Abahanzi b’indirimbo zo kuramya no guhimabza Imana bakora nk’itsinda, Chryso Ndasingwa na Sharon Gatete bafite amashimwe menshi, nyuma yo kwibaruka imfura yabo akaba ari umuhungu.
Uyu mwana bibarutse ku munsi w’ejo hashize ku wa Mbere tariki ya 24 Kanama 2026, akaba yazanye ibyishimo muri uyu muryango wiyeguriye gukorera Imana.
Mu mashusho yabo yagiye hanze, Chryso Ndasingwa akaba yashimiye Imana ndetse ahita anahishura amazina y’uyu mwana w’umuhungu.
Ati 'Turashima Imana yaduhaye umwana w’umuhungu, yitwa Ndasingwa Lael Ramya.'
Bibarutse nyuma y’uko tariki ya 17 Ukwakira 2025 bakoze ubukwe nyuma y’imyaka icyenda baziranye mbere yo gukora ubukwe cyane ko bamenyanye mu 2015, berekanwa mu rusengero rwa Newlife Bible Church Kicukiro tariki 29 Kamena 2025, ni mu gihe Ku wa 4 Nzeri 2025 basezeranye imbere y’amategeko.
Ku wa 25 Kamena 2025 ni bwo Ndasingwa yambitse impeta Getete Sharon bemeranya kurushinga umuhango wari ukurikiye uwo gusaba no gufata irembo wabaye ku wa 22 Kamena 2025.
Source : http://isimbi.rw/amazina-y-imfura-ya-chryso-na-sharon-bari-mu-mashimwe.html
Leave a Reply