Inteko rusange idasanzwe y'umuryango wa AS Kigali yateranye kuri ikicyumweru tariki ya 16 Kanama 2026 yafashe imyanzuro irimo guhindura izina ry'ikipe y'abagabo n'iry'ikipe y'abagore, ndetse igena ubuyobozi bushya bw'umuryango.
Muri iyi Nteko Rusange, hemejwe ko ikipe y'abagabo y'umupira w'amaguru yahinduriwe izina, yitwa Kigali Football Club, mu gihe ikipe y'abagore ya AS Kigali nayo yahinduriwe izina yitwa Kigali Women Football Club.
Ni impinduka zije mu rwego rwo kuvugurura imikorere n'imiterere y'umuryango wari usanzwe uzwi nka AS Kigali, ukaba umaze imyaka myinshi uhagarariye Umujyi wa Kigali mu marushanwa y'umupira w'amaguru.
Iyi Nteko Rusange kandi yakiriye ubwegure bwa Visi Perezida w'umuryango, Madame Anne-Lise Alida Kankindi, wari umaze igihe kuri uyu mwanya. Mu mwanya we, hatowe Madame Clarisse Uwimana nka Visi Perezida mushya wa AS Kigali, uyu akaba asanzwe ari umunyamakuru w'imikino kuri BB FM.
Ku rundi ruhande, Inteko Rusange yemeye abagize Urwego Rukuru (Supreme Organ) rw'umuryango AS Kigali. Aba ni Alffred Nduwayezu, Gertrude Urujeni na Patrice Murekatete.
Izi mpinduka zose zatangajwe nyuma y'Inteko Rusange idasanzwe yateraniye mu cyumba cy'inama cy'umujyi wa Kigali, aho abanyamuryango bagize amahirwe yo gufata imyanzuro ku miyoborere n'imiterere y'umuryango.
Kuva ubu, ikipe y'abagabo izakomeza ibikorwa byayo yitwa Kigali Football Club, mu gihe ikipe y'abagore izajya ikina nka Kigali Women Football Club.
Leave a Reply