Tag: Ubuzima

  • Ubusambayi mu rubyiruko bwafasha indi ntera ku buryo udukingirizo miliyoni 4 ntaho tubakora – YEGOB #rwanda #RwOT

    Ubusambanyi bumaze gufata indi ntera mu rubyiruko, kugeza ubwo udukingirizo terenga miliyoni enye dutangirwa ubuntu twabaye y'iyanga ndetse amakuru avuga ko dushira umwaka ntaho uragera.

    By'umwihariko urubyiruko ruza ku isonga mu bahura n' ingaruka ziterwa no kwishora mu busambanyi bakiri bato, imibare igaragaza ko abatarageza y'imyaka 24 ari bo bakunze kwishora mu mibonano mpuzabitsina, muri bo ibihumbi 2.992 bafata imiti igabanya ubwandu bw'abakoko gatera SIDA

    Umukozi ushinzwe urubyiruko muri AIDS HeaLth Care Foundation, Bikorimana avuga ko hari umushinga uri gukorera mu turere 11 uri gutanga udukingirizo mu mavuriro 29 yo muri utwo turere hagamijwe gukumira ubwandu bushya mu rubyiruko.

    Source : https://yegob.rw/ubusambayi-mu-rubyiruko-bwafasha-indi-ntera-ku-buryo-udukingirizo-miliyoni-4-ntaho-tubakora/

  • Yazize ubutinganyi none abakozeho: Umwana w’imyaka 10 yarakubiswe kugeza apfuye azize kuvuga ko ari umutinganyi – YEGOB #rwanda #RwOT

    Umwana w'imyaka 10 y'amavuko ukomoka mu majyepfo ya California yakubiswe n'ababyeyi kugeza apfuye azize ko ari umutinganyi none ababyeyi byabakozeho.

    Ababyeyi b'umwana w'umuhungu witwa Anthony Avalos bakatiwe igifungo cya burundu bazira gukubita umwana wabo kugeza ashizemo umwuka nyuma y'uko ababwiye ko ari umutinganyi ibi bikaba byarabaye mu mwaka wa 2018 aribwo bahise banajyanwa muri gereza ndetse uwahoze ari umwavoka mukuru w'akarere witwa Jakie Lacey yari yasabiye aba bombi guhabwa igahano cy'urupfu gusa kiza gukurwaho.

    Papa wa Anthony Avalos yitwa Kareem Arnesto Leiva akaba afite imyaka 37 y'amavuko umugore we yitwa Heather Maxine Barron akaba afite imyaka 33 y'amavuko  murumuna wa mama wa Anthony yavuze ko Maxine Barron atagifatwa n'umuvandimwe wabo nyuma yo kwica umwana we aba bombi bahwe igahano cya burundu bibera muri gereza bazira kwiyicira umwana wabo bibyariye.

    Source : https://yegob.rw/yazize-ubutinganyi-none-abakozeho-umwana-wimyaka-10-yarakubiswe-kugeza-apfuye-azize-kuvuga-ko-ari-umutinganyi/

  • Ababyeyi bakwiye konsa umwana byibuze imyaka 2 bagakumira indwara zamwibasira #rwanda #RwOT

    Inzobere mu buzima zivuga ko umwana yagakwiye konka kuva akivuka kugeza ku myaka ibiri.

    Izi nama ngo iyo zikurikijwe umwana akurana ubuzima bwiza ntagire ubuzahare bukomoka ku burwayi buterwa no kuba umwana ataronse igihe kirekire.

    Abakurikiranira hafi iby'ubuzima bw'umwazna bavuga ko hari indwara nyinshi zituruka ku kuba umwana yarakuwe ku ibere imburagihe.

    Bumwe muri ubwo burwayi bwibasira umwana wacutse imburagihe, twavuga nka bwaki.

    Iyi ndwara ahanini iterwa n'imirire mibi bigatuma umwana abura intungamubiri.

    Iyi ndwara iboneka mu moko abiri, aribwo bwaki yumisha (marasme) ndetse n'ibyimbisha ariyo (kwashiorkor)

    Ahenshi mu mu duce dukunda kuboneka ubu burwayi usanga ari mu byaro aho abagore babyara indahekana mu gihe usanga banakennye bityo umwana akabura intungamubiri zituruka mu mashereka cg mu ndyo yuzuye.

    Si mu byaro gusa kuko no mu mijyi usanga ubu burwayi buhagaragara bitewe n'uko ababyeyi batabona umwanya wo konsa abana bitewe n'uko babyuka bajya mu mirimo itandukanye bakabura umwanya.

    Rimwe na Rimwe no mu ngo z'abifite usanga, hari abakunda kurwaza bwaki bitewe n'uko basigira abakozi abana ugasanga ntibabitaho.

    Bwaki yumisha iterwa no kubura intungamubiri zitwa poroteyine na kalori zihagije mu mubiri kuburyo iyo zibuze umubiri ugira intege nke.Iyo umubiri ukeneye ibiwutunga ntibiboneke usanga umwana azingamye bikaba byanakurura bwaki ibyimbisha.

    Bimwe mu bimenyetso bya bwaki yumisha harimo gutakaza ibiro, gupfuka umusatsi, kuzongwa bikabije ku gira iminkanyari ku bakuze, guhora ushonje ushaka kurya n'ibindi.

    Bwaki ibyimbisha yo usanga yibasira abana bakunda kurya indyo y'ibitera imbaraga nk'ibijumba gusa kandi bacutse imburagihe.Aho itandukaniye na bwaki yumisha n'uko amazi yireka mu bice by'amaguru amaboko no mu maso bityo bikabyimba.

    Ni byiza ko umwana cg undi wese wibasirwa niyi ndwara yitabwaho agahabwa amafunguro akubiyemo indyo yuzuye aribyo ibitera imbaraga, ibirinda indwara n'ibyubaka umubiri.
    Muri ibyo biryo twavuga nka amagi, inyama, ibishyimbo , imboga ndetse na soya.

    Muri rusange ni byiza ko umubyeyi yiyitaho kuva atwite kugeza abyaye ndetse na nyuma yaho agakurikirana umwana kugeza amaze kuba mu kuru ashoboye kwiyitaho.

    Yvette Umutesi

    The post Ababyeyi bakwiye konsa umwana byibuze imyaka 2 bagakumira indwara zamwibasira appeared first on FLASH RADIO&TV.

    Source : https://flash.rw/2023/04/20/ababyeyi-bakwiye-konsa-umwana-byibuze-imyaka-2-bagakumira-indwara-zamwibasira/?utm_source=rss&utm_medium=rss&utm_campaign=ababyeyi-bakwiye-konsa-umwana-byibuze-imyaka-2-bagakumira-indwara-zamwibasira

  • Moonbin wamamaye mu muziki wa Korea yitabye Imana #rwanda #RwOT

    Urupfu rwa Moonbin rwamenyekanye kuri uyu wa 19 Mata 2023 mu itangazo ryashyizwe hanze na Fantagio, inzu(lebel) ihagarariye iri tsinda rya Astro uyu muhanzi yabarizwagamo.

    Ni itangazo ryagiraga riti: 'Ku ya 19 Mata, umunyamuryango wa ASTRO, MOONBIN yatuvuyemo bitunguranye ahinduka inyenyeri mu kirere.'

    Rikomeza rigira riti: 'Nubwo bidashobora kugereranywa n'akababaro k'umiryango wabuze umwana ukunda ndetse n'umuvandimwe wabo, abanyamuryango ba ASTRO tumaranye igihe kirekire, ndetse n'abahanzi bagenzi bacu ndetse n'abayobozi ba Fantagio, turi mu cyunamo.'

    Kugeza ubu ntiharamenyekane icyaba cyahitanye uyu musore witabye Imana ku myaka 25 gusa icyakora umurambo we wasanzwe murugo rwe aho yabaga.

    Source : https://umuryango.rw/imyidagaduro/article/moonbin-wamamaye-mu-muziki-wa-korea-yitabye-imana

  • Sobanukirwa n'indwara yo gususumira izwi nka izwi nka 'Parkinson's Disease' #rwanda #RwOT

    Umubare w'abarwara iyi ndwara wariyongereye mu myaka 25 ishize, aho ababarirwa muri Miliyoni 8.5 bayirwaye nk'uko ishami rya Loni ryita ku buzima OMS ribigaragaza.

    Indwara yo Gususumira izwi nka Parkinson, ni indwara iterwa n'iyangirika ry'uturemangingo tw'ubwonko tw'agace gashinzwe kugenzura imikorere y'ingingo kandi ako gace gatuma umuntu ahagarara agakomera neza akanatambuka,icyo gihe utwo tunyangingo turagababanuka nk'uko impuguke za'abaganga ba Parkinson Foundation zibitangaza.

    Uko  Kugabanuka k'utwo tunyangingo binajyana n'igabanuka ry'umusemburo wa Dopamine, uzwiho uruhare mu guhuza itumanaho ry'ibice by'ubwonko, bigira uruhare mu gutuma umuntu abasha kunyeganyeza ibice by'umubiri we.

    Indwara yo gususumira ikunze kwibasira abari mu zabukuru nko guhera ku myaka 60 kuzamura, ariko imibare igaragaza ko hari ababarirwa hagati ya 5 na 10% bibasirwa n'iyo ndwara bataranagera mu kigero cy'imyaka 50.

    Muri 2019, Ishami rya Loni ryita ku buzima OMS ryagaragaje ko mu myaka 25 ishize, abarwara indwara yo gususumira biyongereye mu myaka 25 yari ishize aho bageraga kuri Miliyoni 8.5.

    Muri 2019 abahitanwa n'indwara yo gususumira bari bageze kubihumbi 329.

    Iyi ndwara yo gususumira iza ku mwanya wa kabiri mu zifata ubwonko zibasira benshi, nyuma y'iya Alzheimer itera abantu kwibagirwa bya hato na hato.

     Ibimenyetso by'indwara yo gususumira bitangira kugaragara uko umuntu  arushaho kugenda imuzahaza.

    Bimwe mubimenyetso by'urwaye Parkinson cyangwa gususumira ni ugutakaza kwema, akarangwa no gukoresha ingingo ze gahoro cyane.

    Si ibyo gusa kuko umuntu urwaye indwara yo gususumira anarangwa n'ibibazo byo kutibuka ibintu ukabona ko asa n'uwavangiwe, akagira ibibazo byo gusinzira kandi akanarangwa no kugira imikaya ikanyaraye hamwe no gutitira cyane bikunda kugaragara nk'iyo agiye gufata ikintu mu ntoki, yanagifata ukagira ngo kiramucika cyikubite hasi.

    OMS ivuga ko kugeza ubu nta miti cyangwa uburyo bwo kuvura iyi ndwara y'isusumira buhari, icyakora umuntu ashobora gufasha havurwa ibimenyetso byayo nko guha uyirwaye imiti ya 'levodopa' izwiho kongerera umuntu ingano y'umusemburo wa dopamine mu bwonko, bikaba byafasha mu mikorere y'ingingo ze.

    OMS kandi ivuga ko ihangayikishije nuko hirya no hino ku ISI Abarwayi isusumira usanga bahabwa akato n'imiryango yabo  ndetse na sosiyete muri rusange.

    Zimwe mu nama zafasha umuntu kwirinda uburwayi bw'isusumira

    -Kwirinda ibiyobyabwenge kuko bishobora kwangiza uturemangingo tw'ubwonko

    -Gukora imyitozo ngororamubiri

     -Gukora uturimo dutandukanye twa buri munsi ku bageze mu za bukuru

    -Kurya indyo yuzuye.

    -Kuruhuka bihagije kuko bifasha ubwonko gukora neza bityo bikaba byakurinda ubu burwayi.

     Daniel HAKIZIMANA

    The post Sobanukirwa n'indwara yo gususumira izwi nka izwi nka 'Parkinson's Disease' appeared first on FLASH RADIO&TV.

    Source : https://flash.rw/2023/04/19/sobanukirwa-nindwara-yo-gususumira-izwi-nka-izwi-nka-parkinsons-disease/?utm_source=rss&utm_medium=rss&utm_campaign=sobanukirwa-nindwara-yo-gususumira-izwi-nka-izwi-nka-parkinsons-disease

  • Rutsiro: Umusore yagwiriwe n’ingiga y’igiti ahita agagara – YEGOB #rwanda #RwOT

    Umusore wo mu karere ka Rutsiro uzwi ku mazina ya Viateur yagwiriwe n'ingiga y'igiti ahita ahasiga ubuzima.

    Ibi byabaye mu gitondo cyo kuri uyu wa Kabiri, aho uyu musore w'imyaka 20 yagwiriwe n'ingiga y'igiti agahita apfa.

    Amakuru y'urupfu rw'uyu musore yamenyekanye ahana saa tatu z'igitondo aho uyu musore yitabye Imana ubwo yari ajyanywe ku ivuriro nyuma yo kugwirwa n'igiti.

    Source : https://yegob.rw/rutsiro-umusore-yagwiriwe-ningiga-yigiti-ahita-agagara/

  • Umusore yakomanze ku rugi rw’umuturanyi we ahita araswa umutwe barawujanjagura – YEGOB #rwanda #RwOT

    Mu ijoro ryo ku wa 13 Mata 2023 nibwo Andrew Lester w'imyaka 84 yarashe umusore w'umwirabura witwa Ralph Yarl isasu ryo mu mutwe n'irindi ryo mu kuboko.

    Yari akuye barumuna be b'impanga ku rugo rw'inshuti y'umuryango, nibwo kwibeshya akomanga ku rugi rwa Lester, undi asohokana imbunda ahita amurasa.

    Uyu musore nyuma yo kuraswa yajyanwe kwa muganga igitaraganya, yitabwaho, Imana ikinga ukuboko arokoka urupfu.

    Source : https://yegob.rw/umusore-yakomanze-ku-rugi-rwumuturanyi-we-ahita-araswa-umutwe-barawujanjagura/

  • Kamonyi-Gacurabwenge: Ikamyo ya HOWO( HOHO) itwaye ubuzima bw'umunyegare wari uvuye mu butumwa bw'akazi #rwanda #RwOT

    Ku mugoroba wo kuri uyu wa 16 Mata 2023, ahagana ku i saa kumi n'ebyiri(18h00) mu Mudugudu wa Mushimba ahazwi nka Kariyeri urenze gato ahazwi nko ku Bakoreya mu kagari ka Kigembe, Umurenge wa Gacurabwenge, ikamyo yo mu bwoko bwa HOWO benshi bazi nka HOHO ifite ibiyiranga( Pulake) RAE 333X, igonze umunyegare ahita apfa.

    Umunyegare ugonzwe n'iyi kamyo ni uwitwa Hakizimana Inosenti wari ukiri ingaragu nkuko abamuzi babibwiye intyoza.com. Yakoreraga umucuruzi witwa Nshimiyimana Jacques ukorera mu isantere y'ubucuruzi ya Rugobagoba ari nawe wari wamutumye.

    Aho abantu bahagaze ni mu gice cy'umuhanda uzamuka werekeza Nkoto, aho HOHO yasanze uwo yagonze.

    Umukoresha wa Nyakwigendera, yabwiye intyoza ati' Uriya mwana yari umwana unkorera, nari namutumye kuko njye ndacuruza. Yari ajyanye imari ku bacuruzi harimo; Isukari, umuceri….,ubwo rero yari avuyeyo arimo kuza azamuka( yerekeza mu isantere). Abari bahari bambwiye ko yazamukaga imodoka imanuka, iradepansa( ica ku modoka zari imbere yayo), mu ikorosi, imusanga aho yari ari iramukubita bahita bampamagara vubavuba mpita mpagera nsanga yapfuye byarangiye, kuko ni HOHO yahise imumena umutwe nyine…'.

    Aho Nyakwigendera yaguye.

    Kuraningoga Callixte, Se wabo wa nyakwigendera, bose bakaba baturuka mu karere ka Ngororero, aho bamaze imyaka 3 muri Kamonyi, avuga ko bamuhamagaye impanuka ikiba, yihutira kuhagera ngo arebe ibyabaye ariko asanga byarangiye, Hakizimana Nosenti yapfuye.

    Mu kababaro kenshi, avuga ko nyakwigendera baherukaga kuvugana mu masaha ya mugitondo, ko kandi yari umusore witonda, w'umwizerwa watumwaga agatumika kugera n'aho yajyanaga ibicuruzwa akagarura amafaranga cyangwa akayajyana aho atumwe.

    HOWO yamugonze, ntabwo yatinze mu muhanda kugira ngo urujya n'uruza ku modoka rwari rwahagaze rukomeze.

    Ababonye iyi mpanuka barimo Twagiriyaremye Joseph, yabwiye intyoza.com ko ibi byago byatewe n'umushoferi w'iyi kamyo ya HOWO(HOHO) wagendaga yiruka cyane kandi aca ku modoka ahantu hari ikorosi, agata umukono we aribwo yasangaga uyu munyegare mu gice cy'umuhanda uzamuka ugana Nkoto ahita amugonga arapfa.

    Umutandiboyi wa HOHO nawe ntiyoroheye ab'intege nke bahageze mbere barimo umunyegare waje abaza uburyo bagonze mugenzi we bamusanze mu mukono we. Uyu Tandiboyi yamubwiye ko ajya kubaza shoferi wari wagiye, anahita amushota umugeri arabandagara, ahagurutse ngo abaze amwongera undi yitura hasi abari hafi barakiza.

    Barimo baterura umurambo bari bamaze kuzingira muri shitingi, bashyira mu modoka y'akarere.

    Nkurunziza Jean de Dieu wari aho impanuka yabereye akaba ari n'umwe mu bihutiye gutabara Tandiboyi n'umunyegare wakubitwaga ngo hato abaturage bativanga bashaka kwihorera bikaba ibibazo, avuga ko nawe uyu Tandiboyi yahise amukubita ingumi mu misaya, abaturage na Polisi bahita baza urugamba rwari rugiye kuba rurahagarara.

    Umurambo wa Nyakwigendera watwawe n'imodoka y'Akarere ka Kamonyi ku i saa moya irengeho iminota, aho nyuma yo koroswa igitenge iyi modoka yagiye kuzana shitingi mu isantere bamushyiramo, baterura bashyira mu modoka yahise itwara umurambo. Ni mu gihe kandi shoferi wari wahunze yahamagawe na tandiboyi, aje ahita afatwa na Polisi.

    intyoza

    Source : https://www.intyoza.com/2023/04/16/kamonyi-gacurabwenge-ikamyo-ya-howo-hoho-itwaye-ubuzima-bwumunyegare-wari-uvuye-mu-butumwa-bwakazi/

  • Rutahizamu ukomeye cyane yakoze impanuka iteye ubwoba arikumwe n’abana be -AMAFOTO – YEGOB #rwanda #RwOT

    Umukinnyi w'umupira w'amaguru mu Butaliyani Ciro Immobile yajyanywe mu bitaro nyuma y'uko imodoka ye igonganye n'indi.

    Kapiteni wa Lazio w'imyaka 33, yari kumwe n'abana be mu mujyi wa Roma ubwo iyi mpanuka yabaga mu gitondo cyo kuri iki cyumweru.

    Amashusho ateye ubwoba yerekana igice cy'imbere cy'imodoka ya Immobile yo mu bwoko bwa Land Rover SUV yangiritse cyane nyuma y'iyi mpanuka yabereye hafi ya Stadio Olimpico, ikiniraho ikipe ye ya Lazio.

    Yajyanywe mu bitaro ariko bivugwa ko atakomeretse bikabije.

    Nk'uko ibitangazamakuru byaho bibitangaza ngo yari kumwe n'abakobwa be bombi.

    Immobile yabwiye AGTW ahabereye impanuka ati: 'Ku bw'amahirwe meze neza, ukuboko kwanjye kurambabaza gato.'

    Immobile kapiteni w'iyi kipe ya Serie A, Lazio yatangiye gukinira ikipe yigihugu y'Ubutaliyani muri 2014.

    Yatangiye umwuga we muri Sorrento mbere yo kwinjira muri Juventus mu 2009.Yakinnye kandi muri Torino, Borussia Dortmund na Sevilla.

    Uyu mukinyi usatira yerekeje muri Lazio hanyuma atwara Inkweto ya Zahabu i Burayi hose mu mwaka w'imikino 2019-20 — ihabwa uwatsinze ibitego byinshi muri shampiyona zikomeye i Burayi.

    Yari mu ikipe y'igihugu y'Ubutaliyani yegukanye igikombe cy'Uburayi muri 2020.

    Afite abana batatu n'umugore we Jessica Melena — abakobwa babiri n'umuhungu.

    Ntibiramenyekana umubare w'abari muri iyo modoka igihe impanuka yabaga.

    Polisi iri gukora iperereza ku byabaye.

    Source : https://yegob.rw/rutahizamu-ukomeye-cyane-yakoze-impanuka-iteye-ubwoba-arikumwe-nabana-be-amafoto/

  • Abantu 7 barimo n’umwana muto bapfiriye kuri pisine – YEGOB #rwanda #RwOT

    Abantu barindwi harimo n'umwana muto uri mu kigero cy'imyaka irindwi bapfiriye ku bwogero rusange ( pisine) muri Mexico ubwo umugabo utaramenyekana yabamishagamo umuriro w'amasasu ku mugoroba wejo kuwa Gatandatu.

    Ibitangazamakuru byo muri Mexico biratangaza ko iryo sanganya ryabaye ku munsi wejo ahagana saa Kumi n'igice z'umugoroba, ubwo umuntu yageraga ku bwongero rusange agatangira kurasa abantu ntawe asiga inyuma mbere yo gusiga yangije kamera zo ku maduka, agasiga imiborogo y'abantu.

    Inzego z'umutekano zahise zisuka mu gace ka Cortazar muri Leta ya Guanajuato aho bari gushakisha uwo mwicanyi.

    Source : https://yegob.rw/abantu-7-barimo-numwana-muto-bapfiriye-kuri-pisine/