Category: Uncategorized

  • Kamonyi-Gacurabwenge: RIB yafunze abantu 5 barimo Gitifu w'Akagari na Mudugudu #rwanda #RwOT

    Bamwe mu bayobozi b'Inzego z'ibanze barimo; Umunyamabanga Nshingwabikorwa w'Akagari ka Gihinga ndetse n'Umukuru w'Umudugudu wa Kagarama muri aka Kagari bari mu maboko y'Urwego rw'Igihugu rw'Ubugenzacyaha/RIB. Batawe muri yombi mu bihe bitandukanye aho bakurikiranyweho ibyaha birimo; Gusaba, Kwakira Cyangwa Gutanga Indonke ndetse n'Inyandiko mpimbano.  

    Amakuru bamwe mu baturage b'Akagari ka Gihinga bahaye intyoza.com ariko kandi anemezwa n'Urwego rw'Igihugu rw'Ubugenzacyaha ni uko abakurikiranwe, bose bagiye bafatwa mu bihe bitandukanye, bakaba bafungiye kuri Sitasiyo ya RIB ya Gacurabwenge.

    Dr Murangira B. Thierry, Umuvugizi w'Urwego rw'Igihugu rw'ubugenzacyaha/RIB yemereye intyoza.com ko amakuru y'itabwa muri yombi ry'aba baturage barimo Gitifu w'Akagari ka Gihinga ndetse n'Umukuru w'Umudugudu wa Kagarama ari ukuri.

    Yavuze ati' RIB, yafunze abantu batanu barimo Ngayaberura Assouman, Umukuru w'Umudugudu wa Kagarama mu Karere ka Kamonyi, Uwituze Elia, Ngendahimana Sylver, Harerimana David, hamwe na Bihoyiki Marie Rose'.

    Dr Murangira, avuga ko abafashwe bakurikiranyweho; Gusaba, Kwakira cyangwa Gutanga Indonke, aho mu bihe bitandukanye abaregwa bagiye batanga ruswa kuri Ngayaberura Assouman igera ku bihumbi Magana atandatu y'u Rwanda( 600,000 FRW), abizeza ko abaha ibyangombwa by'uko ari abakene ngo babashe kubaka ntakindi cyangombwa basabwe.

    Abakekwaho ibyo byaha bose uko ari batanu, nk'uko Dr Murangira B.Thierry abivuga bafungiwe kuri Sitasiyo ya RIB ya Gacurabwenge mu gihe dosiye yabo yoherejwe mu bushinjacyaha ku wa 07 Nyakanga 2026.

    Uko ibyaha bakurikiranyweho byakozwe;

    RIB, ivuga ko ⁠Iperereza ry'ibanze ryaragagaje ko Ngayaberura Assouman wari Umukuru w'Umudugudu mu bihe bitandukanye yagiye yakira amafaranga (ruswa) y'abaturage abizeza ko azabafasha kubashyira mu cyiciro cy'abakene bagahabwa ibyangombwa bibemerera kubaka.

    Iperereza, ryagaragaje kandi ko Ngayaberura Assouman mu bihe bitandukanye yagiye akoresha impapuro mpimbano agasinyira abaturage bamuhaye ruswa yemeza ko ari abakene.

    Ngayaberura, kandi byagaragaye ko yoherereje amafaranga ibihumbi Mirongo itanu y'u Rwanda(50, 000 FRW), ayoherereza Umunyamabanga Nshingwabikorwa w'Akagali ka Gihinga, mu Murenge wa Gacurabwenge kugira ngo asinyire umuturage wari wamuhaye ruswa, hagamijwe kwemeza ko ari umukene, abone icyangombwa cyo kubaka ntakindi asabwe.

    Ibyaha bose bakurikiranyweho;

    Gusaba, Kwakira cyangwa Gutanga Indonke. Icyaha giteganywa n'Ingingo ya 4 y'Itegeko N°54/2018 ryo ku wa 13 Kanama 2018 ryerekeye kurwanya ruswa.

    Igihano; Uhamwe n'iki cyaha wese, ahanishwa Igifungo kirenze imyaka 5 ariko kitarenze imyaka 7 n'Ihazabu y'Amafaranga y'u Rwanda yikubye inshuro kuva kuri 3 kugeza kuri 5 z'agaciro k'indonke yatse cyangwa yakiriye.

    Guhimba, Guhindura Inyandiko cyangwa Gukoresha Inyandiko Mpimbano. Icyaha giteganwa n'Ingingo ya 276 y'Itegeko Nº68/2018 ryo kuwa 30 Kanama 2018 riteganya ibyaha n'ibihano muri rusange.

    Igihano; Uhamijwe n'Urukiko iki cyaha wese, ahanishwa Igifungo kiri hagati y'Imyaka 5 n'Imyaka 7 n'ihazabu y'Amafaranga y'u Rwanda ari hagati ya Miliyoni eshatu( 3,000,000Frws) na Miliyoni eshanu( 5,000,000Frws) cyangwa kimwe gusa muri ibyo bihano.

    Dr Murangira B.Thierry avuga ko RIB yongera kwihanangiriza abayobozi batanga serivisi ko bakwiriye kuzitanga badasabye ikiguzi icyo aricyo cyose ku baturage. Avuga kandi ko RIB yibutsa abantu bose ko gutanga Ruswa kugira ngo ubone serivisi ari icyaha gihanwa n'amategeko, ko kandi kimunga ubukungu bw'Igihugu ndetse ko kidasaza. Yibutsa buri wese ko uzajya ahirahira kubikora RIB itazamwihanganira, azafatwa ashyikirizwe Amategeko.

    Mu gukurikirana iyi nkuru, ubwo umunyamakuru wa intyoza.com yabazaga Umunyamabanga Nshingwabikorwa w'Umurenge wa Gacurabwenge, Umugiraneza Martha, icyo azi ku ifatwa n'ifungwa kuri aba bayobozi akuriye barimo Gitifu w'Akagari na Mudugudu, yabwiye umunyamakuru wa intyoza.com ko ayo makuru atayazi. Ni mu gihe kandi abafashwe biganjemo abagize Komite y'Umudugudu. Ikibazo kikaba, ese koko ni uko uyu Gitifu Martha Umugiraneza atazi amakuru ku bo ayobora bafashwe?

    Théogène Munyaneza

    The post Kamonyi-Gacurabwenge: RIB yafunze abantu 5 barimo Gitifu w'Akagari na Mudugudu first appeared on Intyoza.

    The post Kamonyi-Gacurabwenge: RIB yafunze abantu 5 barimo Gitifu w'Akagari na Mudugudu appeared first on Intyoza.

    Source : https://intyoza.com/2026/07/28/kamonyi-gacurabwenge-rib-yafunze-abantu-5-barimo-gitifu-wakagari-na-mudugudu/

  • TAWA yaburiye abatunga inyamaswa zo mu gasozi mu ngo batabifitiye uruhushya #rwanda #RwOT

    Urwego rushinzwe gucunga no kubungabunga inyamaswa zo mu gasozi muri Tanzania (TAWA) rwongeye kwibutsa abaturage ko gutunga inyamaswa zo mu gasozi mu ngo nta ruhushya babifitiye binyuranyije n'amategeko, kandi bishobora kubakururira ibihano bikomeye birimo amande cyangwa igifungo.

    Ibi byatangajwe nyuma y'uko ku mbuga nkoranyambaga hakwirakwiye amashusho yerekana bamwe mu baturage batunze inyamaswa zirimo inzoka nini n'impyisi nk'aho ari amatungo yo mu rugo, ibintu TAWA yavuze ko bishobora gushyira ubuzima bw'abantu mu kaga.

    Umuvugizi wa TAWA, Beatus Maganja, yavuze ko inyamaswa zo mu gasozi zigomba kubungabungwa hakurikijwe amategeko, anasaba abaturage kujya batanga amakuru ku nzego zibishinzwe aho kugerageza kuzifata cyangwa kuzitunga mu buryo bunyuranyije n'amategeko.

    Yasobanuye ko iyo inyamaswa ibaye ikibazo ku mutekano w'abaturage, ari inzego zibifitiye ububasha zifata icyemezo gikwiye, ariko ko abaturage batemerewe kuzifata, kuzica cyangwa kuzigumana mu ngo zabo uko bishakiye.

    TAWA yanagaragaje ko inyamaswa zo mu gasozi ari umutungo ukomeye wa Tanzania, kuko zigira uruhare runini mu guteza imbere ubukerarugendo, gahunda zo kubungabunga ibinyabuzima n'ibindi bikorwa byemewe n'amategeko.

    Uru rwego rwibukije ko amategeko atareba inyamaswa ziriho gusa, ahubwo anareba ibice byazo birimo amahembe, impu, amagufa, amenyo n'ibindi bikomokaho, na byo bifatwa nk'umutungo urindwa n'amategeko.

    TAWA yavuze ko hari abantu n'ibigo byemerewe gutunga inyamaswa zimwe na zimwe zo mu gasozi, ariko bikorwa nyuma yo kubona impushya zemewe no kuzibungabunga ahabugenewe, nka Snake Park yo mu mujyi wa Arusha.

    Mu gusoza, yasabye abaturage kubahiriza amategeko agenga kubungabunga inyamaswa zo mu gasozi no gukorana n'inzego zibishinzwe, mu rwego rwo kurinda umutekano w'abantu no gusigasira urusobe rw'ibinyabuzima.

    TAWA yaburiye abatunga inyamaswa zo mu gasozi mu ngo batabifitiye uruhushya

    Source : https://kasukumedia.com/tawa-yaburiye-abatunga-inyamaswa-zo-mu-gasozi-mu-ngo-batabifitiye-uruhushya/

  • D4vd agiye kuburanishwa ku byaha bikomeye birimo ubwicanyi bw'umwangavu w'imyaka 14 #rwanda #RwOT

    Mu rukiko rwo muri California, muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, umucamanza yategetse ko umuhanzi David Anthony Burke, uzwi ku izina rya D4vd, akomeza kuburanishwa ku byaha aregwa birimo kwica umwangavu w'imyaka 14, kumusambanya no gusuzugura umurambo we.

    Iki cyemezo cyafashwe nyuma y'iburanisha ry'ibanze ryamaze iminsi itanu, aho ubushinjacyaha bwagaragaje ibimenyetso bitandukanye birimo ubutumwa bwo kuri telefone, amafoto, inyandiko z'ibyo D4vd yaguze kuri internet ndetse n'ibyavuye mu iperereza.

    Umucamanza yavuze ko ibyo bimenyetso bihagije kugira ngo urubanza rukomeze, ariko yibutsa ko amategeko ateganya ko D4vd akomeza gufatwa nk'umwere kugeza igihe urukiko ruzamuhamya icyaha mu buryo bwa nyuma.

    D4vd w'imyaka 21 yahakanye ibyaha byose. Abamwunganira bavuga ko nta kimenyetso simusiga kimuhuza n'urupfu rwa Celeste Rivas Hernandez, umwangavu waburiwe irengero muri Mata 2025.

    Nyuma y'amezi hafi atanu ashakishwa, umurambo wa Celeste wabonetse mu modoka ya Tesla yari yanditswe kuri D4vd, ibintu byatumye iperereza rikaza kumugeza ku ifatwa rye muri Mata 2026.

    Ubushinjacyaha buvuga ko D4vd yari afitanye umubano utemewe n'amategeko na Celeste, ndetse ko yamwishe nyuma yo kumenya ko ashobora gushyira hanze amakuru y'uwo mubano. Bwanagaragaje ubutumwa bwa telefone n'inyandiko zerekana ko Celeste yageze kwa D4vd ku munsi yaburiwe irengero.

    Hari kandi ibikoresho bivugwa ko D4vd yaguze kuri internet birimo umufuka wabugenewe wo gutwaramo umurambo, imashini n'isuka. Ubushinjacyaha buvuga ko byari bigamije guhisha icyaha, ariko ubwunganizi bukavuga ko nta bimenyetso byerekana ko ibyo bikoresho byigeze bikoreshwa muri icyo gikorwa.

    Abunganizi be banashimangira ko nta mashusho ya camera cyangwa ibindi bimenyetso bifatika byerekana ko ari we wakoze icyaha, basaba urukiko gusuzuma neza ibimenyetso byose.

    D4vd ateganyijwe kongera kwitaba urukiko ku wa 31 Kanama 2026, aho azasomerwa ku mugaragaro ibyaha aregwa mbere y'uko urubanza rutangira kuburanishwa mu mizi. Kugeza ubu akomeje gufungwa, ariko amategeko akomeza kumufata nk'umwere kugeza igihe urukiko ruzafatira umwanzuro wa nyuma.

    D4vd agiye kuburanishwa ku byaha bikomeye birimo ubwicanyi bw'umwangavu w'imyaka 14

    Source : https://kasukumedia.com/d4vd-agiye-kuburanishwa-ku-byaha-bikomeye-birimo-ubwicanyi-bwumwangavu-wimyaka-14/

  • Uwahoze akorera Chris Brown arasaba urukiko gufatira amafaranga ava mu bitaramo akorana na Usher #rwanda #RwOT

    Maria Avila wahoze ari umukozi wo mu rugo rw'umuhanzi Chris Brown yongeye kwitabaza urukiko, asaba ko hafatirwa igice cy'amafaranga uyu muhanzi ari kwinjiza mu rugendo rw'ibitaramo ari gukorana na Usher. Ibi yabikoze, nyuma yo kuvuga ko kugeza ubu atarahabwa indishyi zose yatsindiye mu rubanza rurebana n'igitero cy'imbwa bivugwa ko yari ifitwe na Chris Brown.

    Avila yavuze ko urukiko rwamuhaye uburenganzira bwo guhabwa indishyi zingana na miliyoni 12.9 z'Amadolari ya Amerika, ariko ngo imyaka ishize atarabona ayo mafaranga. Ni yo mpamvu asaba ko amafaranga ava mu bitaramo Chris Brown akomeje gukora yakwifashishwa kugira ngo habanze hishyurwe umwenda amufitiye.

    Nk'uko bigaragara mu nyandiko zashyikirijwe urukiko, Avila ashimangira ko yagerageje ubundi buryo bwo kwishyuza ayo mafaranga ariko bikanga, bityo akaba abona gufatira umutungo cyangwa amafaranga yinjizwa n'umuhanzi ari bwo buryo bwamufasha kubona uburenganzira bwe.

    Iki kibazo cyakomotse ku rubanza rwabaye nyuma y'uko Avila avuze ko yagabweho igitero n'imbwa bivugwa ko yari mu rugo rwa Chris Brown, bikamusigira ibikomere bikomeye. Nyuma y'urubanza, urukiko rwemeje ko agomba guhabwa indishyi, ariko kugeza ubu akavuga ko atarazihabwa.

    Mu gihe Chris Brown akomeje urugendo rw'ibitaramo ari kumwe na Usher, iyi dosiye ishobora kugira ingaruka ku mafaranga yinjiza muri ibyo bitaramo niba urukiko rwemeje ubusabe bwa Avila. Kugeza ubu, nta mwanzuro wa nyuma uratangazwa ku busabe bwe bwo gufatira ayo mafaranga.

    Uwahoze akorera Chris Brown arasaba urukiko gufatira amafaranga ava mu bitaramo akorana na Usher
    Iki kibazo cyakomotse ku rubanza rwabaye nyuma y'uko Avila avuze ko yagabweho igitero n'imbwa bivugwa ko yari mu rugo rwa Chris Brown

    Source : https://kasukumedia.com/uwahoze-akorera-chris-brown-arasaba-urukiko-gufatira-amafaranga-ava-mu-bitaramo-akorana-na-usher/

  • Inter Milan vuba aha irasinyisha myugariro John Stones #rwanda #RwOT

    Ikipe ya Inter Milan iri mu ntambwe za nyuma zo kugera ku masezerano yo gusinyisha myugariro w'Umwongereza, John Stones, nyuma yo gutanga icyizere ko impande zombi zamaze kumvikana ku ngingo z'ibanze z'ayo masezerano.

    Amakuru aturuka mu bakurikirana isoko ry'igura n'igurisha ry'abakinnyi agaragaza ko Stones yamaze guha Inter Milan uburenganzira bwo gukomeza ibiganiro, nubwo yari afite izindi kipe nyinshi zamwifuzaga. Ubu hasigaye kunozwa ibisobanuro bya nyuma biri mu masezerano mbere y'uko akorerwa ibizamini by'ubuzima (medical tests).

    Uyu myugariro w'imyaka 32, wari umaze igihe akinira Manchester City, aramutse ageze muri Inter Milan byaba ari intambwe ikomeye ku ruhande rw'iyi kipe yo mu Butaliyani ikomeje kubaka ubwirinzi bukomeye bwo guhatanira ibikombe mu mwaka w'imikino utaha.

    John Stones azwiho ubuhanga mu gukina umupira aturutse inyuma, gutuza ku mupira no kuba ashobora gukina imyanya itandukanye mu bwugarizi ndetse no hagati mu kibuga. Iyo mico ni imwe mu yatumye Inter imushyira ku isonga ry'abakinnyi yifuzaga kongeramo.

    Niba nta gihindutse mu masaha ari imbere, Inter Milan irateganya kurangiza ibisigaye byose by'aya masezerano, Stones akazahita akorerwa ibizamini by'ubuzima mbere yo gutangazwa nk'umukinnyi mushya w'iyi kipe. Abafana ba Inter batangiye kugaragaza ibyishimo ku mbuga nkoranyambaga, bategereje ko iri yinjira rihabwa umurongo wa nyuma n'itangazo ryemewe n'impande zombi.

    Inter Milan vuba aha irasinyisha myugariro John Stones

    Source : https://kasukumedia.com/inter-milan-vuba-aha-irasinyisha-myugariro-john-stones/

  • Icyampa abantu bose bakarwara depression nk’iyange – Aline Gahongayire #rwanda #RwOT

    Umuhanzikazi w’indirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana, Gahongayire Aline, yatangaje ko imwe mu ntwaro zikomeye zamufashije guhangana n’ubuzima ari ukwimenya no kwikunda, ashimangira ko umuntu akwiriye kwitoza kwibwira amagambo meza aho kwiha umwanya wo gutwarwa n’ibitekerezo bibi.

    Mu kiganiro kirambuye yagiranye n’ikinyamakuru ISIMBI, Aline yarekanye ko buri munsi atangira yireba mu ndorerwamo, akiyibutsa agaciro ke nk’umuntu mwiza waremwe n’Imana.

    Yagize ati 'Icyampa abantu bose bakarwara depression nk’iyo yanjye yo kwibwira ibyiza. Ariko uzi kurwara depression yo kwibwira ibibi, iyo ntizamfate. Ngomba kwibwira ibyiza kuko ntabwo meze nk’uwavutse inyuma y’inda cyangwa nk’aho isi yandangiriyeho. Isi iratangiye, nubwo wavuga ngo nawe ushaje, ariko gusaza biraryoha kuko binagusigira uburambe.'

    Yakomeje avuga ko uko imyaka igenda ishira ari na ko agenda arushaho kwiyakira no kwishimira uwo ari we, ku buryo nta jambo ry’umuntu rishobora kongera kumuca intege.

    Ati 'Nta kintu na kimwe kiri muri ubu buzima gishobora kumbuza kwikunda. Nk’ubu ushobora kuvuga ngo ndi mubi, ariko njyewe mu ndorerwamo yanjye turaziranye ko ndi mwiza. Ndabyuka nkireba, nkisuhuza, nkanashyira ibintu byiza muri njyewe. Ibyo uzavuga niduhura ngo ndi mubi simbyitaho. Ubwiza mvuga ushobora kuba utabubona, ariko njyewe ndabyuka nkavuga nti 'Bite se Ali? Mbega igitangaza!’ kuko Imana yampaye ayo mahirwe.'

    Uyu muhanzikazi yasobanuye ko kwikunda atabifata nk’ubwirasi, ahubwo abibona nk’umuti ukomeye wo kubaka ubuzima bwo mu mutwe no gukomeza gutera imbere ndetse ko nubwo abaganga bashobora kuvura indwara zitandukanye, hari ibintu umuntu agomba kwikorera ubwe kugira ngo agire ubuzima bwiza bwo mu mutwe.

    Ati 'Kwikunda ni kimwe mu bintu nabonye nk’umuti muganga atakwandikira. Muganga ashobora kukwandikira imiti y’indwara zitandukanye, ariko ntabwo ashobora kukubwira ngo jya mu ndorerwamo wibwire aya magambo. Amagambo meza abantu bambwira ni inyongera y’ibyo njyewe ubwanjye mba naramaze kwibwira.'

    Raporo iheruka y’Ikigo Nyafurika gishinzwe Kurwanya Indwara, Africa CDC, yagaragaje ko urubyiruko ruza imbere mu guhisha ko rufite agahinda gakabije, aho 18,6% by’abari bafite imyaka iri hagati ya 18 na 25 bagize nibura inshuro imwe ihungabana rikomeye ritewe n’aka gahinda.

    Aline Gahongayire yavuze abantu bakwiye kujya bibwira amagambo meza

    Source : http://isimbi.rw/icyampa-abantu-bose-bakarwara-depression-nk-iyange-aline-gahongayire.html

  • Iran yikomanze ku gatuza, ivuga ko nta biganiro yasabye Amerika #rwanda #RwOT

    Iran yatangaje ko ikomeje kugenzura umuhora wa Hormuz, inashimangira ko nta biganiro by'amahoro yasabye Leta Zunze Ubumwe za Amerika, nyuma y'uko Perezida Donald Trump ahagaritse ibikorwa byo kuyimishaho ibisasu byari bimaze ibyumweru bibiri.

    Ibi byatangajwe na Tehran kuri uyu wa Mbere, nyuma y'uko Leta Zunze Ubumwe za Amerika zihagaritse ibitero by'indege byari bimaze iminsi 13 bikurikirana, byatumye Iran na yo irasa ku birindiro bya gisirikare bya Amerika mu rwego rwo kwihorera.

    Iran yavuze ko na yo izahagarika ibitero byayo igihe cyose Amerika izaba ikomeje guhagarika kuyirasaho.

    Inzego za gisirikare za Amerika zari zarabwiye Perezida Trump ko ibitero byari bimaze kugera ku rwego rwo kutagira ibindi byageraho. Umuyobozi mukuru w'ingabo za Amerika, General Dan Caine, na we ngo yari afite impungenge z'uko amasasu n'ibikoresho by'ubwirinzi bwo mu kirere bigenda bigabanuka.

    Nubwo habayeho guhagarika imirwano, hari ibimenyetso by'uko intambara ishobora kuba itararangira burundu.

    Umuvugizi wa Minisiteri y'Ububanyi n'Amahanga ya Iran, Esmail Baghaei, yavuze ko igihugu cye kitigeze gisaba gusubukura ibiganiro by'amahoro na Amerika.

    Ati 'Amakuru avuga ko Iran yasabye ibiganiro na Amerika ni ibihimbano. Ibi ntabwo biri muri kamere yacu.'

    Icyakora, Iran yavuze ko hakomeje guhererekanya Ubutumwa hagati yayo na Amerika binyuze ku bihugu bihugu by'abahuza, ndetse ko itigeze ireka inzira ya dipolomasi.

    Tehran yongeye gushimangira ko igifite ububasha ku muhora wa Hormuz.

    Itangazamakuru rya Leta ya Iran ryatangaje ko amato atandatu 'yarenze ku mabwiriza' yahinduriwe inzira ubwo yashakaga kunyura muri uwo muhora atabiherewe uburenganzira na Tehran.

    Amakuru yatanzwe n'inzego za Iran avuga ko inzira y'ubwikorezi yemewe gukoreshwa n'amato muri Hormuz ari iyo igihugu cyagennye, kandi ko izindi nzira zitemewe na Tehran zidakoreshwa. Iran kandi ivuga ko ishaka gushyiraho uburyo bwo kugenzura urujya n'uruza rw'amato muri uwo muhora.

    Umuhora wa Hormuz uri hagati ya Iran na Oman, ukaba ari inzira ikoreshwa cyane mu gutwara peteroli iva mu bihugu byo mu Kigobe ijya ku masoko mpuzamahanga.

    Muri Kamena, Amerika na Iran byari byumvikanye ku murongo mugari w'ibiganiro byagombaga kuba bitarenze impera za Kanama, bigamije gukemura ibibazo birimo gahunda ya Iran y'intwaro za kirimbuzi. Icyakora, impande zombi ntizemeranya ku busobanuro bw'amasezerano ajyanye na Hormuz, aho Amerika ivuga ko agomba kwemerera amato gutambuka nta nkomyi, mu gihe Iran ivuga ko ayiha ububasha bwo kugenzura uko ayo mato agenda.

    Source : https://flash.rw/2026/07/27/iran-yikomanze-ku-gatuza-ivuga-ko-nta-biganiro-yasabye-amerika/

  • Infantino yasubije abanenze Igikombe cy'Isi cya 2026 #rwanda #RwOT

    Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, yasubije abanenze imitegurire n'imiyoborere y'Igikombe cy'Isi cya 2026, avuga ko hari abantu bakomeje gukwirakwiza 'urwango n'ibihuha' aho kwishimira ibyo umupira w'amaguru wagezeho muri iyi mpeshyi.

    Mu butumwa burebure bw'amapaji 15 yashyize ku rubuga rwa Instagram ku cyumweru tariki 26 Nyakanga, Infantino yavuze ko FIFA yakoresheje imbaraga zayo zose kugira ngo irushanwa rigende neza, nubwo ryahuye n'imbogamizi zirimo imyanzuro y'abasifuzi, ibibazo bya visa, kwagura amakipe yitabira Igikombe cy'Isi akagera kuri 48, ndetse n'umubano we na Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Donald Trump.

    Yagize ati: 'Mu gihe bamwe bicaye inyuma ya mudasobwa n'amakaramu bakwirakwiza urwango n'ibihuha, twe muri FIFA twari ku rugamba dutegura kandi dutanga irushanwa ryiza kurusha ayandi ku isi.'

    Infantino yavuze ko Igikombe cy'Isi cyitabiriwe n'abarenga miliyoni zirindwi baturutse mu bihugu birenga 200, kandi ko nta bikorwa by'urugomo cyangwa ibibazo bikomeye by'umutekano byabaye. Yagize ati: 'Nta rugomo rwabaye, nta bibazo by'umutekano byagaragaye, ahubwo habaye ibyishimo, ubumwe n'urukundo.'

    Yanavuze ko abanenga FIFA bibanda ku bantu bake bangiwe visa, bakirengagiza miliyoni z'abafana n'abakinnyi bemerewe kwinjira muri Amerika, Canada na Mexico. Ku bijyanye n'impaka zatewe n'ibyemezo by'abasifuzi ndetse n'ibihano byahawe bamwe mu bakinnyi, yavuze ko ibyemezo nk'ibyo bisanzwe bibaho no muri shampiyona zikomeye ku isi.

    Nubwo yisobanuye, FIFA ikomeje kunengwa n'inzego zitandukanye. Ishyirahamwe ry'umupira w'amaguru muri Noruveje ryatangaje ko rizarega FIFA muri Komisiyo ishinzwe imyitwarire, mu gihe UEFA nayo yavuze ko imyitwarire ya FIFA muri dosiye ya Folarin Balogun itumvikana.

    Infantino yasoje ubutumwa bwe avuga ko yishimira kuba yaragize uruhare mu gutegura icyo yise 'Igikombe cy'Isi cyiza kurusha ibindi byose.'

    Source : https://flash.rw/2026/07/27/infantino-yasubije-abanenze-igikombe-cyisi-cya-2026/

  • Gad Rwizihirwa yasobanuye ubutumwa bukomeye buri mu ndirimbo ye nshya 'Intare’ #rwanda #RwOT

    Umuhanzi w’indirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana, Gad Rwizihirwa, yashyize hanze indirimbo nshya yise 'Intare’, avuga ko igamije kwigisha abantu kubaha abizera n’abo Imana yatoranyije, kuko uburinzi bwabo butava ku mbaraga zabo ahubwo buturuka ku Mana.

    Amashusho y’iyi ndirimbo yasohotse ku wa 23 Nyakanga 2026, abinyujije ku rubuga rwa YouTube ku muyoboro we uzwi nka Gad RM, aho yakiriwe neza n’abakunzi b’umuziki wo kuramya no guhimbaza Imana.

    Mu kiganiro na ISIMBI, Gad yavuze ko igitekerezo cyo gukora iyi ndirimbo cyavutse nyuma yo kubona ko hari abantu bakunze gusuzugura cyangwa gusagarira abizera, bibagirwa ko Imana ari yo ibarinda kandi ikabiyobora.

    Yasobanuye ko nubwo abizera ari abantu basanzwe kandi bagira intege nke nk’iz’abandi bose, bafite isezerano ryihariye n’Imana ribaha uburinzi budashingiye ku bushobozi bwabo cyangwa ku gukiranuka kwabo.

    Yagize ati: “Ubutumwa nyamukuru bwa 'Intare’ ni ukwibutsa abantu kubaha ubwoko bw’Imana. Uburinzi bwabo ntibuturuka ku mbaraga zabo, ahubwo bukomoka ku masezerano bafitanye n’Imana no ku buntu bwayo.”

    Uyu muramyi yavuze ko nubwo indirimbo ze zirimo 'Humura’, 'Genda’ na 'Agati (Ubutabazi)’ zari zisanzwe zitanga ubutumwa bwo guhumuriza no gukomeza abantu, 'Intare’ yo ifite intego yihariye yo gukangurira abantu kubaha abo Imana yatoranyije.

    Ati: “'Intare’ ifite intego yihariye: kwigisha abantu kubaha abizera, abasizwe kandi batoranijwe n’Imana.”

    Yakomeje avuga ko iyi ndirimbo yibutsa abantu ko Yesu Kristo, uvugwa muri Bibiliya nk’Intare yo mu muryango wa Yuda, ari hagati mu bamwizera, ariko ko mbere yo kureba abandi umuntu akwiye kubanza kwisuzuma akareba urwego rw’ukwizera kwe.

    Gad yasohoye indirimbo Intare

    Source : http://isimbi.rw/gad-rwizihirwa-yasobanuye-ubutumwa-bukomeye-buri-mu-ndirimbo-ye-nshya-intare.html

  • Bosco Nshuti yifashishijwe na Fiston basohora indirimbo ‘Hallelujah’ #rwanda #RwOT

    Umuhanzi w’indirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana, Bosco Nshuti yunze imbaraga n’inshuti ye N. Fiston basohora indirimbo Hallelujah.

    Fiston agaruka ku butumwa bukubiye muri iyi ndirimbo ari ukwibutsa abantu ko Yesu Kristo akunda abantu batari abo gukundwa kandi akabagirira imbabazi batari bazikwiye.

    Ati “Yesu yadukunze tutari abo gukundwa, atugirira imbabazi tutari abo kuzigirirwa. Ni ho havuye ishimwe rya ‘Halleluiah.’”

    Yakomeje agira ati “Numva ari umutwaro Imana yampaye wo kubwira abantu ibyo Yesu yabakoreye. Sinshaka ko biba amagambo gusa, ahubwo nshaka ko bihinduka ubuzima. Gupfa no kuzuka kwa Yesu Kristo ni byo byaduhindukiye agakiza.”

    Yavuze ko yahisemo gukorana iyi ndirimbo na Nshuti Bosco kubera ko ubutumwa akunda gutambutsa mu ndirimbo ze buhura neza n’uburi mu ndirimbo Hallelujah yifuzaga gutambutsa.

    Kuri ibi hakiyongeraho ubushuti aba bombi bafitanye bwakomotse ubwo yafashaga Nshuti Bosco mu bitaramo yakoreye i Burayi.

    Yahishuye kandi ko hari indirimbo nyinshi ajya yandika ariko agahitamo kuziha amakorali harimo n’akomeye mu Rwanda ngo aziririmbe.

    Uyu muramyi akaba amaze gusohora indirimbo zirimo “Ni Yesu”, “Yesu Yarazutse”, “Ndi mu Rugendo”.

    Bosco Nshuti (uhanza ibumoso) na N. Fiston basohoye indirimbo Hallelujah

    Source : http://isimbi.rw/bosco-nshuti-yifashishijwe-na-fiston-basohora-indirimbo-hallelujah.html