Igisubizo cya Perezida Kagame kuri Kayumba Darina wamubwiye ko hari filime imuvugaho yakoze #rwanda #RwOT

Written by

in

Nyakubahwa Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Paul Kagame yabwiye Kayumba Darina ko yizeye ko umunsi umwe azabasha kureba filime yamukozeho.

Hari mu kiganiro Perezida Kagame yagiranye n’itangazamakuru, abakoresha imbuga nkoranyambaga n’abandi ku munsi w’ejo hashize ku wa Mbere tariki ya 24 Kanama 2026.

Kayumba Darina wabaye igisonga cya kabiri cya Nyampinga w’u Rwanda 2022, ni umwe mu bari bitabiriye iki kiganiro akaba yashimiye Perezida Kagame aho agejeje u Rwanda kuko ibikorwa byivugira.

Ati 'Mbere ya byose ndashaka kuvuga ko ari ugushima gusa. Nkorera ku mbuga nkoranyambaga (Content Creator). Mu by’ukuri ndashima ubuyobozi bwawe n’impinduka u Rwanda rukomeje kugaragaza. Nkatwe tukiri bato dutewe ishema n’icyerekezo igihugu cyacu kirimo kuganamo kandi twishimira amahirwe duhabwa tugire uruhare mu kubaka igihugu, kuvuga inkuru zacu tukagira uruhare mu hazaza h’u Rwanda.'

Yakomeje avuga ko hari na filime nto yakoze igaruka kuri Perezida Kagame kandi yizeye ko umunsi azayireba.

Ati 'Nakoze na filime nto ikuvugaho, Imana nibishaka uzayireba. Imana nibishaka bizakunda.'

Perezida Kagame yamusubije ati 'Ndizera ko umunsi umwe nzabasha kuyireba.'

Perezida Paul Kagame yabasabye gukomeza gukora ibishoboka byose kandi uko bashoboye ko na leta icyo ishobora gukora izagikora kandi ko na we niba hari icyo yafasha azagikora.

Darina yakoze filime ivuga kuri Perezida Kagame

Perezida Kagame yavuze umunsi umwe bizakunda akayireba

Source : http://isimbi.rw/igisubizo-cya-perezida-kagame-kuri-kayumba-darina-wamubwiye-ko-hari-filime.html

Comments

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *