Tombola ya CECAFA isize Rayon Sports na APR FC mu matsinda ry’urupfu #rwanda #RwOT

Written by

in

Tombola ya CECAFA Kagame Cup yasize Rayon Sports mu itsinda ry’urupfu ririmo Al Hilal SC na Tusker FC mu gihe APR FC yisanze iri kumwe na Gor Mahia yayisezereye muri CAF Champions League 2020.

Muri iki gitondo ni bwo habaye tombola y’uko amakipe azaba ari mu matsinda ya CECAFA Kagame Cup izabera mu Rwanda kuva tariki ya 24 Nyakanga kugeza tariki ya 8 Kanama 2026.

Ni CECAFA yaherukaga kubera mu Rwanda muri 2019.

Mu cyumba gisanzwe kiberamo ikiganiro n’itangazamakuru muri Stade Amahoro ni ho iyi tombola yabereye.

Ikaba yayobowe na Andrew Jackson Oryada ushinzwe imenyekanishabikorwa n’itumanaho muri CECAFA ndetse na Haruna Niyonzima.

Ni CECAFA izitabirwa n’amakipe 12 harimo abiri yo mu Rwanda, Rayon Sports na APR FC.

Ni irushanwa ryari ryagarutsemo na Simba SC yo muri Tanzania nyuma y’imyaka myinshi itarikina.

Ni mu gihe na Tusker FC yo muri Kenya yongewemo nyuma y’uko Al Merreikh SC yo muri Sudani yikuye mu irushanwa.

Aya makipe akaba yagabanyijwe mu matsinda atatu aho buri tsinda rizatanga izamuka muri 1/2 maze hatorwe indi imwe yatsinzwe neza (best loser)

Itsinda A: APR FC (Rwanda), Vipers FC (Uganda), Gor Mahia (Kenya) na FC Garde Républicaine (Djibouti)

Itsinda B: Singida Black Stars (Tanzania), Simba SC (Tanzania), Jamus SC (Sudani y’Epfo) na Mogadishu City FC (Somalia)

Itsinda C: Al Hilal SC (Sudani), Rayon Sports (Rwanda), Tusker FC (Kenya) na KVZ FC (Zanzibar)

Rayon Sports yisanze mu itsinda rimwe na Al Hilal SC

APR FC yisanze mu itsinda rimwe na Gor Mahia

Source : http://isimbi.rw/tombola-ya-cecafa-isize-rayon-sports-na-apr-fc-mu-matsinda-ry-urupfu-10-July.html

Comments

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *