Perezida Kagame yakiriye inyandiko zemerera Al-Madani guhagararira Arabie Saoudite mu Rwanda –

Written by

in

Jamal M.H. Al-Madani ugiye guhagararira Arabie Saoudite yakiriwe n’Umukuru w’Igihugu nyuma yo gushyikiriza Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga, kopi z’impapuro zibimwemerera.

Yemejwe nka Ambasaderi uhagarariye Arabie Saoudite mu Rwanda n’Inama y’Abaminisitiri yateranye ku wa 14 Ukuboza 2021. Azaba afite icyicaro i Kampala aho yatangiye izi nshingano umwaka ushize.

U Rwanda na Arabie Saoudite bisanzwe bifitanye umubano n’ubufatanye mu nzego zitandukanye kuva mu 2006. Mu 2018, ibihugu byombi byasinyanye amasezerano y’ubufatanye mu bya Dipolomasi.

Ni ibihugu kandi bikorana ubuhahirane aho nk’ibikomoka kuri Peteroli byinshi bikoreshwa mu Rwanda biba biturutse muri iki gihugu cyo mu Barabu.

Arabie Saoudite iri mu bihugu 10 u Rwanda rwatumijemo ibintu byinshi mu mwaka ushize, nk’aho mu Ugushyingo 2020 agaciro kabyo kari miliyoni 5,83$ kavuye kuri miliyoni 6,50$ mu 2019.

Jamal M.H. Al-Madani yashyikirije Perezida Kagame impapuro zimwemerera guhagararira Arabie Saoudite mu Rwanda

Perezida Kagame ubwo yakiraga Jamal M.H Al-Madani muri Village Urugwiro

Comments

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *