COVID : Gukingira abafite imyaka 18 muri Kigali byasubukuwe nyuma y’iminsi micye bisubitswe kubera ubwinshi bw’abitabira #rwanda #RwOT

Written by

in

Itangazo rya Minisiteri y’Ubuzima ryagiye hanze ku gicamunsi cyo kuri uyu wa Kabiri tariki 31 Kanama, rivuga ko ibikorwa gukingira COVID-19 abantu bafite kuva ku myaka 18 mu Mujyi wa Kigali byongeye gusubukurwa.

Iri tangazo rigira riti 'Buri munsi tuzajya turara tubagejejeho aho site z’ikingira ziherereye.'

Minisiteri y’Ubuzima yari iherutse gutangaza ko yabaye ihagaritse igikorwa cyo gukingira mu buryo bwa rusange abahabwa urukingo rwa mbere kuko abari bateganyijwe gukingirwa mu byumweru bibiri mu mujyi wa Kigali.

Itangazo rya ririya subika ryo gukingira abafite guhera ku myaka 18 mu Mujyi wa Kigali, ryavugaga guhera ku wa Gatandatu tariki ya 28 Kanama 2021, mu Mujyi wa Kigali hazakomeza gukingirwa gusa abafata doze ya 2 y’urukingo rwa Covid-19.

Minisiteri y’Ubuzima yatangazaga ko kuba hasubitswe biriya bikorwa byatewe n’ikibazo cy’inkingo zabaye nke kuko byiciro by’Abaturage b’Umujyi wa Kigali byari biteganyijwe gukingirwa mu gihe by’ibyumweru bibiri bitabiriye cyane ku buryo imibare yateganywaga gukingirwa buri munsi yikubye inshuro zirenze ebyiri.

UKWEZI.RW

Source : http://www.ukwezi.rw/mu-rwanda/Ubuzima/article/COVID-Gukingira-abafite-imyaka-18-muri-Kigali-byasubukuwe-nyuma-y-iminsi-micye-bisubitswe-kubera-ubwinshi-bw-abitabira

Comments

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *