Tariki 12 Nyakanga 2026, ni bwo abaturage bahamagaye inzego z'ibanze n'iz'umutekano bavuga ko hari abagabo babiri bishwe n'itsinda ry'ibihazi bikora ubucukuzi butemewe bw'amabuye y'agaciro.
Ni urugomo rwatangiye saa mbili z'umugoroba tariki 11 Nyakanga, aho iryo tsinda ryagiye ahitwa ku Marembo mu Murenge wa Murambi rifata abaturage babiri ribashorera ribakubita, baza kuboneka mu murenge wa Cyinzuzi yapfuye.
Umuvugizi wa Polisi y'u Rwanda mu Ntara y'Amajyaruguru, CIP Ngirabakungi Ignace, yabwiye IGIHE ko bakimenya aya makuru Polisi y'u Rwanda yajyanyeyo n'inzego z'umutekano na RIB batangira iperereza.
Ati “Ku ikubitiro habanje gukekwa abantu 8, ariko byaje kugararagara ko hari abaturage bamenye amakuru ntibatabara, bakurikiranyweho icyaha cyo kudatabara umuntu uri mu kaga. Abamaze gufatwa bose hamwe ni 17, bafungiye kuri sitasiyo ebyiri iya Murambi n'iya Bushoki”.
CIP Ngirabakunzi yasabye abaturage gukora ibyemewe n'amategeko, kwirinda amakimbirane no kwihorera.
Ibi byabaye mu gihe nta minsi ibiri irashira, itsinda ry'ibihazi rikora ubucukuzi butemewe bw'amabuye y'agaciro rikubise abandi bantu babiri ariko bo ntabwo bapfuye. Iryo tsinda kandi hari n'inzu y'umuturage riherutse gusenya.
Umuyobozi w'Akarere ka Rulindo, Mukanyirigira Judith yageze ahabereye ubu bugizi bwa nabi, aganiriza abaturage, abasaba gutangira amakuru ku gihe no kwirinda urugomo, anasaba uwaba afite amakuru yafasha mu iperereza ko yayageza ku buyobozi.

Leave a Reply