D4vd agiye kuburanishwa ku byaha bikomeye birimo ubwicanyi bw'umwangavu w'imyaka 14 #rwanda #RwOT

Written by

in

Mu rukiko rwo muri California, muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, umucamanza yategetse ko umuhanzi David Anthony Burke, uzwi ku izina rya D4vd, akomeza kuburanishwa ku byaha aregwa birimo kwica umwangavu w'imyaka 14, kumusambanya no gusuzugura umurambo we.

Iki cyemezo cyafashwe nyuma y'iburanisha ry'ibanze ryamaze iminsi itanu, aho ubushinjacyaha bwagaragaje ibimenyetso bitandukanye birimo ubutumwa bwo kuri telefone, amafoto, inyandiko z'ibyo D4vd yaguze kuri internet ndetse n'ibyavuye mu iperereza.

Umucamanza yavuze ko ibyo bimenyetso bihagije kugira ngo urubanza rukomeze, ariko yibutsa ko amategeko ateganya ko D4vd akomeza gufatwa nk'umwere kugeza igihe urukiko ruzamuhamya icyaha mu buryo bwa nyuma.

D4vd w'imyaka 21 yahakanye ibyaha byose. Abamwunganira bavuga ko nta kimenyetso simusiga kimuhuza n'urupfu rwa Celeste Rivas Hernandez, umwangavu waburiwe irengero muri Mata 2025.

Nyuma y'amezi hafi atanu ashakishwa, umurambo wa Celeste wabonetse mu modoka ya Tesla yari yanditswe kuri D4vd, ibintu byatumye iperereza rikaza kumugeza ku ifatwa rye muri Mata 2026.

Ubushinjacyaha buvuga ko D4vd yari afitanye umubano utemewe n'amategeko na Celeste, ndetse ko yamwishe nyuma yo kumenya ko ashobora gushyira hanze amakuru y'uwo mubano. Bwanagaragaje ubutumwa bwa telefone n'inyandiko zerekana ko Celeste yageze kwa D4vd ku munsi yaburiwe irengero.

Hari kandi ibikoresho bivugwa ko D4vd yaguze kuri internet birimo umufuka wabugenewe wo gutwaramo umurambo, imashini n'isuka. Ubushinjacyaha buvuga ko byari bigamije guhisha icyaha, ariko ubwunganizi bukavuga ko nta bimenyetso byerekana ko ibyo bikoresho byigeze bikoreshwa muri icyo gikorwa.

Abunganizi be banashimangira ko nta mashusho ya camera cyangwa ibindi bimenyetso bifatika byerekana ko ari we wakoze icyaha, basaba urukiko gusuzuma neza ibimenyetso byose.

D4vd ateganyijwe kongera kwitaba urukiko ku wa 31 Kanama 2026, aho azasomerwa ku mugaragaro ibyaha aregwa mbere y'uko urubanza rutangira kuburanishwa mu mizi. Kugeza ubu akomeje gufungwa, ariko amategeko akomeza kumufata nk'umwere kugeza igihe urukiko ruzafatira umwanzuro wa nyuma.

D4vd agiye kuburanishwa ku byaha bikomeye birimo ubwicanyi bw'umwangavu w'imyaka 14

Source : https://kasukumedia.com/d4vd-agiye-kuburanishwa-ku-byaha-bikomeye-birimo-ubwicanyi-bwumwangavu-wimyaka-14/

Comments

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *