Tag: People

  • Uncle Austin yavuze ‘bwa mbere’ uko uwari umu… – #rwanda #RwOT

    Biri mu byatumye inganzo imutwara akora indirimbo yise 'Dupfa Iki?' yasohoye tariki 9 Kanama 2021, ikebura abatanezezwa n'iterambere ry'abandi, abavuga ibyo batahagazeho, abapfa ubusa n'ibindi bitagakozwe n'umuntu nyamuntu.

    Ni indirimbo yakunzwe cyane mu gihe gito bitandukanye n'izindi ndirimbo z'uyu muhanzi. Ndetse, hari abagiye bamuhundagazaho ibitutsi mu bihe bitandukanye bumvise iyi ndirimbo bamwandikira bamusaba imbabazi, arazitanga.

    Mu kiganiro na Isango Star, Uncle Austin yavuze ko indirimbo ye 'Dupfa iki?' yari imaze imyaka ibiri ibitse mu kabati, yayanditse ashingiye ku mibanire y'abantu batandukanye n'umuyaga w'igihuha cyakwijwe n'abantu atazi bakibwiye uwari umukunzi we ko yamwanduje Sida, kandi ko afata n'imiti igabanya ubukana.

    Uyu muhanzi yavuze ko mu gihe yamaze abana na Joannah, hari icyumweru babanye mu inzu imwe atamuvugisha atazi impamvu, kandi akabona ko yamukarakariye mu buryo bukomeye.

    Aho umukunzi we avugiye, yamubwiye ko yamenye ko yamwanduje Sida, kandi afite amakuru avuga ko amaze igihe afata imiti igabanya ubukana bw'iyi Virus.

    Uncle Austin wibanda ku njyana ya Afrobeat ati 'Ni ubwa mbere mvuze iyi nkuru. Ku buryo yamaze n'icyumweru atamvugisha yarananutse, bamubwira ngo maze n'igihe afata imiti.'

    Ngo uwari umukunzi we bari baramubwiye guhora ashakisha mu nzu yabo imiti uyu muhanzi yafataga igabanya ubukana bwa Sida.

    Uncle Austin avuga ko muri icyo gihe hari n'inshuti ze zabimubwiraga ko yanduye Sida, ndetse ko atari inkuru yari izwi n'umuntu umwe.

    Yavuze ko muri icyo gihe yabajije umukunzi we niba yaragiye kwipimisha ngo amenye uko ubuzima bwe buhagaze, nyuma y'uko abantu bamubwiye ko yamwanduje Sida.

    Ati 'Noneho icyo gihe abimbwiye ndamubwira nti bakubwiye ko ndwaye Sida ngo narakwanduje koko? Ese wowe urarwaye wagiye kwipimisha, ati Oya!.'

    Uyu muhanzi yavuze ko yahise abwira umukunzi we ko agiye kwipimisha, ibizamini bigaragaza ko atanduye hanyuma arabimwoherereza ariko undi abitera utwatsi.

    Yavuze ko umukunzi we yanze kwemera ibyo bisubizo bigaragaza ko Uncle Austin atanduye, bikomezwa n'abantu (atazi) bamubwiye ko Uncle Austin ashobora kuba yipimishije mu baganga baziranye, bagahimba ibisubizo by'uko atanduye Sida.

    Ati 'Yanga kubyumva, baramubwira bati buriya yagiye mu baganga b’iwe baziranye bahinduranya ibisubizo.'

    Uyu muhanzi yavuze ko akimara kubona ko umukunzi we atizeye ibisubizo yari amweretse, bajyanye bombi kwipimisha ku bitaro bibiri.

    Avuga ko yabwiye umukunzi we ko buri umwe ari bufungure igisubizo cy'undi, ariko nabwo ntiyahise abyemera. Uncle Austin anavuga ko muri icyo gihe abantu bakoraga udukundi bakavuga ko yanduye Sida.

    Ashimangira ko ari muzima kandi ko n'umwana we London Ava Luwano ameze neza. Uncle Austin yavuze ko iyi nkuru yahererekanyijwe n'uruhumbirajana rw'abantu bataziranye.

    Mu 2016, ni bwo Uncle Austin yatangiye kubana na Mwiza Joannah ariko baje gutandukana buri wese aca indi nzira. Umwana babyarabye aherutse gusoza amasomo y'ikiburamwaka (Nursery). 

    Uncle Austin yahishuye ko indirimbo ye 'Dupfa iki?' isasiye ku nkuru y'ukuntu umukunzi we bamubwiye ko yamwanduje Sida Uncle Austin yavuze ko uwari umukunzi we yanze kwemera ibizamini byagaragazaga ko atamwanduje Sida

    KANDA HANO WUMVE INDIRIMBO 'DUPFA IKI?' YA UNCLE AUSTIN

    “>

    Source : https://inyarwanda.com/inkuru/108641/uncle-austin-yavuze-bwa-mbere-uko-umugore-we-yamushinje-kumwanduza-sida-bajyana-kwipimisha-108641.html

  • Imbwa yiruka ntiyantuka ngo mbabare, abavuga 'Ntamyaka100′ bazateza cyamunara u Rwanda- Sadate& Sewase #rwanda #RwOT

    Aba bagabo bombi bakunze gutanga ibitekerezo ku mbuga nkoranyambaga, baganiriye na UKWEZI TV, bagarukaku ngingo zinyuranye zirimo ikoreshwa ry’imbuga nkoranyambaga muri iki gihe.

    Munyakazi Sadate wigeze kuyobora Rayon Sports, ni umwe mu badatinya kugaragaza ibitekerezo bye ku mbuga nkoranyambaga gusa rimwe na rimwe ntibyakirwe neza ndetse bigatuma hari abamwibasira bakamutuka.

    Avuga ko kuba hari abamutukira ibitekerezo bye, ari inzira ikiri ndende mu kumva ubwisanzure bwo gutanga ibitekerezo ariko ko bitatuma ahunga imbuga nkoranyambaga ahubwo ko bimuha imbaraga zo gukomeza kwigisha abantu kumenya uburyo barushaho gukoresha imbuga nkoranyambaga mu byubaka.

    Karangwa Sewase wanifuje ko yazahurira mu kiganiro na Munyakazi Sadate na we ni umwe mu bakunze gukoresha imbuga nkoranyambaga by’umwihariko Twitter.

    Uyu mugabo ukunze no kugaragara mu busesenguzi bugaragaza ibyiza u Rwanda rukomeje kugeraho, na we ni umwe mu bakunze kwibasirwa ku mbuga nkoranyambaga kubera ibitekerezo bye ariko bigakorwa na bamwe mu batavuga rumwe n’ubutetsi bw’u Rwanda.

    Sewase avuga ko akenshi abamutuka baba baniyoberanyije kuko baba bariyise amazina mahimbano.

    Ati 'Uwiyita Imbwayiruka cyangwa Nyirahukuyomumasaka, antuse mufata nka Nyirahuku yo mu masaka nyine cyangwa se Imbwa yiruka nk’uko yiyise.'

    Banagarutse ku mvuga igezweho muri iyi minsi ikunze kuvugwa n’abiganjemo urubyiruko igira iti 'nta myaka ijana', bavuga ko iyi mvugo yumvikanishamo gutakaza icyizere.

    Karangwa Sewase avuga ko uku kwitakariza icyizere bikomeje byazatuma ibyo u Rwanda rwagezeho bitabasha gusigasirwa.

    Ati 'Mu gihe kizaza twazaterwa n’ibyihebe abana bakavuga bati 'mureke u Rwanda turuteze cyamunara nta myaka 100′ ntawuzajya ku rugamba aravuga ati 'njye nta myaka 100 ndajya kwirirwa ndwana se mara iki hariya.'

    IKIGANIRO CYOSE

    UKWEZI.RW

    Source : http://www.ukwezi.rw/mu-rwanda/3/Imbwa-yiruka-ntiyantuka-ngo-mbabare-abavuga-Ntamyaka100-bazateza-cyamunara-u-Rwanda-Sadate-Sewase

  • Birahebuje kukugira Inshuti magara nkunda! Umugore wa Riderman yavuze ibigwi umugabo we bamaze imyaka 6 babanye #rwanda #RwOT

    Riderman na Miss Agasaro Nadia Farid basezeranye imbere y'amategeko ku itariki ya 24 Nyakanga 2015 mu Murenge wa Kigarama ho mu Karere ka Kicukiro, bakurikizaho gusezerana imbere y'Imana nyuma y'ibyumweru bigera kuri bitatu muri Paruwasi ya Kicukiro ku gicamunsi cyo tariki ya 16 Kanama 2015.

    Abinyujije ku rukuta rwe rwa Instagram , Agasaro Nadia yashimiye umugabo we Gatsinzi Emery Uzwi ku izina [Riderman] mu butumwa bwuzuye amarangamutima n'urukundo rwinshi.

    Agize ati ''Imyaka ibaye itandatu tubaye umwe imbere y'Imana n'abantu, Riderman ibaye itandatu umpa urukundo rwinshi bidasanzwe birahebuje kukugira nshuti magara nkunda. Imana yabumbiye umunezero wanjye wose muri wowe maze igihe kigeze Ihuza inzira zacu mu buryo bwayo dore ko Ikora ukwayo Reka nyishimire kuko yakabirije inzozi zanjye muri wowe ubuzima bwange bw'iteka. Uzi ibyo ndi kuvuga.


    Imana izaduhe kuzarambana kugeza twuzukuruje amashimwe ku Mana yo ikomeje kurinda isezerano ryacu nzagukunda urudasaza kuko wankunze urudasanzwe ndagukunda n'umutima wange wo. mu ruhande rwawe hari ibyiza gusa”.


    Imfura ya Riderman yabyaranye na Miss Agasaro Nadia

    Source : https://umuryango.rw/imyidagaduro/article/birahebuje-kukugira-inshuti-magara-nkunda-umugore-wa-riderman-yavuze-ibigwi

  • Ndagukunda ubu n’iteka ryose – Lauren Londo… – #rwanda #RwOT

    Lauren London ni umwe mu bakinnyi ba filime bafite izina rikomeye muri Hollywood ndetse akaba ari mu bagore bakunzwe cyane mu myidagaduro muri Amerika. Uyu mugore w’imyaka 36 azwi cyane muri filime nyinshi yakinnye zakunzwe zirimo nka ATL yakinanye n’umuraperi TI, Baggage Claim, The Perfect Match, I Love You Beth Cooper, Without Remorse hamwe n’indi filime y’uruhererekane (Serie) yitwa Games People Play inyura kuri televiziyo mpuzamahanga ya BET.

    Lauren London usibye kuba yaramamaye mu ruhando rwa Cinema yarushijeho kwamamara ubwo yakundanaga n’umuraperi Nipsey Hussle witabye Imana ku itariki 31/03/2019. Aba bombi batangiye gukundana kuva muri 2013 kugeza ubwo Nipsey Hussle yapfaga arashwe. Urukundo rwa Lauren London na Nipsey Hussle ntawe rutagaragariraga bitewe n’uko aba bombi batasiganaga, wasangaga Lauren ariwe ugaragara mu mashusho y’indirimbo za Nipsey Hussle mugihe abandi bahanzi bakoresha abakobwa batari abakunzi babo siko byari bimeze kuri Nipsey Hussle.

    Ku munsi w’ejo hashize ku cyumweru ni bwo abanyamuziki n’abafana bawo muri Amerika bifurizaga isabukuru nziza Nipsey Hussle wari kuba wuzuza imyaka 36 iyaba akiriho, by’umwihariko umuryango wa Nipsey urimo na Lauren London dore ko babyaranye umwana w’umuhungu witwa Kross Asghedom. Mu magambo Lauren London yakoresheje yifuriza isabukuru nzinza Nipsey Hussle wahoze ari umukunzi we ndetse banabanye nk’umugabo n’umugore mugihe cy’imyaka 7 yongeye gushimangira ko akimukunda cyane.

    Yagize ati: ”Isabukuru nziza mwami wanjye (My King)! Ndagukunda uyu munsi n’iteka ryose. Kugukumbura byabaye ibigize uturemangingo twanjye (DNA) kandi mbigaragazanya icyubahiro. Kross yanyibukije ko wujuje imyaka 36 nk’iyanjye. Uri uwa mbere mu ba mbere Hussle Tha Great ntihazigera habaho undi nkawe”. Aya niyo magambo Lauren London yakoresheje yifuriza isabukuru Nipsey abinyujije kuri Insagram ye. Si ubwa mbere Lauren yaba agaragaje ko agikunda uyu muraperi kandi ko azahora amukunda dore ko akunze kubyerekana mu magambo yandika ku mbuga nkoranyamanga no muri Interview ze akunze kuvuga ko atazigera akunda undi mugabo.

    Lauren London bahaye akazina ka kabyiniriro ka Lady Hussle yarasanzwe we na Nipsey bari ku rutonde rwa Couple 10 zikomeye muri Amerika bahuriraho na Barack Obama n’umugore we Michelle Obama.Kugeza ubu Lauren afite ishusho ya Nipsey Hussle ku kuboko kwe kw’iburyo ndetse n’ijambo rya ‘TMC’ risobanura ngo The Marathon Continues ryakundaga gukoreshwa cyane na Nipsey Hussle,yaniyanditseho (tattoo) kandi amagambo yanyuma Nipsey yamuhaye muri SMS mbere y’uko yapfa agira ati”Lauren,uri umutima wanjye ndagukunda kurenza uko ubitekereza”. Aba bombi kandi bari baranishyizeho indi tatto mbere yuko Nipsey apfa ivuga ngo’2 THA END’ bisobanura ngo kugeza kw’iherezo.

    Kuri ubu Lauren London niwe usigaye arera abana 2 ba Nipsey Hussle harimo imfura ye y’umukobwa yitwa Emani Asghedom hamwe n’umuhungu babyaranye witwa Kross Asghedom.Lauren London kandi ni nawe usigaye ayobora uruganda rw’imyenda rwitwa The Marathon Clothing rwashinzwe na Nipsey Hussle ndetse anaherutse gushyira imyenda mishya ku isoko yise TMC:Miami Story yakozwe na PUMA ifatanije na The Marathon Clothing aho bakoze imyenda isa neza niyo Nipsey Hussle yambaye mu gitaramo cya nyuma yakoreye muri Miami.

    src:www.HollywoodReporter.com

    Source : https://inyarwanda.com/inkuru/108635/ndagukunda-ubu-niteka-ryose-lauren-london-yifuriza-isabukuru-nziza-nipsey-hussle-bakundana-108635.html

  • Myugariro w’Umunyarwanda yasezeranye n’Umurundikazi(AMAFOTO) #rwanda #RwOT

    Myugariro ufite ubwenegihugu bw’u Rwanda akaba akinira ikipe y’igihugu y’u Burundi, Ngando Omar yasezeranye imbere y’amategeko n’umukunzi we Nishi Belyse bamaze igihe bakundana.

    Ngando Omar na Belyse bombi bakomoka muri Cibitoke, ku wa Gatandatu w’icyumweru gishize tariki ya 14 Kanama 2021 nibwo basezeranye imbere y’amategeko i Burundi kuri Mairie de Bujumbura aho uyu mukinnyi abarizwa mu biruhuko.

    Ngando Omar usanzwe ari umukinnyi wa Kiyovu Sports, ahisemo gusezerana na Belyse nyuma y’imyaka 2 bakundana cyane ko bafitanye n’umwana w’umuhungu witwa Raphael uri hafi kuzuza imyaka 2 kuko afite umwaka n’amezi 7.

    Ngando Omar akaba ari myugariro ukina mu mutima w’ubwugarizi wakiniye amakipe atandukanye mu Rwanda arimo APR FC, AS Kigali na Kiyovu Sports akinira, ni umunyarwanda ariko ukinira ikipe y’igihugu cy’u Burundi, avukana na Ally Niyonzima we ukinira Amavubi.

    Ngando Omar na Belyse basezeranye imbere y’amategeko

    Ngando asinyira ko yemeye kubana akaramata na Belyse

    Belyse yabisinyiye ko abaye uwa Ngando Omar

    Byari ibyishimo kuri bo

    Ngando Omar na Belyse bari basanzwe bafitanye umwana

    Source : http://isimbi.rw/siporo/article/myugariro-w-umunyarwanda-yasezeranye-n-umurundikazi-amafoto

  • Bahavu Jannet yahaye umugabo we indege (Amafoto) – YEGOB #rwanda #RwOT

    Bahavu Usanase Jannet wamamaye cyane ku izina rya Diane yakinnye yitwa muri filime ya city maid, yishyuye umugabo we, Fleury Legend, nawe amutungura amuha impano itangaje.

    Nkuko amashusho abigaragaza, Bahavu Jannet yatembereje umugabo we, Fleury, mu modoka aherutse kumuhamo impano. Bahavu nawe yari afite gahunda yo gushimisha Fleury amutungura amuha impano yari yamuteganyirije.

    Bahavu yajyanye umugabo we kumutembereza maze amugurira ibyo kurya (biscuits,…) gusa amubwira ko hari impano idasanzwe amuhishiye ari buze kumuha ikamushimisha. Fleury yari afite amatsiko menshi gusa amatsiko ye yaje gushira ubwo yabonaga Jannet amuhaye indege y'igikinisho. Bahavu yongeyeho ko nubwo ahaye amuhaye indege y'igikinisho ko azamuha n'indege ya nyayo igihe nikigera.

    Bahavu Jannet yereka Fleury indege yamuhaye

    Source : https://yegob.rw/bahavu-jannet-yahaye-umugabo-we-indege-amafoto/

  • Cindy Sanyu aratwite nyuma yimyaka 10 yibaru… – #rwanda #RwOT

    Ibinyamakuru byo muri Uganda birimo sqoop.co.ug byanditse ko uyu muhanzikazi atwite inda y'amezi atatu.

    Cindy Sanyu yavuze ko abafana n'abandi badakwiriye kumubaza niba atwite. Ati 'Abafana kuki mukomeza kumbaza niba ntwite aho kumbaza niba nasohoye indirimbo? Kuba natwita ni ibindeba ku giti cyanjye.'

    Mu mezi ashize, uyu muhanzikazi yanditse ku mbuga nkoranyambaga ze avuga ko igihe kigeze kugira ngo abyare undi mwana.

    Icyo gihe kandi yatangaje ko yamaze kwerekana mu muryango umukunzi we mushya Joel Atiku yavugaga ko bazarushinga muri uyu mwaka.

    Mu 2020, ni bwo Joel Atiku yateye ivi yambika impeta y'urukundo Cindy Sanyu amuteguza kurushinga.

    Uyu muhanzikazi asanzwe afite umwana w'umukobwa w'imyaka 10 y'amavuko yabyaranye n'umugabo Mario Brunette batandukanye.

    Cindy yamenyekanye bwa mbere ubwo yaririmbaga mu itsinda ry'abahanzikazi rya 'Blue 3' ryakanyujijeho yari ahuriyemo n'umunyarwandakazi Lilian Mbabazi ndetse na Chandiru. Aba bombi baje gutandukana buri wese akora umuziki ku giti cye.

    Uyu mugore waje mu Rwanda mu bihe bitandukanye, azwi mu ndirimbo zirimo 'Gahunda' yakoranye na Kid Gaju, 'Hot like that', 'Ayokyakokya', 'Mukodo' n'izindi zinyuranye.

    Cindy Sanyu aravugwaho inkuru yo gutwita n'ubwo atabyemeza  Cindy Sanyu aherutse kwerekana umukunzi mushya nyuma yo gutandukana n'uwo babyaranye

    Source : https://inyarwanda.com/inkuru/108610/cindy-sanyu-aratwite-nyuma-yimyaka-10-yibarutse-imfura-108610.html

  • Amafoto: Umukecuru w'imyaka 100 y'amavuko aterura ibiro 150 #rwanda #RwOT

    Umukecuru w'imyaka 100 y'amavuko witwa Edith Murway-Traina niwe wahize abandi ku isi mu guterura ibyuma biremereye nk'uko Guiness World of Records iherutse kubyemeza.

    Tariki 8, Kanama, 2021, nibwo Murway-Traina yujuje imyaka 100. Yigeze kuba umwarimukazi wa muzika no kubyina.

    Yatangiye guterura afite imyaka 91 y'amavuko.

    Murway-Traina avuga ko akiri muto yakundaga kujya mu nzu bakoreramo imyitozo ngororamubiri akitoza ariko bisanzwe.

    Yabwiye ikinyamakuru Men's Health ko yatangiye kwitoza guterura amaze kubibona ku bagore bamwe aza gutekereza kubigerageza.

    Ati: ' Ubwo nabonaga abandi bagore baterura naratekereje nsanga nanjye nabikora. Naragerageje none narabishoboye.'
    Ibyo akora byerekanye ko gushaka ari ugushobora.

    Ikindi ni uko uriya mubyeyi yemeza ko atigeze anywa inzoga nyinshi akiri muto, akemeza ko biri mu byarinze imitsi ye n'imikaya kwangirika.

    Uko yagendaga aterura niko yatsindiraga ibihembo ndetse ngo iwe ibikombe n'imidari byamubanye byinshi.

    Source : https://impanuro.rw/2021/08/15/amafoto-umukecuru-wimyaka-100-yamavuko-aterura-ibiro-150/

  • Umuhate wa Mukeshimana watewe inda afite imyaka 14, akiyemeza gukomeza amashuri – #rwanda #RwOT

    Mukeshimana Divine w’imyaka 15 utuye mu Karere ka Gatsibo mu Murenge wa Murambi, ni umwe mu bihumbi by’abakobwa inzozi zasubijwe inyuma no guterwa inda akiri muto.

    Mukeshimana avuga ko yatewe inda nawe mu buryo atasobanukiwe kuko yashutswe n’umuntu wazaga iwabo agenda amwiyegereza buhoro buhoro, amushukisha utuntu tudashinga, birangira amugushije mu mutego wo kuryamana nawe.

    Mu kiganiro na IGIHE, Mukeshimana yasobanuye uko yamenyanye n’umugabo wari ufite undi mugore akamubeshya ko ari umusore, agatangira kujya amuha utuntu kugeza ubwo baryamanye.

    Yagize ati “Umuntu nabyaranye na we yari yarabyaye n’ubundi ariko yajyaga ambwira ko ari umusore. Twamenyanye kuko yajyaga aza mu rugo habaga icyokezo tumenyana gutyo.”

    Yakomeje avuga uko byagenze kugira ngo baryamane ati “Igihe kimwe nari nagiye kwiyogoshesha mu Kabuga, hanyuma yari avuye i Kigali arampamagara arambwira ngo ningende ambwire mwegereye mbona ndamuzi.”

    “Ubwo yahise ambwira ngo ndagushaka tuganire, hari habaye nka saa kumi n’ebyiri arambwira ngo hari akantu nakuzaniye ngwino nkaguhe arajyana ahantu hari akabari aba aribwo turyamana.”

    Mukeshimana avuga ko yagiye akurikiye ako kantu yamubwiraga ko yamuzaniye kugeza ubwo bageze aho ashaka kumusambanya.

    Yagize ati “Yandushije mu mutwe aranshuka ku buryo twanarwanye n’isaha ye ndayica turarwana kuko yari anakuze andusha imbaraga biranga. Icyo gihe byari mu kwa Gatanu hashize amezi abiri menya ko ntwite.”

    Nyuma yo kuryamana yaratashye bitewe n’igihunga ntiyagira uwo abibwira, haciye amezi abiri avumbura ko atwite.

    Ati “Naje kumubwira ko ntwite arambwira ngo ushatse kumbwira ko naguteye inda? Ndamubwira nti waranshutse none utangiye kunyigarika ubwo arambwira ngo aranyiyamye sinzongere no kumuhamagara.”

    Mukeshimana akimara kumenya ko atwite byamubereye ibibazo kuko uwamuteye inda ntacyo yamufashije ndetse n’ababyeyi batinda kwakira ibyamubayeho.

    Yagize ati “Nkimara kumubwira ko ntwite nta kintu kindi yambwiye, nta n’icyo yamfashije. Mu rugo rero nabo kubyakira byarabagoye kuko nigaga mu wa kabiri nigana inda amezi umunani batarabimenya.”

    “Impamvu nta bivuze papa natinyaga ko azanyica kuko akimara no kubimenya yarambwiye ngo iyo abimenya mbere yari kunkubita ikavamo. Gusa baje kubyakira nyuma.”

    Yarwanye ishyaka ryo gusubira mu ishuri

    Mukeshimana wabyaye yiga mu mwaka wa kabiri w’amashuri yisumbuye, ntabwo yigeze atekereza ko nyuma yo kubyara atazasubira ku ishuri, yarwanye ishyaka kugira asubireyo n’ubwo ababyeyi batabyumvaga.

    Yavuze ko yakoresheje amayeri akomeye kugira ngo asubireyo kugeza aho yabeshye ababyeyi be ko ubuyobozi buzabafunga nibatamureka ngo asubire kwiga.

    Yagize ati “Ubwo nakomeje kwinginga iwacu ngera ubwo ntumaho umuganga ngo azambwirire ushinzwe uburezi mu Murenge wa Murambi we azamubeshya ampamagarire mu rugo ababeshye ko banshaka.”

    “Nanjye nabeshye iwacu ko umuyobozi w’ikigo anshaka, ubwo ndagenda ndamubaza nti ko nshaka kugaruka ku ishuri byakunda, arambwira ngo byakunda nta kibazo niba uzabona uko uzajya usiga umwana.”

    Yakomeje avuga ko yateye iwabo ubwoba ko nibatamwerera kujya kwiga bazabafunga baza kumwemerera ajyayo, akajya asaba uruhushya saa sita akajya konsa.

    Mukeshimana avuga ko icyamuteye imbaraga zo gukomeza kwiga yarabyaye ari uko yumvaga ashaka kuzagira ejo hazaza heza.

    Ati “Nta kintu cyanteye ipfunwe, naravuze ngo sinjye wa mbere sinjye wa nyuma kuba nabyara bitankura mu ishuri nibwo nakomeje kwiga, kugira ngo ejo nzabashe kuba nagira aho ngera.”

    Kuri ubu uyu mwana w’umukobwa ntazi aho Mandera Jean Bosco wamuteye inda aba kuko n’ubusanzwe yari umuntu udafite aho abarizwa.

    Ikibazo cye yagishyikirije RIB ariko nta makuru yo kuba yaba yarafashwe yamenyeshejwe.

    Ikibazo cy’abangavu baterwa inda kimaze gufata indi ntera mu Rwanda kuko mu myaka itanu ishize imibare igaragaza ko abasaga ibihumbi 98 batewe inda.

    Mu mwaka wa 20216 abatewe inda bagera ku 17 849, barazamutse bagera ku 17 337 mu 2017, baba 19 832 mu 2018, bariyongera mu 2019 bagera kuri 23 628 mu gihe muri Nyakanga umwaka ushize, bari bamaze kugera ku 19 701.

    Mukeshimana yatewe inda mu buryo atasobanukiwe biturutse ku bushukanyi yakorewe n’umugabo wagendaga iwabo

    source : https://ift.tt/3xRupV4

  • Dore impamvu zitandukanye zituma abantu bacana inyuma – YEGOB #rwanda #RwOT

    Rimwe  na rimwe wumva abantu bakundana umwe yaciye inyuma undi ndetse n'abantu babana barashakanye gucana inyuma n'ibintu bakora cyane, aho uzasanga abantu benshi bahora mu ntonganya ndetse no mu marira ngo bacibwa inyuma gusa burya nta kintu kiba kidafite impamvu burya hari ababigiramo uruhare kugira ngo bibabeho.

    Ni ibintu byinshi bigaragara bituma bamwe mu bantu bakundana bacana inyuma, ni muri urwo rwego tugiye kurebera hamwe Bimwe muri ibyo bintu:

    Kuba umuntu asanzwe nta rukundo agira mu we

    Iki ni kimwe mu bibazo byugarije abantu benshi muri rusange kuko usanga abakobwa cg abahungu b'iki gihe batakigira urukundo rw'ukuri aho umuntu ahura n'undi bagakundana ejo yahura n'undi nawe bagakundana.

    Benshi rero ntibaba banibuka ko bafite abakunzi ahanini kubera ikibazo cyo kutagira Urukundo ruhamye.

    Kugira agahararo

    Bamwe mu bakobwa cg abahungu batendeka abakunzi babo kubera guharara cyane kuko ashobora kuba akundana n'umuntu ejo yabona undi wateye imbere nawe agahita yifuza gukundana na we ariko byibuze ntabwire uwo bari basanzwe bakundana ko byarangiye yabonye undi ahubwo agakomeza kumubeshya ko amukunda kugira ngo nawe atamutakaza gusa uzasanga abantu bakora ibi bintu no mu buzima busanzwe baba bahuzagurika mu byo bakora byose.

    Gukunda ibintu cyane (ibintu n'amafaranga)

    Abantu benshi hari igihe baba bafite abakunzi ariko ugasanga batanyurwa n'ibyo babaha cyangwa se babakorera, bagahitamo gushaka abandi kugira ngo bahabwe bya bindi babuze ku ruhande.

    Ibyo rero barabikora ariko ugasanga ntabwiye wawundi yari asanzwe afite ko byarangiye ngo batandukane ahubwo agakomeza kumukina kugira ngo nawe akomeze ajye amuha byabindi yamuhaga ndetse nundi yabonye agakomeza kumuha ibindi.

    Ibishuko

    Guca inyuma akenshi bishobora kutava ku mukunzi wawe ahubwo ushobora gusanga afite nk'undi muntu ku ruhande umushukisha ibintu bitandukanye.Iyo rero umukunzi wawe w'umusore afite umukobwa kuruhande umushukisha kuryamana cyane ko abasore batazi kwifata kuri iyo ngingo bashiduka baguye mu mutego wo guca inyuma abakobwa bakunda.

    Kurambirwa

    Hari igihe kigera ugasanga umuntu mukundana yaba umuhungu cyangwa umukobwa yakurambiwe ariko akirinda kukwereka ko yakurambiwe ahubwo akigira gushaka abandi batari wowe, yababona agatangira kuguca inyuma utabizi wowe ugakomeza kwizera ko umuntu akigukunda kandi by'ubyukuri we yarakurambiwe kera.

    Source : https://yegob.rw/dore-impamvu-zitandukanye-zituma-abantu-bacana-inyuma/