Ni mu gihe muri iri gororero kandi abandi bana 16 biga mu mashuri yisumbuye na bo bari kwitegura gukora ibizamini bya Leta bizatangira ku wa 17 Nyakanga 2026, barimo 10 bazasoza icyiciro rusange n'abandi batandatu bazakora igisoza amashuri yisumbuye.
Muri rusange abana 27 bo muri iri gororero ry'abana ni bo bari gusoza amasomo bava mu cyiciro kimwe bajya mu kindi.
Igororero ry'abana rya Nyagatare barenga 630 barimo abakobwa 19 ndetse bose biga amashuri asanzwe ndetse n'imyuga.
Muri aba bagiye gukora ibizamini bya leta uko ari 27, bari mu myaka hagati ya 16 na 23 aho abenshi bahamijwe ibyaha by'ihohotera (viol).
Imyaka y'ibihano aba bana bakatiwe ni guhera ku mwaka umwe kugeza ku myaka 15.
Mu Rwanda hose abanyeshuri basaga ibihumbi 270 ni bo bakoze ibizamini bya Leta bisoza icyo cyiciro, basabwa kwitwara neza no gutsinda.









Leave a Reply