Perezida Kagame yazamuye mu ntera Col Muhizi – #rwanda #RwOT

Written by

in

Muhizi Pascal wagizwe Brigadier General yahoze ari Umuyobozi w’Ingabo mu turere twa Rubavu, Nyabihu na Rutsiro. Mu bihe bitandukanye yakunze kugaragara mu biganiro bigamije kubungabunga amahoro n’umutekano muri utwo turere, aho yaganirizaga abaturage kenshi.

Ipeti yahawe ni irya kane ryo hejuru mu gisirikare cy’u Rwanda, inyuma ya General, Lieutenant General na General Major. Ni ryo rito mu cyiciro cy’amapeti y’aba Ofisiye bo mu rwego rwa General.

Rirangwa n’ikirangantego, inyenyeri imwe ndetse n’ishusho y’intwaro.

Col Muhizi yazamuwe mu ntera agirwa Brigadier General

Ipeti Muhizi yahawe ni ryo rito mu cyiciro cy’abajenerali

Comments

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *