Category: Uncategorized

  • Perezida Kagame yakomoje ku cyatuma Afrika yihuta mu iterambere #rwanda #RwOT

    Perezida wa Repubulika y'u Rwanda, Paul Kagame, akaba n'umwe mu batangije African School of Governance (ASG), yavuze ko Afurika itakiri Afurika yo mu myaka 50 ishize, bityo ko n'imitekerereze n'imyumvire by'Abanyafurika bigomba guhinduka kugira ngo Umugabane ukomeze gutera imbere.

    Perezida Kagame yabigarutseho kuri uyu wa Kabiri, tariki ya 25 Kanama 2026, ubwo i Kigali hatangiraga inama mpuzamahanga izamara iminsi ibiri yiswe Africa Mindset Reset Forum 2026, ihuriza hamwe abayobozi, abahoze bayobora ibihugu, abashakashatsi, abikorera n'abandi bafite uruhare mu iterambere rya Afurika.

    Iyi nama y'iminsi ibiri iri kubera muri Kigali Convention Centre, yateguwe na African School of Governance, ikaba igamije kuganira ku buryo Afurika yahindura imitekerereze, imiyoborere n'uburyo ishyira mu bikorwa gahunda zayo kugira ngo iterambere ry'Umugabane rirusheho kwihuta.

    Mu ijambo rye, Perezida Kagame yashimangiye ko Afurika y'ubu itandukanye cyane n'iyo mu myaka 50 ishize, haba mu mitekerereze, imyumvire, ubushobozi ndetse n'iterambere. Ku bwe, impinduka zabayeho zigomba gutuma Abanyafurika bareba ejo hazaza bafite imyumvire mishya kandi bakagira ubushake bwo kwishakamo ibisubizo by'ibibazo by'Umugabane.

    Yagaragaje ko igihe kigeze ngo Afurika itava gusa mu gutegura gahunda n'imyanzuro, ahubwo ishyire imbaraga mu kubishyira mu bikorwa no kugera ku musaruro ugaragara.

    Iyi ngingo ni imwe mu z'ingenzi zaganiriweho muri iyi nama, aho abayitabiriye bashaka kureba uburyo Afurika yava ku byifuzo n'amagambo meza ikajya ku bikorwa bifatika. Inama kandi iribanda ku miyoborere myiza, kubaka inzego zikomeye, guteza imbere uburezi n'ubushobozi bw'abantu, kwishakira ibisubizo by'Afurika ndetse no gukomeza kwishyira hamwe kw'ibihugu by'Umugabane.

    Perezida Kagame yari kumwe n'abanyacyubahiro batandukanye barimo Prof. Jane Naana Opoku-Agyemang, Visi Perezida wa Ghana; Thabo Mbeki, wabaye Perezida wa Afurika y'Epfo; na Hailemariam Desalegn, wabaye Minisitiri w'Intebe wa Ethiopia akaba na Chairman akaba n'umwe mu batangije African School of Governance.

    African School of Governance, ari na yo yakiriye iyi nama, yatangijwe muri 2022 ivuye ku bitekerezo bya abarimo Perezida Kagame na Hailemariam Desalegn, hagamijwe kubaka urubyiruko n'abayobozi b'Afurika bafite ubumenyi, imitekerereze n'ubushobozi bwo guhangana n'ibibazo by'iterambere ry'Umugabane.

    Insanganyamatsiko y'iyi nama yibanda ku mpinduka ziva kuri Pan-Africanism zigana kuri Meta-Africanism, aho Afurika ishaka kwibanda cyane ku kwifatira inshingano z'iterambere ryayo, kubaka inzego zikomeye, gukoresha neza umutungo wayo no gushyira mu bikorwa gahunda zayo.

     

    Source : https://flash.rw/2026/08/25/perezida-kagame-yakomoje-ku-cyatuma-afrika-yihuta-mu-iterambere/

  • APR BBC yegukanye Igikombe cya Shampiyona ku nshuro ya kane yikurikiranya #rwanda #RwOT

    APR BBC yegukanye Igikombe cya Shampiyona ya Basketball ku nshuro ya Kane yikurikiranya nyuma yo gutsinda Patriots BBC amanota 114 -76.

    Ikipe y'Ingabo yabigezeho nyuma yo gutsinda umukino wa nyuma wa kane wa Play-offs, wakinwe ku wa Mbere, tariki ya 24 Kanama 2026.

    Ni umukino watangiye wegeranye cyane icyakora uko iminota yicumaga, APR yongeraga ikinyuranyo ibifashijwemo na Craig Randall na Adonis Filer.

    Igice cya mbere cyarangiye APR BBC iyoboye umukino n'amanota 56 kuri 43 ya Patriots BBC.

    Mu gice cya kabiri, umukino wakomeje kugenda muri uwo mujyo, Patriots icika imbaraga, umukino wiharirwa cyane na APR yanahinduye abakinnyi igashyiramo abadakunze kubona umwanya wo gukina.

    Umukino warangiye APR BBC yatsinze Patriots amanota 114-76, yegukana Igikombe cya Shampiyona ku nshuro ya kane yikurikiranya, inahembwa miliyoni 15 Frw.

    REG BBC yegukanye umwanya wa gatatu nyuma yo gutsinda RSSB Tigers imikino 2-1.

    Umutoza mwiza w'umwaka yabaye Niyomugabo Munyandamutsa Sunny utoza Patriots BBC.

    Umukinnyi wazamuye urwego kurusha abandi yabaye Kwizera Sage Hubert. Myugariro mwiza yabaye Garba Chingka Kennedy wa Patriots.

    Umukinnyi watsinze amanota atatu menshi yabaye Eliott Cole wa REG BBC watsinze angana na 63. Umukinnyi watsinze amanota menshi kurusha abandi muri shampiyona ni Damaria Franklin wa Patriots watsinze angana na 504.

    Umukinnyi wahize abandi muri shampiyona isanzwe (Regular season) yabaye Garba Chingka Kennedy ukinira Patriots BBC.

    Ni mu gihe umukinnyi wahize abandi mu mikino ya kamarampaka yabaye Craig Randall wa APR BBC. Uyu mukinnyi yagize umwaka udasanzwe kuko yanabaye MVP wa BAL 2026.
    ImageImageImageImageImageImageImageImageImageImageImageImageImageImageImageImageImageImageImage

    Source : https://rushyashya.net/apr-bbc-yegukanye-igikombe-cya-shampiyona-ku-nshuro-ya-kane-yikurikiranya/

  • Ayo bwinjije yikubye kane mu myaka itanu: Ubukerarugendo bwabaye inkingi mwikorezi ku iterambere ry'u Rwanda – #rwanda #RwOT

    Raporo y'ibikorwa by'umwaka wa 2025 y'Urwego rw'Igihugu rw'Iterambere, RDB igaragaza ko muri rusange ubukerarugendo bw'u Rwanda bwinjije miliyoni 685$.

    Imibare igaragaza ko uyu musaruro wikubye hafi kane ugereranyije n'ayo uru rwego rwari rwinjije mu myaka itanu ishize.

    Mu 2021 ibikorwa by'ubukerarugendo byinjije miliyoni 164 z'amadolari ya Amerika, mu 2022 icyorezo cya Covid 19 kimaze gucogora ayo bwinjiza agera kuri miliyoni 455 z'Amadorali.

    Mu 2023, amafaranga yinjijwe n'ubukerarugendo yageze kuri miliyoni 620 z'Amadolari, nyuma aza kugera mbere yo kugera kuri miliyoni 647$ mu 2024 na miliyoni 685$ mu 2025.

    Mu 2025 honyine, umusaruro w'ubukerarugendo wiyongereyeho 6% ugereranyije n'umwaka wabanje, aho byatewe n'ubwiyongere bw'abagenzi ndetse n'ikorwa ry'ingendo z'indege. RDB ivuga ko amafaranga ava mu ngendo zo mu kirere yazamutseho 9% agera kuri miliyoni 594 z'Amadolari.
    Ubukerarugendo bushingiye ku gusura ingagi bwakomeje kuba isoko rikomeye ry'amafaranga, aho bwinjije miliyoni 248 z'Amadolari mu 2025, bwiyongeraho 7%.

    Nanone kandi, ingendo zo gusura inshuti n'abavandimwe (VFR) zazamutse cyane, zibyara miliyoni 180 z'Amadolari, nyuma yo kwiyongera ku kigero cya 19%.

    U Rwanda kandi rwakomeje kwagura ibice bigize ubukerarugendo, aho ingendo zishingiye ku burezi zinjije miliyoni 64 z'Amadolari nyuma yo kwiyongeraho 17%, mu gihe ubukerarugendo bw'ubucuruzi bwinjije miliyoni 112 z'Amadolari.
    Mu 2025, u Rwanda rwakiriye ba mukerarugendo miliyoni 1.49, bavuye kuri miliyoni 1,36 mu 2024, bingana n'ubwiyongere bwa 9%. Ubwiyongere bwagaragaye cyane mu bagenzi bakoresha indege, aho bazamutseho 23%, bigaragaza ko igihugu gikomeje gukurura abashyitsi mpuzamahanga.

    Kwita izina, igikorwa cy'ingenzi…

    Uyu mwaka wa 2026, umuhango wa Kwita Izina uzarangwa no kwita amazina abana b'ingagi 22, uzabera mu Kinigi mu Karere ka Musanze ku wa 4 Nzeri.

    Kuva umuhango wo Kwita Izina watangira kuba igikorwa ngarukamwaka mu 2005, hamaze kwitwa amazina ingagi 438, ndetse wamaze kwaguka uba warahindutse urubuga ruhuza abashakashatsi, ababungabunga ibidukikije, abayobozi, bikorera n'abashyitsi mpuzamahanga mu kugaragaza uruhare rw'abaturage mu kurengera izi nyamaswa zidasanzwe.

    Ingagi zakomeje kwiyongera

    Imbaraga zimaze imyaka isaga ibiri mu kubungabunga ingagi zagize uruhare mu kongera umubare wazo. Ubu mu misozi y'Ibirunga ihuriweho n'u Rwanda, Uganda na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo habarurwa ingagi zo mu misozi mirmire zisaga 1,100.

    Kwita Izina yatangiye muri iyo misozigi zigera kuri 430 gusa. Uru rugendo rwagezweho ku bufatanye bwa Leta, imiryango iharanira kubungabunga ibidukikije, abashakashatsi, abagaga b'amatungo abarinzi ba pariki ndetse n'abaturage batuye hafi y'ahantu hakorerwa ibikorwa byo kubungabunga urusobe rw'ibinyabuzima.

    Kwita ku ngagi byajyanye no guteza imbere ubukerarugendo bw'u Rwanda. Mu 2025 abasuye igihugu bageze kuri miliyoni 1,49, biyongereyeho 9%.

    Miliyari 23 zasaranganyijwe abaturiye pariki…

    U Rwanda rwashyizeho gahunda yo gusaranganya amafaranga ava mu bukerarugendo n'abaturage batuye hafi y'ahantu nyaburanga, aho bahabwa 10% by'ayo yinjije.

    Binyuze muri iyi gahunda, igice cy'amafaranga ava muri pariki gisubizwa mu mishinga iteza imbere abaturage binyuze mu bikorwaremezo nk'amashuri, amavuriro, ibikorwa by'amazi n'ibindi.

    RDB ivuga ko kuva iyi gahunda yatangira arenga miliyari zisaga 23 z'amafaranga y'u Rwanda amaze gushorwa mu mishinga y'abaturage hafi 1.300, bigaragaza ko kubungabunga ibidukikije bishobora kujyana no kuzamura imibereho y'abaturage.

    Kwita Izina ntibikiri umuhango wo kwita amazina ingagi gusa, ahubwo ni ikimenyetso cy'urugendo rwo guhuza kubungabunga ibinyabuzima, ubukerarugendo n'iterambere rirambye.

    Kwagura Pariki y'Igihugu y'Ibirunga…

    U Rwanda ruri mu mushinga wo kwagura Pariki y'Igihugu y'Ibirunga, ufite agaciro ka miliyoni 259 z'Amadolari ya Amerika uzamara imyaka icumi. Ugamije kongera ubuso bwa pariki kuri hegitari 3.740 no kongeraho hegitari 6.620 z'akarere k'ubuhumekero.

    Harimo kandi Smart Green Village, umudugudu wa miliyoni 30 z'Amadolari ya Amerika, uri mu mudugudu wa Rurembo. Ugenewe imiryango yimurwa mu gice cyagenewe kwagurirwamo Pariki. Urimo amazi n'amashanyarazi, amashuri, amavuriro, aho guhinga no kororera n'ibindi.

    Uyu mushinga uzazamura imibereho y'abarenga 17.000, harimo ingo 547 zizimukira muuri uyu mudugudu, ukazagabanya amakimbirane hagati y'abantu n'ibidukikije bisigaye ku rugero rwa 80%.

    Mu muhango wa Kwita Izina 2026, abana b'ingagi 22 bazahabwa amazina n'abantu batoranyijwe baturuka mu nzego zitandukanye zirimo ababungabunga ibidukikije, abucuruzi, siporo, imyidagaduro, ibikorwa by'ubugiraneza ndetse n'abo mu inzego za Leta.

    Hateganyijwe n'ibindi bikorwa birimo imurikagurisha rijyanye no kubungabunga ibidukikije mu Kinigi, ibikorwa byo gusura no kwiga ibyerekeye ingagi, gahunda zo kumenyekanisha ubukerarugendo ndetse n'igitaramo cyo Kwita Izina kizabera i Kigali.

    Ba mukerarugendo bagamije kureba ingagi ni bo binjije menshi


    Source : http://igihe.com/amakuru/u-rwanda/article/ayo-ubukerarugendo-bwinjiza-yikubye-kane-mu-myaka-itanu-ishize

  • Burera: Polisi yakumiriye abarembetsi bageragezaga kwinjiza litiro 450 za kanyanga mu gihugu – #rwanda #RwOT

    Ibi byabaye mu rukerera rwo kuwa Kabiri, tariki 25 Kanama 2026, mu Murenge wa Cyanika, Akagari ka Kabyiniro ho mu Mudugudu wa Kabadari.

    Umuvugizi wa Polisi mu Ntara y'Amajyaruguru, CIP Ignace Ngirabakunzi yabwiye IGIHE ko aba baturage bazwi nk'abarembetsi binjiza kanyanga mu gihugu bakoresha amayeri menshi.

    Ati 'Ni byo koko, kanyanga ingana na litiro 450, yateshejwe itsinda ry'abarembetsi, kuko bikanze abapolisi bahita bakubita hasi [ibyo bari bafite], baratatana bariruka, kubera ko baza mu rukerera, bakanyura mu mashyamba, mu tuyira duto duto, turakomeza kubashakisha.'

    CIP Ngirabakunzi avuga ko Polisi y'u Rwanda ku bufatanye n'izindi nzego bari maso, ndetse ko batazihanganira uwo ari we wese ugikomeza kwishora mu bikorwa byo kwinjiza ibiyobyabwenge mu Rwanda.

    Yanaboneyeho gusaba abaturage kwanga ibiyobyabwenge aho biva bikagera, kuko bibagiraho ingaruka mbi bidasize n'abo mu miryango yabo.

    Mu Rwanda, kanyanga ibarwa nk'ikiyobyabwenge cyoroheje cyangwa ikinyobwa kitemewe n'amategeko.

    Igikorwa cyo kuyinywa gihanwa n'igifungo cy'icyumweru kimwe kugeza kuri 2 cyangwa imirimo y'inyungu rusange, na ho kuyicuruza, kuyitwara, cyangwa kuyibika bikaba bihanishwa igifungo kuva ku myaka irindwi kugeza ku myaka 10 n'ihazabu ya miliyoni 5 Frw kugeza kuri miliyoni 10 Frw.

    Polisi yakumiriye abarembetsi bageragezaga kwinjiza litiro 450 za kanyanga mu gihugu


    Source : http://igihe.com/amakuru/u-rwanda/article/burera-polisi-yakumiriye-abarembetsi-bageragezaga-kwinjiza-litiro-450-za

  • Ababyeyi bafite abana batarabona amanota basabye Leta kubakura mu gihirahiro – #rwanda #RwOT

    Tariki ya 20 Kanama 2026 ni bwo amanota y'ibizamini bya Leta bisoza amashuri abanza ndetse n'ibisoza icyiciro rusange yatangajwe. Hari ababyeyi bamwe bakomeje kugerageza ngo barebe uko abana babo bitwaye, ntibikunde bakagira ngo ni uruhurirane rw'abantu benshi bari bari gukoresha urubuga rureberwaho amanota.

    Icyo kibazo cyarakomeje kugeza na n'ubu, aho bamwe bisanze ibigo abana babo bigagaho amanota atarasohotse. Ni ikibazo kiri kigaragara ku bigo by'amashuri byo mu Karere ka Kirehe, Rubavu n'ahandi hatandukanye.

    Habumugisha Vincent ufite umwana wigaga ku Kigo cyitwa Umubano I giherereye mu Murenge wa Gisenyi mu Karere ka Rubavu, yabwiye IGIHE ko kuva amanota yasohoka bagerageje inshuro nyinshi kureba amanota y'umwana wabo ariko ko na n'ubu atari yaboneka. Yavuze ko ari ibintu bibahangayikishije cyane.

    Ati 'Ntabwo amanota agaragara, dushyiramo kode hakazamo ubusa ku buryo bigaragaza ko amanota y'umwana atari muri système. Ni ibintu biduhangayikishije cyane kuko niba twari twiteze ko umwana akomeza mu mashuri yisumbuye tukaba tutazi icyerekezo cye, ni ibintu bihangayikishije cyane.''

    Habumugisha yavuze ko ibibazo byaba byarabaye bumva byo gukopera nta ruhare babigizemo ku buryo abana babo bakomeza kubihanirwa, agasaba Minisiteri y'Uburezi kubafasha abana bagahabwa amanota cyangwa se ibindi bizami bituma bakomeza amashuri, aho gukomeza kuba mu gihirahiro.

    Undi mubyeyi wo mu Karere ka Kirehe mu Murenge wa Kirehe ariko utifuje ko amazina ye akoreshwa, yabwiye IGIHE ko mu Karere ka Kirehe hari ibigo byinshi amanota atari yabasha kuboneka. Iyo ngo bakurikiranye babwirwa ko amashuri bigishirizaho akekwaho gukopera ibizamini bya Leta ariko ko nta muyobozi bwite urabibabwira.

    Ati 'Turi aho turi mu gihirahiro, dufite abana b'abahanga twigishije mu mashuri yigenga twari dufitiye icyizere ko bazatsinda. Ndetse n'ibikoresho byose by'ishuri twari twarabiguze ariko ubu nta muntu uzi uko bizagenda. Turasaba Leta kudukura mu gihirahiro, abana bacu ni babahe amanota nabo bajye kwiga.''

    Uyu mubyeyi yavuze ko abana babo abenshi babaye inkumi n'abasore kuko badindijwe na Covid-19 umwaka wose, bagasaba ko batakongera kudindizwa undi mwaka nyamara nta ruhare babigizemo. Yasabye ko ababigizemo uruhare babihanirwa ariko abana bagahabwa amanota bagakomeza kwiga.

    Umuyobozi Mukuru ushinzwe Itumanaho muri Minisiteri y'Uburezi, Hashakineza Jean Claude, yabwiye IGIHE ko hakiri gukorwa isuzuma n'iperereza ku mashuri amwe n'amwe akekwaho gukopera.

    Yagize ati 'Amanota y'amashuri yose yashyizwe hanze. Ukoresha code igisubizo ahabwa kikerekana ko hakekwa gukopera, haracyari isuzuma n'iperereza. Isuzuma n'iperereza nirirangira tuzababwira.''

    Bivugwa ko hari amashuri yakopeye ibizamini bya Leta ari na yo mpamvu amanota y'abanyeshuri bahigaga atari yashyirwa hanze. Akarere ka Kirehe kavugwamo ibigo byinshi byakopeye ni ko kabaye aka mbere mu bizamini bya Leta yaba mu mashuri abanza ndetse no mu cyiciro rusange.

    Ni ku nshuro ya kabiri kandi kabaye aka mbere kikurikiranya kuko n'umwaka ushize kari kabaye aka mbere ndetse kanikiriye utundi turere mu manota.

    Ministeri y'Uburezi itangaza ko abana bakoze ibizamini bisoza amashuri abanza muri uyu mwaka ari 276.679 mu gihugu cyose, bakaba barigaga mu mashuri 3.895, aba banyeshuri batsinze ku kigereranyo cya 88.21%.

    Abanyeshuri bakoze ibizamini bisoza icyiciro rusange mu gihugu cyose ni abanyeshuri 149.015 bakaba baratsinze ku kigereranyo cya 85.70%.

    Hari abanyeshuri bakoze ibizamini batarabona amanota


    Source : http://igihe.com/amakuru/u-rwanda/article/ababyeyi-bafite-abana-batarabona-amanota-basabye-leta-kubakura-mu-gihirahiro

  • Muhanga: Imiryango y'abantu umunani imaze iminsi itatu irara hanze iratabaza – #rwanda #RwOT

    Aba basohowe mu nzu ku wa 21 Kanama 2026 ni abo mu Mudugudu wa Mataba mu Kagari ka Kanyinya mu Murenge wa Muhanga mu Karere ka Muhanga.

    Barimo abana, abakazana, abuzukuru ba Dusabemungu Céléstin ufungiye mu Igororero rya Muhanga kuva mu mwaka wa 2010.

    Dusabimungu Célèstin yaguze isambu na Nkeramihigo Théogène amafaranga ibihumbi 120 Frw mu mwaka wa 1995.

    Mu mwaka wa 1996 Nkeramihigo yareze Dusabemungu bari baraguze isambu maze hafatwa icyemezo ko Dusabemungu asubiza isambu Nkeramihigo na ho Nkeramihigo agusubiza amafaranga Dusabimungu akanashyiraho indishyi z'amafaranga ibihumbi 220 Frw.

    Umwe mu bagize umuryango wasohowe hanze uri no kuba hanze witwa Twagirimana Justin, avuga ko Nkeramihigo atigeze aha amafaranga se ari we Dusabemungu.

    Yagize ati “Mu 2015 twongeye kumva ko haje icyemezo cy'Akarere ka Muhanga kagiranye n'uwagurishije aho bumvikanye, uwaguze adahari tubibajije batubwira kubitambamira maze bemeza ko ku cyemezo cyafashwe hatewe kashi mpuruza kubitambamira bitashoboka maze turarega mu rukiko rwisumbuye rwa Muhanga binagendanye n'imitungo yacu yarimo, tukaba twari dufite inama ntegurarubanza 01/04/2027 kandi twaregeye imitungo yacu yashyizwe muri iyo sambu. Gusa twasobanuye ko ibintu bikiri mu manza ariko babirenzeho”

    Twagirimana akomeza avuga ko umuryango we nta bushobozi ufite bityo bamaze iminsi itatu baba hanze ndetse n'ibintu byabo biri kwangirika, bagasaba ko basubira mu nzu zabo maze hagategerezwa icyemezo cy'urukiko rwisumbuye rwa Muhanga kizafatwa.

    Yagize ati “Bavuga ko twanze amafaranga kandi ntayo baduhaye ibintu byacu birimo akarengane”

    Umuhesha w'inkiko w'umwuga ari we Me Udahemuka Ephrem yemera ko bagiye muri iyi miryango bikurikije amategeko kuko Dusabemungu yareze Nkeramihigo mu rukiko rwisumbuye rwa Muhanga maze Dusabemungu (Uhagarariye imiryango yasohowe mu nzu) aratsindwa maze akomereza mu rukiko rukuru urugereko rwa Nyanza na ho baratsindwa.

    Me Udahemuka ati “Iyo miryango twarayegereye tubabwira ko bagomba gutanga ubutaka bw'abandi nabo bavuga ko babizi ko batsinzwe gusa banga kubuvamo ndetse twarabandikiye tubasaba kubuvamo tumenyesha akagari,umurenge, Akarere ka Muhanga na Polisi twarabahendahenze baranga kandi ibyo twakoze byo kubakura mu isambu bikurikije amategeko”

    Me Udahemuka akomeza avuga ko Nkeramihigo yagombaga guhabwa isambu na we agatanga amafaranga kandi amafaranga bayabahaye barayanga. Yavuze ko igihe cyose bazayashakira bayahabwa kandi kurangiza urubanza rwabaye itegeko ari uburyo bwo gutanga ubutabera kandi icyo bakoze ari ugutanga ubutaka buhabwa uwabutsindiye.

    Umuyobozi w'Akarere ka Muhanga wungirije ushinzwe imibereho myiza y'abaturage, Mugabo Gilbert yabwiye IGIHE ko iki kibazo atarakizi ariko agiye kugikurikirana.

    Yagize ati “Kuba umutungo wabo watejwe cyamunara birashoboka ko atari wo wonyine bafite gusa niba ibyakozwe bikurikije amategeko ntacyo twarenzeho ariko niba nta bushobozi bafite turabafasha nk'uko twafasha abandi bose batishoboye”

    Imiryango y’abantu umunani y’i Muhanga imaze iminsi itatu irara hanze iratabaza


    Source : http://igihe.com/amakuru/u-rwanda/article/muhanga-imiryango-y-abantu-umunani-imaze-iminsi-itatu-irara-hanze-iratabaza

  • Ndimo kwiga uburyo nahinduka ikigoryi burundu – Gafaranga #rwanda #RwOT

    Bishop Gafaranga yavuze ko agiye gushaka uburyo yabaho nk’umuntu udafite ubwenge na buke kuko yasanze ari byo Isi ikeneye kandi binagaburira benshi.

    Yabigarutseho mu kiganiro yagiranye n’ikinyamakuru ISIMBI aho yagaragaje ko ikintu cyiza umuntu yakoze kitavugwa ariko ikibi kikaba ari cyo cyamamara.

    Ati “Simfite Murava Coffee Shop mu Bugesera, yahaye akazi abakozi 10? None ari ugufungwa kwanjye n’iyo Coffee Shop ni iki gifitiye abaturage akamaro? None se kuki BBC itayanditseho kandi mfungwa yarabyanditse?”

    Yakomeje avuga ko kuri ubu Isi idakeneye umunyabwenge ndetse na we arimo gusenga ngo ahinduke ikigoryi.

    Ati “Isi ikeneye umuntu uvuga ibihe bintu? Isi ikeneye umuntu ukora ibihe bintu? Turakurikira umuntu uvuga ibihe bintu? Muri aka kanya ndimo gusengera uburyo nahinduka ikigoryi burundu kuko biragabura.”

    Yakomeje avuga ko ngo igihe yabereye umunyabwenge nta kintu na kimwe byamugejejeho.

    Ati “Igihe mbereye umunyabwenge urabona bimariye iki? Nanjye ngiye kuba inkoma mashyi, nkubwire uburyo Imana ikiza kanseri, uburyo ihanagura amarira, ibibazo byanyu ko Imana ibibonye, ibahaye urubyaro, ibahaye abagabo batarakara.”

    Gafaranga yashimangiye ko kuri ubu buri wese aba arwana n’inyungu ze atitaye ku gihombo bishobora guteza mugenza we.

    Bishop Gafaranga yavuze ko agiye gushaka uko yabaho nk’ikigoryi

    Source : http://isimbi.rw/ndimo-kwiga-uburyo-nahinduka-ikigoryi-burundu-gafaranga.html

  • CAF ishobora kutigobotora ingingo yatanzwe na APR FC mu bujurire #rwanda #RwOT

    APR FC itegereje igisubizo cya CAF cyo kutajya gukinira muri DR Congo nubwo ibaruwa ya mbere yari yatewe utwatsi ibwirwa ko umukino ubanza w’ijonjora ry’ibanze rya CAF Champions League na Aigles du Congo ugomba kubera muri iki gihugu.

    APR FC nyuma yo gutombora iyi kipe, yagize impungenge bitewe n’icyorezo cya Ebola kiri muri DR Congo ndetse n’ikibazo cy’umutekano muke uri muri iki gihugu.

    APR FC yahise yandika isaba ko bitewe n’izi mpamvu uyu mukino wakwimurwa ukaba wabera mu kindi gihugu ndetse n’umukino wo kwishyura akaba ari ho ubera (terrain neutre).

    Gusa CAF yasubije iyi kipe ko bidashoboka. Ku Cyumweru yahise yongera kwandika ijuririra iki cyemezo igaragaza ko kujya muri DR Congo hari ingaruka bishobora guteza.

    Muri iyi baruwa ya APR FC yashyizemo ingingo ikomeye ivuga ko bigendanye n’amabwiriza y’ubuzima yashyizweho mu kurwanya iki cyorezo cya Ebola, by’umwihariko mu Rwanda, amabwiriza ya Minisiteri y’ubuzima ateganya ko umuntu wese uvuye muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo agomba kumara iminsi 21 ari mu kato.

    Aha ni ho yerekanye ko kujya gukinira muri iki gihugu, umukino wo kwishyura uzaba mu cyumweru gikurikiyeho utaba kuko baba bakiri mu kato.

    Kugeza ubu RDC ifite stade ebyiri gusa zemewe na CAF ari zo TP Mazembe Stadium na Frédéric Kibassa Maliba Stadium, zombi ziba i Lubumbashi.

    Amakuru avuga ko Les Aigles du Congo na yo idakozwa ibyo gukinira i Lubumbashi kubera ubukeba buba hagati yayo na TP Mazembe iheruka kuyitwara Igikombe cya Shampiyona.

    Mu bihugu bivugwa ko umukino wakwimurirwamo, mu gihe icyo cyemezo cyaba gifashwe, harimo Tanzania aho Les Aigles du Congo yabanje gukorera umwiherero mbere yo kujya muri Angola.

    APR FC yajuriye muri CAF

    Source : http://isimbi.rw/caf-ishobora-kutigobotora-ingingo-yatanzwe-na-apr-fc-mu-bujurire.html

  • Perezida Kagame yemeje ko ntacyo atakoze ngo atere inkunga ruhago Nyarwanda ariko bikananirana #rwanda #RwOT

    Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Paul Kagame, yatangaje ko nta kintu na kimwe atakoze mu bushobozi bwe mu rwego rwo gufasha no guteza imbere ruhago Nyarwanda, ariko asanga hakiri ibibazo bituma uyu mukino utagera ku rwego rwifuzwa.

    Ibi yabivugiye mu kiganiro n’itangazamakuru cyabaye kuri uyu wa Mbere, tariki ya 24 Kanama 2026, kuri Kigali Convention Centre, ubwo yabazwaga na mu bibangamira iterambere ry’umupira w’u Rwanda.

    Perezida Kagame yavuze ko yagiye atanga inkunga zitandukanye, harimo no gushaka amafaranga yo gufasha ibikorwa bya ruhago, ariko ko ibyo byonyine bidahagije mu gihe hari imyitwarire n’imikorere bidahinduka.

    Ati 'Hakorwa iki se ko ahubwo ari wowe nabaza, njyewe nagerageje ibyo nshoboye ndafasha, ndasunika, ndagira nte gusa ariko ntabwo nzi icyo nafasha kirenze ariko ni ugukomeza tukagerageza kuko ikibazo ari twebwe kirimo n’abanyarwanda, n’abakinnyi n’abandi ikibazo nitwe kirimo tukivanyemo twatera imbere.'

    Umukuru w’Igihugu usibye ko atemera ko ruhago nyarwanda igeze ku rwego rwiza yifuza, yanahamije ko mu bibangamira ruhago harimo imyitwarire itari myiza, aho bamwe mu bakinnyi n’abareberera uyu mukino bagiye bagaragara bitabaza kuraguza n’ibirozi aho kwibanda ku kazi no ku myitozo.

    Ati: 'Nge nta nubwo nemeranya nawe kuko kwitwara neza biracyari hasi rwose.”

    'Uribuka mu minsi yashize ukabona abantu barakina umupira ariko ugasanga n’imyifatire ubwayo ntabwo ihwitse, sinzi uwabwiye abantu ko abakinnyi b’umupira bagomba kugura indi misatsi cyangwa iyabo yo ku mutwe bagomba bayiziringa ukuntu bashatse noneho ibyo bikavaho bikajya mu kuraguza no mu birozi noneho byarangiza bikajya no kwiba n’amikoro yari arimo wenda n’ahandi birahaba ariko hano niho ndi kuvuga .'

    Kagame yanenze kandi amakimbirane n’intonganya hagati y’amakipe, avuga ko umuntu ushaka kugera ku ntego agomba kumenya aho yerekeza no gushyira imbaraga mu bikorwa bimuganisha ku ntsinzi.

    Yanavuze kandi yageze aho afata n’ideni agashyira mu mupira kuko ingengo y’imari yabaga idahagije ariko bikanga bikaba iby’ubusa.

    Yavuze ko iterambere rya ruhago rikwiye gutangirira mu bana, hakabaho gahunda ihamye yo kubaka impano kuva bakiri bato.

    Perezida Kagame yavuze ko nubwo yiteguye gukomeza gufasha igihe cyose ubufasha bwe buzaba bukenewe, abashinzwe ruhago na bo bakwiye gukora ku bibazo biri imbere yabo.

    Perezida Kagame yavuze ko atishimiye aho ruhago Nyarwanda iri uyu munsi

    Source : http://isimbi.rw/perezida-kagame-yemeje-ko-ntacyo-atakoze-ngo-atere-inkunga-ruhago-nyarwanda.html

  • Perezida Kagame yashimangiye ko u Rwanda ntawe ruzasaba uruhushya rwo gukumira FDLR – #rwanda #RwOT

    Mu kiganiro n'abanyamakuru cyabaye kuri uyu wa 24 Kanama 2026, Perezida Kagame yavuze ko kuba ikibazo cya FDLR kimaze imyaka irenga 30 ari uko abarebwa no kugikemura barimo Leta ya RDC n'umuryango mpuzamahanga batagihereye mu mizi.

    Umukuru w'Igihugu yavuze ko mbere y'amasezerano ya Washington u Rwanda rwagiranye na RDC, habaye gahunda nyinshi n'ibiganiro bibarirwa mu magana ariko ko iki kibazo cyakomeje kubaho, bigera ku rwego rwo kwikoreza u Rwanda umutwaro w'ikibazo cy'umutekano mu karere.

    Perezida Kagame yagaragaje ko Leta ya RDC idafite ubushake bwo gukemura ikibazo cya FDLR, kuko rimwe yemera ko uyu mutwe ubaho, ubundi ikisubiraho ikavuga ko utabaho, ku yindi inshuro igatangaza ko ari urwitwazo u Rwanda rwashyizeho kugira ngo rucukure amabuye y'agaciro y'Abanye-Congo.

    Ku bihano byafatiwe u Rwanda, Perezida Kagame yavuze ko biteza ibibazo aho kubikemura, bitewe n'uko bifatwa mu buryo bubogamye kandi ntibigushe ku kibazo nyirizina.

    Ati 'Aho guhana FDLR cyangwa abakorana na bo cyangwa bayitera inkunga, bahana abayirwana. Sinumva ishingiro ryabyo.'

    Perezida Kagame yavuze ko Leta ya RDC ikomeje gufasha FDLR kandi ko yinjije abarwanyi b'uyu mutwe mu ngabo zayo, ashimangira ko ibimenyetso by'ubu bufatanye ndetse n'ubuhamya byagiye bitangwa mu bihe bitandukanye.

    Umukuru w'Igihugu yagaragaje ko nubwo bimeze bityo, umuryango mpuzamahanga wirengagiza ibimenyetso n'ubuhamya, ugashyigikira abo ushatse, abandi ukabafatira ingamba uko ubishatse.

    Yashimangiye ko uko byagenda kose, u Rwanda ruzakomeza kwirindira umutekano ku kiguzi cyose byasaba, haba ku manywa cyangwa nijoro kandi ko ayo ari yo mahitamo rukumbi rufite.

    Ati 'Icy'ingenzi gikomeza kuba uko twitwara. Icya mbere twitwara mu buryo buturinda ku kiguzi icyo ari cyo cyose. Tuzakora icyo ari cyo cyose cyatuma ubwo burinzi buboneka ku manywa cyangwa ijoro. Nta buryo bubiri buhari, ni ubwo gusa.'

    Perezida Kagame yavuze ko u Rwanda ari igihugu cyanga akavuyo, bityo ko rudashobora kwemerera abanzi barwo kubona amahirwe yo kuruvuyanga, kandi ko ibyo rutazabisabira uruhushya.

    Yagize ati “Tuzanagerageza gukora igikwiye. Murabizi ko turi igihugu kitakwemera kuvuyangwa. Duhaye abanzi bacu benshi amahirwe yo kutuzanira akavuyo, ntekereza ko ryaba ari ikosa ryacu. Tugerageza kubyirinda. Dukora igikwiye mu kwirinda, kandi tuzabikora nta bwoba, tutabisabiye uruhushya, amanywa cyangwa ijoro, igihe icyo ari cyose cyose. Birashimishije gukora akazi gakomeye cyane ko kwirinda.”

    Perezida Kagame yavuze ko u Rwanda ari igihugu gikunda amahoro, ari na yo mpamvu rukorana n'ibihugu bitandukanye bya Afurika mu guharanira amahoro kandi ko rwiyemeje kuyarwanira.

    Perezida Kagame yavuze ko u Rwanda ruzakomeza kwirinda nta bwoba, kandi ko nta we ruzabisabira uruhushya


    Source : http://igihe.com/amakuru/u-rwanda/article/perezida-kagame-yashimangiye-ko-nta-we-u-rwanda-ruzasaba-uruhushya-rwo-gukumira