Kirehe: Polisi yarashe imfungwa eshanu zageragezaga gutoroka –

Written by

in

Mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatatu tariki ya 28 Mata 2021, nibwo izi mfungwa uko ari eshanu zagerageje gutoroka ubwo zari zigiye gukaraba, abapolisi bari babarinze bahita babarasa.

Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda CP Kabera John Bosco yagize ati “ Amakuru y’ibanze dufite ni uko abapolisi bahaga amazi yo gukaraba abafungwa mu gitondo. Binjijemo amazi rero abandi bahita basohoka bariruka, abapolisi barasa hejuru abandi baranga, nibwo barashemo abo batanu.”

Birashoboka ko izo mfungwa zarasiwe kuri sitasiyo y’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB) zitegerejwe kugezwa mu bushinjacyaha.

CP Kabera yavuze ko inzego zibishinzwe zatangiye iperereza kugira ngo hamenyekane ukuri kuri iryo raswa.

Ifoto ya satellite igaragaza Umurenge wa Nyarubuye aho izo mfungwa zarasiwe

Comments

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *