Category: Uncategorized

  • Umuyobozi wa Polisi y'u Rwanda yemereye akazi abagorerewe Iwawa 130 – #rwanda #RwOT

    Ibi yabigarutseho kuri uyu wa gatandatu, tariki 02 Kanama 2026 ubwo yitabiraga umuhango wo gusoza amasomo y'igororamuco ku rubyiruko 2001 rwagororotse nyuma yo guhabwa amasomo rwari rumazemo umwaka.

    Abahawe akazi barimo abize amasomo y'ubuhinzi 136 muri 700 bize ubuhinzi. Bazajya kubaka imirima y'igikoni mu bigo bitandukanye bya Polisi y'u Rwanda.

    Si aba bonyine kuko hari undi musore uzobereye ibijyanye na siporo, wamusabye akazi ko kugorora ingingo, na we amwemerera akazi mu gihe cy'igerageza ry'amezi atatu, amubwira ko nagaragaza impinduka nziza azafashwa birenzeho.

    Mu kiganiro CG Namuhoranye yahaye uru rubyiruko yagize ati 'Ba bandi bize iby'ubuhinzi uwabidusobanuriraga twamubajije tuti, aho kugira ngo muzahangayike utu turima tw'igikoni dusa nk'ubusitani mujye kudukorera ahantu batarasobanukirwa akamaro katwo. Kuki mutaza gukora imishinga y'igerageza ryatwo mu bigo bya Polisi byose?.'

    'Mu gihe cy'amezi atatu dukeneye gufata abazitwara neza tubagabanye mu bigo bitandukanye birimo n'ibya Polisi, bakabikora umusaruro uvuyemo bakawugurisha cyangwa ikigo kikabahemba. Uwafata aba bakora ibi, ko bavuze ngo barenga 130 … tukareba ahantu tubagabanya mu bigo byacu bitandukanye babikore umusaruro bawugurishe, cyangwa babikorere icyo kigo kibahembe.'

    CG Namuhoranye yagaragaje ko igishishikaje Polisi y'u Rwanda ari ugufasha urubyiruko rwamaze gufata amasomo y'igororamuco ariko rukanagaragaza impinduka zo kutazasubira mu migenzereze mibi rwahozemo mbere.

    Yabibukije kandi ko bagomba kuba imbaraga z'Igihugu zubaka barushaho kurangwa n'indangagaciro.

    Imanishimwe Didier wo mu Karere ka Kicukiro, Umurenge wa Kanombe ho mu Kagali ka Karama uri mu bize amasomo y'ubuhinzi yagize ati 'Nisanze mu kigo cya Iwawa biturutse ku bujura, ariko nize amasomo y'ubuhinzi kandi niteguye gushyira mu ngiro aya masomo ngafasha Abanya-Kigali kugira ubusitani bw'imboga ntibazasubire kugura imbora ku isoko ahubwo bakajya bazisarura mu butaka bapfushaga ubusa.'

    Akomeza avuga ko amasomo bigishijwe yose aganisha ku gukoresha neza ubutaka buto buhari, kandi bagakora imirima y'igikoni irengera ibidukikije.

    Abagororerwa mu kigo ngororamuco cya Iwawa mu cyiciro cya 25, muri rusange bageraga ku rubyiruko 4.844, ariko abangana 2001 ni bo babashije kuzingatira amasomo bahawe yo guhinduka bakareka imigenzereze mibi ari nabo basoje amasomo.

    Umuyobozi Mukuru wa Polisi y'u Rwanda (IGP) CG Felix Namuhoranye, yemereye akazi abantu 130 bagororewe Iwawa


    Source : http://igihe.com/amakuru/u-rwanda/article/umuyobozi-wa-polisi-y-u-rwanda-yemereye-akazi-abagorerewe-iwawa-130

  • Imiryango 2800 y'i Nyamasheke igiye kwegurirwa inzu yubakiwe na Leta – #rwanda #RwOT

    Ni nyuma y'aho hari abaturage batujwe mu nzu bubakiwe na Leta bamaze igihe basabwa ko bahabwa ibyangombwa by'ubutaka zubatseho kugira ngo bazigireho uburenganzira buseseye, ndetse babe bashobora no kuzitangaho ingwate muri banki bityo zibafashe kwiteza imbere.

    Minisiteri y'Ubutegetsi bw'Igihugu, iherutse gushyira ahagaragara amabwiriza agenga inzu zubakirwa abaturage muri gahunda yo kubakira abatishoboye.

    Ayo mabwiriza ashyira izo nzu mu byiciro bitatu. Harimo ikiciro cy'abatizwa inzu. Ni icyiciro cy'inzu zihabwa abantu bakiri bato badafite ubushobozi bwo kwiyubakira cyangwa kwikodeshereza ariko bigaragara ko bahawe amahirwe bakwikura mu bukene bakagira ubushobozi bwo kwiyubakira cyangwa kwikodeshereza.

    Iyo uwo muntu avuye mu cyiciro cy'abatishoboye iyo nzu itizwa abandi.

    Icyiciro cya kabiri ni icy'abantu bubakiwe na Leta ariko bakaba bafite uruhare bagize mu iyubakwa ry'iyo nzu. Uruhare rushobora kuba imiganda, cyangwa gutanga ikibanza. Aba bazengurirwa izo nzu burundu ku buryo bashobora kuyitangaho ingwate muri banki cyangwa kuyitangaho impano.

    Icyiciro cya gatatu ni icy'inzu zubakirwa abamugariye ku rugamba rwo kubohora igihugu n'abatishoboye barokotse Jenoside yakorewe Abatutsi.

    Aba bazegurirwa inzu bubakiwe ariko zitambamirwe ku buryo igihe bagiye kuzitangaho ingwate mu kigo cy'imari cyangwa kuzitangaho impano babiganiraho n'ubuyobozi.

    Aya mabwiriza avuga ko ibi byashyizweho mu kwirinda ko uwamugariye ku rugamba cyangwa uwarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi yakoresha nabi iyo nzu akazongera gukenera kubakira.

    Umuyobozi wungirije w'Akarere ka Nyamasheke ushinzwe imibereho myiza y'abaturage, Mukankusi Athanasie, mu kiganiro n'abanyamakuru, akarere kateguye ku bufatanye n'impuzamiryango ishinzwe amajyambere y'ibanze CCOAIB, yavuze ko kuva mu 1995 kugeza ubu Akarere ka Nyamasheke kamaze kubakira imiryango 3525.

    Ati 'Bose twamaze kubabarura buri wese agiye guhabwa icyangombwa cy'ubutaka inzu yubatseho bitewe n'icyiciro arimo. Mu kubamara impungenge, icyo twababwira ni uko dufite imiryango 2825 bose bazegurirwa inzu zidatambamiye. Itsinda ribishinzwe ryaratangiye buri wese azahabwa icyangombwa kijyanye n'icyiciro inzu yubakiwe irimo'.

    Bizimana Antoine ufite umugore n'abana batanu, ni umwe mu baturage bo mu Karere ka Nyamasheke bubakiwe. Mu kiganiro na IGIHE uyu mugabo yavuze ko yaryamaga ntasinzire kubera ko inzu babagamo yari yaratobotse bisaba ko iyo imvura iguye bimukira.

    Ati 'Ndashima gahunda ya Leta yo kubakira abatishoboye, kuko nyuma yo kubakirwa ubu nsigaye ndyama ngasinzira. Inzu nubakiwe iri kumfasha kwiteza imbere kuko nsigaye mbasha kwiyishurira ubwisungane mu kwivuza no kwishyurira abana amashuri'.

    Imiryango irenga 2800 y’i Nyamasheke igiye kwegurirwa inzu yubakiwe na Leta


    Source : http://igihe.com/amakuru/u-rwanda/article/imiryango-2800-y-i-nyamasheke-igiye-kwegurirwa-inzu-yubakiwe-na-leta

  • Imiryango 2800 y'i Nyamasheke igiye kwegurirwa inzu yubakiwe na Leta – #rwanda #RwOT

    Ni nyuma y'aho hari abaturage batujwe mu nzu bubakiwe na Leta bamaze igihe basabwa ko bahabwa ibyangombwa by'ubutaka zubatseho kugira ngo bazigireho uburenganzira buseseye, ndetse babe bashobora no kuzitangaho ingwate muri banki bityo zibafashe kwiteza imbere.

    Minisiteri y'Ubutegetsi bw'Igihugu, iherutse gushyira ahagaragara amabwiriza agenga inzu zubakirwa abaturage muri gahunda yo kubakira abatishoboye.

    Ayo mabwiriza ashyira izo nzu mu byiciro bitatu. Harimo ikiciro cy'abatizwa inzu. Ni icyiciro cy'inzu zihabwa abantu bakiri bato badafite ubushobozi bwo kwiyubakira cyangwa kwikodeshereza ariko bigaragara ko bahawe amahirwe bakwikura mu bukene bakagira ubushobozi bwo kwiyubakira cyangwa kwikodeshereza.

    Iyo uwo muntu avuye mu cyiciro cy'abatishoboye iyo nzu itizwa abandi.

    Icyiciro cya kabiri ni icy'abantu bubakiwe na Leta ariko bakaba bafite uruhare bagize mu iyubakwa ry'iyo nzu. Uruhare rushobora kuba imiganda, cyangwa gutanga ikibanza. Aba bazengurirwa izo nzu burundu ku buryo bashobora kuyitangaho ingwate muri banki cyangwa kuyitangaho impano.

    Icyiciro cya gatatu ni icy'inzu zubakirwa abamugariye ku rugamba rwo kubohora igihugu n'abatishoboye barokotse Jenoside yakorewe Abatutsi.

    Aba bazegurirwa inzu bubakiwe ariko zitambamirwe ku buryo igihe bagiye kuzitangaho ingwate mu kigo cy'imari cyangwa kuzitangaho impano babiganiraho n'ubuyobozi.

    Aya mabwiriza avuga ko ibi byashyizweho mu kwirinda ko uwamugariye ku rugamba cyangwa uwarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi yakoresha nabi iyo nzu akazongera gukenera kubakira.

    Umuyobozi wungirije w'Akarere ka Nyamasheke ushinzwe imibereho myiza y'abaturage, Mukankusi Athanasie, mu kiganiro n'abanyamakuru, akarere kateguye ku bufatanye n'impuzamiryango ishinzwe amajyambere y'ibanze CCOAIB, yavuze ko kuva mu 1995 kugeza ubu Akarere ka Nyamasheke kamaze kubakira imiryango 3525.

    Ati 'Bose twamaze kubabarura buri wese agiye guhabwa icyangombwa cy'ubutaka inzu yubatseho bitewe n'icyiciro arimo. Mu kubamara impungenge, icyo twababwira ni uko dufite imiryango 2825 bose bazegurirwa inzu zidatambamiye. Itsinda ribishinzwe ryaratangiye buri wese azahabwa icyangombwa kijyanye n'icyiciro inzu yubakiwe irimo'.

    Bizimana Antoine ufite umugore n'abana batanu, ni umwe mu baturage bo mu Karere ka Nyamasheke bubakiwe. Mu kiganiro na IGIHE uyu mugabo yavuze ko yaryamaga ntasinzire kubera ko inzu babagamo yari yaratobotse bisaba ko iyo imvura iguye bimukira.

    Ati 'Ndashima gahunda ya Leta yo kubakira abatishoboye, kuko nyuma yo kubakirwa ubu nsigaye ndyama ngasinzira. Inzu nubakiwe iri kumfasha kwiteza imbere kuko nsigaye mbasha kwiyishurira ubwisungane mu kwivuza no kwishyurira abana amashuri'.

    Imiryango irenga 2800 y’i Nyamasheke igiye kwegurirwa inzu yubakiwe na Leta


    Source : http://igihe.com/amakuru/u-rwanda/article/imiryango-2800-y-i-nyamasheke-igiye-kwegurirwa-inzu-yubakiwe-na-leta

  • Inka zo mu Rwanda zose zigiye kwambikwa amaherena y'ikoranabuhanga – #rwanda #RwOT

    Ibi yabitangaje ku wa Gatanu tariki ya 31 Nyakanga 2026, mu nama igamije kumurika ku mugaragaro igitabo cy'imfashanyigisho kizajya gifasha aborozi kumenya uburyo buboneye bwo korora inka zitanga umukamo mu bwiza no mu bwinshi, kumenya kugaburira amatungo yabo n'ibindi byinshi.

    Minisitiri Solange yashishikarije aborozi gukoresha ikoranabuhanga mu bworozi bakora, agaragaza ko hari amaherena afite ikoranabuhanga u Rwanda ruri gukoresha azashyirwa ku nka zose mu rwego rwo kuzimenya no kuzikurikirana.

    Yavuze ko ayo maherena ari gukorerwa imbere mu gihugu aho ubundi yabonekaga avuye hanze kandi akanaboneka bigoranye, ashimangira ko kuri iyi nshuro ari gukorerwa imbere mu gihugu.

    Ati 'Nk'Abanyarwanda rero twatangiye kuyikorera kandi asa neza. Uyu mwaka guhera nko mu kwa Cyenda tuzongera tuze twambike inka zose amaherena afite QR code ku buryo kuzikurikirana bizaba byoroshye dukoresheje ikoranabuhanga, ariko bizanafasha aborozi gukurikirana inka zabo mu buryo bworoshye bakoresheje ikoranabuhanga.''

    Raporo ya Minisiteri y'Ubuhinzi n'Ubworozi yo mu 2025 igaragaza ko mu Rwanda habarurwaga inka 1.727.913.

    MINAGRI igaragaza ko kubera ingamba nyinshi Leta y'u Rwanda yagiye ifata zigamije kuzamura umukamo zirimo nko kuvugurura ubworozi bw'inka, byatumye ingano y'umukamo igihugu kibona uzamuka uva kuri litiro 332.000 ku munsi wariho mu 2005, ugera kuri litiro miliyoni 2.9 ku munsi mu 2025.

    Minisitiri Dr.Solange yavuze ko guhera muri Nzeri inka zose zo mu Rwanda zizatangira kwambikwa amaherena mashya y’ikoranabuhaga


    Source : http://igihe.com/amakuru/u-rwanda/article/inka-zo-mu-rwanda-zose-zigiye-kwambikwa-amaherena-y-ikoranabuhanga

  • Abanyarwandakazi bibukijwe kudaha urwaho ababashinja guhabwa intebe bakayihagararaho – #rwanda #RwOT

    Ibi byagarutsweho n'Umunyamabanga Uhoraho muri MIGEPROF, Batamuriza Mireille, ku wa 31 Nyakanga 2026 ubwo mu Karere ka Nyabihu hasozwaga umushinga wiswe Gendana Konti wa Banki Nkuru y'u Rwanda wari ugamije gufasha abagore kwisanga mu gukoresha serivisi z'imari kuri telefone.

    Batamuriza yavuze ko ari ingenzi cyane kuba abagore bari gutera intambwe no mu by'imari kuko bituma mu iterambere ry'umuryango badasigara, ariko agaragaza ko nta na kimwe bakwiye kwitwaza ngo bagire imyitwarire inyuranyije n'indangagaciro z'umugore w'Umunyarwandakazi.

    Yagaragaje ko ubundi iyo imvugo 'ukurusha umugore aba akurusha urugo' biba bivuze ko ari umutima w'urugo kandi ko ibyo bidakuraho kuba afite ubushobozi kandi agakora ibimuteza imbere.

    Ati 'Tugaragaze ko dushoboye ariko ntituzihe urwaho bamwe bavuga ngo baduhaye Butamwa twiyongereraho na Ngenda cyangwa ngo baduhaye intebe yo kwicaraho tuyigaragaraho.'

    Yashimangiye ko umugore ubereye u Rwanda ari uwuzuzanya n'umugabo kandi bakubahana, ariko ko iyo ushaka kwigira icyomanzi no kumva ko yemerewe byose biba bihabanye.

    Ati 'Iyo uri umusinzi nta bwo uba ukiri umugore kuko ubundi umugore bivuga ugororotse. Iyo watangiye kujya mu ngeso mbi rwose ubugore uba wabutaye. Tube abagore kandi tugire icyerekezo muri byose, tugire isuku kandi twitabire gahunda ziduteza imbere.'

    Yabijeje ko Leta itazahwema gushyiraho gahunda zibazamura nk'uko yabyiyemeje ariko ko bakwiye kuzibukira imyitwarire isubiza umuryango inyuma kandi icyari kigamijwe ari iterambere ryawo.

    Umugore witwa Niyonzima Julie Postella utuye mu Murenge wa Jenda yavuze ko uburinganire hari aho butumviswe neza usanga abagore bashaka kumva ko ibyo umugabo akora byose na bo babikora kandi ko bisubiza inyuma umuryango.

    Ati 'Usanga hari umugore ujya mu kabari agasinda ngo ni uko n'umugabo asinda, ariko ingaruka zikagera ku bana cyane no ku bukungu bw'umuryango. Usanga abana biga bigoranye ntibatere imbere, gusa na none si abagore bose.'

    Mukamazimpaka Mediatrice utuye mu Murenge wa Karago na we yashimangiye ko hari bamwe mu bagore bafatiranye uburyo Igihugu cyahagurukiye kurwanya ihohotera cyane irikorerwa abagore, bashaka gusumba abagabo.

    Ati 'Kubera agaciro Umukuru w'Igihugu yaduhaye, hari abatangiye kubyitwaza batavuga batuje nka ba mutima w'urugo ahubwo bigize ba 'ndashoboye'. Usanga hari abashatse kwigira abagabo mu rugo kuko hari imiryango usanga abagore babwira abagabo ngo 'ndavuze ngo kora ibi'. Abagabo bahita batinya kugira icyo babakoraho kuko baba bumva bafungwa.'

    Uyu mubyeyi yongeyeho ko asanga ubukangurambaga bukwiye gushyirwamo imbaraga kuko imiryango ibanye nabi idashobora gutera imbere, aho usanga nk'abana baba inzererezi kubera iyo mibanire mibi cyangwa se bakazagira imyitwarire mibi yo kutubahana muri rusnage kuko babonaga nyina asuzugura se.

    Uburinganire n'ubwuzuzanye ni gahunda Leta imaze igihe ishyiramo imbaraga kugira ngo umuryango ugire iterambere ridaheza, gusa byagaragaye ko hari abagore bamwe bamaze kugera ku rwego rwo kwitwaza uburinganire bagatangira kubukoresha nabi.

    Ubushakashatsi bwa karindwi ku buzima n'imibereho y'abaturage mu Rwanda, RDHS bwa 2025 bugaragaza ko 24% by'abagabo bahohotewe n'abo bashakanye ari bo barega gusa.

    Aba bagabo ni abakorewe ihohoterwa rishingiye ku mubiri, irishingiye ku gitsina n'irishingiye ku marangamutima.

    Umunyamabanga Uhoraho muri MIGEPROF, Batamuriza Mireille yavuze ko ijambo abagore bahawe nta we ukwiriye kuryuriraho ngo ashake kugira imyitwarire inyuranyije n'ubunyarwandakazi


    Source : http://igihe.com/amakuru/u-rwanda/article/abanyarwandakazi-bibukijwe-kudaha-urwaho-ababajinja-guhabwa-intebe

  • Linda yasubije abamushinja gufungisha urubyaro #rwanda #RwOT

    Uwankusi Nkusi Linda wamamaye muri sinema nyarwanda nya Lynda Priya, yiyamye abakomeje kuvuga ko yafungishije urubyaro (yagiye muri onapo), ko igihe nikigera azabyara.

    Ibi yabigarutseho nyuma y’amagambo asigaye abwirwa bamwe bamubaza impamvu adatwita, abavuga ko igihe yakoreye ubukwe na Irenge Chritian yakabaye yarasamye.

    Mu kiganiro yahaye ikinyamakuru ISIMBI, Lynda Priya yiyamye aba bantu avuga ko urugo rwe batarugenzura.

    Ati “Abantu mwirirwa muvuga ngo bantere inda, ngo simbyara, si ntwita, ndagira ngo mbiyame mbikuye ku mutima. Ndabiyamye mbikuye ku mutima, urugo rwanjye ntimurugenzura, simwe mumbwira gusama, simwe mumpitiramo igihe cyo gusama, mutegereze.”

    Yakomeje avuga ko we n’umugabo we Christian nibabyumvikanaho bazabyara n’aho izo onapo bamushinja kereka niba ari bashiki babo bazirimo.

    Ati “Njye n’umugabo wanjye nitubyumvikanaho, tuzasama tunabyare. Izo onapo rero mumbwira ndimo, ntabwo nzirimo niba bashiki bawe bazirimo, ntabwo nzirimo, bimaze kuba byinshi. Ibintu byose byabaye onapo, onapo, murabizi ko njye ndi muri onapo?”

    Tariki ya 8 Gashyantare 2026 nibwo Uwankusi Nkusi Linda wamamaye muri sinema wanitabiriye Miss Rwanda 2021 yakoze ubukwe na Irenge Christian biyemeza kubana igihe basigaje ku isi bakakimara bari kumwe.

    Lynda yiyamye abakomeje kumubwira ko yafungishije urubyaro

    Bakoze ubukwe muri Gashyantare uyu mwaka

    Source : http://isimbi.rw/linda-yasubije-abamushinja-gufungisha-urubyaro.html

  • Diamond na Zuchu bibarutse #rwanda #RwOT

    Umuhanzi Diamond Platnumz n’umugorenwe w’umuhanzi, Zuchu bibarutse umwana wabo w’imfura nyuma y’iminsi mike uyu mugore aatangaje ko yitegura kwibaruka.

    Ni amakuru Diamond Platnumz n’umugore we mushya batangaje mu gitondo cyo ku wa 2 Kanama 2026.

    Mu mpera za Nyakanga Zuchu abinyujije ku mbuga nkoranyambaga ze, aho yasangije abakunzi be amafoto agaragaza inda ye ikuze, ayaherekesha ubutumwa bugaragaza ibyishimo byo kwitegura kwakira umwana we wa mbere.

    Ni mu gihe Diamond yavuze ko umuryango wungutse undi mwana, ni mu gihe Zuchu yavuze ko ubu hari undi muntu abereyeho.

    Aya makuru aje nyuma y’igihe gito Zuchu yemeje ko yatandukanye na Diamond, ibintu byababaje abakunzi babo bari bamaze imyaka babakurikirana.

    Zuchu na Diamond batangiye kuvugwa mu rukundo mu 2021, kuva icyo gihe umubano wabo wakunze kurangwa no gutandukana no kongera gusubirana.

    Urukundo rwabo rwatangiye kuvugwa cyane mu Ukuboza 2021 mbere y’uko barwemeza ku mugaragaro mu Ugushyingo kwa 2022.

    Nyuma yaho muri Kamena 2025, Diamond yakoye Zuchu maze bombi bakora ubukwe mu ibanga.

    Uyu ni umwana wa mbere wa Zuchu, akaba umwana wa gatanu wa Diamond Platnumz nyuma ya babiri yabyaranye na Zari The Boss Lady, umwe yabyaranye na Tanasha Donna ndetse n’undi yabyaranye na Hamisa Mobetto.

    Zuchu yibarutse

    Source : http://isimbi.rw/diamond-na-zuchu-bibarutse.html

  • Rayon Sports, Gor Mahia, Jamus na Al Hilal zageze muri ½ cy'Imikino ya CECAFA Kagame Cup 2026 #rwanda #RwOT

    Nyuma y'uko imikino y'amatsinda yasojwe kuri uyu wa Gatandatu, Rayon Sports FC na Al Hilal SC zasanze Gor Mahia FC na Jamus SC mu makipe ane yabonye itike yo gukomeza muri ½ cy'irangiza.

    Rayon Sports FC, izahagararira u Rwanda muri TotalEnergies CAF Confederation Cup, yatsinze Al Hilal SC yo muri Sudani igitego 1-0 mu mukino wa nyuma w'amatsinda, ihita isoza itsinze imikino yose uko ari itatu.

    Igitego rukumbi cyatsinzwe na Atisso Kodjo ku munota wa 17, bituma Rayon Sports isoza imikino y'amatsinda ifite amanota icyenda kuri icyenda.

    Mu ½ cy'irangiza, Rayon Sports izahura na Jamus SC yo muri Sudani y'Epfo, ikipe yatunguye benshi ikagera muri iki cyiciro.

    Umutoza wa Rayon Sports, Christian Francis Haringingo, yavuze ko yishimiye uko ikipe ye yitwaye ikabasha kugera muri ½ cy'irangiza nyuma yo gutsinda imikino yose.

    Ati: 'Iri rushanwa riri mu rwego rwo kwitegura shampiyona nshya, kandi ubu twiteguye guhangana n'ikipe iyo ari yo yose tuzahura na yo muri ½ cy'irangiza.'

    Ku rundi ruhande, Al Hilal SC yo muri Sudani, yabonye umwanya wa kabiri mwiza mu matsinda, izahura na Gor Mahia FC yo muri Kenya mu mukino wa mbere wa ½ cy'irangiza, mu mukino utegerejweho kuba ukomeye.

    Indi kipe yo muri Kenya, Tusker FC, yabonye intsinzi yayo ya mbere muri iri rushanwa, itsinda KVZ FC ibitego 2-0 mu mukino wo mu itsinda C wakiniwe kuri Kigali Pele Stadium, Ian Simiyu na Victor Mbaoma ni bo batsindiye Tusker FC.

    Imikino ya ½ izakinwa kuri uyu wa kabiri, aho guhera ku isaha ya Saa kumi ikipe ya Gor Mahia yo muri Kenya izakina na Al Hilal naho ku isaha ya saa mbili z'ijoro ikipe ya Rayon Sports izakine na Jamus FC, imikino yose ikaba izakinirwa kuri Stade Amahoro yakira abantu ibihumbi 45.

    ImageImage

    ImageImageImage

    ImageImageImage

    Source : https://rushyashya.net/rayon-sports-gor-mahia-jamus-na-al-hilal-zageze-muri-%C2%BD-cyimikino-ya-cecafa-kagame-cup-2026/

  • Miliyari 960 Frw yahererekanyijwe hakoreshejwe eKash mu byumweru bibiri – #rwanda #RwOT

    Ku wa 14 Nyakanga 2026 ni bwo Banki Nkuru y'u Rwanda (BNR) yatangije uburyo bwo kwishyurana amafaranga buhendutse kandi buhuriweho n'ibigo by'imari bitandukanye bitwa (RNDPS/eKash).

    Ubu buryo butuma abakiliya bashobora kohereza no kwakira amafaranga ndetse bagakora ubwishyu hagati y'ibigo by'imari bidahuje imiterere, ariko bakabikora mu buryo bworoshye kandi ku giciro kiri hasi kuko kohereza amafaranga ari munsi ya miliyoni 10 Frw ku kiguzi cya 20 Frw.

    Imibare yatangajwe na RSwitch kuri uyu wa 31 Nyakanga igaragaza ko mu byumweru bibiri bishize amafaranga yahererekanyijwe binyuze muri eKash yikubye inshuro 15.

    Ihererekanya ry'amafaranga ryakoreweho inshuro zirenga miliyoni 10 rifite agaciro ka miliyari 960 Frw, ahanini bitewe no kugabanya ikiguzi cyo kohereza amafaranga kigashyirwa kuri 20 Frw ku kohereza atarenze miliyoni 10 Frw.

    Muri ubu bwishyu bwakorewe kuri eKash, ubukorwa hagati y'abantu bwikubye inshuro 3,2, buva ku nshuro miliyoni 2,99 bugera kuri miliyoni 9,62 mu byumweru bibiri.

    Ni mu gihe ubwishyu bukorwa mu rwego rw'ubucuruzi kuri eKash nko kwishyura ibicuruzwa na serivisi, bwikubye inshuro zirenga 10 kuko bwageze ku nshuro 78.437 buvuye ku nshuro 7.750.

    Imibare kandi igaragaza ko 98,6% by'ubwishyu bwakorewe kuri eKash bwagenze neza.

    Kugeza ubu, eKash ihuza ibigo by'imari birenga 25, birimo amabanki, amasosiyete y'itumanaho atanga serivisi za Mobile Money na SACCO, ariko RSwitch igaragaza ko izakomeza kwagura imikorere yayo no kuyinoza kurushaho.

    Guverineri wa Banki Nkuru y'u Rwanda, Hakuziyaremye Soraya, yavuze ko gukoresha eKash mu kwishyurana ari gahunda Leta yashyizemo imbaraga kandi ko n'Abanyarwanda bayishimiye bitewe n'uko ikiguzi cyagabanyutse cyane.

    Yijeje Abanyarwanda ko ubu buryo bwo kwishyurana bwizewe kandi ko Banki Nkuru y'u Rwanda ikurikirana imikorere yabwo ku buryo nta kigomba kubatera impungenge.

    Ati 'Nka BNR turizeza Abanyarwanda ko eKash ari uburyo bwizewe kandi tuba dukurikirana tureba uko kwishyurana bigenda. Ahavutse ikibazo mu kigo cy'imari bahita basobanurira abakiliya uko bimeze, kandi kuba hamaze gukorerwamo ihererekanya ringana kuriya mu byumweru bibiri bigaragaza ko buri kwitabirwa.'

    Icyakora Hakuziyaremye yagaragaje ko kuba hari hafi 2% by'ihererekanya ritagenze neza mu byumweru bibiri bishize atari ikintu cyo kurenza ingohe, kuko BNR ikomeje gukora ibishoboka byose kugira ngo uwo mubare urusheho kugabanyuka kugira ngo eKash ikomeze kuba uburyo buhendutse kandi bunoze bwo kwishyurana.

    Guverineri wa Banki Nkuru y'u Rwanda, Hakuziyaremye Soraya, yavuze ko gukoresha eKash mu kwishyurana ari gahunda Leta yashyizemo imbaraga kandi ko n'Abanyarwanda bayishimiye


    Source : http://igihe.com/amakuru/u-rwanda/article/miliyari-960-frw-yahererekanyijwe-hakoreshejwe-ekash-mu-byumweru-bibiri

  • Abanyeshuri bakwiye gutangira kwiga umwuga bakinjira mu yisumbuye? – #rwanda #RwOT

    Mu burezi bw'u Rwanda umunyeshuri atangira kwiga umwuga wigariye arangije icyiciro rusange cy'amashuri yisumbuye kizwi nka Tronc Commun.

    Aha aba amaze kwiga imyaka icyenda irimo amashuri abanza, n'itatu yisumbuye.

    Ubwo hatangazwaga impinduka zizakurikizwa mu mwaka w'amashuri wa 2026/27, mu kiganiro cyanyuze kuri RBA, hari uwagaragaje ko gahunda yo kwigisha imyuga n'ubumenyingiro ari nziza, yibaza niba umunyeshuri adakwiye gutangira mu mwaka wa mbere w'amashuri yisumbuye yiga umwuga akazakura awuzi.

    Minisitiri Nsengimana yavuze ko kugira ubumenyi rusange ari ngombwa kugira ngo umuntu akore umwuga asobanukiwe impamvu yawo.

    Ati 'Ugomba guteganya kugira ubumenyi rusange buhagije uheraho…ibyo byo ushobora no kutajya mu ishuri ukajya kubaka ariko ntabwo uzi impamvu uvanze iyo sima, ntabwo uzi ibiyigize, hari ibintu byinshi uba utazi. Ibyiza ni uko ubanza kugira umusingi wubakiyeho hanyuma ukabona kujya mu masomo yihariye. Ni cyo gituma bitaba ari byiza kugira ngo umwana azajye atangira ajya mu kintu atabanje kugira ubwo bumenyi buzamufasha.'

    Yashimangiye ko impinduka zigenda ziyongera mu buzima abantu babamo ku buryo udafite umusingi ufatika w'ubumenyi bukenewe ku adashobora guhindura ngo ajye mu bindi.

    Ati 'Kandi nk'uko mwabibonye ibintu bikomeza guhinduka. Iyo ikintu gihindutse ufite umusingi ukomeye wubakiyeho, ushobora nawe guhindura ukiga ikindi kintu ariko udafite uwo musingi uguma muri byabintu ntushobora kubivamo.'

    U Rwanda rwifuza ko 60% by'abanyeshuri barangiza mu cyiciro rusange cy'amashuri yisumbuye bajya kwiga imyuga.

    Kugeza ubu muri buri murenge mu Rwanda hari amashuri y'imyuga n'ubumenyingiro arimo n'ayo bigamo amasomo anyuranye barangizamo bagakomeza muri kaminuza.

    U Rwanda rufite intego yo kuzageza mu 2029 muri buri kagari hari ishuri rishobora kwigisha imyuga by'igihe gito.

    Minisitiri Nsengimana yavuze ko ari ngombwa ko umunyeshuri aba afite umusingi wubakiyeho ubumenyi bwe


    Source : http://igihe.com/amakuru/u-rwanda/article/abanyeshuri-bakwiye-gutangira-kwiga-umwuga-bakinjira-mu-yisumbuye