Mu Rwanda handitswe ishoramari rya miliyari 8$ kuva mu 2024 – #rwanda #RwOT

Written by

in

Yabigarutseho ku wa 9 Kamena 2026 ubwo yagezaga ku Nteko Ishinga Amategeko imitwe yombi, ibikorwa bya Guverinoma byo kongera ubushobozi bw'Igihugu mu kubungabunga ubukungu n'imibereho myiza y'abaturage, hibandwa ku guhangana n'ibibazo bikomoka imbere mu gihugu n'ibituruka hanze yacyo.

Minisitiri w'Intebe Dr. Nsengiyumva yavuze ko ubukungu bw'u Rwanda bukomeje kugaragaza ubudahangarwa kuko mu gihembwe cya mbere cya 2026 bwazamutse ku rugero rwa 10%, aho ryatumye hahangwa imirimo irenga ibihumbi 240 kuva mu gihembwe cya mbere cya 2025.

Yavuze ko izamuka ry'ubukungu rinajyana n'ishoramari ry'abikorera rigenda ryiyongera.

Ati 'Kuva mu mwaka wa 2024 kugeza muri Kamena uyu mwaka handitswe imishinga y'ishoramari ry'abikorera rifite agaciro kagera kuri miliyari hafi 8$. Biteganyijwe ko iri shoramari rizahanga imirimo igera ku bihumbi 118.'

U Rwanda rufite intego yo guhanga imirimo ibihumbi 250 buri mwaka, kuzageza mu 2029.

Umusaruro mbumbe w'u Rwanda mu gihembwe cya mbere cya 2026 wageze kuri miliyari 6.346 Frw, uvuye kuri miliyari 5.276 Frw mu gihembwe cya mbere cya 2025, bingana n'izamuka rya 10%.

Serivisi zagize uruhare rwa 52% by'umusaruro mbumbe, ubuhinzi bugira uruhare rwa 19%, inganda zigira uruhare rwa 24%, ibindi bisigaye bigira uruhare rwa 5%.
Umusaruro w'ubuhinzi wiyongereyeho 8%, uw'inganda wiyongeraho 13%, mu gihe umusaruro wa serivisi wiyongereyeho 7%.

Ku rundi ruhande umusaruro w'ubucuruzi buranguza n'ubudandaza wiyongereyeho 11%, uw'ubwikorezi wiyongeraho 11% harimo uw'ubwikorezi bwo ku butaka wiyongeraho 10%. Umusaruro w'ubwikorezi bwo mu kirere wiyongeraho 7%.

Mu Rwanda handitswe ishoramari rya miliyari 8$ kugeza muri Kamena 2026


Source : http://igihe.com/amakuru/u-rwanda/article/mu-rwanda-handitswe-ishoramari-rya-miliyari-8-kuva-mu-2024

Comments

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *