Tag: People

  • Muhire Jean Claude yakoze ubukwe n’umukobwa wamuahye impyiko #rwanda #RwOT

    Muhire Jean Claude washinze ‘Love Kids Foundation’ umuryango uzwiho gusubiza mu buzima busanzwe abana bo ku muhanda yasezeranye imbere y’amategeko na Uwera Marie Reine wamuhaye impyiko.

    Kumunsi w’ejo hashize ku wa Kane tariki ya 12 Kanama 2021 nibwo Muhire na Marie Reine basezeranye imbere y’amategeko mu Murenge wa Kimisagara, Akarere ka Nyarugenge.

    Basezeranye imbere y’amategeko nyuma y’uko tariki ya 1 Mata 2021 yari yamwambitse impeta ya fiancailles amusaba ko yazamubera umugore.

    Nyuma y’amezi 17 yivuriza mu bitaro bya CHUK, muri 2020 nibwo hamenyekanye cyane inkuru ya Muhire Jean Claude wari urwaye impyiko zombi ndetse ageze kuri Stage ya 5 ari nayo nyuma.

    Kugira ngo abeho byasabaga ko byibuze abona umuntu umuha impyiko imwe. Yabonye umuntu wamuha impyiko ariko abura ubushobozi bwo kujya kwivuriza mu Buhinde, Kenya, Mexique n’u Bufaransa kugira ngo ahindurirwe impyiko.

    Yaje kubona ubufasha maze tariki ya 20 Ukwakira 2020 yerekeza mu Misiri kwivurizayo muri As-Salaam International Hospital, yari kumwe n’uwamwemereye impyiko.

    Uwera Marie Reine ni we waje kumuha impyiko akaba yari n’umukunzi we.

    Basezeranye kubana akaramata

    Batagereje gusezerana

    Bahawe icyemezo cy’uko bamaze gusezerana imbere y’amategeko

    Source : http://isimbi.rw/andi-makuru/article/muhire-jean-claude-yakoze-ubukwe-n-umukobwa-wamuahye-impyiko

  • Wa mukobwa wahaye impyiko fiancé we, basezeranye (Amafoto) – YEGOB #rwanda #RwOT

    Uwera Marie Reine na Jean Claude Muhire ku munsi w'ejo basezeranye imbere y'amategeko. Aba bombi bamenyekanye cyane ubwo Marie Reine yahaga impyiko umukunzi we, Jean Claude akamufasha gukira indwara yari arwaye.

    Jean Claude Muhire na Uwera Marie Reine

    Ku munsi w'ejo, Jean Claude na Marie Reine bafashe icyemezo ntakuka cyo gusezerana imbere y'amategeko maze bahamiriza uruhame ko biyemeje kuzabana akaramata.

    Dore uko byari bimeze mu mafoto:

    Uyu muhango wo gusezerana imbere y'amategeko kw'aba bombi wari warabanjirijwe no kwambikwa impeta ya fiançaille byabaye mu ntangiriro za Mata 2021.

    Source : https://yegob.rw/wa-mukobwa-wahaye-impyiko-fiance-we-basezeranye-amafoto/

  • Bwambere Riderman yashyize kumugaragaro ifoto yabane be bimpanga aherutse kwibaruka[AMAFOTO] #rwanda #RwOT

    Mu butumwa Riderman yacishije kuri Instagram, yavuze ko kuri we kubyara impanga ari ibitangaza kuko atigeze anabitekerezaho narimwe. Yagize ati'Mu buzima tugira inzozi tukifuza kugeza kuzigeraho ,gusa hari n'ibitangaza Imana idukorera bigasa no kuzikabya nyamara ari Ubuntu bw'Imana burenze ukwifuza kwa muntu'.

    Aba bana b'impanga umwe yitwa Kamba undi yitwa Randa

    Ubu Riderman ni umubyeyi w'abana batatu yabyaranye n'umufasha we witwa Agasaro Nadia ,imfura ye yitwa Rusangiza Eltad.

    Riderman na Miss Agasaro Nadia Farid basezeranye imbere y'amategeko ku itariki ya 24 Nyakanga 2015 mu Murenge wa Kigarama ho mu Karere ka Kicukiro, bakurikizaho gusezerana imbere y'Imana nyuma y'ibyumweru bigera kuri bitatu muri Paruwasi ya Kicukiro ku gicamunsi cyo tariki ya 16 Kanama 2015.


    Source : https://umuryango.rw/imyidagaduro/article/bwambere-riderman-yashyize-kumugaragaro-ifoto-yabane-be-bimpanga-aherutse-57865

  • Incamake ku buzima bwa Tito Rutaremara n’ubutumwa yahaye urubyiruko (Video) – #rwanda #RwOT

    Rutaremara w’imyaka 76 ni umwe mu banyepolitiki bakomeye u Rwanda rufite akaba yarakoreye igihugu mu nshingano zitandukanye yagiye ahabwa.

    Mu mirimo yakoze harimo kuba Umunyamabanga Mukuru wa FPR – Inkotanyi (1987-1989); Komiseri ushinzwe ubukangurambaga (1989-1991) n’umuhuzabikorwa wa Politike n’igisirikare (1991-1993).

    Yanabaye umudepite (1995-2000); ayobora Komisiyo yo gushyiraho Itegeko Nshinga (2000-2003); aba Umuvunyi Mukuru (2003-2012), umwanya yavuyeho ajya kuba Senateri kugera mu 2019 ubwo yagirwaga Umuyobozi Mukuru w’Urwego rw’Igihugu Ngishwanama rw’Inararibonye.

    Muri filime mbarankuru igaruka ku mateka ye yakozwe na Izingiro Production yavuze ku buzima bwe yanyuzemo haba mu Rwanda ndetse n’aho yari yarahungiye ariko wumva ko yakomeje kuba intwari mu bihe bikomeye. Akaba yaboneyeho umwanya wo gusaba abakiri bato kurangwa n’umuco wo gukunda igihugu.

    Yagize ati “Umurage nifuza gusigira abato ni ugukunda igihugu cyawe, ugakunda Abanyarwanda kuko gukunda igihugu ni ukubakunda ikindi ni ukwifuza gukorera igihugu cyawe.”

    “Ukifuza kugikorera aho waba uri hose, yaba uhinga akaba aziko agomba guhinga neza akubahiriza amabwiriza ya Leta; agaburire urugo rwe abone n’ibyo ajyana ku isoko, ibyo ni ugukunda igihugu.”

    Muri iyi filime kandi yagarutse ku buryo yirukanywe mu iseminari bikozwe na Padiri Classe wamushinjaga ko agira agasuzuguro gakabije by’umwihariko imbere y’Abazungu.

    Ati “Padiri Classe wategekaga seminari ni we washakaga ko banyirukana ngo abantu basuzugura abazungu si byo, umwaka ushize avuga ko ndashobora kuba umupadiri baranyirukana.”

    Bamwirukanye aha yakomereje muri St André naho baza kumwirukana bihuza n’uko iwabo bari barahunze ahita ahunga na we.

    Ndetse yavuze ku buryo yakozweho na Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 ndetse ashengurwa n’urupfu rwa Gen Fred Rwigema.

    Yagize ati “Urupfu rwa Fred rwarambabaje ariko buriya Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 yambabaje kurushaho. Gutaha ntabwo byanshimishije nk’uko byakabaye kuko twatashye harabaye Jenoside ari ingorane ntabwo nishimye uko byari bikwiye.”

    Rutaremara ni umwe mu bantu bakunda kuba hafi urubyiruko aho ahora abashishikariza gukunda igihugu no gukora cyane.

    Tito Rutaremara yasabye urubyiruko kurangwa n’indangagaciro yo gukunda igihugu

    source : https://ift.tt/3m11tYo

  • Contrat y’igihe gito mu rushako, igisubizo ku bibazo byugarije ingo mu Rwanda? – #rwanda #RwOT

    Irankunda, umusore w’imyaka 27 aherutse kubwira IGIHE ko akurikije ibibazo abona mu ngo z’abashakanye muri iyi minsi, adateganya gushaka umugore keretse naramuka abonye ubundi buryo butari ukubana akaramata n’uwo bazaba bashimanye.

    Uyu musore ari mu gihiriri cy’abandi bakunze gutanga ibitekerezo aho babonye inkuru ya za gatanya, dore ko no mu Rwanda zikomeje kwiyongera. Imibare iheruruka mu 2019, igaragaza ko uwo mwaka ingo zisaga 9000 zatandukanye.

    Ubwo bwoba bwa gatanya ziyongera, amakimbirane yo mu miryango n’ibindi, bwatumye Irankunda atakereza ku kuzabana n’umukobwa uzemera ko basezerana kubana mu gihe cy’imyaka runaka (Bizwi nka Contrat y’igihe gito), yashira bagatandukana cyangwa bakiyongeza.

    Ubu buryo buzwi nka ‘Renewable Marriage Contract’ bumeze nka ryabara ry’umuyaga, rivugwa ariko ritagaragara. Mu myaka isaga ijana ishize byagiye bisabwa ku isi hose, ariko nta Leta n’imwe yigeze yemera kwigerekaho urwo rusyo.

    Mu Rwanda abagiye gusezerana haba mu mategeko no mu madini, bemeranya kubana akaramata, ni ukuvuga kubana ubuzima bwose. Icyo amategeko arusha amadini, ateganya n’uburyo abashakanye bashobora gutana mu gihe hari ibyo batumvikanyeho, ari byo byitwa gatanya.

    Renewable Marriage Contract, ni uburyo bwavuzwe bwa mbere mu Ugushyingo 1891, buvugwa n’umwongereza Havelock Ellis. Uyu mugabo yashakanye n’umukobwa wari umwanditsi w’ibitabo, Edith Lees.

    Bamaze kubana, basanze umugabo atajya agira ubushake bwo gukora imibonano mpuzabitsina na ho umugore yikundira kuryamana n’abo bahuje igitsina.

    Nubwo gutandukana mu buryo bw’amategeko byashobokaga, barabanye kugeza ubwo Lees yapfaga mu 1916. Mu 1916, Ellis yazanye igitekerezo cy’uburyo bushya bw’ishyingirwa yise ubw’igerageza, aho abantu bakundana bashobora kubanza kugerageza bakabana nk’umugabo n’umugore mu gihe runaka ariko bakabyemeza imbere y’amategeko kugira ngo hatagira serivisi bimwa nk’abashakanye.

    Yavuze ko muri icyo gihe, bakumvikana uko bakoresha imitungo yabo, bagakora imibonano mpuzabitsina ariko bagafata imiti yo kuboneza urubyaro igihe bihaye cyashira bagatandukana cyangwa bakiyongeza.

    Nyuma ya Ellis hari abandi bashakashatsi nka E. D. Cope, wavuze ko byajya biba byiza abagiye kubana babanje gusinya kubana imyaka itanu, ishobora kongeraho indi icumi cyangwa 15 bakabona gusezerana kubana burundu.

    Hashize igihe contrats z’igihe gito mu rushako zisabwa ariko nta gihugu kigeze kibyemeza

    Mu 1966, Umunyamerika Margaret Mead na we yavuze ko hakwirye kubaho uburyo bwo kubana ku banyeshuri biga muri Kaminuza aho ababihisemo bashobora kwemeranya kubana mu gihe runaka bakiri kwiga, iryo sezerano rigata agaciro bakirangiza kwiga. Mu gihe baba bashaka gukomeza kubana, bagasezerana bya burundu.

    Kuva ubwo mu Nteko zishinga Amategeko z’ibihugu bitandukanye icyo cyifuzo cyo gusezerana by’igihe gito cyagiye gitangwa ariko nta na hamwe byigeze byemerwa.

    Mu 1971 cyatanzwe na Lena King Lee muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika. Mu 2007, umunyamategeko wo mu Budage na we yongeye kubisaba, Mu 2010, muri Phillipines ihuriro riharanira uburenganzira bw’abagore ryasabye ko habaho kontaro y’imyaka icumi ku bashakanye, byongera gusabwa mu mujyi wa Mexico mu 2011.

    Abashyigikiye ubu buryo, bavuga ko uretse kugabanya ibibazo mu miryango n’amakimbirane, ari n’ibintu byafasha mu kugabanya imanza za gatanya mu nkiko, amafaranga yakoreshwaga muri ibyo akajya mu bindi.

    Ababishyigikiye kandi bavuga ko ubwo buryo bwafasha abashakanye kubanza kumenyana neza kuko akenshi ibibazo byinshi mu ngo bigaragara hashize imyaka mike babanye.

    Urubyiruko rurabishaka, MIGEPROF ibitera utwatsi

    Mugabo (izina ryahinduwe), yasezeranye n’umukunzi we mu 2013, nyuma y’imyaka itatu bari bamaze barambagizanya. Uyu mugabo wakoraga mu nzego z’umutekano ari n’umurokore, yumvaga ko ubuzima bwe bwose buzaba ari umunezero n’umugore we wari ufite umuryango wishoboye.

    Ibyari ibyishimo byatangiye kubaba bibi ku munsi wa mbere, ubwo bamwe mu bo ku ruhande rw’umukobwa bangaga gutaha ubukwe.

    Umugore yaje guhinduka cyane, ahanini bitewe n’uko umwe mu babyeyi be atifuzaga uwo musore gusa banga kubabuza kubana ngo batagaragara nabi mu rusengero.

    Mugabo yaje kuganira byimbitse n’umugore we, umugore abwira umugabo ko yamwibeshyeho kuko atari we Imana yamugeneye.

    Mumbabarire kuko inkuru yabo ni ndende, gusa yasorejwe mu rukiko bahawe gatanya, ubu Mugabo aheruka umwana we w’umuhungu mu myaka itatu ishize kuko nyina atakimwemerera kujya kumureba.

    Mu kiganiro na IGIHE, Mugabo yavuze ko iyo haza kubaho uburyo bwo kubanza kumenya neza umukunzi we batarasezerana burundu mu mategeko, hari ibyo yanyuzemo byinshi atari kunyuramo.

    Ati “Mbona byagira umumaro, niba koko umuntu mwasezerana ko muzabana imyaka ibiri yashira mwabona biri kugenda neza mukongerho indi ibiri cyangwa itanu mubyumvikanyeho, ku giti cyanyu byaba byiza.

    Irankunda nubwo atarashyingirwa, na we yemeza ko habaye hari uburyo bundi bw’isezerano butari burundu, byagira icyo bigabanya ku bibazo biri mu miryango.

    Ati “Iyo urebye ukuntu ingo z’ubu zisigaye zimeze, ntabwo nasezerana n’umuntu iteka ryose. Njye umugore nzashaka tuzagira kontaro y’umwaka tubane tutarabyara, umwaka nushira tubasha kumvikana tuzakomezanye. Nushira byaranze, tubivemo aho kugira ngo tuzananiranwe tujye no muri gatanya.”

    Nubwo bamwe babyifuza, kuba hari henshi byagiye bitangwa nk’ibyifuzo ntibishyirwe mu bikorwa hari impamvu.

    Umunyamategeko Bayingana Janvier yabwiye IGIHE ko ibihugu byose usanga bishingiye ku miryango, ku buryo koroshya amategeko ajyanye n’imibanire byagira ingaruka cyane.

    Ati “Itegeko Nshinga n’andi mategeko agaragaza ko umuryango ari wo shingiro ry’umuryango nyarwanda. Ntabwo igihugu cyabaho kidafite umuryango w’ibanze, ni nk’ubuzima bw’igihugu.”

    Yavuze ko impamvu bigoye ko amategeko atahindurwa ngo abantu bemererwe kubana imyaka runaka bashaka, ari ingaruka bishobora kugira ku bazabakomokaho.

    Ati “Ntabwo amasezerano y’ubushyingiranwe afite kamere nk’amasezerano asanzwe. Nk’amasezerano y’akazi ahuza umukozi n’umukoresha, bashobora kuyashyiraho iherezo igihe babishakiye, kubera ko hari ihame ry’uko amasezerano agira ingaruka ku bayagiranye.”

    “Abashakanye bo, iyo bamaze kwinjira mu masezerano babyara abana kandi abo bantu bakaba bafite uburenganzira. Uburere n’uburenganzira bw’abana bwahazaharira kandi n’umuco na wo uri mu bibungabungwa, igisubizo numva kitari mu masezerano ahubwo kiri mu bindi bintu.”

    Yakomeje agira ati “Kubera iki umuntu akeneye kujya kubana ateganya ko bazatandukana? Byaba bije gusenya aho kubaka. Kubana nyine ni ukugira ibyo wigomwa ukagira ibyo wunguka. Abo bake byananiye amategeko afite inzira yateganyije.”

    Depite Izabiriza Marie Médiatrice yabwiye IGIHE ko gushyingirwa ari umushinga wo kwitondera, uwugiyemo akaba azi neza uko azawitwaramo

    Ati “Marriage ni umushinga ugomba kubanza kwigwaho nk’uko wajya mu yindi mishinga ukumva uzunguka, numva rero no kubana mbere na mbere wumva ko bizaguhira. Iyo bitagenze neza nk’uko wabyifuzaga, amategeko yacu atanga umurongo ko habaho kwiyunga byakanga hakabaho gatanya.”

    “Akamaro ko kubana kw’abashakanye mu buryo burambye bifasha mu kurinda uburenganzira bw’umwana bwo kurerwa n’ababyeyi bombi kandi bari kumwe. Mu muco wacu kandi kumva ko ababyeyi b’umuntu batandukanye, bibabaza ababakomokaho”.

    Depite Izabiriza asanga kwemera contrats z’igihe gito byagira uruhare mu gusenya umuryango

    Depite Izabiriza yavuze ko n’ubundi abagiye kubana babanza kurambagizanya, bityo uwo mwanya ari wo wafatwa nk’uwo kugerageza, wabona bitazakunda ukabivamo.

    Ati “Ubu buryo bwo kubana hagendewe ku myaka runaka ni bubi kuko bwatera ibibazo mu muryango.”

    Prof Bayisenge Jeannette, Minisitiri w’Uburinganire n’Iterambere ry’Umuryango aherutse kubwira IGIHE ko nka Leta igamije kubaka umuryango, itashyiraho uburyo bugamije kuwusenya.

    Ati “Twe tugamije kubaka umuryango ukomeye kandi utekanye, kuko cyane cyane tureba no ku bana kuko mushobora kumvikana ngo murabana imyaka ibiri, muri aho hagati nimubyara nimutandukana wenda mwatekereje, uwo mwana azabaho gute? Ishusho uzaba uhaye umwana y’umuryango uzashinga ni iyihe?”

    Minisitiri Bayisenge yavuze ko abagiye kurushinga ari ngombwa kubanza kubitekerezaho, bakabikora babyiyemeje.

    Ati “Injira mu rugo wumva ko ruzaramba, unakore ibishoboka kugira ngo rurambe, nibyanga ubwo nyine bizaba byanze, ariko winjiyemo ufite intego yo kurukorera ngo rurambe.”

    Me Bayingana na we yavuze ko igihugu kiramutse gishyigikiye ubwo buryo bwo kubana by’igihe gito, cyaba gishaka kwisenya no gusenya ejo hazaza.

    Ati “Hari abandi bantu ayo masezerano yagiraho ingaruka by’umwihariko abana, ubwo iyo byagize ingaruka ku bana, biba byagize ingaruka muri rusange no ku gihugu.”

    Mu gihe abashakanye baba batandukanye barabyaye harimo umwe muri bo utishoboye, Bayingana yavuze ko byagaruka bikaba umutwaro kuri Leta kuko ba bana ari Leta yabitaho.

    Nubwo kubana by’igihe runaka bitemewe, mu bihugu bitandukanye hari uburyo abantu babana batarasezeranye buzwi nka cohabitation, urebye mu Rwanda ni nko gukocora. Icyakora ubu buryo ntibwemerwa mu mategeko, gusa abana bavutse bahabwa uburenganzira bwose bugenwa n’amategeko.

    Mu gihe abashakanye gutyo batandukanye, ntacyo babaza amategeko kuko nta sezerano rizwi baba bagiranye.

    Minisitiri Prof Bayisenge Jeannette yavuze ko urubyiruko rukwiriye kubana rwabitekerejeho neza

    source : https://ift.tt/3CNKiQ0

  • Dore abakobwa 5 bahize abandi mu kugaragaza impano mu irushanwa rya Miss Supranational 2021[AMAFOTO] #rwanda #RwOT

    Ni ibirori byabaye kuri uyu mugoroba wo kuwa Kane tariki 12 Kanama 2021, ni bwo abategura irushanwa rya Miss Supranational batangaje abakobwa 5 batsinze icyiciro 'Miss Talent'.

    Mubatsinze harimo Veronica wo muri Ghana werekanye impano mu bijyanye no gusiga ibirungo by'ubwiza 'make up' abakobwa bagenzi be. Ni amashusho bigaragara ko yafashwe mbere y'uko yitabira iri rushanwa. Uyu mukobwa ariko yanagaragaje impano mu kuririmba.

    Hatsinze kandi Linda Sibrian wo muri El Salvador wagaragaje impano mu kubyina imbyino zakizungu. Hari kandi Umunya-Thailand Queen Benjarat wagaragaje impano mu gucuranga piano anaririmba

    Umunya-Trinidad Tobago, Jennelle Thongs we yerekanye impano mu kwifotoza akanyura abamufata amafoto; ibi yabisanishije no kwifotoza mu makanzu maremare akaberwa. Uyu mukobwa kandi yanaririmbye indirimbo 'He Lives in You' ya The Lion King.

    Shivali Patel wo muri Leta Zunze Ubumwe za Ameirka, we yagaragaje impano mu kumurika imideli mu ntambuko zitandukanye ziranga abanyamideli.

    Uyu mukobwa yerekanye ibice bitandukanye by'imbyino za kizungu zikunze kwifashishwa na benshi birimo nk'imbyino zo mu Buhinde n'izindi.

    Muri iri rushanwa, u Rwanda ruhagarariwe na Miss Umuratwa Kate Anitha utaratsinda icyiciro na kimwe kuva iri rushanwa ryatangira tariki 5 Kanama 2021.

    Uyu munsi, abakobwa baratambuka ku itapi itukura bagaragaza ubushongore bwabo (Elegance).


    Source : https://umuryango.rw/imyidagaduro/article/dore-abakobwa-5-bahize-abandi-mu-kugaragaza-impano-mu-irushanwa-rya-miss

  • Abantu 11 barimo Abagenzacyaha ba RIB n’Abapolisi bakurikiranyweho urupfu rw’uwakubitiwe muri kasho #rwanda #RwOT

    Umuturage uvugwaho gukubitwa bikamuviramo gupfa, ni Ntabajyana Laurent wafunzwe tariki 02 Kanama 2021 ubwo yakekwagaho icyaha cyo guhoza ku nkeke uwo bashakanye.

    Uriya muturage wari utuye mu Mudugudu wa Rebero, Akagari ka Matare mu Murenge wa Rugarama mu Karere ka Gatsibo, yatawe mu yombi ku bufatanye bwa RIB na Polisi y’u Rwanda ikorera muri kariya gace, akaza gudumbikirwa kuri station ya Polisi ya Rugarama.

    Nyuma y’iminsi ibiri gusa, ku itariki ya 06 Kanama 2021 mu rukerera agahana saa kumi n’imwe z’igitondo, umuyobozi w’iriya station ya Polisi yamenyeshejwe ko hari umuturage uri muri iriya kasho urembye bikomeye.

    Ngo bahise bihutira kumujyana kumuvuza ku bitaro bya Kiziguro ariko aza kugwayo bakimugezayo.

    Ikinyamakuru Igihe dukesha iyi nkuru, kivuga ko Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha rwahise rutangira gukora iperereza ku cyahitanye uriya muturage kuko urupfu rwe rwari amayobera ndetse umubiri we ujyanwa gukorerwa isuzuma.

    Iri perereza rya RIB ryatumye ita muri yombi abantu 11 barimo Abagenzacyaha bayo babiri n’abapolisi babiri ndetse n’abandi bantu barindwi.

    Bariya bantu barindwi bakurikiranyweho icyaha cyo gukubita cyangwa gukomeretsa ku bushake byateye urupfu naho bariya bagenzacyaha bakurikiranyweho kutamenyekanisha icyaha cy’ubugome cyangwa gikomeye mu gihe Abapolisi bo bakurikiranyweho ubufatanyacyaha mu cyaha cyo gukubita cyangwa gukomeretsa naho.

    Abapolisi bafunzwe barimo Komanda wa Sitasiyo ya Polisi ya Rugarama, IP Jean Claude Mukomeza ndetse n’umupolisi wari urize mu ijoro bivugwa ko uriya nyakwigendera yakubitiwemo.

    Raporo ya muganga igaragaza ko Ntabajyana Laurent yishwe no gukubitwa ndetse bamwe mu bari bafunganywe na we muri kasho batanze ubuhamya bw’uko yakubiswe.

    Bivugwa ko uriya nyakwigendera yateje urusaku mu ijoro ryo ku ya 05 Kanama, bikaza gutuma abo bari bafunganye babimenyesha Komanda wa station na we akababwira ko batananirwa kumucecekesha.

    Ubwo ngo bahise bamwadukira baramukubita, baranamuzirika ubundi bigera aho intege zimushirana kuko bari bamugize intere ari na byo bikekwa ko byaje kumuviramo urupfu.

    UKWEZI.RW

    Source : http://www.ukwezi.rw/mu-rwanda/Amakuru-anyuranye/Abantu-11-barimo-Abagenzacyaha-ba-RIB-n-Abapolisi-bakurikiranyweho-urupfu-rw-uwakubitiwe-muri-kasho

  • Umunyamakurukazi wa Sport mu Rwanda arashinjwa kwirengagiza urukundo umusore amukunda – YEGOB #rwanda #RwOT

    Umunyamakuru Clarisse Uwimana ukorera B&B Fm Umwezi yashinjijwe kwirengagiza urukundo rw'umusore wamwandikiye umuzingo w'igitabo wizuyeml amagambo meza y'urukundo. Ni mu gihe uyu musore yari amaze kwandika aya magambo ataka anatomagiza Clarisse Uwimana abinyujije ku rukuta rwe rwa Twitter.

    Uyu musore yapostinze ifoto ya Clarisse maze ayiherekesha amagambo agira ati ” Ese waramukanye amahoro @uwimaclarisse uwazonze benshi nanjye ntisize, bihogo byahogoje abashumba n'abakamyi rubanda barakwirahira pe, Ese ninde utarangara akubonye? Ntugatsikire uwanzonze. Gira igitondo cyiza n'umunsi mwiza🥰ubuganza turakuramutsa 👉❤️👈🏿 “. Clarisse akibona aya magambo yahise amusubiza agira ati ” Ako mana 😍😍so speechless “.

    Umwe mu babonye aya magambo uyu musore yanditse akabona n'ayo Clarisse yamusubije yateruye agira ati ” Uyu musore aragukunda Yanditse umuzingo wigitabo wo we wandika title.So speechless bivuze iki? ntacyo mvuze? cg mbuze icyo mvuga? Uyu musore musabiye  gukundwa. Jye izi quartiers nazivuyemo kera ubusigaye ndi umufana wa football nabayikoramo “.

    Source : https://yegob.rw/umunyamakurukazi-wa-sport-mu-rwanda-arashinjwa-kwirengagiza-urukundo-umusore-amukunda/

  • Nanjye nashakaga kuba Miss wumusaza, Miss w… – #rwanda #RwOT


    Yahishuye iby’ubuto bwa Sonia Rolland umunyarwandakazi wabaye Miss France 2000

    Kanyombya agaruka ku buto bwa Sonia Rolland waciye agahigo ko kuba umukobwa wa mbere ukomoka muri Africa wabaye Nyampinga w'u Bufaransa, yagize ati: 'Nonese ntiyavukiye mu Ruhengeri, bakubwiye ko yavukiye mu Bufaransa se? Ise yari ari ino hano hano Kimicanga niho yari ari cyera, ku ngoma za cyera niho yari ari, yakoraga mu Rwanda'. Yakomeje agira ati: 'Ntabwo ari igitangaza rero ntabwo afite nasiyonarite ebyiri, ni umunyarwandakazi w'umufaransakazi, na nyina ni umufaransakazi w'umunyarwandakazi'.

    Yavuze ko umuryango we wose uri mu Bufaransa, ahishura ko nyina wa Sonia Rolland yari amaze igihe arwaye cyakora ubu ngo ari koroherwa.

    Muri iki kiganiro yagiranye na InyaRwanda.com, twamubajije uko abona umuryango akomokamo cyane ko na none unaherutse kuvamo inkumi yitabiriye Miss Rwanda 2020 [Ingabire Gaudence], n'ubwo yagarukiye mu icumi banyuma. Aha niho yahise ahishura ko nawe n'ubwo ashaje uyu mwaka yagombaga kwitabira irushanwa rya Rudasumbwa ryagombaga kuba mu mpera z'uyu mwaka. Yagize ati: 'Nanjye nashatse gupositinga ngo mbe Miss w'umusaza, Miss w'abagabo mbona ntabwo biciyemo. Nagombaga kuba Miss 2021'.

    Yakomeje avuga ko aya marushanwa yagombaga kuba ariko akaba atazi aho byahereye ati: ' Yagombaga kubaho ariko sinzi aho byaciye kuko hari abanyamakuru bamwe na bamwe batazi ibyo bakora'. Ibi avuga ni ukuri, hari amarushanwa ya rudasumbwa yagombaga kuba ariko yaje kuburirwa irengero.

    Ingabire witabiriye Miss Rwanda 2020 akagarukira mw’icumi banyuma nawe ni umukobwa wa murumuna wa Kanyombya

    Ku kibazo twari twamubajije cy'uko abona umuryango uvamo ba nyampinga n'abanyempano, yavuze ko rwose ari umuryango w'abanyempano cyane, uvukamo abantu bafite ubuvanganzo yongera gutanga urugero rwa Rufendeke umuhungu wa murumuna we usobanura filime. Uyu akunze gukorana cyane na junior.

    REBA HANO IKIGANIRO TWAGIRANYE NA KANYOMBYWA

    Source : https://inyarwanda.com/inkuru/108538/nanjye-nashakaga-kuba-miss-wumusaza-miss-wabagabo-kanyombya-yahishuye-ibyubuto-bwa-sonia-r-108538.html

  • Dore impamvu udakwiye kubabara mu gihe usanze umugore mwashakanye yararyamanye nabagabo benshi – YEGOB #rwanda #RwOT

    Abagabo benshi iyo bamenye ko umugore bashakanye yaryamanye n'abagabo benshi, akenshi biba intandaro yo guca ukubiri cyangwa akaba yagira umujinya akamukubita akamwica, hari n'abananirwa kwiyakira kugeza ubwo bafashe icyemezo cyo kwiyahura ariko si ko byagakwiye ahubwo uzabanze umenye impamvu yatunye abikora.

    Iki ni igitekerezo cyatanzwe n'umusomyi wacu aho avuga ko kuba umusore yabanye n'umugore ku munsi wa mbere bagiye gutera akabariro agasanga yarasambanye n'abagabo benshi.

    Uyu musomyi agira ati 'Ntabwo ari ngombwa ko, iyo usanze yarasambanye na benshi ntabwo biba bivuze ko atabasha kubaka urugo, urugo ni rugari, ntabwo ruba rushingiye ku buriri gusa, ashobora kuba yarasambanye n'abagabo 1000 ariko ugasanga ari wowe ugomba kuba uwanyuma wa 1001, yarafashe icyemezo ko kutazongera.

    Uzagire ikibazo ahubwo ari uko usanzwe yaguciye inyuma mubana, kuko byo biba ari ikibazo gikomeye, ni n'ingaruka cyane kuko yakuzanira kabutindi ya Sida cyangwa izindi ndwara, akaba yabyara umwana ukamurera kandi atari uwawe, umutungo w'urugo rwawe akawusesagura,…

    Ubundi se usanzwe yarasambanye cyane, uretse kuba yabikwibwirira nta handi wabimenyera uretse kuba wasanga yaragutse, ariko se uramutse wijujuse ko usanga yarasambanye cyane akakubaza ikibikubwiye wamusibiza iki?

    Nta mugabo ushobora kumenya ko umukobwa atakiri isugi na we ataraciye ibintu ngo abe asanzwe yarakoze imibonano, ni ibintu byumvikana. Aha rero mugabo urihangana ukabyakira, ahubwo uzirinde ko umugore wawe aba yaguca inyuma.

    Hari indaya nyinshi zubaka ingo zigakomera, ntibe yatinyuka kuba yaca inyuma umugabo, kuko nta kintu na kimwe iba itazi, irubaka rugakomera. Ugendeye kuri ibyo rero, ntiwaba wubatse.

    Urugo rukomera kubera imbara za mwese, urugo ntiruzakomera muryana, nushwana n'umugore wawe ku munsi wa mbere, ruzaba rusenyutse pe, ahubwo ugerageza kwirengagiza abakobwa mwaryamanye mbere, nawe akirengagiza abasore bahuye, ubundi mukabwa umwe urugo mukarukomeza'.

    Source : https://yegob.rw/dore-impamvu-udakwiye-kubabara-mu-gihe-usanze-umugore-mwashakanye-yararyamanye-nabagabo-benshi/