Uwankusi Nkusi Linda wamamaye muri sinema nyarwanda nya Lynda Priya, yiyamye abakomeje kuvuga ko yafungishije urubyaro (yagiye muri onapo), ko igihe nikigera azabyara.
Ibi yabigarutseho nyuma y’amagambo asigaye abwirwa bamwe bamubaza impamvu adatwita, abavuga ko igihe yakoreye ubukwe na Irenge Chritian yakabaye yarasamye.
Mu kiganiro yahaye ikinyamakuru ISIMBI, Lynda Priya yiyamye aba bantu avuga ko urugo rwe batarugenzura.
Ati “Abantu mwirirwa muvuga ngo bantere inda, ngo simbyara, si ntwita, ndagira ngo mbiyame mbikuye ku mutima. Ndabiyamye mbikuye ku mutima, urugo rwanjye ntimurugenzura, simwe mumbwira gusama, simwe mumpitiramo igihe cyo gusama, mutegereze.”
Yakomeje avuga ko we n’umugabo we Christian nibabyumvikanaho bazabyara n’aho izo onapo bamushinja kereka niba ari bashiki babo bazirimo.
Ati “Njye n’umugabo wanjye nitubyumvikanaho, tuzasama tunabyare. Izo onapo rero mumbwira ndimo, ntabwo nzirimo niba bashiki bawe bazirimo, ntabwo nzirimo, bimaze kuba byinshi. Ibintu byose byabaye onapo, onapo, murabizi ko njye ndi muri onapo?”
Tariki ya 8 Gashyantare 2026 nibwo Uwankusi Nkusi Linda wamamaye muri sinema wanitabiriye Miss Rwanda 2021 yakoze ubukwe na Irenge Christian biyemeza kubana igihe basigaje ku isi bakakimara bari kumwe.
Source : http://isimbi.rw/linda-yasubije-abamushinja-gufungisha-urubyaro.html
Leave a Reply