Tag: Umutekano

  • Rubavu: Yafashwe yinjiza mu Rwanda magendu y’imyenda ya caguwa #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Ndayizeye yafatanwe imifuka 7 irimo imyenda ya caguwa ya magendu ayikuye mu gihugu cya Repubulika iharanira Demokarasi ya Congo (RDC). Yafashwe yayihishe mu ikamyo inyuma ahapakirwa imizigo, iyo kamyo yari ivuye gupakurura umucanga muri Congo, nk’uko bitangazwa ku rubuga rwa Internet rwa Polisi y’u Rwanda.

    Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda mu Ntara y’Iburengerazuba, CIP Bonaventure Twizere Karekezi, yavuze ko abapolisi bo mu ishami rishinzwe kurwanya abanyereza imisoro babonye amakuru avuga ko Ndayizeye afite ibintu agiye kwinjiza mu Rwanda mu buryo bwa magendu abikuye muri RDC.

    Yagize ati “Abapolisi bamenye ko iyo kamyo ivuye gupakurura umucanga muri Congo Ndayizeye yayipakiyemo imyenda ya caguwa idasoze. Iyo kamyo yaraje igera ku mupaka barayisaka, basabye Ndayizeye gufungura inyuma basanga harimo imifuka 7 y’imyenda ya caguwa.”

    Ndayizeye amaze gufatwa yavuze ko yari yahawe akazi n’uwitwa Patrick kugira ngo amushyire iyo myenda. CIP Karekezi yashimiye abaturage batanze amakuru yafashije inzego z’umutekano gutahura uwari ugiye kwinjiza magendu mu Rwanda.

    Yaburiye abantu ko ubucuruzi bwa magendu n’ibindi byaha byambukiranya umupaka ari icyaha, yabasabye kubyirinda bakajya bihutira gutanga amakuru hakiri kare kugira ngo hakumirwe ibyo byaha.

    Ndayizeye yashyikirijwe Urwego rushinzwe ubugenzacyaha (RIB) rukorera muri sitasiyo ya Polisi ya Gisenyi kugira ngo hakorwe iperereza, ni mu gihe imyenda yari afite yashyikirijwe ubuyobozi bw’Ikigo cy’Igihugu cy’imisoro n’amahoro.

    Itegeko ry’umuryango w’ibihugu byo mu Karere k’Iburasirazuba rinakoreshwa mu Rwanda ingingo yaryo ya 199 rivuga ko ibicuruzwa bya magendu byafashwe bitezwa cyamunara. Imodoka yakoreshejwe muri ubwo bucuruzi bwa magendu nayo itezwa cyamunara ndetse umushoferi wayo agacibwa amande angana n’ibihumbi bitanu by’amadorali y’Amerika (US$5000).

    Umucuruzi ufatanwe magendu ategekwa gutanga amande angana na 100% by’umusoro yari anyereje kandi akaba yafungwa hagati y’amezi 6 n’imyaka ibiri.

    source : https://ift.tt/3y9tq2T

  • Rubavu: Yafashwe yinjiza mu Rwanda magendu y’imyenda ya caguwa – #rwanda #RwOT

    Bamufatiye mu Karere ka Rubavu, Umurenge wa Gisenyi mu Kagari ka Bugoye ku mupaka bakunze kwita kuri La Corniche.

    Uyu mugabo yafatanwe imifuka irindwi irimo imyenda ya caguwa ya magendu ayikuye mu gihugu cya Repubulika iharanira Demokarasi ya Congo. Yafashwe yayihishe mu ikamyo inyuma ahapakirwa imizigo, iyi kamyo yari ivuye gupakurura umucanga muri Congo.

    Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda mu Ntara y’Iburengerazuba, Chief Inspector of Police (CIP) Bonaventure Twizere Karekezi yavuze ko abapolisi bo mu ishami rishinzwe kurwanya abanyereza imisoro babonye amakuru avuga ko uwo mugabo afite ibintu agiye kwinjiza mu Rwanda mu buryo wa magendu abikuye mu gihugu cya Repubulika iharanira Demokarasi ya Congo.

    Yagize ati “Abapolisi bamenya ko iyo kamyo ivuye gupakurura umucanga muri Congo yayipakiyemo imyenda ya caguwa idasoze. Iyo kamyo yaraje igera ku mupaka barayisaka, basabye uwo mugabo gufungura inyuma basanga harimo imifuka irindwi y’imyenda ya caguwa.”

    Amaze gufatwa, yavuze ko yari yahawe akazi n’undi muntu kugira ngo amushyire iyo myenda.

    CIP Karekezi yashimiye abaturage batanze amakuru yafashije inzego z’umutekano gutahura uwari ugiye kwinjiza magendu mu Rwanda.

    Yaburiye abantu ko ubucuruzi bwa magendu n’ibindi byaha byambukiranya umupaka ari icyaha, yabasabye kubyirinda bakajya bihutira gutanga amakuru hakiri kare kugira ngo hakumirwe ibyo byaha.

    Uwafashwe yashyikirijwe Urwego rushinzwe ubugenzacyaha (RIB) rukorera muri sitasiyo ya Polisi ya Gisenyi kugira ngo hakorwe iperereza, ni mugihe imyenda yari afite yashyikirijwe ubuyobozi bw’Ikigo cy’Igihugu cy’imisoro n’amahoro.

    Itegeko ry’umuryango w’ibihugu byo mu Karere k’Iburasirazuba rinakoreshwa mu Rwanda ingingo yaryo ya 199 rivuga ko ibicuruzwa bya magendu byafashwe bitezwa cyamunara. Imodoka yakoreshejwe muri ubwo bucuruzi bwa magendu nayo itezwa cyamunara ndetse umushoferi wayo agacibwa amande angana n’ibihumbi bitanu by’amadorali y’Amerika (US$5000).

    Umucuruzi ufatanwe magendu ategekwa gutanga amande angana na 100% by’umusoro yari anyereje kandi akaba yafungwa hagati y’amezi 6 n’imyaka ibiri.

    Uyu mugabo yafatiwe ku mupaka mu karere ka Rubavu akuye imyenda ya caguwa muri RDC

    source : https://ift.tt/3yiz7f3

  • Nyabihu: Mezi abiri, inka eshanu zimaze kwibwa zikabagirwa muri Gishwati – #rwanda #RwOT

    Ibi ubuyobozi bubitangaza nyuma y’uko hari inka 5 zimaze kubura bagasanga zabagiwe mu ishyamba aho bikekwa ko ari abashumba bakora uru rugomo.

    Umuturage wo mu karere ka Nyabihu wabuze inka kuwa 17 Kanama 2021 agasanga bayibaze, yasabye ko bakaza umutekano.

    Ati “Inka yarabuze tuhageze dusanga barangije kuyibaga, umushumba niwe wabitubwiye. Njyewe mbona hakazwa umutekano kuko birababaje kubona umuntu yorora abandi bakaza bakabaga inka ze. N’ubu turacyafite ubwoba ko bagaruka’’.

    Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’umurenge wa Bigogwe, Gahutu Tebuka Jean Paul yavuze bafashe ingamba zikomeye zirimo gucungira hafi abashumba.

    Ati “Ejobundi batemye inka mu kagari ka Muhe kandi ababikoze ntabwo bamenyekanye. Aho baturage batuye kugira ngo ugere mu nzuri haciyemo ishyamba niryo bajyanamo inka bakazibaga, ubu bamaze kubaga inka 5 mu mezi abiri.”

    “Ejobundi twakoze inama y’umutekano yaguye n’umuyobozi w’akarere yari ayirimo, dufata ingamba ko dukaza amarondo ku midugudu ikikije ishyamba. Twasabye ba nyirinka kujya bakoresha abashumba bazwi naho abadafite ibyangombwa bakabasezerera’’.

    Umuyobozi w’akarere ka Nyabihu, Mukandayisenga Antoinette yavuze ko iki kibazo bakizi ko baganiriye n’inzego bireba ndetse n’abaturage.

    Ati “Habaye inama tubiganiraho n’inzego zitandukanye biba ngombwa ko tujya kuganira n’abaturage harimo n’aborozi bororera muri ibyo bice hafatwa ingamba ku ruhande rw’ubuyobozi dufata gahunda yo kurara amarondo ndetse agakurikiranwa cyane’’.

    Si ubwa mbere hagaragaye ubujura bw’inka muri izi nzuri zikikije ishyamba rya Gishwati kuko no mu myaka yashize hagiye humvikana ubujura bw’inka muri izi nzuri.

    Inka eshanu zimaze kubagirwa muri Gishwati nyuma yo kwibwa mu baturage

    source : https://ift.tt/3yb7ap8

  • Rutsiro: Umugabo yagiye kwandikisha umwana yabyaranye n'umukobwa utarageza ku myaka y'ubukure ahita atabwa muri yombi #rwanda #RwOT

    Umugabo w'imyaka 25 wo mu Murenge wa Musasa mu Karere ka Rutsiro yatawe muri yombi akurikiranyweho gusambanya umwana utaruzuza imyaka y'ubukure.

    Ibi byabaye ku wa 10 Kanama 2021, ubwo uyu mugabo yajyanaga n'uwo mwana w'umukobwa (babyaranye) ufite imyaka 17 kwandikisha uwo bibarutse bikagaragara ko yamuteye inda afite imyaka 16.

    Umuyobozi w'Umurenge wa Musasa, Uwamariya Clemence, yemereye IGIHE ko ayo makuru ari impamo kandi ko bahisemo gufata uwo mugabo kugira ngo umwana w'umukobwa wahohotewe akiri muto abone ubutabera.

    Ati 'Ayo makuru ni yo koko. Yagiye kwandikisha umwana dusanga yateye inda umwana w'umukobwa utarageza imyaka y'ubukure. Ubwo yahise ashyikirizwa urwego rw'ubugenzacyaha kugira ngo akurikiranwe. Kuba yarateye inda umwana utarageza imyaka y'ubukure nicyo cyaha yakoze.'

    Uwamariya yavuze ko kuba byarafashe igihe bitaramenyekana byatewe n'uko umuryango w'umukobwa n'umukobwa ubwe batigeze batanga amakuru ku wa muteye inda.

    Ati ' Uko bimeze ni uko n'ubundi iyo abana b'abakobwa babyaye ntabwo bahita bagaragaza uwabateye inda, ni rwo ruhare rwacu nk'ubuyobozi rwo gukora ubukangurambaga kugira ngo bagaragaze ababahohoteye. Uwo yarabajijwe arabyemera ni yo mpamvu yahise afatwa kuko yanabyemeraga.'

    Yasabye urubyiruko gukomeza kwitwararirika ndetse ababyeyi abasaba gutanga amakuru ku ihohoterwa rikorerwa abana b'abakobwa.

    Uyu mugabo w'imyaka 25 kuri ubu afungiye kuri Sitasiyo ya Gihango.
    Icyaha cyo gusambanya umwana giteganywa n'ingingo ya 133, ivuga ko ugihamijwe n'urukiko ahanishwa igifungo kitari munsi y'imyaka 20 ariko kitarenze imyaka 25.

    Iyo gusambanya umwana byakorewe ku mwana uri munsi y'imyaka 14, igihano kiba igifungo cya burundu kandi kidashobora kugabanywa kubera impamvu nyoroshyacyaha

    Source : https://umuryango.rw/amakuru/mu-rwanda/umutekano/article/rutsiro-umugabo-yagiye-kwandikisha-umwana-yabyaranye-n-umukobwa-utarageza-ku

  • Dore uko umwe mu bunganira Rusesabagina yirukanywe ku butaka bw’u Rwanda (Video) #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Uyu munyamategeko w’imyaka 62 yirukanywe ku butaka bw’u Rwanda nyuma y’aho arenze ku mategeko akajya mu rukiko kunganira Paul Rusesabagina kandi nta burenganzira abifitiye.

    Umuyobozi mukuru w’Urwego rw’Igihugu rw’Abinjira n’Abasohoka Lt. Col Regis Gatarayiha avuga ko Vincent LURQUIN yinjiye mu Rwanda tariki 16 Kanama ahabwa visa yo gusura y’iminsi 30, ariko ku itariki ya 20, Lurquin agaragara mu rukiko nta burenganzira abifitiye ndetse nta n’icyangombwa (work permit) afite.

    Irebere muri iyi video uko yurijwe indege agasubizwa iwabo:

    source : https://ift.tt/3y8JGBc

  • Umubiligi washatse kunganira Rusesabagina atabifitiye uburenganzira yirukanywe ku butaka bw'u Rwanda #rwanda #RwOT

    Uyu munyamategeko,Me Lurquin yinjiye mu Rwanda ku wa 16 Kanama 2021 nyuma yo gusaba ndetse agahabwa viza y'iminsi 30 y'ubukerarugendo. Yahise ajya mu kazi k'ubwunganizi mu mategeko, adafite uruhushya rwo gukorera mu Rwanda.

    Kuri uyu wa Gatandatu ahagana saa kumi n'imwe nibwo yavanywe ku biro by'Urwego rushinzwe abinjira n'abasohoka aherekejwe n'abapolisi, ajyanwa igitaraganya ku Kibuga Mpuzamahanga cy'indege cya Kigali.

    Ibi byabaye nyuma y'aho ku wa ku wa Gatanu yagaragaye mu mwambaro w'abunganizi mu by'amategeko nk'umwe mu bahagarariye Paul Rusesabagina kandi atari mu banyamategeko bahawe ibyangombwa byo gukorera mu Rwanda.

    Umuyobozi w'Urwego rw'Abinjira n'Abasohoka, Lt Col Regis Gatarayiha, yabwiye Yari televiziyo y'igihugu ko uriya mugabo atagombaga gukorera mu Rwanda kuko nta ruhushya yari yabiherewe.

    Yagize ati 'Nta masezerano bafitanye yo muri urwo rwego, ni nayo mpamvu natwe tubikurikirana, dufata iki cyemezo cyo gutesha agaciro uruhushya yahawe rwo gusura u Rwanda, twabanje no kubaza Urugaga rw'abavoka mu Rwanda kugira ngo tumenye niba yari yahawe uburenganzira bwo gukora umurimo w'abavoka, akaba wenda yabikoze atabanje gusaba uruhushya rwo gukorera mu Rwanda ariko afite uruhushya yahawe n'Urugaga rw'abavoka mu Rwanda.'

    'Ntarwo yahawe rero, kandi yagerageje kurusaba, baranarumwima bamubwira n'impamu barumwimye, ariko we abirengaho. Bigaragara ko yishe amategeko nkana.'

    Urugaga rw'Abavoka mu Rwanda rubinyujije ku rukuta rwarwo rwa Twitter, rwatangaje amakuru y'uko Me Lurquin yagaragaye mu rukiko 'nk'umunyamategeko, yambaye umwambaro ubaranga kandi si umunyamuryango ndetse ntanemerewe gukora mu Rwanda.''

    Ruti 'Aracyabazwa impamvu yashatse kugaragara nkukora Akazi k'Abavoka mu Rwanda kandi atabyemerewe.'

    Ntabwo abavoka bo mu Rwanda bemerewe gukorera muri Bruxelles ari naho Vincent Lurquin abarizwa, bivuze ko na we atabona uburenganzira bwo gukorera mu Rwanda.

    Urukiko ruburanisha Rusesabagina na bagenzi be 20 rwavuze ko urubanza rwabo ruzasomwa ku wa 20 Nzeli 2021.

    Source : https://umuryango.rw/amakuru/mu-rwanda/politiki/article/umubiligi-washatse-kunganira-rusesabagina-atabifitiye-uburenganzira-yirukanywe

  • Rutsiro: Yatawe muri yombi ari kumwe n’umwana w’imyaka 17 yateye inda – #rwanda #RwOT

    Ibi byabaye ku wa 10 Kanama 2021, ubwo uyu mugabo yajyanaga n’uwo mwana w’umukobwa (babyaranye) ufite imyaka 17 kwandikisha uwo bibarutse bikagaragara ko yamuteye inda afite imyaka 16.

    Umuyobozi w’Umurenge wa Musasa, Uwamariya Clemence, yemereye IGIHE ko ayo makuru ari impamo kandi ko bahisemo gufata uwo mugabo kugira ngo umwana w’umukobwa wahohotewe akiri muto abone ubutabera.

    Ati “Ayo makuru ni yo koko. Yagiye kwandikisha umwana dusanga yateye inda umwana w’umukobwa utarageza imyaka y’ubukure. Ubwo yahise ashyikirizwa urwego rw’ubugenzacyaha kugira ngo akurikiranwe. Kuba yarateye inda umwana utarageza imyaka y’ubukure nicyo cyaha yakoze.”

    Uwamariya yavuze ko kuba byarafashe igihe bitaramenyekana byatewe n’uko umuryango w’umukobwa n’umukobwa ubwe batigeze batanga amakuru ku wa muteye inda.

    Ati “ Uko bimeze ni uko n’ubundi iyo abana b’abakobwa babyaye ntabwo bahita bagaragaza uwabateye inda, ni rwo ruhare rwacu nk’ubuyobozi rwo gukora ubukangurambaga kugira ngo bagaragaze ababahohoteye. Uwo yarabajijwe arabyemera ni yo mpamvu yahise afatwa kuko yanabyemeraga.”

    Yasabye urubyiruko gukomeza kwitwararirika ndetse ababyeyi abasaba gutanga amakuru ku ihohoterwa rikorerwa abana b’abakobwa.

    Uyu mugabo w’imyaka 25 kuri ubu afungiye kuri Sitasiyo ya Gihango.
    Icyaha cyo gusambanya umwana giteganywa n’ingingo ya 133, ivuga ko ugihamijwe n’urukiko ahanishwa igifungo kitari munsi y’imyaka 20 ariko kitarenze imyaka 25.

    Iyo gusambanya umwana byakorewe ku mwana uri munsi y’imyaka 14, igihano kiba igifungo cya burundu kandi kidashobora kugabanywa kubera impamvu nyoroshyacyaha


    source : https://ift.tt/3j4ZKPW

  • Me Lurquin warenze ku mategeko akagaragara mu bunganira Rusesabagina yirukanywe ku butaka bw’u Rwanda – #rwanda #RwOT

    Me Vincent Lurquin yinjiye ku butaka bw’u Rwanda ku wa 16 Kanama 2021 akoresheje visa y’ubukerarugendo imuhesha kumara iminsi 30 mu gihugu. Uwayihawe ntabwo aba yemerewe kugira imirimo ihemberwa akora mu gihugu.

    Gusa ahageze ku wa Gatanu yagaragaye mu mwambaro w’abunganizi mu by’amategeko nk’umwe mu bahagarariye Paul Rusesabagina kandi atari mu banyamategeko bahawe ibyangombwa byo gukorera mu Rwanda.

    Ku gicamunsi cyo kuri uyu wa Gatandatu nibwo Urwego rw’Igihugu rushinzwe Abinjira n’Abasohoka rwamenyesheje Lurquin ko agomba kuva ku butaka bw’u Rwanda nyuma y’uko akoresheje visa yahawe nabi.

    Abapolisi bamuherekeje kuva ku Kacyiru aho uru rwego rukorera, bamugeza ku Kibuga cy’Indege i Kanombe ari mu modoka ya Polisi, asohoka mu gihugu.

    Umuyobozi w’Urwego rw’Igihugu rw’Abinjira n’Abasohoka, Lt. Col. Regis Gatarayiha, yatangaje ko Lurquin yinjiye mu rukiko abizi kandi abishaka, azi neza ko ibyo ari gukora binyuranyije n’amategeko, azi ko adafite uburenganzira bwo gukorera umwuga w’ubwunganizi mu mategeko mu Rwanda.

    Ati “Ntabwo ari umwavoka mu Rwanda kubera ko atanabyemerewe n’urugaga rw’abavoka mu Rwanda, ubundi akaba ari nacyo kintu kiba gisabwa kugira ngo ube wajya mu rukiko wunganire umuntu uwo ariwe wese.”

    “We rero yagaragaye ari mu kazi yambaye n’imyenda yabugenewe nk’iy’abunganizi bari mu ikipe yunganira uwo munyarwanda ukurikiranyweho ibyaha mu rukiko.”

    Lt Col Gatarayiha yavuze ko iyo ukora akazi udafite uruhushya rwo gukora, biba ari icyaha gihanwa n’amategeko.

    Ati “Ni byo rero byakozwe, turamuhamagara tumubaza impamvu yabikoze atubwira ko ngo yari azi ko kuba yemerewe kuza mu Rwanda ngo bimwemerera gukora ikintu cyose, tumubwira ko nk’umuntu wize amategeko ari kwirengagiza nkana kimwe n’uko iwabo mu Bubiligi nta munyarwanda wagenda ngo atangire gukora akazi atabyemerewe n’amategeko.”

    Mu bihano biteganywa ku muntu wakoze ibihabanye n’uruhushya yahawe rwo kuba mu Rwanda cyangwa kuhasura, yoherezwa mu gihugu cye yirukanywe.

    Ubusanzwe Itegeko rishyiraho Urugaga rw’Abavoka mu Rwanda, rikanagena imitunganyirize n’imikorere byarwo mu ngingo yaryo ya karindwi irebana n’abavoka bo mu mahanga, igena uburyo bashobora kwemererwa gukorera umwuga wabo mu gihugu.

    Ivuga ko “Mu gihe amategeko y’iwabo [aha ni u Bubiligi, igihugu cya Me Lurquin] atabuza Abanyarwanda bene ubwo burenganzira kandi bitanyuranyije n’amasezerano mpuzamahanga, Abavoka bari mu rugaga mu mahanga bahabwa uburenganzira bwo gukorera mu Rwanda bibaye ngombwa, bagomba ariko kubaha amategeko agenga uwo mwuga mu Rwanda. Umukuru w’Urugaga atanga ubwo burenganzira bwo gukorera mu Rwanda.’’

    Nyuma yo kujya mu rukiko mu buryo bunyuranye n’amategeko, no kwambara impuzankano iranga abavoka kandi nta burenganzira abifitiye, Me Lurquin yanenzwe imyitwarire, anasabirwa gukurikiranwa.

    Urugaga rw’Abavoka mu Rwanda rubinyujije ku rukuta rwarwo rwa Twitter, rwatangaje amakuru y’uko Me Lurquin yagaragaye mu rukiko “nk’umunyamategeko, yambaye umwambaro ubaranga kandi si umunyamuryango ndetse ntanemerewe gukora mu Rwanda.’’

    Rwakomeje ruti “Yasabwe gusobanura imyitwarire ye.’’

    Rwanda Bar Association notes Me Vincent LURQUIN today appeared in court as a lawyer, in a lawyer’s gown, although he is not a member of the Rwanda Bar Association and he is not allowed to practice in Rwanda. He has been requested to explain his behaviour.

    — Rwanda Bar Association (@Rwanda_Bar) August 20, 2021

    Abapolisi baherekeje uyu mugabo bamugeza ku Kibuga cy’Indege i Kanombe yinjira mu ndege asubira mu Bubiligi

    Me Vincent Lurquin w’imyaka 62 asanzwe yunganira Paul Rusesabagina. Aha yaganiraga na Gatera Gashabana wari mu bunganizi be mu rubanza aregwamo iterabwoba

    source : https://ift.tt/3zbCdmi

  • Umubiligi Me Vincent Lurquin yishoye murubanza ruregwamo Rusesabagina ahita ahambirizwa igitaraganya #rwanda #RwOT

    Uyu munyamategeko,Me Lurquin yinjiye mu Rwanda ku wa 16 Kanama 2021 nyuma yo gusaba ndetse agahabwa viza y’iminsi 30 y’ubukerarugendo. Yahise ajya mu kazi k’ubwunganizi mu mategeko, adafite uruhushya rwo gukorera mu Rwanda.

    Kuri uyu wa Gatandatu ahagana saa kumi n’imwe nibwo yavanywe ku biro by’Urwego rushinzwe abinjira n’abasohoka aherekejwe n’abapolisi, ajyanwa igitaraganya ku Kibuga Mpuzamahanga cy’indege cya Kigali.

    Ibi byabaye nyuma y’aho ku wa ku wa Gatanu yagaragaye mu mwambaro w’abunganizi mu by’amategeko nk’umwe mu bahagarariye Paul Rusesabagina kandi atari mu banyamategeko bahawe ibyangombwa byo gukorera mu Rwanda.

    Umuyobozi w’Urwego rw’Abinjira n’Abasohoka, Lt Col Regis Gatarayiha, yabwiye Yari televiziyo y’igihugu ko uriya mugabo atagombaga gukorera mu Rwanda kuko nta ruhushya yari yabiherewe.

    Yagize ati 'Nta masezerano bafitanye yo muri urwo rwego, ni nayo mpamvu natwe tubikurikirana, dufata iki cyemezo cyo gutesha agaciro uruhushya yahawe rwo gusura u Rwanda, twabanje no kubaza Urugaga rw’abavoka mu Rwanda kugira ngo tumenye niba yari yahawe uburenganzira bwo gukora umurimo w’abavoka, akaba wenda yabikoze atabanje gusaba uruhushya rwo gukorera mu Rwanda ariko afite uruhushya yahawe n’Urugaga rw’abavoka mu Rwanda.'

    'Ntarwo yahawe rero, kandi yagerageje kurusaba, baranarumwima bamubwira n’impamu barumwimye, ariko we abirengaho. Bigaragara ko yishe amategeko nkana.'

    Urugaga rw’Abavoka mu Rwanda rubinyujije ku rukuta rwarwo rwa Twitter, rwatangaje amakuru y’uko Me Lurquin yagaragaye mu rukiko 'nk’umunyamategeko, yambaye umwambaro ubaranga kandi si umunyamuryango ndetse ntanemerewe gukora mu Rwanda.”

    Ruti 'Aracyabazwa impamvu yashatse kugaragara nkukora Akazi k’Abavoka mu Rwanda kandi atabyemerewe.'

    Ntabwo abavoka bo mu Rwanda bemerewe gukorera muri Bruxelles ari naho Vincent Lurquin abarizwa, bivuze ko na we atabona uburenganzira bwo gukorera mu Rwanda.

    Urukiko ruburanisha Rusesabagina na bagenzi be 20 rwavuze ko urubanza rwabo ruzasomwa ku wa 20 Nzeli 2021.

    Source : https://imirasire.com/?Umubiligi-Me-Vincent-Lurquin-yishoye-murubanza-ruregwamo-Rusesabagina-ahita

  • AKARAYIFUMBWE EP#81: Abiyahura, Abapolisi barasa Abaturage n'Abayobozi babakubita!Byose kubera iki? #rwanda #RwOT

    Ikiganiro #AKARAYIFUMBWE EP#81: Haravugwa abiyahura bakiyambura ubuzima, Abapolisi barasa Abaturage n'Abayobozi babakubita, kuki buri umwe atita ku bihano? Kuki Abaturage bamwe bigomeka batitaye ku ngaruka? Ese hari ikibazo cy'imitekerereze no kubura amahoro yo mu mutwe muri Sosiyete Nyarwanda? Hakorwa iki? Tubane muri iki kiganiro

    Source : https://umuryango.rw/amakuru/mu-rwanda/politiki/article/akarayifumbwe-ep-81-abiyahura-abapolisi-barasa-abaturage-n-abayobozi-babakubita