Tag: Umutekano

  • Umugabo ubwo yari avuye gushaka icyo abana be barya yahuye n' insoresore ubundi zimwambura ubuzima i Musanze #rwanda #RwOT

    Mu Karere ka Musanze mu Murenge wa Busogo haravugwa inkuru ibabaje y' umugabo w' imyaka 53 y' amavuko yasanzwe yapfuye ubwo yari avuye gushaka igitunga umuryango we mu Karere ka Rubavu bigakekwa ko yishwe n' insoresore zamutegeye mu nzira ubwo yarimo ataha zimwambura ibyo yari afite.

    Nk' uko amakuru abivuga , uyu mugabo yitwa Hakuzimana Emmanuel bivugwa ko yari asanzwe atuye mu Murenge wa Kintobo mu Karere ka Nyabihu ariko akajya gukorera amafaranga mu Karere ka Rubavu.

    Umunyamabanga Nshingwabikorwa w'Akagari ka Kivumu kabereyemo ubu bwicanyi, Ntacyumpenze Emmanuel yavuze ko uriya mugabo ashobora kuba yishwe n'insoresore zabategeye mu nzira we n'abandi bari kumwe.

    Yagize ati 'Kubera ko bavira mu modoka mu Byangabo, babanje kuhanywa inzoga batashye ni bwo bahuye n'izo nsoresore zitangira kubakubita zishaka kubambura.'

    Uyu muyobozi avuga ko umurambo wa nyakwigendera wahise ujyanwa mu Bitaro bya Ruhengeri kugira ngo ukorerwe isuzumwa mu gihe Urwego rw'Igihugu rw'Ubugenzacyaha RIB rwahise rutangira iperereza.

    Uriya mugabo wishwe ku Cyumweru tariki 29 Kanama 2021, bivugwa ko we na mugenzi we witwa Ndimurwango Samson na we wari uvuye gukorera amafaranga bageze mu Byangabo bakava mu modoka ariko bakagira aho banyura ngo bice inyota.

    Ngo bigeze saa kumi n'ebyiri z'umugoroba bahise bafata inzira barataha, baza guhura n'insoresore eshatu zitangira kubakubita kugira ngo zibambure ibyo bari bafite ni bwo nyakwigendera yasabaga uwo bari kumwe kwiruka ubundi we agasigara ahangana na bo.

    Ngo ako kanya ni bwo izo nsoresore zadukiriye nyakwigendera ziramukubita uwo Samson bari kumwe yahise ajya gutabaza ariko akabura ubatabara na we agahita akomeza akajya iwe ariko nyuma abonye mugenzi we adatashye akagira amakenga akaza kujya kubaza kwa sebukwe.

    Amakuru avuga ko nyakwigendera yasize umugore n'abana bane barimo abahungu babiri n'abakobwa babiri.

    Source : https://impanuro.rw/2021/08/31/umugabo-ubwo-yari-avuye-gushaka-icyo-abana-be-barya-yahuye-n-insoresore-ubundi-zimwambura-ubuzima-i-musanze/

  • Musanze : Umugabo wari uvuye gukorera amafaranga yishwe n’amabandi yamutegeye mu nzira #rwanda #RwOT

    Uyu mugabo witwa Hakuzimana Emmanuel yari asanzwe atuye mu Murenge wa Kintobo mu Karere ka Nyabihu ariko akajya gukorera amafaranga mu Karere ka Rubavu.

    Nyakwigendera apfuye asize umugore n’abana bane barimo abahungu babiri n’abakobwa babiri.

    Ntacyumpenze Emmanuel uyobora Umurenge wa Kivumu wasanzwemo umurambo wa nyakwigendera, yatangaje ko uriya mugabo ashobora kuba yishwe n’insoresore zabategeye mu nzira we n’abandi bari kumwe.

    Yagize ati 'Kubera ko bavira mu modoka mu Byangabo, babanje kuhanywa inzoga batashye ni bwo bahuye n’izo nsoresore zitangira kubakubita zishaka kubambura.'

    Uyu muyobozi avuga ko umurambo wa nyakwigendera wahise ujyanwa mu Bitaro bya Ruhengeri kugira ngo ukorerwe isuzumwa mu gihe Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB rwahise rutangira iperereza.

    Uriya mugabo wishwe ku Cyumweru tariki 29 Kanama 2021, bivugwa ko we na mugenzi we witwa Ndimurwango Samson na we wari uvuye gukorera amafaranga bageze mu Byangabo bakava mu modoka ariko bakagira aho banyura ngo bice inyota.

    Ngo bigeze saa kumi n’ebyiri z’umugoroba bahise bafata inzira barataha, baza guhura n’insoresore eshatu zitangira kubakubita kugira ngo zibambure ibyo bari bafite ni bwo nyakwigendera yasabaga uwo bari kumwe kwiruka ubundi we agasigara ahangana na bo.

    Ngo ako kanya ni bwo izo nsoresore zadukiriye nyakwigendera ziramukubita uwo Samson bari kumwe yahise ajya gutabaza ariko akabura ubatabara na we agahita akomeza akajya iwe ariko nyuma abonye mugenzi we adatashye akagira amakenga akaza kujya kubaza kwa sebukwe.

    Source : http://www.ukwezi.rw/mu-rwanda/Amakuru-anyuranye/article/Musanze-Umugabo-wari-uvuye-gukorera-amafaranga-yishwe-n-amabandi-yamutegeye-mu-nzira

  • Rutsiro: umushinwa akubita abantu abaziritse ku misaraba. – YEGOB #rwanda #RwOT

    Mu karere ka Rutsiro haravugwa umushinwa wakuye abantu mu karere ka Nyamasheke maze akajya abakubita abahambiriye ku biti bimeze nkimisaraba.

    Nk'uko amashusho ya BTN ,twabashije kubona abigaragaza,uyu mushinwa yakubitaga umuturage yamuhambiriye ku giti ,undi nawe w'umunyarwanda amuhatira gusubiza ibyo bamubazaga, ndetse no kubyemera agasaba imbabazi ,ari nako akubitwa asaba imbabazi ati 'sinzongera', uyu mushinwa nawe yari ifite ikintu kiboshye nk'ikiziriko agikubitisha uyu waruryamye hasi amaboko ye aboheye inyuma.

    Source : https://yegob.rw/rutsiro-umushinwa-akubita-abantu-abaziritse-ku-misaraba/

  • Urukiko rwa Paris rwateye utwatsi ubusabe bwa Agathe Kanziga udashaka gukurikiranwa ku byaha bya Jenoside #rwanda #RwOT

    Ku gicamunsi cyo kuri uyu wa mbere Urukiko rw'ubujurire rwa Pasis rwateye utwatsi ubusabe bwa Agathe Kanziga Habyarimana w'imyaka 78 umugore w'uwahoze ari Perezida w'u Rwanda Juvenal Habyarimana,ku ruhare ashinjwa rwa Jenoside yakorewe Abatutsi 1994 yahitanye abarenga 1.000.000.

    Kanziga amaze imyaka irenga 20 mu gihungu cy'ubufaransa atuye mu nkengero z'umujyi wa Paris.

    Agathe Kanziga Habyarimana n'umwe mu bacuramugambi wo kurimbura Abatutsi n'umwe kandi mu bari bagize ikiswe AKAZU.

    Agathe Kanziga kuva yatangira gukurikiranwa n'inkiko z'ubufaransa ahakana ibyaha byose ashinjwa n'ubushinjacyaha.

    Agathe Kanziga yashyiriweho impapuro zo kumuta muri yombi n'ubushinjacyaha bw' u Rwanda kugira ngo atabwe muri yombi aryozwe ibyo yakoze.

    Mu Kiganiro n'abanyamakuru ubwo yari mu Rwanda muri Gicurasi Perezida w'Ubufaransa, Emmanuel Macron, yavuze ko mu Bufaransa hari Dosiye nyinshi z'abantu bakurikiranyeho ibyaha bya Jenoside yakorewe Abatutsi.

    Umwe mu Banyamakuru yamubajije niba na Agathe Kanziga Habyarimana ari mu bakurikiranwa n'ubutabera bw' Ubufaransa, yamusibije ko nawe arimo ko ariko ataje mu Rwanda gusubiza kuri Dosiye ya buri umwe.

    Source : https://umuryango.rw/amakuru/mu-mahanga/ubutabera/article/urukiko-rwa-paris-rwateye-utwatsi-ubusabe-bwa-agathe-kanziga-kudakurikiranwa

  • Minisitiri Busingye Johnston yijeje ubutabera… – #rwanda #RwOT

    Ku mbuga nkoranyambaga, nta kindi kiri kuvugwa cyane, uretse inkuru y'uyu mubyeyi witwa Dukuzumuremyi Janvière wabyaranye abana batanu n'umugabo wari ugiye gushyingiranwa n'undi mugore, kandi yaranamutwaye abana b'impanga yari yaribarutse.

    Mu bantu benshi babashije gusoma inkuru ya InyaRwanda, ndetse banarebye amashusho ya Afrimax Tv ari nayo dukesha iyi nkuru, bagiye batambutsa ubutumwa ku bayobozi batandukanye b'igihugu, ari nako ubutumwa bwabo bwageze kuri Minisitiri w'Ubutabera akaba n'Intumwa ya Leta, Johnston Busingye, akizeza ubutabera uyu mubyeyi.

    Muri ubwo butumwa butandukanye, Uwitwa Sylvie Nsanga, yagize ati: 'Iyaba buri mugore yamenyaga uburenganzira bwe n'ubw'abana be. Sinitaye ku kuba hari urukundo cyangwa rudahari, ibi ni ibintu bigayitse, umugabo muzima wiba impinja koko?'

    Muri ubwo butumwa yahamagariye inzego zitandukanye zirimo RIB, Polisi, Minisiteri y'Uburinganire n'Iterambere ry'Umuryango, asaba ko zafasha uyu mugore.

    Ati 'Nk'uko mubikora, mutabare uyu mubyeyi ari no kubasaba…icyaha cya mbere cyabaye, ni ukwiba abana bagatandukanwa na nyina, akabahisha nta rukiko rubyemeje.'

    Minisitiri w'Ubutabera, Johnston Busingye yahise amusubiza ko inzego z'ubutabera ziri gukurikirana iki kibazo. Ati 'Turi gukurikirana iki kibazo kandi ubutabera buzatangwa.'

    Uko byagenze kugira ngo ubukwe bupfe

    Hari mu kazuba ko mu museso, ubwo Dukuzumuremyi Janvière yakiraga telephone imubwira ko umugabo we babyaranye abana batanu umaze igihe yaramutaye, agiye gusezerana n'undi mugore mu rusengero.

    Ako kanya akibyumva, yahise ava mu murima aho yari ari guhinga vuba na bwangu, ahita yitegura ndetse ategura n'abana be kugira ngo ajye kureba niba inkuru yari amaze kwakira ari impamo.

    Mu buryo budasanzwe kandi buri wese wari uhari, bose bakubiswe n'inkuba bagwa mu kantu. Nta n'umwe wiyumvishaga ibiri kuba, ubwo uyu mubyeyi yasangaga umugabo we babyaranye abana batanu, ari gusezerana n'undi mugore mu rusengero rw'abangilikani, Paruwasi ya Gikondo mu mujyi wa Kigali.

    Umugore akinjira mu rusengero, yasanze pasiteri amaze guhagurutsa abageni, ndetse igikorwa cyo kubashyingira kigiye gutangira. N'agahinda kenshi ndetse n'amarira ashoka, yagaragaje agahinda atewe n'umugabo we ko kuba yaramutanye urugo, akaba agiye kubaka urundi rugo nyamara abo yabyaranye n'uyu mugore atamenya uko biriwe n'uko baramutse.


    Aha ni mbere ubwo abageni binjiraga mu rusengero

    Mu majwi ya Janvière yumvikanaga afata uyu wari umugabo we mu makoti, ndetse arira cyane avuga ko ibi bigomba gukemurwa na RIB.

    Byabaye ngombwa ko iki gikorwa kiba gisubitswe, abapasiteri bafata umukwe n'umugeni we ndetse n'uyu mubyeyi wari wazanye n'abana be, bajya kwiherera bonyine kugira ngo iki kibazo bagihe umurongo.

    Muri uku kwiherera, ntibyamaze umwanya kuko uyu mubyeyi yahise asohoka ndetse arira cyane, agaragaza ko atari kunyurwa n'uburyo ikibazo cye bari kugikemuramo. Yashimangiye ko icyo ashaka atari isezerano ry'umugabo wamutanye abana batanu, ahubwo akeneye kubona abana be babiri umugabo yatwaye, ndetse akabamwimaho uburenganzira, hanyuma agafata inshingano z'abana be nka papa wabo wababyaye.

    Bitewe n'uburyo uyu mubyeyi yagaragazaga uburyo iki kibazo kiri gukemurwamo, hitabajwe inzego z'umutekano ndetse bidatinze zihita zihasesekara, zigerageza guhuza impande zombi. N'ubwo bitari byoroshye, basabye umuryango w'umugabo kubahiriza uburenganzira bw'umubyeyi kubana be, ndetse akajya ababona igihe cyose abashakiye.

    Minisitiri Busingye yijeje ubutabera umubyeyi witwa Dukuzumuremyi Janvière

    Mu marira menshi, uyu mubyeyi agaragaza ko ikifuzo cye gikomeye ari ukubona uburenganzira ku bana be umugabo we yatwaye iwabo, ndetse bakabamuha akabirerera kuko abana be batagomba kurerwa nk'imfubyi kandi bagifite ababyeyi bose.

    Mu kiganiro na InyaRwanda, yavuze ko ibyabaye ari impamo ndetse atari cyera kuko 'byabaye ku munsi w'ejo hashize kuwa gatandatu'.  Ndetse, anavuga ko icyo akeneye ku mugabo we ari abana babiri b'impanga yamutwaye ndetse bakanakemura uburyo bwo kubaho kw'aba bana babyaranye.

    Yagize ati: 'Yego iyo nkuru yabaye nimugoroba nta n'ubwo ari cyera, byarangiye batabasezeranyije barabirukana mu rusengero, bababwira yuko tuzabanza gukemura ibibazo dufitanye, ubwo nyine birangira bupfuye nanjye ndataha'.

    Mu rusengero rw’abangilikani byari ibicika

    Yakomeje agira ati: 'Njyewe icyo nari nkeneye si isezerano. Njyewe umugabo twarabanye ariko tubana mu buryo butemewe n'amategeko, ariko mu gihe ashaka gushaka undi njyewe ntarasezeranye nawe ni uburenganzira bwe, ariko yagombaga kubanza kubahiriza uburenganzira bw'abana yabyaye. Kuko abana batanu ni umuzigo ni umuryango ukomeye, ku buryo atansigira inshingano zabo njyenyine ngo nzishobore'.

    Ati: 'Ikintu njyewe namushakagaho ni uko ampa abana batanu banjye afite kuko bose bavuka munda imwe ya se na nyina,  yamara kubampa ubundi bakangenera n'uko bagomba kubaho n'aho kuba, n’ikizabatunga. Bakamenya niba bagomba kubishyurira ishuri, ibigenerwa umwana byose bakabikora.”

    Impanga umugabo yamutanye ubu zarakuze

    Uyu mubyeyi yavuze ko hashize imyaka ibiri uyu mugabo abataye, ndetse amujyanye abana b’impanga yari yaribarutse ku nshuro ya mbere, kuko yibarutse impanga inshuro ebyiri.

    Yagize ati: 'Hashize imyaka ibiri antaye, yajyanye bariya bana b'impanga ambwira ko bagiye gusura iwabo ubwo rero inda yansiganye nayo yavuyemo impanga zikurikira izindi yajyanye.''

    Uyu mugore yabwiye InyaRwanda ko abana kugeza na n'ubu atarababona ariko akibategereje, ndetse yakorerwa ubuvugizi kugira ngo abana be ababone ndetse amenyerwe n'uko babaho, naho ubundi ibyo kujya kubana n’undi mugore ni uburenganzira bwe.

    REBA HANO UBURYO UBUKWE BWAPFIRIYE MU RUSENGERO

    Source : https://inyarwanda.com/inkuru/109028/minisitiri-busingye-johnston-yijeje-ubutabera-umugore-warogoye-ubukwe-bwumugabo-wamutanye–109028.html

  • Gicumbi :Umugore afunzwe ashinjwa kwangiza igitsina cy'umwana amuziza kunyara ku buriri #rwanda #RwOT

    Tariki ya 26/08/2021, Ubushinjacyaha bwagejeje imbere y'Urukiko umugore w'imyaka 47 y'amavuko, ubarizwa mu Karere ka Gicumbi, Umurenge wa Muko, Akagari ka Kigoma, bumusabira gufungwa by'agateganyo iminsi 30 ku cyaha cyo Kwangiza imyanya Ndangagitsina y'umwana w'umuhungu yareraga .

    Icyo cyaha yagikoze tariki 03/08/2021 ubwo yabyukaga mu gitondo agasanga umwana yanyaye ku buriri agafata umwanzuro wo kumukeba igitsina agira ngo nazajya ajya kunyara age ababara bimutere ubwoba ntazongere kubikora,

    Iyo nkuru yaje kumenyekana biturutse ku wundi mwana babana wabwiye abaturanyi ko umwana w'iwabo afite igisebe ku gitsina kubera ko Kaka wabo yamukebye igitsina yanyaye ku buriri, nibwo bahise bajya kureba ikibazo umwana afite basanga yaramukomerekeje bikomeye bahita bahamagara inzego z'umutekano atabwa muri yombi , umwana ajyanwa kwa muganga.

    Uyu mugore mu bisobanuro atanga ahakana icyaha aregwa; cyakora akemera ko umwana afite igisebe ku gitsina kuko yishwe n'igikenyeri. Ariko ibyo avuga usanga atari ukuri ,ahubwo ari uguhunga igihano kuko azi neza ko igikorwa yakoze ari icyaha gihanwa n'amategeko.

    Kuba ataragize n'uwo abwira ikibazo cy'umwana agakubitiraho no kumuhisha ntamuvuze ,ubwabyo bikaba bihishe umugambi mubisha yari afite

    Icyo cyaha nikimuhama azahanishwa igihano cy'igifungo cya Burundu hashingiwe ku ngingo ya 114 y'Itegeko numero Nº68/2018 ryo ku wa 30/08/2018 Itegeko riteganya ibyaha n'ibihano muri rusange.

    Urubanza ruzasomwa tariki ya 30/08/2021 saa mbiri za mu gitondo.

    Source : https://umuryango.rw/amakuru/mu-rwanda/umutekano/article/gicumbi-umugore-afunzwe-azira-kwangiza-igitsina-cy-umwana-ngo-nuko-anyara-ku

  • Ngororero: Habonetse umurambo w’umugabo washakishwaga akekwaho kwica umugore we – #rwanda #RwOT

    Uyu mugabo wari utuye mu Murenge wa Kavumu mu Karere ka Ngororero, yashakishwaga akurikiranyweho kwica umugore we Bavugamenshi Venantie kuwa 22 Kanama 2021 babanaga mu buryo butemewe n’amategeko agahita atoroka.

    Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’agateganyo w’Umurenge wa Kavumu abo ba Nyakwigendera bari batuyemo, Kayitsinga Jean, yavuze ko ibimenyentso bigaragara ku mubiri wa Ndahayo bigaragaza ko ashobora kuba yariyahuye.

    Yagize ati ” Ndahayo Jean Claude yakekwagaho kwica umugore we ku itariki 22 Kanama 2021, agahita atoroka yari akiri gushakishwa atarafatwa, ntabwo twahamya neza icyo yaba yazize ariko ibimenyetso bigaragara ku mubiri we bigaragaza ko ashobora kuba yariyahuye.”

    Ati “Urumva abantu babiri bose bapfuye nta makuru yabo bivugiye azwi ariko hari ibyo abantu bajyaga bavuga ko batari babanye neza kuko uwo mugabo yari afite abagore babiri. Icyo dusaba abaturage muri rusange ni uko bajya begera inshuti, abavandimwe ndetse n’ubuyobozi bakabafasha gukemura ibibazo baba bafitanye aho kugira ngo bigere aho umwe yica undi.”

    Umurambo wa Ndahayo bivugwa ko wagaragazaga ibimenyentso by’ibikomere ku mubiri. Basanze uziritse imigozi mu ijosi.


    source : https://ift.tt/3sV5m2I

  • Kamonyi: Polisi yafashe abavomaga lisansi mu makamyo n’abari abaguzi bayo – #rwanda #RwOT

    Abafashwe ku mugoroba wo ku wa Gatandatu tariki ya 28 Kanama, ni abari bashinzwe kuvoma, kubika no kurinda amavuta yabaga yaguzwe mu makamyo, yagurwaga na na babiri bayaguraga. Bafatiwe mu Karere ka Kamonyi, Umurenge wa Gacurabwenge, Akagari ka Kigembe, Umudugudu wa Mushimba.

    Umuvugizi wa Polisi mu Ntara y’Amajyepfo, Superintendent of Police (SP) Theobald Kanamugire, yavuze ko kugira ngo bariya bantu bafatwe byaturutse ku bwumvikane bucye bwa bariya bagabo babiri bapfuye umwe ahamagara Polisi avuga ko hari abantu basinze barimo guteza umutekano mucye mu mudugudu.

    SP Kanamugire yavuze ko umuyobozi w’umudugudu wa Mushimba yahise agaragariza abapolisi ikibazo cy’abo bantu n’inzu babikamo biriya bikomoka kuri Peterori. Basanga harimo amajerikani 41 n’ingunguru ku ruhande byuzuyemo Mazutu na Peteroli bavomaga mu makamyo.

    Ati” Umuyobozi w’umudugudu yahise agaragaza inkomoko y’ubusinzi n’umutekano mucye bitewe n’abo bantu bacuruza ibikomoka kuri Peteroli rwihishwa. Babibikaga ahahoze sitasiyo yitwa Safari (nyirayo yarayihagaritse ntigikora). Abapolisi bageze mu nzu iri muri iyo sitasiyo basangamo matora bararaho,ndetse barara mu majerikani yuzuye Mazutu na Lisansi.”

    Umuvugizi wa Polisi mu Ntara y’Amajyepfo yavuze ko ibyo bakoraga binyuranijwe n’amategeko kuko bishobora guteza impanuka bakaba bahira mu nzu ndetse bagatwika abaturanyi.

    Ati” Ubucuruzi bw’ikomoka kuri petero bugira uko bukorwa kandi ubukora akaba afite ibyangombwa, bariya bantu nta byangombwa bafite. Bararaga mu majerikani yuzuyemo mazutu na lisiansi kandi bashobora gucana ikibiriti wenda banywa itabi ikibatsi cy’umuriro kigahura na Mazutu na lisinsi bagashya ndetse bagatwika abaturage bahegereye.”

    Abafashwe bose bahise bashyikirizwa Urwego rushinzwe ubugenzacyaha (RIB) rukorera muri sitasiyo ya Polisi ya Gacurabwenge kugira ngo hakorwe iperereza.


    source : https://ift.tt/3BoNv7j

  • Polisi y’u Rwanda n’iya Lesotho zasinyanye amasezerano y’imikoranire – #rwanda #RwOT

    Mu itangazo ryasinywe kuri uyu wa Gatandatu tariki ya 28 Kanama haragaragaramo ko aya masezerano ari ingenzi kuko buri ruhande ruzayungukiramo kandi azakemura ibibazo by’umutekano byambukiranya imipaka.

    Itangazo ryasinywe n’Umuyobozi wa Polisi y’u Rwanda, IGP Dan Munyuza n’Umuyobozi wa Polisi ya Lesotho, Commissioner of Police Holomo Molibeli rigira riti “Ubufatanye mu bijyanye n’umutekano ni ikintu cy’ingenzi mu mibanire y’ibihugu byombi. Ni ku nyungu rusange kandi bigira uruhare mu mahoro n’umutekano ku bihugu byombi.”

    Muri iri tangazo kandi abayobozi bombi bagaragaza ugushimangira ubushake mu mikoranire mu kwimakaza umutekano urambye.

    Umuyobozi wa Polisi ya Lesotho, Commissioner of Police Homolo Molibeli n’intumwa ayoboye bari mu ruzinduko rw’akazi mu Rwanda kuva tariki ya 23 Kanama, akaba yaraje ku butumire bwa mugenzi we w’u Rwanda IGP Dan Munyuza.

    Molibeli yavuze ko impamvu y’uru ruzinduko ari ugushyiraho ubufatanye mu by’umutekano hagati ya Polisi y’u Rwanda na Polisi ya Lesotho hashingiwe ku bintu byafasha impande zombi.

    Tariki ya 24 Kanama ku cyicaro gikuru cya Polisi y’u Rwanda ku Kacyiru aba bayobozi bombi bagiranye inama yaje gusozwa hasinywa amasezerano y’ubufatanye mu bintu bitandukanye hagati ya Polisi z’ibihugu byombi.

    Aya masezerano akubiyemo ibijyanye n’ubufatanye mu kurwanya ibyaha nk’iterabwoba, ikwirakwira ry’ibiyobyabwenge, kurwanya ibyaha byambukiranya imipaka harimo ibijyanye no kubaka ubushobozi bwa Polisi zombi no gusangira amakuru n’ubundi bunararibonye mu by’umutekano.

    Muri aya masezerano harimo ibijyanye no guhanahana amahugurwa, gufatanya mu bikorwa bya za Polisi , gusangira porogaramu zijyanye no kugenza ibyaha n’uburyo bwo kubika amakuru ajyanye nabyo, kurwanya ikwirakwira ry’intwaro no guhanahana amakuru ku gihe ajyanye n’ibyaha n’abanyabyaha.

    Izi nzego zombi zanemeranijwe gushyiraho ihuriro rihoraho aho hazajya habaho inama kenshi bakaganira ku bibazo by’umutekano n’imbogamizi zawo ku bihugu byombi ndetse no mu karere muri rusange.

    Muri iyi nama yabaye tariki ya 24 Kanama Umuyobozi wa Polisi y’u Rwanda, IGP Dan Munyuza, yavuze ko iyi nama iziye igihe kuko akarere gahanganye n’ibikorwa bibi birimo gukorwa n’intagondwa zigendera ku mahame y’idini ya Islam harimo nk’ibikorwa by’iterabwoba bibera mu Ntara ya Cabo Delgado iri mu Majyaruguru ya Mozambique.

    Yagize ati “Uruzinduko rwanyu rubereye igihe kuko muri iyi minsi turimo gufatanya kurwanya umutwe w’iterabwoba wa ki Islam uri mu Majyaruguru y’Igihugu cya Mozambique mu Ntara ya Cabo Delgado. Tuzajya duhanahana amakuru kuko ibihugu byacu byombi u Rwanda na Lesotho turimo gufatanya kurwanya iriya mitwe y’iterabwoba muri kiriya gihugu.”

    Molibeli we yavuze ko u Rwanda ari umufatanyabikorwa mwiza umuntu yagira icyo yigiraho ndetse akaba yatera imbere avuga ubufatanye bagiranye na Polisi y’u Rwanda bushingiye ku guhuza inshingano kugira ngo abantu babe mu Isi nziza kandi itekanye.

    Yagize ati “Ikoranabuhanga ryahinduye Isi nk’umudugudu ku buryo kubona amakuru no kuyasangira bisigaye byoroshye cyane, ubu bufatanye bukubiyemo ibijyanye no gusangira ibikorwa bimaze kugerwaho, guhererekanya gahunda z’amahugurwa, guhuza ibikorwa by’umutekano no guhanahana amakuru. Ndizera ntashidikanya ko tuzagera kuri byinshi byiza mu rwego rwo kubaka umutekano w’aho dutuye.”

    Muri uru ruzinduko mu Rwanda, Umuyobozi wa Polisi ya Lesotho n’Intumwa ayoboye basuye bimwe mu bikorwa bya Polisi y’u Rwanda. Ibyo birimo Ishuri Rikuru rya Polisi y’u Rwanda (NPC-Musanze), Ishuri ry’amahugurwa rya Polisi y’u Rwanda (PTS-Gishari), yasuye abapolisi bakorere mu Ntara y’Iburengerazuba n’ahandi hatandukanye.


    source : https://ift.tt/3zxMSYG

  • Busingye yijeje ubutabera umugore warogoye ubukwe bw’umugabo we “wamutaye akanamwiba abana” – #rwanda #RwOT

    Iyi nkuru ikomeje kwibazwaho yagiye ahagaragara kuri iki cyumweru.

    Amashusho yanyujijwe ku muyoboro wa Youtube wa Afrimax TV yerekana umugore uvuga ko yitwa Dukuzumuremyi Janvière ava mu murima igitaraganya ubwo yari ahamagawe n’uwamubwiye ko umugabo we witwa Niyonsaba Innocent agiye gusezerana.

    Uwo mugabo ngo babyaranye abana batanu birangira amutanye batatu abandi babiri arabatwara. Ubwo yajyaga gusezerana n’undi mugore mu rusengero rw’Abangilikani, Paruwasi ya Gikondo mu Mujyi wa Kigali ni bwo umugore yamusanzeyo.

    Amakuru avuga ko uyu mugore asanzwe atuye mu Karere ka Rwamagana.

    Muri ayo mashusho ya Afrimax TV, Dukuzumuremyi yageze mu rusengero ari kumwe n’abana batatu, yururutsa uwo yari ateruye maze asingira uwitwa umugabo we ubwo yari ahagararanye n’umugeni bari bagiye gusezerana agira ati “Ndashaka abana banjye.”

    Abagabo babiri bari hafi aho bagerageje kumucisha bugufi ngo atuze ariko aranangira, haza n’abapasiteri birananirana ndetse agera aho yikumbagaza ku birenge by’umugabo, arira ari na ko n’abana be barira rubura gica.

    Umugeni wari ugiye gusezerana aho yari ahagaze mu gatimba yasaga n’uwibaza ibimubayeho ariko agerageza kwikomeza.

    Byabaye ngombwa ko abapasiteri bajya mu mwihwero hamwe n’abageni ndetse n’uyu mugore.

    Umugore yavugaga ko ashaka abana be umugabo yatwaye akabamwimaho uburenganzira ndetse umugabo we akabafataho inshingano zirimo kumenya ibibatunga no kubishyurira amashuri.

    Yavugaga ko nta burenganzira afite bwo gusura cyangwa cyangwa gusurwa n’abana babiri umugabo yamutwaye akajya kubareresha ahandi.

    Bivugwa ko inzego z’umutekano zinjiye muri iki kibazo hagafatwa umwanzuro ko ubukwe busubikwa maze abageni basohoka mu mwiherero bataha.

    Ku mbuga nkoranyambaga zirimo na Twitter, abagarutse kuri iyi nkuru banenze imyitwarire y’uyu mugabo, ko yataye umuryango agahitamo gusezerana n’undi maze basaba inzego z’ubutabera gukurikirana iki kibazo.

    Uwitwa Sylvie Nsanga ati “Iyaba buri mugore yamenyaga uburenganzira bwe n’ubw’abana be. Sinitaye ku kuba hari urukundo cyangwa rudahari, ibi ni ibintu bigayitse, umugabo muzima wiba impinja koko?”

    Yahamagariye inzego zitandukanye zirimo RIB, Polisi, Minisiteri y’Uburinganire n’Iterambere ry’umuryango asaba ko zafasha uyu mugore.

    Ati “Nk’uko mubikora mutabare uyu mubyeyi ari no kubasaba…icyaha cya mbere cyabaye ni ukwiba abana bagatandukanwa na nyina, akabahisha nta rukiko rubyemeje.”

    Minisitiri w’Ubutabera, Johnston Busingye yahise amusubiza ko inzego z’ubutabera ziri gukurikirana iki kibazo. Ati “Turi gukurikirana iki kibazo kandi ubutabera buzatangwa.”

    Umugore yaburijemo ubukwe bw’umugabo babanaba binyuranyije n’amategeko ashinja ko yamutaye akanatwara abana babiri muri batanu babyaranye

    source : https://ift.tt/3mLBwNa