Tag: People

  • Hollywood:Umunyamideli Ishimwe Manoa yatangi… – #rwanda #RwOT

    Ishimwe Manoa ni umunyarwanda w’Umunyamulenge  uba muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, mu gace kazwi cyane ku myidagaduro ka Hollywood. Ni Umuhanzi akaba n’umunyamideli. Ishimwe Manoa, akomeje kwerekana imbaraga n’umurava mu byo akora nk’ibizamugeza ku rundi rwego yifuza kugeraho aho  ubu ari guhembwa na PUMA.

    Ishimwe Manoa aganira na InyaRwanda yavuze ko ubu yamaze kuba umukozi wa PUMA nk’umwe mu bantu b’abanyamideli bari mu bukangurambaga bwa PUMA mu kuyimenyekanisha biciye ku mbuga nkoranyambaga. Manoa avuga ko usibye kuba ari gukorana na PUMA, n’izindi Kompanyi zikomeye azakorana nazo abikesha kumurika Imideli i Hollywood. 

    Mu minsi iri imbere, Ishimwe Manoa yavuze ko afite byinshi cyane, abakunda umuziki we bazishima, nk’ahantu naho ashyiramo ingufu cyane. Yagize ati: “Nk’umunyamideli ubu noneho ndi guhembwa na PUMA  mbakorera model nambaye PUMA bakampemba, ibyiza biri imbere; mu minsi ya vuba kandi mfite byinshi nzashyira ahagaragara bigendanye na muzika n’imideli”.

    Mu gihe ushaka ibikorwa kugura imyambaro ya PUMA ,Ishimwe Manoa aba yamamaje , ukanda hano

    https://us.puma.com/en/us/puma/back-to-school

    https://theeditorialqc.com/webitorials/2021/4/29/citrus-state?rq=Ishimwemanoa

    Source : https://inyarwanda.com/inkuru/108444/hollywoodumunyamideli-ishimwe-manoa-yatangiye-gukorana-na-puma-108444.html

  • Don Little ufite ubumuga bwubugufi yabwiye p… – #rwanda #RwOT

    Stephen Atanga ufite ubumuga bw'ubugufi, wamamaye nka Don Little muri filime, yabwiye perezida wa Ghana ko umunsi umwe 'azaba' umuyobozi mu gipolisi. Don Little afite imyaka 24 ariko kubera ubumuga bw'ubugufi afite wagira ngo ni umwana w'imyaka iri hagati y'10 na 13.

    Mu mashuho yashyize ku rukuta rwe rwa Instagram yari yambaye nk'abapolisi. Aya mashusho yayaherekeje amagambo agaragaza ko akunda umurimo w'igipolisi ndetse anifuza kuzakijyamo ku buryo umunsi umwe azaba n'umuyobozi, maze abisangiza perezeda wa Ghana, Nana Akufo-Addo.

    Usibye kubisangiza umukuru w'igihugu, ubu butumwa bwe yanabusangije ibiro bikuru by'igipolisi muri iki gihugu. Uyu mukinnyi w'ama filime usanzwe ari n'umunyarwenya ari mubari muri iki gisata batunze agatubutse muri Ghana.

    Source : https://inyarwanda.com/inkuru/108437/don-little-ufite-ubumuga-bwubugufi-yabwiye-perezida-wa-ghana-ko-azaba-umuyobozi-mu-gipolis-108437.html

  • Grace Bahati yashimiye abakobwa bamutunguye b… – #rwanda #RwOT

    Grace Bahati ari mu bakobwa 10 bamaze guca agahigo ko kwambara ikamba rya 'Nyampinga w'u Rwanda'. Nyuma y'ubuzima yanyuzemo bunyuranye, harimo no gusoza amasomo muri kaminuza yigiye muri Leta Zunze Ubumwe z'Amerika aho atuye guhera mu mwaka wa 2011, ari kwitegura ubukwe n'umukunzi we bamaranye igihe kirekire mu rukundo. 

    Inshuti za hafi za Grace zemeza ko uyu musore ahiriwe kuko abonye umugeni mwiza. Kuwa 08 Kanama 2021, nibwo ibintu byongeye gushyuha ubwo amafoto y'ibirori byakorewe Miss Grace witegura ubukwe, yahererekanwaga hirya no hino.

    Grace rero witegura kubana akaramata na Murekezi Pacifique wamwambitse impeta mu mwaka wa 2020, yatunguwe n'ibirori 'Bridal Shower' yakorewe n'abakobwa b'abanyarwandakazi n'abazungu, barimo na Nyampinga w'u Rwanda wa 2012, Aurore, bamusezeraho nk'umuntu ugiye kurushinga.

    KANDA HANO UREBE AMASHUSHO YA GRACE BAHATI YEREKANA UKO BYAGENZE

    Mu mashusho yafashe yerekana uko ibintu byatangiye, bigaragara ko bamusanze mu rugo atabyiteguye agatungurwa, nyamara nyuma nk'umuntu wishimira inshuti kandi ukunda abantu ntatinde kwisanga mu birori by'ibyishimo yateguriwe n'abamuzirikana.

    Yashimiye byimazeyo ababikoze abasabira umugisha anababwira ko abakunda bose. Yagize ati: 'Abakobwa banjye (inshuti magara) bansanze maze bangira umukobwa w'igitangaza wishimye mu isi, ndabakunda kandi ndabashimiye cyane mwese.'

    Ubutumwa bwa Grace ashima n’inyunganizi ya Ally Soudy yifuriza umugisha w’Imana umugeni

    Ally Soudy uri mu banyamakuru b'imyidagaduro bakomereje umwuga w'itangazamakuru n'ubuzima muri Leta Zunze Ubumwe z'Amerika, nawe yagize icyo avuga k'ubukwe bwa Grace ahereye kuri ay'amashusho. Yagize ati: 'Byiza cyane, Imana igumye ikube imbere, Grace, gusa tuzazinywa byo'.

    Nk'uko bigaragazwa n’amashusho Grace Bahati nta kintu na kimwe yari azi ku birori yakoreweAbanyarwandakazi n’abazungu batunguye Grace Bahati mu ifoto y’urwibutso basezera k’umugeni ugiye k’urushingaMurekezi Pacifique na Grace Bahati bitegura kurushinga mu minsi ya vuba n'ubwo amatariki akomeje kugirwa ibanga

     

    Source : https://inyarwanda.com/inkuru/108417/grace-bahati-yashimiye-abakobwa-bamutunguye-bakamukorera-ibirori-amafotovideo-108417.html

  • Yabuze umugabo umushaka ahitamo kwikorana ubukwe bw'agatangaza. – YEGOB #rwanda #RwOT

    Uyu mugore w'umutaliyanikazi witwa Laura Mesi, nyuma yuko atandukanye n'umukunzi we bari bamaranye imyaka 12, yamaze indi myaka igera kuri ibiri, atarabona undi mukunzi bituma ashaka uburyo yikorana ubukwe ku giti cye.

    Laura amaze kubona ko byanze kubona undi mugabo yahisemo gukoresha ubukwe bw'agatangaza, ari wenyine. Inkuru ya BBC ivuga neza ko Laura yahisemo kwishyingira, aho yakoze ubukwe bwe wenyine nta mugabo bari kumwe, uyu mu ikanzu yera y'abageni nziza cyane, yakoresheje umugati (cake) munini cyane, ategura abakobwa bamugaragira ndetse atumira n'abantu 70 bose.

    Uyu mugore yabwiye abatumirwa be ati: 'ndemeza neza ko twese uko turi aha, dukwiye kubanza kwikunda mbere yuko undi wese adukunda cyangwa ngo dukunde abandi. buri wese ashobora kugira umunsi mwiza umunejeje, bidasabye ko afite umugabo umuhagaze iruhande'

    Yakomeje agira ati: 'nari nahaye isezerano inshuti zange n'abavandimwe ko ninuzuza imyaka 40 ntarabona uwo dukundana nzahita nkora ubukwe bwa njyenyine, ningira amahiwe nkabona uwo duhuza tukabana nzanezerwa ariko ibyishimo byange siwe bizaba bishingiyeho'

    Uyu mugore yavuze kandi ko bitoroshye gukora ubukwe uri wese ,kuko biba ari nk'ubusazi.

    Source : https://yegob.rw/yabuze-umugabo-umushaka-ahitamo-kwikorana-ubukwe-bwagatangaza/

  • Umugabo atangaje ko yishwe n'umugore we yazuka – YEGOB #rwanda #RwOT

    Umugabo umwe yatangaje ko aramutse yishwe n'umugore we yazuka. Ni nyuma yuko uyu mugabo yari amaze kumva inkuru ko hari umugabo wishwe n'umugore we.

    Uyu mugabo nta kuzuyaza yahise avuga ko aramutse yishwe n'umugore we yazuka.

    Source : https://yegob.rw/umugabo-atangaje-ko-yishwe-numugore-we-yazuka/

  • Nyina wigikomangomakazi, umukobwa wumwamik… – #rwanda #RwOT

    Mu mezi abiri ashize nibwo umunyamakurukazi, Michelle Iradukunda ufite igikundiro kinshi mu myidagaduro, yahawe inshingano zo kuyobora ishami rya Radio Rwanda rizwi nka Magic F.M rivugira ku murongo wa 90.7 F.M.

    Kuri ubu, Michelle akomeje gutera imitoma y'urudaca umwana we wa kabiri yabyaranye na David Hamud, umugabo we w'isezerano basezeranye mu mwaka wa 2017 bakaza kubyarana imfura yabo y'umuhungu  kuwa 30 Mata 2018 witwa Mael .

    Muri kamena 2020, nibwo Imana yongeye kubaha umugisha babyara umwana wabo wa kabiri w'umukobwa. Uyu mwana nyina akomeje kumutaka ubwiza, yemeza ko uko akurana ikivumba ari nako arushaho kumukunda kandi azamuhoza ku mutima.

    Yagize ati: 'Ni umukobwa muto uri gukura kugira ngo azabe inshuti yanjye magara'. Akomeza 'amutomora' bikomeye agira ati: 'Nyina w'igikomangomakazi, umukobwa w'umwamikazi.' Yongeraho ati: 'N'ubwo bwose akomeza asaza amanywa n'ijoro azahora ari umukobwa w'igikundiro wanjye'.

    Kumenyekana kwa Michelle, byatangiriye mu marushanwa y'ubwiza  yitabiriye mu mwaka wa 2009, ubwo yiyamamarizaga kuba Nyampinga w'u Rwanda, aza muri batanu ba mbere, icyo gihe ikamba ryegukanwe na Grace Bahati.

    Muri 2010 yongeye kujya mu marushanwa y'ubwiza yiyamamariza kuba nyampinga w'iyahoze ari Kaminuza Nkuru y'u Rwanda (UNR), aza kuba igisonga cya mbere. Muri 2013, Michelle nibwo yinjiye mu itangazamakuru atangira akorera Radio Isango Star, aza kuhava ajya gukorera Ikigo cy'Igihugu cy'itangazamakuru, RBA.

    Yamenyekanye mu biganiro birimo 'Samedi détente', 'Waramutse Rwanda', no mu kiganiro gikomeje kunyura benshi cya 'Ishya' kinyura kuri Televiziyo y'u Rwanda.

    Umuyobozi wa Magic F.M, Michelle Iradukunda n’umukobwa we mu byishimo byinshi

    Michelle yifuriza ibyiza umukobwa we kandi azahora amukunda iteka 'n'ubwo ari gusaza'

    'Umwamikazi', Michelle 'n’Igikomangomakazi' nk'uko abitangaza kandi no mu ifoto 'bambaye batyo'Umwe mu babonye amafoto ya Michelle yamubajije impamvu yabaye mwiza kurusha uko byigeze mbereAmarushanwa y’ubwiza niyo yaciriye inzira Michelle agenda azamukana umuhate yisanga mu itangazamakuru none ubu ni umuyoboziMichelle ashyira iyi foto hanze yongeyeho amagambo y’umutoma abwira umugabo we ukuntu akunda indoro ye ihora imureba nk'aho aribwo akimubonaImfura ya Michellle, Mael n’umgabo we David Hamud

    Iyi foto yafashwe mu ntangiriro z’umwaka wa 2021 aho Michelle yawinjiranyemo n'uwo akunda byimazeyo

     

      

    Source : https://inyarwanda.com/inkuru/108434/nyina-wigikomangomakazi-umukobwa-wumwamikazi-amagambo-aryohereye-ya-michelle-iradukunda-am-108434.html

  • Umunyamakuru Chita yasezeranye imbere y'Imana n'umukunzi we bamaranye imyaka irenga 3 bakundana [AMAFOTO] #rwanda #RwOT

    Ubukwe bwabo bwabaye kuri uyu wa Gatanu w'iki cyumweru tariki ya 6 Kanama nibwo aba bombi basezeranye imbere y'Imana muri Kiliziya Gatolika muri Regina Pacis i Remera.

    Nk'uko amabwiriza yo kwirinda icyorezo cya Coronavirus abiteganya, ni umuhango witabiriwe n'abantu bake cyane.

    Mu bantu bo mu myidagaduro uyu munyamakuru abarizwamo, bari bahagarariwe na Muyoboke Alex.

    Basezeranye imbere y'Imana nyuma y'uko tariki ya 3 Kamena 2021 bemeranyije kubana akaramata basezerana imbere y'amategeko mu murenge wa Kimihurura mu Karere ka Gasabo.

    Ubukwe bwabo buba bwarabaye tariki ya 2 Nyakanga 2021 ariko izi tariki zageze u Rwanda ruri mu bihe bidasanzwe byo kwirinda icyorezo cya Coronavirus aho imihango irimo n'ubukwe yari yarahagaritswe.

    Chita na Yvette bakoze ubukwe nyuma y'imyaka 3 bakundana. Urukundo rwabo rukaba rutaravuzwe cyane mu itangazamakuru ariko inshuti zabo za hafi zari zizi iby'uru rukundo rwabo.

    Chita akaba ari umuyobozi wa Chita Magic TV, uretse ibi kandi akaba azwi cyane mu kuyobora ubukwe ari umusangiza w'amagambo..

    Source : https://umuryango.rw/imyidagaduro/article/umunyamakuru-chita-yasezeranye-imbere-y-imana-n-umukunzi-we-bamaranye-imyaka

  • AMAFOTO : Uko kwa Rutangarwamaboko bizihije Umuganura #rwanda #RwOT

    Uyu mugabo usanzwe azwiho kugendera ku muco w’abakurambere, yashyize amafoto ku mbuga nkoranyambaga ze agaragaza uburyo iwe bizihije Umuganura w’uyu mwaka wa 2021.

    Umuganura usanzwe wizihizwa ku wa Gatanu w’icyumweru cya mbere cya Kanama, uw’uyu mwaka wizihijwe mu cyumweru gishize tariki 06 Kanama 2021 ufite insanganyamatsiko igira iti 'Umuganura, isooko y’Ubumwe no kwigira.'

    Amafoto ya Rutangarwamaboko aherekejwe n’ubutumwa burebure aho yavuze ko umuganura wakomeje kugenda wigizwa hirya.

    Yagize ati 'Niba hari Umuhango wibasiwe n’umurozi uvuka Ishyanga kuva cyera afatanyije n’umwanzi wo mu kirambi no kugeza na n’ubu ni Umuganura. Nyamara kandi niba hari ipfundo rikomeye ry’Ubumwe bw’Abanyarwanda n’Ubufatanye bwa Benimana mu kubaka Urugo, Umuryango bityo n’Igihugu mu buryo bushinze Imizi mu buzima Butazima ni Umuganura na none.'

    UKWEZI.RW

    Source : http://www.ukwezi.rw/mu-rwanda/Umuco/article/AMAFOTO-Uko-kwa-Rutangarwamaboko-bizihije-Umuganura

  • Bijoux wo muri Bamenya yavugishije benshi mu bafana be nyuma y'amafoto yashyize hanze – YEGOB #rwanda #RwOT

    Bijoux wo muri Bamenya ni umwe mu bakobwa b'abanyarwandakazi bakunzwe cyane ku mbuga nkoranyambaga by'umwihariko ku rubuga rwa instagram akaba ndetse ari umwe mu banyarwandakazi bakundirwa ubwiza ndetse n'ikimero cyabo. Amafoto akurikira Bijoux yashyize hanze ku munsi w'ejo yazamuye imbamutima z'abafana be benshi.

    Nyuma yo kubona aya mafoto bamwe mu bafana ba Bijoux batangaje ibi bikurikira:

    Source : https://yegob.rw/bijoux-wo-muri-bamenya-yavugishije-benshi-mu-bafana-be-nyuma-yamafoto-yashyize-hanze/