Tag: Ubuzima

  • Nyamasheke: Umwana w'imyaka 13 yarohamye mu Kivu, bikekwa ko yasunitswe na mugenzi we – #rwanda #RwOT

    Byabereye mu Mudugudu wa Bwerankori, Akagari ka Gitwa Umurenge wa Gihombo ku wa 9 Nyakanga 2026.

    Saa 15:40 nibwo abaturage bahamagaye ubuyobozi bw'inzego z'ibanze bavuga ko hari umwana witwa Habumugisha Toni wari wajyanye na mugenzi we w'imyaka 12 usunitswe mu Kiyaga cya Kivu.

    Umunyamabanga Nshingwabikorwa w'Umurenge wa Gihombo, Niyitegeka Jerome yabwiye IGIHE ko bakimenya aya makuru bihutiye kuyamenyesha ishami rya Polisi rishinzwe umutekano wo mu mazi kugira ngo ribafashe gushakisha uyu mwana.

    Ati 'Iby'uko yasunitswe na mugenzi we, ntabwo mbizi RIB iri kubikurikirana. Icyo navuga ni uko hari umwana warohamye mu Kiyaga cya Kivu, twiyambaza ishami rya Polisi y'u Rwanda rishinzwe umutekano, uwo mwana yabonetse nijoro mu Saa Yine yapfuye'.

    Kuva muri Mutarama kugera muri Nyakanga 2026, mu murenge wa Gihombo honyine hamaze gupfa abantu batatu bazize kurohama mu Kiyaga cya Kivu.

    Gitifu Niyitegeka yasabye ababyeyi kurushaho kuba hafi y'abana babo muri iki gihe cy'ikiruhuko, babarinda kujya mu Kiyaga cya Kivu mu kubarinda kurohama.

    Ati 'Muri iki kiruhuko cy'impeshyi abana baba bakeneye kwidagadura, ni nayo mpamvu ababyeyi baba bakwiye gukurikiranirwa hafi, kuko iki Kivu gikunze akenshi guhitana ubuzima bw'abana. Muri iki gihe cy'ibiruhuko. Turasaba ababyeyi guhoza ijisho ku bana ntibirirwe mu rugo bonyine bakiriranwa n'umuntu mukuru ushinzwe kubamenya'.

    Umurambo wa Habumugisha Toni wajyanywe ku Bitaro bya Kibogora, mu gihe umuryango we ukisuganya unategura ibijyanye n'umuhango wo gushyingura.


    Source : http://igihe.com/amakuru/u-rwanda/article/nyamasheke-umwana-w-imyaka-13-yarohamye-mu-kivu-bikekwa-ko-yasunitswe-na

  • Ese Afurika yahangana ite n’impinduramatwara ya AI mu gihe n’ibibazo by’ibanze bitarakemuka?

     

    Mu gihe ibihugu bikomeye ku Isi bikomeje gushora miliyari z’amadolari mu ikoranabuhanga ry’ubwenge buhangano (Artificial Intelligence – AI), Afurika na yo iri mu rugendo rwo kureba uko itasigara inyuma muri iyi mpinduramatwara iri guhindura ubuzima n’ubukungu bw’Isi.

    Icyakora, impuguke zibaza niba umugabane wa Afurika ushobora guhatana muri uru rugamba mu gihe ibice byinshi byawo bikigarizwa n’ibibazo by’ibanze birimo kubura amazi meza, amashanyarazi adahagije, internet ihenze, uburezi bufite ibibazo ndetse n’ubuvuzi butagerwaho na benshi.

    Nubwo imijyi imwe n’imwe ifatwa nk’iyateye imbere muri Afurika ikomeje kubaka inyubako zigezweho no kwakira ishoramari ry’ikoranabuhanga, abaturage benshi baracyamara amasaha bashaka amazi cyangwa bagahura n’ibura ry’amashanyarazi rya hato na hato.

    AI isaba ibikorwa remezo bikomeye birimo internet yihuta, amashanyarazi ahoraho, ibigo bibika amakuru (data centers) n’abakozi bafite ubumenyi buhambaye. Ibyo byose biracyari imbogamizi zikomeye ku bihugu byinshi byo ku mugabane wa Afurika.

    Hari abemeza ko Afurika idakwiye kwibanda ku guhatanira gukora AI imeze nk’ikorwa n’ibihugu bikomeye, ahubwo ikwiye kuyikoresha nk’igisubizo cy’ibibazo ifite.

    Urugero ni nko gukoresha AI mu buhinzi kugira ngo ifashe abahinzi kumenya igihe cyiza cyo gutera, guhangana n’indwara z’ibihingwa no kongera umusaruro. Yanakoreshwa mu buvuzi ifasha abaganga gusuzuma indwara hakoreshejwe ikoranabuhanga, mu burezi igafasha abanyeshuri kubona amasomo yihariye, no mu micungire y’amazi n’ibikorwaremezo.

    Abasesenguzi bavuga ko ikibazo atari uko Afurika idafite amahirwe muri AI, ahubwo ko igomba kubanza gushora imari mu bikorwa remezo by’ibanze. Amazi, amashanyarazi, internet yizewe n’uburezi bufite ireme ni byo byashingirwaho kugira ngo AI ibe igikoresho gifasha abaturage aho kuba ikoranabuhanga rikoreshwa n’abantu bake.

    Hari kandi impungenge ko niba Afurika ikomeje kuba umuguzi gusa w’ikoranabuhanga rikorerwa ahandi, ishobora kurushaho kugendera ku bindi bihugu mu bijyanye n’umutekano w’amakuru, ubukungu ndetse n’ubusugire bw’ikoranabuhanga.

    Impinduramatwara ya AI ishobora kuzana amahirwe menshi ku mugabane wa Afurika, ariko abayobozi n’abafatanyabikorwa bawo basabwa gushyira imbere ishoramari mu bibazo by’ibanze bikibangamiye imibereho y’abaturage.

    Mu gihe amahanga ahatanira kuyobora isi ya AI, Afurika na yo ifite amahitamo abiri: gukomeza gusigara inyuma cyangwa kubaka urufatiro rukomeye ruzatuma ikoresha iri koranabuhanga mu gukemura ibibazo by’abaturage no guteza imbere ubukungu bwayo.

  • Kamonyi-Rukoma: Umwe muri Batatu bagwiriwe n'ikirombe araye akuwemo bagenzi be baraye mu nda y'Isi #rwanda #RwOT

    Ku mugoroba wo kuri uyu wa 22 Mata 2024 ahagana ku I saa kumi n'ebyiri nibwo uwitwa Bucyanayandi Evaliste, umwe mu bakozi batatu ba Koperative KOMIRWA ikora ubucukuzi bw'amabuye y'agaciro mu kagari ka Gishyeshye, Umurenge wa Rukoma yakuwe mu kirombe cyari cyamugwiriye we na bagenzi be babiri, barayemo.

    Amakuru mpamo agera ku intyoza.com ava mu baturage by'umwihariko abakora ubucukuzi muri Rukoma batabaye, akanemezwa kandi n'ubuyobozi ni uko uyu muturage yakuwemo ari muzima ariko igice cye cyo hasi gisa n'icyabaye Pararize ariko hejuru ari nta kibazo ndetse aganira.

    Uyu wakuwe muri iki kirombe, akigera imusozi yabwiye abo asanze bike mu byabaye ariko kandi anavuga ko bagenzi be abasize yo, ko atazi niba bariho. Gusa kuko bwari bwije, igikorwa cyo gushakisha aba bandi babiri cyahagaritswe aho gisubukurwa kuri uyu wa Kabiri.

    Soma hano inkuru yabanje;Kamonyi-Rukoma: Batatu bagwiriwe n'ikirombe gicukurwamo amabuye y'agaciro

    Uyu Bucyanayandi Evaliste, yahise yihutanwa kwa muganga aho yerekejwe I Kigali ku bitaro bikuru bya Kaminuza y'u Rwanda bya Kigali-CHUK.

    intyoza

    Source : https://www.intyoza.com/2024/04/22/kamonyi-rukoma-umwe-muri-batatu-bagwiriwe-nikirombe-araye-akuwemo-bagenzi-be-baraye-mu-nda-yisi/

  • Inkuru y’akababaro: undi mukinnyi yapfiriye mu kibuga ari gukina -AMASHUSHO – YEGOB #rwanda #RwOT

    Umukinnyi yakubiswe n'inkuba arimo akina ahita yitaba Imana.

    Nk'uko ibinyamakuru hirya no hino bikomeje kwandika ndetse n'amwe mu mashusho atagaragara neza yafashwe, umukinnyi yakubiswe n'inkuba ubwo yarimo akina mu kibuga n'abandi ahita yitaba Imana.

    Septain Raharja w'imyaka 35 yakiniraga ikipe ya FBI Subang mu gihugu cya Indonesia.

    Uyu mugabo yakubiswe n'inkuba mu mukino wa gicuti ikipe ye ya FBI Subang yakinaga na 2 FLO FC Bandung kuri Siliwangi Stadium mu gace ka Bandung gaherereye mu burengerazuba bwa Java.

    Nk'uko ibinyamakuru byo muri Indonesia birimo PRFM News bitangaza, uyu mukinnyi akimara gukubitwa n'inkuba yari akiri guhumeka ariko bagenzi be bamwihutanye kwa muganga ahita yitaba Imana.

    Source : https://yegob.rw/inkuru-yakababaro-undi-mukinnyi-yapfiriye-mu-kibuga-ari-gukina-amashusho/

  • Kamonyi-Musambira: Uruhinja rwakuwe mu musarani rukiri kumwe n'urureri #rwanda #RwOT

    Ahagana ku I saa kumi n'ebyiri z'igitondo cyo kuri uyu wa Gatanu tariki 16 Gashyantare 2024, uruhinja bigaragara ko rwari rukivuka kuko rwari rutarakurwaho urureri, rwakuwe mu musarane rukiri ruzima mu Mudugudu wa Kamashashi, Akagari ka Mpushi, Umurenge wa Musambira, Akarere ka Kamonyi. Rwihutishijwe kwa muganga ngo ruramirwe.

    Amakuru agera ku intyoza.com arahamya ko uru ruhinja rwari mu musarane w'Umujyanama w'Ubuzima ari nawe warwumvise agatabaza, rukurwamo rukiri ruzima rwihutanwa bwangu aho ubu ruri mu bitaro I Kabgayi rwitabwaho.

    Christine Nyirandayisabye, Umunyamabanga Nshingwabikorwa w'Umurenge wa Musambira yabwiye intyoza.com ko aya makuru bayahawe n'Umujyanama w'Ubuzima ari nawe nyiri uyu musarane watawemo uru ruhinja.

    Uyu Mujyanama w'Ubuzima ngo yumvise uruhinja rurira yiruka ajya kureba ibyo aribyo, asanga rwatawe mu musarane we ahita atabaza, ubuyobozi n'abaturage bahita batabara barukiramo rugihumeka barwihutana kwa muganga ngo ruramiwe.

    Gitifu Nyirandayisabye, avuga ko batigeze bamenya nyiri uru ruhinja ndetse n'uwarutayemo, ariko ko nk'ubuyobozi ndetse bafatanije n'abaturage bagishakisha amakuru ku wabikoze nubwo ngo kugeza magingo aya(twandika inkuru) nta makuru barabona.

    Akomeza asaba Abajyanama b'Ubuzima kujya bakurikirana urugo ku rundi, bagafatanya n'abaturage n'inzego z'ibanze mu kumenya abagore n'abakobwa batwite, abagiye kwipimisha, abo bakeka bakamenya amakuru kugira ngo bifashe gukumira no gukurikirana umunsi ku munsi ubuzima bwabo n'icyaba kibe kizwi.

    Gitifu Nyirandayisabye, asaba akomeje abaturage gufasha gutanga amakuru ku gihe mu gihe bafite uwo bazi cyangwa se bakeka kuko hari ubwo usanga hari nk'abo bazi baba baragerageje gukuramo inda cyangwa se baranyuze ahandi mu buryo butandukanye bashaka gukuramo inda. Asaba kandi by'umwihariko ababyeyi gukurikirana no kuba hafi abana babo bakamenya amakuru k'ubuzima bwabo.

    intyoza

    Source : https://www.intyoza.com/2024/02/16/kamonyi-musambira-uruhinja-rwakuwe-mu-musarani-rukiri-kumwe-nurureri/

  • Kamonyi: Ahazwi nko mu Gaperi imodoka yishe umwana w'imyaka 5 wavaga ku ishuri #rwanda #RwOT

    Ahagana ku i saa munani zo kuri uyu wa Gatanu tariki 16 Gashyantare 2024, mu Mudugudu wa Busasamana, Akagari ka Buhoro, Umurenge wa Musambira imodoka yo mu bwoko bwa Fuso ifite Pulake RAF 296 F yavaga Muhanga yerekeza Kigali, igonze umwana w'umuhungu w'imyaka 5 y'amavuko arapfa. Yari avuye ku ishuri ry'inshuke mu kigo cy'ishuri ribanza rya Musambira.

    Umwana wagonzwe n'iyi modoka yitwa Imanashimwe Prince mwene Theogene na Mama we witwa Mukanyandwi Niyonkuru Aline. Umushoferi wamugonze yitwa Harindimana Evalid, yahise yishyikiriza Police sitasiyo ya Musambira.

    Nyirandayisabye Christine, Umunyamabanga Nshingwabikorwa w'Umurenge wa Musambira yabwiye intyoza.com ko amakuru y'iyi mpanuka ari impamo, ko kandi uyu mwana atabashije kubaho.

    Isoko y'amakuru yizewe agera ku intyoza.com ihamya ko nyuma y'iyi mpanuka, abahageze bwa mbere babonye shoferi ayabangira ingata bagira ngo aracitse ariko baza kumva ko yishyikirije Polisi ya Musaambira.

    Abageze aho iyi mpanuka yabereye, babwiye intyoza.com ko Umurambo w'uyu mwana wamaze umwanya mu muhanda ariko nyuma uza kuhakurwa ubwo Polisi yahageraga, ujyanwa mu bitaro bya Remera Rukoma. Ababyeyi ba Nyakwigendera babimenyeshejwe ndetse bageze aho impanuka yabereye.

    intyoza

    Source : https://www.intyoza.com/2024/02/16/kamonyi-ahazwi-nko-mu-gaperi-imodoka-yishe-umwana-wimyaka-5-wavaga-ku-ishuri/

  • Abahanzi bagiye guhabwa ubwishingizi bwubuzi… – #rwanda #RwOT

    Kuri uyu wa Gatatu tariki 14 Gashyantare 2024, Minisiteri y'Urubyiruko ndetse n'Ubuhanzi yagiranye ibiganiro nyunguranabitekerezo n'abahanzi mu ngeri zinyuranye byibanze cyane ku bunyamwuga bukenewe mu kazi bakora mu cyerekezo cy'u Rwanda, imbogamizi bagihura nazo ndetse n'ibyo bifuza ku gihugu.

    Ni inama yabaye mu gihe hari abahanzi bataratera intambwe yo kujya mu mahuriro yashyizweho (Federation). Ijwi rya bamwe ryumvikana rivuga ko nta nyungu babona mu mahuriro, ari nayo mpamvu banze kwisungana na bagenzi babo.

    Minisitiri Dr Jean Nepo Abdallah Utumatwishima yagaragaje ko Leta yiteguye gushyigikira abahanzi, ariko abasaba kujya mu mahuriro, kuko buri muhanzi wese uzajya asaba guterwa inkunga na Minisiteri agomba kuba afite ihuriro abarizwamo, kuko ari ryo rizamuvuganira.

    Umuyobozi w'Inama y’Igihugu y’Abahanzi, Niragire Marie France washinze Genesi TV yabwiye InyaRwanda, ko bishimiye kuba Leta yatekereje ku bahanzi bugahabwa Minisiteri ibushinzwe.

    Yavuze ko iyi nama ibaye mu gihe nk'ubuyobozi bushya bamaze gutangira imishinga itatu irimo gushyiraho ikigega nzahura bukungu cy'abahanzi, ubwishingizi bwo kwivuza ku muhanzi, uburezi n'ibikorwaremezo by'ubuhanzi ku rwego rw'Igihugu.

    Niragire yavuze ko iyi mishinga iri 'mu mushinga yashyira ibuye fatizo mu iterambere ry'ubuhanzi ku rwego rw'Igihugu'.

    Yavuze ko izakorwa kubufatanye bw'abahanzi bose b'u Rwanda, yaba ababa mu Rwanda, ababa mu mahanga, inzego za Leta ndetse n'inkunga zitandukanye 'hakurikijwe icyiciro uwo mushinga uherereyemo'.

    Niragire yavuze ko abahanzi bakeneye ubwishingizi bw'ubuzima 'kuko ubuhanzi dukora ni umurimo nkindi mirimo yose itunze banyirayo n'imiryango yabo'.

    Ati 'Ubwishingizi butanga umusanzu cyane ku kiremwamuntu mu buryo bwo kubaka amarangamutima ya muntu, urukundo, kubaho kwa buri munsi, kunezerwa, kwidagadura no kuruhuka ku bwonko.'

    Akomeza ati 'Iyo duhanga harimo imbogamizi nyinshi zikubiyemo impanuka n'uburwayi bwaterwa n'ubuhanzi runaka ukora.'

    Abahanzi bakora amanywa n'ijoro, bakoresha ingingo zabo z'umubiri cyane ndetse guhanga bisaba imbaraga z'ubwonko n'imbaraga z'umubiri hakongerwamo n'amarangamutima menshi. Niragire ati 'Ku bw'ibyo twasanze dukeneye umuhanzi 'insurance'.

    Niragire yavuze ko bizasaba ko buri muhanzi azatanga umusanzu we, ndetse hanarebwe umusanzu uturuka mu bihangano ahanga, kugirango umushinga w'ubwishingizi ushyirwe mu bikorwa.

    Ati 'Hazabaho umusanzu w'umuhanzi habeho umusanzu uturuka mu bihangano byacu hongerwemo n'inkunga zitandukanye, hakurikijwe ubwishingizi dukeneye ubwari bwo nk'uko ibyiciro by'ubwishingizi buri.'

    Yavuze ko kugirango umuhanzi abuhabwe bizasaba kuba ari umunyamurwango wa Rwanda Arts Council, kandi bizasaba kuba hari urwego abarizwamo mu cyiciro cy'ubuhanzi akora nk'uko byubatswe na Rwanda Arts Council (RAC).

     

    Minisitiri Utumatwishima yasabye abahanzi kwibumbira mu mahuriro, kuko ari bwo Leta izoroherwa no kubatera inkunga

     

    Niragire Marie France yatangaje ko hagiye gushyirwaho ubwishingizi bw'abahanzi

     

    Abahanzi bagaragarije Leta ibigitsikamira urugendo rw'ubuhanzi bwabo, ndetse n'ibyo bishimira bamaze kugeraho 

    Kanda hano urebe amafoto menshi yaranze inama yahuje abahanzi

    Source : https://inyarwanda.com/inkuru/139726/abahanzi-bagiye-guhabwa-ubwishingizi-bwubuzima-139726.html

  • Nimero ya mbere ku Isi muri Marathon yapfanye n’umunyarwanda #rwanda #RwOT

    Umunya-Kenya, Kelvin Kiptum wari ufite agahigo ko gusiganwa Marathon mu gihe gito ku Isi, yitabye Imana ariko kumwe n’umunyarwanda wamutozaga, Hakizimana Gervais baguye mu mpanuka yabereye muri Kenya.

    Iyi mpanuka yabereye mu gace ka Elgeyo-Marakwet ko muri Kenya ejo hashize mu ijoro rishyira tariki ya 12 Gashyantare 2024.

    Nyuma yo gukora impanuka bagahita bitaba Imana, imibiri ya bo yahise ijyanwa Moi Teaching and Referral Hospital.

    Kelvin wari ufite imyaka 24 akaba muri 2023 ari bwo yanditse amateka mu mukino wo gusiganwa ku maguru mu bilometero 42 (Marathon) aho yaciye agahigo ko gukoresha amasaha 2 n’amasegonda 35.

    Hakizimana Gervais wari umutoza we akaba yarahuye bwa mbere na Kiptum muri 2006 ubwo yari agiye kwitegurirayo amarushanwa yagombaga kuhabera ariko birangira atabaye ari bwo yahitaga ajya mu Bufaransa.

    Yakomeje gukurikirana bya hafi Kiptum yari yarabonyemo impano, akazajya amufasha uko ashoboye kugeza muri 2018 ubwo yatangiraga kuba umutoza we mu buryo buhoraho.

    Bivugwa ko imodoka Kiptum na Gervais w’imyaka 36 ufite agahigo ku gusiganwa metero 3000 mu gihe gito mu Rwanda harimo n’undi mugore witwa Sharon Kogsey ariko we akaba yarokotse iyi mpanuka.

    Kelvin Kiptum (Ibumoso) na Hakizimana Gervais (iburyo) bitabye Imana

    Source : http://isimbi.rw/siporo/article/nimero-ya-mbere-ku-isi-muri-marathon-yapfanye-n-umunyarwanda

  • The Rock na Lady Gaga mu byamamare 10 birwaye… – #rwanda #RwOT

    Indwara y’agahinda gakabije izwi nka ‘Depression’ iri mu zihangayikishije Isi muri rusange bitewe n’uko ikomeje kwibasira benshi ndetse ikanahitana benshi bayirwaye bagiye bafata umwanzuro wo kwiyahura.

    Benshi batekereza ko kurwara indwara y’agahinda gakabije biterwa n’ibibazo runaka umuntu anyuramo, ndetse benshi bibwira ko yibasira ababayeho nabi gusa ntigere ku babayeho neza banafite ifaranga.

    The New York Times yatangaje ko uretse kuba abantu basanzwe aribo bafite umubare munini w’abarwaye ‘Depression’, nyamara ngo no mu byamamare harimo benshi babana n’iyi ndwara ndetse kuba bafite ubukire, ubwamamare banavuga rikijyana ngo ntibibabuza kuba bararwaye iyi ndwara.

    Hari ibyamamare 10 mpuzamahanga byeruye bivuga ko birwaye indwara y’agahinda gakabije ndetse ko ntakimwaro kirimo kuba babivuga, banashishikariza n’abandi kubivuga no kuyivuza :

    1. The Rock

    Dwyane Johnson wamamaye ku izina rya The Rock uzwi cyane muri sinema no mu mikino yo kumvana imbaraga ya ‘Catch’, ari mu byamamare byafashe iya mbere mu gutangaza ko barwaye ‘Depression’. Mu 2015 nibwo uyu mugabo w’ibigango, yatangaje ko arwaye iyi ndwara ndetse anahishura ko amaze igihe kinini afata ibinini bya ‘Anti-Depressant’ bimufasha guhangana n’iyi ndwara.

    2. Lady Gaga

    Umuhanzikazi akaba n’umukinnyi wa filime, Lady Gaga, ufite inkomoko mu Butaliyani gusa akaba yibera muri Amerika ari naho akorera ibikorwa bye, nawe arwaye indwara y’agahinda gakabije. Mu 2012 nibwo bwa mbere yatangaje ko abana n’iyi ndwara ndetse avuga ko yayirwaye kera akiri muto nyuma y’uko ahuye n’ibyago byo gufatwa ku ngufu. Mu 2020 yabwiye People Magazine ko iyi ndwara ariyo yatumye akora album yise ‘Chromatica’ aho agaruka ku bihe bigoye anyuramo kubera iyi ndwara.

    3. Prince Harry

    Igikomangoma cy’u Bwongereza, Harry, nawe nubwo akomoka mu muryango ukomeye ku Isi ndetse akaba abayeho neza, ntabwo byamubujije kuba yarwara indwara y’agahinda gakabije. Ibi yabitangaje mu gitabo yasohoye mu Ukuboza mu 2022 yise ‘Spare’ aho yavuze ko kuva nyina Princess Diana yakwitaba Imana byamuteye agahinda gakomeye kanamuviriyemo Depression.

    4. Miley Cyrus

    Umuhanzikazi akaba n’umukinnyi wa filime wamamaye muri filime y’uruhererekane yitwa ‘Hannan Montana’, ari mu byamamarekazi birwaye indwara y’agahinda gakabije. Mu 2013 ubwo yagiranaga ikiganiro na Ellen DeGeneres kuri televiziyo mpuzamahanga ya ABC, yavuze ko kuva mu 2011, abana n’indwara y’agahinda gakabije ndetse ko ariyo yanatumye yishora mu gukoresha ibiyobyabwenge.

    5. Selena Gomez

    Icyamamarekazi mu muziki, Selena Gomez, usanzwe unakina filime, nawe ubuzima yanyuzemo akiri muto bwahuriranye no kwamamara byihuse, byatumye arwara Depression. Ibi yabivuze mu 2022 muri filime mbarankuru ku buzima bwe yise ‘My Mind & Me’ aho yavuze ko amaze igihe kinini yaribasiwe n’iyi ndwara.

    6. Kerry Washington

    Icyamamarekazi muri Sinema, Kerry Washington, uri mu biraburakazi bake bakomeye i Hollywood, yakunzwe cyane muri filime y’uruhererekane yitwa ‘Scandal’, nawe abana n’indwara y’agahinda gakabije. Mu 2020 Kerry Washington yatangaje ko ubwamamare bwe no kurwaza nyina indwara ya kanseri y’amabere byatumye nawe agira indwara y’agahinda gakabije.

    7. Kristen Bell

    Umunyamerikakazi uzwi cyane mu gukina filime, Kristen Bell, yatangaje ko arwaye indwara y’agahinda gakabije mu 2021. Yavuze ko iyi ndwara yamwibasiye nyuma y’uko  yagize ibibazo byo gusama inda zivamo inshuro zirenze esheshatu bigatuma yiheba cyane bikanamuviramo kurwara Depression.

    8. Demi Lovato

    Kuva mu 2009 Demi Lovato yagiye ajyanwa muri ‘Rehab’ inshuro nyinshi kubera gukoresha ibiyobyabwenge byinshi. Uyu muhanzikazi yagiye avuga kenshi ko arwaye indwara y’agahinda gakabije abicishije mu ndirimbo ze. Byumwihariko mu 2011 Lovato yagerageje kwiyahura Imana ikinga akaboko. Kuva icyo gihe kugeza ubu Demi Lovato ari ku miti imufasha guhangana n’iyi ndwara.

    9. Wayne Brady

    Umukinnyi wa filime akaba n’umunyarwenya Wayne Brady, nawe arwaye indwara y’agahinda gakabije. Uyu mugabo uzwi muri filime nka ‘Kink Boots’ n’izindi, mu 2022 yatangarije People Magazine ko arwaye indwara y’agahinda gakabije ndetse ashimira umugore we Mandie Taketa wamubaye hafi kuva yarwaya iyi ndwara.

    10. Cara Delevingne

    Umwongerezakazi kabuhariwe mu gukina filime no kumurika imideli, Cara Delevingne arwaye indwara y’agahinda gakabije.

    Mu 2021 Cara yatangarije The Guardian ko afite iyi ndwara aho avuga ko ahanini yatewe n’uko umuryango we n’abantu batigeze bakira neza ko akunda abakobwa bagenzi be (Lesbian). Ibi ngo byatumye yiheba cyane ndetse no kubona uko abantu bamuvugaga ku mbuga nkoranyambaga bimutera Depression.

    Source : https://inyarwanda.com/inkuru/139467/the-rock-na-lady-gaga-mu-byamamare-10-birwaye-indwara-yagahinda-gakabije-139467.html

  • RIP: Abanyeshuri 4 b'abakobwa bajyaga ku ishuri rya GS Muramba, bagonzwe n'imodoka – YEGOB #rwanda #RwOT

    Abanyeshuri 4 b'abakobwa bajyaga ku ishuri rya GS Muramba riri mu Murenge wa Macuba, Akarere ka Nyamasheke, bagonzwe n'imodoka yo mu bwoko bwa Pick up yari ifite pulake RAA 179 D, umwe ahita yitaba Imana, 3 barakomereka.

    Ni impanuka yabaye ahagana saa moya n'igice z'igitondo cyo kuri uyu wa Gatatu tariki ya 24 Mutarama.

    Amakuru dukesha Imvaho Nshya ni uko Animateri wa GS Muramba, Ndayisaba Léonard, wari uri inyuma gato y'abo banyeshuri bagana ku ishuri yamuciyeho igasanga abo bana bari mu mukono wabo ikabagonga.

    Yagize ati 'Bari abakobwa 5 bari kumwe ariko umwe ari hirya kuri borudire (bordure) y'umuhanda, abandi bari mu nzira yabo, bariya 4 abakubitira rimwe, baragwa ngiye kubabyutsa nsanga bakomeretse cyane, uwapfuye na we agatima kari kagitera, muri iyo minota aba ashizemo umwuka, imodoka yatambutse nahise nyihagarika nyisaba kubatujyanira bose mu bitaro bya Kibogora, barabatujyanira,ni ho bari.''

    Bose uko ari 4 bajyanwa mu bitaro bya Kibogora, uwari uyitwaye ubu afungiye kuri sitasiyo ya RIB ya Ruharambuga. Uwitabye Imana ni Niyobuhungiro Bellancile w'imyaka 16, wigaga mu wa 2.

    Source : https://yegob.rw/rip-abanyeshuri-4-babakobwa-bajyaga-ku-ishuri-rya-gs-muramba-bagonzwe-nimodoka/