bazasanga batishimiye iyi gahunda nshya bazahabwa uburenganzira bwo guhitamo gukomeza bakayiga cyangwa kudakomerezamo.

    Biteganyijwe kandi ko kuzamura impamyabumenyi z'abarimu bo mu mashuri abanza bizatuma u Rwanda rugendana n'ibipimo byo mu karere no ku rwego mpuzamahanga, aho impamyabumenyi ya kaminuza isigaye isabwa kugira ngo umuntu yemererwe kwigisha.

    Abarimu bigisha ubu ntabwo bazirukanwa, ahubwo bazafashwa bashyirirweho uburyo bwo kuzamura ubumenyi.

    Ingengabihe izongerwamo ibikorwa byunganira amasomo

    Indi mpinduka izibanda ku kuvugurura ingengabihe y'umunsi w'amasomo no guha umwanya munini ibikorwa byunganira ibyo abanyeshuri bigira mu ishuri.

    Amasaha amasomo atangirira ntabwo azahinduka, ahubwo abarimu bazajya bigisha kugeza 15:30 hanyuma igihe gisigaye, abanyeshuri babe bari mu bikorwa byunganira ibyo bize batahe Saa 17:00 nk'uko bisanzwe.

    Ibyo bizajya bikorwa kuva ku wa Mbere kugera ku wa Kane, hanyuma ku wa Gatanu, abanyeshuri batahe 15:30, abarimu babone umwanya wo gukora ibikorwa bindi bigamije kunoza akazi kabo.

    Ibikorwa byunganira amasomo bizafasha abana guteza imbere guhanga ibishya, gukorera hamwe n'ubundi bumenyi bukenerwa mu buzima. Ibyo bikorwa birimo nko kujya mu matsinda yo kuganiriramo (debate club) n'ibindi bifitanye isano n'amasomo biga.

    Ati “Ni uburyo ushimangira ibyo wize ariko uticaye mu ishuri. Urugero, Icyongereza iyo wicaye mu ishuri bakubwira ikibonezamvugo [grammar] ariko amasomo nyunganiranteganyanyigisho ni ukujya mu matsinda yo kuganira [debate club]. Ubundi ntabwo twabikoraga.'

    Ibi bikorwa bizabajya bikorerwa ku mashuri, hifashishijwe ibikorwaremezo bihari, ariko abanyeshuri baticaye mu ishuri ngo mwarimu yigishe abahagaze imbere.

    Ati “Bizafasha mu buryo abana biga…muri iyo mpinduka, ku wa Gatanu abana bazajya bataha 15:30'…abarimu bakeneye kujya muri aya mahugurwa. Ntabwo bakeneye kubikora abana bari ku ishuri.”

    Biteganyijwe ko iyi gahunda izafasha umwana gutera imbere mu myigire, mu mibanire n'abandi no mu marangamutima, ari na ko ategurirwa kugira ubumenyi n'ubushobozi bukenewe.

    Amafaranga y'ifunguro azazamurwa

    Amashuri ya Leta n'afashwa na Leta kubw'amasezerano agenerwa amafaranga y'ibikorwa bitandukanye, hakiyongeraho agenewe kugaburira abana ku mashuri ndetse n'umusanzu w'umubyeyi.

    Minisitiri Nsengimana yavuze ko kubera izamuka ry'ibiciro ku masoko ubufasha Leta yatangaga mu kugaburira abana uziyongera.

    Guhera muri Mutarama 2027, mu gihembwe cya kabiri cy'amashuri, biteganyijwe ko umusanzu w'ababyeyi muri gahunda yo kugaburira abana ku mashuri uzongerwa kugira ngo amashuri abone ubushobozi buhagije bwo gutanga uburezi bufite ireme.

    Mu mashuri y'inshuke n'abanza, umusanzu uzava kuri 975 Frw ugere ku 2.000 Frw. Mu mashuri yisumbuye abana biga bataha, uzava ku 19.500 Frw ugere ku 24.000 Frw.

    Mu mashuri yisumbuye acumbikira abanyeshuri, ababyeyi bazajya batanga 110.000 Frw, avuye ku 85.000 Frw.

    Guverinoma na yo izongera amafaranga itanga mu kunganira gahunda yo kugaburira abanyeshuri ku mashuri.

    Ati 'Iyi mibare ireba uburyo ibiciro byagiye bihinduka. Nko mu biga babayo ibiciro byari kurenga ibihumbi 120 Frw ariko kuko yari asanzwe ari menshi turavuga ngo Leta izafasha kugira ngo atarenga ibihumbi 110 Frw.'

    Amafaranga agamije ibikorwa bitandukanye (capitation grant) aziyongeraho 65%

    Muri rusange, ingengo y'imari y'ibikorwa byo kugaburira abana ku mashuri izava kuri miliyari 28,8 Frw ku mwaka ibe miliyari 48,5 Frw.

    Ibi byakozwe nyuma yo kubona ko amafaranga yatangwaga, atajyanye n'aho ibiciro bigeze ku masoko.

    Amashuri agiye gukaza ikinyabupfura

    Impinduka yindi ni ugukaza ingamba zo kurwanya imyitwarire mibi mu mashuri, hagamijwe kuyagira ahantu hatekanye kandi hatuje.

    Amashuri azashyiraho ingamba zikomeye zo gukumira ihohoterwa, gutoteza abandi no kwangiza ibikoresho by'ishuri.

    Minisitiri Nsengimana yavuze ko inzoga n'ibiyobyabwenge biri mu biri kwangiza abantu mu Rwanda ndetse hari abarimu n'abanyeshuri bake babijyana ku mashuri, ariko ingamba zafashwe ari uko uzajya abijyanayo azajya ahita yirukanwa.

    Ati 'Ishuri rigomba kuba ahantu hatarangwa inzoga n'ibiyobyabwenge na bike. Ntabwo bigomba kuhagaragara. Uzabifatanwa ku ishuri, yaba umunyeshuri, umwarimu, umuyobozi w'ishuri, umukozi wo mu gikoni, azahita yirukanwa. Abanyeshuri kuko tugomba gufasha abana, tuzakorana n'inzego z'ibanze tubafashirize hanze hatari mu ishuri.'

    By'umwihariko, abanyeshuri barwana ku ishuri, abakoresha ibiyobyabwenge n'inzoga, bazajya bahita birukanwa bagifatwa. Ikindi ni uko abarimu n'abandi bakozi b'amashuri nabo, bazajya birukanwa mu gihe bafatanywe inzoga cyangwa se ibindi biyobyabwenge.

    Ati 'Urundi rugero naguha ni nk'abana baza ku ishuri bakarwana, bagakomeretsa abandi, ugasanga umwana bararwanye arakomeretse agiye kwa muganga, ndetse agiye mu bitaro. Uretse n'ibyo hari n'abana bakubise abarimu. Ibintu byo kuzana urugomo ku ishuri rwo kurwana, gukubita abarimu, ntabwo bishobora kwihanganirwa. Uwo mwana na we azajya yirukanwa afashirizwe mu zindi gahunda hanze y'ishuri.'

    Yavuze ko abarimu n'abayobozi b'ishuri ari ababyeyi, bityo bagomba kububaha.

    Ati 'Ntabwo twatoza abanyeshuri kujya baza ku ishuri ngo bahangane n'abarimu ngo tubyemere. Abo bantu bazajya bajya no mu rugo batangire gukubita ababyeyi. Ntabwo twabyemera.'

    Abana bakopera ibizamini bakoresheje telefoni na bo barahagurukiwe kuko bazajya bahabwa zeru mu kizamini yafashwemo. Kujyana telefoni ku ishuri bitemewe.

    Ati 'N'iyo yaba ari umwe cyangwa babiri bigomba kuvaho. Kuko ibyo dukora byose ngo tuzamure ireme ry'uburezi hatarimo ikinyabupfura ntabwo bizakunda.'


    Source : http://igihe.com/amakuru/u-rwanda/article/impinduka-nshya-enye-zigiye-gukorwa-mu-burezi-bw-u-rwanda

  • Yatabarutse ku isabukuru ye; Mukabalisa Donatille yashavuje benshi (Video) – #rwanda #RwOT

    Yaguye mu bitaro byitiriwe Umwami Faisal aho yari amaze iminsi arwariye.

    Mukabalisa witabye Imana ku wa 30 Nyakanga 2026, benshi mu bo bakoranye bamufata nk'umuyobozi wihariye kandi wari ufite ubunararibonye.

    Bagaragaza ko mu gihe cye, akorera Leta, yari umuntu urangwa no guca bugufi mu nshingano ze, kujya inama, kuba urugero rwiza no guharanira inyungu rusange. Ni umubyeyi wayoboye Inteko Ishinga Amategeko Umutwe w'Abadepite imyaka 11, hagati ya 2011 na 2024. Yatorewe bwa mbere kuba Umudepite mu 2003.

    Uyu mubyeyi witabye Imana yujuje imyaka 66, yari afite umuryango n'abana batatu.

    Abayobozi mu nzego zitandukanye, amashyaka n'imitwe ya Politiki yemewe mu Rwanda, bababajwe n'urupfu rwe, banihanganisha umuryango asize.

    Yitabye Imana yari muri Sena y'u Rwanda guhera mu 2024.

    Urupfu rwa Mukabalisa Donatille rwababaje abantu benshi cyane abo bakoranye


    Source : http://igihe.com/amakuru/u-rwanda/article/yatabarutse-ku-isabukuru-ye-mukabalisa-donatille-yashavuje-benshi-video

  • Gutumiza ethanol ikoreshwa mu binyobwa bikomeje kwica Abanyarwanda byahagaritswe – #rwanda #RwOT

    Iki cyemezo cyatangajwe ku wa 31 Nyakanga 2026, mu gihe inzego z'ubuzima zikomeje kugaragaza impungenge ku bantu bakoresha ethanol mu gukora inzoga mu buryo butemewe kandi butagenzuwe.

    Imibare y'inzego z'ubuzima igaragaza ko abantu barenga 50 bamaze kwicwa n'inzoga zitujuje ubuziranenge zikorwa hifashishijwe n'ibirimo Ethanol kuva uyu mwaka watangira.

    Ethanol ni yo alcohol iboneka mu binyobwa bisembuye. Akenshi ikorwa mu bisheke, ibigori, amasaka, imbuto cyangwa ibindi biribwa birimo isukari n'amidon.

    Umusemburo uhindura isukari ukayikoramo ethanol, nyuma hakifashishwa uburyo bwo kuyungurura no kuyitandukanya n'amazi, buzwi nka distillation, kugira ngo yongererwe ubukana. Iyo igenewe gukora ibinyobwa, igomba gusukurwa, kugenzurwa muri laboratwari no kuvangwa ku gipimo cyemewe.

    Akenshi mu binyobwa bitemewe bikorerwa mu Rwanda, ayo mabwiriza yose ntakurikizwa.

    Nubwo ethanol ari yo ikoreshwa mu binyobwa, na yo ishobora kwangiza ubwonko, umwijima n'izindi ngingo, igatera ubusinzi bukabije, kubura ubwenge cyangwa urupfu iyo yafashwe ku gipimo kiri hejuru.

    Ishami ry'Umuryango w'Abibumbye ryita ku Buzima rivuga ko ethanol ari ikinyabutabire gifite ubumara. Mu Rwanda, abenshi bayikoresha nabi kuko bayishyira mu binyobwa mu buryo butemewe no ku bipimo bitemewe ku buryo igira ingaruka ku muntu, abatishwe nabyo, bagahuma, bakagira ibibazo by'impyiko n'ibindi.

    Rwanda FDA yahagaritse gutumiza Ethanol


    Source : http://igihe.com/amakuru/u-rwanda/article/gutumiza-ethanol-ikoreshwa-mu-binyobwa-bikomeje-kwica-abanyarwanda

  • APR FC, Rayon Sports, Police FC na Kiyovu SC zizakina FERWAFA Super Cup 2026 yari isanzwe ikinwa n'amakipe abiri #rwanda #RwOT

    Ishyirahamwe ry'Umupira w'Amaguru mu Rwanda (FERWAFA) ryahinduye imiterere y'irushanwa rya Super Cup, aho kuva mu 2026 rizajya rihuza amakipe ane aho kuba abiri nk'uko byari bisanzwe.

    Iri rushanwa rizaba rizwi nka FERWAFA Turbo King Super Cup 2026, nyuma y'uko FERWAFA na BRALIRWA PLC binyuze mu kinyobwa cya Turbo King bagiranye ubufatanye bwo gutera inkunga iri rushanwa.

    Ku wa Gatanu, tariki ya 31 Nyakanga 2026, FERWAFA yatangaje ingengabihe y'imikino y'iri rushanwa, aho amakipe ane yitwaye neza mu mwaka w'imikino ushize wa BK Pro League 2025-2026 ari yo azaryitabira.

    APR FC, yatwaye shampiyona, izahura na Kiyovu Sports yabaye iya gatatu, mu gihe Rayon Sports yabaye iya kabiri izakina na Police FC yabaye iya kane.

    Imikino ya ½ kirangiza izakinwa ku wa 22 Kanama 2026 kuri Stade Amahoro. APR FC na Kiyovu Sports bazakina saa 15:00, naho Rayon Sports na Police FC bahure saa 19:00.

    Abazatsinda iyi mikino yombi bazahurira ku mukino wa nyuma uteganyijwe ku wa 28 Kanama 2026, saa 18:00, na wo ukazabera kuri Stade Amahoro.

    Iri hinduka ritumye Super Cup iba irushanwa rihuza amakipe ane ya mbere aho kuba umukino umwe uhuza gusa uwatwaye shampiyona n'uwatwaye igikombe cy'Amahoro, nk'uko byari bisanzwe.

    Mu irushanwa riheruka, APR FC yegukanye igikombe nyuma yo gutsinda Rayon Sports ibitego 4-1.

    ImageImageImageImage

    Image

    Source : https://rushyashya.net/apr-fc-rayon-sports-police-fc-na-kiyovu-sc-zizakina-ferwafa-super-cup-2026-yari-isanzwe-ikinwa-namakipe-abiri/

  • Diamond yahaye akayabo Zuchu witegura kumwibarukira umukobwa #rwanda #RwOT

    Umuhanzi w’icyamamare muri Tanzania, Diamond Platnumz, yahaye umugore we Zuchu impano y’amafaranga angana na 30.000$ (asaga miliyoni 79 z’Amashilingi ya Tanzania na miliyoni 50 z’amafaranga y’u Rwanda ) mu birori byo kwitegura kwakira umwana wabo wa mbere.

    Ibi birori byabaye mu ijoro ryo ku wa 31 Nyakanga 2026, byitabirwa n’abagize umuryango, inshuti ndetse n’ibyamamare bitandukanye mu myidagaduro ya Tanzania, barimo Khadija Kopa, Baba Levo na Barnaba Classic.

    Kimwe mu byaranze uwo munsi ni igihe hatangarizwaga ko Zuchu atwite umwana w’umukobwa. Abari bitabiriye ibirori bagaragaje ibyishimo byinshi, ndetse inzu yose yari yarimbishijwe imitako yiganjemo ibara rya 'pink’ risanzwe rifitanye isano n’abakobwa.

    Mu butumwa bwe, Diamond yashimangiye ko amafaranga yahaye Zuchu ari make ugereranyije n’impano y’agaciro yamuhaye yo kumutwaza umwana.

    Yagize ati: “Aya madolari ni make cyane, ni 30.000$ gusa. Icyo uyu mugore, uyu mubyeyi, uyu mugore mwiza yampaye ntikigereranywa n’amafaranga. Niba navuga ko ndimo kumwishyura ibyo yankoreye naba mbeshye, ahubwo iyi ni impano yo kumushimira.”

    Amashusho yakwirakwiye ku mbuga nkoranyambaga agaragaza Diamond na Zuchu bahoberana ndetse banasomana imbere y’abashyitsi, ibintu byabaye kimwe mu byavuzwe cyane nyuma y’ibi birori.

    Byari igitangaza kongera kugaragara bari kumwe , kuko hari haciye kabiri Zuchu atangaje ko yari yatandukanye na Diamond ndetse ko bari mu nzira za gatanya.

    Diamond yahaye akayabo Zuchu umutwitiye umukobwa

    Source : http://isimbi.rw/diamond-yahaye-akayabo-zuchu-witegura-kumwibarukira-umukobwa.html

  • Al Hilal SC turayizi nta bwoba iduteye – Kapiteni wa Rayon Sports #rwanda #RwOT

    Kapiteni wa Rayon Sports, Nshimiyimana Emmanuel Kabange yavuze ko umukino usoza itsinda C wa Al Hilal SC ugomba gusiga bazi niba bajya muri 1/2 cya CECAFA Kagame Cup nta bwoba ubateye kuko bamaze kumenya iyi kipe, bakinnye kenshi.

    Mu kiganiro n’itangazamakuru gitegura uyu mukino, Kabange yavuze ko uyu mukino wa Al Hilal SC nk’uko umutoza abibabwira, bamaze gushyira mu mitwe yabo ko ari umukino ukomeye kandi ufite byinshi usobanuye ku rugendo rwabo muri CECAFA Kagame Cup ya 2026.

    Ati “Turiteguye nk’uko twagiye tubigaragaza mu mikino itambutse kandi mu mitwe yacu no mu ntekerezo zacu ndetse n’ibyo umutoza atubwira umunsi ku munsi, ni uko uyu mukino ufite byinshi usobanuye kuri twebwe n’urugendo rwacu muri CECAFA. Mu mitwe yacu dufite ibitekerezo ko tutagomba gutakaza uyu mukino.”

    Yavuze ko ubu nta bwoba bwa Al Hilal SC bafite kuko ni ikipe bamaze gukina kenshi, bamaze kuyimenya.

    Ati “Ni ikipe ya Al Hilal SC twakinnye kandi tuzi muri Shampiyona, kandi buriya ikipe iyo mukinnye rimwe kabiri gatatu bigenda biguha icyizere kuko uko urushaho kubana n’umuntu cyangwa ukina n’umuntu ugenda umwiga kurushaho. Ni ikipe nziza tuzi ko ikomeye ariko natwe turakomeye.”

    Rayon Sports ikaba isabwa kunganya gusa na Al Hilal SC igahita igera muri 1/2 cya CECAFA Kagame Cup.

    Kabange yavuze ko nta bwoba bwa Al Hilal SC bafite

    Source : http://isimbi.rw/al-hilal-sc-turayizi-nta-bwoba-iduteye-kapiteni-wa-rayon-sports.html