Author: webrwanda

  • Nyanza: Impanuka ya Howo yahitanye umugore, ikomeretsa batanu – #rwanda #RwOT

    Ni impanuka yabereye mu Murenge wa Kigoma, Akagari Gasoro, Umudugudu wa Nyakabungo, ku wa 30 Nyakanga 2026, mu masaha ya Saa Kumi n'Imwe z'umugoroba.

    Amakuru avuga ko iyi modoka yari ipakiye umucanga, ibyayongereye uburemere, maze igonga inzu yayobeyemo, iyisenyeraho abari bayirimo.

    Umuyobozi w'Agateganyo w'Akarere ka Nyanza, Kajyambere Patrick, yabwiye IGIHE ko iyi mpanuka yahitanye umuntu umwe, ikomeretsa abandi batanu barimo na shoferi wayo.

    Ati 'Mu bahise bitaba Imana harimo umugore, naho abandi batanu bakomeretse ndetse na shoferi wari uyitwaye. Ntituramenya neza umubare w'abagizweho ingaruka n'iyi mpanuka kuko hari n'umuntu kugeza ubu ugishakishwa bikekwa ko imodoka yaba yamuryamiye.'

    Meya Kajyambere, yakomeje avuga ko uwapfuye n'abakomeretse bose bihutanywe ku Bitaro bya Nyanza, anaboneraho kwihanganisha abagiriye ibyago muri iyi mpanuka bose.

    Yanavuze ko kugeza ubu atazi icyateye iyi mpanuka, bizasaba gutegereza ibizava mu iperereza rya Polisi, ishami rishinzwe umutekano wo mu muhanda.

    Iyi kamyo ya Howo yinjiye mu nzu


    Source : http://igihe.com/amakuru/u-rwanda/article/nyanza-impanuka-ya-howo-yahitanye-umugore-ikomeretsa-batanu

  • Franco Baresi, umwe mu ba myugariro b'ibihe byose, yitabye Imana ku myaka 66 #rwanda #RwOT

    Isi y'umupira w'amaguru yabuze umwe mu bakinnyi bayo b'ibihe byose,  Franco Baresi, wabaye kapiteni w'ikirangirire wa AC Milan ndetse n'ikipe y'igihugu y'u Butaliyani, witabye Imana afite imyaka 66.

    Inkuru y'urupfu rwe yatangajwe na AC Milan kuri uyu wa Gatanu, ivuga ko yabuze umuntu wagize uruhare rukomeye mu mateka yayo. Mu butumwa bwuzuye agahinda, iyi kipe yagize iti: 'Milan iri mu marira nyuma y'itabaruka rya Franco Baresi. Urugero rwe, ubunyangamugayo bwe n'indangagaciro yasize bizahora biri mu mutima w'iyi kipe, nk'uko nimero 6 ye izahora ari ikimenyetso cy'ubudahangarwa bwe.'

    Franco Baresi yavukiye mu Butaliyani ku wa 8 Gicurasi 1960. Yinjiye mu ishuri ry'abato rya AC Milan mu 1974, aza kuzamurwa mu ikipe nkuru mu 1977. Yamaze imyaka 20 yose akinira AC Milan gusa, ibintu byatumye aba umwe mu bakinnyi b'indahemuka babayeho mu mateka y'uyu mukino.

    Baresi yafashije AC Milan kwegukana Champions league

    Mu gihe yakiniraga AC Milan, yakinnye imikino 719, yegukana ibikombe bitandatu bya Serie A, ibikombe bitatu bya UEFA Champions League (cyahoze cyitwa European Cup), ibikombe bibiri bya Intercontinental Cup n'ibindi byinshi. Nyuma yo gusezera mu 1997, AC Milan yahise ifata icyemezo cyo kutazongera guha undi mukinnyi nimero 6 yambaraga, mu rwego rwo kumuha icyubahiro.

    Yanafashije Ubutaliyani gutwara igikombe cy'Isi

    Ku rwego mpuzamahanga, Baresi yakiniye u Butaliyani imikino 81. Yari mu ikipe yegukanye Igikombe cy'Isi cya 1982, anagera ku mukino wa nyuma w'Igikombe cy'Isi cya 1994 ari kapiteni. Yibukirwa cyane ku uburyo yagarutse gukina uwo mukino wa nyuma nyuma y'iminsi 25 gusa avuye kubagwa ivi, agaragaza ubutwari n'ubwitange byatumye afatwa nk'umwe muri ba myugariro beza kurusha abandi mu mateka y'umupira w'amaguru.

    Nubwo AC Milan itatangaje icyateye urupfu rwe, Baresi yari amaze igihe arwaye nyuma yo kubagwa indwara y'agahore (lung nodule) mu mwaka wa 2025, akomeza kuvurwa mu mezi yakurikiyeho.

    Urupfu rwa Franco Baresi rusize icyuho gikomeye muri AC Milan, mu mupira w'amaguru w'u Butaliyani no ku Isi yose. Azahora yibukwa nk'umwe mu bakinnyi bahinduye uburyo bwo gukina inyuma, kubera ubuhanga, ubuyobozi n'ubwitange byatumye yandika amateka atazibagirana.

    Source : https://flash.rw/2026/07/31/franco-baresi-umwe-mu-ba-myugariro-bibihe-byose-yitabye-imana-ku-myaka-66/

  • Hamas yemeye kurambika intwaro hasi, icyizere gishya ku iherezo ry'intambara yo muri Gaza #rwanda #RwOT

    Umutwe wa Hamas wemeye gahunda yo gushyira intwaro hasi no gusenya ubushobozi bwawo bwa gisirikare muri Gaza, mu cyemezo gifatwa nk'intambwe ikomeye ishobora gufungura inzira y'amahoro nyuma y'intambara imaze hafi imyaka itatu.

     

    Umuyobozi mukuru wa Hamas yabwiye BBC ko uyu mutwe wemeye gahunda yateguwe n'Akanama k'Amahoro, Board of Peace, gashyigikiwe na Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Donald Trump. Hamas itegerejweho gusohora itangazo ryemeza ku mugaragaro iki cyemezo.

    Gahunda yemeranyijweho iteganya ko intwaro zikomeye Hamas isigaje zizabarurwa, zikabikwa ahantu hagenzurwa n'ubuyobozi bwa Palestine. Hanateganywa gufunga imihanda yo munsi y'ubutaka, ububiko bw'intwaro n'ahakorerwa ibikoresho bya gisirikare, ndetse abarwanyi bakava mu bikorwa bya gisirikare.

    Iyi gahunda izashyirwa mu bikorwa mu byiciro kandi igenzurwe na komisiyo yigenga, kuko impande zombi zidafitanye icyizere. Buri cyiciro cyo gushyira intwaro hasi kizajyana no kuvana ingabo za Israel muri Gaza buhoro buhoro.

    Trump yavuze ko iki ari igikorwa gikomeye kigana ku mahoro arambye, ashimangira ko Israel igomba kuva muri Gaza uko gahunda yo kwambura Hamas intwaro izagenda ishyirwa mu bikorwa.

    Israel yo ntiragira icyo itangaza ku mugaragaro, nubwo abayobozi ba Amerika bavuga ko bizeye ko izubahiriza amasezerano yari yarabanje kwemera.

    Amasezerano agezweho nyuma y'amezi y'ibiganiro bikomeye byahurijwemo na Qatar, Misiri na Turikiya. Nubwo afatwa nk'intambwe y'amateka, haracyari ibibazo ku buryo intwaro zizakusanywa, abazazibika n'uko ingabo za Israel zizava muri Gaza.

    Abaturage benshi ba Gaza bakiriye aya makuru bafite amakenga, nyuma y'amasezerano menshi yo guhagarika imirwano yagiye atagerwaho. Icyo bashyize imbere ni ukubona ibitero bihagarara, imfashanyo zikabageraho, impunzi zigasubira mu ngo no gutangira gusana ubuzima bwangijwe n'intambara.

    Source : https://flash.rw/2026/07/31/hamas-yemeye-kurambika-intwaro-hasi-icyizere-gishya-ku-iherezo-ryintambara-yo-muri-gaza/

  • Amerika igiye kwimurira serivisi za viza mu mijyi mike muri Afurika harimo na Kigali #rwanda #RwOT

    Guhera ku wa 1 Kanama 2026, Leta Zunze Ubumwe za Amerika zizahagarika serivisi zisanzwe zo gutanga visa muri za ambasade na za konsila zirenga 25 zo muri Afurika yo munsi y'Ubutayu bwa Sahara, mu rwego rwo kuvugurura uburyo zitangwamo.

    `

    Iri vugurura ryatangajwe na Minisiteri y'Ububanyi n'Amahanga ya Amerika (U.S. Department of State), rigamije guhuriza serivisi zo gutanga visa mu bigo 20 by'akarere (Regional Hubs) biri mu bihugu 19 bya Afurika, aho Afurika y'Epfo yo yahawe ibigo bibiri biri i Cape Town n'i Johannesburg.

    Muri izi mpinduka, Umujyi wa Kigali mu Rwanda uri mu hatoranyijwe kuzajya hakirwa no gutunganyirizwa ubusabe bwa visa z'abifuza kujya muri Amerika, hamwe n'indi mijyi irimo Nairobi (Kenya), Kampala (Uganda), Kinshasa (RDC), Addis Ababa (Ethiopia), Dakar (Senegal), Accra (Ghana), Lagos (Nigeria), Abidjan (Côte d'Ivoire) n'ahandi.

    Ku rundi ruhande, serivisi zo gutanga visa zizahagarikwa muri ambasade na konsila zo mu bihugu 25 birimo u Burundi, Mali, Zambia, Zimbabwe, Botswana, Namibia, Mozambique, Gabon, Tchad, Niger, Burkina Faso, Mauritania n'ibindi.

    Minisiteri y'Ububanyi n'Amahanga ya Amerika yavuze ko abantu bari basanzwe bafite gahunda yo kubazwa (interview) muri ambasade zizahagarika gutanga visa bazoherezwa amabwiriza mashya binyuze kuri email, agaragaza aho gahunda zabo zizimurirwa n'ibindi bisobanuro bijyanye n'ubusabe bwabo.

    Yanaburiye abamaze kwishyura amafaranga asabwa mu gusaba visa (MRV) ko bagomba kuba bafashe itariki yo kubazwa bitarenze ku wa 31 Nyakanga 2026, mbere y'uko izi mpinduka zitangira kubahirizwa.

    Iri vugurura riri mu ngamba nini ubuyobozi bwa Perezida Donald Trump bwatangije zigamije kugabanya umubare wa za ambasade na za konsila za Amerika zitanga serivisi za visa ku isi. Bivugwa ko ari imwe mu mpinduka zikomeye kurusha izindi zabaye mu mateka ya dipolomasi ya Amerika mu myaka ya vuba.

    Nubwo serivisi zo gutanga visa zizahuzwa mu bigo bike, Minisiteri y'Ububanyi n'Amahanga ya Amerika ivuga ko intego ari ugukomeza gutanga serivisi neza no gukoresha neza umutungo n'abakozi, nubwo bishobora gusaba bamwe mu basaba visa kujya bazikorera ingendo zijya mu bindi bihugu birimo n'u Rwanda.

    Source : https://flash.rw/2026/07/31/amerika-igiye-kwimurira-serivisi-za-viza-mu-mijyi-mike-muri-afurika-harimo-na-kigali/

  • Tyla yamaganiwe kure n'abaturage ba Nigeria #rwanda #RwOT

    Umuhanzikazi wo muri Afurika y'Epfo Tyla ari mu bihe bikomeye nyuma y'uko igitaramo ateganya gukorera mu mujyi wa Lagos muri Nigeria ku wa 22 Ukuboza 2026 gitangiye kwamaganwa n'Abanya-Nigeria benshi, bavuga ko kitagomba kuba mu gihe abaturage b'icyo gihugu bakomeje kuvuga ko bahohoterwa muri Afurika y'Epfo.

    Impaka zatangiye nyuma y'uko Tyla atangaje gahunda y'uruzinduko rwe rwa APOP World Tour, ruzamugeza mu bihugu bitandukanye byo ku migabane y'u Burayi, Amerika y'Amajyaruguru, Nigeria na Afurika y'Epfo, aho ruzasorezwa i Cape Town ku wa 4 Mutarama 2027 n'i Johannesburg ku wa 9 Mutarama 2027.

    Icyakora, igitaramo cye cyo muri Lagos ni cyo cyakuruye impaka nyinshi ku mbuga nkoranyambaga, aho bamwe bavuga ko bidakwiye kwakira umuhanzi wo muri Afurika y'Epfo mu gihe hakomeje kuvugwa ibikorwa bya xenophobia byibasira Abanya-Nigeria baba muri icyo gihugu, akaba ntacyo yabikozeho.

    Icyo bashinja Tyla

    Abamunenga bavuga ko ikibazo atari igihugu akomokamo gusa, ahubwo ko Tyla atigeze agaragaza ijwi rye yamagana ibitero byibasira Abanya-Nigeria cyangwa ngo yihanganishe imiryango y'ababa barahohotewe.

    Bavuga ko nk'umuhanzi ukunzwe ku rwego mpuzamahanga, yari akwiye kugira icyo avuga ku bibazo bikomeje kuvugwa hagati y'ibihugu byombi.

    Ibi byatumye bamwe batangiza ubukangurambaga bwo gusaba ko Abanya-Nigeria bazanga kugura amatike y'icyo gitaramo, mu rwego rwo kugaragaza ko batishimiye uko bagenzi babo bafatwa muri Afurika y'Epfo.

    Ibyamamare byo muri Nigeria byinjiye muri izi mpaka ku bwinshi

    Nk'uko byatangajwe n'ikinyamakuru Punch, mu bantu bazamuye iyi nkundura harimo umwanditsi akaba n'umujyanama mu bijyanye n'imibanire Solomon Buchi, umunyamakuru akaba na MC Do2dtun, ndetse n'umukinnyi wa filime Mama Pee, wasobanuye Afurika y'Epfo nk'igihugu gihiga abanyamahanga.

    Undi mukinnyi wa filime, Isa Bako, na we yateje impaka ubwo yasabaga abafana 'guhagarika' icyo gitaramo, amagambo bamwe basobanuye nk'ashobora gushishikariza ibikorwa by'urugomo.

    Hari n'abasabye ko Urwego rushinzwe abinjira n'abasohoka muri Nigeria (Nigeria Immigration Service) rwakwanga guha Tyla n'itsinda rye visa, bavuga ko byaba ari ugusubiza Afurika y'Epfo iherutse kwima visa umuririmbyi wo muri Nigeria Ayra Starr, nubwo impamvu z'icyo cyemezo zakomeje kugibwaho impaka.

    Icyakora, si bose ariko bemeranya n'iki gitekerezo. Umunyapolitiki n'umunyamakuru Omoyele Sowore yavuze ko atari byo guhana umuhanzi kubera ibikorwa bikekwa gukorwa n'abaturage cyangwa ubutegetsi bw'igihugu akomokamo.

    Yavuze ko umuziki ugomba gutandukanywa na politiki, kandi ko Tyla adakwiye kubazwa ibyaha adafitemo uruhare. No ku rubuga rwa X, bamwe mu Banya-Nigeria bagaragaje ko gukunda Tyla bidafite aho bihuriye no gushyigikira xenophobia.

    Hari abavuze ko niba ikibazo ari politiki n'umutekano, gikwiye gukemurwa n'inzego za dipolomasi aho kugishyira ku bahanzi.

    Urupfu rw'Umunya-Nigeria rwakongeje ikibazo

    Izi mpaka zije mu gihe hakomeje kuvugwa amakuru y'urupfu rw'Umuryango-Nigeria witwa Chika Ibe, bivugwa ko yapfiriye muri Cape Town nyuma y'ibyabaye birimo uruhare rw'inzego z'umutekano, ibintu byongeye gukaza umwuka hagati y'abaturage b'ibihugu byombi ku mbuga nkoranyambaga.

    Mu myaka yashize kandi, Afurika y'Epfo yakunze kuvugwamo ibikorwa bya xenophobia byibasira abanyamahanga, cyane cyane Abanya-Nigeria n'abava mu bindi bihugu bya Afurika, ibintu byagiye bituma habaho umwuka mubi hagati y'ibihugu byombi.

    Nubwo igitutu gikomeje kwiyongera, Tyla kugeza ubu ntaragira icyo atangaza ku busabe bwo guhagarika igitaramo cyangwa ku birego by'uko yacecetse ku bibazo bya xenophobia.

    Abategura APOP World Tour na bo ntibaratangaza impinduka kuri gahunda y'igitaramo cyo ku wa 22 Ukuboza 2026, bivuze ko kugeza ubu igitaramo kigihari nk'uko byari biteganyijwe, nubwo impaka zigikomeje ku mbuga nkoranyambaga.

    Source : https://flash.rw/2026/07/31/tyla-yamaganiwe-kure-nabaturage-ba-nigeria/

  • Uburezi bufite irene no guhanga udushya. Bimwe mu bigize ibiganiro Perezida Kagame yagiranye n'ubuyobozi bwa Kaminuza y'u Rwanda #rwanda #RwOT

    Perezida wa Repubulika y'u Rwanda, Paul Kagame, kuri uyu wa Gatanu yakiriye mu biro bye biri muri Village Urugwiro  Perezida w'Inama y'Ubutegetsi ya Kaminuza y'u Rwanda, Pradeep K. Khosla, hamwe na Visi Perezida w'iyo Nama y'Ubutegetsi, Ivan Murenzi, bagirana ibiganiro byibanze ku cyerekezo cya Kaminuza y'u Rwanda ndetse n'ingamba zigamije kurushaho kuzamura ireme ry'uburezi, ubushakashatsi no guhanga udushya.

    Ni ubutumwa bwanyujijwe ku rukuta rwa X rw'ibiro by'umukuru w'igihugu Village Urugwira buvuga ko muri ibyo biganiro, hibanzwe ku buryo Kaminuza y'u Rwanda (UR) yakomeza kuba urwego rutanga uburezi bufite ireme, ikazamura ubushakashatsi bufasha gukemura ibibazo igihugu gihura na byo, ndetse ikarushaho guteza imbere udushya twafasha mu iterambere ry'ubukungu n'imibereho myiza y'Abanyarwanda.

    Abayobozi bombi baganiriye kandi ku buryo Kaminuza y'u Rwanda yakomeza gutegura abanyeshuri bafite ubumenyi n'ubushobozi bujyanye n'ibikenewe ku isoko ry'umurimo, haba mu gihugu no ku rwego mpuzamahanga. Ibi bijyanye n'icyerekezo cy'u Rwanda cyo kubaka ubukungu bushingiye ku bumenyi, ikoranabuhanga n'udushya.

    Mu nama yabereye mu Urugwiro Village, hanarebwe uburyo bwo gukomeza kunoza ireme ry'imyigishirize, kongera ubushobozi bw'abarimu n'abashakashatsi, no gushimangira ubufatanye bwa Kaminuza y'u Rwanda n'ibigo bikomeye byo ku rwego mpuzamahanga mu rwego rwo guteza imbere ubushakashatsi n'ivumburwa ry'ibisubizo bishya.

    Ubuyobozi bwa Kaminuza y'u Rwanda bwagaragaje ko buzakomeza gushyira imbaraga mu bikorwa bigamije gutanga uburezi bujyanye n'igihe, guteza imbere ubushakashatsi bufite uruhare mu iterambere ry'igihugu, no kubaka urubyiruko rufite ubumenyi n'ubushobozi bwo guhangana n'ibibazo by'ahazaza.

    Ibi biganiro bibaye mu gihe u Rwanda rukomeje gushyira imbere ishoramari mu burezi, ubushakashatsi n'ikorwa ry'udushya nk'inkingi z'ingenzi zo kugera ku ntego z'iterambere rirambye no kubaka igihugu gifite ubukungu buhatana ku rwego mpuzamahanga. Perezida Kagame yakomeje kugaragaza ko kubaka abaturage bafite ubumenyi n'ubushobozi ari imwe mu nkingi z'ingenzi zizatuma u Rwanda rugera ku cyerekezo cyarwo cy'iterambere mu myaka iri imbere.

    Source : https://flash.rw/2026/07/31/uburezi-bufite-irene-no-guhanga-udushya-bimwe-mu-bigize-ibiganiro-perezida-kagame-yagiranye-nubuyobozi-bwa-kaminuza-yu-rwanda/

  • U Rwanda na Mali bikomeje gushimangira ubufatanye mu bya gisirikare #rwanda #RwOT

    Minisitiri w'Ingabo w'u Rwanda, Juvenal Marizamunda, kuri uyu wa 30 Nyakanga 2026, yakiriye ku cyicaro cya Minisiteri y'Ingabo i Kigali Ambasaderi wa Repubulika ya Mali mu Rwanda, Boubacar Diallo, mu biganiro byibanze ku kurushaho guteza imbere ubufatanye hagati y'ibihugu byombi, by'umwihariko mu rwego rw'umutekano n'igisirikare. Ibi byatangajwe na minisiteri y'ingabo z'U Rwanda ibinyujije ku rubuga rwa X aho yavuze ko abayobozi bombi bagiranye ibiganiro.

    Ibi biganiro byagarutse ku ngingo zifitiye inyungu u Rwanda na Mali, zirimo gushimangira ubufatanye busanzwe hagati y'ingabo z'ibihugu byombi, guhanahana ubumenyi n'ubunararibonye ndetse no gukomeza gukorera hamwe mu rwego rwo guhangana n'ibibazo by'umutekano bikomeje kugaragara ku mugabane wa Afurika.

    Impande zombi zagaragaje ko zifite ubushake bwo gukomeza kubaka umubano ushingiye ku bwizerane no gufatanya mu bikorwa biteza imbere amahoro, umutekano n'iterambere rirambye.

    Iyi nama ibaye mu gihe u Rwanda rukomeje kwagura ubufatanye mu bya gisirikare n'ibihugu bitandukanye bya Afurika, hagamijwe kubaka ubushobozi bw'inzego z'umutekano, guteza imbere amahugurwa ahuriweho no gusangira ubunararibonye mu guhangana n'ibibazo by'umutekano byambukiranya imipaka.

    Mu myaka mike ishize, umubano hagati y'u Rwanda na Mali warushijeho gukomera mu nzego zitandukanye. Muri Gicurasi 2024, ibihugu byombi byakoze inama ya mbere ya Komisiyo Ihoraho y'Ubufatanye (Joint Permanent Commission), yasojwe no gusinyana amasezerano 19 y'ubufatanye arimo ay'ubuzima, ikoranabuhanga, ubuhinzi, ishoramari n'izindi nzego z'ingenzi.

    Nubwo ayo masezerano atarimo amasezerano yihariye y'ubufatanye mu bya gisirikare yatangajwe ku mugaragaro, abayobozi b'ibihugu byombi bakomeje kugirana ibiganiro bigamije gushimangira imikoranire mu rwego rw'umutekano, bijyanye n'icyerekezo cy'ibihugu byombi cyo guteza imbere amahoro no guhangana n'ibibazo by'umutekano muke biri mu bice bitandukanye bya Afurika.

    Mali ni kimwe mu bihugu byo mu karere ka Sahel bimaze imyaka bihanganye n'ibitero by'imitwe y'iterabwoba n'inyeshyamba. Kubera izo mbogamizi, iki gihugu gikomeje gushimangira ubufatanye n'ibihugu bitandukanye hagamijwe kongera ubushobozi bw'ingabo no kubaka inzego z'umutekano zifite imbaraga.

    Ku ruhande rw'u Rwanda, rwakomeje kubaka izina nk'igihugu gifite ubunararibonye mu bikorwa byo kubungabunga amahoro no gutanga amahugurwa ya gisirikare haba ku rwego rwa Afurika no ku rwego mpuzamahanga. Ingabo z'u Rwanda zikomeje kugira uruhare mu butumwa bw'amahoro no mu bufatanye bwa gisirikare n'ibihugu byinshi, ibintu bituma u Rwanda rufatwa nk'umufatanyabikorwa wizewe mu bijyanye n'umutekano.

    Source : https://flash.rw/2026/07/31/u-rwanda-na-mali-bikomeje-gushimangira-ubufatanye-mu-bya-gisirikare/

  • Mu muhango witabiriwe n’ibyamamare, Nyambo Jesca yasezeranye imbere y’amategeko #rwanda #RwOT

    Umukinnyi wa filime Nyarwanda, Nyambo Jesca yasezeranye imbere y’amategeko n’umukunzi we, Uwiragiye Richard.

    Ni umuhango wabaye ku gicamunsi cyo kuri uyu wa Kane tariki ya 30 Nyakanga 2026 mu Mujyi wa Kigali mu Murenge wa Nyarugenge.

    Ni umuhango witabiriwe na benshi mu byamamare nk’umunyamakuru Rusine Patrick, abakinnyi ba filime nka Killaman, Clapton Kibonke, Rufonsina, Mitsutsu, Umukonyine n’abandi.

    Basezeranye imbere y’amategeko nyuma y’uko ku wa 23 Nyakanga 2026 ari bwo Richard yambitse impeta ya fiançailles Nyambo amusaba ko bazabana akaramata undi arabyemera.

    Amakuru ISIMBI yemenye ni uko yamwambitse impeta nyuma y’uko Nyambo yari yaramaze no kujya kumwerekana iwabo.

    Uyu mukunzi wa Nyambo Jesca, Uwiragiye Richard akaba asanzwe akorera hanze y’u Rwanda aho aba muri Australia.

    Nyambo yasezeranye imbere y’amategeko n’umukunzi we Uwiragiye Richard

    Source : http://isimbi.rw/mu-muhango-witabiriwe-n-ibyamamare-nyambo-jesca-yasezeranye-imbere-y-amategeko.html

  • Hakusanyijwe agera kuri miliyari 150 Frw mu myaka 10 ya RNIT Iterambere Fund – #rwanda #RwOT

    Iki kigega cyatangiye mu 2016, gishyizweho na Guverinoma y'u Rwanda. Cyahawe inshingano zo kwigisha no gukangurira Abanyarwanda kugira umuco wo kwizigama.

    Gashugi André, ushinzwe ishoramari muri RNIT, ni we wabaye Umuyobozi Mukuru wa mbere w'iki kigega.

    Yagaragaje ko cyatangiye abaturage batumva neza imikorere yacyo, bamwe bakibwira ko gishobora kuba ari uburyo bw'ubutekamutwe, kuko cyari igitekerezo gishya mu Rwanda.

    Icyakora, abayobozi bacyo bakomeje kwigisha abaturage kugeza batangiye gusobanukirwa no kucyitabira.

    Ati 'Abantu ntibajya barangiza kwiga, ariko aho tugeze ni heza kandi turacyakomeje kwigisha dukoresheje uburyo butandukanye. Mwarabibonye mu mikino, mu nsengero, mu mashuri, mu bigo no mu makoperative.”

    'Hose turahagera kugira ngo buri Munyarwanda yumve impamvu yo kwizigamira, abone inyungu zituruka ku isoko ry'imari n'imigabane, akomeze kwiteza imbere kandi adasigara inyuma.'

    Mu 2016, ubwo iki kigega cyatangiraga, uwo mwaka warangiye gifite abanyamigabane 920, bari bafite ubwizigame bwa miliyari 1,5 Frw. Muri bo harimo abantu ku giti cyabo n'ibigo bitandukanye.

    Kuri ubu, RNIT Iterambere Fund ifite abanyamuryango ibihumbi 390, bafite ubwizigame burenga miliyari 88 Frw.

    Mu myaka 10 ishize, iki kigega kimaze gukusanya agera kuri miliyari 150 Frw. Mu 2016, umugabane umwe wari ufite agaciro ka 100 Frw, mu gihe ubu ugeze kuri 275 Frw. Muri rusange inyungu abanyamigabane babonye muri iyi myaka 10 yakomeje kwiyongera iva kuri 9,4% igera kuri 11,12% buri mwaka kandi nta musoro cyangwa ikindi kiguzi gikuweho.

    Umuyobozi Mukuru wa RNIT Iterambere Fund, Gatera Sebagabo Jonathan, yavuze ko umubare w'abanyamigabane watangiye kwiyongera cyane nyuma y'icyorezo cya Covid-19.

    Yasobanuye ko icyo gihe abanyamigabane bari basanzwe mu kigega babashije kugerwaho n'ubwizigame bwabo nta nkomyi, bituma nyuma y'icyorezo bashishikariza abandi bantu benshi kucyitabira.

    Ati 'Mu bihe bya Covid-19 ni bwo abantu babonye cyane akamaro ko kwizigamira, by'umwihariko muri iki kigega. Abari bafite ubwizigame nta kibazo bagize, kuko basabaga amafaranga yabo bakayahabwa. Icyorezo kirangiye rero, batubereye nka ba ambasaderi, bagenda babwira abandi ibyiza byo kuba umunyamigabane muri Iterambere Fund.'

    Gatera yagaragaje ko nubwo hari byinshi byagezweho, urugendo rwo guteza imbere umuco wo kwizigama mu Banyarwanda rugikomeje, kuko imibare y'ubwizigame ikiri hasi ugereranyije n'urwego rwifuzwa kugira ngo igihugu kigere ku ntego zacyo z'iterambere.

    Ati 'Nubwo hari ibyo twagezeho, haracyari urugendo. Iyo urebye imibare dufite, ukongeraho n'abakoresha ubundi buryo bwo kwizigama, nk'ibigo by'imari cyangwa ubwizigame bw'igihe kirekire, usanga imibare ikiri hasi.'

    Yakomeje agira ati 'Iyo ugereranyije umusaruro mbumbe w'igihugu n'ubwizigame buri mu gihugu, usanga butaragera kuri 15%, nyamara bwakabaye buri kuri 30%. Ni yo mpamvu dukomeza kwigisha Abanyarwanda, cyane cyane urubyiruko, kugira umuco wo kwizigamira.'

    Abayobozi b'iki kigega bavuga ko kigishingwa, na bo batari bazi neza imikorere yacyo, kuko cyari igitekerezo gishya mu gihugu. Abaturage benshi na bo ntibari basanzwe bafite umuco wo kwizigama, kuko bumvaga ko umuntu azigama gusa amafaranga yamusagutse.

    Jean Paul Ndisanze, wabaye mu bakozi ba mbere wa RNIT Iterambere Fund, yavuze ko na bo babanje kwihugura kugira ngo basobanukirwe neza n'ibyo bagiye gukora, mbere yo gutangira kubyigisha abaturage.

    Ati 'Mu myaka 10 ishize, hari abantu batuganaga baje kutubaza ibyo dukora. Warabasobanuriraga bagataha, ariko ukabona ko batarabyumvise neza. Uyu munsi, abo bantu bamaze kubona umusaruro wabyo, baragaruka kandi ntibagaruka bonyine.'

    Yakomeje agira ati 'Ibyo bitwereka akazi katoroshye twakoze. Katangiye kagoye cyane, ariko ubu ni bwo dutangiye kubona imbuto zako.'

    Ezekiel Mulisa ni umwe mu banyamigabane ba RNIT Iterambere Fund. Yatangiye kwizigama mu 2017, ubwo abakozi b'iki kigega bamusangaga aho yakoreraga muri Expo, bakamusobanurira imikorere yacyo.

    Yatangiye ashyiramo 2.000 Frw, ariko icyo gihe atarasobanukirwa neza n'akamaro ko kwizigama. Uwo mwaka wose warangiye nta yandi mafaranga yongeye gushyiramo.

    Icyakora, nyuma yo kwitabira inama y'abanyamigabane mu 2018, ni bwo yasobanukiwe neza n'imikorere y'ikigega, atangira kwizigama buri gihe.

    Ati 'Nakomeje kwizigamira, nkajya nshyiramo 10% cyangwa 20% by'amafaranga nabaga nakoreye, kuko navugaga nti 'Mu myaka iri imbere nzakenera gukora ubukwe kandi busigaye buhenze.' Kandi koko, naje gukora ubukwe nkoresheje amafaranga nari narazigamye.'

    Yakomeje agira ati 'Nyuma y'ubukwe, nongeye gutangira kwizigama, kuko mbere yaho nari nakuyemo amafaranga yose nari mfite.'

    RNIT Iterambere Fund ifite intego yo gufasha buri Munyarwanda kugira ubushobozi bwo kwizigamira, by'umwihariko urubyiruko, kugira ngo ruteganyirize ejo hazaza kandi rugire uruhare mu isoko ry'imari n'imigabane.

    Jean Paul Ndisanze wabaye umukozi wa mbere muri iki kigo yagaragaje ko na bo babanje kwihugura kugira ngo bamenye ibyo bajya gusobanurira abaturage

    Umuyobozi mukuru w'iki kigega, Gatera Sebagabo Jonathan, yagaragaje ko n’ubwo hari aho kimaze kugera, urugendo rugikomeje

    Gashugi André, ushinzwe ishoramari muri RNIT, yavuze ko Ikigega Iterambere Fund abantu batangiye batacyumva, ariko ubu imyumvire yahindutse

    Umuyobozi Mukuru wa RNIT Iterambere Fund, Gatera Sebagabo Jonathan, yagaragaje ko aho iki kigega cyavuye ari ho hari hagoye

    Abayobozi batandukanye ba RNIT Iterambere Fund basangije abanyamakuru urugendo rw’iki kigega mu myaka 10 ishize


    Source : http://igihe.com/amakuru/u-rwanda/article/hakusanyijwe-agera-kuri-miliyari-150-frw-mu-myaka-10-ya-rnit-iterambere-fund

  • Abagore bashaka ubutabera basabiwe gutegwa amatwi byihariye – #rwanda #RwOT

    Ibi yabivugiye mu biganiro byabaye ku wa 28 Nyakanga 2026, byo kurebera hamwe ibyagezweho muri politiki yashyizweho yo gukemura amakimbirane hatisunzwe inkiko.

    Umurerwa yavuze ko kubera umuco nyarwanda wigishaga abagore kwibombarika, kuguma mu rugo no kuvuga ari uko babanje gutekereza neza kugira ngo bavuge ibikwiye, bibazitira mu kwivuganira igihe bari gushaka ubutabera, bigatuma ikibazo cyabo kitumvikana mu buryo bunoze.

    Yagize ati 'Umuco nyarwanda wahoze uteganya ko umugore akorera cyane mu rugo aho kujya mu ruhame ngo ajye impaka. Bityo rero, iyo umugore ari kubazwa ibibazo byinshi akarira, bamwe bashobora kumva ko ikibazo cye kidafite ishingiro nyamara kandi biterwa n'uburyo yarezwe.'

    Mu muco nyarwanda ndetse no mu bindi bihugu byinshi byo muri Afurika, abagore bakunda guceceka mu gihe bashaka ibisubizo. Hari n'abahitamo guhisha ibibazo byabo kugira ngo barinde isura y'umuryango cyangwa urugo rwabo, rimwe na rimwe bakagana inkiko baramaze guhungabana.

    Umurerwa yagize ati “Mu bihe byinshi bamwe mu bagore batugana badakeneye ubufasha mu by'amategeko gusa, ahubwo banakeneye ubujyanama mu by'imitekerereze, kuko baba bageze aho bananiwe mu marangamutima cyangwa bafite ihungabana.”

    Ibyo byatumye muri Haguruka hashyirwaho ishami ry'ubujyanama mu by'imitekerereze, mbere yo kubunga bakabanza gufataumwanya wo kubatega amatwi, kubaremamo icyizere, kubihanganisha no kubereka impuhwe n'ubwubahane kugira ngo babashe kumva neza ikibazo cyabo no kubafasha kugera ku gisubizo kirambye.

    Umurerwa yasabye abakemura ibibazo hashingiwe ku biganiro n'ubwumvikane, kumenya ko rimwe na rimwe umugore adashobora kuvuga ashize amanga nk'umugabo, bityo baba bakwiye no kugira ubumenyi bwo gufasha amarangamutima.

    Yagize ati 'Twese dukwiye kugira ubushishozi n'imyumvire ishingiye ku buringanire, tukamenya ko abagore n'abagabo bashobora kwitwara mu buryo butandukanye bitewe n'umuco'

    Umuvugizi w'Urwego rw'Igihugu rw'Ubugenzacyaha, RIB, Dr. Murangira B. Thierry, yavuze ko uru rwego ruhura n'inzitizi y'amarangamutima mu gushaka ubutabera.

    Dr. Murangira yavuze ko hari igihe bamwe bakoresha amarira nk'uburyo bwo kwiyerekana nk'abahohotewe kandi atari byo, abaza uburyo bamenya niba ayo marira ari ay'ukuri cyangwa agamije kujijisha.

    Ati 'Mwavuze ko ari ngombwa kugaragaza impuhwe no gusobanukirwa amarangamutima y'uwo muntu. Ariko se mwakora iki igihe ayo marira yaba ari ayo twita “amarira y'ingona”?, ni ukuvuga amarira agaragazwa agamije kuyobya abandi cyangwa kwigira uwahohotewe kandi atari ko biri.'

    Umurerwa yamusubije ko kugira impuhwe no gufasha amarangamutima y'umuntu uri gusaba ubwunzi, bidakuraho gukurikirana ibimenyetso.

    Yagize ati 'Kugira impuhwe si ukujya wemera ibyo umuntu akubwiye byose nta kubisesengura. Gusa bisaba kwihangana, gufata umwanya no gukora akazi ubikunze,… ariko icyo dushingiraho cya mbere ni ibimenyetso.'

    Umurerwa yashishikarije abakora mu nzego zitandukanye z'ubutabera kujya mu mahugurwa abigisha kugira imyumvire ishingiye ku ihame ry'uburinganire, ababwira ko byabafasha mu kazi bakora.

    Umunyamabanga Nshingwabikorwa wa Haguruka yavuze ko umuco uzitira abagore mu kwivuganira mu gihe bari gushaka ubutabera


    Source : http://igihe.com/amakuru/u-rwanda/article/abagore-bashaka-ubutabera-basabiwe-gutegwa-amatwi-byihariye