Diamond yahaye akayabo Zuchu witegura kumwibarukira umukobwa #rwanda #RwOT

Written by

in

Umuhanzi w’icyamamare muri Tanzania, Diamond Platnumz, yahaye umugore we Zuchu impano y’amafaranga angana na 30.000$ (asaga miliyoni 79 z’Amashilingi ya Tanzania na miliyoni 50 z’amafaranga y’u Rwanda ) mu birori byo kwitegura kwakira umwana wabo wa mbere.

Ibi birori byabaye mu ijoro ryo ku wa 31 Nyakanga 2026, byitabirwa n’abagize umuryango, inshuti ndetse n’ibyamamare bitandukanye mu myidagaduro ya Tanzania, barimo Khadija Kopa, Baba Levo na Barnaba Classic.

Kimwe mu byaranze uwo munsi ni igihe hatangarizwaga ko Zuchu atwite umwana w’umukobwa. Abari bitabiriye ibirori bagaragaje ibyishimo byinshi, ndetse inzu yose yari yarimbishijwe imitako yiganjemo ibara rya 'pink’ risanzwe rifitanye isano n’abakobwa.

Mu butumwa bwe, Diamond yashimangiye ko amafaranga yahaye Zuchu ari make ugereranyije n’impano y’agaciro yamuhaye yo kumutwaza umwana.

Yagize ati: “Aya madolari ni make cyane, ni 30.000$ gusa. Icyo uyu mugore, uyu mubyeyi, uyu mugore mwiza yampaye ntikigereranywa n’amafaranga. Niba navuga ko ndimo kumwishyura ibyo yankoreye naba mbeshye, ahubwo iyi ni impano yo kumushimira.”

Amashusho yakwirakwiye ku mbuga nkoranyambaga agaragaza Diamond na Zuchu bahoberana ndetse banasomana imbere y’abashyitsi, ibintu byabaye kimwe mu byavuzwe cyane nyuma y’ibi birori.

Byari igitangaza kongera kugaragara bari kumwe , kuko hari haciye kabiri Zuchu atangaje ko yari yatandukanye na Diamond ndetse ko bari mu nzira za gatanya.

Diamond yahaye akayabo Zuchu umutwitiye umukobwa

Source : http://isimbi.rw/diamond-yahaye-akayabo-zuchu-witegura-kumwibarukira-umukobwa.html

Comments

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *