Abasirikare b’u Rwanda bari mu butumwa bw’amahoro muri Centrafrique bakingiwe COVID-19 –

Written by

in

Igisirikare cy’u Rwanda cyatangaje ko abakingiwe bwa mbere ari abo muri Batayo ya Karindwi ifite icyicaro i M’poko mu Murwa Mukuru w’icyo gihugu, Bangui.

Biteganyijwe ko hakurikiraho abo mu bindi bice nk’abari ahandi i Bangui, i Bria, Kagambandoro na Batangafo.

Gukingirwa kw’izo ngabo byagizwemo uruhare na Leta y’u Rwanda muri gahunda yihaye yo gukingira mbere na mbere abahura n’ibyago byinshi byo kwandura Coronavirus.

Uretse abari mu mahanga, n’imbere mu gihugu abapolisi, abasirikare, abacungagereza, abagize urwego rwa DASSO n’abanyerondo barakingiwe.

Lt Col Joseph Safari ukuriye Ingabo z’u Rwanda ziri mu butumwa muri Centrafrique ubwo yakingirwaga

Ibikorwa byo gukingira bikomeje gukorwa ku bantu bose bafite ibyago byo kwandura

ACP Safari Uwimana ukuriye Abapolisi b’u Rwanda bari mu butumwa muri Centrafrique nawe yakingiwe

Abapolisi b’u Rwanda nabo bahawe urukingo

Amafoto: RDF


Comments

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *