Ndimo kwiga uburyo nahinduka ikigoryi burundu – Gafaranga #rwanda #RwOT

Written by

in

Bishop Gafaranga yavuze ko agiye gushaka uburyo yabaho nk’umuntu udafite ubwenge na buke kuko yasanze ari byo Isi ikeneye kandi binagaburira benshi.

Yabigarutseho mu kiganiro yagiranye n’ikinyamakuru ISIMBI aho yagaragaje ko ikintu cyiza umuntu yakoze kitavugwa ariko ikibi kikaba ari cyo cyamamara.

Ati “Simfite Murava Coffee Shop mu Bugesera, yahaye akazi abakozi 10? None ari ugufungwa kwanjye n’iyo Coffee Shop ni iki gifitiye abaturage akamaro? None se kuki BBC itayanditseho kandi mfungwa yarabyanditse?”

Yakomeje avuga ko kuri ubu Isi idakeneye umunyabwenge ndetse na we arimo gusenga ngo ahinduke ikigoryi.

Ati “Isi ikeneye umuntu uvuga ibihe bintu? Isi ikeneye umuntu ukora ibihe bintu? Turakurikira umuntu uvuga ibihe bintu? Muri aka kanya ndimo gusengera uburyo nahinduka ikigoryi burundu kuko biragabura.”

Yakomeje avuga ko ngo igihe yabereye umunyabwenge nta kintu na kimwe byamugejejeho.

Ati “Igihe mbereye umunyabwenge urabona bimariye iki? Nanjye ngiye kuba inkoma mashyi, nkubwire uburyo Imana ikiza kanseri, uburyo ihanagura amarira, ibibazo byanyu ko Imana ibibonye, ibahaye urubyaro, ibahaye abagabo batarakara.”

Gafaranga yashimangiye ko kuri ubu buri wese aba arwana n’inyungu ze atitaye ku gihombo bishobora guteza mugenza we.

Bishop Gafaranga yavuze ko agiye gushaka uko yabaho nk’ikigoryi

Source : http://isimbi.rw/ndimo-kwiga-uburyo-nahinduka-ikigoryi-burundu-gafaranga.html

Comments

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *