Tag: Umutekano

  • Rwamagana: RIB yataye muri yombi umugabo wihishahishaga kubera gutemagura umugore we – #rwanda #RwOT

    Uyu mugabo w’imyaka 62 akurikiranyweho gutema umugore we w’imyaka 54 mu mutwe akoresheje umuhoro akamukomeretsa ku buryo bubabaje.

    RIB yafashe uyu mugabo kuri uyu wa Kabiri, tariki ya 17 Kanama 2021, nyuma y’igihe yari amaze yihishahisha kuko icyaha akurikiranyweho yagikoze ku wa 20 Kamena 2021, mu Karere ka Rwamagana, Umurenge wa Karenge, Akagari ka Bicaca, Umudugudu wa Bicaca.

    Umuvugizi wa RIB, Dr Murangira B. Thierry, yabwiye IGIHE ko ukekwa yafatiwe mu Murenge wa Gishari mu Karere ka Rwamagana.

    Yagize ati “Uwafashwe afungiye kuri Sitasiyo ya RIB ya Kigabiro mu gihe iperereza rikomeje kugira ngo hakorwe dosiye ishyikirizwe Ubushinjacyaha.”

    Yakomeje avuga ko ukora icyaha agakeka ko azihisha ntafatwe yibeshya kuko ubutabera buzamukurikirana.

    Ati ” Ijisho ry’ubutabera riba rimureba. Abaturage nabo bamaze gusobanukirwa ko guhishira umunyacyaha bigira ingaruka. Yakwihisha he, bitinde bitebuke arafatwa.”

    RIB iributsa abaturarwanda ko itazihanganira uwo ariwe wese uzafatwa akora ibyaha nk’ibi, inashimira Abanyarwanda ko bagenda basobanukirwa umusanzu wabo mu gutanga amakuru.

    Dr Murangira yasabye abantu kujya bagana inzego z’ibanze zikabafasha gucyemura amakimbirane bafitanye.

    Yagize ati “Nta muntu n’umwe ushobora guhirwa no kwihisha ubutabera. Urebye itariki yakoreye icyaha, ntiwatekereza ko yafatwa.’’

    Uyu mugabo wafashwe akurikiranyweho icyaha cyo gukubita cyangwa gukomeretsa ku bushake gihanwa n’ingingo ya 121 y’Itegeko No68/2018 ryo ku wa 30/08/2018 riteganya ibyaha n’ibihano muri rusange. Agihamijwe yahanishwa igifungo kitari munsi y’imyaka itatu ariko kitarenze itanu n’amafaranga y’u Rwanda atari munsi ya 500.000 Frw ariko atarenze 1.000.000 Frw.

    Urwego rw’Igihugu rushinzwe Ubugenzacyaha (RIB) rurashakisha uwitwa Habimana Alphonse ukekwaho icyaha cyo gutema umugore we akamukomeretsa cyane. pic.twitter.com/mcOtjdbDke

    — Rwanda Investigation Bureau (@RIB_Rw) June 30, 2021


    source : https://ift.tt/3yWNDdv

  • Urukiko rwemeje ko Dr. Rutunga Venant afungwa iminsi 30 #rwanda #RwOT

    Uyu mugabo w'imyaka 72, usanzwe afungiye muri Gereza ya Nyarugenge, yageze mu Rwanda avuye mu Buholandi aho yari amaze imyaka irenga 10 ndetse akaba yari n'umwalimu muri Kaminuza.

    Ashinjwa ibyaha bitatu, byose bifitanye isano na Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, byose agashinjwa kubikorera mu Kigo cy'Igihugu gishinzwe Ubushakashatsi mu by'Ubuhinzi (ISAR), Ishami rya Rubona, riri mu cyahoze ari i Butare, ubu ni mu Karere ka Huye.

    Saa tatu zuzuye zo kuwa Kane w'icyumweru gishize, nibwo inteko y'umucamanza umwe n'umwanditsi w'urukiko binjiye mu cyumba cy'iburanisha mu gihe Rutunga yari kumwe n'umunyamategeko we Me Sebaziga.

    Ubushinjacyaha bwari buhagarariwe n'abashinjacyaha babiri ku rukiko hari abanyamakuru benshi harimo n'abanyamakuru mpuzamahanga.

    Umucamanza yatangiye asoma umwirondoro wa Venant Rutunga,hanyuma yemera ko ari uwe hanyuma amwibutsa ko acyekwaho gukora icyaha cya Jenoside.

    Umucamnza yatangiye aha umwanya abaregwa ngo bagire icyo bavuga ku bijyanye n'icyaha cya Jenoside Rutunga acyekwaho, Me Sebaziga Sophonie yatangiye atanga inzitizi ku rubanza ari kuburana.

    Yagize ati “Nk'uko mubibona, uwo nunganira afungiye muri Gereza ya Nyarugenge kandi nta mpuzankano ziranga infungwa zo mu Rwanda yambaye.”

    Me Sebaziga yavuze ko Rutunga Venant afungiye aho adakwiye gufungirwa,ati”Umukiriya wange afunzwe mu buryo bunyuranije n'amatege.”

    Me Sebaziga yavuze ko muri Dosiye bafite irimo ko Rutunga yari yarakatiwe n'inkiko Gacaca agahabwa igihano cya burundu.

    Uyu munyamategeko ati “Umukiriya wange niba ari uko bimeze,yakagombye gufungirwa muri Gereza nko kurangiza igihano ariko adasubizwa mu inkiko kuburana.

    Umucamanza yabajije Rutunga niba azi ko yari yarakatiwe n'inkiko Gacaca mu Rwanda, amusubiza ati “ibyo bintu bya Gacaca ntabyo nzi, n'ibintu bafindafinze ntazi aho byavuye.”

    Urukiko rwahaye umwanya Ubushinjacyaha ngo busobanure impamvu Rutunga afungiye muri Gereza ya Nyarugenge, Ubushinjacyaha bwavuze ko nubwo afungiye muri Gereza ya Nyarugenge adafunganwe n'abandi.

    Rutunga yabwiye Urukiko ko abazwa bwa mbere yahawe imyenda y'imfungwa n'abagororwa akaza kuyakwa nyuma batazi impamvu bayimwatse.

    Ubushinjacyaha bwemeje ko Rutunga ari ahantu heza hatandukanye n'ahafungirwa abandi bafungwa hateganijwe kuva na mbere y'uko Rutunga aza.

    Ubushinjacyaha bwahise bubwira urukiko ko bataje kuburana aho Rutunga afungiye ko ahubwo baje gusaba urukiko ko Rutunga afungwa iminsi 30 y'agateganyo muri Gereza mu gihe Ipereza rigikomeje.

    Me Sebaziga yahise abwira urukiko ko nta heza ho muri Gereza ko nubwo wafungirwa muri Hotel ariko ufunzwe nta kiza kiba kirimo.

    Rutunga yahise yaka ijambo avuga ko ibyavuzwe n'ubushinjacyaha bwabeshye kuko azanwa mu Rwanda yahawe impuzankano y'abafungwa bo mu Rwanda ikabanza no kwanga kumukwira hanyuma ubuyobozi bwa Gereza bukamubwira ko buzamudodeshereza indi nyuma yo ku mupima.

    Rutunga ati “Nyuma nibwo bambwiye ko imyenda y'abafungwa idakenewe.”

    Umucamanza yahise avuga ko ibyagaragajwe n'uruhande ruregwa ndetse n'ibyavuzwe n'ubushinjacyaha byose bizasuzumwa mu cyemezo cy'urukiko ahita ategeka ko iburanisha rikomeza,

    Ubushinjacyaha bwavuze ko Venant Rutunga yicishije abakozi b'Abatutsi bakoranaga mu gihe cya Jenoside muri ISAR Rubona,barimo Epaphrodite Kalisa na George Ndamage.Aba bishwe ku mabwiriza ya Rutunga Venant bo n'abatutsi bagera ku bihumbi 2000 bari bahungiye muri ISAR.

    Ubushinjacyaha bwasobanuye ko bishwe biturutse ku bajandarume bahurujwe na Rutunga Venant ubwe.

    Ubushinjacyaha buti “turasabira Dr Rutunga gufungirwa muri gereza by'agateganyo iminsi 30 kugira ngo dukomeze iperereza tunashake n'abandi batangabuhamya bagaragaza uruhare Dr Rutunga yagize muri Jenoside.”

    Dr Rutunga Venant yahise yemerera Urukiko ko koko yagiye I Butare guhuruza abajandarume kuko ikigo yari ayoboye cyari cyatewe n'abantu bari bavuye mu ma komine atandukanye.

    Umucamanza yahise abaza Dr Rutunga niba azi Uwitwa Epaphrodite Kalisa na Ndamage George,Ubushinjacyaha bwavuze ko bishwe ku mabwiriza ye.

    Rutunga yahise asubiza ko abo bagabo abazi ko kandi koko bari abakozi ba ISAR Rubona ko ariko ibyo ubushinjacyaha bwavuze ko bishwe ku mabwiriza ye bwabeshye kuko ababishe bahari kandi banabifungiwe.

    Dr Rutunga ati “Keretse niba barabafunguye ngo bazaze kunshinja wenda.”

    Ubushinjacyaha mu kwerekana imikorere y'icyaha cya Jenoside Dr Rutunga acyekwaho, bwavuze ko nyuma yo kuvumbura abo bakozi b'abatutsi bishwe bavumbuwe n'abajandarume ku mabwirizwa ye,ngo uyu Dr Rutunga yahise ahemba abishe Epaphrodite Kalisa na Ndamage George abaha inka ipima ibiri 400 nk'igihembo cy'igikorwa bari bamaze gukora.

    Dr Rutunga Venant yahise abwira urukiko ko ibyo gutanga inka y'abamaze kwicwa nabyo bitabayeho kuko n'ikimenyimenyi Ubushinjacyaha bunavuze ibiro inka yari ifite yahembwe abicanyi.

    Rutunga ati “Nyakubahwa iyo nka yagiye gutangwa ibanza gupimwa ibiro?.”

    Umucamanza yahaye umwanya abaregwa ngo bagire icyo bavuga ku busabe bw'ubushinjacyaha bwo gufungwa muri Gereza iminsi 30 y'agateganyo.

    Dr Rutunga Venant yahise abwira umucamanza ko ibyo ubushinjacyaha bwavuze ntacyo yabivugaho kuko byose biri mu mwanzuro Urukiko rufite.

    Me Sebaziga Sophonie yahise abwira urukiko ko ibyasabwe n'ubushinjacyaha bidakwiye guhabwa ishingiro kuko uwo yunganira atatoroka ubutabera .

    Me Sebaziga yanavuze ko uwo yunganira nta binyenyetso yasibanganya mu gihe yaba arekuwe.Ati “Venant ntabwo yasibanganya ibimenyetso adafite.”

    Me Sebaziga yasabye Urukiko ko uwo yunganira yarekurwa by'agateganyo ahubwo urukiko rugategeka ibyo Rutunga yazajya yubahiriza nk'uko biteganywa n'amategeko.

    Umucamanza yahaye umwanya Ubushinjacyaha ngo bugire icyo bwongeraho ku byasabwe n'abaregwa, buvuga ko Dr Rutunga Venant nta kuntu yarekurwa by'agateganyo n'abantu yasize yoretse mu Rwanda n'Ubuholandi yahungiyemo aribwo bwamufashe bukamushyikiriza inzego z'ubutabera z'u Rwanda.

    Ubushinjacyaha buti “Turagira ngo twibutse ko ibyakorewe byose Rutunga Venant byubahirije amategeko kuko yabarijwe ku gihe n'ubugenzacyaha, n'ubushinjacyaha bumubariza ku gihe kugeza hatangiye inzira zo kumuburanisha ifungwa n'ifungurwa ry'agateganyo.Nta tegeko nari rimwe ryigeze ryicwa ibyakozwe byose bikurikije amategeko.”

    Kuwa 26 Nyakanga 2021 nibwo Ubushinjacyaha bwatangaje ko Ubuholande bwohereje Venant Rutunga, Ucyekwaho icyaha cya Jenoside yakorewe Abatutsi 1994.

    Umwirondoro wa Venant Rutunga umwerekana nk'umuntu ukomoka mu cyahoze ari Peregitura ya,Ruhengeri Komine Gakenke ubu ni mu Karere ka Gakenke.

    Venant Rutunga mbere ya Jenoside yakorewe Abatutsi 1994, yari umuyobozi w'ikigo cy'ubushakashatsi mu by'ubuhinzi cya ISAR Rubona,uyu munsi ni mu Karere ka Huye.Mbere ya Jenoside yakorewe Abatutsi 1994 hari muri Komine Ruhashya.

    Aha muri ISAR Rubona ni naho bicyekwa ko ariho yakoreye Jenoside.

    Venant Rutunga yatawe muri yombi muri 2019 afungirwa mu Buholandi aho yafashwe yari ahamaze imyaka isaga 10.Yafashwe kuko hari hashize igihe ashyiriweho impapuro zimuta muri yombi n'ubushinjacyaha bw'u Rwanda.

    Source : https://umuryango.rw/amakuru/mu-rwanda/ubutabera/article/urukiko-rwemeje-ko-dr-rutunga-venant-afungwa-iminsi-30

  • RIB yafashe umwalimu ukekwaho gusambanya umwana yigishaga #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Tariki ya 05 Kanama 2021, nibwo Nshimiyimana Theodore bivugwa ko yasambanyije umwana w’umukobwa yigishaga, icyaha yakoreye mu Mudugudu wa Mitari, Akagari ka Kabatasi, Umurenge wa Rubona, Akarere ka Rwamagana ahita acika.

    Ku wa Mbere tariki ya 16 Kanama 2021, nibwo Nshimiyimana Theodore yafashwe ari kumwe na Nzabonimana Elissa w’imyaka 37 y’amavuko wari umuhishe banafatanwa amafaranga y’u Rwanda 800,000 bashakaga guha Umugenzacyaha kugira ngo yoroshye dosiye.

    Umuvugizi w’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, Dr. Murangira B. Thierry, yavuze ko Nshimiyimana yakomeje kwihishahisha ariko aza kubona ko bitagishobotse ahitamo gutuma Nzabonimana Elissa ku mugenzacyaha kugira ngo bamuhe ruswa bityo dosiye ye yoroshywe.

    Yagize “Yabonye kwihishahisha bitamushobokera, bimaze kumugora abona nta herezo ryabyo akoresha umukomisiyoneri wari umuhishe iwe ngo agende avugane n’Umugenzacyaha bamuhe ruswa na we abona ari uburyo bwiza bwo gufata umunyacyaha, arabyemera bamwemerera 1,000,000 frs, bumvikana aho bahurira kwa Nzabonimana Elissa wari umukomisiyoneri wari unahishe Nshimiyimana, bafatanwa 800,000 frw andi 200,000 frw bari kuyamuha none.”

    Nshimiyimana Theodore na Nzabonimana Elissa bafungiye kuri sitasiyo ya RIB ya Rubona mu gihe hagikorwa iperereza kugira ngo hakorwe dosiye ishyikirizwe Ubushinjacyaha.

    Umuvugizi wa RIB, Dr. Murangira B. Thierry, yavuze ko nta muntu ushobora kugura ubutabera kugira ngo adakurikiranwaho icyaha anibutsa ko icyaha cya ruswa kitababarirwa.

    Yavuze ko abakeka ko bashobora gutanga ruswa mu bugenzacyaha, mu bushinjacyaha no mu nkiko ko ijisho ry’ubutabera ribareba.

    Yagize ati “Uretse kuba RIB itazihanganira icyaha cyo gusambanya umwana no kumuhohotera mu bundi buryo, ruswa na yo iri mu byaha bigomba kurwanywa bikaranduka. Ruswa ni mbi cyane kandi ikagira n’ingaruka mbi yo kuba abantu b’umutima mucye batuma ubutabera butagerwaho.”

    Yanashimiye kandi umugenzacyaha wagaragaje ubunyangamugayo akanga kwakira ruswa ahubwo agatuma umunyacyaha afatwa.

    Dr. Murangira kandi yanavuze ko biteye isoni, ikimwaro n’akababaro kubona hari abantu bagitekereza guhishira abakoze ibyaha bikomeye nyamara ahubwo bagomba kugira uruhare mu kubafata.

    Yasabye abaturage ubufatanye n’inzego z’umutekano, bagatangira amakuru ku gihe kugira ngo abanyabyaha bafatwe bahanwe. RIB kandi ngo iracyakomeje iperereza rigamije kumenya abahishe Nshimiyimana bose kugira ngo bahanwe.

    Nshimiyimana Theodore akurikiranyweho icyaha cyo gusambanya umwana gihanwa n’ingingo ya 04 y’itegeko No 69/2019 ryo kuwa 08/11/2019 rihindura itegeko No 68/2018 ryo kuwa 30/08/2018 riteganya ibyaha n’ibihano rusange. Aramutse ahamwe n’iki cyaha yahanishwa igihano cy’igifungo kitari munsi y’imyaka 20 ariko kitarenze imyaka 25.

    Akurikiranyweho kandi icyaha cyo gusaba, kwakira cyangwa gutanga indonke gihanwa n’ingingo ya 04 y’itegeko No 54/2018 ryo kuwa 13/08/2018 ryerekeye kurwanya ruswa. Aramutse ahamwe n’iki cyaha yahanishwa igifungo kitari munsi y’imyaka itanu (5) ariko kitarenze imyaka irindwi (7) n’ihazabu y’amafaranga y’u Rwanda yikubye inshuro kuva kuri eshatu (3) kugeza kuri eshanu (5) z’agaciro k’indonke yatse cyangwa yakiriye.

    Naho Nzabonimana Elissa akurikiranyweho icyaha cyo kutamenyekanisha icyaha cy’ubugome cyangwa gikomeye gihanwa n’ingingo ya 243 y’itegeko No 68/2018 ryo ku wa 30/08/2018 riteganya ibyaha n’ibihano muri rusange.

    Aramutse ahamwe n’iki cyaha yahanishwa igihano cy’igifungo kitari munsi y’amezi atandatu (6) ariko kitarenze umwaka (1), n’ihazabu y’amafaranga y’u Rwanda atari munsi ya 100,000 frw ariko atarenze 300,000 frw.
    Hari kandi icyaha cy’ubufatanyacyaha ku cyaha cya ruswa gihanwa n’ingingo ya 84 y’itegeko No 68/2018 ryo kuwa 30/08/2018 riteganya ibyaha n’ibihano muri rusange.

    Aramutse ahamwe n’iki cyaha yahanwa nk’uwakoze icyaha cyo gusaba, kwakira cyangwa gutanga indonke.

    source : https://ift.tt/3iQEg9y

  • Gasabo: Inkongi y'umuriro yibasiriye agakiriro ka Gisozi #rwanda #RwOT

    Mu mujyi wa Kigali mu karere ka Gasabo mu Murenge wa Gisogi, hakomeje kuvugwa inkuru y'umuriro udasanzwe wibasiriye agakiriro ka Gisozi maze ukangiza ibintu byinshi bitandukanye.

    Ibi byabaye mu gitondo cyo kuri uyu wa Kabiri tariki 17 Kanama 2021.

    Amakuru avuga ko mu minsi yashize zimwe mu nyubako z'aka Gakiriro ko mu Karere ka Gasabo mu Mujyi wa Kigali, zagiye zibasirwa n'inkongi y'umuriro ikangiza byinshi byabaga bizirimo.

    Mu gitondo cyo kuri uyu wa Kabiri inkongi y'umuriro yongeye gufata zimwe mu nyubako za kariya Gakiriro gasanzwe gakorerwamo ibikorwa by'ubukorikori.

    Umwe mu babonye iby'iyi nkongi, yavuze ko yaturutse ku bishashi by'uwasudiraga byaguye mu mifariso ubundi bigahita byaka umuriro w'inkekwe.

    Gusa Polisi y'u Rwanda ishami ryayo rishinzwe kuzimya inkongi, yatabaye nubwo yasanze hamaze kwangirika byinshi mu bikoresho byari muri ziriya nyabako.

    Ubuyobozi bwa kariya Gakiriro butangaza ko hangiritse ibikoresho byinshi birimo ibitanda, utubati na matela bifite agaciro k'agera muri miliyoni 400 Frw.

    Source : https://impanuro.rw/2021/08/17/gasabo-inkongi-yumuriro-yibasiriye-agakiriro-ka-gisozi/

  • Kigali: Umusore w’imyaka 23 yafatanwe moto ebyiri zibwe mu rugo rw’Umunyamerika – #rwanda #RwOT

    Uyu musore yafashwe mu gitondo cyo ku wa 16 Kanama 2021, akaba yari mu itsinda ry’abantu batatu basunikaga moto bari bamaze kwiba bitewe n’uko bari bananiwe kuzifungura, babiri muri bo bakaba bacitse nyuma yo kubona abapolisi.

    Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda, Commissioner of Police (CP) John Bosco Kabera yavuze ko uyu musore yafashwe ku bufatanye bw’abaturage na Polisi binyuze mu guhanahana amakuru.

    Yagize ati “Polisi yabonye amakuru atanzwe n’abaturage bo mu Murenge wa Kimihurura saa kumi n’ebyiri, bavuze ko hari moto ebyiri bacyeka ko zibwe n’abo bantu batatu barimo kuzisunika. Hashakishijwe bariya bantu bafatirwa mu Murenge wa Kimihurura mu kilometero kimwe uvuye mu rugo rw’umuturage (Umunyamerika) ari naho izi moto zari zibwe.”

    CP Kabera yashimiye abaturage ku gikorwa bagaragaje mu kwicungira umutekano binyuze mu gutanga amakuru ku bantu bijandika mu byaha. Yashimiye uribyiruko rw’abakorerabushake by’umwihariko ku ruhare rwabo mu kurwanya ibyaha.

    Uyu musore wafashwe yahise ashyikirizwa Urwego rushinzwe ubugenzacyaha (RIB) rukorera muri sitasiyo ya Polisi ya Kimihurura mu gihe hagishakishwa abandi babiri bari kumwe na we.

    Ukekwaho ubujura bwa moto yafashwe ari kuzisunika nyuma yo kunanirwa kuzifungura bakimara kuziba

    source : https://ift.tt/3mbupgG

  • Gisozi: Agakiriro kongeye kwibasirwa n’inkongi y’umuriro yangije byinshi (Amafoto) – #rwanda #RwOT

    Kuri uyu wa Kabiri tariki ya 17 Kanama 2021, ahagana saa tatu za mu gitondo ni bwo aka gakiriro kongeye kwibasirwa n’inkongi y’umuriro, ku gice gikoreramo Koperative ADARWA.

    Bamwe mu baturage bagakoreramo babwiye IGIHE ko iyi nkongi yatewe n’ibishashi by’umuriro byaturutse ku bikorwa byo gusudira byaje kugwa kuri matela bituma umuriro utangira gufata ibindi bintu bitandukanye byari aho hafi.

    Uwase Clarisse yagize ati “Iyi nkongi yatewe n’uwasudiraga noneho akantu k’igishashi gatakara muri matela zihita zitangira gushya.”

    Yasabye inzego zibishinzwe ko zakangurira abahakorera kugira kizimyamoto kugira ngo igihe inkongi yibasiriye aka gakiriro bajye bahita babasha kuyizimiriza itarafata ibintu byinshi.

    Umusore witwa Habimana Selemani yavuze ko matela zikwiye gukurwa muri aka gakiriro kugira ngo hakumirwe n’inkongi za hato na hato zikunze kuhagaragara anashishikariza abagakoramo kugira ubwinshingizi ngo kuko benshi mu bahakorera ntabwo bagira.

    Ubwo iyi nkongi yibasiraga aka gakiriro, kizimyamoto eshanu za polisi zahise zihagera zitangira kuyizimya uretse ko kugeza saa ine n’igice z’amanywa yari itarazima, ibyangiritse bikababaka miliyoni 400 z’amafaranga y’u Rwanda.

    Ibikoresho bitandukanye byahiye birakongoka

    Abakorera mu gakiriro bafashije polisi mu kuzimya inkongi

    Ubukana bw’inkongi mu Gakiriro bwatumye benshi bakuka umutima abandi bababazwa n’ibyabo byangiritse

    Mu byangiritse harimo n’imashini zifashishwaga mu bikorwa bitandukanye

    Imbaho na zo zafashwe n’inkongi zirashya

    Ibikorwa byo kuzimya iyi nkongi byamaze umwanya munini bitaratanga umusaruro

    Polisi yatabaye vuba ihita itangira kuzimya iyi nkongi

    Amafoto: Thamimu Hakizimana


    source : https://ift.tt/3m9DM09

  • Umuriro w’inkekwe wongeye kwibasira Agakiriro ka Gisozi utuma igice kimwe n’ibyarimo bikongoka #rwanda #RwOT

    Mu minsi yashize zimwe mu nyubako z’aka Gakiriro ko mu Karere ka Gasabo mu Mujyi wa Kigali, zagiye zibasirwa n’inkongi y’umuriro ikangiza byinshi byabaga bizirimo.

    Mu gitondo cyo kuri uyu wa Kabiri inkongi y’umuriro yongeye gufata zimwe mu nyubako za kariya Gakiriro gasanzwe gakorerwamo ibikorwa by’ubukorikori.

    Umwe mu babonye iby’iyi nkongi, yavuze ko yaturutse ku bishashi by’uwasudiraga byaguye mu mifariso ubundi bigahita byaka umuriro w’inkekwe.

    Gusa Polisi y’u Rwanda ishami ryayo rishinzwe kuzimya inkongi, yatabaye nubwo yasanze hamaze kwangirika byinshi mu bikoresho byari muri ziriya nyabako.

    Ubuyobozi bwa kariya Gakiriro butangaza ko hangiritse ibikoresho byinshi birimo ibitanda, utubati na matela bifite agaciro k’agera muri miliyoni 400 Frw.

    Photos/Igihe

    UKWEZI.RW

    Source : http://www.ukwezi.rw/mu-rwanda/Amakuru-anyuranye/Umuriro-w-inkekwe-wongeye-kwibasira-Agakiriro-ka-Gisozi-utuma-igice-kimwe-n-ibyarimo-bikongoka

  • Muhanga: Barinubira ruswa mu itangwa ry'ibyangombwa by'ubutaka n'imyubakire #rwanda #RwOT

    Abagana ibiro bishinzwe ibikorwaremezo, imiturire  n'imikoreshereze y'ubutaka (one  stop center) mu Karere ka Muhanga, baravuga ko ubigannye aba agomba kwibwiriza agatanga ruswa kugirango abone ibyangombwa byo kubaka cyangwa gusana inzu. Nubwo bazi neza ko gutanga no kwakira ruswa bihanwa n'amategeko, ngo nta mahitamo yandi baba bafite.

    Umwe mu basabye iyi serivise agatanga ruswa, ku izina rya Rutaganzwa twamuhimbye ku bw'umutekano we, ahamya ko kugira ngo abone ibyangombwa yashakaga byamusabye gutanga ruswa y'amafaranga asaga ibihumbi 300 kugirango abashe kubona ibyangombwa byo kubaka inzu.

    Yagize ati' Nashatse kubaka inzu muri ibi bice by'uyu mujyi ariko hari mugenzi wanjye wampuje n'abatanga ibyangombwa mu biro by'ubutaka ambwira ko kugirango mbashe kubona ibyangombwa ngomba gutanga amafaranga ibihumbi 200 ku mukozi wo muri iki kigo gusa sinigeze mbonana nawe kuko hari uwayamushyiriye nawe wayafashe aho nayashyize.

    Undi twahaye izina rya Mukakarera ku mpamvu z'umutekano we, yemeza ko hari benshi basaba ibyangombwa bigafata hafi amezi 2 batarabibona, nyamara ngo ugasanga hari abandi babibona mu gihe gito bakubaka, wowe ukazaza kubaka abandi baratashye inzu kandi mwarasabiye rimwe ibyangombwa.

    Kuki abakozi bo mu biro by'ubutaka bitana bamwana ku bivugwa bya ruswa?

    Umwe mu bakozi bakorera muri ibi biro by'ubutaka by'Akarere ka Muhanga wemeye kutuvugisha, nawe avuga ko ibivugwa abyumva, ko bamwe mu bakozi bakorana bavugwaho gufata indonke (ruswa) ndetse ngo ugasanga hari abahora babwirwa ko bafata ruswa kugirango borohereze abagana ibi biro kubona ibyangombwa byabo.

    Umuyobozi w'Ishami ry'ibikorwaremezo, imiturire n'imikoreshereze y'ubutaka, Nzabonimpa Onesphore avuga ko hari serivisi nyinshi zihatangirwa bityo ngo kuyitanga byashoboka nubwo atabyemeza neza. Gusa yibutsa abasaba ibyangombwa ko bitaboneka mu munsi umwe, ko bishobora no gufata amezi 3 kuko ngo hari ukwezi ko kugabamya ubutaka, ukundi ko guhererekanya ubutaka ku babuguze n'ukundi ko kuzuza ibyo usabwa kugira ngo ubashe kubona ibyo usaba.

    Si ubwa mbere muri iki kigo havuzwemo ibijyanye na ruswa kuko hari n'abakozi bagiye bahindurirwa serivisi bakoragamo ndetse bakajyanwa ahandi, hakaba n'abandi bagiye basezererwa kubera kuvugwaho ruswa, abandi bagasezera akazi bitewe no guhozwa ku nkeke n'abakira ruswa cyangwa n'abashaka kuyakira. Nubwo muri iki kigo havugwa ruswa kuri bamwe mu bakozi, abayitanze bose ntibagaragaza uyihabwa.

    Akimana Jean de Dieu

    Source : https://www.intyoza.com/muhanga-barinubira-ruswa-mu-itangwa-ryibyangombwa-byubutaka-nimyubakire/

  • Musanze: Polisi yafashe Bane mu bacyekwaho kwica Habimana Gadi #rwanda #RwOT

    Uwitwa amazina Sammy Celestin kuri Twitter, yanditse ubutumwa bwuzuye umubabaro asa n'utabaza inzego zibishinzwe avugira umuryango wa Habimana Gadi ko kuva yava mu rugo agiye Mu Karere ka Burera Kugurisha Mudasobwa, kuva icyo gihe kugeza ubu ntawuzi aka nunu kuyu musore.

    Yagize ati”Ku wa Gatanu w'icyumweru gishize 13/08/2021 ni bwo hamenyekanye amakuru y'ibura ry'umusore wo muri @MusanzeDistrict witwa Gad Habimanaul uri mu kigero cy'imyaka 21″


    Gad bivugwa ko ari mukigero cy'imyaka 21

    Yakomeje avuga ko kuri uwo munsi aribwo yavuye mu rugo i wabo mu Karere ka Musanze yerekeje mu karere ka Burera ahazwi nka Kidaho. ati“Bivugwa ko uwo munsi ari bwo yavuye mu mujyi wa Musanze, agiye ahitwa #Kidaho ho mu karere ka @BureraDistrict ajyanwe no kugurisha machine (laptop), iwabo bategereza ko ataha baraheba batangira kurangisha.”

    Uyu watanze amakuru yakomeje avuga ko kuva Nyakwigendera yagenda bakomeje kumuhamagara ntibikunde ndetse baranamutegereza baraheba.

    Mu gihe bari bari kumushakisha, ngo bahuye n'umusore wari ufite imyenda na telefone ya nyakwigendera ari kuyigurisha bamubajije aho ari abasubiza ko yishwe akajugunywa mu musarane.

    Ati”Amakuru avuga ko umuryango we wakomeje kumushakisha kugeza ubwo uyu munsi babonye umuntu ufite téléphone n'imyenda bya Nyakwigendera agiye kubigurisha bamubajije aho nyirabyo ari avuga ko ngo yishwe akajugunywa mu musarani, ariko ukuri mpamo ntikuramenyekana”

    Polisi y'igihugu ibinyujije ku rukut rwayo rwa Twitter, yasubije uyu Celestin ko bamwe mu bagize uruhare mu kwica nyakwigendera bamaze gufatwa.

    Iti”Muraho,

    Twafashe abantu bane bakekwaho kugira uruhare mu rupfu rwa Habimana Gad bakaba bafungiye kuri Sitasiyo ya Polisi ya Muhoza mu gihe hagikorwa iperereza. Murakoze”

    Iperereza rirakomeje kugira ngo harebwe niba ntabandi bagize uruhare muri iki gikorwa Kigayitse.

    Source : https://umuryango.rw/amakuru/article/musanze-bivugwa-ko-yishwe-akajugunywa-muri-wese-polisi-yafashe-bane

  • Polisi yataye muri yombi bane bakekwaho uruhare mu rupfu rw’umusore i Musanze – #rwanda #RwOT

    Uyu musore bivugwa ko yaburiwe irengero tariki 13 Kanama 2021, ubwo yavaga mu mujyi wa Musanze yerekeje Kidaho mu karere ka Burera kugurisha mudasobwa ye.

    Umuryango we warategereje uramubura, bakomeza kumushakisha ariko baraheba.

    Bivugwa ko urupfu rwe rwaje kumenyekana ubwo habonekaga umuntu ufite telefone n’imyenda ya nyakwigendera agiye kuyigurisha, yabazwa aho nyirabyo ari akavuga ko yapfuye.

    Polisi y’u Rwanda ibinyujije kuri Twitter, yatangaje ko bane mu bakekwa batawe muri yombi, mu gihe iperereza rigikomeje.

    Bagize bati “Muraho, Twafashe abantu bane bakekwaho kugira uruhare mu rupfu rwa Habimana Gad bakaba bafungiye kuri Sitasiyo ya Polisi ya Muhoza mu gihe hagikorwa iperereza.”

    Muraho,

    Twafashe abantu bane bakekwaho kugira uruhare mu rupfu rwa Habimana Gad bakaba bafungiye kuri Sitasiyo ya Polisi ya Muhoza mu gihe hagikorwa iperereza. Murakoze https://t.co/IGwks7hQD0

    — Rwanda National Police (@Rwandapolice) August 16, 2021

    Ntabwo icyihishe inyuma y’urwo rupfu kiramenyekana.

    Bane bakekwaho uruhare mu rupfu rw’uyu musore batawe muri yombi

    source : https://ift.tt/3sAmQBr