Tag: People

  • Iyo ategetse biratungana: Gentil Misigaro na… – #rwanda #RwOT

    Gentil na Rhoda bibarutse umwana wa kabiri nyuma y’amezi 11 bibarutse imfura yabo bise Abraham Misigaro wabonye izuba tariki ya 4 Nzeri 2020, ibisobanuye ko umwaka utari wagashize kuko habura iminsi 18 imfura yabo ikizihiza isabukuru y’umwaka umwe. Umwana wabo w’ubuheta bamwise Asaph Misigaro. Gentil Misigaro yanditse kuri Instagram amagambo y’ishimwe atangizwa n’ari mu ndirimbo ye ‘Biratungana’ mu kubwira abantu ko Iyo Imana itegetse bitungana. Ati “Iyo ategetse biratungana, twishimiye kwibaruka umwana wacu wa kabiri mu muryango wacu. Imana ni nziza”.

    Ubutumwa Gentil Misigaro yanyujije kuri Instagram

    Mu kiganiro na InyaRwanda.com, umuramyi Gentil Misgaro yagaragaje ko afite ishimwe rikomeye ku Mana yabahaye umwana mwiza w’umuhungu uje usanga undi nawe w’umuhungu bibarutse umwaka ushize mu mpera za 2020. Yagize ati “Imana iduhaye umwana mwiza w’umuhungu muri iki gitondo (ku isaha yo muri Canada), mudufashe gushima Imana. Asaph aje ari umwana wa kabiri mu muryango wacu”.

    Gentil na Rhoda bamaze kwibaruka umwana wa 2 bise Asaph

    Uyu mwana bamwibarutse mu buryo butunguranye na cyane ko hashize amezi macye bibarutse imfura. Bitandukanye na mbere aho bagaragarije abakunzi babo ku mbuga nkoranyambaga amafoto ya Rhoda akuriwe yitegura kwibaruka imfura, kuri ubu nta makuru bigeze batangaza ku mbuga zabo y’uyu mwana wabo wa kabiri. Ikindi ni uko benshi mu nshuti zabo ndetse n’abatuye mu gace batuyemo ka Vanvouver, ari mbarwa bari bazi ko Rhoda atwite nk’uko amakuru agera ku InyaRwanda abihamya.

    Kugira ibintu ubwiru si bishya kuri uyu muryango wa Gentil na Rhoda kuko tariki 1 Werurwe 2019 ubwo Gentil Misigaro yakirwaga i Kanombe ku kibuga cy’indege n’umukunzi we Rhoda nyuma y’imyaka myinshi bari bamaze batabonana, nabwo byabaye mu bwiru bukomeye kuko ifoto ibagaragaza bari kumwe i Kanombe yafotowe gusa na InyaRwanda.com kuko bari bagerageje kubihisha itangazamakuru ryari rimaze kubaha ikaze mu Rwanda.

    Ubwo Gentil Misigaro yakirwaga na Rhoda Misigaro i Kanombe u 2019

    Gentil Misigaro akunzwe cyane mu ndirimbo: ‘Biratungana’, ‘Buri munsi’ yakoranye na Adrien Misigaro, ‘Umbereye maso’ yakoranye na Nice Ndatabaye, n’izindi zijyana benshi mu Mwuka. Ni umuhanzi ufite izina rikomeye cyane mu muziki wa Gospel yaba mu Rwanda no muri Diaspora nyarwanda.

    Ubwo yibarukaga imfura ye, yayihanuriye kuzaba umukozi w’Imana udasanzwe ari nayo mpamvu yamwise Abraham. Yagize ati “Twishimiye cyane impano idasanzwe Imana iduhaye kuri uyu munsi. Iduhaye umwana w’umuhungu mwiza, ufite ubuzima bwiza. Azaba umukozi w’Imana udasanzwe, niyo mpamvu twamwise Abraham”.

    Gentil na Rhoda hamwe n’umwana wabo wa kabiri w’umuhungu

    Tariki 16 Werurwe 2019 ni bwo Gentil Misigaro yasezeranye kubana akaramata n’umukunzi we Rhoda Misigaro mu muhango wabereye mu rusengero New Life Bible Church ku Kicukiro mu Mujyi wa Kigali, basezeranywa na Pastor Aaron Ruhimbya wa ERC Kimisagara. Ubukwe bwabo bwari ibirori byiyongereye ku bindi dore ko kuri iyo tariki ari nabwo Rhoda yizihiza isabukuru y’amavuko.

    Akoresheje ijwi rye, Gentil Misigaro yagize ati “Uri umukobwa mwiza umeze nk’abamarayika. Isabukuru nziza mugore wanjye kuri uyu munsi w’ubukwe.” Ubu bukwe babukoze nyuma y’icyumweru kimwe Gentil Misigaro akoreye mu Rwanda igitaramo cy’amateka ari nacyo cya mbere yari ahakoreye. Muri iki gitaramo cyabaye kuwa 10 Werurwe 2019 kikabera mu ihema rya Camp Kigali ni bwo Gentil Misigaro yerekanye bwa mbere umukunzi we Rhoda baburaga iminsi micye bakarushinga.

    Gentil Misigaro na Rhoda mu gitaramo gikomeye yakoreye i Kigali

    Ni igitaramo kitazibagirana mu mateka dore ko cyahembuye imitima ya benshi, cyikitabirwa n’abantu benshi cyane barimo n’ab’ibyamamare nka King James, Apotre Masasu, Patient Bizimana, Israel Mbonyi, Uncle Austin, Alex Muyoboke, Kavutse Olivier, Miss Shanitah n’abandi. Rhoda wa Misigaro ni umuririmbyi ariko ntakunze kugaragara mu ndirimbo z’umugabo we, icyakora yigeze kugaragara yitwa ‘Uwaneshereje’ yahurijwemo abanyempano mu kuririmba bo mu muryango w’umugabo we.

    Ni indirimbo yanditswe n’ababyeyi ba Gentil Misigaro mu 1986 mbere y’uko bibaruka abana babo. Iyi ndrimbo yagiye hanze kuwa 25 Nyakanga 2020 isohokana n’amashusho yayo. Ni yo ndirimbo ya mbere Rhoda yagaragayemo dore ko atari yagaragara na rimwe mu ndirimbo z’umugabo we umwe mu bahanzi b’ibyamamare mu muziki wa Gospel. Amashusho y’iyi ndirimbo agaragaramo abantu 10 bo mu muryango wa Bishop Dr Mutabazi Shadrack se wa Gentil Misigaro.

    Gentil Misigaro akikiye ubuheta bwe na Rhoda

    Ubwo Rhoda yiteguraga kwibaruka ubuheta bwe na Gentil

    Gentil na Rhoda ku munsi w’ubukwe bwabo

    Gentil na Rhoda mu byishimo byinshi hamwe n’imfura yabo

    Ubwo Rhoda yari atwite imfura ntabwo babigize ubwiru kuko babitangarije abakunzi babo ku mbuga nkoranyambaga

    REBA HANO ‘UWANESHEREJE’ IGARAGARAMO RHODA UBWO YARI AKURIWE

    REBA HANO INDIRIMBO ‘BIRATUNGANA’ YA GENTIL MISIGARO

    Source : https://inyarwanda.com/inkuru/108671/bitunguranye-gentil-misigaro-na-rhoda-misigaro-bibarutse-ubuheta-nyuma-yamezi-11-bibarutse-108671.html

  • Imodoka nshya yaguze, ibyo kuba yari yambaye… – #rwanda #RwOT

    Babou umenyerewe mu bitaramo bitandukanye by'urwenya, mu gutunganya umuziki no kwandika, wemeza ko kandi yaje gusanga afitanye isano na Fiona, n'ubwo atabashije kwitabira ubukwe bwabo, yatangaje byinshi ku bukwe bwa Nkusi Arthur na Miss Fiona Muthoni Naringwa.

    Mu kiganiro kirambuye yagiranye na INYARWANDA, Babou yatangiye avuga ko mbere y'uko ubukwe bwa Nkusi Arthur bujya kuba bari kumwe agira ati: 'Mbere y'uko akora ubukwe twari  kumwe kimwe  na Michael n'uwitwa Jerome, n'ubwo ntabashije kujya mu bukwe ariko Fiona ni mubyara wanjye.'

    Akomeza atsindagira ibyo kuba mubyara wa Fiona agira ati: 'Ni ukuri ni mubyara wanjye, ibaze ko ntabihisemo ntanabigizemo uruhare ariko twaje gusanga dufitanye isano, rero ni umuryango. Sinabashije kujyayo bitewe kandi n'ibihe turimo ariko nzakomeza kubaba hafi kandi ndabishimiye cyane.'

    Babou, kubijyanye no kuba yaba yarabashije kubona amafoto dore ko kugeza n'ubu atagaragara hanze, yagize ati: 'Byabaye ibintu bikaze nanjye byangezeho sindayabona, gusa abantu bambwiye ko bwari ubukwe bwiza cyane ndetse ngo yaguze n'imodoka nshya.'


    Yongeraho ati:'Gusa nkeneye kuyibona niba yaba yarazanye n'ubukwe.' Ku kibazo cyo kuba Nkusi Arthur yaba yaraserukanye mu bukwe ikote ry'icyatsi asanzwe yambara mu kazi kimwe n'ishati yasubije agira ati: 'Ikote ry'icyatsi.'

    Amaze guseka ati: 'Ariko na none bivuze ko ariwe wiyambika. Areba mu kabati k'imyenda urumva ko atari babandi bambikwa n'abandi bantu.' Yongeraho ko ariko nibongera guhura kiri mu bibazo azamubaza.

    Ku kuba Nkusi yaba nawe yari ari muri wa mujyo wa ya mvugo y'iyi minsi y'uko 'ntagikwe', yasubije agira ati: 'Njye Nkusi Arthur muzi mu buzima busanzwe uvanyemo ibintu bya radiyo, Fiona bamaranye igihe kinini cyane, rero umuntu uzi Arthur n'igihe abantu bari bazi ko nta mukunzi; yari kumwe na Fiona bityo n'iyo twakumva abivuga twabaga tuzi ko ari imikino.'

    Babou akomeza agira ati: 'Ku bantu bamuzi bari bazi ko Fiona ahari bityo rero ikibazo cyari wowe ni ryari? Kuko nyine bo ntibifuzaga ko abantu bamenya ibyabo ku mbuga nkoranyambaga, bahisemo inzira y'ibanga kandi ni ikintu cyiza.'Aha ni mu mwaka wa 2015 Babou ku rubyiniro rumwe na Nkusi ArthurUbukwe bwa Nkusi Arthur na Miss Fiona Muthoni bwabaye kuwa 14 Kama 2021 buhuriranye n’umunsi w’isabukuru y’amavuko ya Fiona, ziba inzozi uyu mukobwa yakabije nk'uko yahoze abirotaGufata ifoto kubantu bitabiriye ubu bukwe ni ikintu cyaziraga n'ubwo nk'iyi ari uwarenze kumabwiriza akayifatira kure. Iri kote rero Nkusi Arthur yambaye rikaba risa n'iryo yari asanzwe ajyana mu kaziAha hari mbere Nkusi Arthur yambaye ikote bisa nk'aho ari naryo yari yambaye ku munsi w’ubukweMu kiganiro na mubyara wa Fiona, Babou, yavuze ko yumvise ko ubukwe bwa Nkusi bwaba busize aguze n’imodoka nshya

     

    Source : https://inyarwanda.com/inkuru/108669/imodoka-nshya-yaguze-ibyo-kuba-yari-yambaye-ikote-nishati-asanzwe-ajyana-mu-kazi-babou-yat-108669.html

  • Rocky Kirabiranya yakoze Ubukwe? Cyangwa ni Indirimbo? {AMAFOTO} #rwanda #RwOT

    VIDEO: UBUKWE BWA ROCKY KIRABIRANYA? BENSHI BAGUYE MUKANTU||UYU MUSORE NTASANZWE

    Amafoto yakwirakwijwe hirya no hino ku mbuga nkoranyambaga yagaragazaga Rocky Kirabiranya mu byishimo byinshi imbere y'ikizungerezi cy'Umukobwa apfukamye ari kumwambika impeta.

    Ifoto igaragaza Rocky Yambika impeta Umukobwa
    Hakaba hari n'andi agaragaza Uwizeyimana ari kumwe n'Umukobwa yambitse impeta yambaye ikanzu y'Ubukwe.

    Rocky biravugwa ko yakoze ubukwe mu Ibanga rikomeye

    Ku ikubitiro yashyizwe hanze n'umwe mubakoresha imbuga nkoranyambaga cyane mu Rwanda uzwi nka The Cat Babalao aho yashimangiraga ko Rocky agumura abandi ngo bareke ubukwe nyamara we bikaba bivugwa ko yakoze ubukwe mu ibanga rikomeye.

    Yagize ati”HARYA NGO MWANZE IGIKWEEEEEEE??? KWEKWEE, ABAKOBOYI MU GIKARI BARIMO BARABAGA NTA MPUHWE NAMWE MURAHO NGO MWANZE IGIKWE”

    Umukobwa yari yishimye bigaragara

    Ntawakemeza amakuru ko Rocky yaba yakoze ubukwe, dore ko ubwo twakoraga iyi nkuru nyirubwite twagerageje kumuhamagara nyamara inshuro zose numero ye ikaba itakundaga.

    Iyo atwitaba twajyaga kumubaza imvano nyakuri y'aya mafoto ndetse nicyo yaragje.

    Bivugwa ko kadafi na Papa Cyangwe bari babukereye

    Inshuro Nyinshi Uwizeyimana Marc yumvikanye kenshi ashishikariza abasore n'Urubyiruko muri rusange kudakora ubukwe ndetse ari naho hakomotse imvugo ngo nta GIKWE iharawe n'urubyiruko muri iyiminsi.

    Biravugwa kandi ko ari agakino gateguye ko kumenyakanisha indirimbo iri gukorwa bivugwa ko ari iya Papa Cyangwe na Social Mula izasohoka mu minsi ya vuba, aho mumashusho yayo hazagaragaramo iki cyamamare Rocky.

    Muri iyiminsi binagezweho cyane mu Rwanda aho mbere yuko ushyira hanze igikorwa runaka cyane mu myidagaduro ukora ikintu abantu batatekerezaga kugira ngo uvugwe cyane noneho cya gikorwa cyawe cyizaze gisanga ukiri mu matwi yabantu.

    Mu minsi ishize ubwo indirimbo ya Meddy 'My Vow'yasohokaga yifashe aka videwo k'amasegonda 54 yongera gukangurira urubyiruko ko indirimbo iri kubica bigacika mu Rwanda itagomba kubarangaza bakaba bakora Ubukwe. aho yakoresheje imvugo ngo Nta Kudohoka


    Biravugwa ko kaba ari agakino kateguwe abandi bagahamya ko ari amashusho y'indirimbo itarasohoka

    Source : https://umuryango.rw/imyidagaduro/article/rocky-kirabiranya-yakoze-ubukwe-cyangwa-ni-agakino-amafoto

  • Amafoto: Niba koko uziko waba wararyamanye n' uyu mukobwa ushatse waba urya utwawe hakiri kare , kuko we yiyemerera ko amaze kwanduza sida abagabo barenga 200 #rwanda #RwOT

    Umukobwa ukomoka mu gihugu cya Kenya witwa Ruth James yatunguye abantu benshi cyane ku mbuga nkoranyambaga zitandukanye, ubwo yatangazaga ko mu buzima bwe amaze kwanduza agakoko gatera SIDA abagabo barenga 200 bagiye baryamana nawe kuko batajyaga bakoresha n'agakingirizo.

    Nkuko ibinyamakuru byo mu gihugu cya Kenya byakomeje kugenda bibyandika, Ruth james ngo yiyemereye ko yanduje abantu barenga 200 agakoko gatera SIDA nyuma y'uko akanduye mu mwaka wa 2019, aho guhera icyo gihe yatangiye kujya aryamana n'abigitsina gabo benshi ndetse ntihagire n'agakingirizo bakoresha ari nabyo byatumaga abanduza indwara ya SIDA yari yaramaze kwandura ndetse ngo yabikoraga mu rwego rwo kutarwara iyo ndwara wenyine.

    Uyu mukobwa Ruth James abinyujije ku rukuta rwe rwa Facebook, yatangaje ko agiye gushyira hanze amazina y'abagabo bose baryamanye maze akabanduza SIDA kuko ngo hari benshi batazi ko yabanduje iki kinyagwa, Ibi byose akaba agiye kubikora mu buryo bwo kurinda abandi bagore bashobora kuzaryamana n'abo bagabo yanduje ndetse no gufasha abo yanduje aka gakoko batabizi kubimenya bikaba byabafasha kujya kwivuza hakiri kare.

    Ruth James asanzwe atuye mu gace kitwa Embakas mu gihugu cya Kenya, uyu mukobwa akaba yatangiye no gushyira hanze amafoto y'abamwe mu bagabo bagiye baryamana nawe bikarangira abanduje agakoko gatera SIDA batabizi kuko atajyaga abemerera ko bakoresha agakingirizo mu rwego rwo kwirinda nkuko bisanzwe bigenda ku bantu bagiye gukora imibonano mpuzabitsina batizeranye cyangwa se batinya izindi ngaruka zishobora kubageraho nyuma y'icyo gikorwa.

    Source : https://impanuro.rw/2021/08/16/amafoto-niba-koko-uziko-waba-wararyamanye-n-uyu-mukobwa-ushatse-waba-urya-utwawe-hakiri-kare-kuko-we-yiyemerera-ko-amaze-kwanduza-sida-abagabo-barenga-200/

  • Uncle Austine yavuze uburyo kuba umunyamakuru byatumye umuziki we udindira #rwanda #RwOT

    Uyu muhanzi ukora injyana ya Afrobeat atanga urugero akavuga ko hari igihe akora indirimbo nziza kurusha 'iz'abandi bahanzi' yamenyekana, abantu bakumva ko byatewe n'uko ari umunyamakuru.

    Bitandukanye no mu Rwanda, Uncle Austin ngo iyo ageze muri Uganda, Zambia cyangwa muri Kenya asanga indirimbo ze zamuratanzeyo, kuko ho bamenyekanisha 'igihangano cyiza' aba yakoze..

    Mu kiganiro na Isango Star, Uncle Austin yavuze ko hari igihe cyageze abanyamakuru bagenzi be banga gukina indirimbo kubera ko ari umunyamakuru.

    Ati 'Ariko hano mu gihugu uzumva abantu benshi cyane cyane abari mu myidagaduro apana abaturage bumva umuziki abantu ahubwo bari muri 'industry' bazumva ko… Hari igihe cyageze ukumva abanyamakuru bamwe na bamwe kuyandi ma Radio banga gucuranga indirimbo zanjye kuko ngo ndi umunyamakuru.'

    Uncle Austin yanavuze ko hari imyaka myinshi atahatanye mu irushanwa rya Primu Guma Guma Super Stars, kubera ko abanyamakuru bagenzi be bangaga kumutora bavuga ko ari umuhanzi akaba n'umunyamakuru.

    Uyu muhanzi kandi yanasubije abakunze kuvuga ho 'yikina' kuri Radio kugira ngo indirimbo ze zimenyekane. Avuga ko ari ubumenyi bucye bw'abagiye mu itangazamakuru batabizi, cyangwa banarigeramo nibafate umwanya wo kubaza abakuru no kwihugura.

    Ati 'Kuvaga ko nikina ni ubumenyi bucye bwa bamwe bagiye mu itangazamakuru batabizi. Kandi urabizi kumenyekana (kugaragara) ni ikintu cyingenzi.'

    Yatanze urugero avuga ko hari abahanzi bakomeye barimo Nicki Minaj, Nameless, Juliana Kanyomozi, Bebe Cool, Burna Boy n'abandi banakoze itangazamakuru.

    Uyu muhanzi yavuze ko nubwo umuntu yaba akora kuri Radio agakora indirimbo nziza bitayibuza gutambuka.

    Yanavuze ko hari ingeso yo kubona hadutse umuhanzi, abantu bagatangira gusaba abahanzi bakuru kumubererekera. Ibi ngo siko byakagenze.

    Austin yatanze urugero avuga ko ubwo Usher Raymond yinjiraga mu muziki atigeze akuraho ubunini bwa R Kelly, Beyonce atakuye ubuhangange bwa Mariah Carey n'abandi bagiye binjira mu muziki ariko bagakomeza kubana neza na bakuru babo.

    Uncle Austin afatwa nk'umwe mu bahirimbaniye iterambere ry'umuziki w'u Rwanda, wisunze impano ye yo kuririmba akazamura benshi akanisunga itangazamakuru akoze mu gihe cy'imyaka irenga 15 agafashe benshi.

    Uyu mugabo yakoreye ibitangazamakuru bitandukanye birimo K Fm, Radio n'ibindi birimo na Kiss Fm akoraho muri iki gihe.

    Urutonde rw'abahanzi yafashije bakamenyekana ni rurerure barimo ab'imikoranire yabo yavuzwe mu itangazamakuru n'abandi bitegeze bivugwa ariko yafashije.

    Uncle Austin [Izina yahawe ubwo yakoraga kuri Flash Fm] avuga ko abavuga ko bazatera imbere ari uko atakiri mu ruganda rw'imyidagaduro bibeshya

    Source : https://umuryango.rw/imyidagaduro/article/uncle-austine-yavuze-uburyo-kuba-umunyamakuru-byatumye-umuziki-we-udindira

  • Rocky wavuze ko nta bukwe azakora yambitse impeta umukunzi we (Amafoto) – YEGOB #rwanda #RwOT

    Rocky Kimomo wamamaye mu gusobanura filime hano mu Rwanda akaba ndetse yaranamamaye ubwo yavugaga ko nta bukwe azakora ndetse anazana imvugo ya Nta gikwe, yateye ivi yambika impeta umukunzi we.

    Rocky abinyujije kuri story ya instagram ye yashyize hanze ifoto ikurikira amenyesha abafana be ko yambitse impeta umukunzi we.

    Dore uko byari bimeze mu mafoto:

    Source : https://yegob.rw/rocky-wavuze-ko-nta-bukwe-azakora-yambitse-impeta-umukunzi-we-amafoto/

  • Biravugwa ko Igor Mabano agiye gukora ubukwe… – #rwanda #RwOT

    Uyu mukunzi we, Igor Mabano akaba yaramwambitse impeta mu kwezi gushize amusaba ko yamubera umugore by'iteka ndetse umukobwa akaba yarahise abyemera atazuyaje cyane ko ngo bari bamaze igihe bakundana n'ubwo urukundo rw'aba bombi barugize ibanga rikomeye.

    Amakuru InyaRwanda yamenye ni uko umuhanzi Igor Mabano n'umukunzi we ufite inkomoko mu gihugu cy'u Buhinde, mu cyumweru gitambutse, yafashe irembo mu muhango witabiriwe n'umuryango ndetse n'intumwa z'umuhanzi Igor Mabano.

    Andi makuru kandi umwe mu nshuti za hafi z'umuhanzi Igor Mabano yahaye InyaRwanda yavuze ko muri iki cyumweru kuri uyu wa gatatu uyu muhanzi ndetse n'umukunzi we bazajya mu murenge gusezerana imbere y'amategeko.


    Biravugwa ko Igor Mabano arajya gusezerana mu murenge kuri uyu wa gatatu

    Yagize ati: 'Njyewe amakuru mfite ni uko Igor Mabano agiye gushaka umuhindekazi ubwo rero uwo muhindekazi bakazajya mu murenge kuwa gatatu bakaba kandi baragiye gufata irembo kuri uyu wa gatandatu, ayo yo ni ukuri, ni impamo ariko ibiri hejuru y'ibyo ntabindi nzi cyane'.

    Yakomeje agira ati: 'Nibyo Igor Mabano azajya mu murenge muri iki cyumweru kuri uyu wa gatatu, ibyari byabaye kwari ugufata irembo ariko ibijyanye n'imihango y'ubukwe byo Igor Mabano azajya mu murenge kuri uyu wa gatatu'.

    Mu gushaka kumenya ukuri kwa nyirubwite, Igor Mabano, we yabihakanye avuga 'ko atari byo ariko bibaye ari n'ukuri byaba ari byiza ariko atari ukuri' cyane ko 'igihe nikigera azabitangaza' ndetse anavuga ko abo bantu ataba azi aho bakuye amakuru nk'ayo 'atari ukuri'.

    Igor mababo yagize ati: 'Ayo makuru ntabwo ariyo rwose umusa, aribyo urumva naba ntarabitangaza? Kandi nimugira rwose muzabimenya ariko abo bantu babahaye amakuru ntabwo aribyo kabisa kandi n'ubwo byaba byo byaba ari byiza ariko ntabwo aribyo.''

    Amakuru agera ku InyaRwanda.com kandi avuga ko umuhanzi Igor Mabano amaze ukwezi n'igice 'yambitse impeta' umukunzi we w'umuhindekazi mu muhango witabiriwe n'abantu batanu b'inkoramutima z'umuhanzi Igor Mabano.

    Igor Mabano yahakanye amakuru y’ubukwe n’umuhindekazi amuvugwaho

    Inkuru z’urukundo ku muhanzi Igor Mabano ni nshya kubera ko uyu muhanzi nta hantu yigeze avugwa mu rukundo n’umukobwa uwo ari we wese cyangwa ngo amutangaze ubwe ku mbuga nkoranyambaga z'iwe zitandukanye.

    Gusa si ubwa mbere abahanzi bivuzwe ko bagiye gukora ubukwe nyuma bikaza kugaragara ko byari ukuri nyamara bo batarashatse ko bijya ahagaragara ngo berure bikaza kugaragara nyuma.

    REBA HANO INDIRIMBO YARI WOWE IMAZE AMEZI ATATU IGOR MABANO AHERUKA GUSOHORA

    Source : https://inyarwanda.com/inkuru/108664/biravugwa-ko-igor-mabano-agiye-gukora-ubukwe-numuhindekazi-yamaze-kwambika-impeta-108664.html

  • Nzagukunda urudasaza kuko wankunze urudasanzw… – #rwanda #RwOT

    Agasaro Nadia Farid mu butumwa bwuzuye amarangamutima n'urukundo rwinshi yanyujije ku rukuta rwe rwa instagram abuherekeresheje ifoto, yakeje umugabo we Gatsinzi Emery [Riderman] amushimira igihe amaranye nawe we cyose amuha urukundo rutagereranywa. Muri ubwo butumwa yasabye Imana ikintu gikomeye cy'uko yazamuha kurambana n'umugabo we ndetse ko ashimangira ko azakomeza kumukunda urudasaza kuko nawe yamukunze urudasanzwe.

    Kuva ku munsi wa mbere Riderman na Nadia bagaragaza ibyishimo by’urugo rwabo

    Yagize ati ''Imyaka ibaye itandatu tubaye umwe imbere y’Imana n’abantu, Riderman ibaye itandatu umpa urukundo rwinshi bidasanzwe birahebuje kukugira nshuti magara nkunda. Imana yabumbiye umunezero wanjye wose muri wowe maze igihe kigeze Ihuza inzira zacu mu buryo bwayo dore ko Ikora ukwayo  Reka nyishimire kuko yakabirije inzozi zanjye muri wowe ubuzima bwange bw’iteka. Uzi ibyo ndi kuvuga.

    Imana izaduhe kuzarambana kugeza twuzukuruje amashimwe ku Mana yo ikomeje kurinda isezerano ryacu  nzagukunda urudasaza kuko wankunze urudasanzwe ndagukunda n'umutima wange wo. mu ruhande rwawe hari ibyiza gusa”.

    Riderman na Miss Agasaro Nadia Farid basezeranye imbere y'amategeko ku itariki 24 Nyakanga 2015 mu Murenge wa Kigarama mu Karere ka Kicukiro, bakurikizaho gusezerana imbere y'Imana muri Paruwasi ya Kicukiro, tariki 16 Kanama 2015. Ku wa 11 Ukuboza 2015, uyu muryango wibarutse umwana w'umuhungu, bamwita Rusangiza Eltad.

    Nadia na Rusangiza imfura ye na Riderman

    Kamba na Randa impanga baheruka kwibaruka

    Source : https://inyarwanda.com/inkuru/108646/nzagukunda-urudasaza-kuko-wankunze-urudasanzwe-agasaro-nadia-yashimagije-riderman-bamaze-i-108646.html

  • Muhire Jean Claude wasezeranye n'umukobwa wamuhaye impyiko yavuze ko ataricyo yamukundiye #rwanda #RwOT

    Mu minsi ishize,nibwo Muhire n'umukunzi we Marie-Reine Uwera Ingabire basezeranye mu mategeko bituma abantu benshi kuri Twitter bashima uru rukundo rwabo.

    Muhire warwaye impyiko bigasaba ko azisimbuza,yafashijwe n'abantu batandukanye binyuze kuri GoFundMe abona uburyo bwo kujya kwivuriza mu mujyi wa Cairo mu Misiri ndetse ajyana n'uyu mukunzi we Ingabire wamuhaye impyiko.

    Mu kiganiro yagiranye na The New Times,Muhire Jean Claude,yavuze ko benshi bazi ko yakundiye Ingabire ko yamuhaye impyiko kandi na mbere y'aho bari inshuti.

    Yagize ati 'Twamenyanye muri 2012.Twembi twaririmbaga muri korali imwe.Twese turi Abagatolika.Naririmbaga Tenoro we akaririmba Soprano.Umunsi umwe muri korali twakinnye umukino wa Kakawete.

    Ku bw'amahirwe twaratomboranye ni naho umubano waturutse.Muri icyo gihe yigaga mu mashuri yisumbuye ahitwa Lycée Notre Dame de Cîteaux.'

    Yavuze ko atibuka neza tariki yabwiriye Ingabire ko amukunda gusa ngo hari muri 2015.

    Kuwa 12 Kanama 2021,ni umunsi utazibagirana mu mateka y'aba bombi kuko aribwo basezeranye imbere y'amategeko ndetse Muhire yavuze ko mu minsi iri imbere bazakora ubukwe.

    Uyu musore yavuze ko Ingabire atari umukunzi we gusa ahubwo ari umuntu w'ingenzi cyane mu buzima bwe.

    Ati 'Mu myaka 3 ishize,narwaye impyiko ariko niwe wa mbere wanyitayeho.'

    Uyu musore akimara gusabwa gushaka umuha impyiko,yagombaga gushaka uwo mu muryango we uyimuha kuko aribo bakunze guhuza gusa ariko nta muntu n'umwe bavukana.

    Yahise atekereza mu nshuti ze aho muri 6 bari bamwemereye ku mwanya wa mbere hari Ingabire Marie Reine.

    Yagize ati 'Bakoze ibipimo byinshi,ku bw'amahirwe basanga turahuje.Ghunda yo gusimbuza impyiko nayo yari igoye kuko mu Rwanda nta bitaro bibikora kandi icyo gihe hari Covid-19.'

    Abifashijwemo n'ubufasha bw'abantu muri GoFundMe,bitunguranye mu minsi 3 yari abonye ibihumbi 23 by'amadolari hanyuma ajya kwivuza.

    Kuwa 30 Ugushyingo 2020 nibwo Muhire yahinduriwe impyiko hanyuma Kuwa 27 Ukuboza we na Ingabire bagaruka mu Rwanda.

    Muhire yavuze ko ubu ameze neza.Ati 'Meze neza ubu.Mpora nisuzumisha ariko ubu meze neza.'

    Muhire yavuze ko nubwo benshi bakeka ko yakundiye Ingabire ko yamuhaye impyiko ariko na mbere y'aho bari inshuti cyane.

    Ati 'Nashyingiranwe na Ingabire kubera ko twari tuziranye na mbere.Na mbere y'uko ampa impyiko twari twarapanze gushyingiranwa,nza kurwara.

    Niwe nkunda cyane.Akunda gusenga no kuririmba.Tumaze imyaka myinshi dukundana.Hashize imyaka 9.N'umuntu wita ku bantu atari njye gusa kuko ndwaye ahubwo n'abandi bari mu bibazo n'abakennye.

    Aba bombi bakora ibikorwa byo gufasha abababaye,by'umwihariko impfubyi n'abakene.

    Source : https://umuryango.rw/ubuzima-115/imibereho/article/muhire-jean-claude-wasezeranye-n-umukobwa-wamuhaye-impyiko-yavuze-ko-ataricyo

  • Umuherwekazi Zari yanyomoje abavuga ko ari mu rukundo na Diamond #rwanda #RwOT

    Uyu Muherwekazi w'abana batanu yabitangeje mu mpera z'icyumweru dusoje ubwo yabazwaga n'umwe mu bakunzi be niba akiri wenyine nyuma yo gutandukana na Dark Stallion. Uyu mukunzi anyuze kumbuga nkoranyambaga yari amubajije ati 'Mama Tee umbabarire kuba mbikubajije, ariko se ubu uri wenyine cyangwa warafashwe'.

    Byihuse Zari yahise umusubiza maze ahishura ko mu rukundo ari wenyine ndetse ko nta mukunzi akeneye ati '@iamofficialanwar ndi njyenyine [single] kandi ntawe ndigusha'. Mbese yumvikanishije ko atari ku isoko.

    Zari yamusubije avuga ko ari wenyine kandi adakeneye umukunzi

    Uyu mukunzi we witwa @iamofficialanwar yamubajije iki kibazo nyuma y'uko Zari ashyize hanze ifoto ari mu biruhuko ahantu ku mazi mu Burengerazuza bw'Amajyaruguru ya Africa y'Epfo.

    Zari kuva yatandukana na Dark Stallion umubano we na Diamond wongeye kuba mwiza kurushaho. Mu minsi ishize Diamond aherutse gusura uyu mugore muri Africa y'Epfo agirana ibihe byize n'abana babyaranye, urugo ararususurutsa bizamura amarangamutima ya Zari.

    Dark Stallion, tariki 14 Gashyantare 2021 ni bwo yemeje ko ari mu rukundo y'uyu muherwekazi ukomoka muri Uganda ariko urukundo rwabo ntirwamaze kabiri. Nyuma yo gutandukana, Zari yavuze ko uyu mukunzi we atamwitagaho uko bikwiye.

    Source : https://umuryango.rw/imyidagaduro/article/umuherwekazi-zari-yanyomoje-abavuga-ko-ari-mu-rukundo-na-diamond