Umutoza yitabye Imana yishimira igitego cyo ku munota wa nyuma #rwanda #RwOT

Written by

in

Umutoza w’ikipe ya El Magd mu cyiciro cya kabiri mu Misiri, Adham El-Selhedar, yaraye yitabye Imana igihe yishimiraga igitego ikipe ye yari itsinze cyayihesheje amanota 3.

Ni umukino wabaye ku munsi w’ejo hashize aho iyi kipe yari yakiriye Al-Zarka mu mukino w’umunsi wa 9 wa shampiyona y’icyiciro cya kabiri mu Misiri.

Iyi kipe yari ku mwanya wa nyuma yarwanaga no kureba ko yawuvaho, iminota 90 y’umukino yarangiye ari 0-0, yaje kubona igitego cy’intsinzi ku munota wa 2 w’inyongera ibintu byashimishije cyane umutoza wayo, Adham El-Selhedar akishimira iki gitego agahita ahera umwuka.

Yahise yihutanwa kwa muganga aho yajyanywe mu bitaro bya Al-Amriya ariko ntibabasha kuramira ubuzima bwe kuko byari byarangiye, abaganga bavuze ko yafashwe n’umutima igihe yishimiraga iki gitego.

Umutoza Adham El-Selhedar yitabye Imana yishimira igitego

Yahise ajyanwa kwa muganga ariko ntibagira icyo bamufasha

Source : http://isimbi.rw/siporo/article/umutoza-yitabye-imana-yishimira-igitego-cyo-ku-munota-wa-nyuma

Comments

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *