Tag: Umutekano

  • Abakorera mu Gakiriro ka Gisozi biyemeje guca burundu inkongi z’imiriro #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Impamvu ihurizwaho na benshi yagiye itera inkongi zibasira Agakiriro ka Gisozi kuva mu myaka itatu ishize, ni umuriro w’amashanyarazi bavuga ko udacungwa neza.

    Agakiriro ka Gisozi kagizwe n’amashyirahamwe manini (amakoperative) y’abacuruzi agera kuri atanu, ari yo ADARWA, APARWA, COPCOM, Umukindo hamwe n’Isoko rya Duhahirane.

    Mu mwaka wa 2019 Koperative ya APARWA iri hakurya y’umuhanda haruguru ya ADARWA (ahahiye ku wa kabiri w’iki cyumweru), yadutswemo n’inkongi y’umuriro inshuro zirenga eshatu, ariko izangije byinshi cyane zikaba ari izo ku itariki 03 na 29 Kamena 2019.

    Uwitwa Nzasenga Alfred wari ufite imashini zibaza hamwe n’imbaho bifite agaciro k’amafaranga y’u Rwanda miliyoni 17 bikaza gukongokera mu nkongi yo ku itariki 29 Kamena 2019, yahise atangaza ko asubiye ku isuka iwe i Musambira mu Karere ka Kamonyi.

    Kuri uyu wa Kane tariki 19 Kanama 2021 ubwo Kigali Today yasuraga agakiriro ka Gisozi, yasanze Nzasenga Alfred atarigeze agaruka nk’uko yabivugaga.

    Hari na bagenzi be bahombejwe n’inkongi yibasiye inzu za Uwera Jean Pierre, Kimenyi Innocent na Emmanuel Zunguruka zacururizwagamo imbaho, ibikoresho by’ubwubatsi n’ububaji (quincaillerie), imifariso yari yaragenewe gukora intebe ndetse n’ibiribwa.

    Izo nzu zahiriyemo imitungo y’abaturage yari ifite agaciro k’amafaranga arenga miliyoni 80 nk’uko twabitangarijwe n’Ubuyobozi bw’Umudugudu icyo gihe.

    Umwe muri abo baturage twumvise yitwa Daphrose (nta yandi mazina ye yifuje gutangaza), avuga ko yahombye ibicuruzwa bifite agaciro k’arenga miliyoni 29 mu nkongi zabereye mu Gakiriro ka Gisozi hamwe n’aka Kimironko.

    Daphrose agira ati “Ndibuka bya bindi byanjye nyine, igihombo nagize, nta kindi usibye kwiyakira, gusa nyine ni buhoro buhoro, hari ibyo wikuraho kugira ngo umwana abone ibyo arya ubuzima bukomeze”.

    Daphrose warimo yegerenya uduce tw’imifariso two gukora intebe, ari muri bake bahombye ibintu ariko barabifatiye ubwishingizi, icyakora kuri ubu akaba agitegereje ko Sosiyete SONARWA yamushumbusha.

    Asa n’uwafashe ingamba zikomeye, kuko iyo mifariso isigaye ibikwa ukwayo, imbaho na zo zigashyirwa ukwazo, ku buryo hagize igishya kitakongeza ikindi.

    Inyubako zo muri APARWA zaravuguruwe ku buryo zose ubu ari ibyuma gusa, ibintu bigiye birunze mu buryo buhanye intera kandi bitavangavanze.

    Insinga z’amashanyarazi hamwe n’ibyuma biyageza aho babariza byaravuguruwe hashyirwa ibikiri bishya, ndetse nta n’ubwo zandagaye aho buri wese abona ngo abe yazikubaganya.

    Byagabanyije impamvu zateza inkongi y’umuriro, ndetse kuri ubu hagiye gushira imyaka ibiri nta mpanuka habe n’iyoroheje ibaye muri APARWA.

    Twaganiriye n’Umuyobozi wa APARWA, Umutoni Immaculée akomeza agira ati “Insinga zose ubu ziri mu butaka, urebye hano hejuru nta rutsinga wabona kuko bizamuka bihita byinjira mu mashini, twazanye amazi (twakwifashisha mu kuzimya) hamwe na kizimyamoto, ariko hari n’umucanga ubwawo ni kizimyamoto, abantu barimo gufata ubwishingizi n’ubwo tubutanga bwose 100%”.

    Umutoni avuga ko Koperative APARWA igizwe n’ibibanza(ateliers) bigera ku 1,190 ndetse n’abanyamuryango barenze uwo mubare, muri 2019 yahombejwe n’inkongi z’imiriro amafaranga arenga miliyari ebyiri.

    ADARWA igiye gufata ingamba nk’iza APARWA

    Hakurya ya APARWA muri ADARWA aho batewe n’inkongi ikangiza ibibanza umunani byarimo ibikoresho n’ibicuruzwa by’imbaho n’imifariso(matelas) bifite agaciro k’amafaranga y’u Rwanda hafi miliyoni 350, na ho bafashe ingamba.

    Twagirayezu Thaddée ukuriye Koperative ya ADARWA akaba anayobora abikorera bose mu Murenge wa Gisozi, avuga ko hari impamvu ebyiri z’ingenzi ziri ku isonga mu gutwika Agakiriro.

    Ati “Hano hakorerwa byinshi bijyanye n’amashanyarazi, hakanakorera abantu rimwe na rimwe batazi ibyayo kuko dutoza abana baza barize imyuga, impamvu ya kabiri ikaba iy’uko buri muntu afite amashanyarazi ye(installation), yizaniye umutekenisiye we arayamukorera, ubu rero twafashe ingamba zo gukora ‘installation’ imwe”.

    Iyi ni gahunda avuga ko izaba yagezweho mu gihe kiratarenze amezi atatu, n’ubwo bazabanza kuba bafunguye amashanyarazi nk’uko byari bisanzwe(kuko ubu batarimo gukora).

    Twagirayezu avuga ko uretse kugira ahantu hamwe hacungirwa amashanyarazi akoreshwa na buri Koperative, bagomba no kugira za kizimyamoto muri buri ‘atélier’, amazi n’umucanga ndetse no gutoza abakoreramo bose gufata ubwishingizi.

    Ubwo Agakiriro kangizwaga cyane n’inkongi muri 2019, ishyirahamwe ry’Abishingizi mu Rwanda (ASSAR) ryavugaga ko mu mitungo y’Abaturarwanda bose(GDP) yari ifite agaciro ka miliyari ibihumbi bibiri (tiriyari ebyiri), iyari yarafatiwe ubwishingizi itarengaga 2%.

    Uretse APARWA na ADARWA zafashwe n’inkongi z’umuriro inshuro zirenze imwe, isoko rya Duhahirane hamwe n’umuturirwa wa ADARWA ubwawo, byigeze gufatwa n’inkongi z’imiriro mu bice byaho bimwe na bimwe, biturutse kuri Gaz batekesha mu gikoni.

    source : https://ift.tt/3gjUOFk

  • Kimenyi Yves yatawe muri yombi kubera ibirori bya “Baby Shower” #rwanda #RwOT

    Umunyezamu Kimenyi Yves wa Kiyovu Sports n'ikipe y'igihugu Amavubi ari mu maboko ya Police y'u Rwanda nyuma y'ibirori byo kwitegura umwana ' Baby Shower' biherutse gukorerwa umukunzi we Muyango witegura kwibaruka vuba.

    Umuvugizi wa Police y'u Rwanda CP JB Kabera,yatangarije B&B FM-Umwezi dukesha iyi nkuru ko ababiteguye n'abitabiriye bakarenga ku mabwiriza yo kwirinda COVID-19 bagomba gushakishwa bagahanwa.

    Kimenyi Yves yatawe muri yombi mu gihe ku wa 17 Kanama 2021 hasohotse amashusho agaragaza ibirori we n'umukunzi we Muyango Claudine bakorewe byo kwitegura kwakira imfura yabo.

    Ibi birori byatumye uyu mukinnyi atabwa muri yombi bizwi nka “Baby Shower”, byitabiriwe n'abantu benshi biganjemo abakobwa b'inshuti za Muyango zari ziri kwishimira ko uyu mukobwa agiye kwibaruka imfura ye.

    Bamwe mu bazwi bagaragaraye muri ibi birori harimo Ingabire Habibah wamenyekanye cyane mu marushanwa y'ubwiza mu Rwanda.

    Kimenyi yamamaye mu makipe atandukanye arimo APR FC, Rayon Sports, Kiyovu Sports no mu Ikipe y'Igihugu Amavubi.

    Urukundo rwe na Muyango Claudine witabiriye Miss Rwanda 2019,rwagiye ku mugaragaro muri Kanama 2019.



    Kimenyi Yves yafunzwe kubera ibirori bya “Baby Shower”byakorewe umwana yitegura kwibaruka we n'umukunzi we Muyango

    Source : https://umuryango.rw/amakuru/mu-rwanda/umutekano/article/kimenyi-yves-yatawe-muri-yombi-kubera-ibirori-bya-baby-shower

  • Ababyeyi bagaragaye bari kujugunya abana babo inyuma y'uruzitiro rw'amashanyarazi babahungisha Abatalibani [AMAFOTO] #rwanda #RwOT

    Ubuzima bukomeje kuba bubi ku baturage batifuza kuyoborwa n'Abatalibani baherutse gufata igihugu cya Afghanistan kuko hari amashusho yagaragaye ababyeyi bari kujugunya abana babo inyuma y'uruzitiro rw'ikibuga cy'indege cya Kabul kugira ngo babahungishe.

    Abagore bari bafite ubwoba bwinshi,bagaragaye bari kujugunya abana babo babanyujije hejuru y'uruzitiro rwari rwashyizwemo amashanyarazi ku kibuga cy'indege cya Kabul hanyuma bagasaba abongereza bari imbere muri icyo kibuga kubabajyanira ahari umutekano.

    Ibi byabaye ubwo aba Batalibani barasaga amasasu menshi mu bantu bigaragambyaga bashaka guhunga abandi bakabakubita inkoni nyinshi.

    Umuryango wa Hoteli yitwa Baron iri hafi y'ikibuga cy'indege cya Kabul niwo wakoreshwaga n'abanya Afghanistan benshi bashakaga guhungira muri UK.

    Aha hari harinzwe n'abakomando b'Abatalibani batari bafite impungenge zo kurasa uwo ariwe wese ushatse kuhegera.

    Umwe mu basirikare yabwiye The Independent ati 'Abagore bamwe bari bataye umutwe kubera gukubitwa n'abatalibani.Basakuzaga bati 'Tabara umwana wanjye,bakatujugunyira abana.Bamwe mu bana bwagwaga ku nsinga z'amashanyarazi.Byari biteye ubwoba kubibona.Nyuma nta mugabo n'umwe muri twe warize.'

    Abatalibani batangiye kugaragaza ishusho nyayo yabo ku munsi w'ejo kuko bishe abigaragambya,bakubita abantu,baranabahohotera bikabije.

    Nibura abantu 3 bapfuye abandi 6 barakomereka cyane Ubwo abatalibani barekuraga umuriro mu baturage ahitwa Jalalabad mu burasirazuba bwa Afghanistan.





    Abatalibani batangiye Politiki y'urugomo no kwica

    Source : https://umuryango.rw/amakuru/mu-mahanga/umutekano/article/ababyeyi-bagaragaye-bari-kujugunya-abana-babo-inyuma-y-uruzitiro-rw

  • Gasabo: Umukobwa yafashwe akekwaho gucuruza urumogi, umunsi umwe mbere y’uko asezerana – #rwanda #RwOT

    Ku gicamunsi cyo kuri uyu wa Gatatu tariki ya 18 Kanama 2021, ni bwo uyu yatawe muri yombi.

    Byari biteganyijwe ko asezerana imbere y’amategeko kuri uyu wa Kane tariki ya19 Kamena 2021, n’umusore biteguraga kurushinga.

    Uyu musore bateganyaga gusezerana yabwiye itangazamakuru ko yababajwe cyane n’itabwa muri yombi rye, aboneraho gusaba inzego zibishinzwe kumufasha bakarekura umukunzi we bagashyingiranwa.

    Ati “Ndasaba Polisi ko yambabarira ikampa umugeni wanjye bafatanye urumogi tugasezerana.”

    Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Jali, Ndanga Patrice, yatangaje ko aho uyu mukobwa yafatiwe ari na ho yari atuye.

    Ati “ Ni byo hari umukobwa baraye bafatanye urumogi kandi yagombaga gusezerana uyu munsi ku wa Kane hano ku Murenge wa Jali; yafatiwe mu Kagari ka Gateko kandi ni na ho yari atuye gusa sinzi niba yari asanzwe abigurisha kuko abacuruzi b’ibiyobyabwenge bagira amayeri menshi.”

    Yaboneyeho gushishikariza abaturage kwirinda gucuruza ibiyobyabwenge kuko bitemewe ndetse ingaruka zabyo ziba zikomeye.

    Ati “Icyo nasaba abaturage ni ukwirinda gukora ibintu binyuranyije n’amategeko kuko itegeko rirahari rihana umuntu wese ucuruza ibiyobyabwenge, abaturage bakwiye kubyirinda kuko ingaruka zabyo ni nyinshi haba kuri we cyane ko by’umwihariko yari agiye kubaka urugo rwe ubwo ahemukiye uwo bari bagiye kurushingana n’umuryango we kubera kujya mu biyobyabwenge.”

    Uyu mukobwa nyuma yo gutabwa muri yombi yahise avuga n’undi mugore bakora akazi kamwe ko kugurisha urumogi bose bajya gufungirwa kuri sitasiyo ya RIB ya Gatsata.

    Ingingo ya 263 y’itegeko nº68/2018 ryo ku wa 30/08/2018 riteganya ibyaha n’ibihano muri rusange, ivuga ko umuntu wese ukora, uhinga, uhindura, utunda, ubika, uha undi, ugurisha mu gihugu ibiyobyabwenge cyangwa urusobe rw’imiti ikoreshwa nka byo mu buryo bunyuranije n’amategeko, aba akoze icyaha. Iyo abihamijwe n’urukiko ahanishwa igifungo cya burundu n’ihazabu y’amafaranga y’u Rwanda arenze miliyoni makumyabiri (20.000.000 FRW) ariko atarenze miliyoni mirongo itatu (30.000.000 FRW) ku byerekeye ibiyobyabwenge bihambaye.

    Umukobwa wafashwe akekwaho gucuruza urumogi mu gihe haburaga umunsi umwe ngo asezerane imbere y’amategeko

    Umugore bivugwa ko yakoranaga n’uwo mukobwa wari ufite ubukwe na we yahise atabwa muri yombi

    source : https://ift.tt/3mfT6IF

  • Karasira yongeye gusabirwa gufungwa iminsi 30 y’agateganyo – #rwanda #RwOT

    Karasira yari yarasabiwe gufungwa iminsi 30 n’Urukiko rw’Ibanze rwa Nyarugenge, ariko aza kuvuga ko atemeranya n’umwanzuro w’Urukiko bityo ahitamo kujurira.

    Mu gitondo cyo kuri uyu wa Kane, nibwo uyu mugabo yongeye kugaragara imbere y’Urukiko Rwisumbuye rwa Nyarugenge yajuririyemo, ariko agaragaraza imbogamizi z’uko yumva atameze neza, bityo asaba ko urubanza rwimurirwa ikindi gihe.

    Inteko y’Iburanisha yasabye ubushinjacyaha kugira icyo bubivugaho, butangaza ko bwiteguye kuburana na cyane ko amakuru y’uko Karasira arwaye atari asanzwe azwi.

    Inteko yanzuye ko urubanza rwimurirwa kuwa Mbere tariki ya 23 Kanama ariko Karasira abaza inteko iburasnisha impamvu ishyize urubanza rwe hafi kandi yababwiye ko yumva atameze neza.

    Umucamanza yamusubije ko imanza z’ifungwa n’ifungurwa ry’agateganyo zigomba gucibwa vuba bishoboka, kugira ngo urubanza rutangire mu mizi.

    Karasira yahise avuga ko “Ibibi birutana”, asaba Urukiko ko rwamwemerera agakomeza kuburana uyu munsi aho kugira ngo azaburane ku wa Mbere, Urukiko rumusubiza ko nta kibazo mu gihe yumva afite ubushobozi bwo gukomeza, maze ubwo itariki nshya y’urubanza ntiyemezwa, ahubwo uruhande rwa Karasira rusabwa gutanga impamvu z’ubujurire bwarwo.

    Me Gatera Gashabana uri mu banyamategeko babiri bunganira Karasira, yavuze ko impamvu bajuriye ari uko bifuza ko Karasira Aimable arekurwa kuko asanzwe afite ibibazo by’uburwayi bwo mu mutwe, nk’uko byagaragajwe na Muganga w’Inzobere mu burwayi bwo mu mutwe, Dr. Murekatete Chantal, bityo akemererwa gukomeza kuburana ari hanze kugira ngo akomeze kwivuza mu buryo bworoshye.

    Karasira kandi yabwiye Urukiko ko muri Gereza afatwa nabi ndetse ko yigeze gukubitwa n’abacungagereza, Urukiko ruhita rusaba Ubushinjacyaha kugira icyo rubivugaho.

    Ubushinjacyaha bwavuze ko ibyavuzwe na Karasira bidakwiye guhabwa agaciro kuko nta bimenyetso bifatika yerekanye byemeza ko iryo hohoterwa avuga ko yakorewe ryabayeho.

    Ubushinjacyaha bwongeye gusabira Karasira gufungwa iminsi 30, Inteko Iburanisha ivuga ko izatangaza umwanzuro ku itariki ya 26 Kanama uyu mwaka, saa munani z’amanywa.

    Karasira uri kuburana hifashishijwe ikoranabuhanga ari muri Gereza Nkuru ya Nyarugenge iri i Mageragere, akurikiranweho ibyaha birimo guhakana no guha ishingiro Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, gukurura amacakubiri no kudasobanura inkomoko y’umutungo.

    Karasira Aimable yongeye gusabirwa gufungwa iminsi 30

    source : https://ift.tt/3z0zyvq

  • Abatangaza ibihuha ku mbuga nkoranyambaga zirimo ‘Twitter’ bahagurukiwe, aba mbere batawe muri yombi – #rwanda #RwOT

    Uwo mugabo amaze gufatwa, uwitwa ‘Chris Adams’ kuri Twitter, yanditse ubutumwa buvuga ngo ‘Muri iki gitondo hari mugenzi wanjye wafashwe amaze kugura agapfukamunwa, ari kukambara nuko umupolisi aramufata amujyana muri Stade.”

    Yakomeje agira ati “Nuko bageze kuri stade abajije umupolisi impamvu amurenganyije, uwo mupolisi ati ‘Hari igihe ubyuka nabi ugahura n’umuntu nkawe ukamutura ibibazo wakuye mu rugo. Ihangane!”

    Chris Adams mu butumwa bwe kandi yibajije niba bikwiye ko ibibazo byo hanze y’akazi bizizwa abaturage. Arangije amenyesha inzego zirimo Polisi y’Igihugu n’Umuvugizi w’uru rwego, CP John Bosco Kabera.

    Hadaciye kabiri ariko, ku mugoroba wo kuri uyu wa 18 Kanama 2021, Polisi y’Igihugu yaje kwandika kuri Twitter ko “Yafashe Nsabimana Alphonse na Kwizera Adams bakurikiranweho gutangaza amakuru y’ibihuha ku mbuga nkoranyambaga.”

    Yakomeje igira iti “Tuributsa abaturarwanda bose ko ari icyaha gihanirwa n’amategeko gutangaza amakuru y’ibihuha ndetse tubasaba kubyirinda.”

    Polisi y’Igihugu yahitse itangaza ko abafashwe bafungiye kuri Sitasiyo ya Polisi ya Nyarugunga.

    Mwiriwe,

    Twafashe Nsabimana Alphonse na Kwizera Adams bakurikiranweho gutangaza amakuru y’ibihuha ku mbuga nkoranyambaga.

    Tuributsa abaturarwanda bose ko ari icyaha gihanirwa n’amategeko gutangaza amakuru y’ibihuha ndetse tubasaba kubyirinda…. pic.twitter.com/tH8OqqCqpy

    — Rwanda National Police (@Rwandapolice) August 18, 2021

    Aba bombi umwe akurikiranweho kurenga ku mabwiriza yo kwirinda ikwirakwira rya Covid-19 no gufatanya na mugenzi we mu gutangaza ibihugu mu gihe undi akurikiranweho gutangaza ibihuha nk’uko biteganywa n’Ingingo ya 39 y’Itegeko ryerekeye gukumira no guhana ibyaha bikoreshejwe ikoranabuhanga.

    Uwo yise mugenzi we, ni Se

    Ubutumwa bw’uyu Chris Adams [izina akoresha kuri Twitter] ari we Kwizera Adams bwashyizwe ku rukuta rwe tariki 16 Kanama 2021, saa 2:18.

    Nk’uko yari yamenyesheje inzego zirimo Polisi y’Igihugu, abakozi bayo bahise batangira iperereza ngo bamenye neza umuzi w’ikibazo ndetse gishakirwe umuti niba koko umukozi wayo yahohoteye umuturage abihanirwe kandi n’uwo muturage arenganurwe.

    Amakuru IGIHE yamenye ni uko mu iperereza ryakozwe, byaje gutahurwa ko Nsabimana Alphonse wari wafashwe na Polisi akajyanwa muri Stade ya Kicukiro atari mugenzi wa Chris Adams [Kwizera Adams, amazina ye y’ukuri] ahubwo ari umubyeyi we.

    Mu kiganiro yagiranye na IGIHE, Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda, CP John Bosco Kabera, yavuze ko bakimara kubona ayo makuru bihutiye gukora iperereza ngo barenganure uwo muturage ariko nyuma baza gusanga harabayemo ibinyoma n’amanyanga akabije.

    Ati “Icya mbere uvuze ko urenganye kandi si byo, icya kabiri uvuze ko uwafashwe yari arimo guhindura agapfukamunwa agira ate [..] kandi ntako yari afite, icya gatatu uvuze ko uwafashwe ari mugenzi wawe, urumva ni uruhurirane rw’ibintu byinshi.”

    Yakomeje agira ati “Ibintu by’aho umuntu ahagarara ari ikantarange akakubeshya, ugapfa kwandika ibintu utahagazeho, utarebye, menya ko bishobora no kuguteza ibibazo kuko amategeko arahari.”

    Bimaze kuba umuco…

    Muri Nyakanga 2021, umwarimu yari arimo kugenzura ikorwa ry’ibizamini mu Ntara y’Amajyaruguru, aza guhamagarwa na mugenzi we wari uri mu Ruhango, amubwira ko arenganyijwe n’abapolisi.

    Uwo uri i Musanze yagiye kuri twitter arandika ati ‘Kanaka, polisi iramuhagaritse imwaka ruswa, iramurenganya bikomeye’. Polisi yaje gukora igenzura irabatahura bose ndetse n’uwo wavuze ko yatswe ruswa bigaragara ko yabeshyaga.

    Urundi rugero ni urw’uwari aha mu Biryogo ya Nyamirambo muri Kigali, Polisi ifata abantu barenze ku mabwiriza yo kwirinda ikwirakwira rya Covid-19, mu Mujyi wa Rubavu, uyu wo mu Biryogo ajya kuri Twitter ati ‘abafashwe barenganyijwe bari bavuye gutabara n’ibindi’.

    Polisi yaje gukurikirana isanga wa muntu wanditse kuri Twitter atabariza abafashwe akanavuga ko bavuye gushyingura, ari ibinyoma kuko uwo nyakwigendera hari hashize igihe yitabye Imana.

    Itegeko rivuga ko ‘Umuntu wese, ubizi, wifashishije mudasobwa cyangwa urusobe rwa mudasobwa atangaza amakuru y’ibihuha ashobora guteza ubwoba, imvururu cyangwa ihohotera muri rubanda cyangwa ashobora gutuma umuntu atakarizwa icyizere, aba akoze icyaha.’

    Iyo abihamijwe n’urukiko, ahanishwa igifungo kitari munsi y’imyaka itatu ariko kitarenze imyaka itanu n’ihazabu y’atari munsi ya miliyoni 1Frw ariko atarenze miliyoni 3Frw.

    CP Kabera avuga ko akenshi iyo bigeze mu gukurikirana ibi byaha, usanga bamwe bihakana bagenzi babo bikarangira uwabitangaje akurikiranywe wenyine, undi akavuga ko ibyo yanditse atigeze abimubwira.

    Polisi y’u Rwanda yibutsa ko ari ingenzi kuba abantu bakwiye kujya babanza kugenzura bakamenya niba ibyo bagiye gutangaza bitanyuranyije n’amategeko.

    Abakwirakwiza ibihuha ku mbuga nkoranyambaga batangiye gutabwa muri yombi

    source : https://ift.tt/2XzTd7z

  • Abantu babiri bakurikiranyweho gutangaza amakuru y’ibihuha #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Polisi yagaragaje ubutumwa uwitwa Chris Adams yashyize ku mbuga nkoranyambaga avuga ko hari mugenzi we wafashwe na Polisi amaze kugura agapfukamunwa arimo kukambara ngo agasimbuze akandi.

    Polisi ngo yafashe uwo muntu imujyana kuri sitade, abajije impamvu arenganye, umupolisi ngo amubwira ko impamvu amurenganyije ari uko ngo yashakaga kumutura ibibazo yakuye mu rugo.

    Uwo muntu witwa Chris Adams mu butumwa bwe, yibaza niba abaturage bakwiye kuzira ibibazo byo hanze y’akazi.

    Icyakora Polisi y’u Rwanda yagaragaje ko ibi ari ibihuha, yibutsa abaturarwanda bose ko ari icyaha gihanirwa n’amategeko gutangaza amakuru y’ibihuha ndetse Polisi isaba abantu kubyirinda.

    Mwiriwe,

    Twafashe Nsabimana Alphonse na Kwizera Adams bakurikiranweho gutangaza amakuru y’ibihuha ku mbuga nkoranyambaga.

    Tuributsa abaturarwanda bose ko ari icyaha gihanirwa n’amategeko gutangaza amakuru y’ibihuha ndetse tubasaba kubyirinda…. pic.twitter.com/tH8OqqCqpy

    — Rwanda National Police (@Rwandapolice) August 18, 2021

    source : https://ift.tt/3AS4NcI

  • Abantu 17 bafashwe bacukura amabuye y’agaciro batabyemerewe #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Iryo tsinda rigizwe n’abantu biyise “Abapari” bafatanwe ibiro 8.5 by’amabuye y’agaciro yo mu bwoko bwa gasegereti, bayacukuraga mu mirima y’abaturage iri hafi y’ibirombe by’ubucukuzi bw’amabuye y’agaciro bya Rutongo, mu Kagari ka Mugambazi, Umurenge wa Murambi no mu Kagari ka Kivugizi mu Murenge wa Masoro.

    Umuyobozi wa Polisi w’agateganyo mu Karere ka Rulindo, CIP Pacifique Semahame Gakwisi, yavuze ko abo bantu bafashwe biturutse ku makuru yatanzwe n’abaturage bangirijwe imirima.

    Yagize ati “Polisi yakiriye amakuru ava mu baturage bavuga ko hari abantu bigabiza imirima yabo bagacukuramo amabuye y’agaciro babangiriza imirima yegereye ikirombe cy’ubucukuzi bw’amabuye y’agaciro cya Rutongo. Tumaze kubona ayo makuru twateguye igikorwa cyo gufata abo bantu hafatwa 17 barimo kugabana amabuye bari bamaze gucukura muri iryo joro, bafatanwe ibiro 8 n’igice”.

    CIP Semahame yakomeje avuga ko abo bantu 17 bagize itsinda ryiyise Abapari, aba inshuro nyinshi baba bari mu bikorwa byo gucukura amabuye y’agaciro mu buryo butemewe n’amategeko.

    Yavuze ko abo bantu bangiza imirima y’abaturage n’ibindi bidukikije ndetse iyo bamenye ko hari umuturage wabibwiye Polisi bamugirira nabi. Ubwo bafatwaga bari bafite ibikoresho gakondo bifashisha mu bucukuzi bw’amabuye y’agaciro.

    CIP Semahame yibukije abaturage ko usibye kuba ibyo bikorwa byangiza imirima y’abaturage, ubundi bihabanye n’amategeko kuko bagomba gusaba ibyangombwa bibemerera gucukura amabuye y’agaciro.

    Ati “Kugira ngo ukucure amabuye y’agaciro ugomba kubanza gushaka ibyangombwa bitangwa n’inzego zibifitiye ububasha. Ibi biri mu rwego rwo kugira ngo hirinde ingaruka zose zaba igihe urimo gucukura amabuye kuko biriya bikorwa bikunze kubamo impanuka nyinshi. Uhabwa ibyangombwa hakagenzurwa ko ubishaka afite ubushobozi n’ibikoresho byo guckura amabuye y’agaciro”.

    Uwo muyobozi yashimiye abaturage batanze amakuru bigatuma bariya bantu bafatwa, yibutsa abakishora muri ibyo bikorwa ko Polisi y’u Rwanda itazahwema kubafata bagashyikirizwa ubutabera.

    Abafashwe ndetse n’ibyo bafatanwe bahise bashyikirizwa Urwego rushinzwe ubugenzacyaha (RIB) rukorera muri sitasiyo ya Polisi ya Murambi kugira ngo hakorwe iperereza.

    Itegeko rigena ubucukuzi bw’amabuye y’agaciro na kariyeri nimero 58/2018 ryo kuwa 13/08/2018, mu ngingo ya 54 ivuga ko umuntu wese ushakashaka, ucukura, utunganya, ucukuza amabuye y’agaciro cyangwa kariyeri nta ruhushya aba akoze icyaha.

    Iyo abihamijwe n’urukiko ahanishwa igifungo kitari munsi y’amezi abiri (2) ariko kitarenze amezi atandatu (6) n’ihazabu y’amafaranga y’u Rwanda atari munsi ya miliyoni imwe (1.000.000 FRW) ariko atarenze miliyoni eshanu (5.000.000 FRW) cyangwa kimwe gusa muri ibyo bihano.

    Urukiko rutegeka kandi ubunyagwe bw’amabuye y’agaciro cyangwa kariyeri byafatiriwe biri mu bubiko, bicuruzwa cyangwa bitunganywa nta ruhushya.

    source : https://ift.tt/3mfEWaH

  • Afghanistan:Abakristo bafite ibyago byo kwicwa n’abatalibani #rwanda #RwOT

    Abatuye Afganistan bakekwaho kuba Abakristo bafite ibyago byo kwicwa “ako kanya” n’abatalibani mugihe banze kwihakana Kristo Yesu.

    Iyi miburo yaturutse ku muyoboro wa satellite wa gikirisitu SAT-7, uvuga ko hagaragaye umubare munini uhamagara umurongo wa telefoni w’ubujyanama uturuka muri Afuganisitani aho bifuza cyane gushyigikira ibyiringiro nyuma yo guhura n’ akaduruvayo katejwe n’Abatalibani.

    Perezida wa SAT-7 muri Amerika y’Amajyaruguru, Dr Rex Rogers, yagize ati: “Turimo kumva amakuru yizewe avuga ko Abatalibani basaba telefoni z’abantu, kandi iyo babonye Bibiliya yakuwe kuri murandasi (downloaded Bible) muri telephone cyangwa mudasobwa yawe, bahita bakwica.

    “Muri iki gihe ni akaga gakomeye ku batuye Afganistan kugira ikintu cyose cya gikristo kuri telefoni zabo. Abatalibani bafite abatasi n’abatanga amakuru ahantu hose.”

    Isi itangajwe kandi ihangayikishijwe n’umuvuduko abatalibani bigaruriye nyuma yuko ingabo za Amerika na Nato zimaze kuva.

    Mu bice byinshi by’igihugu, Abatalibani bigaruriye ubutegetsi nta bushobozi bwo kubarwanya buhari.

    SAT-7 PARS irimo gukwirakwiza porogaramu za gikirisitu mu gihugu muri Dari, rumwe mu ndimi ebyiri zemewe na Afuganisitani, na Farsi, ururimi rwumva n’ Abanyafganistan benshi.

    Uyu muyoboro wavuze ko uteganya ko telefoni zitanga inama ziyongera kuri 50% muri uyu mwaka biturutse ku kibazo cy’itotezwa rikorerwa Abakristo.

    Rogers yagize ati: “Kubera ko bitoroshye gushaka abandi bakristu, abizera benshi bo muri Afuganisitani bari bonyine rwose, nta n’undi mukristu n’umwe bavugana.”

    “Umuyobozi waho yagize ati:” Benshi ntibatinyuka kujya mu rusengero rwo mu rugo. Bari bonyine, bafite ubwoba, kandi baratureba. Turi inzira yabo ya nyuma yo kubarengera. “

    Source: www.christiantoday.com

    [email protected]

    Source : https://agakiza.org/Afghanistan-Abakristo-bafite-ibyago-byo-kwicwa-n-abatalibani.html

  • Rulindo: Abantu 17 bafashwe bacukura amabuye y’agaciro binyuranyijwe n’amategeko – #rwanda #RwOT

    Bafatiwe mu mirenge ya Murambi na Masoro yo mu Karere ka Rulindo.

    Iri tsinda rigizwe n’abantu biyise “Abapari” bafatanwe ibiro 8.5 by’amabuye y’agaciro yo mu bwoko bwa gasegereti, bayacukuraga mu mirima y’abaturage iri hafi y’ibirombe by’ubucukuzi bw’amabuye y’agaciro bya Rutongo, mu Kagari ka Mugambazi, Umurenge wa Murambi no mu Kagari ka Kivugizi mu Murenge wa Masoro.

    Umuyobozi wa Polisi w’agateganyo mu Karere ka Rulindo, Chief Inspector of Police (CIP) Pacifique Semahame Gakwisi yavuze ko abo bantu bafashwe biturutse ku makuru yatanzwe n’abaturage bangirijwe imirima.

    Yagize ati “Polisi yakiriye amakuru ava mu baturage bavuga ko hari abantu bigabiza imirima yabo bagacukuramo amabuye y’agaciro babangiriza imirima yegereye ikirombe cy’ubucukuzi bw’amabuye y’agaciro cya Rutongo. Tumaze kubona ayo makuru twateguye igikorwa cyo gufata abo bantu hafatwa 17 barimo kugabana amabuye bari bamaze gucukura muri iryo joro, bafatanwe ibiro 8 n’igice.”

    CIP Semahame yakomeje avuga ko abo bantu 17 bagize itsinda ryiyise Abapari, aba inshuro nyinshi baba bari mu bikorwa byo gucukura amabuye y’agaciro mu buryo butemewe n’amategeko. Yavuze ko abo bantu bangiza imirima y’abaturage n’ibindi bidukikije ndetse iyo bamenya ko hari umuturage wabibwiye Polisi bamugirira nabi.Ubwo bafatwaga bari bafite ibikoresho gakondo bifashisha mu bucukuzi bw’amabuye y’agaciro.

    Umuyobozi w’agateganyo wa Polisi mu Karere ka Rulindo yibukije abaturage ko usibye kuba biriya bikorwa byangiza imirima y’abaturage, ubundi bihabanye n’amategeko kuko bagomba gusaba ibyangombwa bibemerera gucukura amabuye y’agaciro.

    Ati” Kugira ngo ukucure amabuye y’agaciro ugomba kubanza gushaka ibyangombwa bitangwa n’inzego zibifitiye ububasha. Ibi biri mu rwego rwo kugira ngo hirinde ingaruka zose zaba igihe urimo gucukura amabuye kuko biriya bikorwa bikunze kubamo impanuka nyinshi. Uhabwa ibyangombwa hakagenzurwa ko ubishaka afite ubushobozi n’ibikoresho byo guckura amabuye y’agaciro.”

    CIP Semahame yashimiye abaturage batanze amakuru bigatuma bariya bantu bafatwa, yibutsa abakishora muri biriya bikorwa ko Polisi y’ Rwanda itazahwema kubafata bagashyikirizwa ubutabera.

    Abafashwe ndetse n’ibyo bafatanwe bahise bashyikirizwa Urwego rushinzwe ubugenzacyaha (RIB) rukorera muri sitasiyo ya Polisi ya Murambi kugira ngo hakorwe iperereza.

    Itegeko rigena ubucukuzi bw’amabuye y’agaciro na kariyeri nimero 58/2018 ryo kuwa 13/08/2018, mu ngingo ya 54 ivuga ko umuntu wese ushakashaka, ucukura, utunganya, ucukuza amabuye y’agaciro cyangwa kariyeri nta ruhushya aba akoze icyaha.

    Iyo abihamijwe n’urukiko ahanishwa igifungo kitari munsi y’amezi abiri (2) ariko kitarenze amezi atandatu (6) n’ihazabu y’amafaranga y’u Rwanda atari munsi ya miliyoni imwe (1.000.000 FRW) ariko atarenze miliyoni eshanu (5.000.000 FRW) cyangwa kimwe gusa muri ibyo bihano.

    Urukiko rutegeka kandi ubunyagwe bw’amabuye y’agaciro cyangwa kariyeri byafatiriwe biri mu bubiko, bicuruzwa cyangwa bitunganywa nta ruhushya.

    Abafashwe bahise bashyikirizwa RIB

    source : https://ift.tt/2UAGj8s