Tag: Umutekano

  • Abavugaga ko mfunze ubabwire ko twakoranye ikiganiro- Ukuri ku byavuzwe ko Kabera afunze #rwanda #RwOT

    Mu kiganiro yagiranye na UKWEZI TV cyagarutse ku ngingo zinyuranye zirimo imyitwarire y’Abapolisi n’ibyerekeye ibuhuha bikomeje gutangazwa hifashishijwe Imbuga Nkoranyambaga, CP John Bosco Kabera yagarutse ku makuru yari amaze iminsi acicikana ko yaba yaratawe muri yombi.

    Muri iki kiganiro, CP John Bosco Kabera wifuje guhera kuri ariya makuru anyunye n’ukuri yavugwaga ko afunzwe, yagize ati 'Abavugaga ko mfunze nawe ubabwire ko uyu muns twakoranye ikiganiro [abwira Umunyamakuru]. Ndumva ntakindi narenzaho.'

    Yakomeje agira ati 'Barabibona twakoranye ikiganiro, unsanze ku biro, wansabye ko dukorana ikiganiro ndakwemerera, ubu nawe urabagezaho ubutumwa ko twakoranye ikiganiro, bakikuriramo niba mfunze cyangwa nkora akazi nk’uko ubibona…
    Nambaye imyenda y’akazi, tugaragara ahantu hatandukanye dutanga ibiganiro cyangwa twerekana abaranze ku mabwiriza cyangwa abakoze ibyaha. Nyuma y’uko ibyo bivugwa igishya kiri bugaragare ni uko uri bubereke ikiganiro twakoranye cyangwa ukabibabwira.'

    Mu cyumweru gishize Polisi y’u Rwanda yataye muri yombi abantu babibiri bakekwaho gukwirakwiza ibihuha ku mbuga nkoranyambaga barimo uwari washyize ubutumwa kuri Twitter ko hari mugenzi we warenganyijwe n’umupolisi.

    Ku bijyanye n’ibihuha bikomeje gutangazwa ku mbuga nkoranyambaga, CP John Bosco Kabera yibukije abaturarwanda ko hari itegeko rikumira rikanahana ibyaha byakoreshejwe ikoranabuhanga.

    Avuga ko mu ngingo ya 39 y’iri tegeko, ivuga ko umunyu ukwirakwiza ibihuha cyangwa inkuru zitari ukuri, iyo abihamijwe n’urukiko ahanishwa igifungo kiri hagati y’imyaka itatu n’itanu ndetse agacibwa n’ihazabu iri hagati ya miliyoni 1 Frw na miliyoni 3 Frw.

    Yagarutse ku ngero zagiye zinabaho za bamwe batangaza ayo makuru batanayihagarariyeho kuko nk’umuntu uri mu Ruhango ashobora guha amakuru uri i Musanze undi na we agahita ayashyira ku mbuga Nkoranyambaga nka Twitter.

    Ati 'Aho rero harimo iki ? Harimo ko ibyo utangaza ntabwo wabihagazeho, wabishingiye ku bucuti ku marangamutima…'

    IKIGANIRO CYOSE

    UKWEZI.RW

    Source : http://www.ukwezi.rw/mu-rwanda/3/article/Abavugaga-ko-mfunze-ubabwire-ko-twakoranye-ikiganiro-Ukuri-ku-byavuzwe-ko-Kabera-afunze

  • I Rubavu hatwikiwe ibiro 627 by’urumogi – #rwanda #RwOT

    Ibi byose byafashwe kuva muri Gashyantare kugeza Kanama 2021 mu bikorwa bya Polisi byakorewe mu Karere ka Rubavu mu mirenge itandukanye. Byatwikiwe mu Karere ka Rubavu, Umurenge wa Nyakiriba, Akagari ka Gikombe, Umudugudu wa Nyabibuye kuri uyu wa Mbere tariki 23 Kanama 2021.

    Umuyobozi w’Akarere wungirije ushinzwe ubukungu n’iterambere mu Karere ka Rubavu, Nzabonimpa Deogratias, yagaragarije abaturage ingaruka z’ibiyobyabwenge haba ku muntu ku giti cye, ku muryango we no ku gihugu muri rusange.

    Ati” Mbere na mbere mugomba kumenya ko kwijandika mu biyobyabwenge uba ukoze icyaha iyo ubihamijwe n’amategeko urabihanirwa, byangiza ubuzima bw’ubikoresha.”

    “Ni igihombo ku muryango w’uwo muntu kuko hari igihe usanga afunzwe ariwe wawufashaga ndetse udafunzwe ugasanga byamuhinduye umurwayi ntacyo akora, bangiza amafaranga yagafashije umuryango bakajya kuyagura ibiyobyabwenge.”

    Visi Meya Nzabonimpa yakanguriye urubyiruko n’abaturage muri rusange kwitandukanya n’ibiyobyabwenge mu buryo bwose, bagira uwo babona abikoresha cyangwa abikwirakwiza bakihutira kubimenyesha inzego z’ubuyobozi zimwegereye cyangwa Polisi.

    Umuyobozi wa Polisi mu Karere ka Rubavu, SSP Aphrodise Gashumba, yagaragaje ko ibyinshi mu biyobyabwenge bifatirwa mu Karere ka Rubavu bituruka muri Repubukika Iharanira Demokarasi ya Congo (DRC) bikinjizwa mu Rwanda binyujijwe mu nzira zitemewe (Panya).

    Yashimiye abaturage bakomeje kugaragaza uruhare mu gutahura amayeri akoreshwa n’ababikwirakwiza.

    Ati “Hari abo twafashe babihetse mu mugongo nk’abahetse abana, ababyambarira mu myenda y’imbere, ababishyira mu majerikani basa nk’abatwaye amata, ababipakira mu modoka zipakira imicanga, mu mifuka y’ibirayi na za Karoti n’ahandi. Aya mayeri yose tuyatahura kubera abaturage baduha amakuru, turabashimira kandi tunakangurira n’abandi kujya baduha amakuru.”

    Yakomeje agaragaza ko imirenge ya Busasama na Bugeshi ariyo ikunze kugaragaramo ibiyobyabwenge kuko ari naho bikunze kwinjirizwa. Yasabye abaturage gukomeza ubufatanye mu kurandura ibiyobyabwenge ku butaka bw’u Rwanda.

    Uwari uhagarariye ubushinjacyaha mu turere twa Rubavu, Nyabihu na Ngororero, Sibomana Theogene, yavuze ko abantu 48 amadosiye yabo yamaze gushyikirizwa ubushinjacyaha kugira ngo baburanishwe ku byaha bijyanye n’ubucuruzi bw’ibiyobyabwenge.

    Iteka rigena urutonde rw’ibiyobyabwenge n’ibyiciro byabyo rishyira ikiyobyabwenge cy’urumogi mu biyobyabwenge bihambaye.

    Ni mu gihe itegeko riteganya ibyaha n’ibihano muri rusange mu ngingo ya 263 rivuga ko umuntu wese ukora, uhinga, uhindura, utunda, ubika, uha undi, ugurisha mu gihugu ibiyobyabwenge cyangwa urusobe rw’imiti ikoreshwa nka byo mu buryo bunyuranije n’amategeko, aba akoze icyaha.

    Iyo abihamijwe n’urukiko ahanishwa igifungo cya burundu n’ihazabu y’amafaranga y’u Rwanda arenze miliyoni makumyabiri (20.000.000 FRW) ariko atarenze miliyoni mirongo itatu (30.000.000 FRW) ku byerekeye ibiyobyabwenge bihambaye.

    Ingingo ya gatanu y’Iteka rya Minisitiri rigena urutonde rw’ibiyobyabwenge n’ibyiciro byabyo rishyira inzoga zikozwe mu buryo budakurikije ibisabwa n’amabwiriza y’ubuziranenge n’andi mategeko mu biyobyabwenge byoroheje.

    Naho itegeko riteganya ibyaha n’ibihano muri rusange, ingingo ya 263 ivuga ko umuntu wese ukora, uhinga, uhindura, utunda, ubika, uha undi, ugurisha mu Gihugu ibiyobyabwenge cyangwa urusobe rw’imiti ikoreshwa nka byo mu buryo bunyuranije n’amategeko, aba akoze icyaha. Iyo abihamijwe n’urukiko ahanishwa igifungo kitari munsi y’imyaka irindwi (7) ariko kitarenze imyaka icumi (10) n’ihazabu y’amafaranga y’u Rwanda atari munsi ya miliyoni eshanu (5.000.000 FRW) ariko atageze kuri miliyoni icumi (10.000.000 FRW) ku byerekeye ibiyobyabwenge byoroheje.

    Ibiyobyabwenge byatwitswe birimo urumogi n’inzoga z’inkorano

    Urumogi rwatwitswe ni ibilo 627, rwafashwe rwinjijwe mu gihugu runyujijwe mu nzira zitemewe

    source : https://ift.tt/3ydCfJ5

  • Uwafatanywe 8.000Frw y’amiganano yavuze ko hari uwayamuhaye ari 10.000 ngo ayacuruze #rwanda #RwOT

    Uyu muturage yafashwe na Polisi y’u Rwanda tariki ya 22 Kanama ubwo yari amaze kubitsa amafaranga kuri umwe mu bakozi wa kimwe mu bigo by’itumanaho (Agent) utanga serivisi zo kubitsa, kubikuriza no koherereza abantu amafaranga kuri telefoni ukorera mu Mujyi wa Musanze.

    Umuyobozi wa Polisi w’agateganyo mu Karere ka Musanze, Chief Inspector of Police (CIP) Speciose Kayitesi yavuze ko gufatwa kwa Ntirenganya byaturutse ku

    CIP Kayitesi yagize ati 'Ntirenganya yagiye kuri uriya mukozi (Agent) amusaba kumubikira amafaranga kuri telefoni. Undi yarabikoze ariko akimara kwakira ayo mafaranga abona ni amiganano, yahise yitabaza abayobozi mu nzego z’ibanze nabo bahamagara Polisi ihageze isanga koko ya mafaranga ni amiganano baramufata.'

    Umuyobozi wa Polisi w’agateganyo mu Karere ka Musanze akomeza avuga ko Ntirenganya amaze gufatwa yemeye ko ayo mafaranga ari amiganano yahawe n’uwitwa Ntakirutimana uba mu Mujyi wa Kigali.

    Ntirenganya yavuze ko Ntakirutimana yayamuzaniye ari ibihumbi 10 ngo ayakwirakwize, yafashwe amaze gutanga ibihumbi Umunani.

    CIP Kayitesi yaboneyeho kongera gukangurira abaturage kujya bagenzura amafaranga bahabwa kuko hari bamwe mu bantu bagenda bakwirakwiza amafaranga y’amiganano. Yaboneyeho no gukangurira abantu kwirinda ibyaha harimo n’ibi byo gukwirakwiza amafaranga y’amiganano.

    Ati 'Turashimira uriya muturage wagize amacyenga ku mafaranga yari amaze guhabwa na Ntirenganya, turanakangurira n’abandi cyane cyane abacuruzi kujya babanza kugenzura amafaranga bakira. Basanga ari amiganano bakihutira kuduha amakuru, ariko tunibutsa abantu ko gukwirakwiza amafaranga y’amiganano ari icyaha gihanirwa n’amategeko.'

    Ntirenganya yashyikirijwe Urwego rushinzwe ubugenzacyaha(RIB) rukorera muri Sitasiyo ya Polisi ya Cyuve kugira ngo hakorwe iperereza harimo no gushakisha Ntakirutimana.

    ITEGEKO RITEGANYA IKI ?

    Itegeko nº68/2018 ryo ku wa 30/08/2018 riteganya ibyaha n’ibihano muri rusange ingingo ya 269 ivuga ko Umuntu wese, ku bw’uburiganya wigana, uhindura amafaranga y’ibiceri cyangwa inoti akoreshwa mu Rwanda cyangwa mu mahanga, ibyakwitiranywa nayo, impapuro zifite agaciro k’amafaranga y’igihugu zashyizweho umukono n’inzego zibifitiye ububasha, ziriho tembure yayo cyangwa ikirango cyayo, cyangwa izindi mpapuro zikoreshwa mu Rwanda cyangwa mu mahanga, uzana cyangwa ukwiza mu Rwanda izo mpapuro n’izo noti azi ko ziganywe cyangwa ko zahinduwe, aba akoze icyaha. Iyo abihamijwe n’urukiko, ahanishwa igifungo kitari munsi y’imyaka itanu (5) ariko kitarenze imyaka irindwi (7).

    Source : http://www.ukwezi.rw/mu-rwanda/Amakuru-anyuranye/article/Uwafatanywe-8-000Frw-y-amiganano-yavuze-ko-hari-uwayamuhaye-ari-10-000-ngo-ayacuruze

  • Rubavu : Hatwitswe ibiyobyabwenge byafashwe mu mezi 6 hagarukwa ku mayeri y’ababizanaga arimo kubiheka nk’abana #rwanda #RwOT

    Ibi biyobyabwenge byatwitswe mu gitondo cyo kuri uyu wa Mbere tariki ya 23 birimo ibiro 627 by’urumogi, litiro 11 za Kanyanga n’amacupa 523 y’ikinyobwa kitujuje ubuziranenge kitwa Simba.

    Ibi biyobyabwenge byafatiwe mu bikorwa bya Polisi byakorewe mu Karere ka Rubavu mu mirenge itandukanye. Byatwikiwe mu Karere ka Rubavu, Umurenge wa Nyakiriba, Akagari ka Gikombe, Umudugudu wa Nyabibuye.

    Igikorwa cyo gutwika ibi biyobyabwenge kitabiriwe n’Umuyobozi w’Akarere wungirije ushinzwe ubukungu n’iterambere mu Karere ka Rubavu, Nzabonimpa Deogratias, Umuyobozi wa Polisi mu Karere ka Rubavu, Senior Superintendent of Police (SSP) Aphrodise Gashumba n’uhagarariye ubushinjacyaha mu turere twa Rubavu- Nyabihu na Ngororero, Sibomana Theogene.

    Aganiriza abaturage bari baje muri icyo gikorwa, Umuyobozi w’Akarere ka Rubavu wungirije ushinzwe ubukungu n’iterambere yagaragarije abaturage ingaruka z’ibiyobyabwenge haba ku muntu ku giti cye, ku muryango we ndetse no ku gihugu muri rusange.

    Yagize ati 'Mbere na mbere mugomba kumenya ko kwijandika mu biyobyabwenge uba ukoze icyaha iyo ubihamijwe n’amategeko urabihanirwa, byangiza ubuzima bw’ubikoresha. Ni igihombo ku muryango w’uwo muntu kuko hari igihe usanga afunzwe ariwe wafashaga umuryango we ndetse udafunzwe ugasanga byamuhinduye umurwayi ntacyo akora, usanga bangiza amafaranga yagafashije umuryango bakajya kuyagura ibiyobyabwenge. Ibi byose bigaruka ku gihugu kuko kibura amaboko y’abakagikoreye ngo gitere imbere ndetse ugasanga hari imiryango iri mu bukene bukabije, umutekano mucye n’ibindi bitandukanye.'

    Visi Meya Nzabonimpa yakanguriye urubyiruko n’abaturage muri rusange kwitandukanya n’ibiyobyabwenge mu buryo bwose bagira uwo babona abikoresha cyangwa abikwirakwiza bakihutira kubimenyesha inzego z’ubuyobozi zimwegereye cyangwa Polisi.

    Umuyobozi wa Polisi mu Karere ka Rubavu, SSP Aphrodise Gashumba yagaragaje ko ibyinshi mu biyobyabwenge bifatirwa mu Karere ka Rubavu harimo ibyangijwe uyu munsi bituruka mu gihugu cya Repubukika iharanira Demokarasi ya Congo (DRC) bikinjizwa mu Rwanda babinyujije mu nzira zitazwi (Panya). Yashimiye abaturage bakomeje kugaragaza uruhare mu gutahura amayeri akoreshwa n’ababikwirakwiza.

    Ati 'Hari abo twafashe babihetse mu mugongo nk’abahetse abana, ababyambarira mu myenda y’imbere, ababishyira mu majerikani basa nk’abatwaye amata, ababipakira mu modoka zipakira imicanga, abarutwara mu mifuka y’ibirayi na za Karoti n’ahandi hatandukanye. Aya mayeri yose tuyatahura kubera abaturage baduha amakuru, turabashimira kandi tunakangurira n’abandi kujya baduha amakuru.'

    Yakomeje agaragaza ko imirenge ya Busasama na Bugeshi ariyo ikunze kugaragaramo biriya biyobyabwenge kuko ari naho bikunze kwinjirizwa. Yasabye abaturage gukomeza ubufatanye mu kurandura ibiyobyabwenge ku butaka bw’u Rwanda.

    Uwaje ahagarariye ubushinjacyaha mu turere twa Rubavu, Nyabihu na Ngororero, Sibomana Theogene yavuze ko abantu 48 amadosiye yabo yamaze gushyikirizwa ubushinjacyaha kugira ngo baburanishwe ku byaha by’ibiyobyabwenge. Yavuze ko hari ibihano bihanitse ku cyaha cy’ikoreshwa ry’ibiyobyabwenge akangurira abaturage kubyirinda.

    Ati 'Ibi biyobyabwenge bingana gutya byafashwe tukaba tubitwitse bifite igisobanuro gikomeye mu kubirwanya. Byonyine kuba Polisi y’u Rwanda ibifatanyamo n’abaturage ni ikimenyetso cyo guca intege n’abandi bose batekerezaga kwishora mu ngeso z’ibiyobyabwenge, ubu ni uburyo bwiza bwo guca uruhererekane rwose ruba mu kubikwirakwiza ariko bifite igisobanuro gikomeye cyane hano mu Karere ka Rubavu nk’ahantu bikunze kwinjirira bivuye mu gihugu cy’abaturanyi cya Congo.'

    ICYO AMATEGEKO AVUGA

    Iteka rya minisitiri nº 001/moh/2019 ryo ku wa 04/03/2019 rigena urutonde rw’ibiyobyabwenge n’ibyiciro byabyo rishyira ikiyobyabwenge cy’urumogi mu biyobyabwenge bihambaye.

    Itegeko nº68/2018 ryo ku wa 30/08/2018 riteganya ibyaha n’ibihano muri rusange, ingingo ya 263 ivuga ko Umuntu wese ukora, uhinga, uhindura, utunda, ubika, uha undi, ugurisha mu gihugu ibiyobyabwenge cyangwa urusobe rw’imiti ikoreshwa nka byo mu buryo bunyuranije n’amategeko, aba akoze icyaha. Iyo abihamijwe n’urukiko ahanishwa igifungo cya burundu n’ihazabu y’amafaranga y’u Rwanda arenze miliyoni makumyabiri (20.000.000 FRW) ariko atarenze miliyoni mirongo itatu (30.000.000 FRW) ku byerekeye ibiyobyabwenge bihambaye.

    Ingingo ya 5 y’Iteka rya Minisitiri Nº001/MoH/2019 ryo ku wa 04/03/2019 rigena urutonde rw’ibiyobyabwenge n’ibyiciro byabyo rishyira inzoga zikozwe mu buryo budakurikije ibisabwa n’amabwiriza y’ubuziranenge n’andi mategeko mu biyobyabwenge byoroheje.

    Itegeko nº68/2018 ryo ku wa 30/08/2018 riteganya ibyaha n’ibihano muri rusange, ingingo ya 263 ivuga ko umuntu wese ukora, uhinga, uhindura, utunda, ubika, uha undi, ugurisha mu Gihugu ibiyobyabwenge cyangwa urusobe rw’imiti ikoreshwa nka byo mu buryo bunyuranije n’amategeko, aba akoze icyaha. Iyo abihamijwe n’urukiko ahanishwa igifungo kitari munsi y’imyaka irindwi (7) ariko kitarenze imyaka icumi (10) n’ihazabu y’amafaranga y’u Rwanda atari munsi ya miliyoni eshanu (5.000.000 FRW) ariko atageze kuri miliyoni icumi (10.000.000 FRW) ku byerekeye ibiyobyabwenge byoroheje.

    Source : http://www.ukwezi.rw/mu-rwanda/Amakuru-anyuranye/article/Rubavu-Hatwitswe-ibiyobyabwenge-byafashwe-mu-mezi-6-hagarukwa-ku-mayeri-y-ababizanaga-arimo-kubiheka-nk-abana

  • Kimenyi Yves na bagenzi be barekuwe – #rwanda #RwOT

    Tariki ya 19 Kanama 2021 ni bwo Kimenyi Yves yatawe muri yombi akurikiranyweho kwica amabwiriza yo kwirinda ikwirakwira rya Covid-19 kubera ibirori bya ‘Baby shower’ byabereye mu rugo rw’uyu munyezamu na Muyango Claudine.

    Kimenyi n‘abo abari bafatanywe, beretswe itangazamakuru ku wa Gatandatu, tariki ya 21 Kanama 2021, ndetse biyemerera ko bakoze amakosa yo kurenga ku mabwiriza yo kwirinda ikwirakwira rya COVID-19.

    Kuri uyu wa Mbere, tariki ya 23 Kanama 2021, ni bwo Kimenyi Yves n’abandi batatu muri bane bari bafunganywe, barekuwe nyuma yo gucibwa amande.

    Kimenyi yemereye IGIHE ko we na bagenzi be batatu barekuwe nyuma yo gucibwa amande.

    Yakomeje ati “Ni byo baturekuye mu ma Saa kumi z’amanywa. Muri bane twari dufuganywe harekuwe batatu undi baramusigarana kuko agomba kuzuza iminsi itanu nkuko natwe byagenze. Njye banciye ibihumbi 150 Frw abandi buri umwe bamuca ibihumbi 25 Frw.”

    Polisi y’Igihugu ikomeje gushaka abandi bantu batatu bari muri ibi birori nk’uko Umuvugizi wayo, CP John Bosco Kabera aheruka kubibwira itangazamakuru.

    Kimenyi wakiniye Isonga FC, APR FC, Rayon Sports na Kiyovu Sports we n’umukunzi we, Muyango Claudine, baritegura kwibaruka umwana wabo w’imfura.

    Kimenyi Yves yarekuwe nyuma yo kwishyura amande no gufungwa iminsi itanu

    Batatu mu bari bafatanywe na Kimenyi Yves barekuwe. Undi umwe azabanza kuzuza iminsi itanu mu gihe Polisi y’Igihugu ikomeje gushaka abandi batatu bari bitabiriye ibirori bakoze

    source : https://ift.tt/3sILGyX

  • Ikiryabarezi cyatumye umusore wiga muri Kaminuza yiyahura. – YEGOB #rwanda #RwOT

    Umusore wigaga muri Kaminuza yiyahuye nyuma yo gushora amamiliyoni mu kiryabarezi bikarangira ayahombye.

    Mu nkuru ibabaje y'ibitangazamakuru bitandukanye birimo citinewsroom , ivuga ko uyu munyeshuri wigaga muri kaminuza y'ubumenyi n'ikoranabuhanga ya Kwame (KNUST),yashatse kugera Ku butunzi bw'ibihumbi 200,000GHC,asaga Miliyoni 330 mu manyarwanda nk'ayo yari gutsindira yashoye 60,000GHC( byama Cedi),yagize amahirwe make arayabura.

    Uyu musore utatangajwe amazina, amakuru akomeza avuga ko akimara kubura ayo mafaranga ,igitutu cy'abantu nicyo cyatumye yiyahura kuko ayo mafaranga harimo ayo yari yagujije, abona ko kuzabona inyishyu bizaba ingorabahizi ahitamo kwiyahura.

    Source : https://yegob.rw/ikiryabarezi-cyatumye-umusore-wiga-muri-kaminuza-yiyahura/

  • Kimenyi Yves na bagenzi be barekuwe nyuma y'iminsi 3 muri Kasho #rwanda #RwOT

    Ku wa Gatandatu nibwo Polisi y'Igihugu yerekanye abantu bane mu munani bagaragaye bari mu birori bya 'Baby shower' byabereye mu rugo kwa Kimenyi Yves na Muyango Claudine.

    Kimenyi Yves yatawe muri yombi nyuma y'aho ku wa 17 Kanama 2021 hasohotse amashusho agaragaza ibirori we n'umukunzi we Muyango Claudine bakorewe byo kwitegura kwakira imfura yabo.

    Kimenyi Yves na we uri mu batawe muri yombi yabwiye itangazamakuru ko yatunguwe no kubona iwe habereye ibirori kuko batari babiteguje, icyakora yemeza ko ari amakosa bakoze kandi ayicuza.

    Yavuze ko ababajwe cyane no kuba aya makosa yarabayeho bikaba bitumye amaze iminsi afunze ndetse hakiyongeraho kugaragara imbere ya camera yambaye amapingu.

    Ati 'Birababaje, ndicuza kuba ndi hano gutya mumbona nakabaye hari ubundi butumwa ndi gutanga bwo kwirinda ikwirakwira rya Covid-19.'

    Kimenyi Yves yasabye imbabazi Abanyarwanda n'abakunzi be by'umwihariko abizeza ko amakosa nk'ayo yaguyemo atazongera.

    Aba barekuwe nyuma yo gutanga amande baciwe ndetse abandi 3 bari kumwe na Kimenyi muri ibi birori polisi yavuze ko bagishakishwa.

    Source : https://umuryango.rw/amakuru/mu-rwanda/ubutabera/article/kimenyi-yves-na-bagenzi-be-barekuwe-nyuma-y-iminsi-3-muri-kasho

  • Ngoma: Gitifu w’Akagari yakubiswe n’abaturage baramukomeretsa – #rwanda #RwOT

    Byabereye mu Kagari ka Ntovi mu Mudugudu wa Ntovi ku mugoroba wo kuri uyu wa Gatandatu tariki 21 Kanama 2021. Mu bakubiswe harimo Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Akagari ka Ntovi Burakeba Thierry ufite imyaka 39 n’umuyobozi w’Umudugudu ndetse n’abandi baturage bane bari barikumwe.

    Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Rukumberi, Mbarushimana Ildephonse, yabwiye IGIHE, ko aba baturage bakubise uyu muyobozi ahagana saa Kumi n’imwe ubwo yatabazwaga n’abandi baturage ko hari abantu bari kuragira mu mirima yabo.

    Yagize ati “Ni abaturage bari barimo boneshereza abandi hanyuma rero aratabara nk’umuyobozi kuko abaturage bari bamutabaje nk’umuyobozi, agezeyo baramwataka baramukubita we n’umuyobozi w’umudugudu ndetse n’abandi baturage bane, ubu inzego z’umutekano ziri kubikurikirana.”

    Uyu muyobozi yavuze ko Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Akagari yakomerekejwe ku kuguru kuburyo ngo yagiye kwa muganga, bakaba bamukubise inkoni nyinshi.

    Gitifu Mbarushimana yavuze ko ababikoze kuri ubu bakiri gushakishwa kugira ngo baryozwe ibyo bakoze. Yasabye abaturage kujya bubaha abayobozi babo nkuko nabo babubaha bakirinda urugomo.

    Ati “Abaturage turabasaba kwitwararika bakubaha ubuyobozi kuko natwe twubaha abaturage, iyo habayeho kubahuka umuyobozi si indangagaciro nziza, si byiza rwose gukubita umuyobozi uri mu kazi.”

    Yavuze ko kuri ubu bafatanyijwe n’izindi nzego z’umutekano bari gushakisha abaturage bose babigizemo uruhare kugira ngo babiryozwe bibere isomo n’abandi baturage.

    Ibiro by’Umurenge wa Rukumberi ari nawo ubarizwamo akagali ka Ngoma

    source : https://ift.tt/3gq5P7P

  • Gakenke: Ibimaze kumenyekana ku muyobozi ukurikiranyweho gutema umugore we – #rwanda #RwOT

    Bamaze gutabwa muri yombi, bahise bafungirwa kuri Sitasiyo ya Polisi ya Gahunga mu gihe iperereza rigikomeje.

    Abo bagabo bombi icyo cyaha bari bakurikiranyweho cyakozwe mu ijoro ryo ku Cyumweru tariki 8 Kanama 2021 ahagana saa tatu z’ijoro mu Karere ka Burera Umurenge wa Rugarama mu Kagari ka Gafumba mu Mudugudu wa Rutamba.

    Polisi kandi icyo gihe yatangaje ko ibyo byabaye nyuma y’igihe kitari gito umwe wari unashinzwe irangamimirere mu Murenge wa Cyabingo mu Karere ka Gakenke abana n’umugore we mu ntonganya zaje no kuganisha ku gutandukana ndetse baza no kugabana imitungo.

    Nyuma y’itabwa muri yombi ryabo, Polisi yabashyikirije Ubugenzacyaha RIB nayo ikora dosiye yashyikirijwe ubushinjacyaha ndetse kuwa 18 Kanama 2021 habaho urubanza mu Rukiko Rwisumbuye rwa Musanze ku ifunga n’ifungurwa ry’agateganyo biteganyijwe ko ruzasomwa kuwa 23 Kanama 2021 saa munani n’igice z’amanywa.

    Mbere y’uko ibi byose biba umugabo umwe yari yaratandukanye n’uwo mugore mu 2020 nk’abashakanye mu buryo bwemewe n’amategeko ndetse baza no kugabana imitungo bari bafite mu 2018.

    Mu byo bagabanye harimo n’inzu bari batuyemo yagabanyije bombi ari naho bivugwa ko uru rugomo rwakorewe, umwe agatura mu gipangu cy’imbere undi inyuma.

    Amakuru IGIHE yamenye ni uko uyu muryango wakunze kubana mu makimbirane n’urugomo ndetse umugore yahereye mu 2017 yishinganisha ku nzego z’ubuyobozi kugeza ku rwego rw’Intara y’Amajyaruguru nk’uko bigaragara mu mpapuro dufitiye kopi.

    Ibi byiyongeraho ko mu 2018 uwo mugabo yakoreye urugomo uwahoze ari umugore we amukubita ikibando ndetse abikurikiranwaho n’Urukiko rw’Ibanze rwa Gahunga.

    Byakurikiwe kandi n’urundi rubanza rwo mu Rukiko Rwisumbuye rwa Musanze narwo uwo mugabo yari akurikiranyweho urugomo yakoreye uwahoze ari umugore we ariko urikiko rwanzura ko nta bimenyentso bihagije byatanzwe n’ubushinjacyaha ariko icyo gihe impapuro zo kwa muganga zerekanaga ko yakubiswe agakomeretswa mu gahanga.

    Icyaha cyo gukomeretsa ku bushake gihanwa n’urukiko kuko uwo gihamye ahanishwa igifungo kuva ku mezi atandatu kugeza ku myaka ibiri n’ihazabu y’amafaranga y’u Rwanda kuva ku bihumbi ijana kugeza ku bihumbi magana atanu cyangwa kimwe gusa muri ibyo bihano.

    Mu gihe umugambi cyangwa igico byateguriye icyaha, uwakoze icyaha ahanishwa igifungo kuva ku myaka ibiri kugeza ku myaka itatu n’ihazabu y’amafaranga y’u Rwanda kuva ku bihumbi ijana kugeza ku bihumbi magana atanu.


    source : https://ift.tt/3zc5WLQ

  • Icuruzwa ry’abantu mu isura nshya; Icukumbura ku rikorwa n’abakobwa b’ikimero mu Rwanda – #rwanda #RwOT

    Mu minsi ishize, nahuye n’umugabo w’Umunyaburayi. Akorera mu Rwanda no mu bindi bihugu bihana imbibi. Aho atuye mu Mujyi wa Kigali mu Karere ka Nyarugenge abana n’abakobwa gusa, bose baba bamukurikiyeho ikintu kimwe. Amafaranga!

    Ntabwo ari amafaranga baba bamubikije, ni amafaranga baba bamukuramo ku mayeri, gusa ubona menshi ni uwo bamenyanye mbere, abandi bagenda babona ayo uwo yagennye.

    Ibyo tubivemo, turaza kubigarukaho nyuma. Jama [izina twahinduye], ni iry’umusore turi mu kigero kimwe mu myaka. Aba mu Mujyi wa Kigali mu Karere ka Kicukiro, hari Hotel agenzura umunsi ku wundi, ngira ngo ejo bundi iherutse no guhabwa inyenyeri.

    Akazi ke gatangira mu masaha y’ijoro, gusa muri iyi minsi ya Covid-19 yangije ubukerarugendo, ntabwo ikibona abantu. Twaganiriye mu mwaka ushize, ansobanurira mu buryo bwimbitse uburyo hotel igiye kuzamukiza mu gihe nzi ko umushahara we ari nk’umwe wacu twese uringaniye.

    Muri telefone ye, harimo nimero z’abantu n’abandi b’ubusa. Gusa umubare munini ni abakobwa, icyo abatungiye ntabwo ari ubundi bushuti, ahubwo ni uko ari bo bamubeshejeho.

    Iyi ni inkuru mpamo. Umugabo uba hanze y’u Rwanda, akoze reservation ya hotel yifashishije internet, asabye icyumba muri hotel Jama agenzura.

    Jama ku wa Gatanu nimugoroba yihutiye kujya kumufata ku Kibuga cy’Indege, amugeza kuri hotel ahagana saa tatu z’ijoro. Muri ako kanya, yiteye utuzi, araruhutse hanyuma ahamagara Jama amubwira ko akeneye “G”.

    Mbere y’uko dukomeza, niba waragiye hanze y’u Rwanda, ukaganira n’abanyamahanga mu buryo bwo gutebya, hari ibintu benshi bazi ku Rwanda. Birumvikana Umuyobozi warwo ni ntagereranywa uzasanga hafi ya bose bamuvuga imyato, ariko hari ibindi.

    “3Gs”. Ni ijambo numvise bwa mbere ndi kuganira n’umugabo twahuriye mu kabari kamwe ko muri Afurika y’Iburengerazuba. Abenshi bazi ko mu Rwanda habaye “Genocide” [Jenoside] yakorewe Abatutsi, bazi ko u Rwanda ari igihugu gikomeye mu bukerarugendo kandi ko gifite na “Gorillas” [ingagi]. Ikindi bazi ni uko gifite “Girls” [abakobwa] beza.

    Iyi ngingo ya “G” ya gatatu niyo tugiye kugarukaho, n’uburyo isura yayo ikomeje guhindanywa, iteshwa agaciro kubera ubucuruzi bw’abantu mu yindi sura noneho aho bibera akandare bukorwa n’abakobwa bacuruza bagenzi babo.

    Igitangaje ni uko ababukora, ni abantu mwe mwese mukoresha za Smartphone mukunda gukanda “like” ku mafoto yabo kuri Instagram. Muri iyi nkuru, ntabwo turi bushyire amazina yabo hanze.

    Tugaruke kuri Jama, wa mugabo yamubwiye ko ashaka umukobwa bararana muri iryo joro. Undi na we akora ku rusinga areba muri nimero ze, iryo joro Jama yacyuye amadolari 200 ya komisiyo.

    Ni we wagiye mu biciro yumvikana n’uwo mugabo amafaranga aza kwishyura “Sister”, hanyuma kandi asaturaho 100$ ayakubita ku mufuka kuko yari yamushakiye umukiliya na wa mugabo amuha andi 100$ yo kuba anywa ka Mützig aho ku ibaraza.

    Abakobwa bakiri bato bararurwa n’ubuzima babonamo bakuru babo baba batembereye mu bice bitandukanye by’Isi. Dubai ni hamwe muho Abanyarwandakazi benshi basigaye batemberera

    Abakobwa b’ikimero bakijijwe no gucuruza bagenzi babo

    Inkuru mbarirano iratuba, ni ko umunyarwanda yabivuze neza. Gusa hano ndagerageza kuyibara ku buryo idatuba, ni iy’umukobwa umwe mu bazwi cyane ku mbuga nkoranyambaga mu Rwanda.

    Ni umwe mu birahirwa na benshi, ba bagabo bafite irari iyo babonye ifoto ye bihutira gukurura ngo barebe neza itako rye ku buryo hari n’abo usanga bashaka gusatura telefoni ngo barebe hagati y’amaguru ye kandi ibyo bidashoboka.

    Ahagana mu 2017 yari afite igikundi cy’abandi b’urungano rwe, bose baryoshya amafoto kakahava, barigaruriye imbuga nkoranyambaga mu gihugu. Ni bamwe batambuka abanyerari bagasigara bacira inkonda wa mugani wa KGB.

    Icyo gihe yari mukuru muri abo bose, kandi aziranye n’abagabo bo mu mahanga batabarika. Umunsi ku wundi yahinduranyaga imodoka, inzu na yo ayitaka bidasanzwe ariko wareba akazi akora, ugasanga bidahura.

    Abo bagabo ni bo bari bamubeshejeho, bakamumenyera buri kimwe. Ubwo yari ari kuganira n’a bo “bashuti” be, aza kuberurira ibanga, ababwira ko azi abagabo babonye amafoto yabo bakabakunda kandi ko biteguye “kurekura agatubutse”.

    Yabahuje n’abo bagabo, umwe muri Nigeria n’undi i Dubai. Uko buri mukobwa yagendaga, babaga bamwishyuriye itike y’indege hari n’igihembo aza kubona, gusa uwamurangiye “akazi” yakuragamo aya komisiyo.

    Mu nshuro nyinshi yagiye hanze, iyarurangiza yabaye ejo bundi mu gihugu kimwe cyo muri Afurika Iburasirazuba. Bwo ngo yari yeretswe amafoto y’umugabo baza guhura, ahageze asanga uwo yari yabwiwe atari we ari undi w’“igikanapfu” ariko kuko yari yamaze kwakira amafaranga, amahitamo “yari ukurarana na we iryo joro”.

    Mu itohoza IGIHE yakoze, yabonye ibihamya by’uburyo ubu bucuruzi bukorwa. Abakobwa bamwe, bifata amashusho bari kwikinisha, bakayahereza abakuru “mu gakino” ubundi na bo bakayashyikiriza abagabo.

    Hari ibiganiro twabonye by’umwe mu bavuye muri ibi bikorwa, wemeje uburyo baciririkanwaga n’abagabo.

    Ati “Hari n’ubwo akubaza ati ese ura …. [wa mugenzo wa kinyarwanda ugaragaza ibyishimo by’umugore mu mibonano mpuzabitsina]. Ibyo bibaho iyo muri kumvikana amafaranga, akakubaza ati nyereka ndebe uko bimeze. Ukamwoherereza video kugira ngo ubone ko koko ari byo.”

    Mu minsi ishize, hari inkuru yamenyekanye cyane ya bamwe mu bahanzikazi bivugwa ko bapfuye amafaranga y’umugabo, umwe agashwana na mugenzi we kuko yanze kumuha “komisiyo”.

    Icyaje kubaturisha, ni uko wa wundi wari warangiwe akazi, yatewe ubwoba ko nadatanga “komisiyo” amashusho ye yambaye ubusa ari bushyirwe ku karubanda.

    Bamwe mu bakobwa bacuruzwa ku bagabo bakuze, bakabasambanya hanyuma bakabaha amafaranga. Uba wabahuje n’abo bagabo, ahabwa umufuragiro ku bw’akazi aba yakoze

    Yangirijwe imyanya ndangagitsina muri Nigeria

    Abakobwa muri iki gihe basigaye banyura muri byinshi bigoye kandi biruhije. Ariya mafoto meza mubona ya bamwe, aba yavuye mu byuya, amarira n’agahinda gakomeye.

    Mu 2018 Miss Mutesi Jolly yabwiye IGIHE uburyo hari umugabo wamwandikiye kuri Instagram, akamubwira uburyo yamukunze, ko ndetse yifuza ko bahura bakaganira.

    Uwo mugabo ngo yamubwiye ko azamwoherereza itike n’ibindi byose hanyuma akamusanga mu mahanga aho aba. Uyu mukobwa yarabyanze, amubera ibamba burundu.

    Ibyabaye kuri Jolly si umwihariko we, hari n’abandi benshi byabayeho ariko gushikama ngo bavuge ngo “OYA” bikanga, agatima kagakomeza kurehareha.

    Urugero ni urw’umukobwa w’imyaka 28 wakuriye mu Mujyi wa Kigali. Yamenyaniye n’umugabo kuri Instagram nyuma y’uko amubengutse amaze kureba amafoto ye.

    Urukundo rwabaye rwose, umugabo amusaba ko yazamusanga muri Nigeria bagakanira. Umukobwa yabaye incakura, ntiyahita yereka umugabo ko yashidukiye ubuzima bwiza yamubonanaga.

    Umugabo yabanje kumubwira uburyo amukunda, ko afite itako ryiza rwose rimwe riteye ubusambo, ariko akamugaragariza ko ari ryo yabonye gusa, ko za gahunda zindi ntazo we akeneye.

    Byageze aho amusaba ko yajya kumusura, amwizeza ko azamwoherereza amafaranga yose akeneye. Umukobwa yaranze aratsemba.

    Nyamugabo na we ku ikofi yari yiyizeye, akuramo amadolari ayoherereza umukobwa, ati aya uzatege indege, aya uzatege taxis ikugeza ku Kibuga cy’Indege, aya uzaguremo utuvuta duhumura nurangiza inshuti zawe uzisaranganye aya magana angahe.

    Bidatinze umukobwa yabonye amafaranga aradagadwa, ati uyu muntu unyizeye gutya, turamutse duhuye ntiyangirira nabi. Bitewe n’ukuntu bavuganaga, yumvaga ari umuntu muzima, aramwizera.

    Yahagurutse i Kigali ku manywa ari ku wa Gatatu, ageze i Lagos yakirwa n’umusore neza rwose. Amujyana iwe, barasangira, barishimana, barabyina, barangije baranaryamana.

    Ibyo byose byabaga umukobwa yasinze, maze umugabo aza kurabura bagenzi be ati hano niguriye agakoko muze mushikuzeho itako, na bo baraza banashingamo umuheha bashishikaye.

    Umukobwa yakangutse atazi iyo ari, yirebye ariyibagirwa, ararira biratinda ahita ashaka uko ataha. Yageze i Kigali aruhukira kwa muganga arivuza kuko yari yangiritse bikomeye mu myanya y’ibanga.

    Hari n’abafatiwe muri ubu bucuruzi

    Momo ni umuhanzikazi nyarwanda. Yitwa Mbabazi Maureen, yamenyekanye cyane mu 2012 akora injyana ya Dancehall.

    Mu 2018, uyu muhanzikazi yafunzwe umwaka urenga akurikiranyweho gucuruza abakobwa. Ibikorwa yafatiwemo ni bimwe nk’ibyo turi kuvuga hano.

    Amakuru avuga ko uyu muhanzikazi, hari umwana w’umukobwa [witabiriye Miss Rwanda] yarangiye umugabo, maze kuko na we yari afite gahunda muri icyo gihugu, afata umwanzuro wo kumuherekeza.

    Nubwo bari bajyanye, bivugwa ko ‘komisiyo’ yari kuyifata nta kabuza. Uko bapangaga gahunda zabo ni ko byaje kugera ku babyeyi b’umukobwa, bamenyesha inzego zishinzwe umutekano ziburizamo icyo gikorwa, Momo yisanga muri gereza atyo.

    Uyu mukobwa yafatiwe ku kibuga cy’indege mu 2018 ashyikirizwa ubutabera, muri Mata 2019 aza gufungurwa nyuma y’umwaka mu gihome.

    Ni kimwe kandi n’uwitwa Dabijou na we uheruka gufungwa akurikiranyweho ibyaha nk’ibi, na we yamaze igihe muri gereza nyuma aza kurekurwa.

    Hari n’abasore bacuruza abakobwa b’ikimero

    Mu minsi ishinze, Kid Gaju, wa muhanzi mwakunze mu ndirimbo zirimo nk’iyo yise Tornado yakoranye na Goodlife, yari imbere y’urukiko ashinjwa gucuruza abakobwa b’abanyarwandakazi.

    Ubushinjacyaha bwavugaga ko amafoto yabo ayaha umuherwe wo muri Kenya witwa Jeff, ababwira ko azabaha igishoro cyo gutangira ubucuruzi, uwungutse akazasubira muri Kenya kumushimira.

    Gaju ngo yarebaga amafoto y’abakobwa beza kuri Instagram, uwo ashimye akomwoherereza Jeff nawe yashima bagatangira kumureshya, yakwemera akohererezwa itike y’indege n’amafaranga yo kwitegura.

    Uyu musore we ngo yahabwaga amadorali 300$ kuri buri mukobwa yoherezaga.

    Yaregwaga ko yashatse kugurisha umwe mu bakobwa bitabiriye irushanwa rya Miss Rwanda mu 2021, byakwanga agashaka kumufata ku ngufu umukobwa akamucika. Imbere y’urukiko, Gaju yahakanye ibyaha byose.

    Ikiri ukuri, ni uko benshi bamaze kwangirikira muri ubu bucuruzi, abakobwa bamwe banze kuvirira bati “ukena ufite itungo rikakugoboka”, abandi banga gukorera ayo bita “intica ntikize” mu gihe hari menshi babona nta muntu ubasaba raporo ya buri munsi.

    Birakwiye ko hashyirwa imbaraga mu gukumira ubu bucuruzi kuko bukomeje koreka benshi, ubukangurambaga ku bakiri bato mu kwirinda ibishuko nk’ibi nabwo bugashyirwamo imbaraga kandi n’ababyeyi bakagaruka ku nshingano zo gukurikirana abana babo, babagira inama, babereka ko iraha n’ubuzima bworoshye nta kindi byabagezaho kitari ukubicira ejo hazaza.

    Ibyo Kid Gaju yakurikiranyweho n’inkiko ni urugero rw’ibisigaye bikorwa muri iki gihe mu bucuruzi bw’abantu ariko bwahinduye isura

    Mbabazi Maureen wamamaye nka Momo yigeze gufungwa akurikiranyweho ibyaha nk’ibi byo gucuruza abakobwa bagenzi be

    source : https://ift.tt/3j8IU2M