Mu mafoto: Perezida Kagame na Madamu Jeannette Kagame bifatanyije n’abasaga 500 gutangiza #Kwibuka27 (Amafoto) –

Written by

in

Uyu muhango wabereye muri Kigali Arena kuri uyu wa 7 Mata 2021 witabiriwe n’abasaga 500 barimo abayobozi bakuru b’igihugu, abadipolomate bahagarariye ibihugu byabo mu Rwanda, abahagarariye imiryango y’abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi, abahagarariye ibyiciro bitandukanye birimo abikorera, abanyamadini n’abandi.

Mu rwego rwo kubahiriza ingamba zashyizweho mu kwirinda ikwirakwira rya Coronavirus, ibi bikorwa byitabiriwe n’abantu bake ugereranyije n’ubushobozi bw’abo Kigali Arena ishobora kwakira mu gihe abandi Banyarwanda n’abari hanze yarwo babikurikiranye hifashishijwe radio, televiziyo, ibitangazamakuru n’imbuga nkoranyambaga.

Umunyamabanga Nshingwabikorwa wa Komisiyo yo kurwanya Jenoside, CNLG, Dr Bizimana Jean Damascène, yavuze ko nk’uko abakurambere babivuga ko umuryango utibuka uzima, ari nayo mpamvu kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi ari ngombwa kugira ngo bifashe mu kurwanya abapfobya amateka.

Mu kiganiro cyagarutse ku mizi ya Jenoside yakorewe Abatutsi, Dr Bizimana, yagaragaje ko Jenoside yakorewe Abatutsi yateguwe ndetse ingengabitekerezo ya Parmehutu na MRND ari imizi ya kure ya Jenoside.

Mu bindi biganiro byatanzwe harimo ibyagarutse ku buhamya bw’abarokotse Jenoside, indirimbo zo kwibuka ndetse n’ubundi butumwa bwatanzwe n’abayobozi batandukanye.

Perezida Kagame na Madamu Jeannette Kagame ubwo bageraga muri Kigali Arena. Aha Umukuru w’Igihugu yasuhuzaga Perezida wa Sena, Iyamuremye Augustin

Umuhango wo gutangiza icyumweru cy’icyunamo wabimburiwe no kuririmba indirimbo yubahiriza igihugu

Perezida Kagame na Madamu Jeannette Kagame n’Umunyamabanga Nshingwabikorwa wa Komisiyo yo kurwanya Jenoside, CNLG, Dr Bizimana Jean Damascène, n’abandi bitabiriye uyu muhango bafashe umunota wo kwibuka Abatutsi bishwe muri Jenoside

Uyu muhango witabiriwe n’abanyacyubahiro batandukanye

Perezida Kagame yavuze ko kongeraho kubaho k’u Rwanda byagizwemo uruhare na bamwe mu Banyarwanda bashatse kubaka igihugu kibabereye

Perezida Kagame yavuze ko Jenoside yakorewe Abatutsi ari amateka y’ukuri kandi kutazahinduka

Perezida Kagame yavuze ko ibyo Abanyarwanda bahura nabyo n’amateka banyuzemo bituma bakomeza gutera intambwe ijya imbere

Umunyamabanga Nshingwabikorwa wa Komisiyo yo kurwanya Jenoside, CNLG, Dr Bizimana Jean Damascène, yagaragaje uko Jenoside yateguwe ikanashyirwa mu bikorwa n’ubutegetsi bubi

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Dr Vincent Biruta

Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Urubyiruko n’Umuco, Bamporiki Edouard

Umuyobozi wa UNFPA mu Rwanda, Mark Bryan Schreiner

Musenyeri Nzakamwita Servillien na we yitabiriye iki gikorwa

Umunyamabanga Mukuru wa RPF Inkotanyi, François Ngarambe

Umuyobozi w’Umujyi wa Kigali, Rubingisa Pudence, na we yitabiriye uyu muhango

Minisitiri w’Ingabo, Maj. Gen Murasira Albert, mu banyacyubahiro bitabiriye uyu muhango

Minisitiri w’Ubuzima, Dr Ngamije Daniel, akurikiye impanuro z’Umukuru w’Igihugu

Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu, Gatabazi Jean Marie Vianney

Perezida w’Urukiko rw’Ikirenga, Dr. Faustin Nteziryayo

Minisitiri w’Imari n’Igenamigambi, Dr. Uzziel Ndagijimana, mu bitabiriye uyu muhango

Perezida w’Inteko Ishinga Amategeko y’u Rwanda, Umutwe w’Abadepite, Mukabalisa Donatille

Umujyanama wa Perezida wa Repubulika mu by’Umutekano, Gen James Kabarebe

Minisitiri wa Siporo, Munyangaju Aurore Mimosa

Umugaba Mukuru w’Ingabo z’u Rwanda, Gen Jean Bosco Kazura, na we yitabiriye uyu muhango

Umuyobozi w’Ingabo mu Mujyi wa Kigali no mu Ntara y’Iburasirazuba, Gen Maj Mubaraka Muganga

Umujyanama wa Perezida wa Repubulika mu by’Umutekano, Gen James Kabarebe n’Umugaba Mukuru w’Ingabo z’u Rwanda, Gen Jean Bosco Kazura n’abandi bayobozi bakuru mu ngabo bitabiriye uyu muhango

Umuyobozi Mukuru w’Urwego rw’Igihugu rw’Iterambere (RDB), Clare Akamanzi, mu bayobozi bakuru bitabiriye umuhango watangirijwemo icyumweru cy’icyunamo

Ambasaderi w’u Rwanda muri Zimbabwe, James Musoni, mu bahagarariye igihugu hanze bitabiriye uyu muhango

Abasirikare bakuru mu bitabiriye uyu muhango

Abahagarariye ibihugu byabo n’imiryango mpuzamahanga mu Rwanda bitabiriye uyu muhango. Aba barimo Umuhuzabikorwa w’Amashami y’Umuryango w’Abibumbye mu Rwanda, Fodé Ndiaye (ibumoso) n’Umuyobozi wa UNFPA mu Rwanda, Mark Bryan Schreiner (iburyo)

Umuvugizi wa ADEPR, Pasiteri Ndayizeye Isaïe, mu banyamadini bitabiriye uyu muhango

Umuyobozi w’Umuryango ubumbiye hamwe abapfakazi ba Jenoside Yakorewe Abatutsi, AVEGA Agahozo, Mukabayire Valérie

Hailemariam Desalegn wabaye Minisitiri w’Intebe wa Ethiopia mu banyamahanga b’inshuti z’u Rwanda bitabiriye uyu muhango

Francis Kaboneka wabaye Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu na we yitabiriye uyu muhango

Abitabiriye uyu muhango muri Kigali Arena bicaye bubahirije amabwiriza yo kwirinda

KANDA HANO UREBE AMAFOTO MENSHI

Amafoto: Niyonzima Moïse

Video: Kazungu Armand


Comments

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *