Raporo y'ibikorwa by'umwaka wa 2025 y'Urwego rw'Igihugu rw'Iterambere, RDB igaragaza ko muri rusange ubukerarugendo bw'u Rwanda bwinjije miliyoni 685$.
Imibare igaragaza ko uyu musaruro wikubye hafi kane ugereranyije n'ayo uru rwego rwari rwinjije mu myaka itanu ishize.
Mu 2021 ibikorwa by'ubukerarugendo byinjije miliyoni 164 z'amadolari ya Amerika, mu 2022 icyorezo cya Covid 19 kimaze gucogora ayo bwinjiza agera kuri miliyoni 455 z'Amadorali.
Mu 2023, amafaranga yinjijwe n'ubukerarugendo yageze kuri miliyoni 620 z'Amadolari, nyuma aza kugera mbere yo kugera kuri miliyoni 647$ mu 2024 na miliyoni 685$ mu 2025.
Mu 2025 honyine, umusaruro w'ubukerarugendo wiyongereyeho 6% ugereranyije n'umwaka wabanje, aho byatewe n'ubwiyongere bw'abagenzi ndetse n'ikorwa ry'ingendo z'indege. RDB ivuga ko amafaranga ava mu ngendo zo mu kirere yazamutseho 9% agera kuri miliyoni 594 z'Amadolari.
Ubukerarugendo bushingiye ku gusura ingagi bwakomeje kuba isoko rikomeye ry'amafaranga, aho bwinjije miliyoni 248 z'Amadolari mu 2025, bwiyongeraho 7%.
Nanone kandi, ingendo zo gusura inshuti n'abavandimwe (VFR) zazamutse cyane, zibyara miliyoni 180 z'Amadolari, nyuma yo kwiyongera ku kigero cya 19%.
U Rwanda kandi rwakomeje kwagura ibice bigize ubukerarugendo, aho ingendo zishingiye ku burezi zinjije miliyoni 64 z'Amadolari nyuma yo kwiyongeraho 17%, mu gihe ubukerarugendo bw'ubucuruzi bwinjije miliyoni 112 z'Amadolari.
Mu 2025, u Rwanda rwakiriye ba mukerarugendo miliyoni 1.49, bavuye kuri miliyoni 1,36 mu 2024, bingana n'ubwiyongere bwa 9%. Ubwiyongere bwagaragaye cyane mu bagenzi bakoresha indege, aho bazamutseho 23%, bigaragaza ko igihugu gikomeje gukurura abashyitsi mpuzamahanga.
Kwita izina, igikorwa cy'ingenzi…
Uyu mwaka wa 2026, umuhango wa Kwita Izina uzarangwa no kwita amazina abana b'ingagi 22, uzabera mu Kinigi mu Karere ka Musanze ku wa 4 Nzeri.
Kuva umuhango wo Kwita Izina watangira kuba igikorwa ngarukamwaka mu 2005, hamaze kwitwa amazina ingagi 438, ndetse wamaze kwaguka uba warahindutse urubuga ruhuza abashakashatsi, ababungabunga ibidukikije, abayobozi, bikorera n'abashyitsi mpuzamahanga mu kugaragaza uruhare rw'abaturage mu kurengera izi nyamaswa zidasanzwe.
Ingagi zakomeje kwiyongera
Imbaraga zimaze imyaka isaga ibiri mu kubungabunga ingagi zagize uruhare mu kongera umubare wazo. Ubu mu misozi y'Ibirunga ihuriweho n'u Rwanda, Uganda na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo habarurwa ingagi zo mu misozi mirmire zisaga 1,100.
Kwita Izina yatangiye muri iyo misozigi zigera kuri 430 gusa. Uru rugendo rwagezweho ku bufatanye bwa Leta, imiryango iharanira kubungabunga ibidukikije, abashakashatsi, abagaga b'amatungo abarinzi ba pariki ndetse n'abaturage batuye hafi y'ahantu hakorerwa ibikorwa byo kubungabunga urusobe rw'ibinyabuzima.
Kwita ku ngagi byajyanye no guteza imbere ubukerarugendo bw'u Rwanda. Mu 2025 abasuye igihugu bageze kuri miliyoni 1,49, biyongereyeho 9%.
Miliyari 23 zasaranganyijwe abaturiye pariki…
U Rwanda rwashyizeho gahunda yo gusaranganya amafaranga ava mu bukerarugendo n'abaturage batuye hafi y'ahantu nyaburanga, aho bahabwa 10% by'ayo yinjije.
Binyuze muri iyi gahunda, igice cy'amafaranga ava muri pariki gisubizwa mu mishinga iteza imbere abaturage binyuze mu bikorwaremezo nk'amashuri, amavuriro, ibikorwa by'amazi n'ibindi.
RDB ivuga ko kuva iyi gahunda yatangira arenga miliyari zisaga 23 z'amafaranga y'u Rwanda amaze gushorwa mu mishinga y'abaturage hafi 1.300, bigaragaza ko kubungabunga ibidukikije bishobora kujyana no kuzamura imibereho y'abaturage.
Kwita Izina ntibikiri umuhango wo kwita amazina ingagi gusa, ahubwo ni ikimenyetso cy'urugendo rwo guhuza kubungabunga ibinyabuzima, ubukerarugendo n'iterambere rirambye.
Kwagura Pariki y'Igihugu y'Ibirunga…
U Rwanda ruri mu mushinga wo kwagura Pariki y'Igihugu y'Ibirunga, ufite agaciro ka miliyoni 259 z'Amadolari ya Amerika uzamara imyaka icumi. Ugamije kongera ubuso bwa pariki kuri hegitari 3.740 no kongeraho hegitari 6.620 z'akarere k'ubuhumekero.
Harimo kandi Smart Green Village, umudugudu wa miliyoni 30 z'Amadolari ya Amerika, uri mu mudugudu wa Rurembo. Ugenewe imiryango yimurwa mu gice cyagenewe kwagurirwamo Pariki. Urimo amazi n'amashanyarazi, amashuri, amavuriro, aho guhinga no kororera n'ibindi.
Uyu mushinga uzazamura imibereho y'abarenga 17.000, harimo ingo 547 zizimukira muuri uyu mudugudu, ukazagabanya amakimbirane hagati y'abantu n'ibidukikije bisigaye ku rugero rwa 80%.
Mu muhango wa Kwita Izina 2026, abana b'ingagi 22 bazahabwa amazina n'abantu batoranyijwe baturuka mu nzego zitandukanye zirimo ababungabunga ibidukikije, abucuruzi, siporo, imyidagaduro, ibikorwa by'ubugiraneza ndetse n'abo mu inzego za Leta.
Hateganyijwe n'ibindi bikorwa birimo imurikagurisha rijyanye no kubungabunga ibidukikije mu Kinigi, ibikorwa byo gusura no kwiga ibyerekeye ingagi, gahunda zo kumenyekanisha ubukerarugendo ndetse n'igitaramo cyo Kwita Izina kizabera i Kigali.

Leave a Reply